Tag: featured

  • Bahangayikishijwe no kuba hari ibirangamateka by’Umujyi wa Butare birimo gukendera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzu zahoze zituwemo n
    Inzu zahoze zituwemo n’aba évolués ziri mu marembera, iyi ni imwe muri eshatu zari zisigaye

    Mu birangamateka bibahangayikishije harimo inzu zaturwagamo n’aba ‘évolués’ mu gihe cya gikoroni, ni ukuvuga abantu bari barize mu ishuri ry’abasisita (assistants) ari ryo GSOB (Groupe Scolaire Officiel de Butare).

    Izo nzu zari nyinshi ahitwa i Ngoma, muri zo hakabamo n’iyigeze guturwamo na Kigeli Ndahindurwa.

    Zagiye zisenywa n’abaziguze na Leta bakahubaka izindi zijyanye n’igihe tugezemo, ku buryo hasigaye ebyiri zonyine. Na zo imwe ubu iri ku isoko, indi na yo abayituyemo bafite gahunda yo kuyisenya bakubaka indi ijyanye n’igihe.

    Hirya y’aba évolués hari karitsiye yitwaga Ibereshi (Quartier belge), urebye yari ituwemo n’abari abakozi bo mu ngo b’abakoroni, hanyuma hagakurikiraho aho bitaga mu Giswayire hari hatuwe n’abayisiramu.

    Aho mu Giswayire na ho mu byaharangaga bigihari harimo umusigiti wa mbere wahubatswe, bigaragara ko ushaje, n’inzu ebyiri harimo imwe y’umuntu wari ukomeye muri aka gace, ishakaje ibice by’ingunguru.

    Ugarutse mu mujyi rwagati, hari Hotels ebyiri z’ingenzi ari zo Ibis na Faucon. Kuri ubu Ibis yamaze kuvurururwa ntikimeze nka mbere yanahinduriwe izina, icyakora Hotel Faucon yo yemerewe kuzagumana isura yahoranye.

    Hakurya ya Hotel Faucon hari inzu itagikorerwamo iri kugenda isaza, mu bihe byashize yari ‘Librerie Universitaire’. Abakurikirana amateka bavuga ko yigeze kuba ibiro bya Burugumesitiri wa Mukura.

    Inzu z’ubucuruzi z’ahitwa mu Cyarabu na zo urebye zarasenywe, kugira ngo hubakwe inshyashya za etaje, icyakora hari nkeya cyane zihasigaye.

    Inzu zaturwagamo n
    Inzu zaturwagamo n’ab évolués mu gihe cy’abakoroni. Iyo hagati yatuwemo na Kigeli Ndahindurwa, kandi hamwe n’iyo hino ubu zasimbujwe izijyanye n’igihe, iyo hepfo na yo yamaze gusamburwa

    Abatishimiye kuba ibi birangamateka bigenda bikendera usanga bifuza ko ibisigaye byabungabungwa, kugira ngo umunsi ubukerarugendo bushingiye ku muco bwateye imbere i Huye, ntihazabure burundu ibirangamateka byerekanwa.

    Uwitwa Nowa Niyonizeye agira ati “Nk’amazu asigaye i Ngoma hakarebwe uko abungabungwa akaba ikimenyetso kigaragara ba mukerarugendo bazajya berekwa, ku buryo wababwira uti aha hahoze hatuye umuntu runaka, atari ukumwereka etaje n’igishushanyo cy’uko hari hameze. Kuko icyo gihe ntaho byaba bitandukaniye no gusoma ibitabo.”

    Cécile Kamaliza na we ati “Byoroha cyane iyo urimo gusobanurira mukerarugendo arimo areba ikintu, kuruta kukimusobanurira mu magambo, nyamara byarashobokaga ko n’icyo kimenyetso ugisigasira, ukamusobanurira icyo areba.”

    Jérôme Kajuga uyobora ishami ry’umuco n’ubumenyi bw’imibereho n’imibanire y’abantu muri Komisiyo y’igihugu ikorana na UNESCO, avuga ko bumwe mu buryo bwo kubungabunga inzu nk’iz’i Ngoma zatuyemo aba évolués ubu ziri mu marembera, ari uko abakizifite bazirikana agaciro kazo mu bukerarugendo, ubwabo bakazibungabunga.

    Agira ati “Kongera kuzigurira Leta ngo izisubirane ntibishoboka, kuko icyemezo cyarafashwe. Ariko byibura uwayiguze yumve agaciro kayo. Kuko kuyisenya akubaka indi wenda iriho amabati, ntibiyiha agaciro karusha kuba abitse uwo murage. Ushobora gusanga anayigize ikodeshwa yahenda kurusha hoteli.”

    Yungamo ati “Ntabwo turatangira kumva agaciro k’umurage, ariko njyewe uyimpaye sinayigurana inzu y’ibirahure.”

    Ku bijyanye n’icyo amategeko ateganya mu kurinda ikendera ry’ibirangamateka, Jérôme Karangwa, Umuyobozi w’ingoro y’umurage w’umuco n’imibereho by’Abanyarwanda y’i Huye, avuga ko itegeko ririnda ibimenyetso ndangamurage bifatika ryasohotse muri 2016.

    Umusigiti wa mbere w
    Umusigiti wa mbere w’Abayisilamu uri ahitwa mu Giswayire i Ngoma

    Ngo risaba uturere kuvuga ahari ibyo bimenyetso kugira ngo bibungabungwe, birindwe, bibe ibimenyetso by’igihugu, rikanasaba ko habaho amateka abiri ya Minisitiri: iryerekana urutonde rw’ibyo bimenyetso ndangamurage n’irigena uko bikorerwaho ibikorwa by’ubucuruzi binabungabungwa.

    Icyakora, kugeza ubu ayo mateka yombi ntarasohoka.


    source : https://ift.tt/3bqhP6v

  • Kayonza: Umuturage yateye icyuma mugenzi we bapfa 1000 Frw – #rwanda #RwOT

    Byabaye kuri uyu wa Gatandatu mu Mudugudu wa Kabarungu, mu Kagari ka Rubimba mu Murenge wa Kabare.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Karuranga Léon yabwiye IGIHE ko aba basore bateranye ibyuma nyuma yo gushyamirana bapfa 1000 Frw.

    Yagize ati “Ni abasore babiri umwe yari sebuja w’undi, bari biriwe bakorana umwe afasha mugenzi we kumusunikira ku igare kuko acuruza ibitoki. Nabagezeho amaze kumutera icyuma bambwira ko yari yamusigayemo amafaranga 1000 amubwira ko azayamuhe ejo.”

    “Bamaze kunywa inzonga undi yumva ko agomba kuyamwishyura, agenda amugenda inyuma, bageze hafi y’aho bataha umwe ajya mu rugo azana icyuma akimutera mu mutwe kuburyo yakomeretse bikomeye.”

    Gitifu yakomeje avuga ko abaturage bahise batabara bafata wa musore wateye icyuma mugenzi we, umwe bamujyana kwa muganga undi bamushyikiriza Polisi sitasiyo ya Ndego.

    Yakomeje avuga kuri ubu umusore watewe icyuma mu mutwe yagejejwe ku kigo nderabuzima cya Cyarubare akitabwaho.

    Yavuze ko bagiye kurushaho kwegera urubyiruko kuko urugomo n’amakimbirane ariho biri kugaragara cyane.

    Ati “Aho bisigaye cyane ni mu rubyiruko rukunze gukoresha ibiyobyabwenge , mu bantu bakuru ho biri gucika bisigaye mu rubyiruko narwo turateganya kurwegera tukarukoramo ubukangurambaga bakirinda ibyaha.”

    Mu ntangiriro z’iki cyumweru nabwo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Nyamirama mu Kagari ka Gikaya hari hagaragaye abaturage babiri bateranye ibyuma bapfa 200 Frw.

    Uru rugomo rwabereye mu murenge wa Kabare mu karere ka Kayonza

    source : https://ift.tt/3BukNS3

  • Yagobotse ahakenewe; uko ibikoresho bya Made in Rwanda byacogoje ingaruka za COVID-19 ku gihugu – #rwanda #RwOT

    Na mbere y’uko bitangazwa ko hari Umuhinde ukorera rimwe mu mashami ya Loni winjiranye COVID-19 mu gihugu avuye mu Mujyi wa Mumbai, hari ingamba zari zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

    Abaturarwanda basabwaga kwitwararika ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda arimo gukaraba neza intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa umuti wabugenewe ‘hand sanitizer’ no guhana intera.

    Icyo gihe ab’inkwakuzi batangiye gukora ‘hand sanitizers’ mu gufasha abaturarwanda kwirinda kwanduzanya, cyane ko iki cyorezo nta makuru menshi yari agifitweho.

    Tariki ya 16 Werurwe 2020, Uwineza Nelly Aline, ni bwo yatangiye gukora ‘hand sanitizers’ abinyujije mu Kigo yashinze Tropical Brewery and Winery.

    Uyu mukobwa yakoze umuti usukura intoki w’umwimerere ‘Tropical hand sanitizer’ ndetse yawugejeje ku isoko ry’u Rwanda kuva icyo gihe.

    Yabwiye IGIHE ko nyuma yo kubona ko Isi yugarijwe na COVID-19, yatekereje icyo yakora mu guhangana nayo cyane ko hand sanitizers zaburaga ku masoko y’imbere mu gihugu, ahasigaye ziva ari mu mahanga.

    Yagize ati “Mbona hari icyo gukora hand sanitizers byafashije. Hari abasanzwe bakora ibikoresho bifashishije ibinyabutabire bitandukanye ariko natwe dukoresha ibimera n’ibihingwa bitandukanye twafatanyije muri urwo rugendo.’’

    Uwineza yavuze ko we na bagenzi be binjiye mu gukora ibikoresho byifashishijwe mu guhangana na COVID-19, batanze umusanzu wabo binyuze muri Made in Rwanda.

    Ati “Byarafashije cyane kuko iyo tutabigiramo uruhare ngo tugire icyo dukora byari kugorana kujya kubikura hanze ngo haboneke ibihagije u Rwanda rwose.’’

    ‘Tropical hand sanitizer’ kuri ubu ifite ubushobozi bwo gukora litiro 1000 za hand sanitizers ku munsi bigendanye n’ubusabe yakiriye. Nibura muri iyi sosiyete hakorerwa hand sanitizers ingana na 30% y’iyinjira mu gihugu.

    Uwineza avuga ko batanga sanitizers mu bigo by’amashuri n’ibindi bifite abakozi benshi ndetse hari n’izoherezwa mu bihugu byo hanze.

    Ati “Hari icyizere ko tuzakomeza gukora hand sanitizers kuko gukaraba byabaye umuco; umuti ni antivirus, hari izindi ndwara ziterwa na virus zitandukanye. Nturinda COVID-19 gusa ahubwo hari izindi virusi zituruka ku myanda y’intoki urinda.’’

    Uwineza Nelly Aline yagejeje ku isoko ‘hand sanitizer’ yakoze mu guhangana na COVID-19 yibasiye Isi

    -  Udupfukamunwa natwo twaje guhabwa intebe

    Muri Mata 2020 ni bwo Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yatangaje ko Abanyarwanda bose bagomba gutangira kwambara udupfukamunwa, nk’uburyo bubafasha kurushaho kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Byatangajwe mu gihe mbere, abakozi bo kwa muganga bita ku wanduye n’abafite ibimenyetso bya COVID-19 aribo bategekwaga kwambara udupfukamunwa gusa.

    Ku ikubitiro, ibigo n’inganda 21 byahawe isoko ryo gukora udupfukamunwa tugenewe Abanyarwanda bose dushobora kumeswa inshuro zirenze imwe.

    Mu byumweru bibiri bya mbere inganda 21 [zaje kwiyongera zikagera kuri 76] zitangiye kudukora hari hakozwe miliyoni 3,5 ariko zifite intego yo kugeza kuri miliyoni 12 mu kwezi.

    Usibye abakora udupfukamunwa two mu myenda, iri soko ryinjiweho n’abakora utwo kwa muganga ndetse muri Kamena 2020 Uruganda rwa Pharmalab rwinjira muri uwo murongo wo gushaka ibisubizo rubihangiye mu Rwanda.

    Umuyobozi wa Pharmalab, Rugwizangoga Cyriaque, yabwiye IGIHE ko nyuma y’umwaka urenga bagikora kandi bahagaze neza.

    Yagize ati “Dukora ku kigero cya 70%, nibura ku kwezi dushobora gukora udupfukamunwa miliyoni eshatu. Kugeza ubu isoko rya Leta n’ibitaro nitwe turifite.’’

    Yavuze ko bakibangamirwa n’ibiciro by’udupfukamunwa tuva hanze muri Kenya n’u Bushinwa kuko ibiciro byatwo biba biri hasi.

    Yagize ati “Kugeza uyu munsi haracyari ubusabe ariko hari izikiza z’Abashinwa, udupfukamunwa tuza ntabwo tutubuza gukora.’’

    Yavuze ko bifuza ko “ubuziranenge bw’udupfukamunwa twinjira mu gihugu bwapimwa, RFDA yasanga tutujuje ubuziranenge igafata ingamba. Bikozwe twacuruza neza.’’

    Uruganda rwa Pharmalab rukorera muri Kigali Special Economic Zone mu Murenge wa Ndera wo mu Karere ka Gasabo, rukora udupfukamunwa miliyoni 2,2 cyangwa na 2,3 ku kwezi mu gihe utangira rwakoraga udupfukamunwa ibihumbi 140 ku munsi.

    Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, ushinzwe Gahunda ya Made in Rwanda, Muhire Louis Antoine, yabwiye IGIHE ko ibikorerwa imbere mu gihugu byafashije mu guhangana n’ingaruka za COVID-19.

    Yagize ati “Urebye ntihari inganda nyinshi zabikoraga, inyinshi hand sanitizers twazivanaga hanze kandi ari produits zishobora kuva mu byo dufite. Hari inganda zahise zitangira kuzikora.’’

    “Ruriya ruganda rukora udupfukamunwa two kwa muganga, batangiye no kutwohereza mu Karere. Mu byo bakora ni ibindi bongeyeho. Mu bakora amasabune ni ko byagenze, abakoraga isabune z’ubwoko bumwe batangiye gukora n’ubundi.’’

    Yasobanuye ko nubwo hari intambwe inganda zateye, hatabaho kwirengagiza ko hari izafunzwe, izindi zikagabanya umubare w’abakozi.

    Yakomeje ati “Izo nganda zatumye tugira icyizere kirushijeho kuko mbere Made in Rwanda yari izwi nk’ibitenge cyangwa imyenda isanzwe ariko ubu abantu bazi ko dushobora gukora alcool n’ibindi bintu. Byatumye u Rwanda rumenyekana nk’igihugu gisigaye gifite inganda zikomeye.’’

    Nubwo nta mibare ifatika ihari yerekana ingano y’amafaranga u Rwanda rwashoboraga gutanga rutumiza udupfukamunwa na hand sanitizers hanze, nta wakwirengagiza ko ibyakorewe mu gihugu hari icyo byafashije.

    Made in Rwanda yatangiye ari ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu gukunda no gukoresha iby’iwabo. Politiki yayo yemejwe mu 2018 hagamijwe guteza igihugu imbere.

    Uwineza yatekereje gukora hand sanitizer ashaka gutanga umusanzu we mu gushaka ibisubizo bya rusange mu kurwanya COVID-19

    Tropical hand sanitizer yatangiye ifite ubushobozi bwo gukora nibura imiti ingana na litiro 200 ku munsi

    Uruganda Nyarwanda rwa Pharmalab rwatangiye gukora udupfukamunwa two kwa muganga dushobora no gukoreshwa n’abantu ku giti cyabo muri Kamena 2020. Hari mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo

    Umuyobozi wa Pharmalab, Rugwizangoga Cyriaque, yavuze ko ubu bafasha ibigo bya Leta n’ibitaro bitandukanye kubona udupfukamunwa

    Pharmalab yatangiye mu 2004. Nyuma y’imyaka 10 itumiza hanze ibikoresho byo kwa muganga, mu 2015 yatangiye gukora ibirimo amatibe atandukanye (Tube à prélèvement de sang sous vide) n’udukombe dufatirwamo ibizamini byo kwa muganga nk’umusarane n’inkari (Flacons de selles et flacon d’urines)

    Abafite inganda zikora udupfukamunwa tw’imyenda bahawe ibyangombwa by’ubuziranenge bibemerera kudukora mu kurwanya icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda

    source : https://ift.tt/3EufdkA

  • Uruhisho u Rwanda rujyanye i Glasgow aho Isi igiye gusasa inzobe ku iyangirika ry’ibidukikije – #rwanda #RwOT

    U Rwanda narwo ruzitabira iyi nama mpuzamahanga izamara iminsi 12, aho itsinda ryarwo rizaba riyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, mu gihe Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc, uri mu bagize ibiganiro bigamije gutuma ibihugu byose byemeranya ku gihe cya nyacyo bigomba kuba byageze ku ntego byihaye mu bijyanye no kugabanya umwuka wangiza ikirere, na we azitabira iyi nama.

    Muri iyi nama, ingingo eshatu nizo zizibandwaho cyane, zirimo gushyiraho igihe gihuriweho ibihugu byose bizaba byageze ku ntego byiyemeje yo kugabanya umwuka wangiza ikirere.

    Ubusanzwe, ibihugu nibyo byiha intego y’umwuka wangiza ikirere bizagabanya ndetse n’igihe bizakorerwa. U Rwanda rwiyemeje kugera ku ntego mu 2050, naho u Bushinwa bikaba mu 2060, mu gihe ibindi bihugu ari mu 2040 cyangwa se mbere na nyuma yaho.

    Icyo cyo kwemeranya igihe nikirangira, iyi nama izanagaruka ku kibazo kimaze iminsi kigarukwaho, aho usanga ibihugu bidatangaza amakuru y’ukuri ku ngano y’umwuka wangiza ikirere byagabanyije, rimwe bikavuga ko uwo byagabanyije ari mwinshi nyamara ari muke. Indi ngingo y’ingenzi ni ugushaka amafaranga azashorwa mu bikorwa birimo ishoramari rizatuma ibikorwa byo kugabanya umwuka wangiza ikirere rishoboka.

    Nk’urugero, u Rwanda rufite intego yo kuzagabanya umwuka wangiza ikirere ku kigero cya 38% kugera mu 2030, bivuze ko ruzakumira toni miliyoni 4,6 z’umwuka wa CO2 woherezwa mu kirere. Kugira ngo ibyo bigerweho, u Rwanda rugomba gukora ibikorwa birimo kugabanya imodoka zikoresha mazutu na lisansi, hakibandwa ku zikoresha amashanyarazi n’izindi ngufu zitangiza ikirere, ibyo bikajyana no gutera ibiti, gufasha abaturage kureka gukoresha inkwi mu guteka n’izindi ngamba zitandukanye. Ibyo byose bikeneye amafaranga.

    U Rwanda rusabwa iki?

    Kugira ngo ibyo byose bigerweho, u Rwanda rukeneye miliyari 11$ kugera mu 2030, amafaranga aruta gato umusaruro mbumbe w’ubukungu bwarwo. Kimwe n’ibindi bihugu biri mu nzira y’amajyambere, u Rwanda rwifuza ko ibihugu bikize, ari nabyo bigira uruhare rukomeye mu bikorwa byangiza ikirere cyane, bifata iya mbere mu gutanga umusanzu uzatuma ibihugu bishyiraho ingamba zo guhangana n’iyangirika ry’ikirere, ndetse no kwirinda gukomeza kucyangiza.

    Izi ngamba ziri mu byiciro bibiri; hari uguhangana n’ingaruka zamaze kubaho kubera ingaruka z’iyangirika ry’ikirere, nko guhangana n’imyuzure ndetse n’ubushyuhe bukabije bushobora kwangiza imyaka mu mirima n’ibindi birimo indwara, byitezwe ko zizagera ku bantu, amatungo n’ibihingwa.

    Nko mu rwego rw’ubuhinzi, ingamba zo muri iki cyiciro cya mbere zirimo gukora ubushakashatsi ku bundi bwoko bw’imbuto z’ibihingwa zishobora kwihanganira izuba rikabije, kuko izisanzwe zitagifite ubushobozi bwo kwera neza kubera ihindagurika ry’ikirere. Muri iki cyiciro, u Rwanda rukeneye miliyari 5,3$.

    Ku rundi ruhande, hari ugushyiraho ingamba zo mu cyiciro cya kabiri, zigamije gukomeza gukumira ubwiyongere bw’ubushyuhe ku Isi, binyuze mu kugabanya umwuka wangiza ikirere uturutse mu bikorwa bya muntu. Ibishobora gukorwa muri iki cyiciro harimo gutera amashyamba, gukoresha ingufu zishingiye ku mashanyarazi n’ibindi bitandukanye. Muri iki cyiciro, u Rwanda rukeneye nibura miliyari 5,7$ kugera muri 2030.

    U Rwanda rukomeje ibikorwa byo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, aho rufite umugambi wo gukoresha utumodoka dukoresha amashanyarazi mu ngendo rusange

    Birumvikana ko aya mafaranga ari akayabo, ndetse bigoye ko Leta y’u Rwanda yayishakamo yose, ari nayo mpamvu ibihugu bikize biri gushishikarizwa gushyigikira imigambi nk’iyi izatuma ibihugu biri mu nzira y’amajyambere bidakomeza kwikorezwa urusyo nyamara nta ruhare runini bifite mu guteza ibi byago by’iyangirika ry’ikirere.

    Nk’urugero, Afurika igira uruhare rwa 4% mu mwuka wangiza ikirere woherezwa uvuye ku Isi, mu gihe u Bushinwa bwa mbere bwoherezayo 28%, bugakurikirwa na Amerika yohereza 15% by’umwuka wose uba waturutse ku Isi. Ikbazo ni uko ibihugu byo muri Afurika ari byo bigirwaho ingaruka zikomeye n’iyangirika ry’ikirere, kuko ubukungu bwabyo bushingiye ku buhinzi n’ibindi bikorwa nk’uburobyi n’ubworozi, kandi byose bikaba bigirwaho ingaruka zikomeye n’iyangirika ry’ikirere.

    Minisitiri Mujawamariya yavuze ko ikibazo cy’ihindagurika ry’ikirere giteye inkeke, bityo ko iyi nama ari amahirwe akomeye ku bihugu byose yo gushyiraho uburyo bwo guhangana nacyo.

    Yagize ati “Dushobora guhangana n’ibibazo bikomeye igihe dufatanyije dufite intego imwe. Niyo mpamvu u Rwanda rufite icyizere ko COP26 izagera ku bwumvikane bwuzuye ku bibazo bikomeye [bizaganirwaho], birimo ishyirwaho ry’igihe cyo kubahiriza amasezerano y’i Paris [aho buri gihugu cyiyemeje ingano y’umwuka wangiza ikirere kizagabanya], gushyiraho amabwiriza azagenga iyubahirizwa ry’igabanywa ry’umwuka wangiza ikirere ndetse [no gushaka] amafaranga akenewe duhanganye n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere ndetse no kubana n’ingaruka zamaze kutugeraho.”

    Muri iyi nama, ibihugu birimo u Bushinwa na Amerika byari byitezweho kuzagaragaza aho bigeze intego zo kugabanya umwuka wangiza ikirere, uretse ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yatangaje ko hagaragaye ubwumvikane buke mu mishyikirano itegura iyi nama, asaba ko Isi ikwiye kugirirana icyizere kugira ngo igere ku ntego yihaye.

    Biteganyijwe ko bitarenze mu 2100, ubushyuhe bw’Isi bugomba kuguma kuri dogere Celcius ziri munsi ya 1,5C, kuri ubu, buracyari munsi ya 1,1C. Izi dogere ziramutse zizamutse zikagera nko kuri 2C, byagira ingaruka zikomeye ku buzima abantu babamo uyu munsi kuko imyuzure yakwiyongera mu bice byose by’Isi, ibihingwa byinshi bigatakaza ubushobozi bwo kwera, ubutaka bugakamuka cyane, indwara nyinshi zigatera, amazi akaba ingume mu bice bimwe na bimwe by’Isi, ku buryo ikiguzi cyo guhangana n’ibyo bibazo byose, kiri munsi cyane y’icyo byatwara mu kwirinda ko Isi yinjira muri ako kaga.

    Minisitiri Mujawamariya yavuze ko “Kugira ngo Isi igere ku ntego yihaye mu guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, ibihugu bisabwa ubushake bwo gushora imari mu bikorwa birambye byo kurengera ibidukikije. COP26 ni amahirwe Isi ibonye yo gusezera ku ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli, urusobe rw’ibinyabuzima rukongera rukisuganya, mu gihe turinda ibisigaye.”

    Muri Gicurasi umwaka ushize, u Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku Mugabane wa Afurika cyagaragaje umugambi muremure wo kugabanya umwuka wangiza ikirere rwoherezayo, aho uwo mugambi ugena ko ibi bizagerwaho mu 2050, ariko mu 2030, 38% by’uwo mwuka bikazaba byaragabanyijwe.

    Mu bindi bikorwa u Rwanda rwakoze muri iki cyiciro, harimo gutera amashyamba ku buso bungana na 30,4% bw’igihugu, korohereza abaturage gutekesha gaz, aho kuba amakara n’inkwi.

    Byitezwe ko mu 2030, nibura 30% bya moto ziri muri Kigali zizaba zikoresha amashanyarazi, mu gihe imodoka zigomba kuba ari 8%, izitwara abantu mu buryo bwa rusange zikaba ari 20% ndetse na 25% bw’izindi modoka zisanzwe. Moto zirenga 7000 ziri muri gahunda yo gutangira gukoresha amashanyarazi vuba, zivuye ku gukoresha ibikomoka kuri peteroli.

    Ishoramari rizagira uruhare rinini muri ibi bikorwa

    Muri za miliyari 11$ akenewe kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego zarwo, amwe muri yo azaturuka mu bikorwa by’abashoramari, aho u Rwanda ruri gukora ibishoboka byose kugira ngo rube icyicaro cy’ishoramari mu bijyanye no kurengera ibidukikije muri Afurika (green investment).

    Ni muri urwo rwego Leta yashyizeho Ikigega cya Fonerwa kimaze kwakira ishoramari rya miliyoni 217$ kuva cyashingwa, ari kugenda ashorwa mu bikorwa byo guhangana n’ingaruka z’iyangirika ry’ikirere.

    Irindi shoramari rizakururwa binyuze mu bikorwa birimo kugabanya imosoro cyane cyane ku modoka zikoresha amashanyarazi, sitasiyo zazo ndetse n’ibindi byuma zikoresha, ibi byose bikaba byitezweho kongera umubare w’abashoramari bifuza kuzizana mu Rwanda.

    Ibi byose kandi byitezweho kuzagabanya ikiguzi u Rwanda rukoresha rutumiza ibikomoka kuri peteroli, bigize 16% by’ibyo u Rwanda rutumiza hanze, bingana na miliyoni 411$. Ibi bisobanuye ko kugabanya ingano ya peteroli ikenerwa mu Rwanda, bizahita bigira ingaruka nziza ku kugabanya ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga, bityo ubukungu bw’igihugu burusheho guhagarara neza.

    Imodoka zikoresha amashanyarazi zizahabwa umwanya munini mu Rwanda mu rwego rwo kugabanya umwuka wangiza ikirere

    Moto zikoresha amashanyarazi zatangiye gukoreshwa mu Rwanda

    Kugira ngo intego rwihaye zigerweho, u Rwanda rwatangiye gushishikariza abantu gutunga imodoka zikoresha amashanyarazi aho kunamba ku zikoresha ibikomoka kuri peteroli

    Mu kwirinda imyotsi ituruka mu icanwa ry’ibiti no kwangiza amashyamba, Leta y’u Rwanda imaze igihe ishishikariza abaturage gukoresha gaz

    Umushinga Green Gicumbi, ni umwe mu yo u Rwanda rwatangije igamije gutera amashyamba mu duce yari atangiye gucikamo

    source : https://ift.tt/2ZIxOuk

  • Nyagatare: Aborozi bakandagiza inka muri za ‘Valley dams’ baburiwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Valley dam y
    Valley dam y’Akayange yubatswe mu mwaka wa 2017 none batangiye kuyikandagizamo inka

    Yabitangaje ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ukwakira 2021, ubwo hasurwaga Dam y’Akayange n’iya Rwabiharamba igiye gusiba kubera gukandagizwamo inka.

    Mu kiganiro yagiranye n’aborozi nyuma yo gusura izo valley dams, yababwiye ko aje kubamenyesha itegeko kugira ngo uzarirengaho atazitwaza ko atari arizi.

    Ingingo ya 182 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha iteganya ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3,000,000 Frs) ariko atarenze miliyoni eshanu (5,000,000 Frs).

    Iyo gusenya cyangwa konona inyubako zivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngongo byakozwe ku bushake, hakoreshejwe urutambi, ibisasu, intwaro cyangwa ikindi kintu giturika, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5,000,000 Frs) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7,000,000 Frs).

    Ashingiye kuri ibi bihano biteganywa n’amategeko, yasabye aborozi kwirinda kongera gukandagiza Valley dams kuko igihe inka zizafatirwamo hatazarebwa umushumba gusa ahubwo bizagera kuri nyirazo.

    Yasabye buri wese kumva ko kubungabunga ibikorwa remezo bimureba, bityo akagira uruhare mu kurwanya abashaka kubyangiza.

    Ati “Kumenya icyaha, kugihishira no kugikora mwese muba musa, ni nk’uko wamenya ko umuntu yishe umuturanyi wawe ukamuhishira ngo bitanturukaho, tukaza gusanga ayo makuru wari uyafite n’ubwo atari wowe wamwishe, muba munganya icyaha kuko nawe uba wahishiriye.”

    Valley dam ya Rwabiharamba yatangiye gusiba kubera gukandagizwamo inka
    Valley dam ya Rwabiharamba yatangiye gusiba kubera gukandagizwamo inka

    Rutaro yaburiye abaturage ba Karangazi ko mu gihe bazakomeza kwangiza valley dams nta yindi nteguza bazirengera ibihano bazahabwa n’inkiko.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yavuze ko bigayitse kubona abantu bahabwa amazi bakarengaho bakayonona mu gihe ahandi bayabuze.

    Yabasabye kubungabunga ibikorwa remezo Leta ibegereza kuko ari ibyabo kandi bigamije imibereho myiza n’iterambere byabo.


    source : https://ift.tt/3bpqczp

  • #G20: Perezida Kagame yahuye n’abayobozi batandukanye (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame ari kumwe na Emmanuel Macron w
    Perezida Kagame ari kumwe na Emmanuel Macron w’u Bufaransa
    Perezida Kagame ari kumwe na HM Queen Máxima wa Netherlands
    Perezida Kagame ari kumwe na HM Queen Máxima wa Netherlands
    Perezida Kagame ari kumwe na Charles Michel, Perezida wa EU
    Perezida Kagame ari kumwe na Charles Michel, Perezida wa EU
    Perezida Kagame ari kumwe na Mario Draghi, Minisitiri w
    Perezida Kagame ari kumwe na Mario Draghi, Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani
    Perezida Kagame hamwe na Dr Ngozi Okonjo-Iweala, Umuyobozi mukuru wa WTO
    Perezida Kagame hamwe na Dr Ngozi Okonjo-Iweala, Umuyobozi mukuru wa WTO

    source : https://ift.tt/3GN4sfg

  • The Ben agiye gusohora ‘album’ izaba irimo abandi bahanzi b’ibyamamare #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Agaruka kuri iyo album, The Ben yagize ati “Abafana banjye bitege imwe muri albums nakoze mu buzima bwanjye, izaba irimo abahanzi bakomeye ku mugabane wa Afurika, barimo Tiwa Savage n’abandi”.

    The Ben aherutse kujya muri Tanzania aturutse i New York, aho yagombaga guhura na Diamond Platnumz, gusa ntibiramenyekana niba na we azagaragara ari muri iyo album, ariko kuki se bitashoboka, gusa byazaba ari agashya.

    Uretse abo bahanzi b’ibyamamare b’abanyamahanga, kuri iyo album hazaba harimo n’abahanzi b’Abanyarwanda bakomeye nka Tom Close, nk’uko The Ben yabitangarije KT Press.

    Iyo album The Ben avuga ko amaze igihe cy’imyaka itatu ayitunganya, gusa icyo gihe cyose nticyatumye adakomeza kugaragara muri muzika, kuko hari izindi ndirimbo yagendaga acishamo agakora nka Habibi, Vazi, Can’t get enough, Thank you, Binkolela, This is love, Fine girl n’izindi.

    source : https://ift.tt/3pQrsnx

  • REG BBC yongeye gutwara igikombe cya Shampiyona nyuma y’imyaka ine #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    REG yegukanye igikombe yaherukaga mu 2017 ubwo yatozwaga na Bahufite John
    REG yegukanye igikombe yaherukaga mu 2017 ubwo yatozwaga na Bahufite John

    Iyo mikino yakinwe mu buryo buzwi nka (Best of3) aho zagombaga gutanguranwa gutsinda imikino 2 ubundi ikipe iyitanze indi igahita itwara shampiyona, REG yaje kubigeraho nyuma yo gutsinda imikino 2 yikurikiranya ihita inatwara igikombe yaherukaga mu myaka ine.

    Ku wa Gatanu tariki 29 Ukwakira 2021, REG BBC yari yatsinze Patriots amanota 66-63, ubwo byari byitezwe ko Patriots ishobora kuza kwinyara mu isunzu ikishyura ku mukino wa 2, ntibyaje kuyikundira kuko yongeye gutsindwa, REG BBC yaje kuyisubira maze iyitsinda kumanota 64 kuri 49.

    Minisitiri Munyangaju ashyikiriza igikombe REG BBC
    Minisitiri Munyangaju ashyikiriza igikombe REG BBC

    Patriots ni yo yari yinjiye neza mu mukino kuko wabonaga abasore bayo nka Kenneth Gasana na Ndizeye Dieudonné bageragezaga gushaka gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota hakiri kare, yewe biza no kubakundira kuko baje gusoza agace ka mbere bayoboye n’amanota 14-11 ya REG BBC.

    Agace ka kabiri REG yaje kubigaranzura ibatsinda amanota 17-13 bajya kuruhuka ari 28 ya REG BBC kuri 27 ya Patriots BBC.

    Intangiriro z’agace ka gatatu zari nziza kuri Patriots kuko yakomeje kukayobora aho yari yashyizemo n’amanota agera muri 5 ariko mu minota ine ya nyuma y’ako gace abakinnyi ba REG BBC barimo Adonis, Kaceka na Shyaka Olivier batsinze amanota 3 bituma Patriots BBC isa n’ivuye mu mukino, ako gace bagasoje ku manota 20-11. Agace ka nyuma REG yagatsinze ku manota 16-11, umukino urangira ari 64-49.

    REG ikaba yahise yegukana icyo gikombe yaherukaga muri 2017 kuko imyaka itatu yakurikiyeho ari Patriots BBC yacyegukanye, bivuze ko REG BBC ari yo izahagararira u Rwanda mu mikino ya BAL izabera mu Rwanda umwaka utaha.

    Shyaka Oliver (10) yacungirwaga hafi n
    Shyaka Oliver (10) yacungirwaga hafi n’abakinnyi ba Patriots kuko yari yabazonze

    Mu bagore nyuma y’uko REG itsinze umukino wa mbere The Hoops ku manota 74 kuri 47, ejo ku wa Gatandatu tariki 30 Ukwakira 2021, The Hoops yaje na yo kuyitsinda 46- 44 bakaba bari bwisobanure ku mukino wa nyuma ukinwa kuri iki Cyumweru, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6pm).

    Mu guhatanira umwanya wa gatatu, mu bagabo wegukanywe na APR BBC yatsinze RP-IPRC Kigali 84-53, mu bagore wegukanywe na RP – IPRC Huye yatsinze APR WBBC amanota 84 kuri 79.

    Adonis (4) yazengereje cyane abakinnyi ba Patriots
    Adonis (4) yazengereje cyane abakinnyi ba Patriots

    Mu bagabo hakaba hahise hanatangwa ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza, aho umukinnyi wugariye neza (best defender) yabaye Kamndoh Betoudje Frank wa Shoot 4 Stars, uwatsinze amanota menshi yabaye Mbanze Brian wa RP – IPRC Huye, uwatsinze amanota 3 menshi yabaye Ndizeye Dieudonné wa Patriots BBC.

    Umukinnyi wazamuye urwego (Most improved Player) yabaye Romain Murenzi Kizito wa UGB, mu gihe umukinnyi witwaye neza muri shampiyona (Most Valuable Player) yabaye Shyaka Olivir wa REG, na ho umutoza mwiza aba Henry Mwinuka wa REG BBC.

    Kenneth Gasana yagerageje uko ashoboye biranga
    Kenneth Gasana yagerageje uko ashoboye biranga

    source : https://ift.tt/3Gwy801

  • Huye: Polisi yafashe bamwe mu bakwirakwizaga amafaranga y’amiganano – #rwanda #RwOT

    Abafashwe barimo umusore w’imyaka 24, yafatanwe amafaranga ibihumbi 30, uw’imyaka 22 n’uw’imyaka 20 bafatanwe amafaranga ibihumbi 10 nayo y’amiganano.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abo bantu bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byabaye tariki ya 29 na 30 Ukwakira.

    Bafatiwe mu Karere ka Huye, Umurenge wa Tumba, Akagari ka Kimana, Umudugudu wa Amahoro.

    SP Kanamugire yagize ati ”Polisi yabanje kubona amakuru kuwa Gatanu tariki ya 29 Ukwakira amakuru avuga ko hari umuntu wambuye umukozi w’ikigo cy’itumanaho utanga serivisi zo kwakira, kubitsa no kohereza amafaranga. Yabikiye umwe amafaranga ibihumbi 30, inoti 6 z’ibihumbi Bitanu, nyuma uwo mukozi agenzuye ayo mafaranga asanga ni amiganano ahita abibwira Polisi.”

    SP Kanamugire akomeza avuga ko mu ijoro rya tariki ya 30 Ukwakira Polisi yitabye telefoni y’umuntu wo mu mudugudu wavuzwe haruguru avuga ko hari abantu babiri bamwishyuye inoti ebyiri z’ibihumbi bitanu nazo z’impimbano.

    Bari mu kabari barimo kunywa inzoga, nyiri akabari yitegereje amafaranga bishyuye asanga ni amahimbano, abapolisi bahise bahagera bafata ba bantu.”

    Bariya bantu bose uko ari Batatu biregura bavuga ko ariya mafaranga bayishyuwe n’abakoresha babo ariko ntibashaka kubavuga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yashimiye abaturage batanze amakuru bakayatangira ku gihe bigatuma abacyekwaho icyaha bafatwa vuba.

    Yibukije abaturage ko amafaranga y’amiganano agira ingaruka mbi ku bukungu bw’Igihugu, yabasabye kujya baba maso mu rwego rwo kwirinda ko bahabwa amafaranga y’amiganano. Baramuka hari uwo bayabonanye bakihutira gutanga amakuru.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma kugira ngo bakurikiranwe mu mategeko.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 269 ivuga ko Umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

    Abafatanywe amafaranga y’amiganano bahise batabwa muri yombi

    source : https://ift.tt/3vZ7UhQ

  • Hatangijwe imurikabikorwa rigamije gukangurira Abanyarwanda kwita ku isuku – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyatangijwe hagamijwe kubungabunga ubuzima no kurandura burundu indwara ziterwa n’umwanda nka zimwe mu zihangayikishije isi muri ibi bihe.

    Umutakwasuku, ni umurikabikorwa rigaragara mu mashusho mbarankuru yafashwe mu bice bitandukanye by’igihugu, aho abafotowe bavugaga uko batangiye kwishakamo ibisubizo mu guharanira isuku no kugira ubwiherero budateza ikibazo ku buzima bw’abagize imiryango yabo.

    Buri wese avuga ku rugendo rwe rwo kugera ku isuku yo mu rugo no kwirinda indwara zishobora guterwa n’umwanda ndetse abandi bakagaragaraza uburyo kwita ku isuku yo ku bwiherero bishobora kuvamo ishoramari rikomeye kandi ryateza umuntu imbere.

    Bamwe mu bavuga iby’ishoramari ni abasanzwe bakora imirimo yo gusukura no kuvidura ubwiherero mu gihe bwuzuye ndetse n’abakora imirimo yo gucunga ubwiherero rusange.

    Bagaragaje ko nubwo ari akazi gasa n’agasuzuguritse ariko gafite byinshi gasobanuye kuri bo kuko bubumbatiye ubuzima bwa benshi.

    Ni amafoto yafashwe muri 2020 ariko imurikabikorwa ryayo ryari rimaze gusubikwa inshuro ebyiri kubera icyorezo cya Covid-19, gusa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Ukwakira 2021 ryabashije kuba ryitabirwa n’abantu b’ingeri zinyuranye barimo abakozi bo miryango Mpuzamahanga.

    Umuyobozi wa SNV mu Rwanda, Bernie F. Chaves, yavuze ko iri murikabikorwa rigamije kwigisha abantu kongera gutekereza ku kamaro ko kwita ku isuku by’umwihariko buri wese agaharanira gutunga ubwiherero bwiza.

    Ati “Aha mu Rwanda, SNV tumaze igihe dukora mu bijyanye n’amazi, isuku n’isukura kuko twatangiye muri 1980. Twakoze imishinga myinshi kandi tukagenda tubona umusaruro wayo. Izi nkuru n’aya mafoto zigaragaraza icyizere n’ishyaka. Ndizera ko binyuze muri izo nkuru bizakora kuri buri umwe akongera kwibaza uburyo impinduka ntoya cyane mu buzima bw’umuntu zishobora kugira inyungu nyinshi. Impamvu tuvuga isuku ni uko ari ho ubuzima bwacu bushingiye. Ntiwavuga isuku kandi tutavuga ku kugira ubwiherero bwiza.”

    Umuyobozi wa SNV ku rwego Mpuzamahanga, Megan Ritchie, yavuze ko abatuye isi bakwiye guhaguruka bagaharanira kubugabunga ubuzima n’isuku mu rwego rwo kwirinda indwara ziterwa n’umwanda.

    Yagize ati “Niyo mpamvu dukwiye guhaguruka twese, ntidukwiye gusiga n’umwe kubera ko uburyo isuku yubahirizwa bigira ingaruka ku baturanyi bawe. Iyo urwaye nka Cholera cyangwa impiswi uba ubikururira n’umuturanyi wawe. Kubona serivisi z’isuku n’amazi meza ni bimwe mu burenganzira bw’ibanze bwa muntu, nubwo ari ibintu bamwe muri twe tudaha agaciro bikwiye mu buzima bwacu bwa buri munsi.”

    Izi nkuru mbarankuru zafashwe mu buryo bw’amafoto na Murinzi Eric. Asanga ari ibintu by’agaciro gukora inkuru nk’iyi ishobora kuzana impinduka mu buzima bw’abaturarwanda binyuze mu kuzirikana no kwita ku isuku nk’ipfundo ry’ubuzima buzira umuze.

    Kugeza ubu ku Isi hafi miliyari ebyiri z’abaturage bagorwa no kubona amazi meza, naho miliyari eshatu 3.6 ntibabasha kubona serivisi zijyanye n’isuku n’isukura.

    Iri murikabikorwa ryabereye ku Isomero rikuru Kigali Public Library, riherereye mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo, kandi guhera ku wa 30 Ukwakira kugera ku wa 7 Ugushyingo 2021, ahari izi nkuru mbarankuru mu buryo bw’amashusho hazaba hafunguriwe buri wese mu rwego rwo kongera kwimakaza umuco w’isuku mu banyarwanda.

    Imibare igaragaza ko nibura buri munsi abana 2195 bicwa n’impiswi, naho abantu bahitanwa na Cholera bangana n’ibihumbi 95 muri hafi miliyoni eshatu bayirwara ku mwaka. Intego za OMS ni ukugabanya impfu ziterwa na Cholera nibura ku kigero cya 90% muri 2030.

    Abitabiriye Imurikabikorwa banogewe n’inkuru zinyuranye zigaragara mu mafoto

    Aha yasobanuraga uko bamwe mu bo yafotoye bamukoze ku mutimaPHOTO

    Ahari aya mafoto hagiye kumara icyumweru hafunguye kuri buri wese wifuza kureba no kurushaho gubanukirwa

    Bamwe mu bitabiriye babajijwe basobanuraga uko batinyutse kwita ku isuku

    Eric Murinzi wafashe aya mafoto avuga ko bimuteye ishema gusangiza abandi inkuru z’abashyize imbere isuku

    Inkuru z’uko batinyutse bakita ku isuku zishobora gutinyura benshi

    Umuyobozi wa SNV mu Rwanda Berni Chaves yavuze ko iki gikorwa cyateguwe hagamijwe gushishikariza abanyarwanda kurushaho kwita ku Isuku

    Umuyobozi wa SNV Megan Ritchie yasabye buri wese kwita ku isuku kuko ari ingenzi mu buzima

    source : https://ift.tt/3jSsCLc