Tag: featured

  • Abantu umunani barimo umuyobozi w’Ibitaro bya Gitwe batawe muri yombi

    Mu minsi ishize ku bitaro bya Gitwe habonetse imibiri 10 y’abantu bikekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Umuhoza Marie Michelle, yemeje ko abo bantu bafunzwe ndetse ko bakurikiranyweho guhisha amakuru kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Kuva mu cyumweru gishize inyuma y’ibi bitaro hari icyobo kiri gushakishwamo imibiri bikekwako ari iy’abishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/article/Barindwi-barimo-umuyobozi-w-Ibitaro-bya-Gitwe-batawe-muri-yombi-nyuma-y-uko-habonetse-imibiri-y-abishwe-muri-Jenoside-yakorewe-abatutsi

  • Hoteli 3 zafunzwe kubera abantu 5 basanganwe Covid-19 bazinyuzemo aho ni Musanze:INKURU

    Amakuru aturuka mu Karere ka Musanze aravuga ko hari hoteli eshatu zafunzwe, abakozi bazo bashyirwa mu kato ndetse barapimwa nyuma y’uko hari abantu batanu basanzwemo icyorezo cya Coronavirus kandi barahanyuze.

    Umuyobozi w’aka Karere yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko bari gushakisha ababa barahuye na bariya bantu kugira ngo bashyirwe mu kato batanduza abandi.

    Amakuru avuga ko hari abantu batanu basanzwemo COVID-19 kandi baranyuze muri hoteli 3 zo mu Karere ka Musanze.

    Ngo bahanyuze ku tariki ya 5 – 6 Kamena 2020.

    Inzego z’umutekano zahawe amabwiriza yo kuba zifunze ziriya hoteli, abakozi babo bagapimwa, no gukorerwa irindi genzura ryimbitse kugira ngo zongere kwemererwa gukora.

    Umuyobizi w’Akerere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine yemeza ko hari abantu basanzwemo Covid-19 kandi baranyuze i Musanze.

    vuga ko icyatangiye gukorwa ari ugushaka abahuye n’aba bantu kugira ngo na bo bapimwe, kugira ngo hirindwe ikirakwira ry’icyorezo.

    Ku mugoroba wo ku wa gatandatu ni bwo mu Rwanda hagaragaye umubare munini w’abanduye Coronavirus kuva yahavugwa tariki 14 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abanduye COVID-19 mu masaha 24 ashize ari 31 b’i Rusizi na Rusumo.

    Bariya bantu batangajwe tariki 13 Kamena 2020, batumye umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku bantu 541, abamaze gukira COVID-19 ni 332 barimo 11 bakize mu masaha 24 ashize, iki cyorezo kimaze guhitana abantu babiri.

    Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima,Dr Nsanzimana yabwiye ikinyamakuru IGIHE uyu munsi ko abantu bashya banduye coronavirus nubwo ari benshi, aho baturutse hazwi gusa asaba abanyarwanda kudakomeza kwirara,

    Yagize ati “Nko mu karere ka Rusizi hari umubare mwinshi w’Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barakirwa ndetse bashyirwa ahantu habugenewe baranapimwa, aba bafite uruhare runini rw’abantu batangajwe ejo, ni kimwe na Kirehe aho dusanzwe tubona abatwara imodoka zambukiranya impika zitwara ibicuruzwa.”

    Dr Nsanzimana yakomeje avuga ko nubwo imibare y’abanduye ari myinshi idakwiriye gutera abantu ubwoba nubwo natwe ukwiriye kwirara.

    Ati “Nubwo ari iyi mibare ari myinshi ariko ntikwiye gutera abantu ubwoba, gusa na none ntikwiye gutuma abantu birara ngo bavuge ko ari Rusizi cyangwa Rusumo kuko iki cyorezo cyagera aho ariho hose. Mu minsi 15 ishize nta muntu wari uzi ko Rusizi twahagira ikibazo turimo guhangana nacyo, aho waba uri hose ugomba kumenya ko wirinda kuko ntuba uzi uwaba afite ubwo burwayi aho aba yaraturutse.”

    “Nta gikuba cyacitse kubera umubare w’ejo, ariko ni no kudukangura ko coronavirus ntaho yagiye, abantu bakomeze bambare agapfumunwa neza, bakarabe intoki kandi basige intera hagati yabo”.

    Dr Nsanzimana yavuze ko ikindi kirimo gutuma imibare irushaho kuzamuka, ari ibipimo byinshi birimo gufatwa kuko ubu basigaye barenza ibihumbi bibiri ku munsi.

    Agaragaza ko gupima abantu benshi bitanga amahirwe yo kubona abafite uburwayi.

    RBC igaragaza ko kugeza ubu mu karere Rusizi ariho bashyize ingufu mu minsi 10 ishize aho boherejeyo amatsinda y’abantu ngo bafashe ku bushobozi buhanzwe.

    Yagaragaje ko gupima abantu muri aka karere ikomeje gutanga umusaruro, aho abarenga ibihumbi birindwi bamaze gupimwa.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     22 total views,  22 views today

    The post Hoteli 3 zafunzwe kubera abantu 5 basanganwe Covid-19 bazinyuzemo aho ni Musanze:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/15/hoteli-3-zafunzwe-kubera-abantu-5-basanganwe-covid-19-bazinyuzemo-aho-ni-musanzeinkuru/

  • USA/Atlanta: Undi mwirabura yongeye kwicwa arashwe, ukuriye Polisi ahita yegura

    Nyuma ya George Floyd wishwe na Polisi ashinzwe ivi mu ijosi, undi mwirabura witwa Rayshard Brooks yarashwe n’abapolisi b’abazungu I Atlanta ho muri Amerika kuri uyu wa Gatanu nimugoroba tariki 12 Kamena 2020. Ukuriye Polisi yahise atanga ubwegure bwe mu gihe imyigaragambyo irimbanije.

    Umukuru wa polisi yo mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yeguye ku mirimo ye nyuma yaho Umunyamerika ukomoka muri Afurika w’umugabo witwa Rayshard Brooks arasiwe na Polisi bikamuviramo urupfu.

    Rayshard Brooks w’imyaka 27 y’amavuko, yari yasinziririye mu modoka ye imbere ya “restaurant” aho abakiliya bahabwa ibyo bifuza batarinze gusohoka mu modoka. Abategetsi bavuga yarashwe n’umupolisi mu bushyamirane bwabaye ku wa gatanu nimogoroba.

    Keisha Lance Bottoms, “Mayor w’umujyi wa Atlanta”, yavuze ko Erika Shields, wari ukuriye polisi muri uwo mujyi, yamugejejeho ubwegure bwe ku munsi w’ejo ku wa gatandatu.

    Abigaragambya i Atlanta bigabije imihanda mu mpera y’iki cyumweru basaba ko hagira igikorwa kubera urupfu rwa Bwana Brooks. Ku mugoroba w’ejo ku wa gatandatu, abigaragambya bafunze umuhanda munini uzwi nka Interstate-75 w’i Atlanta.

    “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya. “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya.

    Erika Shields yari umukuru wa polisi ya Atlanta kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri mu 2016 ndetse yari amaze imyaka irenga 20 ari umupolisi i Atlanta. ‘Mayor’ Bottoms yavuze ko Madamu Shields azakomeza gukora mu rwego rwa polisi ya Atlanta ariko agahindurirwa imirimo.

    Itangazo rya ‘Mayor’ Bottoms rigira riti: “Kubera ubushake bwe bwuko Atlanta yaba intangarugero yuko impinduka igaragara ikwiye kumera muri iki gihugu, umukuru wa polisi Shields yemeye guhita yegura aka kanya ku mwanya w’ukuriye polisi muri uyu mujyi kugira ngo umujyi ushobore gukomeza ibikorwa byihutirwa no kongera kubaka icyizere gicyenewe cyane aho dutuye“.

    ‘Mayor’ Bottoms, yanasabye ko umupolisi wagize uruhare mu rupfu rwa Bwana Brooks yirukanwa ku kazi ke.

    Byagenze gute ku mugoroba wo kuwa Gatanu?

    Urwego rushinzwe iperereza muri leta ya Georgia (ruzwi mu mpine y’Icyongereza nka GBI) ruri gukora iperereza ku rupfu rwa Bwana Brooks. Ruri no kureba amashusho yafashwe na ‘camera’ icunga umutekano yari imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s, ndetse runareba amashusho y’abavuga ko babonye uko byagenze.

    Urwego GBI ruvuga ko polisi yari yatabajwe ngo igere kuri iyo ‘restaurant’ kuko Bwana Brooks yari yasinziririye mu modoka ye, bigatuma abandi bakoresha uwo muhanda bagana iyo ‘restaurant’ babura aho baca.

    Nkuko polisi ibivuga, Bwana Brooks yanze gutabwa muri yombi nyuma yaho ibizamini byo kureba ingano y’inzoga yanyweye bigaragaje ko yarengeje urugero rw’iyemewe ku muntu utwaye imodoka. Uwigaragambya ahagaze hafi ya ‘restaurant’ The Wendy’s i Atlanta.

    Raporo y’urwo rwego rwa GBI ivuga ko amashusho yafatiwe imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s yerekana abapolisi birukankana Bwana Brooks, mbere yuko ahindukira agatunga umupolisi intwaro ituma umubiri w’umuntu ugagara (ugira ‘paralysie’/’paralysis’).

    Iyo raporo igira iti:”Umupolisi yahise arashisha imbunda ye, arasa Brooks”.

    Mu mashusho yatanzwe n’ababibonye, Bwana Brooks agaragara ari hasi ku mbuga iri imbere y’iyo ‘restaurant’, ashyamiranye n’abapolisi babiri.

    Ashikuza intwaro y’umupolisi itera kugagara k’umubiri, agacika abo bapolisi, akiruka. Undi mupolisi aza gushobora gukoresha iyo ntwaro igagaza (izwi nka ‘Taser’) iri kuri Brooks, nuko abo bapolisi bakiruka bahunga uwafataga amashusho.

    Humvikana amasasu, nuko Bwana Brooks akagaragara arambaraye hasi.

    Yajyanwe ku bitaro ariko aza gupfa nyuma yaho. Umwe muri abo bapolisi yavuwe igikomere yagiriye muri ubwo bushyamirane. Abigaragambya ejo ku wa gatandatu bateraniye rwagati mu mujyi wa Atlanta nyuma y’urupfu rwa Brooks.

    Ibiro by’umushinjacyaha byo mu karere ka Fulton nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, biri gukora irindi perereza ku byabaye, nkuko byabitangaje mu itangazo byashyize ahagaragara. Abanyamategeko bahagarariye umuryango wa Bwana Brooks bavuze ko uwo mupolisi nta burenganzira yari afite bwo gukoresha imbaraga zo kwica, bavuga ko iyo ntwaro yo kugagaza Bwana Brooks yari yambuye umwe muri bo itica.

    Umunyamategeko Chris Stewart yagize ati: “Ntabwo ushobora kurasa umuntu keretse agutunze imbunda”.

    Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu, Bwana Brooks yateganyaga kujyana umwana we w’umukobwa wujuje imyaka umunani y’amavuko kwizihiza iyo sabukuru ye akina umukino wo kwinyereza ku rubura, nkuko abo banyamategeko b’umuryango we babivuga.

    Uku kubaye kurasa kwa 48 kurimo umupolisi uru rwego rw’iperereza ryo muri leta ya Georgia rukozeho iperereza kugeza ubu muri uyu mwaka, nkuko bitangazwa na televiziyo ABC News. Kurasa 15 muri uko kwavuyemo impfu.

    Ikinyamakuru The New York Times gitangaza ko hari abigaragambya bateraniye hanze ya ‘restaurant’ The Wendy’s ku wa gatanu. Abigaragambya bongeye gutera rwagati mu mujyi wa Atlanta ejo ku wa gatandatu. Amashusho yo mu myigaragambyo yerekana abigaragambya bafite ibyapa biriho izina rya Brooks ndetse n’ibirango byuko ubuzima bw’abirabura bufite agaciro.

    Abantu bo muri Atlanta bari basanzwe bari mu myigaragambyo yatewe n’urupfu rwa George Floyd.

    Bwana Floyd, wari ufite imyaka 46, yapfuye ku itariki ya 25 Gicurasi 2020 nyuma yaho umupolisi wo mu mujyi wa Minneapolis muri leta ya Minnesota amutsikamiye ku ijosi akoresheje ivi mu gihe cy’iminota irenga umunani. Uwo mupolisi yirukanwe ku kazi ndetse aregwa ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RYcCXg

  • USA/Atlanta: Undi mwirabura yongeye kwicwa arashwe, ukuriye Polisi ahita yegura

    Nyuma ya George Floyd wishwe na Polisi ashinzwe ivi mu ijosi, undi mwirabura witwa Rayshard Brooks yarashwe n’abapolisi b’abazungu I Atlanta ho muri Amerika kuri uyu wa Gatanu nimugoroba tariki 12 Kamena 2020. Ukuriye Polisi yahise atanga ubwegure bwe mu gihe imyigaragambyo irimbanije.

    Umukuru wa polisi yo mu mujyi wa Atlanta muri leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yeguye ku mirimo ye nyuma yaho Umunyamerika ukomoka muri Afurika w’umugabo witwa Rayshard Brooks arasiwe na Polisi bikamuviramo urupfu.

    Rayshard Brooks w’imyaka 27 y’amavuko, yari yasinziririye mu modoka ye imbere ya “restaurant” aho abakiliya bahabwa ibyo bifuza batarinze gusohoka mu modoka. Abategetsi bavuga yarashwe n’umupolisi mu bushyamirane bwabaye ku wa gatanu nimogoroba.

    Keisha Lance Bottoms, “Mayor w’umujyi wa Atlanta”, yavuze ko Erika Shields, wari ukuriye polisi muri uwo mujyi, yamugejejeho ubwegure bwe ku munsi w’ejo ku wa gatandatu.

    Abigaragambya i Atlanta bigabije imihanda mu mpera y’iki cyumweru basaba ko hagira igikorwa kubera urupfu rwa Bwana Brooks. Ku mugoroba w’ejo ku wa gatandatu, abigaragambya bafunze umuhanda munini uzwi nka Interstate-75 w’i Atlanta.

    “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya.

    “Restaurant The Wendy’s” ari yo Bwana Brooks yapfiriye imbere, ejo ku wa gatandatu yatwitswe n’abigaragambya.

    Erika Shields yari umukuru wa polisi ya Atlanta kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri mu 2016 ndetse yari amaze imyaka irenga 20 ari umupolisi i Atlanta. ‘Mayor’ Bottoms yavuze ko Madamu Shields azakomeza gukora mu rwego rwa polisi ya Atlanta ariko agahindurirwa imirimo.

    Itangazo rya ‘Mayor’ Bottoms rigira riti: “Kubera ubushake bwe bwuko Atlanta yaba intangarugero yuko impinduka igaragara ikwiye kumera muri iki gihugu, umukuru wa polisi Shields yemeye guhita yegura aka kanya ku mwanya w’ukuriye polisi muri uyu mujyi kugira ngo umujyi ushobore gukomeza ibikorwa byihutirwa no kongera kubaka icyizere gicyenewe cyane aho dutuye“.

    ‘Mayor’ Bottoms, yanasabye ko umupolisi wagize uruhare mu rupfu rwa Bwana Brooks yirukanwa ku kazi ke.

    Byagenze gute ku mugoroba wo kuwa Gatanu?

    Urwego rushinzwe iperereza muri leta ya Georgia (ruzwi mu mpine y’Icyongereza nka GBI) ruri gukora iperereza ku rupfu rwa Bwana Brooks. Ruri no kureba amashusho yafashwe na ‘camera’ icunga umutekano yari imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s, ndetse runareba amashusho y’abavuga ko babonye uko byagenze.

    Urwego GBI ruvuga ko polisi yari yatabajwe ngo igere kuri iyo ‘restaurant’ kuko Bwana Brooks yari yasinziririye mu modoka ye, bigatuma abandi bakoresha uwo muhanda bagana iyo ‘restaurant’ babura aho baca.

    Nkuko polisi ibivuga, Bwana Brooks yanze gutabwa muri yombi nyuma yaho ibizamini byo kureba ingano y’inzoga yanyweye bigaragaje ko yarengeje urugero rw’iyemewe ku muntu utwaye imodoka.

    Uwigaragambya ahagaze hafi ya ‘restaurant’ The Wendy’s i Atlanta.

    Raporo y’urwo rwego rwa GBI ivuga ko amashusho yafatiwe imbere muri ‘restaurant’ The Wendy’s yerekana abapolisi birukankana Bwana Brooks, mbere yuko ahindukira agatunga umupolisi intwaro ituma umubiri w’umuntu ugagara (ugira ‘paralysie’/’paralysis’).

    Iyo raporo igira iti:”Umupolisi yahise arashisha imbunda ye, arasa Brooks”.

    Mu mashusho yatanzwe n’ababibonye, Bwana Brooks agaragara ari hasi ku mbuga iri imbere y’iyo ‘restaurant’, ashyamiranye n’abapolisi babiri.

    Ashikuza intwaro y’umupolisi itera kugagara k’umubiri, agacika abo bapolisi, akiruka. Undi mupolisi aza gushobora gukoresha iyo ntwaro igagaza (izwi nka ‘Taser’) iri kuri Brooks, nuko abo bapolisi bakiruka bahunga uwafataga amashusho.

    Humvikana amasasu, nuko Bwana Brooks akagaragara arambaraye hasi.

    Yajyanwe ku bitaro ariko aza gupfa nyuma yaho. Umwe muri abo bapolisi yavuwe igikomere yagiriye muri ubwo bushyamirane.

    Abigaragambya ejo ku wa gatandatu bateraniye rwagati mu mujyi wa Atlanta nyuma y’urupfu rwa Brooks.

    Ibiro by’umushinjacyaha byo mu karere ka Fulton nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, biri gukora irindi perereza ku byabaye, nkuko byabitangaje mu itangazo byashyize ahagaragara. Abanyamategeko bahagarariye umuryango wa Bwana Brooks bavuze ko uwo mupolisi nta burenganzira yari afite bwo gukoresha imbaraga zo kwica, bavuga ko iyo ntwaro yo kugagaza Bwana Brooks yari yambuye umwe muri bo itica.

    Umunyamategeko Chris Stewart yagize ati: “Ntabwo ushobora kurasa umuntu keretse agutunze imbunda”.

    Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu, Bwana Brooks yateganyaga kujyana umwana we w’umukobwa wujuje imyaka umunani y’amavuko kwizihiza iyo sabukuru ye akina umukino wo kwinyereza ku rubura, nkuko abo banyamategeko b’umuryango we babivuga.

    Uku kubaye kurasa kwa 48 kurimo umupolisi uru rwego rw’iperereza ryo muri leta ya Georgia rukozeho iperereza kugeza ubu muri uyu mwaka, nkuko bitangazwa na televiziyo ABC News. Kurasa 15 muri uko kwavuyemo impfu.

    Ikinyamakuru The New York Times gitangaza ko hari abigaragambya bateraniye hanze ya ‘restaurant’ The Wendy’s ku wa gatanu. Abigaragambya bongeye gutera rwagati mu mujyi wa Atlanta ejo ku wa gatandatu. Amashusho yo mu myigaragambyo yerekana abigaragambya bafite ibyapa biriho izina rya Brooks ndetse n’ibirango byuko ubuzima bw’abirabura bufite agaciro.

    Abantu bo muri Atlanta bari basanzwe bari mu myigaragambyo yatewe n’urupfu rwa George Floyd.

    Bwana Floyd, wari ufite imyaka 46, yapfuye ku itariki ya 25 Gicurasi 2020 nyuma yaho umupolisi wo mu mujyi wa Minneapolis muri leta ya Minnesota amutsikamiye ku ijosi akoresheje ivi mu gihe cy’iminota irenga umunani. Uwo mupolisi yirukanwe ku kazi ndetse aregwa ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/usa-atlanta-undi-mwirabura-yongeye-kwicwa-arashwe-ukuriye-polisi-ahita-yegura/

  • Kenya’s pivotal role in the UN 2030 agenda for sustainable development and SGDs a Boon to the United

    Kenya is persuaded that global challenges are only surmountable if the world’s rules based multilateral system is deployed in a manner that attracts consensus not only in the appreciation of the challenges, but also in the evolution of practical response strategies.

    The 10-point Agenda that Kenya promises to champion in the Security Council is largely premised on the SDGs. The process leading to the adoption of the SDG’s was multilateral diplomacy at its best demonstrated by building of bridges between diametrically opposing opinions resulting in some of the most profound commitments ever by Member States in the history of the United Nations. Kenya was at the very centre of this process.

    In 2013-2014, the world entrusted Kenya and Hungary with co-facilitation of the international negotiation process that created the global sustainable development goals (SDGs).

    The mandate was clear but the task was not easy. Collecting and collating ideas from all stakeholders and refining them into simple consumable thoughts was just one part. Moderating the concepts and diverse schools of thought and building consensus around them was another critical part.

    Most importantly was to provide sound leadership to guide the parties navigate the complex terrain of positions held by different countries and groupings.

    The end of the SDGs formation ushered in deliberations on the Post 2015 development Agenda in September, 2014. Because of its impressive leadership in the SDGs process, Kenya was again appointed by the President of the 71st session of UN General Assembly to co- facilitate the 2030 UN Agenda design process together with Ireland. The process successfully culminated in the adoption of the 2030 UN Agenda for sustainable development at a summit in New York in September, 2015.

    Subsequently, and as a follow up, Kenya has, and continues to work on global multilateral projects, such as the Sustainable Blue Economy Conference with Japan and Canada, and many others on various issues of interest and concern, ranging from climate change, among others, to the International Conference on Population 2 Development (ICPD), co-hosted in November 2019 with UNFPA and Denmark. These milestones are a seminal legacy of Kenya’s great multilateralism spirit.

    Kenya’s skills in multilateral diplomacy, as demonstrated in the SDG process, SBEC and others, will be exemplified in the Security Council in at least three ways:

    First, Kenya will bring on board consensus building capabilities, more so within the context of unprecedented challenges occasioned by the global COVID-19 pandemic and other existential threats.

    Second, the Council will benefit from Kenya’s objectivity and trustworthiness which is necessary particularly in helping countries in conflict to arrive at common understanding of various issues.

    Third, Kenya’s consistency will bring in an element of certainty particularly on any Kenya-led agenda. These three qualities are crucial for building peace and security in our world. Kenya’s leadership in multilateral diplomacy has stood out even during these extraordinary times of global COVID-19 pandemic.

    For instance, President Uhuru Kenyatta, who is the current chair of the Organization of African, Caribbean and Pacific States and a member of the Bureau of African Union Heads of State and Government, has been engaging world leaders and institutions in proffering solutions for concerted response measures to the COVID-19 pandemic. He hosted the First Extra Ordinary Summit of the OACPS on 3rd June 2020 under the theme “Transcending the COVID-19 Pandemic:

    Building Resilience through Global Solidarity” whose focus was addressing current and post COVID-19 challenges. Additionally, Kenya has initiated many webinars and virtual meetings at technical and ministerial levels. The SDGs/2030 Agenda process is only one of many instances that show cases Kenya’s leadership in multilateral diplomacy.

    The country has demonstrated thought and practical leadership in many other areas which will be useful in the pursuit of the 10 point agenda once in the Council. As a proven team player and stickler of a rules based multilateralism as well as its rich experience, Kenya is a safe pair of hands and stands ready to deliver on its promise as a non-permanent member of the United Nations Security Council. Kenya is ready to serve.

    Amb. Macharia Kamau
    CBS Principal Secretary, Ministry of Foreign Affairs

    Amb. Macharia Kamau CBS Principal Secretary, Ministry of Foreign Affairs

    Amb. Macharia Kamau

    source https://en.igihe.com/news/article/kenya-s-pivotal-role-in-the-un-2030-agenda-for-sustainable-development-and-sgds

  • Perezida Kagame yategetse ko amabendera y’u Rwanda yururutswa bakunamira Nkurunziza

    Birakorwa uhereye none tariki 13 Kamena 2020 kugeza igihe Pierre Nkurunziza azashyingurirwa. Itariki Perezida Nkurunziza azashyingurirwaho ntabwo iratangazwa.

    Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta nawe yaraye atangaje atangaje ko guhera uyu munsi tariki 13 Kamena 2020 amabendera yose ya Kenya, iry’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’amabendera ya Kenya ari muri za Ambasade zayo yururutswa mu rwego rwo kunamira Perezida Nkurunziza.

    Perezida Kagame yagize ati “Dukomeze kwifatanya n’Abarundi bose, n’umuryango wa Nyakwigendera muri ibi bihe bitoroshye”.

    Perezida Nkurunziza yapfuye tariki 9 Kamena 2020. Guverinoma y’ u Burundi itangaza ko yazize indwara y’umutima.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/Perezida-Kagame-yategetse-ko-amabendera-y-u-Rwanda-yururutswa-bakunamira-Nkurunziza

  • Musanze: Gitifu w’Umurenge wa Cyuve n’abo bareganwa bongeye gutabwa muri yombi

    Aba bagabo bari bamaze iminsi muri gereza bashinjwa gukubita no gukomeretsa, bongeye gutabwa muri yombi aho kuri ubu noneho bakekwaho ruswa no gushaka gutoroka ubutabera.

    Sebashotsi Gasasira Jean Paul, wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabeza, Tuyisabimana Jean Leonidas, aba Dasso babiri ari bo Nsabimana Anaclet na Abiyingoma Sylvain, bari baratawe muri yombi ku itariki 14 Gicurasi 2020 nyuma y’imvururu bagaragayemo ku itariki 13 Gicurasi 2020.

    Gusa ku wa 10 Kamena Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwabarekuye by’agateganyo nyuma y’ubujurire bwabo kuko mbere bari bakatiwe gufungwa by’agateganyo bakajya baburana bari muri gereza.

    Kuri uyu wa 11 Kamena 2020, RIB yongeye gutangaza ko bafunzwe aho noneho bakekwaho icyaha cya ruswa no gushaka gutoroka ubutabera.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Musanze-Gitifu-w-Umurenge-wa-Cyuve-n-abo-bareganwa-bongeye-gutabwa-muri-yombi

  • Abasirikare n’Abapolisi bakuru muri Zimbabwe kati“ Nta guhirika ubutegetsi kwabaye”

    Abategetsi bakomeye mu nzego z’umutekano mu Gihugu cya Zimbabwe babeshyuje ibyo bita ibihuha bivuga ko hari abashatse guhirika ubutegetsi buriho. Ni inyuma y’imyaka ibiri Robert Mugabe akuwe ku butegetsi n’agatsiko gashyigikiwe n’abasirikare. Abakekwa ngo bagamije kwanduza ishusho ya Perezida, bakaba bagiye guhigwa ndetse bakirukanwa.

    Akanama kadasanzwe k’umutekano kagizwe n’abakuru b’abasirikare n’abapolisi gashinja abanyepolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho, abahoze mu ishyaka rya Zanu-PF gukwirakwiza ayo makuru y’ibinyoma.

    Uretse aba bahoze mu ishyaka rya Robert Mugabe bashinjwa gukwiza ibinyoma, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru rivuga ko mu batugwa intoki mu gutiza umurindi ibi binyoma harimo n’itangazamakuru, abadipolomate b’abanyabulayi, hamwe n’abayoboye amadini n’amatorero.

    Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa.

    Abagize aka kanama k’umutekano, bavuga ko ibyo bihuha ari uburyo bwo kwanduza ishusho ya perezida, no kubiba ubwoba mu gihugu. Karatangaza ko ko Leta igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abo yise abanzi ba Demokarasi bashyirwe ahagaragara kandi bahagarikwe

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abasirikare-nabapolisi-bakuru-muri-zimbabwe-kati-nta-guhirika-ubutegetsi-kwabaye/

  • Dosiye ya Minisitiri Evode Uwizeyimana yarashyinguwe, iya Munyakazi ikomeje gukorwaho iperereza

    Ibi byatangajwe n’umuvugizi w’ ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, Nkusi Faustin aho yavuze ko Evode n’umugore yakubitiye mu ruhame biyunze.

    Nkusi yatangarije Royal Fm dukesha iyo nkuru ko hakurikijwe amategeko impande zombi zahisemo kumvikana kandi nta ntambwe n’imwe yirengagijwe mu byo itegeko riteganya.

    Agira ati “Dosiye twayifatiye icyemezo byararangiye. Impande zombi nk’uko biteganywa n’ingingo ya 24 y’itegeko imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha….Evode n’uwari bahohotewe bahisemo kumvikana… ibyo byarakozwe bamaze kumvikana…..bimaze gukorwa nta kindi twari gukora uretse ko twafashe icyemezo cyo kuba tuyishyinguye kuko ibyo ng’ibyo byubahirijwe.”
    Evode Uwizeyimana yeguye ku mwanya w’ Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko mu kwa kabiri uyu mwaka, nyuma y’iminsi itatu avuzweho guhohotera umugore wari mu kazi ko gusaka abinjira mu nyubako ya Grande Pension Plaza mu mujyi wa Kigali.
    Ku bijyanye na dosiye ya Dr Isaac Munyakazi wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Nkusi avuga ko igikurikiranwa, bakaba bakomeje iperereza ryabo.
    Dr Munyakazi ashinjwa kuba yarakiriye ruswa y’ibihumbi 500, agakura ishuri mu mwanya yo hejuru ya 100, akarishyira mu mashuri mu mashuri 10 ya mbere mu gihugu.
    Ishuri Petit Seminaire Saint Jean Paul II rifite gihamya ko ryariganyijwe rikurwa mu bigo 10 bya mbere mu Rwanda, ariko ishuri ryakuwe mu bigo byo hejuru ya 100 kigashyirwa mu 10 bya mbere ntabwo kiramenyekana.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Dosiye-ya-Minisitiri-Evode-Uwizeyimana-yarapfundikiwe-iya-Munyakazi-ikomeje-gukorwaho-iperereza

  • Umuvugizi Wungirije wa ADEPR yasabiwe gufungwa imyaka irindwi #RwOT

    Umuvugizi Wungirije wa ADEPR yasabiwe gufungwa imyaka irindwi
    Rev. Karangwa yatawe muri yombi mu mpera z’Ukwakira 2019, akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano zirimo imyamyabumenyi ebyiri; iyo muri Uganda na Philippines, mu gihe yiyamamarizaga kuyobora ADEPR.
    Mu Ugushyingo 2019, nibwo yakatiwe gufungwa by’agateganyo ahita ajyanwa muri gereza ya Nyarugenge iri I Mageragere, bivuze ko agomba kuburana afunzwe.
    Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kamena 2020, nibwo yitabye Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, aburanishwa muri uru rubanza aregwamo n’Ubushinjacyaha.
    Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Karangwa akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, igihe yiyamamarizaga umwanya w’umuvugizi wungirije muri ADEPR, kuko byasabaga ko uwiyamamariza uwo mwanya agomba kuba afite impamyabumenyi (Bachelor’s).
    Icyo gihe yatanze impamyabumenyi yo muri Philippines n’iyo muri Uganda, biza kumenyekana ko ari impimbano atigeze ahiga.
    Urukiko rwasabye ubushinjacyaha ibimenyetso nabwo bugaragaza inyandiko zanditswe n’urwego rubifitiye ububasha ari rwo Inama Nkuru y’amashuri makuru na za Kaminuza (HEC), aho yagaragaje ko ishingiye ku bisubizo byavuye mu kigo cya Uganda gishinzwe uburezi cyahakanye ko iryo shuri ntariba muri Uganda.
    Ubushinjacyaha bwagaragaje ko igisubizo cyavuye muri Philippines Association of Colleges and Universities Commission, nacyo cyaje gihakana ko ishuri Karangwa John, avuga ko yizeho rya Farcorners International Theological Seminary, ritaba mu mashuri yo mu gihugu cya Philippines.
    Karangwa ahakana ibyo aregwa akavuga ko yahize akagaragaza ibimenyetso birimo urutonde n’ifoto ahabwa impamyabumenyi (graduation) yakuye kuri Google.
    Ubushinjacyaha buvuga ko ibyo bimenyetso bitakwemerwa kuko nta rwego rubifitiye ububasha bwabitanze.
    Nyuma yo kwiregura kwa Karangwa John, ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.
    Urukiko ruvuga ko rugiye gusuzuma ibimenyetso rukazasoma urubanza tariki ya 30 Kamena 2020 saa cyenda.
    Source : Ukwezi.com