Tag: featured

  • Minisitiri Biruta yagaragaje Loni nk’umufatanyabikorwa w’ibanze mu iterambere ry’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi Minisitiri, Dr Vincent Biruta yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi yose mu kwizihiza isabukuru ya 76 y’Umuryango w’Abibumbye washinzwe ku munsi nk’uyu mu 1945.

    Ni umunsi wahuriranye na siporo rusange ngarukakwezi izwi nka Car Free Day yari yanitabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, uw’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Beata, uw’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Solange n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pundence Rubingisa.

    Minisitiri Dr Biruta yavuze ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kandi uyu muryango ufite ibikorwa byinshi ufatanyamo n’igihugu mu iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

    Yagize ati “Umuryango w’Abibumbye uretse kuba turi abanyamuryango ariko ufite n’amashami menshi yawo abarizwa mu gihugu cyacu ku buryo ari abafatanyabikorwa b’imena mu iterambere ry’igihugu.”

    Yakomeje agira ati “Bafite amashami arebana n’ubuzima,abana, uburezi, ubuhinzi n’ibindi byinshi usanga ari gahunda igihugu kirimo kandi gifatanya n’iyo miryango itandukanye kugira ngo izo gahunda zibashe kugenda neza kuko Umuryango w’Abibumbye niwo utera inkunga gahunda igihugu kiba cyarihaye.”

    Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimye uruhare rw’u Rwanda mu guharanira amahoro n’umutekano ku Isi.

    Ati “Umwaka utaha tuzaba twizihiza imyaka 60 y’ubunyamuryango bw’u Rwanda muri Loni. Twishimira uko u Rwanda rukomeza guharanira amahoro ku Isi rutanga umusanzu ukomeye ku butumwa bw’amahoro bwa Loni mu bihugu byo hirya no hino.”

    Abitabiriye iyi siporo bazengurutse imihanda itandukanye y’Umujyi wa Kigali nyuma baza gusoreza kuri Stade Amahoro, aho bakoze imyotozo ngororamubiri yakoreshejwe n’Umuyobozi w’Umuryango Children and Youth Sports Organization, Mukasa Nelson.

    Mukasa yavuze ko n’ubwo ari umunsi udasanzwe wahariwe UN, Abanya-Kigali bagize umwanya wo gukora siporo cyane ko siporo ari ubuzima.

    Ati “Siporo ni ubuzima, ni amahirwe twagize kuba uyu munsi wahariwe Loni wabaye ibikorwa bya siporo n’imyitozo ngororamubiri byarakomorewe nyuma ya Covid-19, ibintu byanatumye abantu bitabira ku bwinshi.”

    Nyuma y’imyitozo ngororamubiri yabereye kuri Stade Amahoro, abitabiriye bose bahawe umwanya wo gutanga amaraso, bapimwa indwara zitandukanye zirimo na Covid-19.

    Ku wa 24 Ukwakira 1948, nibwo Loni yashyizweho. Ni mu muhango wabereye i San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ufite intego yo kubumbatira amahoro n’umutekano ku Isi; gukumira ibikorwa byose bigamije guhungabanya umutekano mu rwego rw’akarere no ku Isi hose.

    Ufite kandi inshingano zo guteza imbere imibanire myiza y’ibihugu ishingiye ku ihame ryo kureshya kw’abantu imbere y’amategeko; kugera ku bufatanye mpuzamahanga nyabwo hakemurwa ibibazo bishingiye ku bukungu, imibereho, ubumenyi, uburenganzira bwa muntu, n’ibindi. Kugeza ubu ubarirwamo ibihugu 193.

    Minisitiri Biruta yagaragaje Loni nk’umufatanyabikorwa w’ibanze mu iterambere ry’u Rwanda

    Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimye uruhare rw’u Rwanda mu guharanira amahoro n’umutekano ku Isi.

    Uyu munsi w’isabukuru ya Loni wahuriranye na Car Free Day

    Iyi siporo rusange yitabiriwe n’abayobozi batandukanye

    source : https://ift.tt/3pxQGGZ

  • Kicukiro: Hagaragaye umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe na bagenzi be – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021, nibwo umurambo wa nyakwigendera wagaragaye hafi y’umuhanda wo muri aka kagari ka Rusheshe.

    Abatangabuhamya babwiye umunyamakuru wa IGIHE wageze aho uyu murambo wajugunywe, ko bakeka ko yishwe na bagenzi be barwanye bamushinja ko yabatwaye amafaranga.

    Umwe yagize ati “Barwanye basinze baramukubita bavuga ngo hari uwo yatwaye amafaranga baramukubita bimuviramo gupfa.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rusheshe, Tuyisenge Venuste yavuze ko abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu musore bose bamaze gutabwa muri yombi.

    Ati “Bivugwa ko ngo yagiranye ikibazo n’urundi rubyiruko bagenzi be kuko bose ni abana bo mu gace kamwe. Ngo barwaniye mu muhanda bapfa amafaranga n’ubwo atari menshi ku buryo bikekwa ko ariho urupfu rwe rwaturutse.”

    Yongeyeho ko hamaze gufatwa abantu bane barimo n’umukobwa w’imyaka 17 bari kumwe watanze amakuru y’uko barwanye n’icyabiteye.

    Umurambo wahise ujyanwa ku bitaro bya Polisi ku Kacyiru kugira ngo usuzumwe.

    Muri Rusheshe niho hasanzwe umurambo w’uyu musore

    source : https://ift.tt/3nqsUdu

  • Gatsibo: Abamotari barinubira imikorere ya bamwe mu basekirite babashinzwe – #rwanda #RwOT

    Aba bamotari ndetse n’aba baturage bavuga ko iyo uhuye n’abasekirite baguhagarika bakagusaba uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, carte jaune, assurance n’ibindi bagahita babibika.

    Ngo iyo umaze kubaha ibyangombwa bahita baguhimbira amakosa, bakakubwira ko amande Polisi ica uwayakoze bakagusaba kubahamo kimwe cya kabiri cyayo wayabaha bakakureka, wayabima bagafata ikinyabiziga cyawe n’ibyangombwa bakwatse bakabishyira abapolisi ukazakurayo icyo kinyabiziga umaze gutanga amande.

    Umwe mu bamotari ukorera muri Parking ya Rwagitima mu Murenge wa Rugarama, yavuze ko we ubu yacitse gukorera hafi n’imihanda ya kaburimbo kubera amande y’umurengera bacibwa n’abasekirite.

    Yagize ati “Baramfashe banyaka ibyangombwa basanze mbyujuje barambwira ngo ningure akantu ndabyanga, birangiye banyandikishiriza amande y’ibihumbi ijana kuko nari mfite moto nshya idafite pulake ariko narayidekarariye. Moto barayitwaye bahimba ibintu byinshi bancisha ibihumbi ijana byose bakomeza no kujya bangendaho bampimbira. Ubu nacitse ku muhanda sinkiwukoreramo kubera ko banciye amande menshi cyane arenze ibihumbi za magana.”

    Ku Cyumweru tariki 17 Ukwakira 2021 hari abavuze ko bafashwe n’umwe mu basekirite, abaka ibyangombwa abibasubiza ari uko bamuhaye amafaranga.

    Hakizimana Jean Pierre yagize ati “Njyewe ndi umuturage ariko mfite moto nkoresha mu mirimo yanjye y’ubuhinzi. Ukuntu bariya basekirite bitwara ntabwo bikwiye, bariya ni abasekirite bashinzwe abamotari ariko si byo bakora, baraza mu byaro bakazenguruka ariko bo baba bishakira umusaruro wabo bwite. Ku cyumweru baramfashe bandekuriye moto ari uko mbahaye ibihumbi 20 Frw mu rwego rwo kwibohora ngo bandeke nigendere.”

    Hari undi wavuze ko yafashwe n’umusekirite akamwaka ibyangombwa, yarangiza akamubwira ko amubonye ahetse umuntu utambaye casque bityo agomba gucibwa amande.

    Yavuze ko yumvise ko agiye guhanwa, akinginga uwo musekirite ngo amubabarire bikarangira amusabye ibihumbi 20 Frw undi akayamuhera mu ruhame.

    Abamotari bavuga ko aba basekirite babicira akazi kuko usanga hari moto zabo bwite bakingira ikibaba zitagira ibyangombwa ndetse n’abazitwara nta byangombwa bafite, bakaba basaba inzego zibishinzwe kujya zibasura bakazigaragariza ibibazo bibugarije.

    Perezida w’Impuzamashyirahamwe ya Koperative y’Abamotari (FERWACOTAMO), Ngarambe Daniel, aherutse kubwira IGIHE ko nta musekirite wemerewe guhagarika moto iri mu muhanda kuko nta burenganzira babifitiye, ashimangira ko ababikora bakwiye gukurikiranwa.

    Yagize ati “Nta musekirite wemerewe gusimbukira moto, nta n’uwemerewe kuyihagarika kuko iyo moto ifite nimero iyiranga (plaque). Polisi ni yo gusa yemerewe guhagarika moto abandi babarebe aho bahagaze ibyo babaza babibabaze. Uzafatwa ahagarika moto atari umupolisi birumvikana ko azabisobanura.”

    Ngarambe yasabye abaturage bakwa ruswa ngo bababarirwe kubivaho ahubwo bakajya batanga amakuru ku babishinzwe kugira ngo abafite imikorere mibi nk’iyo bakurikiranwe.

    Abamotari bavuze ko hari abasekirite babahagarika bakabahimbira amakosa, bakabasaba ruswa ngo babarekure

    source : https://ift.tt/3B8EnmH

  • Kayonza: Umuturage yicishije mugenzi we umuhini amuziza 200 Frw – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryacyeye ahagana saa Sita z’ijoro mu Mudugudu wa Kamonyi mu Kagari ka Gikaya mu Murenge wa Nyamirama.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Nyamirama, Nkurunziza Pascal, yabwiye IGIHE ko amakimbirane yaturutse kuri nyakwigendera wagiye gutega umusore yari yaragurije amafaranga 200 kugira ngo ayamwishyure ngo amugezeho birangira barwanye aba ari we uhasiga ubuzima.

    Yagize ati “Bimaze kuba twagiyeyo tumenya amakuru ko uwo wapfuye yari yaragurije uwo musore amafaranga 200 hanyuma uwagurijwe amafaranga atashye asanga uwo wundi yamuteze ashaka kumwishyuza. Bararwanye rero umwe akubita undi icupa, undi na we ahita amukubita umuhini mu mutwe ahita yitaba Imana.”

    Yasobanuye ko mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru babyutse bajya guhumuriza abaturage mu nama bakoze ndetse bahita banafata abandi baturage bakekwaho guteza umutekano muke muri uwo mudugudu.

    Umusore wakubise umuturage umuhini mu mutwe akamwica ngo yahise ashyikirizwa Sitasiyo ya RIB ya Mukarange kugira ngo akorerwe dosiye mbere y’uko ishyikirizwa Ubushinjacyaha.


    source : https://ift.tt/3Ggplz2

  • Yujuje imyaka 64! Ubuzima bwa Perezida Kagame mu mafoto 150 y’ibihe bitandukanye – #rwanda #RwOT

    Itariki ye y’amavuko yahuriranye n’uwa Gatatu yavukiyeho inshuro zitandukanye nko mu 2019 yizihiza imyaka 62 no mu 2013 ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 56. Aya mateka azisubiramo mu 2024 na 2030.

    Paul Kagame yavukiye i Nyarutovu mu yahoze ari Komini Tambwe, Perefegitura ya Gitarama ubu ni mu Karere ka Ruhango mu Majyepfo y’u Rwanda. Ni umuhererezi mu muryango w’abana batandatu, bavuka kuri Rutagambwa Deogratias na Rutagambwa Asteria [Bombi bitabye Imana].

    Mu 1959, ubwo yari afite imyaka ibiri, umuryango wa Kagame wahungiye mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bw’u Rwanda, aho wamaze imyaka ibiri mbere yo kwerekeza muri Uganda mu Nkambi ya Nshungerezi.

    Muri iki gihe hari ivanguramoko ryibasiraga Abatutsi, ryatumye abasaga 100.000 bava mu byabo bahungira mu bihugu by’abaturanyi.

    Kagame wari muri Uganda, ni ho yatangiriye amashuri hafi y’inkambi y’impunzi. Ku myaka icyenda y’amavuko yimukiye ku Ishuri rya Rwengoro, aharangiriza abanza afite amanota meza bimuhesha kwiga mu Kigo cya Ntare kiri mu bikomeye muri Uganda.

    Yaje kuva muri iki gihugu ajya gukomeza amasomo ya Gisirikare mu Kigo kiri i Kansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko yaje kuhava igitaraganya nyuma y’urupfu rwa Fred Rwigema wiciwe ku irasaniro ubwo FPR Inkotanyi yatangiraga urugamba rwo kubohora igihugu.

    Tariki ya 1 Ukwakira 1990, ni bwo urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiye. Kagame yarugezeho ingabo zisa n’izatatanye ariko azishyira ku murongo, urugamba rwanzika ubwo.

    Yayoboye ingabo yasanze zitarenga 2000, arazihuza zirisuganya ndetse zinasaba ubufasha mu mpunzi z’Abanyarwanda.

    Uru rugamba rwatangiye nyuma y’umwaka Kagame akoze ubukwe na Jeannette Kagame, bwatashye ku wa 10 Kamena 1989. Kuri ubu Kagame ni umubyeyi w’abana bane, akaba sekuru w’umwuzukuru umwe.

    Kagame yabaye Visi Perezida abifatanyije no kuba Minisitiri w’Ingabo kuva mu 1994 kugeza mu 2000. Ku wa 24 Werurwe 2000 ni bwo Paul Kagame yagizwe Perezida wa Repubulika muri Leta y’Inzibacyuho asimbuye Pasteur Bizimungu wari umaze kwegura. Ni uwa Gatandatu mu bayoboye u Rwanda ndetse ari kuyobora manda ya gatatu nyuma yo kubisabwa n’abaturage.

    Ibigwi bya Perezida Kagame byatumye yandikwaho ibitabo byinshi ndetse anahabwa ibihembo bitandukanye kubera umuhate we wo mu iterambere ry’u Rwanda.

    Ku wa 21 Gicurasi 2017, Perezida Kagame yahawe umudali w’ishimwe witiriwe Dr. Miriam and Sheldon G. Adelson kubera umubano mwiza afitanye n’Abayahudi, mu muhango wabereye i New York muri Amerika. Iki gihembo yakigenewe n’Umuryango The World Values Network ugamije guteza imbere uburenganzira bw’Abayahudi washinzwe na Rabbi Shmuley Boteach.

    Muri uwo mwaka kandi Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyiswe ‘World Tourism Award 2017’ ashimirwa ubuyobozi bwe buteza imbere ubukerarugendo, yaherewe i Londres mu Bwongereza ku mugoroba wo ku wa 6 Ugushyingo 2017.

    Perezida Kagame yahawe igihembo ‘kubera imiyoborere ye ifite icyerekezo binyuze muri gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, ubukerarugendo buhamye, kurengera ibinyabuzima ndetse no guteza imbere ubukungu binyuze mu gukurura amahoteli akomeye kugira ngo ashore imari mu Rwanda, byatumye u Rwanda ruba kimwe mu bice bibereye ubukerarugendo muri Afurika’.

    Mu 2019, Perezida Kagame yahawe igihembo cyihariye n’Ishyirahamwe ry’Imiryango y’Abakozi muri Afurika y’Iburengerazuba (FOPACO), kubera imiyoborere ye ndetse n’impinduka mu bukungu yakoze mu gihugu cye.

    Mu mwaka ushize, Perezida Kagame, yahawe igihembo cy’Umuyobozi wagaragaje impinduka mu mwaka wa 2020 (African Impact Leadership ) mu cyiciro cyiswe “Umunyafurika w’Umwaka”, cyatanzwe n’Ikigo cy’Ikinyamakuru n’Itumanaho African IMPACT Magazine gikorera i Accra muri Ghana.

    Izina ry’Umukuru w’Igihugu kandi ryifashishijwe inshuro nyinshi mu kwandika ibitabo birimo ‘‘The Driven Wisdom from Paul Kagame” cy’Umwanditsi Rwagasani Braddock Le Sage cyakusanyirijwemo amagambo akomeye yavanye mu mbwirwaruhame 41 z’Umukuru w’Igihugu yagiye atanga mu bihe bitandukanye; “Intwari z’Imbanza Zubatse u Rwanda rugahamya igitinyiro’’ n’icyitwa “Intwari y’izahabu yakebanuye u Rwanda rukongera kubaho” by’Umwanditsi akaba n’umuhanga mu bijyanye n’amateka, Nsanzabera Jean de Dieu; ‘‘Isoko Tuvomaho Impanuro’’ cya Mutaganzwa Charles; ‘‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’’ cy’Umunyamategeko w’Umubiligi, Philippe Lardinois n’ibindi.

    Mu mikino, Perezida Kagame anyurwa no gukina harimo uwa Tennis, akunda kureba uwa Basketball n’umupira w’amaguru ndetse yihebeye Arsenal yo mu Bwongereza na Paris Saint Germain yo mu Bufaransa. Akunda kunywa amata cyane ndetse mu gihe cy’ubusore ngo yakundaga kurya inyama nyinshi.

    ISABUKURU NZIZA KURI PEREZIDA KAGAME WIZIHIZA IMYAKA 64 ISHIZE ABONYE IZUBA!

    Iyi foto yafashwe mu Ugushyingo 1957, uhereye ibumoso: Mzee Mutembe ubyara Kagame muri Batisimu, uteruye umwana ni Agnes Bezinge nyina muri Batisimu mu gihe abandi ari umubyeyi we Asteria Rutagambwa na Gatarina Bushayija wari inshuti y’umuryango

    Perezida Kagame wakuriye mu buhunzi, yabyirutse ari umwana uca bugufi

    Mu bugimbi bwe yakuze atuje cyane, ashimwa mu rungano no mu bakuze

    Paul Kagame wari ufite ipeti rya Major General yari afite ikoranabuhanga rimufasha kuganira n’ingabo ziri ku rugamba rwo Kubohora Igihugu

    Gen Major Paul Kagame yacikirije amasomo, ava muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yerekeza kuyobora urugamba rwo kubohora igihugu ndetse ingabo zirarutsinda

    Itangazamakuru ni imwe mu ntwaro yifashishijwe na RPF Inkotanyi mu gusobanura intego y’urugamba rwo kubohora igihugu. Aha Paul Kagame yaganiraga n’abanyamakuru ku Mulindi w’Intwari

    Major General Paul Kagame ayoboye ingabo ku rugamba

    Major General Kagame yageze ku rugamba avuye muri Amerika aho yakurikiranaga amasomo ya Gisirikare

    Perezida Kagame na Jeannette Kagame bakoze ubukwe ku wa 10 Kamena 1989

    Major General Paul Kagame aganira na James Kabarebe wari mu bayobozi bakomeye ku rugamba

    Ubwo Ingabo za RPA zageraga mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Quartier Matheus ku wa 4 Nyakanga 1994. Aho aka kambi kerekeje ni ho Perezida Kagame ari muri iyi foto

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bahagaze ku Mulindi w’Intwari imbere y’ahari indake ye mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu

    Perezida Kagame yakiriye Ikipe y’Igihugu y’Umukino w’Amagare ku wa 6 Ukuboza 2014. Ni nyuma ya Tour du Rwanda yegukanywe na Ndayisenga Valens. Aha Ndayisenga yamushyikirizaga umwambaro w’umuhondo, uhabwa umukinnyi wegukanye isiganwa

    Perezida Kagame asuhuza abakuru b’ibihugu n’abandi bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye Inama ya AU yabereye muri Kigali Convention Centre ku wa 10 kugeza ku wa 18 Nyakanga 2016

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Umwiherero wa 11 wabereye i Gabiro ku wa 8 Werurwe 2014

    Aha ni mu 2019. Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 yari ishize Madagascar ibonye ubwigenge. Uyu munsi wizihizwa buri wa 26 Kamena

    Ku wa Mbere, tariki 6 Kanama 2018, Perezida Kagame yatangije ku mugaragaro ibikorwa bya Gahunda ya Giants of Africa bya 2018 bigamije gushishikariza abana bo muri Afurika gukunda no gukina Basketball. Uyu muhango wabereye kuri Petit Stade i Remera

    Perezida Kagame ku wa 31 Ukwakira 2016, yakiriye abagize itsinda ry’intiti zatoranyijwe mu kumufasha gukora amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

    Ku wa 21 Ukwakira 2018, Perezida Kagame yifatanyije n’ibihumbi by’Abanya-Kigali muri siporo rusange iba kabiri mu kwezi

    Ku wa 16 Ukuboza 2017, ubwo hizihizwaga Isabukuru y’imyaka 30 Umuryango wa FPR Inkotanyi Perezida Kagame yahawe impano zirimo ibibumbano bibajwe n’amashyaka yo mu bindi bihugu

    Perezida Kagame yizihiranywe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu kwizihiza Isabukuru yayo y’imyaka 30 mu birori byabaye ku wa 16 Ukuboza 2017

    Perezida Kagame yahawe igihembo cya Clinton Global Citizen Award for Leadership mu 2008

    Perezida Kagame ubwo yatorwaga guhagararira FPR Inkotanyi nk’umukandida wayo mu matora yo mu 2010. Ifoto yafashwe ku wa 15 Gicurasi ubwo yashakaga kuyobora manda ya kabiri

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, aha bari mu birori byo kwishimira intsinzi nyuma y’amatora yo mu 2010

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bafite akanyamuneza ubwo bitabiraga ibirori by’Umunsi wo Kwibohora ku wa 4 Nyakanga 2016

    Perezida Kagame asuhuza abana bitabiriye igikorwa cyo gusangira iminsi mikuru cyabereye muri village Urugwiro ku wa 4 Ukuboza 2016

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Umwiherero wa 14 w’Abayobozi bakuru b’igihugu wabereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ku wa 2 Werurwe 2017

    Perezida Kagame wizihije isabukuru y’imyaka 64 ni inshuti y’abakuze. Aha yaganiraga n’umwe mu bakecuru ubwo yari yasuye Akarere ka Nyamagabe ku wa 26 Gashyantare 2019

    Perezida Kagame arakunzwe mu baturage ayoboye! Aha yasuhuzaga ab’i Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo mu ruzinduko yahagiriye ku wa 26 Gashyantare 2019

    Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yakurikiye imyitozo y’Ingabo z’u Rwanda, mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare cya Gabiro ku wa 11 Ukuboza 2018

    Perezida Kagame ashimwa cyane ko yateje imbere u Rwanda mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu zidasize n’ibikorwaremezo. Iyi foto yayifashwe ahagaze mu bushorishori bw’inyubako ya Ubumwe Grande yitegeye ubwiza bwa Kigali

    Perezida Kagame akunda no gukora siporo by’umwihariko yihebeye umukino wa Basketball. Ni umufana ukomeye wa Golden State Warriors ikina muri NBA

    Perezida Kagame yereka rumwe mu rubyiruko rwatorejwe mu Itorero Indangamirwa imikorere y’imbunda

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu ijoro ryo ku wa 30 Ukuboza 2014 ubwo bari mu birori bisoza umwaka

    Perezida Kagame atanga ubutumwa mu birori bisoza umwaka byo ku wa 30 Ukuboza 2014

    Perezida Kagame ku wa 1 Kanama 2019, ubwo yafunguraga Singita Kwitonda Lodge and Kataza ​House, hoteli iri mu zifite inyenyeri eshanu iri mu Karere ka Musanze

    Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ubwo yakirwaga bwa mbere na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mu ruzinduko rwabaye intangiriro y’umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi

    Perezida Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ubwo batangizaga umushinga wo kubaka umuhanda wa gari ya moshi ku wa 8 Ukwakira 2014

    Perezida Kagame usanzwe ari umufana ukomoye wa Arsenal, ku wa 3 Gicurasi 2014, yahawe impano y’umwambaro wayo na Tony Adams wigeze kuba Kapiteni wa The Gunners

    Ku wa 18 Ukubza 2015, Perezida Kagame n’umuryango we ubwo bajyaga mu matora ya referendum yo guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yemereye Umukuru w’Igihugu kongera kwiyamamaza nyuma y’ubusabe bw’abaturage

    Tariki 16 Mutarama 2016 ubwo Perezida Kagame yatangizaga imikino ya CHAN yabereye i Kigali. Aha yari kumwe na Issa Hayatou wayoboraga CAF na Nzamwita Vincent de Gaulle (iburyo) wayoboraga FERWAFA

    Perezida Kagame ku wa 18 Gicurasi 2019 yahawe umwambaro w’umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Paul Pogba, ubwo yari mu kiganiro yagiranye n’abagize Umuryango Young Presidents Organisation (YPO) bo mu Bufaransa

    Perezida Kagame yitegereza amwe mu mafoto yo ku wa 4 Nyakanga 1994, agaragaza Umujyi wa Kigali umaze gufatwa. Iyo foto iri mu Ngoro y’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside iri mu Nteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura; ahahoze hitwa CND [Conseil National pour le Développement]

    Perezida Kagame yitabiriye Global Citizen Festival i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, ku wa 2 Ukuboza 2018

    Umwami wa Maroc, Mohammed VI yambitse Perezida Kagame umudali w’ishimwe ukoze muri diamant itavangiye, hari ku wa 20 Kamena 2016

    Tariki 8 Nyakanga 2016 ubwo Perezida Kagame yatahaga Kigali Convention Centre. Iyi hoteli yuzuye itwaye miliyoni 300 z’amadolari, agera kuri miliyari 300 Frw

    Ku wa 14 Ukwakira 2016, Perezida Kagame yatangizaga uburyo bwo gutwara amaraso ku bitaro hifashishijwe drones. Utu tudege duto tutagira abapilote duhagurukira mu kigo kiri i Muhanga

    Tariki 5 Kanama 2014 ubwo Perezida Kagame n’umukobwa we Ange Kagame bageraga i Washington mu nama yahuje Perezida Obama n’abakuru b’ibihugu bya Afurika. Perezida Kagame n’umukobwa we bafashe ifoto bari kumwe na Obama Barack n’umugore we Michelle Obama

    Ubwo hafatwaga amashusho ya Filime mbarankuru The Royal Tour, Perezida Kagame yagaragaye akina Tennis, umwe mu mikino akunda

    Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi wa Rotary International wagiriye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda rugamije kureba uko ibikorwa by’ubugiraneza uyu muryango utera inkunga bishyirwa mu bikorwa

    Perezida Paul Kagame ku wa 16 Ugushyingo 2018 ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar yatambagijwe Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Hamad

    Aha ni ku wa 11 Werurwe 2019 ubwo Perezida Kagame yasuhuzaga mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta amwakira i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ahaberaga Umwiherero w’abayobozi. Bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi

    Perezida Kagame yari agaragiwe n’Abanyarwanda n’inshuti zabo muri Rwanda Day yabereye i Atalanta ku wa 20 Nzeri 2014

    Perezida Kagame ari kumwe na Pasiteri Rick Warren ubwo bari muri Saddleback Church mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Perezida Kagame yatwaye mu modoka Umwami wa Maroc Mohammed VI wakoreye uruzinduko mu Rwanda ku wa 23 Ukwakira 2016. Aha yamuvanaga kuri Hotel Marriott aho yari acumbitse

    Perezida Kagame yatemberejwe agace kahariwe inganda ka “Hawassa” ku wa 25 Gicurasi 2018

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bari mu Muganda usoza ukwezi wabereye i Ndera ku wa 31 Ukwakira 2015

    Yita ku burezi! Aha ni ku wa 14 Ukwakira 2008 ubwo Perezida Kagame yasuraga Ishuri ribanza rya EPAC

    Perezida Kagame asuhuza abaturage bo mu Burasirazuba bw’u Rwanda ubwo yasuraga abaturage b’i Kirehe ku wa 14 Ugushyingo 2014

    Ku wa 14 Mutarama 2018, Perezida Kagame yakiriwe na nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wari Perezida w’iki gihugu

    Perezida Kagame n’umukobwa we Ange Kagame ku wa 6 Nyakanga 2019 ubwo binjiraga mu cyumba cyabereyemo ubukwe

    Perezida Kagame asuhuza abafana ubwo yitabiraga umukino wa Patriots BBC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino yo gushaka itike y’irushanwa rya Basketball Africa League na GNBC yo muri Madagascar. Uyu mukino wabaye ku wa 20 Ukuboza 2019 warangiye Patriots iri imbere n’amanota 94-88

    Ku wa 21 Gicurasi 2017, Perezida Kagame yahawe umudali w’ishimwe witiriwe Dr. Miriam and Sheldon G. Adelson kubera umubano mwiza afitanye n’Abayahudi

    Perezida Kagame yahawe igihembo kubera imiyoborere ye ifite icyerekezo binyuze muri gahunda zitandukanye

    Ku wa 6 Ugushyingo 2017, Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo ‘World Tourism Award 2017’ ashimirwa ubuyobozi bwe buteza imbere ubukerarugendo

    Perezida Kagame yishimana n’abanyarwanda bitabiriye Rwanda Cultural Day yabereye i San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika tariki 24 Nzeri 2016

    Mu Ukwakira 2016 ubwo Perezida Kagame yatangizaga uburyo bwo gutwara amaraso ku bitaro hifashishijwe drone

    Muri Nyakanga 2016 igihe Perezida Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika bari bari mu nama ya Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Kigali

    Muri Kanama 2016 ubwo Perezida Kagame yakiraga Perezida wa Benin Patrice Talon

    Muri Mata 2016 ubwo Perezida Kagame yagabiraga inka Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda

    Tariki 2 Kanama 2017 ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Gasabo. Bivugwa ko hari hitabiriye abantu basaga ibihumbi 600

    Ku wa 4 Kanama 2017 ubwo Perezida Kagame yitabiraga amatora ya Perezida yahatanyemo na Frank Habineza wa Democratic Green Party of Rwanda na Phillipe Mpayimana

    Tariki 18 Kanama 2017, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakira abanyacyubahiro batandukanye bitabiriye umuhango w’irahira rye. Aha bari kumwe n’Imfura yabo Yvan Cyomoro Kagame, Ange Ingabire Kagame, Ian Kagame na bucura Brian Kagame

    Tariki 18 Kanama 2017 ubwo Perezida Kagame yarahiriraga kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 98.7 % ahigitse abarimo Phillipe Mpayimana na Frank Habineza

    Tariki 1 Nzeri 2017 ubwo Perezida Kagame yatahaga ku mugaragaro Bisate Eco Lodge mu Karere ka Musanze. Yubatse muri Pariki y’Ibirunga aho uba witegeye neza udusongero tw’ibirunga bya Bisoke, Kalisimbi na Mikeno

    Muri Nzeri 2017 Perezida Kagame atwaye igare mu ifatwa rya filime Rwanda Royal Tour. Igaruka ku hantu nyaburanga hatatse urwa Gasabo, ikagaragaramo Perezida Kagame asabana, yerekana amateka y’u Rwanda aho rwavuye ndetse anashimangira ko aho rugana arirwo rugendo rukomeye ruhanzwe amaso

    Tariki 13 Ukuboza 2017 ubwo Perezida Kagame yatahaga Ingoro y’Amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside

    Perezida Kagame ari kumwe na Perezida Rivlin wa Israel na Minisitiri w’Intebe Netanyahu mu ruzinduko yagiriye i Yeruzalemu tariki 10 Nyakanga 2017

    Tariki 10 Nyakanga 2017 ubwo Perezida Paul Kagame yabaga umwe mu bakuru b’ibihugu by’Isi bamaze gutera igiti cya olive i Yeruzalemu mu ishyamba rigizwe n’ibiti biterwa n’abantu bakomeye basura icyo gihugu rizwi nka ‘Grove of Nations’

    Tariki 17 Kamena 2017 ubwo Perezida Kagame yafunguraga ku mugaragaro icyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo

    Tariki 8 Kanama 2017 ubwo Perezida Paul Kagame yatahaga ku mugaragaro ikibuga cy’umukino w’intoki wa Basketball cyo kuri Club Rafiki i Nyamirambo cyasanwe na Giants of Africa. Perezida Kagame yari kumwe na Masai Ujiri washinze Giants of Africa

    Muri Gashyantare 2017, Perezida Kagame yasuye Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare. Aha yumvaga ibibazo byabo akabikemura cyangwa agatanga umurongo w’uko byakemurwa

    Ubwo Perezida Kagame yatahaga Stade ya Cricket i Gahanga tariki 28 Ukwakira 2017

    Ku wa 9 Kanama 2017 ni bwo Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro imirimo yo kubaka Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera giherereye mu Ntara y’Iburasirazuba, kizaba ari icya mbere mu bunini mu karere

    Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama ya AIPAC ihuza Amerika na Israel ndetse n’abafatanyabikorwa i Washington DC kuwa 26 Werurwe 2017

    Perezida Kagame na Madamu hamwe na Perezida Xi Jinping n’umufasha we tariki 17 Werurwe 2017 i Beijing

    Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bushinwa tariki 17 Werurwe 2017. Aha yari amaze kwakirwa na Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa

    Tariki 10 Kamena 2017 muri Rwanda Day yabereye i Bruxelles mu Bubiligi

    Ku wa 17 Nzeri 2017 i New York ubwo Perezida Kagame yashyikirizaga ishimwe Irina Bokova, Umuyobozi Mukuru wa UNESCO akaba n’Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo y’Umuyoboro Mugari wa Internet, Broadband Commission kubera umuhate we mu guteza imbere ingamba zigamije kugeza internet kuri bose

    Tariki 20 Werurwe 2017 ubwo Perezida Kagame yagiriraga uruzinduko i Vatican akagirana ibiganiro na Papa Francis. Kiliziya Gatolika yaboneyeho gusaba imbabazi kubw’abayoboke bayo bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Tariki ya 20 Werurwe 2017, mu ruzinduko rwa Perezida Kagame na Madamu i Vatican, bageneye Papa impano y’inkoni ya Kinyarwanda

    Perezida Kagame ahobera Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia , Dr Abiy Ahmed mu ruzinduko yagiriye i Addis Abeba tariki 24 Gicurasi 2018

    Tariki ya 3 Nzeri 2018 ubwo Perezida Kagame yasuhuzaga uw’u Bushinwa mu nama y’Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa yiswe ‘FOCAC2018’

    Tariki 4 Nyakanga ubwo Perezida Kagame yatahaga umudugudu w’icyitegererezo wa Horezo mu Karere ka Muhanga watujwemo abakuwe mu manegeka

    Muri Werurwe 2018 ubwo i Kigali hasinywaga amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

    Tariki 13 Kamena 2018 ubwo Perezida Kagame yakirwaga na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin. Ibiganiro byabo byibanze ku mubano w’ibihugu byombi no kureba izindi nzego barushaho gufatanyamo

    Mu Ukuboza 2018 ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’abayobozi barimo Chancelière w’u Budage Angela Merkel i Berlin mu nama ya G20

    Tariki 20 Ukuboza 2018 ubwo Perezida Kagame yasuraga Côte d’Ivoire, akagirwa umuturage w’icyubahiro w’Umujyi wa Abidjan

    Tariki 23 Gicurasi 2018 ubwo Perezida Kagame yagiriraga uruzinduko mu Bufaransa. Aha yari kumwe na Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron

    Perezida Kagame aganira na Perezida wa Amerika Donald Trump muri Mutarama 2018 mu nama ya World Economic Forum yabereye i Davos

    Tariki 23 Nyakanga 2018, Perezida Kagame ari kumwe na Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Rwanda. Icyo gihe u Rwanda n’u Bushinwa byasinye amasezerano 15 y’ubufatanye

    Muri Gashyantare 2018 ubwo Perezida Kagame yakiraga ku meza Perezida Edgar Lungu wa Zambia mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda

    Muri Mutarama 2019 ubwo Perezida Kagame yafunguraga Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi, UGHE iherereye i Burera

    Tariki 25 Gicurasi 2019 ubwo Perezida Kagame yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Cyril Ramaphosa. Aha yatereraga isaluti abasirikare bari bari kumuha icyubahiro

    Perezida Kagame asuhuza abitabiriye Rwanda Day i Bonn mu Budage tariki 10 Ukwakira 2019

    Perezida Kagame muri siporo rusange izwi nka Car Free Day tariki 5 Gicurasi 2019

    Tariki 22 Nzeri 2019 i New York ubwo Perezida Kagame yahuraga n’akanama kamugira inama, PAC. Aka kanama kashinzwe mu 2007

    Tariki 23 Nyakanga 2019 ubwo Perezida Kagame yakirwaga n’Igikomangoma Charles cy’u Bwongereza na Wales, bakaganira ku bijyanye n’inama ihuza Abakuru b’ibihugu na za Guverinonma bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (CHOGM), izabera mu Rwanda mu 2021

    Tariki 9 Ukuboza 2019 ubwo Emir wa Qatar na Perezida Kagame bakurikiranaga isinywa ry’amasezerano yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera

    Muri Gashyantare 2019 ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’umuturage mu Karere ka Nyamagabe

    Aha Perezida Kagame yari mu muganda rusange ngarukakwezi n’abaturage bo mu Karere ka Kicukiro ku wa 30 Werurwe 2019

    Mu Ukwakira 2019 ubwo yafunguraga uruganda rwa Mara Phone urwa mbere muri Afurika rukora Smartphone. Aha yari kumwe n’umuherwe Ashish Thakkar nyiri sosiyete Mara Group

    Tariki 21 Mata 2019, Perezida Kagame atembereza Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani muri Pariki y’Akagera mu ruzinduko rw’iminsi itatu yagiriye mu Rwanda

    Mu Ugushyingo 2019 ubwo Perezida Kagame yafunguraga icyicaro gishya cya Carnegie Mellon University cyuzuye mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro

    Muri Kanama 2019 ubwo u Rwanda na Uganda byasinyaga amasezerano agamije guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi

    Tariki 1 Kanama 2019 ubwo Perezida Kagame yatahaga Singita Kwitonda Lodge and Kataza House mu Karere ka Musanze

    Tariki 9 Kanama 2019 ubwo Perezida Kagame yatahaga inzu y’imikino n’imyidagaduro, Kigali Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abafana ibihumbi 10

    Tariki 2 Nzeri 2019 ubwo Perezida Kagame yafunguraga Ishuri ry’Ubuvuzi rya Kaminuza ya AUCA

    Tariki 21 Ukwakira 2019 ubwo Perezida Kagame yafunguraga ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga buherereye i Masaka. Bwubatswe na sosiyete Dubai Ports World izobereye mu gucunga no kubaka ububiko bw’imizigo iva cyangwa ijya mu mahanga

    Muri Gashyantare 2020 ubwo Perezida Kagame yafunguraga ikigo gitanga ubuvuzi bwa kanseri hakoreshejwe uburyo bw’imirasire buzwi nka Radiotherapy, gikorera mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe mu Mujyi wa Kigali

    Tariki 11 Werurwe 2020 ubwo Perezida Kagame Paul yatahaga umushinga wo kuhira imyaka, Nasho Irrigation Project uherereye mu Karere ka Kirehe watewe inkunga n’umuherwe Howard Buffet

    Tariki 27 Gashyantare 2020 ubwo Perezida Kagame yafunguraga ku mugaragaro hoteli One and Only Gorilla’s Nest. Yubatse mu Kinigi mu Karere ka Musanze, ikaba yaruzuye itwaye miliyari zirenga 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Paul Kagame mu gihe cye kigoye abona umwanya wo kwita ku muryango we

    Perezida Kagame muri Nzeri 2020 yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba afite umwuzukuru, ashyira hanze ku nshuro ya mbere ifoto ari kumwe nawe amuteruye

    Ku wa 26 Mata 2021, Perezida Kagame yahaye abasore n’inkumi 721 ipeti rya Sous-Lieutenant ribemerera kwinjira mu Gisirikare ry’u Rwanda nk’abofisiye bato. Mu basirikare basoje amasomo harimo abakobwa 74

    Perezida Paul Kagame ku wa 2 Kanama 2021 yakiriye mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan mu rugendo rugamije kunoza imibanire y’ibihugu byombi

    Perezida Kagame yageze muri Mozambique mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nzeri 2021. Yahise yakirwa na Filipe Nyusi uyobora iki gihugu kiri mu Majyepfo ya Afurika. U Rwanda rufite ingabo zarwo zoherejwe kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado

    Perezida Nyusi asuhuzanya na Paul Kagame ubwo yamwakiraga mu Kigo cya Gisirikare cy’Ingabo zirwanira mu Mazi kiri mu gace ka Pemba

    Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yayoboye Inama Nkuru y’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yateranye ku wa Kane, tariki ya 9 Nzeri 2021

    Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa mbere wo mu Itsinda A muri Shampiyona Nyafurika ya Volleyball mu Bagabo (2021 Men’s Africa Nations Volleyball Championship) warangiye u Rwanda rutsinze u Burundi amaseti atatu ku busa ku wa 7 Nzeri 2021. Yari agaragiwe n’Umuyobozi wa FRVB, Ngarambe Raphaël na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa

    Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Touadéra wa Centrafrique ku wa 5 Kanama 2021

    Perezida Paul Kagame ku wa 25 Kamena 2021yakiriye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, watangiye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda. Bahuriye ku Mupaka wa La Corniche mu Karere ka Rubavu

    Perezida Paul Kagame na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron barebye umukino wa 1/4 cya BAL wahuje Patriots BBC ihagarariye u Rwanda na Ferroviário de Maputo yo muri Mozambique wakinwe ku wa 27 Gicurasi 2021. Icyo gihe Patriots BBC yasezereye Ferroviário de Maputo iyitsinze amanota 73-71.

    source : https://ift.tt/3E8JTYo

  • Imbamutima za Perezida Kagame ku ‘muryango n’inshuti’ zamwifurije isabukuru nziza – #rwanda #RwOT

    Ku wa 23 Ukwakira 2021, nibwo Perezida Paul Kagame yizihije isabukuru y’imyaka 64 ishize abonye izuba. Binyuze kuri Twitter n’izindi mbuga nkoranyambaga, abantu batandukanye bamwifurije isabukuru nziza.

    Mu banditse ubutumwa bifuriza Perezida Kagame isabukuru nziza, harimo abayobozi mu nzego zitandukanye, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi.

    Louise Mushikiwabo uyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) ni umwe mu bifurije Perezida Kagame isabukuru nziza agira ati “Isabukuru nziza Perezida wacu Paul Kagame! Bavuga ko abeza baboneka mu binyejana byinshi, icyakora njye nabonye imena iba imbonekarimwe. Mutabazi watanze ubuto bwe ubunyarwanda bwatangatanzwe, maze ituze rigataha aho tuvuka, uragahorana Imana y’i Rwanda.”

    Kuri uyu wa 24 Ukwakira Perezida Kagame abinyujije kuri Twitter yashimiye aba bantu bose bamwifurije isabukuru nziza.

    Ati “Mfashe uyu mwanya ngo nshimire mwe mwese mwanyifurije n’abanyifurije (mu myaka ishize) isabukuru nziza. Umugisha kuri mwese.”

    I take this moment to express my sincere appreciation to ALL of you who wished & have been wishing me( over the years) Happy Birthday. Bless You all.

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2021

    Mu bundi butumwa Perezida Kagame yanditse yashimiye umuryango n’inshuti ze zamwifurije isabukuru nziza.

    Ati “Ndashimira inshuti n’umuryango batumye umunsi w’amavuko wanjye uba uw’ibyishimo.”

    Thank you to friends and family that made my Birthday a very happy one. pic.twitter.com/5gSpkKwubZ

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2021

    Best part of the birthday! pic.twitter.com/AWa678TIgd

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2021

    Perezida Kagame kandi yagaragaje ko bimwe mu byamushimishije kuri uyu munsi ari umwanya yamaranye n’umwuzukuru we akaba imfura y’umukobwa we Ange Kagame n’umugabo we, Ndengeyingoma Bertrand.

    Paul Kagame yavukiye i Nyarutovu mu yahoze ari Komini Tambwe, Perefegitura ya Gitarama ubu ni mu Karere ka Ruhango mu Majyepfo y’u Rwanda. Ni umuhererezi mu muryango w’abana batandatu, bavuka kuri Rutagambwa Deogratias na Rutagambwa Asteria [Bombi bitabye Imana].

    Mu 1959, ubwo yari afite imyaka ibiri, umuryango wa Kagame wahungiye mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bw’u Rwanda, aho wamaze imyaka ibiri mbere yo kwerekeza muri Uganda mu Nkambi ya Nshungerezi.

    Kimwe n’abandi Banyarwanda benshi, ubuzima bwe bwo mu buto yabubaye mu buhunzi muri Uganda kuko ariho yize amashuri abanza n’ayisumbuye.

    Perezida Kagame yayoboye urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiye na RPA ndetse aza baza kubigeraho mu 1994. Nyuma y’uru rugamba yahawe inshingano zitandukanye zirimo kuba Visi Perezida na Minisitiri w’Ingabo.

    Ku wa 24 Werurwe 2000 ni bwo Paul Kagame yagizwe Perezida wa Repubulika muri Leta y’Inzibacyuho asimbuye Pasteur Bizimungu wari umaze kwegura ndetse mu 2003 aza gutorerwa n’abaturage gukomeza izi nshingano.

    Mu birori byo kwihiza isabukuru y’amavuko, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’inshuti n’umuryango

    Perezida Kagame yagaragaje ko kubonana n’umwuzukuru we biri mu byamushimishije kuri uyu munsi

    source : https://ift.tt/3jzzzRn

  • Perezida Kagame yashimiye inshuti n’umuryango bamwifurije isabukuru nziza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021, nibwo Perezida Kagame yizihije isabukuru y’imyaka 64 y’amavuko. Abantu batandukanye babinyujije cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga banditse ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko, benshi bagaragaza ko bishimira kuba bamufite nk’umuyobozi w’u Rwanda, bamushimira uruhare rwe rukomeye mu iterambere ry’Igihugu.

    Umukuru w’Igihugu yashimiye abantu bose bamweretse urukundo bamufitiye ku munsi we w’amavuko, abashimira kuba bahora bamwereka urukundo uko imyaka ihora ikurikirana.

    I take this moment to express my sincere appreciation to ALL of you who wished & have been wishing me( over the years) Happy Birthday. Bless You all.

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2021

    Thank you to friends and family that made my Birthday a very happy one. pic.twitter.com/5gSpkKwubZ

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2021

    Best part of the birthday! pic.twitter.com/AWa678TIgd

    — Paul Kagame (@PaulKagame) October 23, 2021

    source : https://ift.tt/30Yebij

  • Igitekerezo: Kubera iki umugabo udafasha iwabo byitirirwa umugore we? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi bivugwa hirya no hino, yaba mu bantu bakuru cyangwa se abakiri bato, aho baba bumvikanisha ko kuba umugabo ntacyo aha benewabo biba byatewe n’umugore we. Ariko ibi bintera kwibaza impamvu byitirirwa umugore kandi umugabo ari umuntu mukuru ufite ubwenge ndetse unafata imyanzuro itandukanye.

    Igitangaje ni uko hari n’igihe akenshi uyu mugabo umeze utya, akenshi na mbere atarashakana n’uyu mugore ariko aba yari asanzwe ameze, wenda ntibanabyiteho, nyamara yamara gushaka bikitwa ko umugore ari we mubi.

    Birasanzwe ko kugira ngo hagire imyanzuro imwe n’imwe yafatwa mu rugo bisaba ko umugabo n’umugore baganira bakagira ibyo bumvikanaho. Ariko ibi ntibikuraho ko buri muntu aba afite uko yumva ibintu kandi hakaba n’imyanzuro imwe n’imwe afata ku giti cye. Rero kuba uyu mugabo adafasha benewabo siniyumvisha ukuntu bijya bihuzwa n’umugore, nk’aho ari we ugomba gufatira umugabo imyanzuro, cyane ko hari n’indi umugabo aba asanzwe afata ku giti cye.

    Ubusanzwe n’ubwo imiryango ibanye neza, iby’ubukungu babihuriza hamwe kugira ngo barebe iterambere ry’urugo rwabo, ntitwabihakana ko hari amafaranga menshi umugabo akoresha yewe n’umugore atabimenyeshejwe cyangwa ngo anabimenye, n’umugore ndetse bikaba bityo. Bisobanuye ko umugabo yashatse kugira icyo afasha benewabo n’iyo umugore atabimenya yabikora, ariko ntibyitirirwe umugore buri gihe mu gihe atabafashije.

    Njyewe ibi mbifata nko kuba rimwe na rimwe umugore arenganywa muri sosiyete, aho hari n’ibyo bamushinja nta n’icyo afite yabikoraho. Ku buryo umugabo amafaranga yo kujyana nko mu kabari, kugura ibintu bitandukanye, guha abandi bantu batari abo mu muryango we abikora uko abishatse umugore ntibimugereho, ariko kudaha ubufasha umuryango we, ibi byanze bikunze bikitirirwa umugore!

    Ibi bivugwa nta n’ubizi ko wenda baba banabiganiriyeho mu rugo ngo wenda umugore abe ari we ubyanga, kuko hari n’igihe umugore abivuga, umugabo ntabyemere kandi umugore akaba atabikora batabyumvikanye kuko aba ari amafaranga azwi babariye hamwe. Nyamara ibi bikitirirwa umugore ngo ni we mubi.

    Umugabo ni umuntu mukuru ndetse unafata imyanzuro itandukanye. Yaba iyo afashe izwi n’umugore cyangwa umugore atayizi. N’iyo yaba yarashatse koko uwo mugore w’ubugugu yashatse kubikora, mbese afite umutima wo gufasha iwabo yabikora ndetse neza kandi ubuzima bw’urugo rwabo bugakomeza. Utabikoze rero numva byagakwiye kumubarwaho aho kuba buri gihe bihita byitirirwa umugore kandi wanareba neza ugasanga n’ubundi nta nama ajya amugisha mu byo akora.

    source : https://ift.tt/3nlMK9H

  • Murenzi Abdallah ucyuye igihe yashimiwe ibyo yakoze ayobora urubyiruko rw’abakorerabushake #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Murenzi Abdallah yahererekanyije ububasha na Kwitonda Rashid umusimbuye ku nshingano
    Murenzi Abdallah yahererekanyije ububasha na Kwitonda Rashid umusimbuye ku nshingano

    Abitangaje nyuma y’ihererekanyabubasha hagati ye na Murenzi Abdallah wari Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake, umuhango wabaye tariki 19 Ukwakira 2021, uyoborwa na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi JMV.

    Minisitiri Gatabazi JMV, yashimiye cyane Murenzi Abdallah wari Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake, ku bikorwa byamuranze mu myaka igera kuri itandatu ayoboye urwo rubyiruko, amwizeza ko MINALOC izakomeza kumwiyambaza mu rugendo rwo kubaka ubukorerabushake afitemo ubunararibonye.

    Minisitiri Gatabazi JMV yashimye ibikorwa bya Murenzi Abdallah wari umuhuzabikorwa w
    Minisitiri Gatabazi JMV yashimye ibikorwa bya Murenzi Abdallah wari umuhuzabikorwa w’urubyiruko ku rwego rw’Igihugu

    Kubana Rachid wahawe inshingano zo kuyobora urubyiruko rw’abakorerabushake, yabwiye Kigali Today ko aho Murenzi Abdallah agejeje urubyiruko rw’abakorerabushake ari heza kandi ko bahamushimira, avuga ko agiye gukomereza kuri ibyo bikorwa mu rwego rwo gukomeza kuzamura iterambere ry’igihugu.

    Yagize ati “Hakozwe umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’uwari umuhuzabikorwa, Murenzi Abdallah nanjye, icyo nshima cyane ni uburyo yabanye n’urubyiruko, rukora ibikorwa binyuranye, ndamushima. Aho agejeje akora ntabwo bizahagararira hariya, nje gukomereza ku byo yubatse, ntabwo byahagararira aha turakomeza gufasha urubyiruko”.

    Arongera ati “Abdallah aho yagejeje urubyiruko ni heza cyane, kandi ibikorwa bye turabikomerezaho ku buryo hari icyizere ko bizakomeza gutera imbere n’ibindi biruseho bigakorwa, twanashimira n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu cyacu bwashatse kongerera imbaraga urwo rubyiruko, habaho iryo shami ry’urubyiruko rishinzwe kubakurikirana kandi rifite uburyo bwubakitse bwisumbuyeho”.

    Umuhango w
    Umuhango w’ihererekanyabubasha

    Mu mwaka wa 2015, nibwo Urubyiruko rw’abakorerabushake rwagiranye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’u Rwanda, agamije gukumira ibyaha.

    Ishami rishinzwe urubyiruko rw’abakorerabushake, rikaba ryashyizwe muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu rihabwa n’umuyobozi urishinzwe, ari we Kubana Rachid wamaze gutangira izo nshingano nk’Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, ushinzwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake n’ubukangurambaga.

    Bafashe ifoto y
    Bafashe ifoto y’urwibutso
    Urubyiruko rw
    Urubyiruko rw’abakorerabushake rwagiye rwitabira amahuriro anyuranye


    source : https://ift.tt/30MB2NC

  • Abanyarwanda 48 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uko ari 48 bagizwe n’abagabo 29, abagore 9 n’abana 10 bakaba bari bafungiye muri gereza zitandukanye harimo iya gisirikare ya CMI i Mbuya iherereye mu mujyi wa Kampala.

    Bavuga ko imitungo basizeyo n’amafaranga bari bafite mu ntoki bambuwe n’abasirikare babafashe ndetse n’aho bari bafungiwe muri kasho za Polisi arenga miliyoni 136 z’amashilingi ya Uganda.

    Muri aba Banyarwanda bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba i Nyagatare harimo abafite umwihariko w’uko bakuriye mu gihugu cya Uganda ndetse hakabamo n’abariyo kubera gukora umurimo w’Imana (Ivugabutumwa).

    Kamana Emmanuel, umushumba mu itorero Life Church riherereye mu Murenge wa Rwempasha, yagiye muri Uganda ahitwa Rwentobo mu Karere ka Ntungamo ku butumire bw’igiterane cy’ivugabutumwa.

    Gisoje ngo cyakomereje mu Karere ka Masaka, ku itariki ya 12 Kanama 2021, afatwa n’igisirikare cya Uganda afungirwa mu kigo cya gisirikare cya Masaka iminsi ine ahavanwa ajya gufungirwa muri CMI i Mbuya mu mujyi wa Kampala.

    Uyu muvugabutumwa yashinjwe kuba maneko w’u Rwanda, yavanywe i Mbuya yoherezwa mu kigo cya gisirikare cya Mbarara ahitwa Makenke aha hombi akaba yarahabaye akubitwa uko bukeye n’uko bwije ndetse akaba yaranakorewe iyicarubozo.

    Avuga ko batamugiriye n’impuhwe kuko yambuwe miliyoni enye z’amashilingi ya Uganda ari yo yakabaye aheraho yivuza inkoni yakubiswe.

    Niyonkuru Obed w’imyaka 31 y’amavuko avuga ko atazi iwabo gusa akemeza ko bishoboka ko ari mu Karere ka Kayonza. Yemeza ko mu 1994 yisanze mu nkambi y’impunzi ya Nakivale mu Karere ka Isingiro arahakurira ahava mu mwaka wa 2008 nyuma y’uko uwamureraga yitabye Imana 2006.

    Yakomereje ubuzima mu mujyi wa Kampala aho yacurangaga Piano muri korari ya Baraka and Blessings.

    Ku itariki 23 Gicurasi 2021, yafatiwe ahitwa Mengo ajya gufungirwa mu kigo cya gisirikare cya CMI Mbuya ashinjwa gutura muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Avuga ko yavuye i Mbuya yoherezwa i Mbarara muri kasho ya Polisi aho yavuye yoherezwa mu Rwanda.

    Avuga ko imitungo asize mu gihugu cya Uganda ifite agaciro karenga Miliyoni 63 z’amashilingi ya Uganda.

    Abanyarwanda bari bafungiye mu gihugu cya Uganda harimo abasizeyo imiryango yabo aho bari batuye ndetse n’abasize bamwe mu bayigize muri gereza.

    Ndahayo Samuel avuga ko yari atuye Gomba akaba ari na ho yasize urugo rwe harimo umugore n’abana batatu.

    Ndahayo yafungiwe muri CMI Mbuya mu gihe cy’amezi ane ashinjwa gutura muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko aha akaba yarahavuye yoherezwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mbarara ari na ho yavuye yoherezwa mu Rwanda.

    Undi uvuga akababaro yahuye na ko ni Butera Eliphaz wagiye muri Uganda mu mwaka wa 2014 atura ahitwa Gomba akaba yari atunzwe no guhinga no korora.

    Yafashwe muri Nyakanga 2021, ajya gufungirwa i Mbuya muri gereza ya gisirikare ahamara amezi abiri ashinjwa gutura muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’ubwo ngo nta rukiko rwigeze rumuburanisha.

    Muri gereza ya CMI Mbuya ahasize umugore we Nyirahabimana Epiphanie w’imyaka 51 y’amavuko n’umuhungu we Hakizimana Samuel w’imyaka 18 ushinjwa kuba maneko w’u Rwanda.

    Butera Eliphaz asaba abandi Banyarwanda kudahirahira kujya muri Uganda kuko nta mutekano Abanyarwanda bahafite ahubwo n’ibyo bahakorera ayo bakuyemo bayamburwa bakagaruka amara masa.

    Avuga ko mu gihugu cya Uganda mu Karere ka Gomba yari atuyemo asizeyo umutungo ubarirwa mu mashilingi ya Uganda arenga miliyoni 50.

    source : https://ift.tt/3Ccfmbw