Tag: featured
-
Imibereho y’abana bafite ubumuga mu gihe hizihizwa Umunsi w’umwana w’Umunyafurika
Abaharanira uburenganzira bw’abana bafite ubumuga, barashima ko hari byinshi byakozwe mu kwita kuri abo bana ariko kimwe n’ababyeyi b’abo bana, bavuga ko hari ibigikeneye kunozwa. -
Insengero zahawe icyizere cyo gukomorerwa mu minsi 15 iri imbere
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2020, yahaye icyizere insengero cyo kongera gufungura mu minsi 15 iri imbere, nyuma y’amezi atatu zidasengerwamo kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. -
Kicukiro: Yafashwe yaka ruswa umuturage amwizeza ko ubuyobozi butazamusenyera inzu
Ku mugoroba wa tariki ya 15 Kamena nibwo Polisi y’u Rwanda yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 37 yakira ruswa y’ibihumbi 20 Frw, nyuma yo gushuka umuturage ko azamuvuganira ntibamusenyere inzu. -
Bayern Munich yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Budage ku nshuro ya munani yikurikiranya
Igitego cyatsinzwe na rutahizamu Robert Lendawoski, cyafashije Bayern Munich gutsinda Werder Bremen 1-0, yegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Budage ‘Bundesliga’ ku nshuro ya munani yikurikiranya. -
Leta igiye guha akazi abarimu bashya barenga 7200

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB) cyatangaje ko kigiye guha akazi abarimu bazigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye, aba bakazatangirana n’umwaka w’amashuri biteganyijwe ko uzatangira muri Nzeri 2020. -
Coronavirus: Ibikorwa by’ubukerarugendo no gushyingirwa mu nsengero byakomorewe
Inama y’Abaminisitiri yafashe ingamba zinyuranye zigamije gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus zirimo ko ibikorwa by’ubukerarugendo bisubukurwa ndetse imihango yo gushyingirwa mu nsengero ikaba yemewe ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30. -
UNICEF yashimye imbaraga u Rwanda rwashyize mu kubahiriza uburenganzira bw’abana
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) mu Rwanda, Julianna Lindsey, yanyuzwe n’intambwe u Rwanda rwateye mu guharanira uburenganzira bw’abana kuri serivisi zirimo iz’ubuvuzi n’uburezi. -
Coronavirus: Ibikorwa by’ubukerarugendo no gushyingirwa mu nsengero byakomorewe
Inama y’Abaminisitiri yafashe ingamba zinyuranye zigamije gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus zirimo ko ibikorwa by’ubukerarugendo bisubukurwa ndetse imihango yo gushyingirwa mu nsengero ikaba yemewe ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30. -
Abacuruzi bo muri Uganda mu gihombo n’igihirahiro: Museveni yasabwe gukemura ibibazo afitanye n’abaturanyi #RwOT
Abacuruzi n’abaturage bo mu turere twa Kabale na Isingiro mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda, batakaje icyizere cy’uko ubucuruzi bwabo buzongera kuzahuka, bitewe n’ingaruka za gahunda y’inzego z’umutekano z’icyo gihugu yo guta muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko, gufungira ahatazwi ndetse no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda. -
Nyanza: Gitifu w’Umurenge wa Ntyazo waherukaga gufungirwa inyandiko mpimbano yirukanwe
Umuyobozi bw’Akarere ka Nyanza kuri uyu wa 15 Kamena 2020, bwemeje ko bwasezereye mu mirimo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntyazo waherukaga gufatwa, agafungwa ashinjwa inyandiko mpimbano no kunyereza umutungo.
Nsengiyumva Alfred, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntyazo ho mu Karere ka Nyanza niwe wirukanwe mu kazi k’ubugitifu bw’Umurenge. Yari yatawe muri yombi n’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB kuwa 26 Gicurasi 2020.
Ntazinda Erasme, Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, yahamirije umunyamakuru wa intyoza.com iby’aya makuru, avuga ko uyu Nsengiyumva Alfred yamaze gusezererwa ku mwanya w’Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bw’Umurenge wa Ntyazo. Yagize ati“ Nibyo yasezerewe mu kazi kubera amakosa yakoze”.
Soma hano inkuru yabanje, ivuga ku ifatwa n’ifungwa ry’uyu Gitifu wirukanwe: Nyanza: Gitifu w’Umurenge na Adimini bakurikiranweho inyandiko mpimbano no kunyereza umutungo wa Leta
Nshimiyimana Theogene / intyoza.com