Tag: featured

  • Perezida Kagame yavuze ibigwi by’impirimbanyi John Lewis, yihanganisha umuryango we #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yunamiye impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, John Lewis witabye Imana kuri uyu wa Gatanu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
  • Ntabwo ingabo z’u Rwanda zagiye muri Congo kwica Abanyarwanda, zagiyeyo kubacyura- Gen Kabarebe #rwanda #RwOT

    Umujyanama wa Perezida Kagame mu bijyanye n’umutekano Gen James Kabarebe, yavuze ko ingabo z’u Rwanda zitagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwica impunzi nk’uko abashaka kugoreka amateka babivuga, ko ahubwo zari zigiye kuzicyura kugira ngo zize gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
  • Ahantu 10 hihariye mu Rwanda buri muntu akwiye gusura (Amafoto) #rwanda #RwOT

    U Rwanda ni igihugu gitatse ibyiza, gifite uruhererekane rw’imisozi mito n’imiremire, ku buryo uwayitegereje ariko ntabashe kuyibara, yavuze ko u Rwanda ari igihugu cy’imisozi igihumbi.
  • Perezida Trump yisubiyeho ku cyemezo yari yarafashe cyari kugira ingaruka ku Banyarwanda benshi. #rwanda #RwOT

    By KASUKU MEDIA


    President Trump and Ivanka criticised over Goya support - BBC News

    Inkuru twaherukaga kubagezaho yavugaga ko Abanyarwanda biga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batazineza icyo bagomba gukora, nyuma y’aho iki gihugu gitangarije ko abanyeshuri b’abanyamahanga biga muri kaminuza zahisemo gukoresha iyakure muri ibi bihe bya Covid-19, bagomba gusubira mu bihugu byabo.
    Ku wa 6 Nyakanga, nibwo ibiro bya ya USA bishinzwe abinjira n’abasohoka, ICE byatangaje ko nta munyeshuri w’umunyamahanga uzemererwa kuguma muri iki gihugu, nyuma y’impeshyi mu gihe kaminuza zabo zaba zarahisemo gutanga amasomo hifashishijwe iyakure, cyeretse gusa igihe baba bimukiye muri kaminuza zizakomeza gutanga amasomo uko bikwiye
    ICE yavuze ko utazashaka kubahiriza iki cyemezo azaba ari kwishyira mu kaga ko gusubizwa mu rugo hakoreshejwe imbaraga (Deportation)
    Nyuma y’iki cyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamwe mu banyeshuri b’abanyamahanga barimo n’abanyarwanda bari baraheze mu rujijo bitewe n’uko ibigo byabo bitarababwira niba bazakomeza kwiga bakoresheje iyakure cyangwa niba bizakomeza uko byari bisanzwe.
    Kaminuza nyinshi zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo iya Harvard, Princeton na Rutgers zatangaje ko mu gihe zizaba zongeye gutanga amasomo hazifashishwa iyakure kugeza igihe icyorezo cya Covid-19 kizaba cyamaze kugabanya ubukana muri iki gihugu.
    Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwaretse gahunda yo gusubiza mu bihugu byabo abanyeshuri b’abanyamahanga biga muri kaminuza ubu zimuriye amasomo yose kuri internet mu kwirinda coronavirus.
    Uku kwisubiraho kubaye hashize icyumweru iyo gahunda itangajwe.
    Kaminuza za Massachusetts Institute of Technology (MIT) na Harvard zari zareze leta mu nkiko kubera iyo gahunda.
    Allison Burroughs, umucamanza mu karere ka Massachussetts, avuga ko impande zombi ubu zumvikanye.
    Ubwo bwumvikane busubijeho gahunda yashyizwe mu bikorwa mu kwezi kwa gatatu, muri iki gihe cy’icyorezo cya coronavirus.
    Iyo gahunda yemerera abanyeshuri b’abanyamahanga kwitabira amasomo mu buryo bw’iyakure bwo kuri internet mu gihe bibaye ngombwa.
    Ibemerera kandi kuguma muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko ku ruhushya (visa) rwa kinyeshuri, nkuko ikinyamakuru The New York Times kibitangaza.
    Umubare munini w’abanyeshuri b’abanyamahanga bajya kwiga muri Amerika buri mwaka kandi bagira uruhare rukomeye mu mikoro ya za kaminuza.
    Mu bihe bya vuba bishize, Kaminuza ya Harvard yatangaje ko kubera impungenge itewe n’ikwirakwira rya coronavirus, umwaka w’amashuri ugiye gutangira amasomo azakomeza gutangirwa kuri internet.
    Kaminuza ya MIT, cyo kimwe n’izindi nyinshi, nayo yatangaje ko izakomeza gukoresha gahunda yo kwigishiriza kuri internet
    Tubibutse ko ICE yavuze ko nta munyeshuri wagombaga gutangira amasomo muri Kaminuza zahinduye imyigishirize zikayoboka iyakure uzahabwa Visa.
    Imibare ya Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yerekana ko mu mwaka wa 2018-2019 muri iki gihugu higaga abanyeshuri b’Abanyarwanda barenga 1200.
  • Etincelles izakoresha miliyoni 175 Frw kugira ngo isoreze mu makipe ane ya mbere #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles bwemeje ko buzakoresha ingengo y’imari ya miliyoni 175 Frw mu mwaka w’imikino wa 2020/21 kugira ngo izabashe kuza mu makipe ane ya mbere.
  • Ngoga Emile uba muri Amerika yasohoye indirimbo “Ndemeye” ikebura ababaswe n’ingeso mbi #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ngoga Emile yinjiye mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana, ahita asohora iya mbere yise ‘Ndemeye’ igaruka ku buzima bw’ababaswe n’ingeso mbi.
  • Ghana: Dr Twagirayezu wishwe na Coronavirus, yari yarahamijwe ibyaha bya Jenoside #rwanda #RwOT

    Ibitaro byo muri Ghana bya Greater Accra Regional Hospital [Ridge Hospital] byakuyeho urujijo ku ibura ry’umurambo wa Dr Twagirayezu Emmanuel bivugwa ko yishwe na Coronavirus, akaba yari yaranahamijwe ibyaha bya Jenoside.
  • Konti za twitter z’abantu bakomeye barimo Obama, Bill Gates, Joe Biden n’abandi zinjiriwe #rwanda #RwOT

    Urubuga nkoranyambaga rwa Twitter rwinjiriwe n’umuntu wigaruriye mu gihe gito konti z’abantu bakomeye barimo Joe Biden, Barack Obama, Elon Musk, Bill Gates, Jeff Bezos n’abandi.
  • Nyagatare: Bane bafatiwe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga, yakoze igikorwa cyo gufata abantu bari mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Babiri bafatanwe ibiro bine by’urumogi abandi babiri bari bamaze iminsi bashakishwa kubera kwinjiza mu gihugu ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
  • Iby’ingenzi byashingiweho mu gutesha agaciro ibirego bya Bruguière ku bayobozi b’u Rwanda #rwanda #RwOT

    Ku wa 3 Nyakanga nibwo Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa rwanzuye ko nta bimenyetso byagaragaye ku byo bamwe mu bayobozi bakuru b’u Rwanda bashinjwaga n’umucamanza Jean-Louis Bruguière, ku ruhare rwabo mu ihanurwa ry’indege yari itwaye Juvénal Habyarimana muri Mata 1994.