Tag: featured
-
Yverry agiye gusohora filime ishingiye ku bushabitsi mu muziki-VIDEO – Inyarwanda.com
Umuhanzi Rugamba Yverry [Yverry] uherutse kumurika Album ‘Love you more’, yatanze integuza ya filime y’uruhererekane yise ‘Ejo’ ishingiye ku buzima n’ubushabitsi bwo mu muziki. -
Buravan yasohoye amashusho y’indirimbo “Low Key” ashimangira ko urukundo rukwiye kuba urwa babiri-VIDEO – Inyarwanda.com
Umuhanzi Yvan Buravan wamuritse Album ya mbere yise “The Love Lab” yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Low Key”, yavuzemo ko urukundo rukwiye ari urwa babiri, ntawe ukwiye kugira uruhare mu mahitamo yabo. -
Australia: Charles Kagame uvuga ko nta nyungu y’amafaranga akeneye mu kuririmbira Imana yasohoye indirimbo ‘Ntuzibagirwe’ – Inyarwanda.com
Umuramyi Kagame Charles ukorera umurimo w’Imana mu itorero rya Lifehouse Church muri Australia nyuma y’amezi 7 gusa atangiye umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana yashyize hanze indirimbo ya 3 yise ‘Ntuzibagirwe’ atangaza ko agiye gukomeza gukorana imbaraga. -
Perezida Magufuli yashimiye abaturage ba Tanzania kutambara Agapfukamunwa
Kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, yashimiye
Abanyatanzaniya kuba batambara agapfukamunwa mu ruhame, bigaragaza mu bundi
buryo buhangayikishije bwo kutubahiriza byimazeyo amabwiriza yo kurwanya
Coronavirus yashyizweho n’umiryango wita k’ubuzima ku isi (OMS). Perezida Magufuli
ubwo yagezaga ijambo ku mbaga y’abantu i Dodoma, yatangiriye abashimira ku kuba
batambaye udupfukamunwa, akomeza anenga abatwambara avuga ko ari tubi cyane ugereranije
n’amabere yataye isura. Yagize ati:Ubwo Coronavirus yatangiraga, bavuze ko tuzakusanya
imirambo mu mihanda ariko twasenze iminsi itatu gusa none Coronavirusi yarashize.
Muri Dar es Salaam hari abarwayi bane gusa. Iyo ndebye kuri iyi mbaga, nshimishijwe no kubona
mutambaye kiriya kintu (agapfukamunwa). Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko aherutse
kuntangaza mbona yicaye wenyine ku ntebe ya Perezida w’inteko ariko yambaye
agapfukamunwa, reka twige kwiringira Imana.
Perezida John Pombe Magufuli yihanangirije abenegihugu bose mu gihugu kwanga no
kumenyesha umuntu wese utanga udupfukamunwa tw’ubuntu, avuga ko abanzi b’igihugu
bateganya gukwirakwiza virusi binyuze muri utwo dupfukamunwa twandujwe, ati:
Ndashaka kubaburira ko bumwe mu buryo bashobora gukoresha mu gukwirakwiza corona ari
ukwanduza udupfukamunwa bakazibazanira. Reka twige gukara, niba umuntu aguhaye
agapfukamunwa, kange umubwire ajye kukambara iwe hamwe n’umugore n’abana be,
hari abantu bashaka kutuvangira. Niba ugomba kukambara, kora akawe murugo.
Nabwiye abayobozi ba leta gufata umuntu wese bazabona akwirakwiza udupfukamunwa
kugira ngo batubwire aho twagenzuriwe. Ni ikihe gitangaje kuri icyo kintu (agapfukamunwa)
kandi gisa n’ibere rimwe ryaciwe ku mubiri.
Bivugwa ko Tanzania ifite umubare mwinshi w’abanduye coronavirus, ariko guverinoma ya
John Pombe Magufuli yatangaje ko yatsinze iyi virusi nubwo yanze gutangaza amakuru kuri
Covid19. Muri iki gihugu, amakuru ku bijyanye n’iyi ndwara aheruka gushyirwa ahagaragara
ku mugaragaro kuwa 29 Mata 2020.
Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-magufuli-yashimiye-abaturage-ba-tanzania-kutambara-agapfukamunwa -
Burundi: Abantu 20 bashya banduye Coronavirus

Guverinoma y’u Burundi yatangaje bwa mbere ku wa 31 Werurwe 2020, ko habonetse abantu babiri banduye icyorezo cya COVID19 giterwa n’agakoko gashya kazwi nka Coronavirus.
Kuva icyo gihe ubuyobozi bw’iki gihugu ntibwigeze bushyiraho ingamba zigamije gukumira iki cyorezo cyayogoje Isi yose cyane ko mu minsi ishize iki gihugu kivuye mu bikorwa by’amatora y’Umukuru w’Igihugu.
Minisiteri y’Ubuzima muri iki gihugu itangaza ko kugeza kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Kamena 2020, abantu bamaze kwandura iki cyorezo ari 80, mu gihe abamaze gukira ari 45 naho umuntu umwe akaba ariwe umaze guhitanwa na Coronavirus mu Burundi.
Muri aba bantu bamaze kwandura Coronavirus mu Burundi harimo Denise Bucumi Nkurunziza, umufasha wa Perezida Pierre Nkurunziza.

source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Burundi-Abantu-20-bashya-banduye-Coronavirus
-
Mugheni wari mu nkingi za mwamba za Rayon Sports yamaze kuyisezera

Mugheni Fabrice yari amaze imyaka ibiri akinira Rayon Sports nyuma yo kuva muri mukeba Kiyovu Sports.
Mu minsi ishize, Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko uyu mukinnyi wari usoje amasezerano, ari umwe mu bari kuganirizwa ngo bagume muri iyi kipe ndetse byavugwaga ko ashobora guhabwa igitambaro cya kapiteni nyuma y’igenda rya Rutanga Eric waguzwe na Police FC.
Abinyujije kuri Instagram, Mugheni Kakule Fabrice yagize ati “Rimwe na rimwe biragoye gusezera inshuti. Ntabwo nsezeye ahubwo tuzabonane vuba kuko tuzakumburana mu minsi mike. Ibyumweru, amezi, imyaka…Ntabwo byoroshye gusezera inshuti yagushyigikiye kenshi mu bihe bikomeye ariko ndatekereza ko iki aricyo gihe cyo gutandukana. Amahiwe masa Rayon Sports Rwanda.”
Mugheni yavuze ko kandi Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamubwiye ko bufite “gahunda yo gukinisha abakinnyi bato badahembwa umushahara w’umurengera.”
Ubwo yagarukaga muri Rayon Sports mu mpeshyi ya 2018, ni ku nshuro ya kabiri Mugheni yari ageze muri iyi kipe yatwaranye nayo igikombe cya shampiyona ya 2018/19 nyuma y’uko bwa mbere yakiniye ari hagati ya 2015 na 2017.
Yabaye umukinnyi wa gatanu wari muri Rayon Sports ya 2019/20 uyisohotsemo nyuma ya Michael Sarpong wirukanwe, Kimenyi Yves na Irambona Eric (baguzwe na Kiyovu Sports), Iradukunda Eric na Rutanga Eric, bombi baguzwe na Police FC.
-
Uwahoze ari umuvugizi wa M23 aravugwaho guhuguza inzu Byiringiro Vainqueur, we ati ‘byatewe na covid-19’

Iyi nzu iherereye mu murenge wa Rubavu akagari ka Byahi,umudugudu wa Buhuru. Amasezerano y’ubugure agaragagaza bayiguze tariki 15 Mutarama 2020 ndetse banakora ihererekanya ry’icyangombwa cy’ubutaka ariko kugeza ubu Munyarugero Canisius n’umuryango we baracyayituyemo.
Byiringiro Fils Vainquer aganira n’itangazamakuru yavuze ko inzego z’ubuyobozi zamutereranye kugeza ubu akaba amaso yaraheze mu kirere.
Ati ”Nahaguze tariki 15 Mutarama 2020 twumvikana ko nyuma y’amazi abiri agomba kuba yayimpaye ni uko itariki igera turi muri Covid musabye ko ayimpa avuga ko bidashoboka niyambaza ubuyobozi bumuha integuza yo kuri tariki 26 Werurwe ko agomba kuba yayitanze nawe arabyemera ariko itariki igeze arabyanga ngo ntiyabona aho ajya ndamureka mubwira ko tariki 4/5/2020 nibafungura azampa inzu yange ariko arabyanga”
Akomeza agira ati ‘’Niyambaje ubuyobozi bw’umudugudu n’akagari bumusaba gutanga inzu arabyanga,Gitifu w’akagari yandikiye Polisi ayisaba ubufasha bwo kumukura mu nzu kugeza n’ubu Polisi nayo ntiyaje,niyambaje ubuyobozi bw’umurenge nabwo kugeza ubu nta gisubizo”
Munyarugerero aganira na UKWEZI yavuze ko iyi nzu atayigurishije ko ahubwo yagujije Byiringiro Fils Vainqueur miliyoni 15 ngo azishore muri bizinesi, amusezeranya ko azayamwishyura nyuma y’amezi abiri, ni uko hahita hazamo ikibazo cya covid-19 bizinesi irahagarara.
Agira ati “Icyifuzo cyanjye ni uko yampa amezi abiri nkamusubiza amafaranga ye miliyoni 15, kuko mu mezi abiri naba nyabonye kuko bizinesi zari zarahagaze kubera covid-19 zongeye gufungura”
Munyarugerero avuga ko mu by’ ukuri iyi nzu nubwo mu masezerano bayihaye agaciro ka miliyoni 15 ngo irakarengeje ninayo mpamvu Byiringiro adashaka kwihangana ahubwo ashaka guhita ayitwara.
Gusa nubwo bimeze gutya hari amakuru avuga ko iyi nzu Munyarugerero yari yayigurishije na Byiringiro kuri miliyoni 15 akaba ari gushaka umukiriya umuha arenze miliyoni 15 ngo asubize Byiringiro miliyoni 15 yamuhaye aho kumuha inzu.
Munyarugerero avuga ko iki kibazo bakigejeje mu bayobozi b’ inzego z’ ibanze ngo zibafashe kugikemura nyuma yo kunanirwa kumvikana hagati yabo zikaba ziri kubigendamo gake.



Iminsi ibiri ishize tugerageza kuvugana n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Rubavu Tuyisenge Annociata ngo tumubaze kuri iki kibazo ariko inshuro zose twamuhamagaye telefone ye icamo ariko ntayitabe.
-
President Kagame, Indian PM Modi hold talks on bilateral ties and COVID-19

“Had a very good call with my friend PM @narendramodi, we discussed our historically good relationship and the support India continues to offer us,” President Kagame posted on Twitter
The President said he thanked Modi for the medical supplies and equipment India donated to Rwanda in this fight against Covid-19.
The India Premier responded with a tweet thanking President Kagame for the leadership shown in the fight against the pandemic.
“India is honoured to support your efforts, not only for fighting the pandemic but also for advancing Rwanda’s impressive development story,” PM Modi said
“Rwanda is, and will remain, an important pillar of India’s relationship with Africa.” He added
Like India, China, Qatar and Germany have also voiced their support to Rwanda’s fight against the novel coronavirus pandemic.
The Indian Association Rwanda (INAR) on April 8 donated medical supplies worth two million Rwandan francs to the local authorities to help with testing and treating Covid-19 patients.
Modi made a two-day state visit in Rwanda in July 2018, becoming the first Indian head of government to set foot in Rwanda and during the visit, he announced the setting up of an Indian high commission in Kigali, which has since been established.
President Paul Kagame held a phone conversation with Indian Prime Minister Narendra Modi on the bilateral relations between the two countries
“India is honoured to support your efforts, not only for fighting the pandemic but also for advancing Rwanda’s impressive development story,” PM Modi said
The India Premier responded with a tweet thanking President Kagame for the leadership shown in the fight against the pandemic.Nicole Kamanzi M.
-
COVID-19: 10 More Cases, Total Now 420

The positive cases announced came out of 1,558 tests conducted countrywide, mainly in the two border towns of Rusumo, bordering Tanzania and Rusizi which is on the border with the Democratic Republic of Congo (DRC).
The Ministry of Health said that the new cases relate to the Rusizi and Rusomo clusters, they have been isolated and contacts traced.
The total number of cases in the country is now 420 while two new recoveries were registered, bringing total recoveries to 282 while active cases are now 136.
With Rusizi and Rubavu districts still in isolation for at least two weeks as the country tries to contain the possible spread of COVID-19 in the community; the government said mass testing will continue as the country looks to slowly return to normal though borders remain closed.
The Ministry of Health said that the new cases relate to the Rusizi and Rusomo clusters, they have been isolated and contacts traced.

Nicole Kamanzi M.
source https://en.igihe.com/news/article/covid-19-10-more-cases-total-now-420
-
Kamonyi/Musambira: Ku myaka isaga 70 y’amavuko, ati“Inzara n’imibereho mibi” biranyahuranije
Atuye mu Mudugudu wa Mbari, Akagari ka karengera, Umurenge wa Musambira ho mu karere ka kamonyi, akitwa Ugirashebuja Yohani. Imibereho ye muri byose avuga ko ari mbarubukeye, abagiraneza nibo bakimufashije gusunika iminsi nkuko abivuga mu gihe ngo Ubuyobozi bumusiragiza.
Ugirashebuja Yohani, aba munzu itagira ikiyiromo, aho arambika umusaya ni ku musambi icyo kwiyorosa ntacyo, aho kandi ni naho atekera iyo agize amahirwe yo kubona umugiraneza umufungurira cyangwa se nk’ubuyobozi bukamwibuka nabwo ngo biba gake kuko nk’ubu nubwo aturanye n’umurenge amezi ashize arenga atatu nta n’umuyobozi umugeraho. Aho aba naho ni mu icumbi yahawe n’umugiraneza.

Aha niho uyu musaza Ugirashebuja aba. Ni ku muhanda muri metero zitagera kuri 50 n’aho ibiro by’Umurenge wa Musambira byubatse. Ugirashebuja, iyi nzu ayibamo wenyine ku myaka 73 y’amavuko. Guhaguruka aho yicaye biramugora kubw’intege nke ahanini zimufatanya n’inzara.
Aganira n’Umunyamakuru wa intyoza.com kuri uyu wa 05 Kamena 2020 ahagana ku I saa cyenda, yari yicaye yota akazuba avuga ko adaheruka kugira icyo ashyira mukanwa, ko inzara n’imibereho mibi biganisha ubuzima bwe ahabi.

Ahitwa ko arambika umusaya, ni hasi uretse umusambi gusa. Nta biryamirwa ntacyo kwiyorosa. Ese abagiraneza n’abifite ntabwo bakibaho ngo hagire n’umuha Matora n’icyo kwiyorosa!? Avuga ko afite ibibazo byo kubaho nabi, nta nzu, ntacyo kurya n’ibindi amaranye igihe kirenga imyaka itanu nyamara ngo agasiragizwa n’ubuyobozi, bumurerega. Yagize ati “ Hari igihe Social w’Umurenge ( ushinzwe imibereho myiza) yaje, ansanga ku Karere ndimo ntekerereza abantu bari bahari barimo n’abasirikare, abasirikare barigendera ngiye kubona mbona baramuzanye hagati yabo, bati tubwire ikibazo cy’uyu musaza, ati “ Uyu musaza n’ubundi yaje kurushya abayobozi, ni atahe ikibazo cye nzagikemura kuwa mbere. Nje kuwa mbere ati genda uzaze kuwa gatatu, nje kuwa Gatatu ati genda uzaze kuwa gatanu, kuwa Gatanu ati genda uzaze kuwa Mbere, ndagumya ndiruka ndananirwa aho bigeze ndarorera”.
Akomeza avuga ko nyuma yaje kongera gusubira ku karere, bagahamagara kuri Terefone ariko ngo ibyo yababwiye ntabwo yigeze amenya ibyo aribyo. Yaratashye, kera kabaye aza gusubira ku karere ni uko bati baramwandika, imyirondoro ye baragije bati “ Hoshi genda ikibazo cyawe kizakiranuka tugiye kumva ikibazo cyawe uko giteye”. Akomeza avuga ko ari ubwo aheruka.

Ibikoresho byo mugikoni iyo yabonye icyo ateka. Igikoni n’aho arara ntabwo hatandukanye. Nyamara abayobozi banyura aha buri mwanya. Muri make, uyu musaza ibibazo avuga bimukomereye ni Inzara no kutagira aho aba kuko uyu munsi aho ari ni kumugiraneza ku buryo abaho mu mpungenge ko igihe icyo aricyo cyose uwamugiriye neza akamuha aho arara ashobora kuhisubiza. Ni nabyo bibazo avuga ko yatuye ubuyobozi ariko bugakomeza kumurerega, bumusiragiza.
Ashinja ubuyobozi kutamwitaho ngo bumufashe kubona aho aba ahubwo bukabikorera abamerewe neza kuko hari n’ingero z’abo azi bagiye bubakirwa nyamara bafite ubushobozi busumbye ubwe, bafite n’abakabitayeho mu gihe we nta muryango.

Intege nke aterwa n’inzara n’imibereho mibi ntabwo bigituma agira icyo abasha gukora. Mpozenzi Providence, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira yabwiye intyoza.com ko uyu musaza bamuzi kandi ngo bamufasha. Ati“ Uriya musaza afite umuntu umucumbikiye mu nzu ariko turamumenya, tumuha ibiryo rwose, yakubwiye ko tutamufasha?”. Akomeza avuga ko bagiye bamuha ibyo kurya kandi mu bihe bitandukanye nubwo amakuru agera ku intyoza.com ndetse anashimangirwa n’uyu musaza, hashize igihe kirekire nta bufasha.
Muri uyu Murenge wa Musambira, hariyo ibibazo bitandukanye bikomeje kuvugwa n’abaturage bimwe tugikorera ubucukumbuzi. Haravugwa Ruswa, Akarengane muri bamwe mu bayobozi bahohotera abaturage, hari n’abavuga ko bakubitwa n’abayobozi, abo abayobozi barira amafaranga nyamara ngo bayabatse ngo akoreshwe ibikorwa by’iterambere, abo imfashanyo zakabaye zigeraho ariko ngo zikaribwa na bamwe mu bayobozi n’ibindi bimwe turi bubagezeho mu nkuru zacu zitaha kuko tubifite.

Ugirashebuja Yohani, akeneye ubufasha. Yibaza byinshi akabura ibisubizo. Munyaneza Theogene / intyoza.com
Click here for more…
from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!