Tag: featured

  • Uruhisho u Rwanda rujyanye i Glasgow aho Isi igiye gusasa inzobe ku iyangirika ry’ibidukikije – #rwanda #RwOT

    U Rwanda narwo ruzitabira iyi nama mpuzamahanga izamara iminsi 12, aho itsinda ryarwo rizaba riyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, mu gihe Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc, uri mu bagize ibiganiro bigamije gutuma ibihugu byose byemeranya ku gihe cya nyacyo bigomba kuba byageze ku ntego byihaye mu bijyanye no kugabanya umwuka wangiza ikirere, na we azitabira iyi nama.

    Muri iyi nama, ingingo eshatu nizo zizibandwaho cyane, zirimo gushyiraho igihe gihuriweho ibihugu byose bizaba byageze ku ntego byiyemeje yo kugabanya umwuka wangiza ikirere.

    Ubusanzwe, ibihugu nibyo byiha intego y’umwuka wangiza ikirere bizagabanya ndetse n’igihe bizakorerwa. U Rwanda rwiyemeje kugera ku ntego mu 2050, naho u Bushinwa bikaba mu 2060, mu gihe ibindi bihugu ari mu 2040 cyangwa se mbere na nyuma yaho.

    Icyo cyo kwemeranya igihe nikirangira, iyi nama izanagaruka ku kibazo kimaze iminsi kigarukwaho, aho usanga ibihugu bidatangaza amakuru y’ukuri ku ngano y’umwuka wangiza ikirere byagabanyije, rimwe bikavuga ko uwo byagabanyije ari mwinshi nyamara ari muke. Indi ngingo y’ingenzi ni ugushaka amafaranga azashorwa mu bikorwa birimo ishoramari rizatuma ibikorwa byo kugabanya umwuka wangiza ikirere rishoboka.

    Nk’urugero, u Rwanda rufite intego yo kuzagabanya umwuka wangiza ikirere ku kigero cya 38% kugera mu 2030, bivuze ko ruzakumira toni miliyoni 4,6 z’umwuka wa CO2 woherezwa mu kirere. Kugira ngo ibyo bigerweho, u Rwanda rugomba gukora ibikorwa birimo kugabanya imodoka zikoresha mazutu na lisansi, hakibandwa ku zikoresha amashanyarazi n’izindi ngufu zitangiza ikirere, ibyo bikajyana no gutera ibiti, gufasha abaturage kureka gukoresha inkwi mu guteka n’izindi ngamba zitandukanye. Ibyo byose bikeneye amafaranga.

    U Rwanda rusabwa iki?

    Kugira ngo ibyo byose bigerweho, u Rwanda rukeneye miliyari 11$ kugera mu 2030, amafaranga aruta gato umusaruro mbumbe w’ubukungu bwarwo. Kimwe n’ibindi bihugu biri mu nzira y’amajyambere, u Rwanda rwifuza ko ibihugu bikize, ari nabyo bigira uruhare rukomeye mu bikorwa byangiza ikirere cyane, bifata iya mbere mu gutanga umusanzu uzatuma ibihugu bishyiraho ingamba zo guhangana n’iyangirika ry’ikirere, ndetse no kwirinda gukomeza kucyangiza.

    Izi ngamba ziri mu byiciro bibiri; hari uguhangana n’ingaruka zamaze kubaho kubera ingaruka z’iyangirika ry’ikirere, nko guhangana n’imyuzure ndetse n’ubushyuhe bukabije bushobora kwangiza imyaka mu mirima n’ibindi birimo indwara, byitezwe ko zizagera ku bantu, amatungo n’ibihingwa.

    Nko mu rwego rw’ubuhinzi, ingamba zo muri iki cyiciro cya mbere zirimo gukora ubushakashatsi ku bundi bwoko bw’imbuto z’ibihingwa zishobora kwihanganira izuba rikabije, kuko izisanzwe zitagifite ubushobozi bwo kwera neza kubera ihindagurika ry’ikirere. Muri iki cyiciro, u Rwanda rukeneye miliyari 5,3$.

    Ku rundi ruhande, hari ugushyiraho ingamba zo mu cyiciro cya kabiri, zigamije gukomeza gukumira ubwiyongere bw’ubushyuhe ku Isi, binyuze mu kugabanya umwuka wangiza ikirere uturutse mu bikorwa bya muntu. Ibishobora gukorwa muri iki cyiciro harimo gutera amashyamba, gukoresha ingufu zishingiye ku mashanyarazi n’ibindi bitandukanye. Muri iki cyiciro, u Rwanda rukeneye nibura miliyari 5,7$ kugera muri 2030.

    U Rwanda rukomeje ibikorwa byo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, aho rufite umugambi wo gukoresha utumodoka dukoresha amashanyarazi mu ngendo rusange

    Birumvikana ko aya mafaranga ari akayabo, ndetse bigoye ko Leta y’u Rwanda yayishakamo yose, ari nayo mpamvu ibihugu bikize biri gushishikarizwa gushyigikira imigambi nk’iyi izatuma ibihugu biri mu nzira y’amajyambere bidakomeza kwikorezwa urusyo nyamara nta ruhare runini bifite mu guteza ibi byago by’iyangirika ry’ikirere.

    Nk’urugero, Afurika igira uruhare rwa 4% mu mwuka wangiza ikirere woherezwa uvuye ku Isi, mu gihe u Bushinwa bwa mbere bwoherezayo 28%, bugakurikirwa na Amerika yohereza 15% by’umwuka wose uba waturutse ku Isi. Ikbazo ni uko ibihugu byo muri Afurika ari byo bigirwaho ingaruka zikomeye n’iyangirika ry’ikirere, kuko ubukungu bwabyo bushingiye ku buhinzi n’ibindi bikorwa nk’uburobyi n’ubworozi, kandi byose bikaba bigirwaho ingaruka zikomeye n’iyangirika ry’ikirere.

    Minisitiri Mujawamariya yavuze ko ikibazo cy’ihindagurika ry’ikirere giteye inkeke, bityo ko iyi nama ari amahirwe akomeye ku bihugu byose yo gushyiraho uburyo bwo guhangana nacyo.

    Yagize ati “Dushobora guhangana n’ibibazo bikomeye igihe dufatanyije dufite intego imwe. Niyo mpamvu u Rwanda rufite icyizere ko COP26 izagera ku bwumvikane bwuzuye ku bibazo bikomeye [bizaganirwaho], birimo ishyirwaho ry’igihe cyo kubahiriza amasezerano y’i Paris [aho buri gihugu cyiyemeje ingano y’umwuka wangiza ikirere kizagabanya], gushyiraho amabwiriza azagenga iyubahirizwa ry’igabanywa ry’umwuka wangiza ikirere ndetse [no gushaka] amafaranga akenewe duhanganye n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere ndetse no kubana n’ingaruka zamaze kutugeraho.”

    Muri iyi nama, ibihugu birimo u Bushinwa na Amerika byari byitezweho kuzagaragaza aho bigeze intego zo kugabanya umwuka wangiza ikirere, uretse ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yatangaje ko hagaragaye ubwumvikane buke mu mishyikirano itegura iyi nama, asaba ko Isi ikwiye kugirirana icyizere kugira ngo igere ku ntego yihaye.

    Biteganyijwe ko bitarenze mu 2100, ubushyuhe bw’Isi bugomba kuguma kuri dogere Celcius ziri munsi ya 1,5C, kuri ubu, buracyari munsi ya 1,1C. Izi dogere ziramutse zizamutse zikagera nko kuri 2C, byagira ingaruka zikomeye ku buzima abantu babamo uyu munsi kuko imyuzure yakwiyongera mu bice byose by’Isi, ibihingwa byinshi bigatakaza ubushobozi bwo kwera, ubutaka bugakamuka cyane, indwara nyinshi zigatera, amazi akaba ingume mu bice bimwe na bimwe by’Isi, ku buryo ikiguzi cyo guhangana n’ibyo bibazo byose, kiri munsi cyane y’icyo byatwara mu kwirinda ko Isi yinjira muri ako kaga.

    Minisitiri Mujawamariya yavuze ko “Kugira ngo Isi igere ku ntego yihaye mu guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, ibihugu bisabwa ubushake bwo gushora imari mu bikorwa birambye byo kurengera ibidukikije. COP26 ni amahirwe Isi ibonye yo gusezera ku ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli, urusobe rw’ibinyabuzima rukongera rukisuganya, mu gihe turinda ibisigaye.”

    Muri Gicurasi umwaka ushize, u Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku Mugabane wa Afurika cyagaragaje umugambi muremure wo kugabanya umwuka wangiza ikirere rwoherezayo, aho uwo mugambi ugena ko ibi bizagerwaho mu 2050, ariko mu 2030, 38% by’uwo mwuka bikazaba byaragabanyijwe.

    Mu bindi bikorwa u Rwanda rwakoze muri iki cyiciro, harimo gutera amashyamba ku buso bungana na 30,4% bw’igihugu, korohereza abaturage gutekesha gaz, aho kuba amakara n’inkwi.

    Byitezwe ko mu 2030, nibura 30% bya moto ziri muri Kigali zizaba zikoresha amashanyarazi, mu gihe imodoka zigomba kuba ari 8%, izitwara abantu mu buryo bwa rusange zikaba ari 20% ndetse na 25% bw’izindi modoka zisanzwe. Moto zirenga 7000 ziri muri gahunda yo gutangira gukoresha amashanyarazi vuba, zivuye ku gukoresha ibikomoka kuri peteroli.

    Ishoramari rizagira uruhare rinini muri ibi bikorwa

    Muri za miliyari 11$ akenewe kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego zarwo, amwe muri yo azaturuka mu bikorwa by’abashoramari, aho u Rwanda ruri gukora ibishoboka byose kugira ngo rube icyicaro cy’ishoramari mu bijyanye no kurengera ibidukikije muri Afurika (green investment).

    Ni muri urwo rwego Leta yashyizeho Ikigega cya Fonerwa kimaze kwakira ishoramari rya miliyoni 217$ kuva cyashingwa, ari kugenda ashorwa mu bikorwa byo guhangana n’ingaruka z’iyangirika ry’ikirere.

    Irindi shoramari rizakururwa binyuze mu bikorwa birimo kugabanya imosoro cyane cyane ku modoka zikoresha amashanyarazi, sitasiyo zazo ndetse n’ibindi byuma zikoresha, ibi byose bikaba byitezweho kongera umubare w’abashoramari bifuza kuzizana mu Rwanda.

    Ibi byose kandi byitezweho kuzagabanya ikiguzi u Rwanda rukoresha rutumiza ibikomoka kuri peteroli, bigize 16% by’ibyo u Rwanda rutumiza hanze, bingana na miliyoni 411$. Ibi bisobanuye ko kugabanya ingano ya peteroli ikenerwa mu Rwanda, bizahita bigira ingaruka nziza ku kugabanya ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga, bityo ubukungu bw’igihugu burusheho guhagarara neza.

    Imodoka zikoresha amashanyarazi zizahabwa umwanya munini mu Rwanda mu rwego rwo kugabanya umwuka wangiza ikirere

    Moto zikoresha amashanyarazi zatangiye gukoreshwa mu Rwanda

    Kugira ngo intego rwihaye zigerweho, u Rwanda rwatangiye gushishikariza abantu gutunga imodoka zikoresha amashanyarazi aho kunamba ku zikoresha ibikomoka kuri peteroli

    Mu kwirinda imyotsi ituruka mu icanwa ry’ibiti no kwangiza amashyamba, Leta y’u Rwanda imaze igihe ishishikariza abaturage gukoresha gaz

    Umushinga Green Gicumbi, ni umwe mu yo u Rwanda rwatangije igamije gutera amashyamba mu duce yari atangiye gucikamo

    source : https://ift.tt/3BxYeMn

  • Uvuga ibibi ukamusubiza ibibi uba ubaye nka we – Minisitiri Gatabazi abwira urubyiruko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Gatabazi ahamagarira urubyiruko kutagendera mu murongo w
    Minisitiri Gatabazi ahamagarira urubyiruko kutagendera mu murongo w’abavuna nabi u Rwanda

    Ibi Minisitiri Gtabazi yabigarutseho ku wa Gatanu tariki 29 Ukwakira 2021, ubwo yatangizaga ku mugaragaro, amahugurwa y’iminsi itanu, yitabiriwe n’Urubyiruko rw’Abakorerabushake bahagarariye abandi, baturutse mu gihugu hose.

    Minisitiri Gatabazi yagaragarije urwo rubyiruko ko ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga nka Twitter, YouTube, Facebook, WhatsApp, Instagram n’izindi zinyuranye, rigenda rifata indi ntera, yaba mu Rwanda no hanze yarwo, mu kuzikwirakwizaho amakuru agezweho hakaba abazifashisha nk’umuyoboro wo kuvuga nabi u Rwanda.

    Yagize ati “Bariya bantu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu gusebya u Rwanda no kuruvuga uko rutari, ni inshingano bihaye kandi bafitemo inyungu zabo bwite. Kuburizamo ibyo batangaza, bisaba ko mwe nk’urubyiruko muhaguruka mukabigira ibyanyu. Mufite amakuru nyayo ku Rwanda, musobanukiwe n’aho rwavuye, ibyo rugezeho n’aho rugana, mukabiheraho munyomoza ibyo binyoma. Ibyo nta muntu uzaturuka ahandi ngo aze kubidukorera atari mwebwe ubwanyu”.

    Minisitiri Gatabazi agira urubyiruko inama yo kutifashisha ibitutsi mu gusubiza abavuga nabi u Rwanda nk’uko abaruharabika babigenza.

    Ati “Umuntu ukoresha imvugo mbi, ibitutsi n’andi magambo asebanya, iyo umusubije mu buryo busa n’uko yabigenje ntaho uba utaniye na we. Umuco wacu nk’Abanyarwanda udutoza gusubiza no gusobanura ibintu mu kinyabupfura. Mu mwanya wo kwirirwa ku mbuga nkoranyambaga uta igihe ngo uratukana na bo, fata umwanya wawe urebe kimwe cyangwa byinshi mu byiza ku Rwanda waratira abandi. Usobora kubifotora, kubivuga mu magambo cyangwa kubyandika ukabisangiza abandi. Kandi ndemeza ko mu bagukurikirana, ntihabura kubonekamo abagira ibyo bakunda, bakaba banabihererekanya mu bandi, bakagira n’amatsiko yo kuza kubisura, igihugu kikaboneraho no kwinjiza amadevise”.

    Benshi mu rubyiruko rwaganiriye na Kigali Today, bayibwiye ko bakoresha imbuga nkoranyambaga bazirebaho ibyatangajwe yaba ku Rwanda no hanze yarwo, kenshi bakanayakwirakwiza mu bandi.

    Ariko ngo hari nk’inkuru, cyane cyane zivuga ibibi ku Rwanda bajyaga basoma, yewe hari n’abazitanzeho ibitekerezo, bo bagahitamo guceceka, ntibagaragaze uruhande bahagazeho; ari nabyo bagiye gukumira.

    Urubyiruko rw
    Urubyiruko rw’abakorerabushake bahagarariye abandi mu gihugu hose biyemeje kongera imbaraga mu gukumira abagoreka amateka y’u Rwanda

    Anny Benilde Uwonkunda, umwe mu rubyiruko rw’Abakorerabushake, yagize ati “Twe nk’abantu bari mu gihugu, ibintu byose bikorwa tuhibereye, tubizi neza kuruta abicara ku mashini iyo bari mu mahanga bakirirwa bagaragaza u Rwanda uko rutari, byibura batanabanje gusobanuza cyangwa ngo bahigerere. Icyo bamwe muri twe twaburaga ni ubukangurambaga nk’ubu butwereka uburemere bigira ku gihugu cyacu. Ubu twiyemeje gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga mu gutangaza amakuru y’ukuri, agaragaza ibyiza igihugu kigenda kigeraho, dore ko ari na byinshi cyane”.

    Urubyiruko rw’Abakorerabushake 52 baturutse mu Ntara zose n’Umujyi wa Kigali, bahagarariye abandi bamaze iminsi mu biganiro, barimo guhabwa n’inzobere ndetse n’inararibonye, zibaganiriza ku ngingo zitandukanye zifitanye isano n’umutekano w’igihugu, iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, bikaba birimo kubera mu Ishuri rikuru rya Polisi i Musanze.


    source : https://ift.tt/3nPh8t4

  • Shampiyona yatangiye amakipe akomeye abona intsinzi-uko imikino yose yagenze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uko imikino y’umunsi wa mbere yagenze

    Ku wa Gatandatu taliki 30/10/2021, ni bwo shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yatangiye, aho amakipe nka Rayon Sports, AS Kigali na Kiyovu Sports zatsinze imikino yayo, naho kuri Cyumweru APR FC na Police Fc nazo zibona amanota atatu.

    Umunya-Maroc Rharb Youssef yatsinze igitego gifungura shampiyona

    Mu mukino wari witezwe na benshi wahuje ikipe ya Rayon Sports na Mukura VS, waje kurangira Rayon Sports itsinze Mukura igitego 1-0, igitego cyatsinzwe na Rharb Youssef ku munita wa kane gusa w’umukino, kiba ari nacyo gitego kibimburira ibindi muri shampiyona.

    Uyu mukino wari wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, waje gukurikirwa n’umukino Kiyovu Sports yari yakiriyemo Gorilla FC, Kiyovu yegukana amanota atatu ku gitego kimwe rukumbi cyatsinzwe na Ismael Pichou.

    Ku Cyumweru ikipe ya APR FC ifite igikombe cya shampiyona, yari yakiriye Gicumbi Fc yari igarutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka, APR Fc iyitsinda ibitego 3-1 byatsinzwe na Kwitonda Alain Bacca kuri Penaliti, Bizimana Yannick ndetse na Ndayishimiye Dieudonne, mu gihe icya Gicumbi cyatsinzwe na Dusenge Bertin.

    Uko imikino yose y’umunsi wa mbere yagenze

    Ku wa Gatandatu taliki 30/10/2021

    Espoir FC 0-2 AS Kigali
    Marine FC 0-1 Gasogi United
    Rayon Sports FC 1-0 Mukura VS&L
    Kiyovu SC 1-0 Gorilla FC

    Ku Cyumweru taliki 31/10/2021

    APR FC 3-1 Gicumbi FC
    Etoile de l’Est 0-3 Police FC
    Etincelles FC 0-0 Rutsiro FC
    Musanze FC 3-1 Bugesera FC

    source : https://ift.tt/2ZC4oh9

  • Cricket: Imikino nyafurika y’amajonjora y’icyiciro cya 2 mu bagabo iratangira kuri uyu wa Kabiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’aho itsinda rya mbere (Group A) ryari ririmo n’ikipe y’u Rwanda ryarangije muri uku kwezi dusoje ndetse ikipe y’igihugu ya Uganda ikaba ariyo yazamutse ari iya mbere, ubu hatahiwe itsinda rya kabiri (Group B), rigomba gutangira gukina kuri uyu wa Kabili ku kibuga mpuzamahanga cya Cricket kiri i Gahanga.

    Ibihugu bitanu akaba aribyo bigiye gucakiranira i kigali mu itsinda rya kabiri cyangwa Group B.

    Ikipe y
    Ikipe y’igihugu ya Uganda ni yo yabaye iya mbere muri Group A

    Dore ibihugu 5 bigomba gutangira bihura:

    - Cameroon
    - Sierra Leone
    - Tanzania
    - Botswana
    - Mozambique

    Minisitiri Munyangaju yakurikiye imikino ya nyuma yo muri Group A
    Minisitiri Munyangaju yakurikiye imikino ya nyuma yo muri Group A

    Igihugu kizegukana umwanya wa mbere muri Group B kiziyongera kuri Uganda yatsinze muri Groupe A, maze kuva ku italiki ya 15 baziyunge kuri Nigeria na Kenya zitanyuze mu majonjora hanyuma zishakemo igomba kuzerekeza mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’isi.


    source : https://ift.tt/3BxDODf

  • Perezida Kagame mu bakuru b’ibihugu bya Afurika bakiriwe na Emmanuel Macron – #rwanda #RwOT

    Aba bakuru b’ibihugu bahuriye mu Nama y’Ibihugu bikize, G20, iri kubera mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani.

    Perezida Kagame uhagarariye Ihuriro ry’Ibihugu bya Afurika rigamije Ubufatanye mu Iterambere, NEPAD na Félix Tshisekedi uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ni bo bakuru b’ibihugu bya Afurika batumiwe muri iyi nama.

    Perezida Macron yakiriye aba bakuru b’ibihugu ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, mu nama yabereye mu nyubako ya Palazzo Farnese isanzwe ikoreramo Ambasade y’u Bufaransa mu Butaliyani.

    Iyi nama yahuje abakuru b’ibihugu bya EU-AU yaganiriwemo imyiteguro y’inama izahuza imiryango yombi mu mwaka utaha wa 2022.

    Perezida Macron yizera ko imikoranire hagati y’imigabane yombi yubakira ku bwubahane bw’impande zombi hibandwa ku bukungu n’umutekano.

    Iyi nama yitabiriwe kandi n’abayobozi barimo Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki; Chancelière w’u Budage, Angela Merkel; Perezida wa Espagne, Pedro Sanchez; Minisitiri w’Intebe w’u Buholandi, Mark Rutte; Perezida w’Akanama ka EU, Charles Michel na Perezida wa Komisiyo ya EU, Ursula Van Der Leyen.

    Perezida Macky Sall wa Sénégal na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo bitabiriye iyi nama hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amashusho.

    Abakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama nyuma y’uko mu Mujyi wa Kigali haheruka gusozwa iy’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).

    Iyi nama yabaye ku wa 25-26 Ukwakira 2021, yasuzumiwemo ingingo zirimo ubufatanye hagati ya Afurika n’u Burayi mu ngeri zirimo ubukungu, ubuzima ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.

    Ni inama itegura iy’abakuru b’ibihugu by’iyo miryango yombi izabera i Bruxelles muri Gashyantare umwaka utaha, iziga ku bufatanye mu ishoramari, uburezi, ubuzima, abimukira, urujya n’uruza n’ibindi.

    Abayitabiriye bagarutse ku bufatanye bukwiye kuranga impande zombi ndetse u Burayi bugaragaza ko bwifuza gufatanya na Afurika mu bikorwa birimo no kubaka inganda zikora imiti n’inkingo kuri uyu mugabane wa Afurika.

    Impande zombi zagaragaje ko ubu ari uburyo bwafasha umugabane wa Afurika kugira ubushobozi buhagije bwo kwitegura indwara z’ibyorezo zishobora kwibasira Isi mu gihe kizaza.

    U Rwanda, Sénégal na Afurika y’Epfo ni byo bihugu bya mbere bigiye kubakwamo inganda zigezweho zikora inkingo n’imiti bizafasha Afurika kwihaza ku bijyanye n’imiti.

    Ubufatanye bwa Afurika n’u Burayi bwatangiye mu 2000 ariko ingingo z’ingenzi z’ubufatanye zitangira mu 2007.

    Perezida Kagame asuhuzanya na Macron w’u Bufaransa

    Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, aganira na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda

    Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, asuhuzanya na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

    Perezida Kagame yitabiriye iyi nama yatumiwemo abanyacyubahiro batandukanye barimo Chancelière w’u Budage, Angela Merkel

    Iyi nama yahuriyemo abakuru b’ibihugu bya Afurika n’ibyo ku Mugabane w’u Burayi

    source : https://ift.tt/3Ewb3IN

  • Perezida Kagame yibukije ibihugu bikize kurekura inkunga byemereye ibikennye mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe – #rwanda #RwOT

    Ibi Perezida Kagame yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Ukwakira 2021 ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi, G20 iri kubera mu Butaliyani.

    Ni ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo habaga ikiganiro ku ‘mihindagurikire y’ibihe n’ibidukikije’.

    Perezida Kagame yagaragaje ko intego ibihugu bikize byihaye yo kujya bigenera ibikiri mu nzira y’amajyambere miliyari 100$ ku mwaka mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’ihindagurika ry’ikirere, isa nk’iyananiranye.

    Imyaka isaga itandatu irashize, i Paris mu Bufaransa Umuryango w’Abibumbye wemeje ko hari amafaranga azajya ava mu bihugu bikize agahabwa ibihugu biri mu nzira y’amajyambere mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’ihindagurika ry’ikirere.

    Ayo mafaranga yemejwe ko nibura buri gihugu kizajya gihabwa miliyari 100 z’amadorali ya Amerika agamije guhangana n’ingaruka zatewe n’ibiza, nk’inkangu, umwuzure, amapfa adasanzwe n’ibindi biterwa n’ihindagurika ry’ikirere.

    Ni ingingo imaze igihe yigwaho ariko itarahabwa umurongo uhamye, aho ibihugu bikize bikwiye gutanga amafaranga y’impozamarira ku bihugu bikennye cyane ko ari byo bigira uruhare mu guhumanya ikirere.

    Agaruka kuri iki kibazo, Perezida Kagame yagaragaje ko iyi nama ya G20 ikwiye kuba umwanya mwiza wo kwisuzuma kugira ngo iyi ntego ishyirwe mu bikorwa.

    Ati “Intego yo gukusanya miliyari 100$ ku mwaka mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ntirashyirwa mu bikorwa mu buryo bwuzuye, ndetse nta n’igikorwa gifatika kiganisha muri iki cyerekezo. Inama ya G20 y’uyu mwaka ni amahirwe yo kongera kuvugurura iyo ntego, dukeneye gahunda y’ishyirwa mu bikorwa ryayo.”

    Perezida Kagame yakomeje agaragaza ko Afurika yiteguye gufatanya n’Isi yose mu gushakira hamwe igisubizo ku kibazo cy’imyuka ihumanya ikirere nubwo atari yo yoherezayo myinshi.

    Ati “Ibihugu bikomeye ku Isi nibyo byohereza 80% by’imyuka ihumanya ikirere, Afurika siyo ntandaro y’imihindagurikire y’ikirere ariko dushobora kandi dukwiye kuba bamwe mu bashaka igisubizo kandi twiteguye kubikora.”

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwashyizeho uburyo butandukanye bugamije kugabanya imyuka ihumanya ikirere igatuma ubushyuhe ku Isi bwiyongera. Yavuze ko ibi rubikora mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Kigali yo kurinda iyangirika ry’akayunguruzo k’izuba, hagabanywa umwuka woherezwa mu kirere wa hydro fluorocarbons.

    Aya masezerano yasinyiwe i Kigali n’ibihugu 197 mu Ukwakira 2016, avugurura ayasinyiwe i Montreal muri Canada mu 1989, agamije kugenzura ikoreshwa n’iyoherezwa mu kirere ry’uyu mwuka wa hydrofluorocarbons ugira uruhare rukomeye mu kwangiza akayunguruzo k’izuba kazwi nka ‘Ozone’ karinda abatuye Isi kugerwaho n’ubukana bw’imirasire yaryo.

    Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo hirindwe imihindagurikire y’ibihe, ibihugu byose bikwiye guhagurukira kubahiriza aya masezerano.

    Yasabye ko ubwihwituzi ku kugira icyo ibihugu bikora mu kurwanya imihindagurikira y’ibihe bukwiye kugarukwaho cyane mu nama yiga ku hazaza h’Isi mu bijyanye no guhangana n’ihindagurika ry’ikirere izwi nka COP-26.

    Perezida Kagame yibukije ibihugu bikize kurekura inkunga byemereye ibikennye mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe

    source : https://ift.tt/3nOmXqM

  • Abagenzacyaha barimo guhugurwa ku kurwanya inkongi no kuzikoraho iperereza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ukwakira 2021 ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’ubugenzacyaha mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimihurura hahuguwe abagenzacyaha 30, aba bakaba ari ikiciro cya kabiri gihuguwe.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro, ACP Paul Gatambira, yavuze ko aba bagenzacyaha babanza guhugurwa ku bigize inkongi, ibiyitera n’uko yirindwa.

    Yagize ati “Tubanza kubagaragariza ibijyanye n’ubutabire (Chemistry) biba mu muriro, uko wakwitwara habaye inkongi, amoko y’inkongi n’ibiyizimya. Tunabagaragariza ibituma habaho inkongi ndetse n’ingamba zo kwirinda ko gazi itekeshwa yatera inkongi.”

    ACP Gatambira yakomeje avuga ko nyuma yo kugaragariza abagenzacyaha imiterere y’inkongi z’umuriro n’ibiyitera, banahugurwa uko bakora iperereza ahabaye inkongi y’umuriro, basobanurirwa ko gukora iperereza ahabaye inkongi bitandukanye n’ahabaye ibindi byaha.

    Yagize ati “Abagenzacyaha tubagaragariza uburyo bwo kumenya icyateye inkongi. Nk’umugenzacyaha agomba gusonukirwa inkongi icyo ari cyo, mbese akagira ubumenyi rusange ku nkongi.”

    Abagenzacyaha bagaragarizwa ko gukora iperereza ku cyateye inkongi bisaba ubushishozi bwimbitse, bakagera ahabereye inkongi bakamenya icyateye inkongi niba ari impanuka isanzwe cyangwa hari uwagize uruhare mu guteza iyo nkongi ku bushake.

    Ibyo umugenzacyaha ashobora kubigeraho abajije abatangahabuhamya yasanze ahabereye inkongi ndetse na we agakusanya ibimenyetso by’ibyo yiboneye n’amaso ye.

    Kugeza ubu ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (RFB) bamaze guhugura abagenzacyaha barenga 60, abahuguwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Ukwakira 2021, bari ikiciro cya Kabiri. Biteganijwe ko buri wa Gatandatu w’icyumweru hazajya hahugurwa abagenzacyaha.

    Iryo shami rya Polisi kandi rimaze igihe ritangiye ibikorwa by’amahugurwa mu bigo bitandukanye ku kwirinda no kurwanya inkongi z’umuriro, aho bakorera ndetse n’aho batuye. Byose biri mu mugambi wo kugira ngo buri muturarwanda agire ubumenyi rusange ku kwirinda inkongi no kwitabara igihe yabaye.

    source : https://ift.tt/3CM7Ftb

  • Umwana uri munsi y’imyaka ibiri ntiyagombye kwerekwa televiziyo cyangwa telefone – Ubushakashatsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwitwa Joël Monzée, umuhanga mu by’imikorere y’imitsi ndetse no mu by’imitekerereze wo muri Canada yagize “Mu gihe cyose ubuzima bw’umuntu bumara, ubwonko bwiyubaka kandi buhinduka hagendewe ku byo bugaburirwa”.

    Ibyo ngo bivuze ko umwana uhora yerekwa ibiganiro n’amashusho kuri televiziyo, imikino kuri za ‘tablettes’, kuri za mudasobwa cyangwa se kuri za telefoni ngo yumva ibimukikije agendeye kuri ayo amashusho abona, aho kugendera ku byo umubiri we ubamo cyangwa se ibyo aganira n’abandi.

    Dr Monzée ati “Icyo abantu bashobora kubona, ni uko abana bamara umwanya munini imbere y’ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga bareba amashusho n’ibiganiro bitandukanye, usanga bibagora cyane kuba bakwishushanya igihe babisabwe, n’ubwo baba bafite imyaka hagati y’irindwi n’umunani (7-8). Ahubwo umwana akaba yashushanya ibijumba binini, cyangwa se ibibiriti, kuko bimugora, kuba yashushanya umubiri we. Kuko ni umwana utarigeze yiruka, ngo ashinge gatebe gatoki, ashushanye, akatagure ibipapuro n’ibindi, ahubwo wirirwa areba amashusho yo kuri ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga. Uwo rero anahura n’ingorane zo kwiga ngo afate, kandi bigatangirira no mu mashuri y’incuke”.

    Ati “Intego si ugushyira ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga mu kimpoteri ngo bijugunywe nk’imyanda, kuko bifite akamaro mu buzima bwacu, bishobora no kwifashishwa mu kwiga. Ahubwo biba ikibazo iyo ibyo bikoresho bikoreshejwe nk’aho ari bwo buryo bukomeye buhari bwo gushimisha umwana. Icyo gihe biba bibi”.

    Dr Monzée asobanura ko imiryango yahisemo kugabanya umwanya ibikoresho by’ikoranabuhanga byaka mu ngo zabo abana babireba, yagiye ibona abana bongera gukunda no kwishimira ubuzima n’ibihe byiza bagirana n’imiryango yabo ndetse na bagenzi babo bo mu ishuri mu gihe baganira.

    Uwo muhanga avuga ko bitoroshye kwambura umwana ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga, kuko ababikoresha bahinduka imbata zabyo vuba cyane.

    Ati “Intego si ugutuma ababyeyi bagira inkomanga ku mutima, cyangwa se abarezi bifashisha ibyo bikoresho mu gihe bagiye kuruhuka. Ariko ni ngombwa kugenzura kugira ngo ikoreshwa ry’ibyo bikoresho ritarenza urugero”.

    Monzée yasobanuye ko ubushakashatsi butandukanye bwagaragaje ko guha abana ibyo bikoresho bya za televiziyo, telefoni n’ibindi bigira uruhare mu gutuma abakiri bato bagira ibibazo bijyanye n’imyitwarire.

    Dr Monzée yasobanuye ko umwana akenera umwanya kugira ngo ashobore kwiga no kumenya. Mu 2014, Ikinyamakuru ‘New York Times’ ngo cyagaragaje ko Steve Jobs, washinze sosiyete ya ‘Apple’ ikora ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga, atemereraga abana be kuba bafata ibyo bikoresho ngo babimarane umwanya.

    Ikindi kandi ngo ibinyamakuru bitandukanye byagaragaje ukuntu abayobozi bakuru bakora mu kitwa ‘Silicon Valley’ muri California bishyurira abana babo amashuri yigenga atemera za ‘tablettes’ na za mudasobwa nka ‘Waldorf School’ y’ahitwa Peninsula, bagamije kugira ngo abana bafate umwanya wo gutekereza, bazamure ubushobozi bwabo bwo gutekereza ndetse no kuba bavumbura ibintu bitandukanye.

    Dr Monzée avuga ko guhoza umwana imbere y’ibikoresho by’ikoranabuhanga, byagira ingaruka mu gutuma atamenya ibyo akunda cyangwa icyo yifuza kuzakora mu buzima bwe, umwana ngo akaba yarangiza amashuri yisumbuye ataramenya icyo yifuza kuzakora mu buzima bwe.

    Ati “Nta na rimwe abana bahora imbere y’ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga bafata umwanya ngo batekereze icyababera cyiza, cyangwa se icyo bakunda gukora”.

    Igihe umwana yemerewe kumara imbere y’ibikoresho by’ikoranabuhanga hakurikijwe ikigero cye nk’uko ubushakashatsi bubyerekana

    Umwana ufite kuva kuri 0 kugeza ku myaka 2 ntiyemerewe kubireba

    Umwana ufite kuva ku myaka 2 kugeza kuri 4 ntagomba kurenza isaha imwe ku munsi

    Umwana ufite imyaka 5 kugeza kuri 11 yagombye kutarenza amasaha abiri ku munsi.

    Dr Monzée asanga ababyeyi n’abandi barezi bakwiye kwiga guhakanira abana no kubangira rwose igihe bahora basaba kureba za televiziyo cyangwa za telefoni kugira ngo batazagera aho baba imbata z’ibyo bikoresho (dépendance).

    Yagize ati “Niba umwana wanjye ansabye ananyinginga ngo nzajye muha ikirahuri kimwe cy’inzoga buri munsi kugira ngo yishime, nzamuhakanira. Uko ni ko byagombye kugenda no kuri ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga ku bana. Ni ngombwa gushyiraho imirongo ntarengwa”.

    source : https://ift.tt/3w9cnyr

  • Afurika yiteguye gufatanya n’indi migabane mu gukemura ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Yabitangaje kuri uyu wa 31 Ukwakira 2021, mu nama ihuza ibihugu 20 bikize ku isi (G20) aho baganiraga ku mihindagurikire y’ikirere no kubungabunga ibidukikije.

    Perezida Kagame yavuze ko bitewe n’ibyavuye mu nama ya COP-26 bisa n’aho nta mwanzuro wari waboneka, na none raporo ya IPCC yerekana ko igihe ari kinini cyangwa gito kugira icyo bakora.

    Yavuze ko nta gikorwa gifatika cyari cyakorwa ku cyemezo cyo gukusanya miliyari 100 z’Amadorali buri mwaka agamije kubungabunga ibidukikije ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere nk’uko byari biteganyijwe.

    Yongeyeho ko iyo nama ya G20 y’uyu mwaka, hakwiye kwibukwa iyo mihigo ndetse ko hanakenewe gahunda yo kuyishyira mu bikorwa.

    Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bikize byihariye 80% by’ibyuka ihumanya mu kirere, ko Afurika atariyo igira uruhare runini mu mihindagurikire y’ikirere, ariko initeguye gufatanya n’indi migabane mu gukemura impamvu zose zitera iyo mihindagurikire y’ikirere.

    Yakomeje avuga ko muri Nyakanga 2021, umuryango w’Ubumwe bwa Afurika washyizeho gahunda nshya y’imyaka itanu igamije gukora ku buryo uyu mugabane uhora utoshye (African Union Green Recovery Action Plan), ufite ingufu zisubira, urusobe rw’ibinyabuzima no gushyiraho umutungo w’amafaranga agamije kubungabunga ibyo bikorwa.

    Yanashimangiye ko hakenewe kuvugurura imisanzu yagenwe na buri gihugu kugira ngo bihuzwe n’icyo cyifuzo.

    Mu Rwanda, ngo hashyizweho ingamba z’igihugu zijyanye no gukonjesha, kugira ngo uburyo busanzwe bwo gukongesha (Hydrofluorocarbones) bugira uruhare runini mu gutera ubushyuhe isi buhagarikwe.

    Yavuze ko icyo gikorwa kijyanye n’amasezerano ya Montreal yavugururiwe i Kigali.

    Perezida Kagame yongeyeho ko gushyira mu bikorwa ayo masezerano byuzuye, ari kimwe mu bishobora gutuma ingamba zafashwe mu kugabanya umuvuduko w’imihindagurikire y’ikirere uriho.

    Yunzemo ko yizeye ko ibyihutirwa ku mihindagurikire y’ikirere aribyo bizaherwaho mu nama ya COP-26, izatangira ku munsi w’ejo.

    source : https://ift.tt/3CwF9LH