Tag: featured

  • Buri Munyarwanda yasabwe guhinduka ‘umujyanama w’ubuzima’ mu kurwanya covid-19 #RwOT

    Commissioner of Police Rutikanga Rogers yabitangarije muri gare y’akarere ka Huye kuri uyu wa 10 Kamena 2020, ubwo mu gihugu hose hatangizwaga ku mugaragaro ubukangurambaga bugamije gushishikariza abaturarwanda kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Abanyarwanda by’umwihariko abagenzi n’abatwara abagenzi, mu modoka, no kuri za moto basabwe kutumva ko amabwiriza yo kwirinda covid-19 ari aya polisi cyangwa Minisitiri w’Intebe ahubwo bakumva ko yashyiriweho kurinda ubuzima bw’abaturage.
    Kamana André, Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere yashimiye Polisi y’u Rwanda uruhare ikomeje kugira mu gukumira icyorezo cya coronavirus, anashimira abanyarwanda uburyo bakomeje kumvira amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.
    Ati “Impamvu mu Rwanda dufite imibare mike y’abanduye coronavirus tugereranyije no mu bindi bihugu ni uko Abanyarwanda bumva amabwiriza yo kwirinda covid-19”
    CP Rutikanga yagaragaje ko gukumira covid-19, bishoboka ati ‘icyo bisaba ni uko abanyarwanda bashyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda ntawe usiganya undi’.


    Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yasabye buri wese kumva ko kurwanya covid-19 ari inshingano ze
    Yagize ati “Umuti kugeza ubu ng’ubu utuma idakwirakwira wa mbere ni ukumenya icyo gukora ukagikora. Ni ukwambara agapfukamunwa neza, gusiga metero imwe hagati y’umuntu n’undi, kwirinda ingendo no kwirinda gusurana bidafite impamvu, niba wanasuye umuntu ntumwegere, tumuhobere, ntumuhe akaboko, niba hari icyo mushaka kuvugana ni ya metero imwe cyangwa kurushaho”.
    Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje yibutsa abaturage ko saa tatu z’ijoro buri wese akwiye kuba yageze aho acumbika cyangwa iwe.
    Ati “Ntabwo saa tatu ari izo kukujyana aho utaha, oya, ni ukugira ngo ube utakiragaragara ahantu ahariho hose mu muhanda”.
    CP Rutikanga yasabye buri Muturarwanda kumva ko gutanga ubutumwa bwa covid-19 bimureba, nibyo yagereranyije no kuba buri mu Munyarwanda agomba gukora akazi nk’ak’umujyanama w’ubuzima.
    Ati “Ndaira ngo mbasabe aho uri hose ube uri mwarimu, kandi ntutegereze ngo inzego za gisirikare, iz’ibanze cyangwa iza polisi nizo ziraza kureba uko wambaye agapfukamunwa oya, turasaba buri Munyarwanda ko ahinduka umupolis kuri iki gikorwa, ko ahinduka umwarimu, ko ahinduka umujyanama w’ubuzima, buri munyarwanda ahinduke umujyanama w’ubuzima ku buryo aho ubona utakambaye neza umugira inama”.

    Umuyobozi wa Gare ya Huye yomeka ubutumwa bwo kurwanya covid-19 ku mudoka intwara abagenzi
    Ubu butumwa bwahawe abagenzi, abakata amatike b’ibigo bitandukanye bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
    Umukozi wa Horizon Express witwa Kabarega Edouard yavuze ko kuva Leta yakomorera bizinesi yo gutwara abantu mu buryo bwa rusange yabasabye ko abagenzi bagomba guhana intera ngo ibi barabyubahiriza, ikindi ngo kuri za biro zikata amatike haba hashushanyijeho uburyo abakiriya bagomba guhagarara mu buryo bwo guhana intera, abashoferi n’abagenzi baba bambaye udupfukamunwa, kandi abashoferi baba bafite uducupa turimo umuti wica udukoko mu biganza.
    Kabarega avuga ko ubu bukangurambaga bakorewe na Polisi y’u Rwanda bari babukeneye, Ati “Ubu bukanguramba bwari ngombwa kuko hari igihe abantu babyumva ku maradiyo, ariko iyo inzego zishinzwe umutekano ziyiziye ku kibuga aho akazi kabera abantu babyumva kurushaho”.
    Jean Paul Muhawenayo, ukorera Volcano Express yavuze ko ubutumwa bahawe na polisi muri ubu bukangurambaga bwo kwirinda covid-19 basanzwe babuzi gusa ngo ni byiza ko bongeye kubibutsa.
    Ati “Ikimaze kugaragara ni uko ari icyorezo cyandura vuba vuba, abantu benshi bakaba bakwandura mu gihe gito. Leta ihozaho ubukangurambaga kugira ngo ikomeze itwibutse tutaza kwirara intambwe twari tumaze kugeraho igasubira inyuma”.

    Umuyobozi wungirije w’akarere ka Huye ushinzwe ubukungu n’iterambere Kamana Andre yomeka ku modoka ubutumwa bwo kurwanya covid-19
    Polisi y’u Rwanda ivuga ko ubukangurambaga yatangije ari ubwo kurwanya covid-19, gusa ngo abagenzi n’abatwara abagenzi bakwiye no gukomeza kwirinda impanuka nk’uko bamaze iminsi babyigishwa mu bukangurambaga bwa gerayo amahoro.
    Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko muri iyi minsi mu karere ka Rusizi ariho hari kuboneka abantu benshi banduye covid-19. Ejo tariki 9 Kamena 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 12 bituma abanduye bose hamwe baba 463, abakize ni 300, abakirwaye ni 161 naho abo iki cyorezo kimaze kwica mu Rwanda ni 2 gusa mu gihe ku Isi abo kimaze kwica barenga ibihumbi 400.

    Source : Ukwezi.rw

  • Nukurikiza aya mabanga nta kabuza uzabana n’uwo ukunda akaramata #RwOT




    Ni byiza rero kumenyana neza cyane cyane ku bashakanye. Impamvu ni uko mu buzima bwabashakanye, kumenya bihagije umuntu bigira uruhare runini mu bibazo by’ubuzima bwabo, byaba ibibazo by’iterambere, iby’uburwayi, n’ibindi.
    Iyo umaze kumenya ibyerekeye uwo mwashakanye ugomba no kugira ubushobozi bwo gutuma mufatanya gukemura ibibazo by’ubuzima musangiye, mugihe mufata icyemezo cyo kugira icyo mukora cyangwa kutagikora, bigomba gushingira kukuba muziranye. Nibyiza ko mu mibereho ya buri munsi, umuntu wese mu bashakanye atizirikana ubwe gusa ahubwo azirikana na mugenzi we.
    1. Guhitamo neza
    Guhitamo uwo muzarushingana si ikintu cyoroshye kuko ni icyemezo ufata wamaze kwiyemeza ko utazabyicuza. ni ikintu gisaba kubanza kubitekerezaho kandi hari ibyo ugenderaho bitewe n’ uko wiyizi kuko ugomba kumenya ko igihe uzahura n’ ingorane uzabyirengera.
    Igihe cyose uzashaka uwo utihitiyemo bizakugora kuko uzananirwa kwakira ingorane uzahura nazo.
    Mu bazaguhitiramo uwa mbere ni Imana, uwa kabiri ni umutima wawe. Niba umutima wawe ari mwiza, ihitamo ryawe rizaba ryiza, niba umutima wawe ari mubi, n’ihitamo ryawe rizaba ribi.
    2. Kumenyana no kujya inama
    Guhora abantu babwirana ko bakundana sibyo byubaka urugo, ahubwo ni igihe cyo kwica ku ngeso n’imico imwe n’imwe itajyanye n’uwiyemeje gushinga urugo. Ni igihe umusore n’inkumi banoza urukundo rwabo, umwe akifungurira undi, bakabwirana nta kwishisha, ibyo buri wese akunda n’ibyo yanga ; bakamenyana. Ni igihe cyo kwibaza niba ukuze byo kuba wakubaka urugo mu byiza no binaniza byarwo. Ni igihe cyo kurebera hamwe icyabatera guhirwa.
    3. Kwemeranwa
    Mbere yo kwiyemeza gushinga urugo ugomba kubanza kwemera uwo mugiye kubana, ukamwera uko Imana yamuremye ndetse n’ uko ateye, kuko buri wese afite uko yaremwe gutandukanye na Mugenzi we, ukemera ibyiza n’ ibibi bya mugenzi wawe kuko byose byuzuzanya kandi buriwe se niko aremwe.
    4. Kuba wujuje imyaka yo gushaka
    Ibihugu byinshi bigira amategeko arebana no gushaka aho usanga barashyizeho imyaka yo kugirango wemererwe gushaka. mu Rwanda itegeko riteganya imyaka 21.
    igihe cyose utaruzuza iyi myaka Leta igufata nkaho utaragira ubukure bwo kuba wabasha kubaka urugo ngo rukomere.
    5. Gutekereza ku nshingano ugiye kwinjiramo
    Igihe cyose uteganya kubaka urugo rwawe ugomba kubanza kumenya ko ari ubuzima butandukanye n’ ubwo wari ubayemo kandi ko n’ inshingano zitandukanye bityo ukiyemeza kwakira inshingano nshashya ndetse umuntu atatinya kuvuga ko zitoroshye.
    6.Kwemera kuba Umugabo/ Umugore
    Kwitwa Umugabo/ Umugore ntibigaragarira mu myambaro umuntu yambaye ahubwo ni ukuba wuzuza inshingano zawe koko nk’ umugabo cyangwa umugore nyawe.
    7.Kwihangana
    Urugo rwubakwa no kwihangana, ukamenya ko umuntu mugiye kubana mutandukanye muri byose bityo uba ugomba kwihahanganira ibyo yakora bikubangamiye nawe akihanganira ibyawe bimubangamiye.
    Umwanzuro: Kugirango ubane neza n’uwo mwashakanye, kandi umugaragarize urukundo, ukwiye kumenya ibimwerekeye. Ibyo akunda ibyo yanga, ibimubabaza, ibimushimisha, uko yabayeho kugirango mu mibanire yanyu atabaho aremerewe n’imyanzuro ufata ahubwo anezezwe no kubana nawe mwuzuzanya.

    Source : Isimbi.rw
  • Perezida Kagame yihanganishije u Burundi n’abarundi bapfushije Perezida Nkurunziza

    Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko Perezida Nkurunziza, yapfuye aguye mu bitaro bizwi nka Hôpital du cinquantenaire Natwe Turashoboye bya Karuzi, ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2020.
    Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe bayobozi n’abantu ku giti cyabo bihanganishije u Burundi nyuma y’urupfu rw’uwari Perezida wabwo.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yavuze ko mu izina rya Guverinoma nawe ubwe yihanganishije Guverinoma y’u Burundi n’Abarundi bari mu kababaro ko kubura Perezida Nkurunziza.

    Yakomeje agira ati “Nihanganishije kandi umuryango wa Perezida Nkurunziza. Imana ibahe umugisha.”

    On behalf of Gov’t and my own behalf I sent our condolences to the Gov’t and People of Burundi for the passing of President Nkurunziza. This also goes to the family of the President.
    God Bless!

    — Paul Kagame (@PaulKagame) June 9, 2020

    Incamake ku mateka ya Pierre Nkurunziza


    Pierre Nkurunziza yavutse ku wa 18 Ukuboza 1964, ayobora u Burundi kuva mu 2005 yongera gutorwa mu 2015 muri manda yagombaga kurangira muri uyu mwaka wa 2020.
    Se Eustache Ngabisha yari umuhutu ukomeye muri Komine Ngozi ndetse wari ufitanye imikoranire ya hafi n’abantu b’ibwami, yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi mu 1965 abarizwa mu ishyaka UPRONA ndetse nyuma aba Guverineri w’Intara mbere y’uko yicwa mu 1972.
    Umuhungu we Nkurunziza yize amashuri abanza i Ngozi nyuma akomereza mu ishuri ryitwa Athénée riri i Gitega. Yize muri Kaminuza ibijyanye n’uburezi ndetse na siporo muri Kaminuza y’u Burundi arangiza mu 1990.
    Mbere y’uko mu Burundi haduka intambara, yari umwarimu wa Siporo muri Lycée de Muramvya mu 1991 ndetse nyuma yigishije no muri Kaminuza y’u Burundi mu 1992 no mu ishuri rikuru rya gisirikare, Institut Supérieur Des Cadres Militaires (ISCAM).
    Mu 1995 yinjiye mu mutwe wa FDD mu ntambara nyuma y’uko ibihumbi by’abahutu mu gihugu bicwaga, ndetse nyuma agirwa Umunyamabanga Mukuru wungirije wa CNDD-FDD mu 1998.
    Muri iyo ntambara ya FDD, bivugwa ko Nkurunziza yakomeretse ku buryo bukomeye ku buryo yari hafi gupfa, arokotse atangira ibikorwa byo kwiragiza Imana.
    Mu 2003 nyuma y’uko hasinyiwe amasezerano y’amahoro, yagizwe Minisitiri w’Imiyoborere muri Guverinoma y’inzibacyuho yari iyobowe na Domitien Ndayizeye.
    Mu 2005 yatowe n’Inteko Ishinga Amategeko kuba Perezida, yicara kuri iyo ntebe ku wa 26 Kanama 2005. Nyuma yaje kongera gutorerwa kuyobora igihugu mu 2010 n’amajwi 91%.
    Muri Mata 2015 yaje gutangaza ko agiye kwiyamamariza manda ya gatatu yaje gutuma mu gihugu havukamo umwuka mubi kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamushinjaga kurenga ku biteganywa n’Itegeko Nshinga. We yavugaga ko manda ye ya mbere itabarwa kuko yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
    Mu gihugu haje kuvuka imyigaragambyo ikomeye, abaturage barenga ibihumbi 240 barahunga bamwe bajya mu bihugu by’amahanga ya kure abandi bajya mu bihugu by’ibituranyi harimo n’u Rwanda.
    Iryo geragezwa ryo guhirika Perezida Nkurunziza ku butegetsi ryakurikiwe n’ ubwicanyi bwakorerwaga abategetsi bakomeye n’ umwuka w’ ubwoba watumye abarenga 400 000 bahunga igihugu.
    Muri Nyakanga 2015 nibwo Perezida Nkurunziza yatorewe manda ya 3 ariko we avuga ko ari iya 2.
    Tariki 7 Kanama 2018, Nkurunziza yatangaje ko mu matora ya Perezida wa Repubulika yari ateganyijwe muri 2020 ataziyamamaza, koko aba tariki 20 z’ukwezi gushize kandi ntiyiyamamaje.
    Nyuma y’urupfu rwa Nkurunziza, arasimburwa mu buryo bw’inzibacyuho na Pascal Nyabenda, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko nk’uko ingingo ya 121 y’Itegeko Nshinga ibiteganya.
    Bivuze ko Nyabenda ari we uzaha inkoni y’ubutegetsi Perezida mushya watowe, Gen Evariste Ndayishimiye nyuma y’uko azaba amaze kurahirira inshingano ze. Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yihanganishije Abarundi na Guverinoma yabo nyuma y’urupfu rwa Perezida Nkurunziza

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Perezida-Kagame-yihanganishije-u-Burundi-n-abarundi-bapfushije-Perezida-Nkurunziza

  • Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yapfuye #RwOT #Burundi

    Itangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga Mukuru akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, Prosper Ntahorwamiye, rivuga ko Nkurunziza kuwa Gatandatu yari muzima ndetse akareba umukino wa Volleyball i Ngozi ariko byagera nijoro akamererwa nabi akajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Karuzi.
    Yakomeje avuga ko ku cyumweru yasaga n’uworohewe ndetse aganira n’abari bamuri hafi ariko mu buryo butunguranye cyane mu gitondo cyo kuwa Mbere tariki 8 Kamena 2020, ubuzima bwe bwahindutse cyane umutima ugahagarara.
    Itsinda ry’abaganga batandukanye ryakoze ibishoboka byose amasaha menshi ariko ntibyagira icyo bitanga.
    Itangazo rigira riti “Guverinoma y’u Burundi yihanganishije cyane abaturage b’u Burundi muri rusange n’umuryango wa Nkurunziza by’umwihariko. U Burundi butakaje umwana w’agaciro w’igihugu, Perezida wa Repubulika n’umuyobozi w’ikirenga wo gukunda igihugu”.
    Guverinoma y’u Burundi yasabye abaturage kudacikamo igikuba ahubwo bagaherekeza uwari Perezida wabo n’amasengesho menshi nk’uko yabaye urugero mu Barundi bose ndetse no mu bemera kandi buhaba Imana. Yatangaje kandi icyunamo cy’iminsi irindwi guhera uyu munsi.
    Urupfu rwa Perezida Nkurunziza rutangajwe mu gihe ku wa 28 Gicurasi umugore we Denise Nkurunziza yajyanwe igitaraganya mu bitaro byo muri Kenya, ubwo yari amaze kuremba kubera icyorezo cya Coronavirus.
    Mu Burundi hakomeje kugaragara abanduye iyo ndwara, ariko ubuyobozi bwahisemo kuyifata nk’indwara isanzwe, ku buryo badakozwa ingamba zo kuyirinda nko kwambara udupfukamunwa no kwirinda ibikorwa bihuza abantu benshi.
    Hamaze iminsi kandi hari ibiterane byo gushimira Imana, nyuma y’uko umukandida w’ishyaka CNDD FDD, Gen Maj Evariste Ndayishimiye, aherutse gutorerwa kuyobora u Burundi muri manda y’imyaka irindwi, mu matora yabaye ku wa 20 Gicurasi.
    Amwe mu mateka ya Perezida Nkurunziza
    Pierre Nkurunziza yavutse ku wa 18 Ukuboza 1964, ayobora u Burundi kuva mu 2010 yongera gutorwa mu 2015 muri manda yagombaga kurangira muri uyu mwaka wa 2020.
    Se Eustache Ngabisha yari umuhutu ukomeye muri Komine Ngozi ndetse wari ufitanye imikoranire ya hafi n’abantu b’ibwami, yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi mu 1965 abarizwa mu ishyaka UPRONA ndetse nyuma aba Guverineri w’Intara mbere y’uko yicwa mu 1972.
    Umuhungu we Nkurunziza yize amashuri abanza i Ngozi nyuma akomereza mu ishuri ryitwa Athénée riri i Gitega. Yize muri Kaminuza ibijyanye n’uburezi ndetse na siporo muri Kaminuza y’u Burundi arangiza mu 1990.
    Mbere y’uko mu Burundi haduka intambara, yari umwarimu wa Siporo muri Lycée de Muramvya mu 1991 ndetse nyuma yigishije no muri Kaminuza y’u Burundi mu 1992 no mu ishuri rikuru rya gisirikare, Institut Supérieur Des Cadres Militaires (ISCAM).
    Mu 1995 yinjiye mu mutwe wa FDD mu ntambara nyuma y’uko ibihumbi by’abahutu mu gihugu bicwaga, ndetse nyuma agirwa Umunyamabanga Mukuru wungirije wa CNDD-FDD mu 1998.
    Muri iyo ntambara ya FDD, bivugwa ko Nkurunziza yakomeretse ku buryo bukomeye ku buryo yari hafi gupfa, arokotse atangira ibikorwa byo kwiragiza Imana.
    Mu 2003 nyuma y’uko hasinyiwe amasezerano y’amahoro, yagizwe Minisitiri w’Imiyoborere muri Guverinoma y’inzibacyuho yari iyobowe na Domitien Ndayizeye.
    Mu 2005 yatowe n’Inteko Ishinga Amategeko kuba Perezida, yicara kuri iyo ntebe ku wa 26 Kanama 2005. Nyuma yaje kongera gutorerwa kuyobora igihugu mu 2010 n’amajwi 91%.
    Muri Mata 2015 yaje gutangaza ko agiye kwiyamamariza manda ya gatatu yaje gutuma mu gihugu havukamo umwuka mubi kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamushinjaga kurenga ku biteganywa n’Itegeko Nshinga. We yavugaga ko manda ye ya mbere itabarwa kuko yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
    Mu gihugu haje kuvuka imyigaragambyo ikomeye, abaturage barenga ibihumbi 240 barahunga bamwe bajya mu bihugu by’amahanga ya kure abandi bajya mu bihugu by’ibituranyi harimo n’u Rwanda.
    Ku wa 13 Gicurasi 2015, abari abasirikare bakuru mu ngabo bashatse kumuhirika ku butegetsi ariko iyo coup d’etat iza kuburizwamo. Yaje gutorerwa kuyobora u Burundi n’amajwi 69.41%.
    Mbere y’uko apfa, yari mu bikorwa by’amatora y’ugomba kumusimbura aho yamamaje Gen Evariste Ndayishimiye ndetse agatorerwa uyu mwanya nubwo atari yakarahiye. Apfuye asize umugore Denise Bucumi n’abana batanu.
    source : igihe.com
  • Ubwicanyi bukorwa n’abapolisi bwatumye abaturage muri Kenya bazindukira mu myigaragambyo

    Abanyagihugu baba mu bice bitandukanye bibamo abakene b’I Mathare ku murwa mukuru Nairobi wa Kenya, kuri uyu wa 08 Kamena 2020 bagiye mu mihanda bamagana imbaraga z’umurengera zikoreshwa n’igipolisi mu guhangana n’abarenga ku mategeko ya Covid-19.

    Ikigo cyo muri Kenya kigenga kigenzura ibikorwa by’igiporisi cyatangaje ko kirimo gukora iperereza ku bantu 15 bishwe n’igiporisi kuva mu mpera z’ukwezi kwa gatatu k’uyu mwaka wa 2020.

    Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu avuga ko igiporisi gishinjwa urupfu rw’abantu barenga 20 bazize kurenga ku mategeko yo kudatembera mw’ijoro.

    Iyo myigaragambyo yo kuri uyu wa mbere, nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza,  yabaye mu gihe abategetsi bari batangaje ko abateranira hamwe bashobora gutabwa muri yombi kuko barimo bakwirakwiza icyorezo cya COVID-19.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RYHGWb

  • World Health Organization Says Asymptomatic Spread of Coronavirus is “Very Rare” (VIDEO) #RwOT

    The WHO is now admitting that asymptomatic spread of the Coronavirus is “very rare.”
    Coronavirus patients without symptoms aren’t driving the spread of the virus, World Health Organization officials said Monday, casting doubt on concerns by some researchers that the disease could be difficult to contain due to asymptomatic infections. 

    Some people, particularly young and otherwise healthy individuals, who are infected by the coronavirus never develop symptoms or only develop mild symptoms. Others might not develop symptoms until days after they were actually infected.
    Preliminary evidence from the earliest outbreaks indicated that the virus could spread from person-to-person contact, even if the carrier didn’t have symptoms. But WHO officials now say that while asymptomatic spread can occur, it is not the main way it’s being transmitted. 
    “From the data we have, it still seems to be rare that an asymptomatic person actually transmits onward to a secondary individual,” Dr. Maria Van Kerkhove, head of WHO’s emerging diseases and zoonosis unit, said at a news briefing from the United Nations agency’s Geneva headquarters. “It’s very rare.”
    Government responses should focus on detecting and isolating infected people with symptoms, and tracking anyone who might have come into contact with them, Van Kerkhove said. She acknowledged that some studies have indicated asymptomatic or presymptomatic spread in nursing homes and in household settings. 
    More research and data are needed to “truly answer” the question of whether the coronavirus can spread widely through asymptomatic carriers, Van Kerkhove added.
    “We have a number of reports from countries who are doing very detailed contact tracing,” she said. “They’re following asymptomatic cases. They’re following contacts. And they’re not finding secondary transmission onward. It’s very rare.”
    If asymptomatic spread proves to not be a main driver of coronavirus transmission, the policy implications could be tremendous. A report from the U.S. Centers for Disease Control and Prevention published on April 1 cited the “potential for presymptomatic transmission” as a reason for the importance of social distancing. 
    “These findings also suggest that to control the pandemic, it might not be enough for only persons with symptoms to limit their contact with others because persons without symptoms might transmit infection,” the CDC study said.
    To be sure, asymptomatic and presymptomatic spread of the virus appears to still be happening, Van Kerkhove said but remains rare. That finding has important implications for how to screen for the virus and limit its spread. 
    “What we really want to be focused on is following the symptomatic cases,” Van Kerkhove said. “If we actually followed all of the symptomatic cases, isolated those cases, followed the contacts and quarantined those contacts, we would drastically reduce” the outbreak.


    n
  • Perezida Magufuli yemeje ko muri Tanzania nta Coronavirus ikiharangwa

    Mu rusengero mu mujyi wa Dodoma, Bwana Magufuli yabwiye abasenga ati:”Imana ishimwe ko icyorezo cya corona twagitsinze”.
    Anabashimira ko nta dupfukamunwa n’uturindantoki bambaye.

    Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi (OMS/WHO) ryatangaje impungenge ritewe n’uburyo leta yitwara kuri iki cyorezo.
    Bwana Magufuli wakunze kuvuga ko iki cyorezo cyakabirijwe, yasabye abantu gukomeza kujya guterana mu nsengero n’imisigiti, ababwira ko “amasengesho azatsinda” iyi virus.
    Leta ya Tanzania yahagaritse gutangaza amakuru y’uko iki cyorezo gihagaze mu gihugu.
    Tariki 29 z’ukwezi kwa kane, umunsi Tanzania iheruka kuvuga amakuru kuri iki cyorezo, hari abayanduye 509 na 21 yishe. Gusa mu cyumweru gishize Bwana Magufuli yemeje ko mu bitaro byo muri Dar es Salaam hasigaye abarwayi bane gusa.
    Mu kwezi gushize, leta ya Tanzania yahakanye ibyavuzwe na ambasade ya Amerika ko muri Dar es Salaam hari “ibyango byinshi” byo kwandura iyi ndwara, kandi ibitaro byaho “byuzuriranye”.
    Magufuli yavuze iki?
    Ejo ku cyumweru, yabwiye ikoraniro ry’abasenga i Dodoma ati: “Ndashaka gushimira abatanzania b’ukwemera gutandukanye.
    Tumaze igihe dusenga kandi twiyiriza kugira ngo Imana idukize icyorezo cyateye igihugu cyacu n’isi. Kandi Imana yaradusubije.“Nizeye, kandi nzi neza ko n’Abatanzania bizeye, ko icyorezo cya corona Imana yakivanyeho”.
    Ibyo yavuze byarishimiwe cyane bikomerwa amashyi menshi.
    Bwana Magufuli yanashimiye abapadiri n’abaje gusenga ko nta dupfukamunwa n’uturindantoki bambaye ngo birinde iyo virus.
    Ibindi yavuze ni ibiki?
    Kuwa gatanu ushize, nabwo yavuze nk’ibi mu nama n’abarimu, aho yavuze ko “corona yarangiye”.
    Yagize ati: “Minisitiri w’ubuzima yabwiye ko dusigaranye abarwayi bane muri Dar es Salaam nyamara ibi ntibizahagarika ibihuha.
    “Tugomba kwitonda kuko zimwe muri izo mpano batanga zo kurwanya coronavirus zishobora gukoreshwa mu kuyikwirakwiza.“Ndashaka gusaba Abatanzania kwanga impano z’udupfukamunwa, ahubwo mubwire abadutanga bajye kudukoresha bo n’abagore babo n’abana babo”.
    Perezida wa Tanzania ari mu bategetsi benshi ba Afurika batumije umuti wa Covid-Organic leta ya Madagascar ivuga ko uvura Covid-19. Ntabwo bizwi neza niba warahawe abarwayi muri Tanzania.
    Nta byemezo bya siyansi biremeza ko uwo muti uvura, OMS/WHO yakomeje gusaba abantu kwirinda gukoresha imiti itarapimwe.
    Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania bagiye banenga Bwana Magufuli kugira politiki zimwe zishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage ba Tanzania.
    Elisha Osati ukuriye ishyirahamwe ry’abaganga mu gihugu, mu kiganiro aheruka kugirana na BBC yashyigikiye guverinoma avuga ko ibitaro bikora nk’uko bisanzwe kandi benshi mu barwayi ba coronavirus bafite ibimenyetso byoroheje.
    Bwana Magufuli yashinje abashinzwe ubuzima mu gihugu gukabiriza icyorezo cya coronavirus. Yananeguye kandi ingamba zikomeye zafashwe n’ibihugu bituranyi mu kwirinda iki cyorezo.
    Inkuru ya BBC


  • Un glissement de terrain a affecté cinq familles de 24 personnes à Nyabihu #RwOT

    At least 18 killed as floods and landslides hit Rwanda
    Kigali: Un glissement de terrain a surpris cinq familles de 24 personnes dans le district de Nyabihu, secteur de Mulinga.
    Le secrétaire exécutif du secteur de Mulinga, Byukusenge Emmanuel, a déclaré aux medias publics que l’incident a eu lieu vendredi vers 12h 30’ lorsque la catastrophe est survenue  dans la cellule de Gisizi, village de Kabyuma.
    Les habitants ont été choqués par les conséquences de ce glissement de terrain qui s’est produit pendant la journée et au soleil alors qu’ils étaient habitués aux glissements de terrain pendant la pluie.
    La forêt environnante a été la première à descendre, suivie d’une montagne, attaquant du coup cinq familles de 24 personnes vivant à proximité et forçant les gens à fuir leurs maisons.
    Le secrétaire exécutif du secteur de Mulinga, Byukusenge Emmanuel, a déclaré que la catastrophe a emporté six moutons et une chèvre de Ntibashoboka Jean d’Amour qui se trouvaient dans la forêt.
    Ce glissement de terrain a également détruit environ 50 hectares de terres agricoles et environ 500 mètres carrés de forêt. Les sinistrés ont été relogés par leurs voisins en attendant l’assistance publique promise par les autorités administratives de base. 
    C’est la première fois que la zone est affectée. Elle s’est soudainement effondrée alors qu’il  n’y avait aucun signe de tremblement de terre. Cependant, cela peut être dû aux fortes pluies de ces derniers jours qui ont fait que le niveau de l’eau ait fortement augmenté. (Fin)
  • Rwanda and EU sign Frw 55 billion grant agreement to support social protection in response to COVID-19 crisis #RwOT

    By Editor
    EU Delegation Rwanda (@EUinRW) | Twitter
    Kigali: Today, the Government of Rwanda and the European Union signed an addendum to a financing agreement for €52.87 million (about Frw 55.5 billion) to support the social protection coverage in response to the COVID-19 crisis. This grant is part of the EU’s €460 million package of support to Rwanda signed in September, 2014 with European Commission.
    The objective of the funding is to support Rwandan Government to expand social protection and promote agriculture supply chains in the context of the Government`s COVID 19 Economic Recovery Plan through increased cash transfers and food assistance to citizens in Rwanda, and to support livelihoods for food security in response to the lockdown containment measures of the country during the COVID 19. In total, the programme will help protecting food security and livelihoods of at least 630 000 households most in need.
     “The impact of COVID-19 on our economy and livelihoods in particular has called for enhanced social protection measures by ensuring that we maintain sustainable food security, reduce poverty and promote inclusive growth,” said Dr. Uzziel Ndagijimana, the Minister of Finance and Economic Planning. “The sustained development cooperation as well as the immediate European Union’s support to the Government’s response to the COVID 19, illustrates, once again, the mutual trust and excellent relations shared by the European Union and the Government of Rwanda,” Minister Ndagijimana added.
    EU Ambassador Nicola Bellomo added “Our support comes as part of the broader #TeamEurope response. #TeamEurope is the tangible expression of European solidarity. It reflects a commitment of the EU and the EU MS to act as one, and in close cooperation with the multilateral system, in our efforts to help our partner countries deal with the COVID crisis.”
    The disbursements will be provided in two fixed tranches of €36 million and €15.5 million respectively during the Fiscal Year 2019/20 and 2020/21 based on satisfactory progress on the implementation of the economic recovery plan, in particular the social protection and agriculture part.
    The programme will come along with a support by the World Food Programme (WFP) in monitoring and logistics to ensure that food supply chains are working effectively, so that people can have access to affordable and nutritious food in the whole country.
    The social transfers will be complemented by a support to the government on the effective functioning of the supply chains so that people can have a continued access to affordable, nutritious and diversified food.
    In addition to the €52 million budget support grant to the Government, the EU is also providing five additional grants to the tune of €1.8 million to civil society organisations. These organisations work in close coordination with Local Government Authorities on the COVID social protection response at grass-roots level, and cater support to some of the most vulnerable communities across the country. (End)
    Source : rnanews.com
  • Nyanza: Haji n’abakozi be 29 bakuwe mu kato bari bamazemo iminsi 4

    Tariki 5 Kamena 2020 nibwo Haji n’abakozi be, bakora mu kigo Haji Enterprise bashyizwe mu kato mu ishuri rya Ecole de Sciences de Nyanza.

    Haji aganira na UKWEZI ku mugoroba wo kuri uyu wa 8 Kamena 2020, yagize ati “Twatashye ubu tugeze mu rugo. Mbere y’uko baturekura twaganiriye n’umuntu wo ku bitaro witwa Clement. Ibyo yatubwiye ni byabindi bisanzwe, gukaraba intoki kenshi, kwambara agapfukamunwa, guhana intera igihe bari muri serivise no guhana intera n’abo bari kwakira”.

    Haji yakomeje agira ati “Icyemezo cyo kuturekura cyashingiye ko badupimye bagasanga twese turi bazima. Bisinesi ubu yongeye gukora”.

    Umuyobozi w’ Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr NSANZIMANA Sabin avuga ko impamvu ari uko hari umushoferi wahahagaze nyuma bikaza kugaragara ko uwo mushoferi yari afite ubwandu bwa covid-19.

    Uko byagenze kugira ngo Haji n’abakozi be 29 bashyirwe mu kato

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Nyanza-Haji-n-abakozi-be-29-bakuwe-mu-kato-bari-bamazemo-iminsi-4