Tag: featured

  • Rubavu: Hagiye kwiyambazwa amaradiyo yo ku mipaka mu guhangana na Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC butangaza abaturage nibamara kwikingiza hari icyizere ko ubuzima buzasubira nkuko bwahoze bakabasha kwambuka umupaka byoroshye.

    Ibi byatangajwe nyuma y’amahugurwa yahuje abarenga 30 bakorera mu maradiyo yo mu masoko naza Gare, agamije gukomeza gukarishya ingamba za #Sindohoka mu guhangana na Covid-19.

    Umuyobozi mukuru w’Umuryango Easy and Possible, Niyigena Sano François, yavuze ko hakenewe ubukangurambaga bugera kuri benshi kugira ngo abaturage benshi bitabire.

    Ati “Hari uburyo bwinshi bwari busanzwe bukoreshwa mu bukangurambaga, ariko ubu buryo twazanye bwo kuba ubutumwa bukangurira abaturage kwirinda Covid-19 bwanyuzwa ku maradiyo yo mu masoko na za Gare zitegerwamo imodoka mu Rwanda, bwagera kuri benshi kandi mu gihe gito.”

    Niyigena yasabye abahuguwe kujya batambutsa ubwo butumwa bukangurira abaturage kwirinda ikwirakwira ry’Icyorezo cya Covi-19, ndetse no kwitabira gahunda yo gufata urukingo.

    Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Mahoro Julien Niyingabira yavuze ko ubu buryo bufasha kwegera abaturage bagahabwa ubutumwa kuburyo buhoraho, asaba abaturage kwitabira inking0 kuko aribwo bazasubira mu buzima bahozemo.

    Ati “Ni uburyo dukoresha mu kwigisha abantu kubahiriza ingamba zo kwirinda harimo no kwikingiza kandi kwigisha ni uguhozaho. Niyo mpamvu mutubona mu masoko, muri gare no mu mipaka yose. Tuba dushaka guha umuturage ubutumwa ku buryo buhoraho’’

    Yakomeje asaba abaturage kwitabira gufata inkingo kuko kugirango abantu basubire mu buzima nkuko bwahoze bizasaba kuba bikingije.

    Mu ntangiriro z’Ugushyingo mu karere ka Rubavu habereye ubukangurambaga bukangurira abaturage bose bagejeje imyaka yo kwikingiza gufata urukingo, kugira ngo Ukuboza 2021 kuzagere ku musozo abanya Rubavu barakingiwe 100%.

    Akarere ka Rubavu kashegeshwe n’icyorezo cya Covid-19 mu gihe ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwari ishingiro ry’ubukungu bw’aka karere.

    Hagaragajwe ko ubukangurambaga ari ingenzi cyane mu gukangurira abaturage kwikingiza no kwirinda Covid-19

    Hahuguwe abantu baturutse mu maradiyo yo mu masoko na Gare zitandukanye

    source : https://ift.tt/3ooDB1G

  • Abahanze imishinga 31 yitezweho kuzamura imijyi ya Afurika batyarijwe ubumenyi i Kigali – #rwanda #RwOT

    Aya mahugurwa yateguwe n’inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo ifatanyije n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abadage wita ku Iterambere (GIZ).

    Mu minsi itanu yamaze [22-26 Ugushyingo 2021], abayitabiriye basangijwe ubumenyi bwabafasha kwagura ishoramari ryabo bakagera ku rwego rushobora guhangana ku Mugabane wa Afurika.

    Amahugurwa yahurije hamwe abo mu nzego za Leta, abikorera bahagarariye ibigo nka Volkswagen, Angaza Capital, Viktoria Ventures n’ibindi.

    Imiryango irimo MEST na AfriLabs ifasha abahanga ba rwiyemezamirimo bato kwihangira imirimo bafashije abahuguwe kubona aho kumurikira ibyo bakora no guhura n’abandi hagamijwe kubafasha kubona ubumenyi butuma barushaho kwagura imikorere yabo.

    Abahuguwe bashimye amahirwe bahawe yo guhura na bagenzi babo b’imbere mu gihugu na bo ku rwego mpuzamahanga nyuma y’imyaka igera kuri ibiri bakorera mu buryo bugoye kubera icyorezo cya COVID-19.

    Kuri ba rwiyemezamirimo bamwe, umwiherero bahuguriwemo wabaye uwa mbere bagiyemo kuva batangiye ishoramari ryabo mu myaka ibiri ishize.

    ‘Smart Cities Innovation Programme [SCIP]’ ni gahunda yatangijwe na Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga ku bufatanye na GIZ, muri Nzeri 2021.

    Kuva icyo gihe imishinga yatangiye urugendo rw’amezi atandatu rugamije gushyigikira no kuzamura imishinga mito y’Abanyafurika, igaragaza ubushobozi bwo kugira uruhare mu iterambere ry’imijyi igezweho n’ubukungu budaheza.

    Iyi gahunda iri mu cyerekezo cyo guhindura imijyi ya Afurika, izafasha guhanga akazi by’umwihariko mu Rwanda no hanze yarwo.

    Mbere yo kwinjira mu mwiherero, imishinga 31 ni yo yatoranyijwe muri 300 yabisabye hagati ya Mata na Gicurasi.

    Imishinga yatoranyijwe iri mu byiciro bitatu biganisha ku kubaka imijyi igezweho, birimo ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije n’imiturire igezweho, uburyo bw’ingendo bugezweho n’iteza imbere serivisi z’imari zigerwaho na bose.

    Mu mishinga yatoranyijwe harimo iyo mu Rwanda nka Digital Blind Walking Stick, Gura Universal Link, STES Group Limited mu cyiciro cy’iterambere ry’ingendo zigezweho; mu cy’Ikoranabuhanga ritangiza n’imiturire igezweho hatoranyijwe Urbany Africa mu gihe mu iteza imbere Serivisi z’Imari zigerwaho na bose hafashwe Mopay wo mu Rwanda.

    Indi nkuru wasoma: Imishinga y’Abanyarwanda muri 31 nyafurika igamije guteza imbere imijyi

    Abahanze imishinga 31 yitezweho kuzamura imijyi ya Afurika batyarijwe ubumenyi i Kigali mu mahugurwa azabafasha kurushaho kunoza no kwagura ibyo bakora

    source : https://ift.tt/3IhUZ0h

  • Abarimu 16 bagiye kwishyurirwa kaminuza mu bukangurambaga bwa AIMS – #rwanda #RwOT

    Yakusanyijwe ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 Ukuboza 2021 mu musangiro wabereye muri Ubumwe Grande Hotel, i Kigali.

    Arimo miliyoni 10 Frw yatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), miliyoni 7 Frw yatanzwe na Airtel Rwanda ndetse na miliyoni 2 Frw yatanzwe na KCB Rwanda.

    Abarimu bemerewe kwiga muri Kaminuza za Kibogora na UTAB, aho buri yose izakira batatu bazishyurirwa byose na batanu bazishyurirwa igice.

    Hari amakuru ko na Mount Kenya University igitekereza ku kuntu yatanga umusanzu wayo.

    Ni nyuma y’ubukangurambaga bugamije gushimira abarimu batsindishije abanyeshuri benshi mu bizamini bya science n’imibare, AIMS yatangije ku wa 18 Ugushyingo 2021, ku bufatanye na Airtel Rwanda, Chancen International, na KCB Rwanda.

    Bwamaze ibyumweru bitatu bufite insanganyamatsiko igira iti “Abarimu, intwari zacu za buri munsi”.

    Intego ni uko haboneka miliyoni 100 Frw azatangizwa mu Kigega cyo gushyigikira gahunda yo guhemba abarimu no kubafasha kwiga icyiciro cya mbere kaminuza izajya iba buri mwaka.

    Ubwo ubu bukangurambaga brazaba busozwa ku wa 5 Ukuboza 2021, hazahembwa abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri basaga 150. Barimo 120 bigisha ku bigo bikorana na AIMS mu turere 14, na 30 batoranyijwe mu turere twose tw’igihugu.

    Mu gutoranya aba barimo nta mwihariko urebweho ahubwo bikorwa mu buryo bw’amahirwe. Buri karere kavuyemo umwe.

    AIMS ikorera muri Kamonyi, Gisagara, Nyaruguru, Ngororero, Rusizi, Nyamasheke, Nyabihu, Rubavu, Musanze, Nyanza, Karongi, Kayonza, Rwamagana na Gicumbi.

    Igihembo gito kiratangwa ni 300.000 Frw, mu gihe igikuru ari ukwishyurira nibura abarimu 20 bakiga icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

    Ni ku nshuro ya kabiri ubu bukangurambaga buba. Umwaka ushize abarimu bane ni bo bishyuriwe kaminuza.

    Ubwo hatangizwaga ubw’uyu mwaka,Umuyobozi wa AIMS, Hakizimana Lydie, yavuze ko bugamije kongera kwibutsa Abaturarwanda akamaro k’abarimu no kuzirikana ko ari inkingi mwikorezi mu iterambere ry’igihugu.

    Ifoto y’urwibutso yafashwe nyuma yo gukusanya inkunga

    KCB Rwanda yatanze inkunga ya miliyoni 2 Frw

    RSSB yatanze miliyoni 10 Frw

    Umusangiro wabereye muri Ubumwe Grande Hotel

    source : https://ift.tt/3GjVSnb

  • Utuzu dutanga udukingirizo twafashije abagiraga isoni zo kujya kutugura mu maduka – #rwanda #RwOT

    Kuva aho mu duce tuzwi ko twiganjemo uburaya hashyizwemo utuzu dutangirwamo udukingirizo ku buntu mu kurwanya ikwirakwiza rya virusi itera SIDA, nk’i Matimba mu Murenge wa Rwezamenyo muri Nyarugenge hatangwa udukingirizo turenga ibihumbi bitanu mu cyumweru kimwe.

    Bamwe mu basore batuye muri aka gace no mu bindi bice by ‘Umujyi wa Kigali bo mu Mujyi wa Kigali baganiriye na IGIHE, bemeza ko utu tuzu tubafasha cyane kuko nta ugikora imibonano mpuzabitsina idakingiye yitwaje ko yabuze agakingirizo cyangwa amafaranga yo kukagura.

    Biziyaremye Antoine wo mu Murenge wa Rwezamenyo yagize ati “Byambagaho rwose hari ubwo nakoreraga aho kubera ko nabuze agakingirizo cyangwa amafaranga yo kukagura ariko ubu ndagenda nkafata utwo nshaka nkatujyana nkadukoresha.”

    Cyusa Hassan utuye i Nyamirambo na we yagize ati “Sinkubeshye nta kintu na kimwe cyangoraga nko kujya kugura udukingirizo. Uzi ko iyo najyaga kukagura nkasangamo abantu baje kwihahira nahitaga nsubira inyuma nkategereza igihe bose bari buve muri Boutique kugira ngo mbone kugasaba.”

    Yakomeje asaba inzego zibishinzwe ko zakoresha uko zishoboye utu tuzu tugashyirwa ahantu henshi mu rwego rwo kwirinda ko hari abakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

    Uwamariya Solange ukora wigurisha i Matimba mu Murenge wa Rwezamenyo,na we yemeza ko utu tuzu twabafashije cyane.

    Ati “ Ubu nyine umuntu aragenda agafata udukingirizo ashaka akatujyana ku buryo nta mugabo mwakorera aho yitwaje ko yabuze agakingirizo, ikindi byadufashije urabizi twaratuguraga ariko ubu nta ndaya n’imwe ikijya kugura agakingirizo aha ahubwo ihita ajya hariya ikadufata.”

    Harifuzw ako utu tuzu tujyanwa ahantu hatandukanye hahurira abantu benshi harimo no muri za Kaminuza kugira ngo bibafashe.

    Utu tuzu dutangirwamo udukingirizo twafashije benshi bagorwaga no kujya kugura udukingirizo mu maduka

    source : https://ift.tt/332zro7

  • Omicron yatumye abaremaga isoko nyambukiranyamipaka rya Karongi baryamira amajanja – #rwanda #RwOT

    Ubu bwoko bushya bwa coronavirus bwitwa Omicron bwagaragaye bwa mbere muri Botswana na Afurika y’Epfo mu mpera z’Ugushyingo. Ubu bwamaze gukwira henshi, yaba mu Burayi no muri Aziya.

    Alain Irung urema isoko rya Karongi yavuze ko nk’Abanye-Congo Omicron ibateye impungenge ari nayo mpamvu biyemeje gushyira imbaraga mu kuyirinda kugira ngo itazatuma iri soko ryongera gufungwa.

    Yagize ati “Omicron ni icyorezo kiri kumvikana mu Isi yose, twumva kiramutse kigeze hano mu Rwanda cyangwa iwacu muri Congo byaba ari bibi cyane kuko byatuma iri soko ryongera gufungwa kandi ridufitiye akamaro kanini”.

    Angèle Makombo yashimye ingamba zo kwirinda zashyizweho zirimo kuba u Rwanda rwarashyize imbaraga mu gutanga inkingo, mu gihe Abanye-Congo barema iri soko babanza gupimwa Coronavirus, no gukaraba intoki mbere yo kwinjira.

    Ati “Iyo tuvuye mu bwato baradupima, bakatwereka aho twicara tugategereza igisubizo basanga uri muzima ugakomeza ukajya mu isoko”.

    Byiringiro John na we yavuze bari gushyira imbagara nyinshi mu kwirinda kugira ngo omicron itazagera mu Rwanda.

    Ati “Impamvu turimo kuyirinda tukanayikumira itaraza ni ukugira ngo itazagera mu Rwanda iri soko rigafungwa tugasubira mu bihe bibi nk’ibyo twari turimo kuko abenshi iri soko niryo ritugaburira.”

    Uwimana Dieudonné, yavuze ko mu rwego rwo kwirinda Covid-19 bambara neza agapfukamunwa, guhana intera igihe bari mu isoko, no gukara mbere yo kwinjira mu isoko, banarivamo bagakaraba.

    Ati “Dukaraba amazi meza n’isabune, tugashyiramo metero, amafaranga iyo tumaze kuyafata turayabika, twajya gusohoka tukongera tugakaraba. Abanye-Congo iyo tubabona hano tubona birinda ariko iwabo ntabwo tuzi niba babikora”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Karongi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukase Valentine, yavuze ko iyo iri soko ryaremye bahashyira imbaraga kugira ngo ritaba intandaro y’ikwirakwira rya Covid-19.

    Ati “Iyo isoko ryaremye inzego zose ziba zahahuriye, dufite urubyiruko rw’abakorerabushake kugira ngo bakurikirane iyubahirizwa ry’amabwiriza. Hirindwa ko abantu begerana. Ingamba zo kwirinda ziba zakajijwe. Abanye-Congo baje bapimwa Covid-19, ubwo rero haramutse harimo ufite ikibazo yahita ashyirwa mu kato. Ibitaro n’ibigo nderabuzima ku munsi w’isoko baramanuka bakajya gukorera hariya.”

    Visi Meya Mukase yasabye abaturage kutirara bumva ko Covid-19 cyarangiye, ahubwo bakarushaho gukaza ingamba kuko hadutse Coronavirus nshya nubwo itaragera mu Rwanda.

    Ati “Abantu rwose boye kwirara kuko hari nk’uvuga ngo yarakingiwe, ugasanga ntashaka kwambara agapfukamunwa, ntashaka kwirinda. Turimo turagenda tubabwira ko icyorezo kigihari, noneho hari ubwoko bukaze nubwo butaragera mu gihugu cyacu, turimo turagenda tubasaba kurushaho gukaza ingamba”.

    Isoko nyambukiranyamipaka ry’amatungo rya Karongi riherereye i Ruganda mu murenge wa Bwishyura. Ni isoko riremwa n’Abanye-Congo benshi bagura amatungo yo kujya kubaga.

    Iri soko ricururizwamo amatungo magufi yiganjemo ingurube ihene intama n’inkoko

    Abanye-Congo barema isoko nyambukiranyamipaka rya Karongi babanza gupimwa coronavirus

    Abarema isoko nyambukiranyamipaka rya Karongi bari gushyiraho akabo ngo Omicron itazahagarika ubuhahirane

    source : https://ift.tt/3GiVmFI

  • Kwirinda imirire mibi, intambwe ikwiye kwimakazwa aho guhangana n’igwingira – #rwanda #RwOT

    Ikibazo cy’imirire mibi kimaze igihe kinini kivugwa ndetse Umukuru w’Igihugu yongeye kugikomozaho ubwo hasozwaga amahugurwa y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze baheruka gutorwa, ku wa 29 Ugushyingo 2021. Yavuze ko abana nibagwingira “n’igihugu kizagwingira”.

    Ubwo hubakwaga uturima tw’igikoni ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kimisagara ku wa 4 Ukuboza 2021, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yasabye ababyeyi n’abajyanama b’ubuzima kwirinda imirire mibi aho kuzakomeza guhangana n’izo ngaruka zayo.

    Yagize ati “Dufite inshingano ikomeye cyane yo kwirinda kongera kubona abana bagwingira cyangwa bari mu mirire mibi. Niyo mpamvu haba hagiyeho gahunda nk’iriya yo kubaka uturima tw’igikoni kugira ngo umwana abone indyo yuzuye, twirinde kujya mu mirire mibi kurusha guhangana n’imirire mibi n’igwingira ryamaze kubaho.”

    Icyo gikorwa cyateguwe kinaterwa inkunga na Rotaract Club ya KIE ku bufatanye na Marriot Hotel, DP Singh Associates Ltd, The Zipliner na Galaxy Hotel; gishyirwa mu bikorwa ku bufatanye n’Umurenge wa Kimisagara, Urubyiruko rw’Abakorerabushake, Abafana ba Chelsea na CMS Cor-Unum.

    Rotaract Club ya KIE ni imwe muri enye zihuza na Rotary Club umunani bikubaka Rotary Club Rwanda, Umuryango w’abagiraneza ufasha muri serivisi zirimo iz’ubuzima, imibereho myiza, uburezi, kwimakaza amahoro n’ibindi.

    Mu butumwa yahatangiye, Umuyobozi wa Rotaract Club ya KIE, Mihigo Félix, yagize ati “Intego yacu ni ukugabanya imirire mibi. Kuba hari igwingira n’abana bari mu mirire mibi si ibanga, ahubwo twebwe turabikoraho iki? Ntitwifuza imirire mibi mu bana, ni yo mpamvu mubona ibi byose byabaye.”

    Kuri iryo shuri hubatswe uturima tw’igikoni dutatu. Hanatanzwe ifu y’igikoma, imbuto z’imboga n’ibikoresho nkenerwa mu kubungabunga utwo turima.

    Mihigo yavuze ko hagamijwe kubaka uturima 13 mu midugudu 13 igize Akagari ka Katabaro riherereyemo.

    Bamwe mu babyeyi bavuze ko bazi akamaro ko kwirinda imirire mibi kuko igwingira riba ku mubiri no mu mitekerereze.

    Uwitwa Gakuru Alphonsine yagize ati “Ikibazo ni ubukene. Ariko tugiye gushyiramo agatege kuko iyo umwana agwingiye akiri muto, agwingira ku mubiri ndetse no mu bitekerezo.”

    Abajyanama b’ubuzima babwiye ababyeyi ko kwirinda imirire mibi bidahenze kuko “abenshi bibeshya ko bisaba guhaha inyama” nyamara n’imboga, indagara, imbuto, amata byafasha kuyirinda.

    Usibye kubaka uturima tw’igikoni, Umuryango w’Abafana ba Chelsea FC mu Rwanda wanishyuriye mituweli abaturage bagera ku 180.

    Icyo gikorwa cyitabiriwe na Peter Hendrick Vrooman (wambaye ingofero y’ubururu) umaze igihe ari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda. Aha yari kumwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy

    Imboga zatewe zirimo amashu

    Hubatswe uturima tw’igikoni dutatu

    Rotaract Club ya KIE yatanze n’ibikoresho bizifashishwa mu kubungabunga uturima tw’igikoni

    Uturima twubatswe twatewemo imboga

    Abafana ba Chelsea bishyuriye mituweli abaturage 180

    source : https://ift.tt/3lB8Fd4

  • Icyateye u Rwanda gutera umugongo intwaro z’ubumara zimaze guhitana abasaga miliyoni – #rwanda #RwOT

    Ni ikirego gishinja ingabo za Syria n’umugaba w’ikirenga wazo gukoresha gaz yitwa Sarin, yica ihejeje umuntu umwuka. Iki kinyabutabire cyatangiye gukoreshwa mu 1938 ari umuti wica udukoko mu myaka, nyuma abakunzi b’intambara baza kuyibonamo intwaro ikomeye yakwifashishwa mu guhitana imbaga.

    Perezida Assad n’ingabo ze bashinjwa kuba barakoresheje gaz ya Sarin inshuro zisaga 300 guhera mu 2011 bagamije gutera ubwoba no gucecekesha abaturage bakekagwaho gukorana n’inyeshyamba zari zugarije Leta. Ibitero bikomeye bivugwamo gukoreshwamo izo ntwaro ni ibyagabwe mu Mujyi wa Ghouta mu 2013 n’ibyagabwe mu ntara ya Idlib mu 2017.

    Niba Assad azigobotora ibyo birego ntabwo bizwi dore ko abihakana ariko birerekana ubukana bw’intwaro z’ubumara ku Isi, zimaze imyaka amagana n’amagana zikoreshwa.

    Izi ntwaro u Rwanda rumaze imyaka 17 rusinye amasezerano azamagana, amateka agaragaza ko zatangiye gukoreshwa mbere ya Yezu. Urugero ni aho mu mwaka wa 479 mbere ya Yezu Kirisitu, ingabo za Peloponnese ubwo zateraga Umujyi wa Plataea zifashishije umwuka uhumanya wa sulfure mu kwica bahejeje umwuka abari batuye uwo mujyi.

    Mu Ntambara ya Mbere y’Isi yose ingabo z’u Budage, u Bwongereza n’izindi ziri mu zakoresheje ibisasu na gaz z’ubumara by’umwihariko iya Chroline na Mustard.

    Mu nkambi ziciwemo Abayahudi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose, gaz zakoreshejwe mu kubarimbura zibarirwa mu ntwaro z’ubumara.

    Mu myaka ya 1980, ubwo habaga intambara ya Iraq, Saddamu Hussein wayoboraga Iraq n’ingabo ze bakoresheje intwaro z’ubumara zirimo ikinyabutabire cya Tabun cyahitanye ibihumbi by’Aba-Kurde.

    Loni igaragaza ko guhera mu Ntambara ya Mbere y’Isi yose, abantu basaga miliyoni bamaze guhitanwa n’intwaro z’ubumara.

    Hashize imyaka 24 hashyizweho Umuryango ushinzwe kurwanya Ikoreshwa ry’Intwaro z’Ubumara (The Organisation for the Prohibition of Chemical Weapons, OPCW). Uyu muryango ufite icyicaro La Haye mu Buholandi.

    Uyu muryango ukomoka ku masezerano mpuzamahanga yasinywe n’ibihugu, agamije kurwanya ikoreshwa, ikorwa n’ikwirakwizwa ry’intwaro z’ubumara kuko byari bimaze kugaragara ko bidakumiriwe, Isi ishobora kwisanga mu kaga gakomeye.

    U Rwanda rwinjiye muri uyu muryango bwa mbere mu 2004, kugira ngo rufatanye n’amahanga kurwanya izo ntwaro by’umwihariko muri iki gihe Isi yabaye umudugudu kubera ikoranabuhanga.

    Ibyo bivuze ko rutemerewe gukora, gukoresha cyangwa gukwirakwiza izo ntwaro kuko bihabanye n’amasezerano rwasinye.

    Intwaro y’ubumara ni ikinyabutabire cyose cy’ubumara gishobora gutera urupfu rwa benshi, ubumuga, guhinduka k’umubiri n’ibindi. Izo zirimo intwaro z’uburozi n’ibisa nabyo, intwaro zose zigamije gutsemba abantu ku bwinshi binyuze mu kubahumanya n’ibindi.

    Ntabwo izo ntwaro bivuze gusa ibisasu, ahubwo n’iyi miti ikoreshwa mu buvuzi, mu buhinzi n’ibindi ishobora gukoreshwa nabi ikaba intwaro z’ubumara aho kuba iz’iterambere.

    Umunyamabanga wa Mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi ari nayo ihagarariye u Rwanda muri OPCW, Jean Hugues Mukama, yabwiye IGIHE ko amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya ikoreshwa ry’intwaro z’ubumara, abuza ikoreshwa ry’izo ntwaro, ikorwa ryazo keretse mu bushakashatsi nabwo ku kigero gito, mu buvuzi n’izindi mpamvu zumvikana.

    Yavuze ko nubwo intego nyamukuru ari ugukumira ikoreshwa ry’intwaro z’ubumara, OPCW inashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’izo ntwaro ku neza y’abatuye Isi no gushyiraho politiki zifasha mu ikoreshwa ry’izo ntwaro mu bikorwa by’iterambere.

    Ati “Ibihugu biri muri uyu muryango bisabwa gukorera hamwe no koroherezanya mu kubaka ubumenyi mu by’ubutabire (chimie) ariko ku mpamvu z’iterambere.”

    “Uyu muryango utanga amahugurwa agamije kubaka ubushobozi n’ubumenyi ku bijyanye n’intwaro z’ubumara mu bihugu binyamuryango n’ubukangurambaga kuri iyo ngingo.”

    Jean Hugues Mukama yavuze ko u Rwanda rwungukira no mu bufatanye mu bya politiki butangwa n’ubunyamabanga bwa OPCW.

    Ati “Ni ubufatanye buza mu buryo butandukanye hagendewe ku bikomeye haba mu kubaka ubushobozi, ubushakashatsi n’iterambere rya za laboratwari.”

    Urugero, muri Werurwe 2020, bamwe mu bakozi bo ku bibuga by’indege, abo ku mipaka na Polisi bahawe amahugurwa mu buryo bakwiriye kwitwara haba mu gutanga ubutabazi no kurinda abantu mu gihe cy’ikoreshwa ry’intwaro z’ubumara.

    Ayo mahugurwa kandi ajyanye no gutahura intwaro z’ubumara mu bice bitandukanye abo bakozi bakoramo.

    Nubwo hariho uburyo bwo gukumira ikoreshwa, ikorwa n’ikwirakwizwa ry’intwaro z’ubumara hari ibihugu byinshi bikivugwaho gukoresha izo ntwaro.

    Igiteye inkeke kurushaho ni uburyo izo ntwaro z’ubumara zatangiye kuvugwa no mu mitwe y’iterabwoba. Muri Mata 2016, Polisi ya Maroc yasatse inzu y’ibanga yavugwagaho kuba icumbi ry’ibyihebe by’Umutwe w’Iterabwoba Islamic State, ihasanga udupfunyika tw’ibinyabutabire by’ubumara bwashoboraga kwica abantu benshi mu gihe gito.

    Wabaye umuburo ko hatabayeho kwitonda n’ubufatanye, Isi ishobora kwisanga mu kaga k’iterabwoba rivuguruye, ridateza urusaku nka rimwe rimenyerewe ryo kwiturikirizaho ibisasu, ahubwo rikoresha gaz, ubumara, ibinyabutabire n’ibindi by’uburozi bihitana imbaga.

    Buri tariki 30 Ugushyingo ni Umunsi mpuzamahanga washyizweho wo kwibuka inzirakarengane zose zahitanywe n’intwaro z’ubumara.

    Nubwo hashyizweho uburyo bwo kurwanya intwaro z’ubumara, hari aho zikigaragara muri ibi bihe

    Perezida wa Syria, Assad ashinjwa kwifashisha gaz z’ubumara mu kurimbura abaturage batavuga rumwe na we

    Intwaro z’ubumara ziri mu byifashishijwe mu kurimbura Abayahudi mu nkambi babaga bashyizwemo n’Aba-Nazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi

    Bamwe mu bahitanywe n’ibitero by’intwaro z’ubumara ingabo za Syria zishinjwa kuba zaragabye ku basivilie hagati ya 2013 na 2017

    source : https://ift.tt/3djS0Wz

  • Guverinoma irimo kwiga ibiciro bya Gaz biboneye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ministiri w’Intebe yabitangarije Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ku wa 03 Ukuboza 2021, ubwo Depite Dr Frank Habineza yari amugejejeho ikibazo cy’uko Gaz irimo kugenda izamuka mu biciro ku mpamvu atarasobanukirwa.

    Abakoresha Gaz n’abayicuruza barimo Umuyobozi w’Ikigo kiyikwirakwiza mu Rwanda cyitwa Kigali Gas Ltd, Ndagijimana Emmanuel bavuga ko ibiciro byayo biramutse bitagabanyijwe, ngo hari benshi basubira ku nkwi n’amakara.

    Ndagijimana yagize ati “Ubu ikilo kimwe cya Gaz kigurwa amafaranga hagati ya 1400-1500, kandi mu minsi ishize cyari kuri 700Frw-800Frw, urumva byikubye kabiri mu mezi nk’atatu ashize, birabangamye cyane ku buryo hari abenda gusubira ku makara no ku nkwi, kandi Gaz ni yo yari ihendutse kubirusha”.

    Ndagijimana avuga ko icupa rya Gaz ry’ibiro 12 ryagurwaga amafaranga hagati ya 9,300Frw-10,000Frw mu mezi nk’atatu ashize, ubu ryazamuriwe igiciro rikaba rigurwa amafaranga ibihumbi 17.

    Impamvu abacuruzi ba Gaz bari babwiwe ngo ni uko u Burusiya (bucukurwamo Gaz) bwazamuye igiciro cy’iyo bwohereza hirya no hino ku isi, ndetse n’inzira inyuramo kugira ngo igere mu Gihugu zikaba zigoranye.

    Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente na we yemera ko Gaz irimo kugurishwa ku giciro gihanitse muri iyi minsi, akaba yizeza abayikoresha ko inyigo yo kureba ibisabwa kugira ngo icyo giciro kigabanywe irimo kurangira gukorwa.

    Dr Ngirente yasobanuriye Abadepite ko habanje gusuzumwa imikorere y’uruhererekane runyuzwamo Gaz kuva ivuye hanze kugera ku bayikeneye, uburyo Gaz igomba kugenzurwa ndetse n’inyungu buri wese yabona itabangamiye umuguzi wa nyuma uyikeneye.

    Dr Ngirente ati “Ndagira ngo mbabwire ko icyo kibazo turimo kugikemura, turimo kubitunganya ku buryo imibare yose izaba yagiye hamwe ndetse n’umurongo watanzwe, ibisubizo bizaboneka bitarenze iminsi 10, ni yo twihaye kuva uyu munsi (kuva ku itariki 03 Ukuboza 2021)”.

    Leta y’u Rwanda yihaye gahunda yo kugabanya 38% by’imyuka yoherezwa mu kirere bitarenze umwaka wa 2030. Bizagerwaho mu kwirinda itemwa ry’amashyamba avamo inkwi n’amakara, abantu bakaba bagomba gushakirwa ibindi bicanwa bituma bahumeka umwuka mwiza.

    Muri ibyo bicanwa bitarekura imyotsi harimo Biogaz n’amashanyarazi akomoka ku bintu binyuranye, ariko cyane cyane Gaz kuko ari yo ihenduka kandi iboneka ku buryo bworoshye.

    source : https://ift.tt/3EpQRc0

  • Koffi Olomide yakoze igitaramo cy’amateka i Kigali (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni igitaramo cyatangiye ahagana ku isaha ya saa Mbili z’umugoroba muri Kigali Arena cyitabirwa n’abakuru n’urubyiruko, bari biganjemo ab’igitsina gore.

    Cyayobowe n’umushyushyarugamba Umulisa, umuhanzi wa mbere yahamagaye ku rubyiniro akaba ari uwitwa Chris Hat.

    Iki gitaramo cyatangiye mu gihe bamwe barimo bakibaza niba kiri bube cyangwa niba kiri buburizwemo. Ni nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hari hamaze iminsi hagaragaye abacyamaganaga biganjemo abavugaga ko baharanira uburenganzira bw’abagore n’abakobwa batifuzaga ko uyu muhanzi yataramira mu Rwanda kuko ngo ashinjwa guhohotera abagore n’abakobwa barimo n’abajyaga bamufasha ku rubyiniro.

    Abakunzi b’injyana ya Rumba bagiye biyongera buke buke aho cyabereye, ndetse abenshi b’igitsina gore bakaba batatanzwe muri iki gitaramo.

    Umuhanzi Chris Hat ufashwa muri muzika na Muyoboke Alexis ni we wabimburiye abahanzi ku rubyiniro. Uyu muhanzi ubasha kuririmba anacuranga yinjiriye ku ndirimbo ye ‘Diva’ aherutse gushyira hanze.

    Nyuma ye, Umushyushyarugamba Umulisa yahamagaye Dj Mupenzi asusurutsa abakunzi b’umuziki bari bakereye gutarama maze mu guha icyubahiro umuhanzi Jay Polly indirimbo ze abakunzi ba muzika baziririmba umurongo ku wundi bamuzirikana.

    Dj Mupenzi yaje gukurikirwa n’umuhanzi Yvan Buravan winjiriye na we mu ndirimbo ‘Tiku Tiku’ aherutse gushyira hanze, mu ijwi rizira amakaraza akajya anyuzamo akaririmbana n’abakunzi be.

    Uyu muhanzi yaje gukurikirwa na King James wari umaze igihe kirekire atagaragara mu bitaramo kub w’imishinga y’ubucuruzi yari yaramuhugije ndetse no gutunganya alubumu ye ya karindwi.

    King James yeretswe ubwuzu bwinshi muri iki gitaramo guhera ku ndirimbo ye ya mbere y’injiriyeho ‘Meze neza’ abakunzi ba muzika bamufashije kuyiririmba ibintu biza guhinduka ageze ku ndirimbo ‘Ganyobwe’ na ‘Umuriro watse’ maze si ugucinya akadiho bishyira kera nk’umuhanzi mukuru asoza abafana bakimushaka.

    Nyuma ye hari hagezweho umutumirwa mukuru ari we Koffi Olomide uzwi ku mazina atandukanye menshi cyane harimo Grand Mopao Mokonzi, Patraõ, Le Rambo, Nkolo Lupemba, Mokolo Bilanga, Ackram Ojé, Légende, L’Homme Aux Mille Idées, Jeune Pato, Le Grand Ché, Milkshake Koffi Olomide n’andi menshi atandukanye yabimburiwe n’ababyinnyi be babanje ku mutegurira inzira maze binjiza abakunzi ba muzika kwakira umwami w’injyana ya Rumba ku isi bari mu bicu.

    Uko iminota yigiraga imbere ni ko ibintu byahinduraga isura maze abakunzi ba muzika baturutse imihanda yose y’ibiyaga bigari bakomeza kunyeganyega ari nako Koffi yanyuzagamo akabwira abamukurikiye ko yishimira iterambere igihugu cy’u Rwanda kigezeho aho yakigeranyije na paradizo babikesha Perezida Kagame, ndetse ko ashishikajwe cyane n’uko umubano w’igihugu cye cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’u Rwanda wakomeza kuba mwiza.

    Mu ndirimbo zifite amateka akomeye hano mu Rwanda zanogeje imitima y’abitabiriye iki gitaramo ka ‘Loi’ yamenyekanye nka ‘Dombolo ya Solo’, yayigezeho abari muri iki gitaramo bakaraga umubyimba akaguru kamwe bakajyana imbere akandi inyuma maze umuziki si ukuwuceka biratinda.

    Nyuma yaho, yakurikijeho indirimbo yasize amateka mu mikino y’igikombe cy’Afurika cy’abakinira imbere mu gihugu yabereye hano mu Rwanda izwi ku izina rya ‘Selfie’ yamenyekanye cyane nka ‘Ekotite’ ndetse na ‘Waah’ yakoranye n’umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania Diamond maze igitaramo kirushaho gukesha imitima y’abakitabiriye baryohewe n’imbyino z’abakobwa bamufashije ku rubyiniro.

    source : https://ift.tt/3lD1zEF

  • Ngoma: Dosiye y’umugabo ushinjwa kwicisha se agafuni yagejejwe mu rukiko – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 24 Ugushyingo 2021 mu ma saa yine z’amanywa, mu Mudugudu wa Nyantoki, mu Kagari ka Budahanda, mu Murenge wa Musha , mu Karere ka Rwamagana, Intara y’Iburasirazuba nibwo uregwa yari mu murima afite agafuni ari kubagara ibishyimbo.

    Ubushinjacyaha buvuga ko se yamusanze muri uwo murima akamubwira ko ajya amwiba ubwatsi akabugurisha atabumuhaye , undi ahita abangura ako gafuni akamukubita inshuro ya mbere mu mutwe arakomereka ,akamukubita inshuro ya kabiri ku kananwa yikubita hasi arongera akamukubita mu musaya no mu mutwe aramwica.

    Amaze kumwica yahise yiruka ajya kubibwira abaturage barimo kubagara ibishyimbo aho hafi ko amaze kwica se , na bo bahita bamushyikiriza inzego z’umutekano.

    Uwo mugabo aramutse ahamwe n’ icyaha , yahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange aho riteganya igifungo cya burundu.


    source : https://ift.tt/3or3TjO