Tag: featured

  • Adama Barrow yatorewe kuyobora Gambia muri Manda ya kabiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida w’iyo Komisiyo Alieu Momar Njie, atangaza ibyavuye mu matora, yavuze ko Adama Barrow yongeye gutorerwa kuba Perezida wa Repubulika ya Gambia.

    Nk’uko byagaragajwe n’ibyavuye mu matora, Adama Barrow yabonye amajwi 458 519 ( ku bantu 900 000 batoye), ni ukuvuga asaga gato 53%. Akaba yarushije cyane uwo bahatanaga muri ayo matora, Ousainou Darboe wabonye amajwi 238 253 ( Ni ukuvuga 27,7%).

    Mu ijambo Adama Barrow,yavuze ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 5 Ukuboza 2021, yashimye uko amatora yagenze, ashimira Komisiyo y’amatora « kubera uko yateguye amatora neza nk’uko yari yabisezeranyije, amatora arimo ubwisanzure, aciye mu mucyo…, yashimiye kandi inteko y’abasheshe akanguhe bo muri ‘Cédéao’ ndetse n’abagize kuba ba Perezida b’ibihugu, ngo baretse ibikorwa byabo byose kugira ngo baze gushyigikira abavandimwe babo mu matora.

    Adama Barrow ati « Tugomba gufatanya ahazaza mu biganza, tugashaka ibisubizo by’ibibazo byacu. Mbijeje ko nzakoresha ubushobozi bwanjye bwose mfite, nkagira Gambia igihugu cyiza, kibereye Abanya-Gambia bose».

    Abari bashyigikiye Adama Barrow ngo baraye babyina instinzi y’umukandida wabo, Umwe muri abo bizihizaga intsinzi yabwiye itangazamakuru ry’Abafaransa ‘RFI’ dukesha iyi nkuru ati “ Ni ibihe bitazibagirana mu mateka, Abanya-Gambie batewe ishema nawe, twabonye ibyo yakoreye igihugu kugeza ubu…dufite imishinga, dufite amahoro, demokarasi n’ubwisanzure”.

    Ibyavuye mu matora muri rusange, byatangajwe saa tatu z’ijoro ku isaha yo muri Gambia. Mbere y’uko binatangazwa bamwe mu bakandida bahataniraga umwanya wo kuba Perezida wa Gambia barimo uwitwa Ousainou Darboe Mammah Kandeh ndetse na Essa Mbaye Faal, batangaje ko banenga uko amatora arimo kugenda gahoro, ndetse bavuga ko batemeranya n’ibyavuye mu matora byari bimaze gutangazwa, bahamagarira abayoboke babo gutuza, bagatekereza ku kigiye gukurikiraho.

    Iyo ntsinzi ya Adama Barrow, imwinjije muri manda ye ya Kabiri, nyuma yo kujya ku butegetsi bwa mbere mu 2016. Muri ayo matora ya Perezida yaraye arangiye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 5 Ukuboza 2021, Abanya-Gambia ngo barayitabiriye ku rwego rwo hejuru nk’uko bitangazwa na Komisiyo y’amatora, kuko 89% by’abemerewe gutora bitabiriye gutora.

    source : https://ift.tt/3y04ooh

  • Imirimo yo kubaka umuhanda uca mu kirere ku Kicukiro irarimbanyije (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Uyu muhanda wari usanzwe ubamo umuvundo w’imodoka kubera ubuto bwawo, watangiye kwagurwa ndetse igice gituruka Gahanga cyamaze kurangira, ubu hari gukorwa umuhanda wa Kicukiro Centre ukomeza Sonatubes.

    Nk’uko igishushanyo mbonera cyawo kibigaragaza, imbere y’isoko rya Kicukiro hari kubakwa ihuriro ry’imihanda (Rond Point) rifite umuhanda hejuru no hasi ku buryo ibinyabiziga bimwe bizajya bica hasi ibindi bikanyura hejuru.

    Hejuru y’iyi ’rond point’ hazaba hari imihanda ibiri ifite aho kunyura hane, mu gihe ku ruhande rwayo hasi hari indi ibiri (iburyo n’ubumoso) izajya yifashishwa n’ibinyabiziga byanyuze munsi y’iri huriro ry’imihanda, yaba ibiturutse cyangwa ibijya mu muhanda wa Rwandex-Centre cyangwa mu muhanda mushya ujya mu Kagarama uri kubakwa ahahoze ari muri ETO Kicukiro.

    Umushinga wo kuvugurura uyu muhanda uri gukorwa n’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi, RTDA, ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, aho biteganyijwe ko uzagabanya umuvundo w’imodoka nyinshi zikoresha uyu muhanda.

    Uyu mushinga kandi ugamije kwagura umuhanda ugana i Bugesera ku Kibuga cy’Indege kugira ngo mu gihe kizaba cyatangiye gukorwa, hazabe hatari umuvundo.

    Biteganyijwe ko uyu muhanda uzuzura muri Kamena 2022

    Ibinyabiziga bimwe bizajya binyura hasi ibindi bice hejuru

    Ihuriro ry’imihanda riri kubakwa Kicukiro-Centre rifite imihanda yo mu nsi n’iyo hejuru

    Ahahoze ishyamba ryo kuri ETO hari kubakwa umuhanda mushya uzajya werekeza muri Rond Point ya Kicukiro Centre

    Imirimo yo kubaka Rond Point irarimbanyije

    Mu mezi atandatu ari mbere biteganyijwe ko uyu muhanda uzaba wuzuye

    Umuhanda umwe wari ufite aho kunyura habiri ugiye kwagurwa ku buryo hazaba ari hane

    Amafoto: Irakiza Augustin


    source : https://ift.tt/3ou6p9m

  • APR FC yageze mu Rwanda nyuma yo gusezererwa na RS Berkane (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC ntiyabashije gukabya inzozi zo

    APR FC yamaze kugaruka mu Rwanda
    APR FC yamaze kugaruka mu Rwanda

    kugera mu matsinda y’amarushanwa nyafurika, nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1 na RS Berkane mu mukino wo kwishyura wabereye muri Maroc.

    Ikipe ya APR FC ni yo yari yafunguye amazamu ku munota wa 45 w’igice cya mbere, ku gitego cyatsinzwe na Byiringiro Lague acenze ba myugariro babiri ba RS Berkane, ku mupira yari ahawe na Mugunga Yves.

    Ikipe ya RS Berkane yaje kwishyura igitego ku munota wa 67 gitsinzwe na Brahim El Bahraoui, iza no gutsinda igitego cya kabiri cyatsinzwe na Mohamed Aziz, birangira ari ibitego 2-1 APR FC ihita isezererwa.

    Ikipe ya APR FC yari yagiye n’indege yayo yihariye, yahise igaruka mu Rwanda aho yahageze ahagana Saa Ine z’igitondo , ikaba igomba gutangira kwitegura imikino ya shampiyona aho ifite umukino w’ikirarane na Etincelles uzaba kuri uyu wa Kane.

    source : https://ift.tt/3pv7cpD

  • Ikiganiro na Mukanyirigira Judith, Umuyobozi mushya w’Akarere ka Rulindo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Judith Mukanyirigira, Umuyobozi w
    Judith Mukanyirigira, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo

    Uwanyirigira yavuze ko kwiga akagera ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (masters), biri mu ntego yari yarihaye izamufasha kurushaho gukorera igihugu.

    Iyo umuntu atorewe kuyobora Akarere, abenshi bahita bumva ko yabayeho mu buzima bw’ibisubizo, ariko Mukanyirigira Judith we si ko abibona, kubera ko yanyuze mu nzira ndende zimugeza ku buyobozi, byose ngo abikesha ugutinyuka, kudacika intege ndetse no gukunda ishuri ngo agire ubumenyi buhagije aho ashimira ababyeyi be babimufashijemo, akiga bimuha inzira imugeza ku ntera ishimishije.

    Mukanyirigira Judith ni umwana muto (bucura) iwabo mu bana icyenda, yarashatse abyara umwana umwe w’umukobwa, aho yavukiye mu murenge wa Burega mu karere ka Rulindo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kigali mu 1973, ari naho yigiye amashuri abanza mu gihe cy’imyaka itanu, ayasoreza mu murenge wa Buyoga.

    Ntibyari byoroshye muri icyo gihe kujya mu mashuri yisumbuye, ngo akirangiza umwaka wa munani yakoze ikizamini cya Leta mu 1988 kiramutsinda ntiyacika intege ajya gusibira, ari nabwo yahise atsinda ajya mu mashuri yisumbuye mu ishuri Mbonezamubano ku Karubanda ari ryo Ecole Notre Dame de la Providence y’ubu.

    Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yigaga mu mwaka wa gatanu w’ayisumbuye 1994 biba ngombwa ko amashuri asubikwa, mu 1995 ajya kuyasubukura muri iryo shuri ayarangiza 1996.

    Inzozi ze zatangiye kera aho yatorerwaga kuyobora abanyeshuri (Doyenne)

    Akirangiza amashuri muri 1996, yahise abona akazi k’Ubunyamabanga mu yahoze ari Superefegitura ya Murambi, aho yakoze mu gihe cy’imyaka itanu, ari nako yabifatanyaga no guhagararira abagore mu Nama y’igihugu muri ako karere, aho abari n’abategarugori bamugiriye icyizere bakamutora.

    Ubwo muri 2001, hajyagaho Politike y’uturere, yatorewe kuba Visi Meya w’uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori mu karere ka Buriza, ati “Nyuma yo gutorerwa izo nshingano za Visi Meya, manda yanjye narayirangije, kandi ndahamya ko nabikoze neza rwose”.

    Mu mwaka wa 2003 yarashatse, izo nshingano yakoraga afite amashuri y’isumbuye, abona ko ubwo bumenyi budahagije ajya gukomereza amashuri ya Kaminuza mu yahoze ari KIST, yiga anabifatanya n’inshingano za Visi Meya anafite n’umwana w’uruhinja.

    Manda ye irangiye, ngo Leta y’u Rwanda yatanze Buruse ku basoje manda, umutima we awushyira ku masomo aho umwaka umwe yari arangije muri KIST mu ishami rya Management, ryimuriwe muri SFB rigirwa Finance, aho yahinduye ava muri Sisiteme y’Igifaransa ajya mu cyongereza.

    Agira ati “Muri 2006 mbonye buruse, nabonaga aho igihugu kigana mva muri sisiteme y’igifaransa njya muy’icyongereza kugira ngo menye tekinike zizamfasha mu gihe nzaba nshaka akazi, binsaba ingufu nyinshi kuko nari ngiye kwiga mu rurimi ntumva neza, ubwo ntangira kuba bilingue (uzi indimi ebyiri).

    Ubwo 2008, yarangizaga amashuri ya Kaminuza, yahawe akazi mu muryango Women for Women International i Kayonza, ashinzwe gahunda yo gufasha abagore kwibeshaho, ariko ntiyahatinda.

    Agira ati “Nakoreraga i Kiyonza, icyo gihe nari mfite umwana muto mbona ankeneye, nibwo nabonaga ari kure ntaha i Kigali njya gushaka akazi muri Association yitwa Ndabaga, mpamaze igihe gito nza kubona akazi ahandi, mpakora imyaka ibiri, nza kubona ko impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri muri Kaminuza idahagije, nibwo nahagaritse akazi njya gukomeza amashuri ku rwego rwa Masters”.

    Yagiye kwiga muri Oklahoma Christian University yo muri America, ati “Niyemeje kureka akazi, njya gukomeza amasomo kuko numvaga ngomba kongera ubumenyi, jya kwiga muri Kaminuza ya Amerika yitwa Oklahoma Christian University mu bijyanye na Project Managment, nari nzi icyo nshaka”.

    Mayor Mukanyirigira, avuga ko imbaraga zo gusezera akazi akajya kwiga, yazikuraga mu kazi yakoraga, gutinyuka no kwigirira icyizere kimuyobora mu kuzafasha igihugu.

    Ati “Izo mbaraga zo kureka akazi nkajya kwiga, nasikuraga mu kazi nakoraga ko kuba Visi Meya wa Gender, kumva ko ndi umugore ushoboye, ibindi kandi nkigirira icyizere no gutinyuka, ngamije kuzafasha igihugu mu myaka iri imbere, ubundi niga masters numvaga ngomba gukomeza nkagera ku rwego ruhanitse rwa PHD, numvaga ngomba kuba dogiteri nkigisha muri Kaminuza.

    Ikimara kwiga, muri 2015 yabonye akazi mu karere ka Nyagatare, aho yari amaze imyaka itandatu ari umuyobozi mukuru w’imirimo rusange muri ako karere.

    Ababyeyi be bagurishije inka ngo yige, bakabaseka ko bari gutanga imitungo ku mukobwa utazagira akamaro, ajyana umujinya ku ishuri

    Yavuze ko nubwo atigeze agira inzozi zo kuzaba meya, ngo kuba umuyobozi w’akarere abifashijwe n’ababyeyi bamuhaye agaciro ubwo bagurishaga inka ngo babone minerivali, ibyo ngo nibyo byamuteye imbaraga zo kwiga akaba ageze ku rwego rwa gutorerwa kuba Meya.

    Ati “Izo nzozi zo kuba meya ntabwo nigeze nzigira, ahubwo mu 1989, kubera kuvukira mu giturage naratsinze, ari nacyo nshimira ababyeyi banjye, nta kindi bifashishije ngo bandihire amashuri, bagurishije inka kuko nta bundi butunzi bari bafite, Papa agurisha inka ze ariko ku baturanyi, icyari gihari cyari icyo kuvuga ngo uriya musaza inka ze zirapfa ubusa, uriya mukobwa agiye kugenda atware inda agaruke, nta mashuri y’abakobwa”.

    Arongera ati “Najyanye umujinya ku ishuri, umujinya ariko mwiza ngerekaho n’ubuhanga kuko nabaga uwa mbere, ngira n’umugisha Imana yari yampaye ishuri ryiza ku Karubanda, ryari ishuri ryiza cyane, nkongera kugaruka nshimira ababyeyi banyigishije, kuko ninjye bucura mu bana icyenda, abariho ni batandatu abahungu babiri n’abakobwa bane, abandi bo mu muryango bazize Jenoside”.

    Avuga ko mu myaka yahise, hari imvumvire yo kudashyigikora umwana w’umukobwa cyane cyane mu bijyanye no kwiga, ariko ababyeyi be babimushyigikiramo ariga, ari naho ahera yishimira ko umwana umwe afite w’umukobwa azamufasha kwiga akagera ku rwego ruhanitse.

    Ati “Nagize n’umugisha mbyara umwana w’umukobwa, nzamushyigikira ayo ntize azayiga”.
    Uwo mubyeyi ukomeje guhabwa ibyemezo by’amashimwe binyuranye ku rwego mpuzamahanga, birimo icyo yahawe na Grobal Academy Finance For Management yo muri Amerika, imwemerera kuba Kontabure ku rwego rw’isi, avuga ko mu miyoborere ye azakorana n’itangazamakuru aho yemeza ko itangazamakuru ari imbaraga zikomeye mu miyoborere myiza”.

    Abaturage agiye kuyobora ngo baramwishimiye

    Avuga ko abenshi mu batuye akarere ka Rulindo, baba abaturanyi be cyangwa abaturage muri rusange, ngo abenshi bamuzi ari umwana aho bamuzi afite diplôme ku rwego rw’amashuri yisumbuye gusa, ngo mu kwiyamamaza kwe baratunguwe bumvise ko yize kugera ku rwego rwa Masters.

    Avuga ko agiye kubegera bagakorana bakazamura iterambere ry’akarere ka Rulindo bubakira aho abamubanjirije bagejeje, abasaba ubufasha bunyuranye burimo kumva inama bagirwa n’ubuyobozi kandi bubahiriza na gahunda Leta ibateganyiriza, aho yabijeje kubaba hafi, gusa yavuze ko ubwo yari amaze gutorwa ku itariki 19 Ugushyingo yagize ibyishimo bivanze n’ubwoba.

    Ati “Ku itariki 19 nkimara gutorwa ibyambayeho ni bibiri, harimo kwishima no kugira ubwoba, kuba naragiriwe icyizere narishimye, numvise ko muri sosiyete mfitiwe icyizere, ariko na none numva ngize ubwoba bw’inshingano mpawe, ntabwo ari ukumva ko ntazazishobora ariko kandi ziraremereye, mfatanyije n’Imana mfatanyije n’abantu nzazitunganya”.

    Avuga ko ubwo babaruraga amajwi, abakozi bakoranaga i Nyagatare batangaje ko yabaye Meya ku mbuga nkoranyambaga ataratorwa , akababwira ko baba baretse kuko hakibarurwa amajwi, ngo bwari uburyo bwo kumwishimira kuko babanye neza, naho ku ishuri ngo umukobwa we yabimumenyesheje nyuma y’iminsi ibiri atowe ngo agwa mu kantu.

    Ati “Mu minsi ibiri ntorewe kuba Meya, nahamagaye ku ishuri bampa umukobwa wanjye, nahise mubwira nti ‛ndi Meya’ aratungurwa, nari kumwe na Nyirasenge ndamumuha baravugana, amuha impanuro ati rero urabona Mama wawe yabaye meya, nawe wige cyane, umuyobozi ku ishuri wari umumpaye, arambwira ati nibwo bwa mbere mbonye umukobwa wawe yishimye birenze, dore arirutse agiye kubwira bagenzi be iyo nkuru nziza”.

    Uwo muyobozi usengera muri Kiliziya Gatolika, abajijwe icyo agiye gukora kugira ngo imyidagaduro muri ako karere itere imbere dore ko katagira ikipe, yagize ati “sindabyinjiramo neza ngo ndebe icyo tugiye gukora, ariko icyo kibazo n’abo dufatanyije turacyinjiramo tugishakire igisubizo”.

    Abajijwe ikipe y’umupira w’amaguru afana, yagize ati “(aseka) navukiye mu giturage mbona bakuru banjye na Basaza banjye benda kurwana bapfa amakipe, izo za Rayon sports, Etincelles, Mukura, Kiyovu…, bajyaga impaka cyane, njye nakuze nkunda kwiga cyane ntabwo nigeze ntinda ku mikino, nakoraga siporo bizanzwe ku ishuri ariko ntabwo nigeze mbyiyumvamo cyane, gusa mu nshingano ngomba kubijyamo”.

    Hari indirimbo akunda, ati “Nkunda indirimbo za Kinyarwanda, ba Kayirebwa, ba Muyango ba Nyiranyamibwa, Rugamba, indirimbo zabo zirigisha ziba zirimo impanuro, nizo ndirimbo ziri mu modoka yanjye”.

    Uwo muyobozi wemeza ko ku mafunguro ye hadashobora kubura imbuto n’imboga, yashimiye cyane umwarimu wamufashije mu mashuri abanza ubwo yatsindwaga ikizamini cya Leta yiga mu mwaka wa munani.

    Ati “Sinasoza ntashimiye umwarimu witwa Uwimana Antoine wanyigishije mu wa karindi twimukana mu wa munani, namusibiraho.
    Ni umwarimu w’umuhanga, wankundiraga ko nzi imibare, niwe wamperekeje mu rugendo rwanjye rwo kwiga, ubundi ubuyobozi bwariho, ntibwampaye amahirwe yo kwiga icyo nihitiyemo, nari nzi ko nziga nkaba Dogiteri mu mibare cyangwa muri Medecine”.


    source : https://ift.tt/3pzwbs5

  • Ishyaka Green Party rirasaba abagabo n’abagore kudaceceka ihohoterwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Frank Habineza avuga ko politiki y
    Dr. Frank Habineza avuga ko politiki y’ishyaka igomba kujyana no gufasha mu kurwanya ihohoterwa

    Umuyobozi w’Ishyaka (DGPR) Dr. Frank Habineza atangaza ko ashingiye ku mahame remezo y’ishyaka harimo kubaka politiki y’amahoro, kurwanya iterabwoba no kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro, asanga ayo mahame akwiye no gukoreshwa ku miryango bityo abayikomokamo bagakurana kubaka umuco w’amahoro.

    Hon. Dr. Frank Habineza avuga ko umuryango urangwamo ihohoterwa ari wo ukunze ahanini kubyara abana bagata amashuri, bakagana inzira z’ubugizi bwa nabi bakoresha ibiyobyabwenge kandi bakagira umuco utari mwiza wo kudaha agaciro uburenganzira bwa muntu.

    Ibyo ngo bituma umuryango ugenda wangirika gahoro gahoro, ariko ngo iyo ihohotera rishyizwe ku mugaragaro rishakirwa inzira yo kurikemura kurusha kuriceceka.

    Agira ati “Niba uri umuntu w’umugabo ukaba uzi ko umuturanyi wawe ahohotera umugore we amukubita, ntukwiye kubiceceka, kuko nutagira icyo ukora ngo bihagarare na we ejo bizakubaho abaturanyi bicecekere bikomeze gutyo bihinduke nk’umuco kandi utari mwiza, birashoboka ko utabona uko winjira ku muturanyi ngo ubafashe ariko hari inzego zibishinzwe wamenyesha zigatabara”.

    Abahagarariye inzego z
    Abahagarariye inzego z’ubuyobozi za DGPR mu Ntara y’Amajyepfo bahuguwe uko barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

    Dr. Frank Habineza avuga ko mu rwego rwo guhashya ihohoterwa, bari kuzenguruka Igihugu baganira n’abagize inzego z’urubyiruko, iz’abagore n’abagize komite by’ishyaka ku rwego rw’Intara hagamijwe gusangira inshingano no kurwanya ihohoterwa.

    Dr. Frank Habineza avuga kandi ko mu gihe habura imyaka ibiri ngo hatorwe abagize inteko ishinga amategeko abarwanashyaka ba (DGPR) bakwiye kuba bigaragaza nk’abashoboye kandi bafite ibikorwa bifatika bagezeho kugira ngo bagirirwe icyizere cyo kuba bahagararira abandi Banyarwanda.

    Agira ati “Buriya amatora yitabirwa n’abantu bakomeye, ni yo mpamvu dushaka ko abarwanashyaka bacu bagira ibyo bakora bituma bubahiriza amahame y’ishyaka kuko nko mu Ntara y’Amajyepfo haherutse kwaduka umuntu umwe mu bayobozi w’umugambanyi ndetse twaramwirukanye mu ishyaka kuko yashakaga gusenya ishyaka ashaka gushinga irindi”.

    Ishyaka Green Party ni rimwe mu yemewe mu Rwanda rikaba riherutse kwitabira amatora y’umukuru w’Igihugu ntiryatsinda ariko nyuma umuyobozi waryo aza kubona umwanya nk’umudepite mu nteko ishinga amategeko.


    source : https://ift.tt/3GkLeN4

  • Ikigega kizafasha abarimu gukomeza kaminuza cyatangiranye miliyoni 80 Frw – #rwanda #RwOT

    Yabivuze kuri uyu wa 5 Ukuboza 2021, ubwo hatangwaga ibihembo ku barimu b’indashyikirwa mu masomo ya Siyansi n’Imibare, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abahagarariye uburezi mu turere dukorana na AIMS. Abagera ku 150 ni bo bahembwe ibirimo mudasobwa na tablet.

    Dr Otieno yavuze ko hari icyizere cy’uko intego AIMS yari ifite ku wa 18 Ugushyingo 2021, hatangizwa ubukangurambaga bugamije gushimira abarimu batsindishije abanyeshuri benshi mu bizamini bya Siyansi n’Imibare izagerwaho bidatinze.

    Miliyoni 100 Frw ni zo ziyemejwe ko zitangizwa mu Kigega cyo gushyigikira gahunda yo guhemba abarimu no kubafasha kwiga icyiciro cya kabiri cya kaminuza izajya iba buri mwaka.

    Yagize ati “Igice kimwe cyayo cyagombaga kuboneka binyuze mu mafaranga atangwa, ikindi kikaboneka mu kwishyurira abarimu kaminuza. Navuga ko twageze ku ntego yacu ku kigero cya 80%.”

    Mu isangira ryabaye mu ijoro ryo ku wa 4 Ukuboza 2021 icyo kigega gitangizwa, hakusanyijwe miliyoni 19 Frw zirimo 10 Frw Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyatanze, Airtel Rwanda itanga miliyoni 7 Frw na KCB Rwanda ishyiraho miliyoni 2 Frw.

    Kaminuza za Kibogora na UTAB nazo zemeye kwigisha abarimu 16 aho buri yose izakira batatu bazishyurirwa byose na batanu bazishyurirwa igice.

    Dr Otieno yakomeje ati “Intego yacu kwari ukwishyurira abarimu 20 bagasubira ku ishuri ariko turabona ko dushobora gukuba kabiri uwo mubare.”

    Umuyobozi w’Agashami gashinzwe Integanyanyigisho z’Amasomo ya Siyansi n’Imibare mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Rugenamanzi Félicien, yavuze ko iyo gahunda izagura amahirwe ya mwarimu mu bunyamwuga, ahamagarira inzego n’imiryango bitandukanye kuyishyigikira.

    Yakomeje ati “Amahirwe yo kwishyurira abarimu kaminuza ntazabafasha kongera ubushobozi bwabo mu byo bigisha mu ishuri gusa, ahubwo azanababera ingufu zibageza ku zindi ntambwe mu burezi.”

    Akanyamuneza kari kose ku maso y’abahembwe. Bahamije ko kubona bashyigikiwe nz’inzego za Leta n’iz’abikorera bibongerera umurava kuko bumva ko ibyo bakora bigaragara kandi bishimwa.

    Uwitwa Dukuzumuremyi Honorée wigisha ubutabire muri Ecole des Sciences de Musanze, yagize ati “Ngiye kongera ikibatsi mu byo nkora kuko nabonye ko hari abantu bazirikana ibyo nkora nka mwarimu.”

    Abarimu bashimiye AIMS n’abafatanyabikorwa bose kuri icyo gikorwa “cy’indashyikirwa” biyemeza kutaziyambura agaciro bahawe.

    Dr Herine Otieno yavuze ko hamaze kuboneka inkunga ifite agaciro ka miliyoni 80 Frw azakoreshwa mu kurihira abarimu kaminuza

    Umuyobozi w’Agashami gashinzwe Integanyanyigisho z’Amasomo ya Siyansi n’Imibare mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Rugenamanzi Félicien, yasabye inzego gushyira imbaraga muri gahunda izongera ubunyamwuga bwa mwarimu

    Kabanda Pacifique ushinzwe serivisi z’Abakiliya muri Airtel Rwanda yari muri icyo gikorwa

    Mastercard nk’Umufatanyabikorwa yari ihagarariwe

    Umuyobozi Mukuru wa Chancen International, Batya Blankers, yari mu muhango wo guhemba abarimu

    Abarimu basaga 150 bahawe ibihembo birimo mudasobwa na tablets

    Nyuma y’iki gikorwa hafashwe ifoto y’urwibutso

    source : https://ift.tt/3GiVt4h

  • Kayonza: Rotary Club Kigali Mont Jali yifatanyije n’abaturage gutera ibiti mu kurwanya isuri – #rwanda #RwOT

    Ni ibikorwa byakozwe kuri iki Cyumweru tariki ya 5 Ukuboza 2021, mu Mudugudu wa Rwinkwavu mu Kagari ka Nkondo ubwo haterwaga ibiti 2000 by’inturusu mu kurengera ibidukikije no gusoza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubukorerabushake.

    Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi barimo Umuyobozi wa Rotary mu Rwanda, Dr Manirere Jean d’Amour; Umunyamabanga wa District 9150 u Rwanda rubarizwamo, Rugera Jeannette n’abandi bayobozi b’amashami ya Rotary muri Gasabo na Huye.

    Ubusanzwe Rotary ni umuryango umaze imyaka isaga 22 ugeze mu Rwanda, ukunze gutanga inkunga zitandukanye zigamije kuzamura imibereho y’abaturage.

    Mu bikorwa ukunze gukora harimo kurwanya ubujiji n’ubukene, kunoza imitangire y’amazi meza, kuzamura ireme ry’uburezi, kurengera ibidukikije, gufasha abababaye, kurwanya ibyorezo no guharanira amahoro.

    Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Mont Jali, Kalima Jean Malic, yavuze ko bifatanyije n’abaturage mu rwego rwo gutera ibiti kuko ngo bifite akamaro gakomeye mu kubungabunga ibidukikije.

    Yavuze ko kandi babifatanyije no gusoza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubukorerabushake, asaba Abanyarwanda kumva ko buri wese yakora ibikorwa bigira impinduka nziza ku buzima bw’igihugu.

    Ati “Iyo uri umuntu ukwiye kugira icyo ukora gifite icyo kikumariye ariko utekereza no ku bandi, ugatekereza ukuntu mwafatanya mu bikorwa rusange bifitiye rubanda akamaro.”

    Umuyobozi wa Rotary mu Rwanda, Dr Manirere Jean d’Amour, we yavuze ko gutera ibiti biri mu bikorwa uyu muryango ukora ngo kuko bemera ko bakwiriye gufasha abantu ariko mu bintu bakeneye kurusha ibindi.

    Ati “Ku Isi hari ikibazo gikomeye cyane cy’imihindagurikire y’ibihe, hari n’inama iherutse kubigarukaho natwe rero nka Rotary mu bikorwa dukora twongeyemo kubungabunga ibidukikije. Impinduka twifuza rero ni uko Abanyarwanda bagabanya inshuro batema ibiti bakongera inshuro babitera kuko dukomeje kubitema cyane ntabwo byazatubera byiza.”

    Yasabye kandi abaturage kujya bafata neza ibiti baba baterewe bakabyitaho kandi nabo bagafasha abo bashoboye gufasha ku babishoboye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwinkwavu, Murekezi Claude, yashimiye Rotary Club Kigali Mont Jali yabafashije gutera ibiti 2000, avuga ko ibyatewe bizabafasha mu kurwanya isuri n’imihindagurikire y’ikirere.

    Ati “Umurenge wacu ukunze kugira ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere tukabura imvura mu buryo bufatika. Iyi gahunda yo gutera ibiti ndahamya ntashidikanya ko bizadufasha gukumira isuri binatange umwuka mwiza inaha mu baturage.”

    Rotary International ni Umuryango Mpuzamahanga ufite abanyamuryango barenga miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri ku Isi hose.

    Uyu muryango mu Rwanda umaze kugira abanyamuryango barenga 150 babarizwa muri Club zirindwi arizo, Rotary Club Kigali Mont Jali, RC Kigali Doyen, RC Musanze Murera, RC Kigali Virunga, Rotary Club Gasabo, Rotary Club Huye na Rotary Club Bugoyi.

    Rotary Club Kigali Mont Jali yifatanyije n’abaturage b’i Kayonza gutera ibiti mu kurwanya isuri

    Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Mont Jali, Kalima Jean Malic n’Umunyamabanga wa District 9150 u Rwanda rubarizwamo, Rugera Jeannette, batera igiti

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwinkwavu, Murekezi Claude, yashimiye Rotary ku gufasha abaturage kurwanya isuri binyuze mu gutera ibiti

    Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Mont Jali, Kalima Jean Malic, yavuze ko bifatanyije n’abaturage mu rwego rwo gutera ibiti kuko bifite akamaro mu kubungabunga ibidukikije

    source : https://ift.tt/3ybPVpD

  • Abacungagereza bo mu Rwanda mu basoje amahugurwa ya ‘Cadet’ muri Zambia – #rwanda #RwOT

    Abakozi ba RCS bagiye gukarishya ubumenyi muri Zambia hagamijwe gushyira mu bikorwa amasezerano inzego zishinzwe gufunga no kugorora hagati y’ibihugu byombi zagiranye muri Mata 2021.

    Ni amasezerano yasinyiwe i Kigali na Komiseri Mukuru wa RCS, CG Juvenal Marizamunda n’uwari Komiseri Mukuru wa ZCS, Dr Chisela Chileshe.

    Mu byemeranyijweho muri ayo masezerano harimo ubufatanye mu bijyanye n’amahugurwa agamije kongera ubumenyi n’ubushobozi bw’abacungagereza b’impande zombi.

    Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa muri Zambia rwari rwatumiye abacungagereza batanu b’u Rwanda basanzwe bari ku rwego rwa Ofisiye ngo bajye gutyariza ubumenyi muri icyo gihugu.

    Umuvugizi wa RCS, SSP Pelly Uwera Gakwaya, yabwiye IGIHE ko mu masomo aba Bacungagereza bamaze iminsi bahererwa muri Zambia harimo ajyanye n’imiterere y’akazi kabo n’uburyo bashobora kukanoza.

    Ati “Ni amasomo yari agabanyije mu byiciro bitandukanye, harimo ajyanye no kubahugura ku bijyanye n’imiterere y’akazi kabo ka buri munsi ndetse n’uburyo butandukanye bukoreshwa mu kugorora no kwita ku mfungwa n’abagororwa.”

    Uretse ibijyanye n’imyitozo yo gucunga gereza [ifitanye isano n’iya gisirikare], banabonye umwanya uhagije wo gusura gereza zo muri Zambia, bareba imikorere yazo banasobanurirwa amateka yazo.

    Aya masomo yari yatangiye ku wa 23 Kamena 2021, arangirana na Ugushyingo 2021.

    Mu muhango wo gusoza aya masomo wabaye ku wa 3 Ukuboza 2021, Umuyobozi wa ZCS, yashimiye umubano mwiza n’ubufatanye bikomeje kuranga u Rwanda na Zambia anashimangira ko bifuza kuwagurira mu zindi nzego z’imikoranire.

    Muri rusange Abacungagereza u Rwanda rwari rwohereje harimo abagabo bane n’umugore umwe. Ni amasomo kandi bakoranye na bagenzi babo batanu bo muri Zambia.

    Mu masomo bahabwa harimo n’ajyanye no gucunga amagereza

    Mu bacungagereza basoje amasomo ya Cadet muri Zambia harimo n’abo ku ruhande rw’u Rwanda

    U Rwanda rwari rwohereje Abacungagereza barwo gukarishya ubumenyi muri Zambia

    Bamwe mu basoje amasomo ya Cadet muri Zambia barimo n’Umunyarwandakazi umwe

    source : https://ift.tt/3IyKqpI

  • Urujijo ku rupfu rw’umunyarwanda waguye i Kabale – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yiciwe mu Karere ka Rukiga maze Polisi ya Uganda ijyana umurambo we ku Bitaro bya Kabale, nk’uko abaturanyi b’uyu musore babibwiye umubyeyi we, Sebastian Habimana, uherutse kwirukanwa n’icyo gihugu.

    Kuva icyo gihe, nta kintu inzego z’umutekano ziratangariza umuryango w’uyu mubyeyi cyangwa se Leta y’u Rwanda ku bijyanye n’icyabaye intandaro y’urupfu rwe.

    Uwingabire yari amaze imyaka umunani atuye muri Uganda, ari naho yakoreraga, akaba umusore w’imico myiza, utari yarigeze ashinjwa ikindi cyaha imbere y’amategeko.

    Umubyeyi we yamenye amakuru y’urupfu rw’umuhungu we ubwo yamuhamagaraga kuri telefoni nk’uko bari basanzwe baganira, ariko akaza kugwa mu kantu yitabwe n’undi muntu, utarazuyaje mu kumugezaho inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’umuhungu we.

    Abari baturanye na Uwingabire babwiye umubyeyi we ko batumva uburyo uyu musore utuje, warangwaga no kubaha abantu kandi akagira urugwiro, yaba yishwe, bakemeza ko yazize kuba ari Umunyarwanda, bityo akaba azize umugambi wa Leta ya Museveni wo gucunaguza no kubuza uburenganzira Abanyarwanda bari muri icyo gihugu.

    Kugeza ubu nta rwego na rumwe ruri gukora iperereza ku rupfu rw’uyu musore, ikindi cyemenyetso cyerekana ko inzego nkuru z’igihugu cya Uganda zibifitemo uruhare.

    Ikindi kibabaje ni uko nta n’andi makuru ahari ku bijyanye n’uyu musore, ku buryo bitazwi niba akiri mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabale cyangwa se yarashyinguwe.


    source : https://ift.tt/3EIqO05

  • Karongi: Abarimu 44 ntibarikingiza Covid-19, bamwe babyanze burundu – #rwanda #RwOT

    Ubwo umwaka w’amashuri watangiraga, abarimu bari mu basabwe kwikingiza hirindwa ko bakwandura cyangwa bakanduza abo yigisha.

    Muri icyo gihe, umubare w’abarimu b’i Karongi banditse basaba guhagarika akazi kuko badashaka urukingo wariyongereye.

    Ubuyobozi bwahisemo kutakira amabaruwa yabo ahubwo bubagira inama yo gusubirayo bakongera kubitekerezaho neza. Magingo aya, bamwe bisubiyeho bemera gukingirwa ubu bari mu kazi.

    Nubwo bimeze gutya ariko hari abarimu bahisemo guhagarika akazi, aho kwikingiza covid-19.

    Akarere ka Karongi kavuga ko kataramenya umubare w’abarimu bahagaritse akazi kubera kwanga kwikingiza Covid-19, gusa IGIHE yabashije kumenya batatu nubwo bivugwa ko barenze uwo mubare.

    Hari abandi 22 IGIHE yamenye bavuga ko impamvu banze kwikingiza ari ukubera imyemerere yabo.

    Umwe mu barimu bahagaritse akazi, yabwiye IGIHE ko yabitewe n’uko yumvaga umutima we umubuza kwigikiza.

    Ati “Njye kuva uyu mwaka w’amashuri watangira sinigeze nsubira kwigisha, nahise nandika nsaba guhagarika akazi ku mpamvu zanjye bwite. Nagerageje guhatiriza ngo mfate urukingo nk’abandi umutima ukomeza kubimbuza ngeraho mfata icyemezo ndeka ubwarimu, nubwo ariwo mwuga nkunda.”

    Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Karongi, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukase Valentine, yagaragaje ko uko iminsi ishira abari baranze kwikingiza Covid-9 bisubiraho, asaba abatarikingiza ko bakwiye kubikora bwangu.

    Ati “Mu bari baranze urukingo rwa Covid-19 kubera imyemerere hari abagiye bikingiza. Haba mu baturage bamwe ba za Mubuga, Gishyita na za Twumba n’ahandi, yemwe haba no mu bakozi.”

    “Abarimu batarikingiza turabakangurira kwikingiza kubera ko ubu biracyoroshye turimo gukingira abanyeshuri, mu minsi iri imbere hari igihe bishobora no kuzagorana ku buryo bashobora no gusabwa kwigurira urukingo”.

    Mu Karere ka Karongi habarurwa abarimu barenga 3300, muri bo 44 nibo batarikingiza barimo 22 bavuga ko babiterwa n’imyemerere. Abasigaye batanga impamvu zirimo imyumvire, kuba batwite no kuba bonsa.


    source : https://ift.tt/3rFs0O6