Tag: featured

  • IGP Munyuza yasabye abapolisi kwirinda ibyababuza kubahiriza inshingano – #rwanda #RwOT

    Ni amahugurwa yatangiye ku wa 29 Ugushyingo, yitabiriwa n’abapolisi 106 baturutse hirya no hino mu Ntara no mu Mujyi wa Kigali barimo abayobozi ba Polisi ku rwego rw’Akarere, abayobozi mu mu mashami ya Polisi atandukanye n’abayobora sitasiyo za Polisi.

    Bahawe amahugurwa atandukanye akubiyemo amasomo y’imiyoborere no kurwanya ibyaha ariyo uburyo bw’imiyoborere y’abapolisi, uruhare rwa Polisi y’u Rwanda mu guteza imbere uburinganire, uruhare rw’itangazamakuru mu kurwanya ibyaha, kurwanya iterabwoba, n’andi.

    IGP Munyuza yibukije abapolisi basoje amahugurwa ko ikinyabupfura, gukora cyane no kugira icyerekezo kimwe aribyo nkingi y’ubunyamwuga no kwimakaza umutekano urambye.

    IGP Munyuza yashishikarije abapolisi kurangwa n’imitekerereze iboneye kandi bakirinda ibyabashuka bikababuza kubahiriza inshingano zabo kinyamwuga bikaba byabaviramo kunengwa cyangwa kwirukanwa.

    Yagize ati “Abapolisi b’u Rwanda cyane cyane nkamwe abayobozi, mugomba igihe cyose gutekereza gukora neza kurushaho, mukishakamo ubushobozi bwo gutahura no kurwanya ibishuko byabayobya bikababuza kuzuza inshingano birimo ruswa, ubusinzi, imitekerereze mibi n’indi myitwarire idakwiye kuranga umupolisi w’u Rwanda.”

    IGP Munyuza yabibukije kurangwa n’indangagaciro bakirinda gushyira imbere inyungu zabo bwite ahubwo bakabanza gutekereza icyazamura Polisi, iterambere ry’igihugu n’umutekano w’abaturarwanda.

    Ati “Mbere na mbere mutekereze ku nyungu rusange kandi mube intangarugero kubo muyobora. Indangagaciro, ubufatanye n’ubwitange bwanyu bigaragarira ku musaruro w’akazi mukora. Mugendeye ku mpanuro mwahawe mujye mutekereza uko imiyoborere yanyu yagira impinduka ku mutekano w’igihugu n’iterambere bitangiriye aho mukorera.”

    IGP Munyuza kandi yabasabye kurangwa n’umutimanama, kugira imyumvire imwe no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage babegera kandi bakamenya ibibazo bafite kandi abasaba gukomeza kwigisha abo bayobora mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano.

    Aya mahugurwa abaye ku nshuro ya gatatu akaba ari nayo ya nyuma muri uyu mwaka wa 2021.

    Abitabiriye bahawe amahugurwa atandukanye akubiyemo amasomo y’imiyoborere no kurwanya ibyaha

    IGP Munyuza yashishikarije abapolisi kurangwa n’imitekerereze iboneye kandi bakirinda ibyabashuka bikababuza kubahiriza inshingano zabo

    Aya mahugurwa yitabiriwe n’abapolisi 106 baturutse hirya no hino mu Ntara no mu Mujyi wa Kigali

    source : https://ift.tt/31mSoS7

  • #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 13 mu bipimo 22,617 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize icyo cyorezo ni 1,343.

    source : https://ift.tt/3pvxDeK

  • #GisagaraTournament2021: REG VC na KIREHE zabonye itike ya 1/2 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kumara umwaka iri rushanwa risanzwe ritegurwa n’ikipe ya Gisagara VC ridakinwa kubera icyorezo cya Covid-19, guhera kuri uyu wa Gatandatu abakunzi b’uyu mukino bongeye kurikurikirana.

    Ni irushanwa ryitabiriwe n’amakipe 12 mu byiciro byombi abagabo n’abagore basanzwe bakina icyiciro cya mbere n’ubwo amakipe yose atitabiriye kuko nk’ikipe za APR na IPRC ya Kigali z’abagore ntizigeze zitabira iri rushanwa.

    Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 04/12/2021 ni bwo imikino yatangiraga aho abagabo bakiniye mu karere ka Gisagara naho abagore bakinira mu nzu y’imikino ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Hiye.

    Mu mikino y’abagabo habayemo gutungurana ugeereranyije n’irushanwa ry’abasora neza ryabaye mu mpera z’Ugushyingo uyu mwaka. Kumwe mu gutungurana kwabaye ni nk’aho amakipe ya REG VC na KIREHE VC zari zasezerewe mu matsinda ubu zaraye zikatishije tike ya 1/2 ikinwa kuri iki Cyumweru.

    REG yakatishije itike ya 1/2
    REG yakatishije itike ya 1/2

    Ikipe ya REG yari mu itsinda rya B aho yari kumwe na APR VC, IPRC ngoma na Gisagara Vc. REG mu mikino itatu yakinnye yatsinzemo 2 itsindwa umwe, ari nabyo byayihaye tike bidasubirwaho yo gukina imikino ya kimwe cya kabiri.

    Kirehe nayo yageze muri 1/2
    Kirehe nayo yageze muri 1/2

    KIREHE VC yari mu itsinda rimwe na Unite volleyball club yahoze yitwa UTB ndetse na Kigali Volleyball Club(KVC), kirehe yahise izamuka ari iya kabili nyuma yo gutsinda ikipe ya KVC amaseti 3 ku busa, mu gihe UVC yayoboye itsinda Kuko nta mukino numwe yatakaje.

    APR VC ntiybashije kurenga amajonjora
    APR VC ntiybashije kurenga amajonjora

    Dore uko imikino yose yagenze.

    ABAGABO

    Itsinda A

    UNITED FAMILY VC 3-0 KVC
    KIREHE 3-0 KVC
    UNITED FAMILY VC 3-0 KIREHE

    Itsinda B

    REG VC 3-2 IPRC NGOMA
    APR 2-3 GISAGARA
    APR 1-3 REG
    GISAGARA 3-0 IPRC NGOMA
    REG 2-3 GISAGARA
    APR 3-0 IPRC Ngoma

    ABAGORE

    RRA 3-0 Ruhango
    KVC 3-1 Ruhango
    UVC 3-0 IPRC HUYE
    RRA 3-0 KVC

    Uko imikino ya 1/2 iteganyijwe kuri iki cyumweru

    source : https://ift.tt/2ZVJBpj

  • Kayonza: Urubyiruko rugiye kwihangira imirimo ruhereye ku bumenyi rwungutse mu byo guteka – #rwanda #RwOT

    Babitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ukuboza, ubwo hasozwaga amahugurwa y’amezi atandatu ku banyeshuri 30 basoje amashuri yisumbuye barimo abakobwa 11 n’abahungu 19.

    Aya mahugurwa yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro, RTB, gifatanyije na Silent Hill Hotel akaba ahabwa urubyiruko rwasoje amashuri yisumbuye kugira ngo rurusheho kwihangira imirimo aho gutegereza akazi.

    Abahuguwe batangaje ko bagiye kuyifashisha mu kwiteza imbere no kurandura imirire mibi aho batuye.

    Nuwayo Pauline waturutse mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Mukarange, yavuze ko yungutse iubumenyi mu gutegura indyo yuzuye, ibi ngo bigiye kumufasha kubanza kwigisha abo mu Mudugudu atuyemo aho ngo yajyaga abona abana bagwingiye.

    Ati “Ubu twamenye gutegura indyo yuzuye aho dutuye; icyo kibazo gikunda kugaragara cyane, ubu rero turi intumwa kuri abo bantu, tugiye kubigisha uko bategura indyo yuzuye kandi ndizera ntashidikanya ko hari ikizahinduka.”

    Nuwayo yavuze ko kandi afite intego yo gutangira gukora umushinga muto wo gukora ibirimo isambusa, imigati n’ibindi yize muri aya mezi atandatu.

    Twizeyimana Emmanuel we yavuze ko bigishijwe guteka indyo zose ndetse banigishwa uko bafasha n’abandi baturage bafite ikibazo cy’imirire mibi.

    Ku binyanye no kwihangira umurimo yavuze ko akurikije uburyo yigishijwe gukora umutobe w’imbuto afite intego yo gukoresha ubu bumenyi akiteza imbere.

    Umuyobozi ushinzwe gahunda yo guteza imbere ubumenyingiro mu Kigega cyo guteza imbere ubumenyingiro (SDF) Eugene Uwimana, yavuze ko icyiciro cya mbere cyo guhugura urubyiruko ku bijyanye no kwiteza imbere cyarangiye hahuguwe abagera ku 9000. Mu cyiciro cya kabiri kizarangira 2023 ngo hazahugurwa abasaga ibihumbi 13.

    Yasabye abarangije gukoresha neza amahirwe babonye bakiteza imbere. Ati “Abarangije turabasaba guha agaciro impamyabumemyi tubaha kuko ibemerera guhatana ku isoko ry’umurimo byaba ngombwa bakishyira hamwe bakagana ibigo nka BDF bikabatera inkunga.”

    Kuva uyu mwaka watangira urubyiruko rurenga 4600 rumaze kwigishwa imyuga itandukanye binyuze muri gahunda ya Leta imara amezi atandatu, hari abigishije ikoranabuhanga, guteka, ibijyanye n’ingufu, ubuhinzi, ubwubatsi n’ibindi bifasha guhita babona akazi.

    Abasoje amahugurwa ubwo bashyikirizwaga inyemezabumenyi zabo

    Abitabiriye aya mahugurwa bigishijwe guteka indyo zitandukanye

    Biyemeje kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe kandi bagatanga umusanzu mu kurwanya igwingira ry’abana

    source : https://ift.tt/3xVaTsn

  • Gufatirana amahirwe, kwitondera imbuga nkoranyambaga; ibyasabwe abarangije muri Kaminuza ya Kigali – #rwanda #RwOT

    Babisabwe kuri uyu wa 3 Ukwakira 2021 mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya gatandatu ku banyeshuri 1313 basoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza, 487 barangije icyiciro cya gatatu (masters) ndetse na 245 barangije amasomo yihariye mu bijyanye n’uburezi.

    Umuyobozi w’iyi Kaminuza, Prof Tombola M. Gustave, yashimiye aba banyeshuri umurava bagize bakabasha gusoza amasomo mu bihe bigoranye bya Covid-19.

    Yakomeje ati “Nimushakishe amahirwe hirya no hino, mujye mugerageza gukemura ibibazo ndetse n’imbogamizi muhura nazo kuko ari ryo banga ryo kugera ku nsinzi no guhanga udushya. Nimugende mutangire ubuzima bushya kandi muzagire ahazaza heza.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Amasomo, Prof Robert E. Hinson, yavuze ko kugira amatsiko ari ryo zingiro ryo kuvumbura ibintu bishya no guhanga udushya bityo ko mu gihe abarangije babikoresha nk’intwaro, bazahindura byinshi muri sosiyete.

    Yongeyeho ati “Ndabizi mwese mukoresha imbuga nkoranyambaga, ntimukajye mwihutira kuvuga ku bintu byose abantu banditse, ushobora kuzandika ku kintu runaka ukabura amahirwe y’akazi gakomeye.”

    “Ikindi mujye mumenyana n’abandi, ubu mwarangije muri abanyeshuri barenga 2000, fata nimero zabo mukomeze muvugane kuko ntabwo wamenya aho amahirwe azava.”

    Abarangije muri iyi kaminuza bize amasomo arimo uburezi, icungamutungo, ibaruramari, ubukungu, ikoranabuhanga n’itumanaho, amategeko, n’ayandi, aho kuva mu 2015 Kaminuza ya Kigali yatanga impamyabumenyi bwa mbere imaze gushyira ku isoko abize aya masomo barenga ibihumbi bitandatu.

    Umujyanama Mukuru mu by’Ikoranabuhanga muri Minisiteri y’Uburezi, Eng. Gatabazi Pascal, yashimiye iri shuri ku bwo gutanga umusanzu mu burezi bw’u Rwanda no mu bushakashatsi, asaba abarangije amasomo, cyane abize ajyanye n’uburezi, kuzana impinduka.

    Yongeyeho ati “Imyigire yanyu yahungabanyijwe n’icyorezo, ariko nubwo mwahuye n’izo mbogamizi mwarize kandi murarangije. Nk’uko rero benshi babivuze mufate ubumenyi mukuye muri kaminuza mubujyanye hanze mufatirane amahirwe kugira ngo muzagire ejo hazaza heza.”

    Umunyeshuri wahize abandi, Sinamenye Jean Bosco, warangije mu cyiciro cya kabiri mu icungamutungo yavuze ko agiye gukoresha ubumenyi avanye muri kaminuza kinyamwuga.

    Ati “Ngiye gufatanya n’abandi banyarwanda gukora kinyamwuga mu byo nize. Mfite ikigo nashinze kizafasha abandi kumenya ibijyanye n’icungamari birimo imisoro, ubugenzuzi bw’imari, bamenye uko amafaranga ashakwa ni uko akoreshwa neza ku buryo bizagira akamaro muri sosiyete.”

    Abanyeshuri 20 nibo bahembwe nk’abahize abandi, aho batatu ba mbere buri wese yahawe miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda na Banki ya Kigali, abandi bahembwa mudasobwa bigizwemo uruhare na Cogebanque, Radiant, Prime na Study in Rwanda.
    RwandAir yatanze itike y’indege mu gihe NPD yemeye imenyerezamwuga ku banyeshuri batatu.

    Abarangije amasomo muri Kaminuza ya Kigali basabwe gufatirana amahirwe ari ku isoko ry’umurimo

    Bagiriwe inama yo kutihutira kuvuga ku bintu byose abantu banditse ku mbuga nkoranyambaga

    Aba banyeshyuri babwiwe ko nibakoresha intwaro yo guhanga udushya bazahindura byinshi muri sosiyete

    Abasaga 2000 nibo bahawe impamyabumenyi ku nshuro ya gatandatu muri Kaminuza ya Kigali

    Abarangije amasomo muri Kaminuza ya Kigali basabwe gufatirana amahirwe ari ku isoko ry’umurimo

    Abasoje amasomo kuri iyi nshuro bize nabi kubera Covid-19 ariko bashyiraho umwete none babonye umusaruro

    Kaminuza ya Kigali yatanze impamyabumenyi ku nshuro ya gatandatu ku barangije mu byiciro bitandukanye

    Abasoje amasomo baagaragazaga akanyamuneza ku maso

    Abanyeshuri batsinze neza bahawe ibihembo

    source : https://ift.tt/3IkTJJH

  • Niba wiyemeje kutikingiza ntitwakwemerera kujya kwanduza abandi – Minisitiri Ngirente #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Edouard Ngirente
    Minisitiri Edouard Ngirente

    Minisitiri w’Intebe yabitangarije Inteko Ishinga Amategeko tariki 03 Ukuboza 2021, avuga ko intego Umuryango w’Abibumbye (UN) yasabye buri gihugu ku isi kugeraho mu gukingira abaturage bacyo, itagombaga kujya munsi ya 10% by’abaturage bitarenze tariki 30 Nzeri 2021.

    Dr Ngirente asobanura ko Leta y’u Rwanda yagejeje iyo tariki intego ya 10% yaramaze kugerwaho kera, ndetse kuri ubu yanarengeje 30% nk’uko yari yabyiyemeje kugeza muri uku kwezi k’Ukuboza 2021.

    Kugera ku wa Gatanu tariki 03 Ukuboza 2021 ubwo Minisitiri w’Intebe yatangazaga iyi mibare, abari bamaze guhabwa doze ya mbere y’Urukingo rwa Covid-19 bageraga kuri 6,114,471(bangana hafi na 50% by’abaturage bose b’Igihugu), abari barahawe doze ebyiri bakaba bari bageze kuri 3,680,146.

    By’umwihariko mu Baturarwanda bagomba gukingirwa bose mu Gihugu, Leta ngo yarengeje urugero rwa 40%, bahwanye na 3,625,636 bamaze guhabwa doze zombi z’urukingo rwa Covid-19, mu gihe abamaze guhabwa nibura doze imwe barenga 67%.

    Minisitiri w’Intebe avuga ko abatuye Umujyi wa Kigali bafite nibura imyaka 18 y’ubukure bahereweho mu gukingirwa Covid-19 ubwo iyi gahunda yatangiraga muri Werurwe 2021, bose(100%) bakingiwe.

    Avuga ko haramutse hongeweho abafite imyaka 12 kuzamura, abangana na 869,909(bahwanye na 89.2% bamaze guhabwa doze ebyiri, mu gihe abamaze guhabwa imwe ari 1,032,499.

    Mu zindi ntara (cyane cyane mu turere dukora ku mipaka) abagera kuri 34% bamaze guhabwa doze zombi, mu gihe abahawe imwe ari 62%.

    Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo gukingira abaturage bayo barenga miliyoni icyenda(bahwanye na 69.4%) bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2022, nk’uko Minisitiri w’Intebe yabitangaje.

    Dr Ngirente akomeza agira ati “Niba wowe wiyemeje kutikingiza, ntabwo tukwemerera kujya kwanduza abandi Banyarwanda, igihe wagiye muri Sitade waranze kwikingiza ugasangamo abikingije ukabanduza n’ubwo batazaremba ariko uzaba wabateye ubwo burwayi, ubwo ni bwo burenganzira umuntu atagomba kwiha, (nyamara) urukingo turutangira ubusa.”

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije na we witabiriye Ikiganiro Minisitiri w’Intebe yagejeje ku Nteko , asobanura impamvu habayeho no gutanga doze ya gatatu ku bantu bakuze n’abafite ubudahangarwa buke bw’umubiri, ko ari ugushimangira imikorere ya doze ebyiri zabanje gutangwa.


    source : https://ift.tt/3Ilpd27

  • Imbogamizi abatumva n’abatavuga bahura na zo iyo bahohotewe – #rwanda #RwOT

    Ibi babigaragaje ku wa Kane tariki ya 2 Ugushyingo 2021, ubwo herekanwaga ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe hagamijwe kureba uko ibigo bya Isange One Stop Centre biha serivisi abafite ubumuga.

    Abafite ubumuga bagaragaje ko bagorwa cyane no kugera mu nyubako ibigo bya Isange One Stop Centre bikoreramo bitewe n’imiterere yazo aho usanga nta nzira zabateganyirijwe zihari.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NCPD), Ndayisaba Emmanuel, yabwiye IGIHE ko imikoranire ya Isange One Stop Centre imaze kugera ku rwego rushimishije uretse ko bagifite imbogamizi z’uko abakozi b’iki kigo batabasha kumvikana neza n’abafite ubumuga bwo kutavuga no kumva.

    Ati “Mu mbogamizi ihari harimo no kuba batabasha kuganira n’abo baba bagannye bashaka serivisi, icyo tugomba gukora ni uko bariya bantu bagomba guhugurwa kuko ni ingenzi. Kuba umuntu yabura ubutabera na serivisi nk’iriya yahotewe ni ikintu kiba kibabaje cyane.”

    Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda w’abagore bafite ubumuga UNAB, Mushimiyimana Gaudence, na we yavuze ko abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bibasirwa cyane n’ihohoterwa.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry, we yemeza ko bafite abantu bafite ubushobozi bwo kubavugisha anabashishikariza kujya batanga ibirego kugira ngo uburenganzira bwabo bwubahirizwe.

    Ati “Icyo ni ikibazo ariko uje wese afite ikibazo cyo kutumva cyangwa icyo kutabona twitabaza abantu bafite ubushobozi bwo kuba bavugana nabo bakabasobanurira kubera ko muri icyo gihe aba ari nk’umunyamahanga utazi ururimi.”

    Akomeza avuga ko nta muntu wakagombye kureka gutanga ikirego cyangwa bimutere isoni kuko abafite ubumuga na bo ari abantu nk’abandi ndetse uburenganzira bwabo buba bugomba kubahirizwa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NCPD), Ndayisaba Emmanuel

    Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda w’abagore bafite ubumuga UNAB, Mushimiyimana Gaudence, yavuze ko abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bibasirwa cyane n’ihohoterwa

    source : https://ift.tt/3DiidQ4

  • Ibyitezwe ku mushinga wa miliyoni 100$ uzahindura urwego rw’ikoranabuhanga mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Icyakora ibi byahindutse ahagana mu 1970 ubwo ibihugu nka Singapore, Koreya y’Epfo n’u Buyapani byatangiraga kubaka iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, ari nako byerekana uru rwego nka rumwe mu z’ingenzi zituma igihugu kigira ijambo ku ruhando mpuzamahanga.

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Leta yayoboye igihugu yari izi iri banga, ku buryo yahisemo guteza imbere ikoranabuhanga n’ubwo ritasaga nk’igikorwa cy’ingenzi muri ibyo bihe, ariko byagaragaraga ko mu myaka iri imbere, ari ryo rizaba rigena imibereho y’abatuye Isi.

    Iyo myaka yari imbere mu 2000 yarageze, aho ikorabuhanga ryabaye intwaro igena imitegekere y’Isi, ku buryo urikurusha akuyobora uko byagenda kose, rimwe na rimwe ubishaka cyangwa utabishaka.

    U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu byinshi ku Isi, biri gukora ibishoboka byose mu gufatirana amahirwe ari mu ikoranabuhanga, agira uruhare mu kuzamura izindi nzego zose z’ubukungu, kuva ku rwego rw’imari, ubuhinzi, inganda, ubukerarugendo, ubwikorezi n’izindi zitandukanye.

    Imwe mu mbogamizi zikomeye u Rwanda ruhura nazo muri uru rugendo, ni uko ubumenyi n’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu Rwanda bifitwe na bacye, ku buryo bituma gahunda zijyanye no guteza imbere ikoranabuhanga zidacengera ngo zigere kure, zinatange umusaruro uba uzitezweho.

    Imibare ya Data Portal yerekana ko mu Banyarwanda miliyoni 13,1 babarurwaga mu ntangiriro z’uyu mwaka, abagera kuri miliyoni 4,1 ari bo bonyine bakoresha internet, mu gihe Leta yifuza kongera umubare wa serivisi zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo koroshya itangwa ryazo.

    Akamaro k’ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi karushijeho gushimangirwa n’ibihe bya Guma mu Rugo, byatumye abakoresha internet mu gushaka serivisi zitandukanye biyongera.

    Leta yafashe umwanzuro wo gushyigikira gahunda yo gutanga telefoni zigezweho ku miryango y’abaturage, izwi nka Connect Rwanda, aho izirenga ibihumbi 16 zimaze gutangwa.

    Kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego yo gusarura ku mbuto zikomoka ku mbaraga rwakoresheje mu ishoramari ry’ikoranabuhanga, ni ngombwa ko ibikoresho byaryo bigezwa ku baturage benshi bashoboka, ibi bikajyana no gukwirakwiza ubumenyi butuma abantu batangira gukoresha ikoranabuhanga, bityo umusaruro waryo ukaboneka.

    Ni muri urwo rwego Leta y’u Rwanda, ku bufatanye na Banki y’Isi, byatangiye umushinga ufite agaciro ka miliyoni 100$ ugamije guteza imbere ikoranabuhanga mu ngeri zitandukanye.

    Ni umushinga mugari uzamara imyaka itanu, aho uteganya kuzageza ibikoresho n’ibikorwa by’ikoranabuhanga ku miryango ibihumbi 250 mu gihugu hose, mu gihe abaturage bagera kuri miliyoni eshatu bazahabwa amahugurwa ku bumenyi bw’ibanze ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga, hibandwa ku bakobwa n’abagore.

    Amakuru y’abaturage bagera kuri 75% azahuzwa mu buryo bw’ikorabuhanga, mu rwego rwo kubarindira umutekano mu by’ikoranabuhanga ndetse no kubafasha kubona serivisi bakeneye mu buryo bwihuse.

    Imishinga mito n’iciriritse igera kuri 300 iri mu rwego rw’ikorabuhanga izaterwa inkunga muri iyi gahunda, aho bizayifasha kuzamura ibikorwa byayo ndetse no kubigeza ku Banyarwanda benshi. Ibi bizarushaho guhuza imishinga y’udushya iba yakozwe n’ibigo by’ikoranabuhanga, n’abaturage iba igenewe guteza imbere no korohereza ubuzima.

    Muri gahunda igamije kugeza iterambere kuri benshi, Leta y’u Rwanda igiye gutangiza umushinga wa miliyoni 100$ uzatangirwamo ibikoresho n’ubumenyi mu by’ikoranabuhanga

    source : https://ift.tt/31yi6m3

  • Nyaruguru: Imihigo ku bahawe telefone zigezweho muri Connect Rwanda – #rwanda #RwOT

    Mu Ukuboza 2019 ni bwo ubukangurambaga bwa Connect Rwanda bwatangijwe, ibigo n’abantu ku giti cyabo batangira kwiyemeza umubare wa telefoni zigezweho bazatanga zigahabwa abaturage badafite ubushobozi bwo kuzigura mu turere dutandukanye, nibura imwe muri buri rugo.

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Ukuboza 2021 mu Karere ka Nyaruguru hatanzwe telefone 332 ku bufatanye na MTN Rwanda na Horizon Express.

    Mukeshimana Angelique wo mu Murenge wa Ngera yavuze ko telefone yahawe izamufasha kubona serivise zitandukanye yajyaga gushakira ahandi akoze urugendo rurerure.
    Rurangwa François Xavier akimara guhabwa telefone yavuze ko izamufasha mu bikorwa bitandukanye kandi bizamworohera kumenya amakuru.

    Ati “Ngiye kujya menya amakuru ku buryo bworoshye, hari serivise z’Irembo no gutanga umusoro, hari gahunda ya Ejo Heza n’izindi, ibyo byose ngiye kujya mbikorera kuri telefone ntiriwe njya gutonda umurongo.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel, yasabye abaturage bahawe telefone kwirinda ababashuka ngo bazibagurishe ahubwo bakarushaho kuzibyaza umusaruro.

    Ati “Ni igikorwa twishimiye kuko cyongerera ubushobozi abaturage bacu mu bijyanye n’itumanaho kandi izi telefone zizatuma babasha kwishyura serivise bazaba baguze, yaba ari ku Irembo no mu maduka aho bahahira. Rwose izi telefone zikore icyo zigomba gukora, birinde kuba bazigurisha ahubwo bumve ako ari telefone zije kuzamura imibereho yabo.”

    Umuyobozi w’ishami ry’imari mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA) Bateta Jeanne, yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyerekanye ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu buzima.

    Ati “Twabonye akamaro ka telefone muri ibi bihe bya Covid-19 aho zadufashije mu bukangurambaga twabona ubutumwa tukabusangira twese, bidufasha kumenya amakuru byihuse no guhaha dukoresheje ikoranabuganga nta guhanahana amafaranga mu ntoki.”

    Mu Karere ka Nyaruguru hamaze gutangwa telefone 810 muri gahunda ya Connect Rwanda.

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3Dii8Mg

  • Ibyo wamenya ku biciro fatizo bishya by’ubutaka mu gihugu – #rwanda #RwOT

    Ibiciro fatizo by’ubutaka bifatwa nk’igikoresho giha umugenagaciro ikigereranyo cy’ibiciro biri ku isoko. Ibishya byatangajwe mu igazeti ya leta ku wa 1 Ukuboza 2021.

    Ibiciro byo mu 2021 byateguwe hakoreshejwe ikoranabuhanga ryitaye ku by’ingenzi bigira ingaruka ku gaciro k’ubutaka bitandukanye n’ibyatangajwe mbere byagiye bigaragaza ibyuho ndetse hamwe na hamwe ntibyumvikanweho.

    Inyandiko isobanura iby’ibi biciro igaragaza ko mu kubibara hashingiwe ku makuru ku mapariseri yose yo mu gihugu ari mu bubiko-shingiro bw’Ikigo cy’Igihugu gishinze Imicungire n’Imikoreshereze by’Ubutaka (RLMUA).

    Hifashishijwe ikoranabuhanga rya Geographic Information System (GIS) buri pariseri ihabwa amakuru y’ibintu byose by’ingenzi bigira ingaruka ku gaciro k’ubutaka.

    Harimo abo ubutaka buherereye, uburyo bugerwaho n’ibikorwaremezo birimo imihanda, amashuri, amavuriro, amasoko, amazi n’umuriro; icyo bukoreshwa n’icyo buteganyirijwe; uburyo bwegereye imigezi n’ibiyaga n’ibindi.

    Ibiciro fatizo kandi byagenwe hakurikijwe inzego z’imiyoborere (Intara, Akarere, Umurenge, Akagari n’Umudugudu) bikaba bifite agaciro mu mezi atandatu uhereye igihe byatangarijwe mu igazeti ya Leta.

    Buri gace kaba gafite igiciro gito gishoboka, icyerekana ikigereranyo cy’igiciro fatizo cy’amapariseri yose ari muri icyo kiciro (Weighted Average Value) n’icyo hejuru.

    Abagenagaciro n’abandi bagenerwabikorwa bagirwa inama yo gushingira cyane ku giciro fatizo kuko ari bwo buryo bwiza bugaragaza uko isoko rihagaze muri rusange ahantu runaka no mu cyiciro runaka umutungo bari kugenera agaciro ubarizwamo.

    Nko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, Umurenge wa Bumbogo ahari ubutaka buhendutse metero kare yaho ihagaze ku mafaranga y’u Rwanda 467 ubariye ku giciro gito gishoboka; 9671 Fw ku giciro kigereranyije na 36.746 Frw ku cyo hejuru.

    Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro uri mu ifite ubutaka bufite igiciro fatizo gito aho metero kare yagenewe 4004 Frw ubariye ku giciro cyo hasi, 19045 Frw ku giciro kigereranyije na 66.627Frw ku giciro cyo hejuru.

    Muri aka karere hari aho usanga hagenewe ibihumbi bisaga 82 by’amafaranga y’u Rwanda kuri metero kare imwe nko mu Murenge wa Gatenga mu gihe i Kanombe hageza mu bihumbi 134 Frw kuri metero kare ubariye ku giciro cyo hejuru.

    Ibi biciro kandi biri hejuru mu Mijyi yunganira Kigali ugereranyije n’ahandi mu cyaro.

    Mu Karere ka Muhanga ibiciro biri hejuru biboneka mu Mirenge ya Cyeza, Nyamabuye, Shyogwe na Muhanga kuko biri hagati ya 43.407 Frw na 44.129 Frw naho igiciro gito gishoboka kiri hagari ya 272 Frw na 703 Frw.

    I Musanze ahenshi igiciro cyo hejuru ni 24.484 Frw keretse mu Murenge wa Cyuve (41.340Frw), Kimonyi (41.946 Frw), Muhoza (40.196 Frw).

    I Nyagatare igiciro gito ni 911 Frw kuri metero kare. Mu mirenge ya Rwimiyaga, Rukomo, Tabagwe n’ahandi henshi igiciro kiri hejuru ni 12.720 Frw, igihanitse kiri kuri 31.692 Frw mu Mirenge irimo Nyagatare.

    Muri Rubavu igiciro kinini kiboneka mu Murenge wa Gisenyi kikaba kiri kuri 83.645 Frw kuri metero kare, igito gishoboka ni 2.306 Frw; ikiri hagati ni 22.387 Frw.

    Muri Rusizi Umurenge wa Giheke mu tugari twa Kigenge, Rwega, Turambi ni ho hahenze. Igiciro cyo hejuru ni 56.565 Frw mu gihe i Huye igiciro gito gishoboka ari 1886 Frw; igiciriritse ni 4.188 Frw naho icyo hejuru ni 26.781 ariko mu Murenge wa Mbazi hari mu duce dufite ubutaka buhenze aho metero kare ihagaze kuri 46.021Frw.

    Mu turere two mu byaro igiciro fatizo kiri hasi. Nko mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Boneza, usanga hari aho metero kare imwe yagenewe amafaranga y’u Rwanda 297 Frw ubariye ku giciro cyo hasi; 3.124 Frw ku giciro kigereranyije na 8640 Frw.

    Mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru igiciro cyo hasi ni 196 Frw, icyo hagati ni 1310 Frw naho icyo hejuru ni 6.784 Frw.

    Ukeneye kumenya igiciro fatizo cy’ubutaka mu Mudugudu runaka kanda
    hano

    I Musanze ahenshi igiciro cyo hejuru ni 24.484 Frw keretse mu Murenge wa Cyuve, Kimonyi na Muhoza

    I Rubavu igiciro kinini kiboneka mu Murenge wa Gisenyi kiri kuri 83.645 Frw kuri metero kare

    Ushaka kumenya igiciro fatizo cy’ubutaka muri buri Karere, Umurenge, Akagari n’Umudugudu urabibona

    Umuhanda ugana kuri Stade Nyagatare, umwe mu Mijyi yunganira Kigali

    Uyu muhanda wubatswe mu Karere ka Rusizi , uva ku Karere ka Rusizi, ukanyura kuri stade, ugakomereza kuri Centre Pastorale Inshuti werekeza ku Mupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na RDC

    Mu Murenge wa Gahanga hari uduce dufite ubutaka buhenze bitewe n’ibikorwaremezo bihari

    source : https://ift.tt/3dmTsrg