Tag: featured

  • Hafashwe babiri bakekwaho gutanga ruswa no kugurisha abana ibisindisha – #rwanda #RwOT

    Aba bagabo batawe muri yombi ku wa Gatandatu tariki ya 4 Ukuboza 2021. Umwe akurikiranyweho gushaka gutanga ruswa ingana na 100 000 Frw.

    Uyu mugabo ngo yagerageje guha umupolisi iyi ruswa, nyuma yo gutsindwa ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga kugira ngo yemererwe kuzaruhabwa.

    Uyu mugabo yafatiwe ahaberaga ibizamini mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi. Amaze gufatwa yavuze ko gutanga ruswa yabitewe n’uko yari amaze gukora inshuro nyinshi ashaka uruhushya rwa burundu rwo gutwara moto ariko agatsindwa.

    Ati “Nafashwe ejo ubwo nageragezaga guha ruswa abapolisi bakoreshaga ibizamini. Ubwo nari ngeze ku kizamini cyo guca mu makona na moto sinabashije kubyitwaramo neza ari nabyo byatumye nshaka guha abapolisi 100 000Frw kugira ngo banyemerere gukomeza ariko ntibyampiriye kuko bahise banyambika amapingu banzana kumfunga.”

    Mugenzi we bafatiwe umunsi umwe, we yatawe muri yombi afatiwe aho akorera kuri restaurant iherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo. Yafashwe nyuma y’uko inzego z’umutekano zisanze muri iyi restaurant harimo abana bahawe ibisindisha.

    Gusa uyu mugabo mu kwiregura yavuze ko nta bana yigeze aha ibisindisha ko ndetse ko batigeze basohokera muri iyi restaurant.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yasabye abifuza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga kunyura mu nzira zemewe n’amategeko bakirinda guca mu nzira z’ibusamo.

    Ati “Polisi irasaba abantu bumva ko bashobora kwishyura umupolisi amafaranga kugira ngo babone impushya zo gutwara ibinyabiziga, guhindura iyo myumvire idahwitse. Hari inzira Leta yateganyije unyuramo wishyura iyo ugiye gukora ikizamini ndetse n’iyo utsinze ugiye kwishyura uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga. Ubundi buryo bwose wakoresha wishyura ni ruswa kandi burahanirwa ku mpande zombi.”

    CP Kabera yakomeje ashimira abapolisi banze kwakira ruswa. Ati “Iki ni igikorwa cyiza kandi kiri mu nshingano za buri mupolisi, uko akwiye kwitwara mu buryo bw’ubunyamwuga agomba kurwanya icyaha icyo ari cyo cyose harimo na ruswa.”

    “Mu kazi k’abapolisi ka buri munsi bashinzwe kugenzura ko amategeko yubahirizwa kandi babihererwa impanuro mbere y’uko batangira akazi.”

    Ku bijyanye n’abana basanzwe mu kabari banywa ibinyobwa bisembuye, CP Kabera yavuze ko byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ubwo aho urwo rubyiruko rwari ruteraniye humvikanamo imvururu.

    Ati “Twahawe amakuru ubwo humvikanaga imvururu mu restaurant iherereye mu Murenge wa Kimihurura, aho Polisi yageze igasanga harimo abantu bagera kuri 14 aho icumi muri bo bari batarageza ku myaka y’ubukure.”

    “Polisi ubwo yabapimaga yabasanzemo umusemburo wa alcohol n’ubwo ari nyir’iri Restaurant n’abana ubwabo bahakanaga ko batigeze banywa ibisindisha. Icyakurikiyeho ni uko uyu mugabo yahise ashyikirizwa ubutabera kugira ngo akurikiranwe.”

    CP Kabera yakomeje agira inama ba nyir’utubari kujya babanza bakamenya ikigero cy’abo bagiye kugurisha inzoga, abo bashidikanyijeho bakababaza ikibaranga kugira ngo bamenye neza imyaka bafite ko ibemerera kuba bagurishwa ibinyobwa bisembuye.

    Aba bagabo uko ari babiri bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza ku byo bakurikiranyweho.

    Uyu mugabo yafashwe akurikiranyweho gutanga ruswa

    Akurikiranyweho kugurisha abana ibisindisha

    source : https://ift.tt/3pvoCT1

  • #rwanda #RwOT

    source : https://ift.tt/31Cxle1

  • Imyitozo ihabwa Ingabo za RDF, urugamba rw’i Cabo Delgado n’inyungu yitezwe muri iyo ntambara … Ikiganiro na Col Rwivanga – #rwanda #RwOT

    Raporo y’Ikigo cya Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI), igaragaza ko mu mwaka ushize, yakoresheje 1,4% cy’umusaruro mbumbe w’igihugu. Ugereranyije n’umutekano uri mu biyaga bigari aho u Rwanda ruherereye ndetse n’ingano y’ubukungu bwarwo, aya mafaranga ntabwo ari umurengera.

    Ubwo Perezida Paul Kagame ari nawe Mugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasuraga iziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique, yagarutse ku buryo intsinzi y’Ingabo z’u Rwanda idaterwa n’uko zifite intwaro ziremereye cyangwa ubushobozi buhanitse.

    Ati “Ibikorwa [byo kugarura amahoro] ubwabyo byagenze neza ariko byerekana ko ibyo dushobora gukora mu bushobozi bwacu bucye.”

    Mu nkuru ya Financial Times yagarutse ku rugamba rw’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, umwe mu basirikare bakuru b’icyo gihugu yasobanuye ko nyuma y’ubutumire bwa Leta ya Mozambique kuri Leta y’u Rwanda, ingabo z’u Rwanda zahise zigaragaza ko zifite ubushake bwo kujya muri iyo ntambara.

    Yaragize ati “[Abanyarwanda] bifuzaga kuza [muri iyi ntambara]. Baratubwiye bati ‘dufite uburambe, dufite ubushobozi kandi nta kintu na kimwe muzishyura.”

    Ubu bushake budasanzwe bwo kurengera abaturage bari mu kaga buri mu nshingano z’ibanze za RDF, aho zitegekwa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda kujya mu bikorwa byo kurengera abaturage bari mu kaga hirya no hino ku Isi.

    U Rwanda rwanashyize umukono ku masezerano agamije kurengera abaturage b’abasivili yasinyiwe i Kigali mu 2015.

    Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko “Intego nyamukuru y’ibikorwa byo kugarura amahoro ni ukurengera abasivili…ntabwo ari ukurinda amasezerano y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye, abari mu butumwa bwo kugarura amahoro cyangwa abanyapolitiki. Ikigamijwe ni ukurinda abaturage basanzwe bafite ibyago [byinshi byo kugirwaho ingaruka n’intambara cyangwa amakimbirane].”

    Uretse kuba ingabo z’u Rwanda zarahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, zigaca intege umwanzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse zikagira uruhare mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi kuva mu 2004, ibikorwa biherutse byo kugarura amahoro muri Centrafrique no kwirukana inyeshyamba muri Mozambique, byatume abantu bongera kwibaza kuri RDF, by’umwihariko aho ikura imbaraga igaragaraza.

    Ingabo z’u Rwanda zabashije kugarura amahoro muri Centrafrique mu gihe gito cyane, bituma amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ategerejwe muri icyo gihugu akorwa

    Ibanga rya RDF

    Mu kiganiro Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Rwivanga Ronald yatanze ku mukiganiro The Barbara Show, yasobanuye ko ibanga rya RDF riri mu myitozo idasanzwe n’ubumenyi buhabwa ingabo, kuva ku rwego rwo hejuru kugera ku rwego rwo hasi.

    Ubu bumenyi bwiyongera ku ndangagaciro za RDF zifite imizi mu ndangagaciro za APR zabohoye u Rwanda, ariko ibi bikagirwamo uruhare n’imiterere y’ubuyobozi muri RDF, ituruka ku mavugurura yabaye mu 2002, agamije guhindura Igisirikare cy’u Rwanda ku buryo gikora kinyamwuga.

    Icyo gihe Ingabo z’u Rwanda zagabanyijwemo ibice bitatu, birimo ingabo zo ku butaka, izo mu kirere n’Inkeragutabara. Icyo gihe kandi bamwe mu bari mu ngabo zatsinzwe bahawe ikaze mu Ngabo z’u Rwanda, bityo icyari ingabo zishamikiye ku Muryango wa FPR Inkotanyi gihinduka Ingabo z’u Rwanda.

    Col Rwivanga yavuze ko izi mpinduka nta ngaruka zagize ku bunyamwuga bwa RDF.

    Ati “Guhindura izina ntibyahinduye imyitwarire n’indangagaciro zacu, twarabigumanye. Yaba ari ugushyira hamwe, guharanira intsinzi mu byo dukora byose, twagumanye indangagaciro zacu.”

    Kuva icyo gihe, RDF yatangiye gushyira imbaraga mu kongera ubushobozi bw’abasirikare bayo, yaba mu buryo bw’imyitozo ya gisirikare ndetse n’ubundi bumenyi.

    Yagize ati “Muri gahunda zacu, duharanira guhora tuzamura urwego rwacu buri munsi muri buri kimwe dukora, binyuze mu myitozo no mu kwigisha abasirikari bacu.”

    “Bigomba kumvikana ko abantu benshi baretse amashuri yabo bakajya ku rugamba [rwo kubohora u Rwanda]. Nyuma yo kubohora igihugu, benshi mu basirikare bacu basubiye mu ishuri gukomeza amasomo yabo no kuzamura urwego rwabo. Ibyo byari muri gahunda yacu ngari yo kuzamura urwego rwacu, tukaba abanyamwuga, tukaba twarabonye uburezi.”

    Uretse gufasha abasirikare kwiga amasomo asanzwe, imyitozo ya gisirikare nayo yongerewe ingufu, ku buryo igera mu byiciro byose by’ingabo kandi mu buryo buhoraho.

    Ibi byakozwe hashyirwaho amashuri yigisha abasirikare bato n’abakuru.

    Col Rwivanga yagize ati “Twatangije ibigo by’imyitozo. Twafunguye Ikigo cy’Imyitozo cya Nasho kugira ngo kijye gitoza abari kwinjira mu gisirikare ndetse n’ingabo zidasanzwe (special forces), kugira ngo bagire ubushobozi bwo kuzuza inshingano zabo.”

    “Twatangije kandi amasomo agenewe ba ofisiye bato i Gako, ubundi yatangiye ari amasomo atangwa mu gihe cy’umwaka umwe, ariko yaje guhindukamo Kaminuza [itanga impamyabushobozi], kuri ba ofisiye bato. Bamara imyaka ine biga mu bijyanye n’ubuvuzi, ‘engineering’, ubugenge, ubunyabutabire, ubumenyabuzima ndetse n’amasomo y’igisirikare.”

    Hanatangijwe kandi ibigo byigiramo abasirikare bakuru ku bijyanye no kuyobora urugamba, kuyobora ingabo n’ibindi byinshi.

    Ati “Twanatangije kandi Ikigo gitanga imyitozo ku bayobozi bacu, ba commander bato [bitoreza] i Gabiro […] Twanatangije andi masomo yo ku rwego rwo hejuru, [ku bayobozi ba batayo no hejuru yaho], atangirwa ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare riri i Nyakinama, ritoza ba ofisiye kuyobora batayo ndetse no hejuru yayo.”

    Uburambe bw’ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi byatanze umusaruro kuko hashinzwe Ishuri rikuru ribyigisha.

    Col Rwivanga yagize ati “Twanatangije Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama, kigakorana n’Ishuri rya Gako, ritoza ba ofisiye bacu kurushaho kugira ubushobozi mu bikorwa byo kugarura amahoro hirya no hino. Tunatanga amasomo y’umwihariko mu bijyanye no kubungabunga amahoro [mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riri i Nyakinama].”

    Yongeyeho ko hakiri umugambi wo gutangiza andi mashuri, ati “Ubu dufite imigambi yo kuzamura [amasomo atangwa] agashyirwa ku rwego rwo hejuru, ku buryo dutangira gutoza abajenerali.”
    “Kuri ubu abajenerali bacu batorezwa mu mahanga mu mashuri ya gisirikare atandukanye. Batorezwa muri Amerika, u Bubiligi, Ghana, Nigeria, Afurika y’Epfo, turi gukora ku buryo natwe dutangiza ishuri ryacu mu myaka iri imbere.”

    Imyitozo ikarishye ni kimwe mu bituma Ingabo z’u Rwanda zitanga umusaruro ufatika

    Bite by’urugamba rwa Cabo Delgado?

    Col Rwivanga yavuze ko ibikorwa byo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado bikomeje kandi biri kugenda neza, asobanura ko Ingabo z’u Rwanda ziri gukorana n’iza SADC mu rwego kwita ku mpunzi no gutsinda umwanzi mu buryo bushimangiye.

    Ati “Turi gusangira amakuru y’ubutasi, tugakora ibikorwa byo guhashya umwanzi ku ruhande rwa buri gice kugira ngo turebe uko twakemura ibibazo by’inyeshyamba.”

    “Iki kibazo cyari kimaze imyaka ine, twishimira ko nibura twaciye intege z’ubushobozi bwabo [inyeshyamba] bwo kurwana ku kigero gikomeye. Ubu bameze nk’abari guhunga, ntabwo bakigaba ibitero mu baturage, kandi ni ibintu byiza.”

    Yasobanuye ko ibikorwa byo mu rwego rwo kugarura amahoro bikomeje, bisobanuye kugarura abaturage mu bikorwa byabo.

    Bamwe mu mpunzi zageze mu gace kagenzurwa n’ingabo za SADC, “Ari yo mpamvu turi gukorana n’ingabo za SADC ku buryo tubagarura, noneho tugatangira gushyira imbaraga mu bikorwa byo kubaka iterambere.”

    Yakomeje ati “ Ibi bikorwa ni ingenzi cyane mu kurwanya inyeshyamba kuko iyi niyo mpamvu [kutagira iterambere] ya mbere inyeshyamba zibaho. Rero tuzagira uruhare mu kugarura umutekano, ariko nk’uko dusanzwe tubigiramo uruhare aho tugiye hose, tuzagira uruhare mu bikorwa byo kubaka iterambere.”

    Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, aherutse gusura ingabo ziri mu butumwa bwo kurwanya imitwe y’iterabwoba muri Mozambique

    Ni izihe nyungu u Rwanda rubonera mu ntambara ya Mozambique?

    Col Rwivanga yavuze ko hari inyungu nyinshi cyane u Rwanda rukura muri ibi bikorwa byo kugarura amahoro.

    Ati “Hari inyungu nyinshi, twizerera mu kurinda umutekano w’abaturage, twatangiye mu 2004 kandi ntitwasubiye inyuma. Nitwe twabaye aba mbere twajyanye Ingabo i Darfur, ubwo butumwa bwararangiye, ariko ntekereza ko twageze kuri byinshi muri ubwo butumwa. Turi muri Sudani y’Epfo, Centrafrique.”

    “Reba nk’uko ibintu byari bimeze muri Mozambique, bidutera ishema kumva ko twagize uruhare mu bikorwa byo guhagarika ubwicanyi [bwakorerwaga abaturage muri Mozambique]…Ikindi navuga ni uko tugenda turushaho kugira uburambe n’ubunyamwuga mu kazi ka gisirikari, ibyo ni byo tugomba gukora, ni akazi kacu.”

    “Buri gihe iyo tugiye mu bikorwa byo kugarura amahoro, turushaho gutera imbere, ariko tunajyanwa n’impamvu ikwiriye, yo kurinda abaturage, kandi iyo yakabaye impamvu ihagije.”

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo Ingabo z’u Rwanda zatangiraga kujya muri Mozambique, Col Rwivanga yari yavuze ko indi nyungu ikomeye izava muri uru rugamba ari ukwerekana ko Afurika ifite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo.

    Uyu Muvugizi kandi yavuze ko RDF yagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19, ariko ubu imbaraga ziri gushyirwa mu guhangana na cyo.

    Ati “Kimwe n’izindi nzego, RDF yagizweho ingaruka [na Covid-19], kandi tugomba kugira uruhare muri gahunda z’igihugu zigamije guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo.”

    “Twakoze byinshi, twashyizeho amatsinda ashinzwe guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo, twatwaye inkingo mu bice bitandukanye by’igihugu, kandi ba ofisiye bacu bari mu bice bitandukanye aho bigisha abantu ku buryo bwo guhangana n’iki cyorezo.”

    Yashishikarije urubyiruko gutekereza ku mwuga wo kuba umusirikare kuko urimo amahirwe yo kubaka igihugu. Ati “Igisirikare cyacu ni ikinyamwuga, buri wese atewe ishema nacyo. Ibyo twagezeho ni byinshi. Hari inzego zitandukanye RDF igiramo uruhare mu bijyanye no guteza imbere igihugu.”

    “Dugeneye aba-engineers, abaganga, dukeneye abize amateka, dukeneye abarimu, dukeneye abanyamakuru, nta rwego rw’ubuzima bw’igihugu igisirikare kidakeneye. Rero abanyamategeko n’abandi bakora mu zindi nzego, bafite umwanya mu gisirikare.”

    Ubwo Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yari mu matora yari arinzwe n’Ingabo z’u Rwanda

    Ubutumwa bw’amahoro mu mahanga bufasha ingabo z’u Rwanda kwiyungura ubumenyi

    Ingabo z’u Rwanda ni zo zirinda Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra

    Ingabo z’u Rwanda zikunze guhabwa imidali y’ishimwe mu butumwa bw’amahoro zirimo hirya no hino

    Ingabo z’u Rwanda zikora imyitozo ihambaye, ari nayo ituma zigira ubushobozi budasanzwe

    Imyitozo yo mu mazi igize igice cy’imyitozo y’ingabo z’u Rwanda

    Ingabo z’u Rwanda zikorana imyitozo n’ingabo z’amahanga

    Ingabo z’u Rwanda ziri mu myitozo mu Kigo cya Nasho

    Zihabwa ubumenyi bwazibashisha guhangana n’umwanzi aho ariho hose

    Ingabo z’u Rwanda zitozwa guca mu nzira y’inzitane

    Ingabo z’u Rwanda zitozwa gukoresha intwaro

    Ingabo z’u Rwanda zikora imyitozo yo kumanuka ku mugozi

    Uretse imyitozo yo gukoresha intwaro, izi ngabo zinatozwa kurwana no gukoresha ingingo z’umubiri mu kwirwanaho

    Ingabo z’u Rwanda zikora imyitozo yo gukomeza umubiri

    Izi ngabo zikora imyitozo ikomeye y’ubwoko butandukanye

    Ingabo z’u Rwanda zitoza kugendera ku mugozi

    Indege za RDF zagize uruhare mu gukwirakwiza inkingo mu bice bitandukanye by’u Rwanda

    Aho zijya mu bikorwa byo kugarura amahoro, zigerageza gufasha abaturage baho mu bikorwa binyuranye

    Izi ngabo zahashije umwanzi muri Centrafrique

    Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’ingabo za Mozambique zabohoje Umujyi wa Macimboa da Praia

    Mu butumwa bw’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, ziri kwifatanya n’abaturage gukora umuganda

    Ingabo z’u Rwanda zirinze Umujyi wa Bangui muri Centrafrique

    Ingabo z’u Rwanda zirinda umutekano wa Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra

    Ingabo z’u Rwanda zigenzura imihanda yo mu Mujyi wa Bangui

    source : https://ift.tt/3op2pH2

  • #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 10 mu bipimo 23,956 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize icyo cyorezo ni 1,343.

    source : https://ift.tt/3dktoNH

  • Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa Africa CDC n’Umujyanama Mukuru muri OMS #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urubuga rwa Twitter ya ‘Village Urugwiro’ rwatangaje ko Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikigo nyafurika gishinzwe kugenzura no gukumira indwara (Africa CDC), John Nkengasong, hamwe n’Umujyanama Mukuru w’Umuyobozi w’Ishami rya LONI ryita ku Buzima (OMS), Dr Senait Fisseha.

    Dr Fisseha akaba anayobora Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuzima witwa Susan Thompson Buffett Foundation, akaba ari n’umwarimu muri za Kaminuza muri Amerika wigisha ibijyanye b’Ubuzima bw’imyororokere ndetse n’uburumbuke bw’abantu.

    Twitter y’Urugwiro ivuga ko Perezida Kagame yakiriye Nkengasong na Fisseha bakaganira ku bijyanye no gukorera inkingo muri Afurika, nk’uko byemejwe n’Imiryango ya Afurika yunze ubumwe(AU), Africa CDC, Ubunyamabanga bw’Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) ndetse n’umuryango AUDA-NEPAD.

    Ku itariki ya 25 Ukwakira 2021, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, hamwe n’abayobozi ba Banki y’u Burayi ishinzwe Ishoramari (EIB) ndetse n’Uruganda rukora inkingo rwa BionTech, bashyize umukono ku masezerano agamije gutangira kubaka uruganda rw’inkingo n’imiti i Kigali (mu cyanya cyahariwe inganda) mu kwezi kwa Kamena k’umwaka utaha wa 2022.

    Amasezerano yo gukorera inkingo muri Afurika yashyizweho umukono n’ibihugu by’u Rwanda na Senegal, mu rwego rwo guharanira kwihaza k’uyu mugabane mu bijyanye n’inkingo kuva kuri 1% kugera kuri 60% mu mwaka wa 2040.

    Ibi Perezida wa Repubulika Paul Kagame na we yabishimangiye ubwo yari yitabiriye inama y’ibihugu 20 bikize ku isi yateraniye i Roma mu Butaliyani mu kwezi gushize k’Ugushyingo 2021.

    source : https://ift.tt/3pxqFG3

  • Huye: Umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda yapfuye arohamye – #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka yabaye ku wa Gatandatu tariki 4 Ukuboza 2021, ubwo Nduwawe Jean Louis wigaga mu wa Mbere mu Ishami rya Siyansi n’ikoranabuhanga, yajyanaga na bagenzi be koga.

    Amakuru IGIHE yahawe n’ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda avuga ko nyuma y’igihe gito batangiye koga uyu musore yahise agaragara hejuru y’amazi ameze nk’uwashizemo umwuka.

    Yahise ajyanwa kwa ku bitaro bya Kabutare, aza gushiramo umwuka saa Mbili z’ijoro zo ku wa Gatandatu. Kugeza ubu umurambo wa nyakwigendera uracyari muri ibi bitaro.

    Biteganyijwe ko umuhango wo gushyingura nyakwigendera uzaba ku wa Mbere tariki 5 Ukuboza 2021. Ubu Kaminuza y’u Rwanda iri gukorana n’umuryango bya hafi.

    Kaminuza y’u Rwanda iteganya ko umunyeshuri upfiriye ku ishuri, umuryango we uhabwa ibihumbi 100 Frw ndetse kaminuza ikishyura ikiguzi cyo kumushyingura.

    Nduwawe Jean Louis yarohamye bimuviramo urupfu

    source : https://ift.tt/3EsLkBA

  • Umugande ukekwaho gukorana n’abashakaga guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda yasabiwe gufungwa burundu – #rwanda #RwOT

    Sergent Lubega Ibrahim yabaye mu Ngabo z’u Rwanda ariko aza gusezerwa kimwe n’abandi banyamahanga bari bazirimo.

    Ni umwe mu barwanyi 37 b’imitwe y’iterabwoba ya P5 na RUD-Urunana bari kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.

    Ubushinjacyaha bugaruka ku mateka ya Rtd Sergent Lubega Ibrahim bwagize buti “Uyu Sergeant Rubega Ibrahim yigeze kuba umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda, icyo gihe zikiri APR, aho yaje gusezererwa mu bari abanyamahanga akaba afite ubwenegihugu bw’abagande.”

    Bwakomeje buvuga ko mu 2018 aribwo uyu mugabo yafashe icyemezo cyo kwinjira mu mutwe wa P5.

    Buti “Bigeze mu 2018 nibwo yafashe umugambi wo kwihuza ndetse agasanga umutwe wa P5 ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bice bya Minembwe icyo gihe yanyuze i Burundi. Yavuye Uganda ajya i Burundi, ageze aho i Burundi yakirwa na bamwe bo mu nzego zishinzwe iperereza barimo uwitwa Maj Bertin arangije amushyikiriza uwitwa Rashid ari naho yavuye ajya kuri Hoteli yanyuzemo.”

    Ubushinjacyaha bwavuze ko bwo uyu mugabo yari akiri i Burundi ngo yaje kugirana ibiganiro na Ben Rutabana wari usanzwe arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda akaba no mu bayobozi ba P5.

    Buti “Aho akiri i Burundi yavuganye n’uwitwa Ben Rutabana, umwe mu bayobozi ba P5 amubwira imigabo n’imigambi ya P5 amubwira intego P5 ifite. Kuri telefone bavugana anamubwira ko ikigenderewe ari ugutera u Rwanda bakavanaho ubutegetsi buriho hakoreshejwe inzira y’intambara.”

    “Yarabyemeye yambuka ajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ajya mu Minembwe asanga izindi ngabo zitemewe zari zibumbiye mu mutwe wa P5 bakomezanya gukora amahugurwa no kunoza umugambi wabo.”

    Muri Mata 2019, Rtd Sergent Lubega Ibrahim n’abandi barwanyi bavuye muri Kivu y’Amajyepfo bagana muri Kivu y’Amajyaruguru bagambiriye kunyura mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda bakagaba igitero k’u Rwanda kugira ngo bagere ku ntego yabo yo kuvunaho ubutegetsi buriho mu gihugu.

    Iki gihe ngo “ntibyabahiriye kuko bageze mu gice cya Masisi aribwo bagabweho igitero n’Ingabo za Congo zirabatatanya bamwe barafatwa abandi bihuza n’umutwe wa RUD-Urunana ndetse na FDLR-FOCA, umutwe wayoborwaga na Gen Afurika bakomeza umugambi wabo ariwo waje kuvamo igitero cyagabwe ku itariki 4 Ukwakira 2019 mu Karere ka Musanze”.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko bushinjiye ku buremere bw’ibyaha, Rtd Sergent Lubega Ibrahim akurikiranyweho birimo kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, kujya mu mutwe w’abagizi ba nabi, kugirira nabi ubutegetsi buriho no kubuhirika, iterabwoba n’icy’ubwicanyi bumusabira gufungwa burundu.

    Rtd Sergent Lubega Ibrahim yavuze ko atigeze ava i Bugande afite intego yo kujya mu mitwe irwanya u Rwanda ko ahubwo yagiye i Burundi muri gahunda yo kwakira imodoka.

    Uyu mugabo yakomeje avuga ko atemeranye n’ibyavuzwe n’ubushinjacyaha kuko ngo atigeze asezerwa mu gisirikare ahubwo yavuyemo ku bushake bwe.

    Yavuze ko iyo aza kuba afite gahunda yo kujya mu nyeshyamba yari kuba yarabikoze mbere kuko yabanje kuba muri Kigali akora akazi gasanzwe, nyuma y’uko asezerewe mu gisirikare.

    Ati “Njye gahunda yamvanye mu rugo yari ubucuruzi, ntabwo nari ngiye kubonana n’abo basirikare.”

    Abo barwanyi uko ari 37 bafashwe mu bihe bitandukanye nyuma y’ibitero byagabwe k’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Kinigi n’uwa Musanze byakomerekeyemo abatari bake ndetse 15 bakahasiga ubuzima.

    Rtd Sergent Lubega Ibrahim yasabiwe gufungwa burundu

    source : https://ift.tt/3xV3Pfo

  • Zimwe muri hoteli z’i Kigali zatangiye gukumira abatarakingiwe COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Izi hoteli zatangiye gufata icyemezo cyo gukumira abatarikingije COVID-19 mu gihe gufata urukingo rw’iki cyorezo bitaragirwa itegeko.

    Bamwe mu bahaye amakuru IGIHE bavuze ko n’uwerekanye icyangombwa cy’uko yipimishije COVID-19 kandi ari muzima na we abuzwa kuzinjiramo kuko atafashe urwo rukingo.

    Abaturage bavuga ko batiyumvisha impamvu hoteli zafashe izo ngamba kandi kwikingiza bitari byagirwa itegeko.

    Kayibanda Innocent yagize ati “ Hari hoteli utajyamo ngo bakureke winjire kuko ngo utikingije, mu gihe uba uri no kubereka icyemezo cya Minisiteri y’Ubuzima cy’uko bagupimye ako kanya kandi uri muzima.”

    Umwe mu bakozi bakora muri imwe muri hoteli zafashe iki cyemezo, wanze ko amazina ye atangazwa, yabwiye IGIHE ko bahawe amabwiriza y’uko ntawe uzajya ayinjiramo atarakingiwe COVID-19.

    Ati “Ubu se nakubwira iki koko, ko ariyo amabwiriza baduhaye y’uko nta muntu ugomba kujya yinjira aha atagaragaje icyemezo cy’uko yakingiwe COVID-19 n’iyo yaba afite ikigaragaza ko yayipimishije mbere y’amasaha 72.”

    Iki kibazo kandi cyagarutsweho n’Umuyobozi w’’Ishyaka rya Green Party akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Habineza Frank.

    Ku wa Gatanu tariki ya 4 Ukuboza 2021, ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr Édouard Ngirente yagezaga ku Basenateri n’Abadepite uko gutanga urukingo bihagaze mu gihugu, Dr Habineza yamubajije impamvu hari abaturage batangiye gukumirwa kuko batikingije kandi bitaraba itegeko.

    Yagize ati “Ko gukingirwa bitaraba itegeko rusange kandi na Perezida akaba yaravuze ko igihe cyo kubigira itegeko, agahato kitaragera kuki nk’Akarere ka Rusizi ntawemerewe kugera mu isoko atarakingirwa. Murabona atari uguhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse no kwica integeko nkana?”

    Minisitiri w’Intebe, Dr Édouard Ngirente, yamusubije ko umuntu udashaka gukingirwa yamburwa uburenganzira kugira ngo atanduza abandi Banyarwanda.

    Zimwe muri hoteli z’i Kigali zatangiye gukumira abatarakingiwe COVID-19

    source : https://ift.tt/3DsvWnB

  • Mount Kenya University igiye kubaka hoteli mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Iyi hoteli yashyizweho ibuye ry’ifatizo ku wa Kane w’iki cyumweru tariki 2 Ukuboza 2021. Yahawe izina rya Mount Kigali Utalii Hotel.

    Iki gikorwa cyo gushyira ibuye ry’ifatizo kuri iyi hoteli cyari giteganyijwe muri Gashyantare 2020 ariko nticyaba kubera icyorezo cya COVID-19.

    Icyabaye uyu mwaka cyitabiriwe n’abantu batandukanye barimo Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Iterambere, RDB ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro.

    Iki gikorwa cyabereye mu Kagarama mu Karere ka Kicukiro, aho iyi kaminuza isanzwe ifite ishami.

    Prof. Simon Gicharu watangije Mount Kenya yavuze ko urebye aho Isi igeze abantu bakwiriye gukomeza gukora ibintu bituma baguma ku isoko ry’umurimo.

    Yagize ati “Tugomba kwiga guhangana kugira ngo dukomeze kuba abakenewe kuri iyi Si ndetse tunahangane n’ubukene. Nka kaminuza turishimye. Twishimiye ko Leta ikangurira abantu kwiga no gushora imari cyane mu burezi kugira ngo nayo igere ku ntego zayo.”

    Yakomeje avuga ko iyi hoteli bagiye kubaka ije ikenewe cyane kandi izunganira Leta bigatuma nayo igera ku ntego zayo mu kuzamuka k’ubukerarugendo ndetse no kwakira neza abantu.

    Nsabimana Emmanuel ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB yashimye MKU kubera iki gikorwa cy’iterambere.

    Ati “Twe nka RDB dushimiye kaminuza ku kwita ku iterambere ry’abakozi. RDB izakomeza kubashyigikira kugira ngo intego za Leta na zo zishyirwe mu ngiro.”

    Yakomeje avuga ko iyi hoteli ije ikenewe kuko izafasha mu kuzamura ubumenyi bw’abantu mu bukerarugendo no kwakira abantu mu mahoteli.

    Ishoramari rya Mount Kenya mu bikorwaremezo rimaze kuba miliyari 12 Frw kuva ubwo yubakaga ishami ryayo riherereye Kicukiro mu Kagarama. Imaze guha impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri abanyeshuri 7.000.

    Iyi kaminuza ku wa 10 Ukuboza iteganya ko abanyeshuri bayo 445 bazahabwa impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri. Aba kandi ivuga iteganya ko aribo ba nyuma bazaba bagiye muri Kenya guhererwayo izi mpamyabumenyi kuko umwaka utaha iki gikorwa kizabera mu Rwanda.

    Hoteli ya Mount Kenya University igamije kongerera abanyeshuri bayo ubumenyi mu bukerarugendo

    Mount Kenya University igiye kubaka hoteli

    source : https://ift.tt/3xWxK6S

  • Perezida Kagame yaganiriye na Dr Nkengasong uyobora Africa CDC na Prof Fisseha – #rwanda #RwOT

    Amakuru dukesha Village Urugwiro avuga ko Perezida Kagame yakiriye aba bayobozi bombi kuri iki Cyumweru tariki 5 Ukuboza 2021, gusa ntihigezwe hatangazwa ibyo baganiriye. Ibi biganiro kandi byari birimo Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Dr Daniel Ngamije.

    Perezida Kagame yakiriye aba bayobozi mbere y’inama yateguwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iziga ku bufatanye bugamije gukorera inkingo ku mugabane wa Afurika.

    Iyi nama yateguwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya Indwara n’Ubunyamabanga bw’isoko rusange rya Afurika izabera i Kigali ku wa 6-7 Ukuboza 2021.

    Inama ibaye mu gihe u Rwanda ari kimwe mu bihugu bya Afurika bigiye kubakwamo uruganda rukora inkingo, aho amasezerano yo kubaka uru ruganda yamaze gusinywa.

    Rwitezweho gufasha Afurika kuziba icyuho cy’inkingo, aho inyinshi mu zo ikoresha zivanwa mu mahanga.

    Dr John Nkengasong na Prof Senait Fisseha baherukaga guhura na Perezida Kagame bari kumwe muri Gicurasi. Iki gihe nabwo yabakiriye muri Village Urugwiro.

    Prof Senait Fisseha ni umwe mu baganga b’abahanga kandi b’inzobere mu bijyanye n’ubuvuzi bw’indwara z’abagore (Obstetrician-Gynecologists), afatwa nk’umwe mu Banyafurika b’inararibonye ndetse akaba n’Umujyanama w’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus.

    Afite kandi izindi nshingano zitandukanye zirimo kuba Umujyama w’Umuyobozi Mukuru wa OMS, umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango w’Abaganga bo muri Amerika bafite inkomoko muri Ethiopia n’iya Kaminuza itanga amasomo ajyanye n’ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE) iherereye i Butaro mu Karere ka Burera.

    Dr John Nkengasong we ni Umunyafurika w’inzobere mu bijyanye n’ubuvuzi bw’indwara ziterwa na Virusi. Yagiye akora mu bigo bitandukanye birimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, mu gihe cya COVID-19 yanagizwe intumwa yihariye y’iri shami muri Afurika.

    White House iherutse gutangaza ko uyu mugabo agiye guhabwa inshingano zo kuyobora porogaramu ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yo kurwanya SIDA (PEPFAR).

    Dr John Nkengasong na Prof Senait Fisseha bari kumwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije bakiriwe na Perezida Kagame

    source : https://ift.tt/3xUB42u