Tag: Imikino

  • Umutoza Ally watoje amakipe akomeye arimo Rayon yitabye Imana azize uburwayi #rwanda #RwOT

    Ally Bizimungu yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi aho yari anarwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

    Ikipe ya Kiyovu Sports yanyuzemo yanditse ubutumwa yihanganisha umuryango wa nyakwigendera nyuma y’inkuru y’inshamugongo yamenyekanye kuri iki Cyumweru.

    Kiyovu banditse ngo 'Umuryango wa Kiyovu Sports ubabajwe kandi wifatanyije n’umuryango wa COACH ALLY BIZIMUNGU. Ally yatoje amakipe menshi na Kiyovu Sports irimo, yitabye Imana uyu munsi, Imana imuhe iruhuko ridashira.'

    Ally Bizimungu yari amaze imyaka isaga ibiri atoza muri Tanzania, kuva mu 2017 ubwo yerekezaga muri Mwadui FC yo mu cyiciro cya Mbere muri kiriya gihugu, mu Ukuboza 2019 kandi yanatoje ikipe ya Alliance FC yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri.

    Bizimungu kandi yatoje amakipe atandukanye yo mu Rwanda, arimo Kiyovu Sports yatoje inshuro eshatu, Mukura Victory Sports yatoje imyaka ibiri Rayon Sports na ATRACO FC imyaka ibiri, AS Muhanga na Bugesera FC yabereye umutoza nyuma yo kuva muri Kiyovu Sports.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Umutoza-Ally-watoje-amakipe-akomeye-arimo-Rayon-yitabye-Imana-azize-uburwayi

  • Messi arakinira umukino wa mbere PSG imwitezeho byinshi,Real Madrid iha ntarengwa PSG #rwanda #RwOT

    Messi ntabwo arakinira iyi kipe kuva yayigeramo muri uku kwezi, nyuma yo kuva muri Barcelona kontaro ye imaze kurangira.

    Uyu rutahizamu w'Umunya-Argentina aheruka gukina ku itariki ya 11 y'ukwezi kwa karindwi ubwo yafashaga ikipe y'igihugu cye gutsinda Brazil ku mukino wa nyuma wa Copa America.

    Uwo mukino ni na wo rutahizamu Neymar Jr w'Umunya-Brazil aheruka gukina.

    Avuga kuri Messi w'imyaka 34, ubwo yari mu kiganiro n'abanyamakuru cya mbere y'umukino, umutoza wa PSG Mauricio Pochettino yagize ati:

    “Afite umurava [ishyaka] mwinshi”.

    “Ni umunyamwuga ukomeye urimo kumenyerana byihuse cyane na bagenzi be bashya bakinana n'imikorere mishya”.

    Rutahizamu Mbappé w'Umufaransa na we ari mu ikipe yo ku mukino wo kuri iki cyumweru, nubwo hari ibyavuzwe kuri ejo hazaza h'uyu mukinnyi w'imyaka 22.

    Real Madrid irimo irashaka kugura Mbappé mbere yuko igihe cy'igura n'igurishwa ry'abakinnyi kirangira ku wa kabiri, tariki 31 y'uku kwezi kwa munani, saa sita z'ijoro zo ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.

    Real Madrid yabwiye PSG ko idashaka gukomeza gutegereza imyanzuro yayo bityo ko nibigera kuri uyu wa Mbere itarafata umwanzuro irahita ifunga dosiye yo gushaka Mbappe.

    Real Madrid yahaye PSG miliyoni 170 z'amayero yongeraho izindi 10 nk'inyongera igihe azaba yitwaye neza ariko ntabwo yasubije.

    Real Madrid iracyarwana no kwegukana Mbappe ariko irabizi ko PSG nibyanga izategereza mu mpeshyi itaha ikazamubona ku buntu cyane ko amasezerano ye azaba arangiye.

    Mbappe arifuza gukinira Real Madrid ndetse yanabimenyesheje PSG ariko ubuyobozi buvuga ko butifuza kumurekura.

    Ikinyamakuru Le Parisien cyavuze ko Real Madrid yabwiye PSG ko nibirenga kuri uyu wa mbere nta gisubizo ihawe irahita ihagarika gushaka uyu mukinnyi ikoreshe abo ifite.

    Mbappe nawe ngo yasabye ko umwanzuro uba wafashwe bitarenze kuri uyu wa mbere saa saba z'amanywa kugira ngo ajye mu ikipe y'igihugu azi uko gahunda zimeze.

    Perezida Florentino Perez arashaka ko amakipe yombi yumvikana vuba cyangwa azategereze mu kwezi kwa mbere kugira ngo yumvikane na Mbappe imbanzirizamasezerano.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/messi-arakinira-umukino-wa-mbere-psg-imwitezeho-byinshi-real-madrid-iha

  • Ciza Mugabo Hussein wakiniraga Rayon Sports y… – #rwanda #RwOT

    Ciza yageze muri Rayon Sports mu 2019, avuye muri Mukura victory Sport yari yagiriyemo ibihe byiza. Ciza Hussein na Iragire Saidi, bose basinye muri Rayon Sports bari bamaze imyaka ari abakinnyi beza ba Mukura. Gusa kugeza ubu nta n’umwe usigaye muri Rayon Sports, nyuma y'aho Saidi we yatandukanye n’iyi kipe nyuma y’umwaka umwe gusa ayigezemo, asubira muri Mukura, nabwo bikomeza kwanga aho umwaka w’imikino 2020-2021 warangiye atakiba mu mibare y’ikipe.

    Ciza Hussein yahisemo neza kwerekeza muri Etincelles?

    Ciza Hussein ubwo yakiniraga Mukura, yari umukinnyi ukomeye unagoye gufata dore ko yari na Kapiteni w’ikipe, byaje kumuviramo igihembo cyo guhamagarwa mu Mavubi ariko abura ibyangombwa, gusa ageze muri Rayon Sports yaburiwe irengero. Akenshi hari abakinnyi bagera muri Kigali, cyangwa se ugasanga gukinira APR FC na Rayon bikabagora amazina akabaremerera, umwanzuro mwiza ukaba gusubira inyuma.

    Ciza Hussein yari Kapiteni wa Mukura bwo yasohokeraga u Rwanda Ciza ntiyari gusubira aho yagiriye ibihe byiza?

    Ciza afite abakinnyi 2 bavanye muri Mukura, bongera kuyisubiramo ntibyabahira barimo Alex Nkomezi na Saidi twavugaga. Kuri we agendeye kubyo Etincelles yamubwiye n’umuyobozi Mukura victory Sport irimo, uyu musore abona Etincelles FC ariyo kipe yazuriramo umugara.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108996/ciza-mugabo-hussein-wakiniraga-rayon-sports-yerekeje-muri-etincelles-fc-108996.html

  • AfroBasket: U Rwanda mu rugamba rukomeye rwo gusezerera Guinea rukagera muri 1/4 cy'irangiza #rwanda #RwOT

    Ikipe y'u Rwanda ya Basketball mu gikombe cya Africa ku wa mbere izakina n'iya Guinée kugira ngo zishakemo ikomeza muri kimwe cya kane cy'irangiza.

    Ni nyuma y'uko mu ijoro ryo ku wa gatandatu ikipe y'u Rwanda itsinzwe na Cap-Vert (Cape Verde) ku manota 82 kuri 74, igahita iba iya kabiri mu itsinda.

    Mu mukino wagoye cyane ikipe y'u Rwanda mu ntangiriro, Cap-Vert yabarushije mu duce dutatu (quart-temps) twa mbere, u Rwanda rugaruka mu mukino mu gace ka nyuma.

    Nyuma y'umukino, umutoza w'u Rwanda Cheikh Sarr yabwiye abanyamakuru ko yababajwe n'uko “inama nahaye abakinnyi ntibazikurikije”.

    Kigali Arena yari irimo abafana benshi bari biteze gutsinda Cap-Vert. Marie Claire Kanyamibwa yabwiye BBC ko byamubabaje kuba ikipe yatangiye gukina neza umukino uri kurangira.

    Abakinnyi b'u Rwanda batsinze amanota 14 mu gace ka mbere, 12 mu ka kabiri, 17 mu ka gatatu na 31 mu gace ka nyuma.

    Emile Galois Kazeneza watsinze amanota 18, menshi muri uyu mukino, yayatsinze ahanini mu gace ka nyuma k'uyu mukino.

    Cheikh Sarr ati: “Twahushije amanota menshi hakiri kare, Cap-Vert ni ikipe ikomeye yahise ikora akazi kayo neza.”

    Kanyamibwa ati: “Mu mikino izakurikiraho bizabasaba kwinjira mu mukino hakiri kare, kuko nabonye habaye ikibazo cyo gutangira nabi.”

    Guinée ihagaze ite?

    Umwanya wa kabiri inyuma ya Cap-Vert watumye u Rwanda rugomba gukina na Guinée umukino wo gushaka ticket ya 1/4 ku wa mbere saa kumi n'ebyiri z'umugoroba.

    Ku wa kabiri w'iki cyumweru ku mukino wa mbere w'iri rushanwa, Tunisia yatsinze Guinée amanota 82 kuri 46, ku wa gatatu Guinée yatsinzwe na Centrafrique ku manota 60 – 61, ariko ku wa gatanu Guinée yihagararaho itsinda Misiri kuri 86 – 78.

    Mu gihe mu itsinda A u Rwanda rwatsinze imikino ibiri, Guinée mu itsinda B yatsinze umukino umwe iba iya gatatu.

    Mu mikino itatu aya makipe yakinnye mu matsinda yayo, u Rwanda rwatsinze amanota 227 rutsindwa 218, naho Guinée yatsinze 192 itsindwa 221.

    Izatsinda hagati y'u Rwanda na Guinea muri 1/4 izahura n'iya mbere mu itsinda C, iyo ni iza gutsinda umukino hagati ya Nigeria na Cote d'Ivoire uba kuri iki cyumweru saa cyenda z'amanywa i Kigali.

    Mu mikino yo gushaka umwanya muri 1/4, Misiri nayo izahura na Angola ku wa mbere saa cyenda z'amanywa.

    Anibal Aurelio Manave, Perezida wa FIBA Africa itegura aya marushanwa, yabwiye BBC ko uyu mwaka AfroBasket “irimo gutungurana cyane”, kuko “nta kipe ifite izina rikomeye iri kujya gukina yizeye gutsinda nka kera.”

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/afrobasket-u-rwanda-mu-rugamba-rukomeye-rwo-gusezerera-guinea-rukagera-muri-1-4

  • Mesut Ozil yavuze amagambo yafashwe nko kwihimura ku mutoza Arteta #rwanda #RwOT

    Uwahoze ari umukinnyi wa Arsenal,Mesut Ozil,yavugishije benshi nyuma y'umukino iyi kipe yahozemo yanyagiwemo na Manchester City ibitego 5-0 ikuzuza umunsi wa 3 wikurikiranya itsindwa ndetse itinjiza n'igitego.

    Mesut Ozil wavuye muri Arsenal nabi ndetse n'umutoza Arteta yanze kumushyira ku rutonde rw'abakinnyi yagombaga gukoresha yavuze amagambo yatumye benshi bavuga ko agifite inzika Arteta.

    Mesut Ozil abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze,yagize ati 'mwizere inzira'.Ugenekereje yashakaga kuvuga ko abafana ba Arsenal bakeneye kwizera uburyo ikipe iri kubakwa nyamara buri wese arabona ko iri kurimbuka.

    Arsenal imaze gutsindwa imikino 3 yikurikiranya ndetse ya mbere muri Premier League 2021/2022 na Brentford,Chelsea na City.Ibi bintu yabiherukaga muri 1954 gusa kuri iyi nshuro ntirabasha kwinjiza igitego.

    Ilkay Gundogan, Ferran Torres watsinze 2,Rodri na Gabriel Jesus nibo batsindiye City kuri uyu wa Gatandatu gusa Arsenal yahawe ikarita itukura yiheshejwe na Granit Xhaka usanzwe uzwiho kugira ubunyamwuga budahambaye.

    Mesut Ozil wari umaze imyaka isaga 8 muri Arsenal,yanditse buriya butumwa ahita ashyiraho akamenyetso [emoji] y'umutima washwanyaguritse byatumye benshi bemeza ko Arsenal yavugaga cyane ko avuga ko ari umufana wayo.

    Arsenal iri kugenda igana habi bitewe n'imitoreze ya Arteta yibazwaho na benshi,uko ikipe isigaye igura abakinnyi ndetse n'urwego rwo hasi rw'abakinnyi bakuze mu ikipe.

    Mesut Ozil wafashaga ba rutahizamu ba Arsenal gutsinda ibitego kubera imipira myiza yabahaga,ubu ari gukina mu ikipe ya Fenerbahce yo muri Turkia.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mesut-ozil-yavuze-amagambo-yafashwe-nko-kwihimura-ku-mutoza-arteta

  • Perezida Kagame yavuye mu Budage ahita ajya kureba Umukino w’u Rwanda na Cap-Vert #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame warebye uyu mukino u Rwanda rwatsinzwemo amanota 82 kuri 74, mu gitondo kuri uyu wa Gatandatu yari ari mu Budage aho yari yahuye na Minisitiri w’Ubuzima w’u Budage, Jens Spahn.

    Mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Jens Spahn byagarutse ku mikoranire ku mpande zombi mu bijyanye n’ikorwa ry’inkingo za Covid-19.

    Perezida Kagame usanzwe akunda umukino wa Basketball ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu yari yaje kureba umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Cap-Vert mu mikino ya Afrobasket.

    Ni umukino utahiriye abakinnyi b’Ikipe y’u Rwanda mu gihe imikino ibiri yose yabanje iyi kipe yari yayitwayemo neza kuko yombi yari yayitsinze.

    Perezida Kagame kandi yarebye umukino wa Mbere aho u Rwanda rwatsindaga ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/Perezida-Kagame-yavuye-mu-Budage-ahita-ajya-kureba-Umukino-w-u-Rwanda-na-Cap-Vert

  • Gen James Kabarebe yarebye imyitozo ya APR FC… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatandatu tariki 28 Kanama 2021, umuyobozi w’icyubahiro wa APR FC Gen James Kabarebe, yitabiriye imyitozo ndetse aganira na bamwe mu bayobozi b’iyi kipe. APR FC ikomeje imyiteguro yo guhagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League aho muri Nzeri izakina na Mogadishu City yo muri Somalia.

    Gen Kabarebe aganira n’abatoza

    Gen Kabarebe ari kureba uko abakinnyi bahagaze

    Gen Kabarebe aganira na Adil

    Gen Kabarebe ari kumwe na Eto ushinzwe kugurira APR FC abakinnyi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/108995/gen-james-kabarebe-yarebye-imyitozo-ya-apr-fc-yitegura-gusohokera-igihugu-108995.html

  • Afrobasket 2021: Perezida Kagame yakomeye amashyi ikipe y'u Rwanda yabaye iya kabiri mu itsinda #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yakomeye amashyi ikipe y'u Rwanda nyuma y'umukino wayihuje na Cape Verde nubwo yawutsinzwe ku manota 82 kuri 74 bikayibuza kugera muri 1/4 cy'irangiza nubwo izategereza imikino ya kamarampaka.

    U Rwanda rwasabwaga gutsinda umukino wa Cape Verde kugira ngo rukomeze muri ¼ rutanyuze mu mikino ya kamarampaka ariko ntibyarukundiye kuko aba basore bo ku kirwa bafite ubuhanga cyane mu gutsinda amanota 3 barutsinze rukarangiza ari urwa kabiri mu itsinda A.

    Abakinnyi barimo Walter Edy Tavares ,Almeida,Fidel Mendonça bashegeshe bikomeye u Rwanda by'umwihariko mu gutsinda amanota 3 cyane ko mu minota ya mbere y'agace kabanza bateye mu nkangara amanota 3 inshuro 6 zose.

    Umukino wakomereye u Rwanda kuva utangiye kugeza urangiye gusa mu gace ka 4 byabaye nk'ibihinduka kubera umurindi w'abafana waje gukomwa mu nkokora n'amanota 3 y'abanya Cape Verde yaje kwisukiranya umukino ugiye kurangira.

    Gutsinda uyu mukino bivuze ko Cap-Vert izamutse ari iya mbere ndetse ibonye itike ya ¼ mu gihe u Rwanda ruzahura n'ikipe ya gatatu mu itsinda B (hagati ya Misiri, Guinea na Centrafrique) mu mukino uzaba ku wa Mbere, zombi zikishakamo ikipe ikomeza.

    Angola yabaye iya gatatu mu itsinda A nyuma yo gutsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amanota 73-58, yo izahura n'ikipe iba iya kabiri mu itsinda B.





    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/afrobasket-2021-perezida-kagame-yakomeye-amashyi-ikipe-y-u-rwanda-yabaye-iya

  • U Rwanda rwasoje imikino y’itsinda A rutsindwa na Cape Verde imbere ya Perezida Kagame #rwanda #RwOT

    Imbere ya Perezida Paul Kagame, ikipe y’u Rwanda mu mukino wa Basketball yasoje itsinda A rya Afrobesket itsindwa na Cape Verde amanota 82-74.

    Ni umukino u Rwanda rwagiye gukina rusabwa gutsinda kugira ngo ruhite rwizera iteke ya 1/4, ariko byayisabye gutegereza ikazahura n’ikipe ya 3 mu itsinda B.

    Ubundi umukino u Rwanda rwawutakarije mu gace ka mbere k’umukino, Cape Verde yagatsinze ishyizemo ikinyuranyo cy’amanota 15, karangiye ari 29-14.

    Iki kinyuranyo cyaje kuzamuka kigera ku manota 20, aho amakipe yagiye kuruhuka Cape Verde ifite 46-26 y’u Rwanda.

    U Rwanda rwagowe cyane n’uyu mukino, rwaje kwisanga agace ka 3 karangiye harimo ikinyuranyo cy’amanota 25, agace ka 3 karangiye ari 68-43.

    U Rwanda rwaje kwibuka ibitereko amazi yarenze inkombe aho babifashijwemo n’abafana bari baje kureba uyu mukino, babatije umurindi maze mu gace ka nyuma batitiza Cape Verde, aho banageze ikinyuranyo kiva ku manota 25 kigera kuri 4(67-71), gusa gutsinda uyu mukino byo byaje kunanirana urangira ku ntsinzi ya Cape Verde y’amanota 82-74.

    Cape Verde yahise iyobora itsinda iba ari nayo izamuka muri 1/4, u Rwanda rwa kabiri rutegereje kumenya ikipe ruzahura nayo yo mu itsinda B izaba yabaye iya 3, ni umukino uzaba ku wa Mbere.

    Perezida Kagame yari yaje kureba uyu mukino, ari hagati ya Mugwiza Desire(perezida wa FERWABA) na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa

    Ikipe y’igihugu ya Volleyball mu bagabo n’abagore bari baje gushyigikira bagenzi babo ba Basketball

    William Robeyns ashaka aho amenera

    Ibeh Prince yatanze akazi

    Axel Mpoyo na Kaje Elie bashaka uko babuza Joel gushyira umupira mu nkangara

    Gasana agerageza kuzibira Jeffrey

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/u-rwanda-rwasoje-imikino-y-itsinda-a-rutsindwa-na-cape-verde-imbere-ya-perezida-kagame