Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize icyo cyorezo ni 1,343.


source : https://ift.tt/3ExbFOW
Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize icyo cyorezo ni 1,343.


source : https://ift.tt/3ExbFOW
Ku itariki 30 Ugushyingo 2021, nibwo Muhawenimana Valentine w’imyaka 22 yaburiwe irengero, umurambo we uboneka kuri uyu wa 5 Ukuboza 2021, mu Ishyamba riherereye mu mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Karambo mu Murenge wa Rugabano.
Amakuru IGIHE yamenye avuga ko uyu nyakwigendera akimenya ko atwite, yegereye umusore wamuteye inda amubwira ko amukunda, kandi ko abimwemereye yiteguye kubana nawe akamubera umugore.
Nyamusore akibyumva yaramushwishurije, amubwira ko ikibazo cy’ubushobozi bucye afite kitatuma arongora mu buryo bwemewe n’amategeko.
Izi mpungenge zatumye Muhawenimana ajya gukubita inzu ibipfunsi agarukana ibihumbi 300 Frw, ayashyikiriza umusore wamuteye inda yizeye ko ari yo bazaheraho bubaka ubuzima, kuko imbogamizi y’amikoro yari itangiye kubonerwa igisubizo.
Amakuru avuga ko uyu musore yemeye kwakira amafaranga y’umukobwa kuko yari akennye, ariko akomeza kugira umugambi wo kutazamushaka.
Umukobwa yakomeje kubaza umusore aho gahunda zigeze, undi nawe mu kumwikiza ahitamo gucura umugambi wo kumwicisha, nk’uko bikekwa n’abaturage bazi iby’iki kibazo.
Uyu musore ngo yahaye akazi abandi basore babiri, abasaba kwica Muhawenimana ubundi akazabahemba ibihumbi 80 Frw, bikavugwa ko aya mafaranga yari kubahemba yari kuyakura mu mafaranga wa mukobwa yamuhaye.
Kugeza ubu abasore babiri bikekwa ko bahawe akazi ko kwica Muhawenimana bamaze gutabwa muri yombi. Amakuru avuga ko nyuma y’urupfu rwa Muhawenimana, umuryango we wegereye uyu musore bari basanzwe bakundana bamubaza niba azi irengero rye, maze uyu musore ababwira ko yagiye i Gisenyi gushaka umugabo.
Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugabano, Nsabimana Cyriaque, yavuze ko amakuru y’uko uyu mukobwa yari yarahaye amafaranga ku musore bakundana nabo bayumvise, ariko avuga ko nta byinshi yatangaza kuko iperereza rigikomeje.
Uyu muyobozi yasabye abaturage bafitanye amakimbirane kwiga umuco wo kwegera inzego z’ubuyobozi zishobora kubafasha kuyahashya ataragera aho ashobora gutwara ubuzima bw’umuntu.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Kibuye kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.
source : https://ift.tt/3Evjwwh
Kuba urupfu rutungurana bigahurirana no kuba umubare utari muke w’Abanyarwanda amikoro yabo agereranyije ngo bigora benshi mu gihe cyo guherekeza uwabo mu gihe yitabye Imana kuko ibimugendaho kugeza ashyinguwe bisaba ubushobozi burenze amikoro yabo.
Uretse kuba hari aho usanga mu mirenge cyangwa utugari nta marimbi rusange ahari ku buryo bisaba abahatuye kujya gushyingura mu mirenge cyangwa utugari begeranye, ngo usanga n’aho ari ibiciro by’amarimbi birenze ubushobozi bwa bw’abatari bake ku buryo hari abahitamo gushyingura mu masambu yabo.

Bamwe mu baturage bo mu mirenge by’umwihariko iyo mu turere tw’icyaro nka Burera, Nyamagabe, Nyabihu na Nyagatare baganiriye n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro (Pax Press), bagaragaje ko hari abadashobora kwigondera amafaranga yishyurwa kuri ba nyiri amarimbi kuko bibasaba kugurisha amatungo yabo kandi n’ubundi bagasigara bafite amadeni batarishyura.
Umwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, avuga ko mu Murenge wabo nta rimbi rusange ririmo ku buryo iyo bashatse gushyingura bibasaba kujya mu Karere ka Musanze kandi na ho bakaba batoroherwa n’ibiciro by’amarimbi yaho.
Ati “Kuyabona biratugora nyine kuko iyo udafite ihene cyangwa inka ntabwo uyabona, urumva n’ukuguza nko mu ngobyi cyangwa mu yandi matsinda, ni uko Leta yaturwanaho ikavugana n’uwo rwiyemezamirimo ushinzwe iby’amarimbi bakavugana bakatugabanyiriza igiciro, wenda bakatugenera nk’ibihumbi 15, wenda umuntu akajya yigora akayashaka, kuko urumva n’iyo ufite ihene imwe ntabwo ayo mafaranga abonekera rimwe, ugasigaramo ideni, ugasigara urimo kugorwa no kwishyura kandi wabuze n’umuntu”.

Mugenzi we na we yagize ati “Niba wapfushije umuntu uremera ukikokora, kugira ngo ubone amafaranga yo kugura irimbi, ukemera niba ufite agasambu ukagatanga, niba ufite agatungo ukagatanga, gushyingura ni ukurwana nyine n’amafaranga yo kugira ngo ugure aho umushyingura”.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo gushyingura mu irimbi rya Rusororo, Anselme Nkusi, ntiyemeranya n’abavuga ko gushyingura bihenda kuko mu irimbi ryabo bagira ibyiciro ku buryo buri wese ashobora kwibonamo.
Ati “Ni ukuvuga ngo umuturage uje afite urupapuro yemerewe n’akagari n’umurenge batwereka ko uyu muntu atishoboye, tumushyingurira ubuntu, araza agasanga twateguye ahantu agomba gushyingurwa tukamushyingura akitahira, iyo tugeze mu cyiciro cyo gushyingura mu bitaka, turacukura, umuntu akaza tukamushyingura twarangiza tukagaruraho igitaka. Iyo dukoze iyo serivise nta bindi asabye ni 7500, hakaza abo mu masima, aho dufata imva ukayicukura tukubaka twamara kubaka, tugakora igipande na sima, umuntu akaza tukamushyingura bagatanga amafaranga ibihumbi 180”.
Ngo hari n’icyiciro cy’abifite cyitwa mu makaro aho bacukura. Bakubaka bakoresheje amatafari barangiza bagashyiramo amakaro imbere ndetse barangiza gushyingura bakazashyira amakaro inyuma aho igiciro cy’umukuru ari amafaranga ibihumbi 490 mu gihe umwana ari ibihumbi 340.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe iterambere rusange n’imibereho myiza y’abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Husi Monique, avuga ko itegeko riteganya ko inama njyanama y’Akarere ari yo iteganya ibijyanye n’imicungire n’imikoreshereze n’ibiciro by’amarimbi, agasinyana na rwiyemezamirimo.
Ati “Nka MINALOC turongera gusubira muri ibyo bijyanye n’ibiciro ahagiye hagaragazwa ibyo bibazo, kugira ngo ijisho ry’ubuyobozi rikomeze kureberera abaturage, aho ibyo biciro bihanitse turebere hamwe na rwiyemezamirimo, turebe ubushobozi bw’abaturage tugene, cyangwa se uturere tugene ibiciro bigendanye n’ubushobozi bw’abaturage bo muri ako gace”.
Mu bushakashatsi umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro (Pax Press) wakoze ufatanyije n’imwe mu miryango igera kuri 16 itari iya Leta muri uyu mwaka, basanze igiciro cy’amarimbi rusange kiri hagati y’amafaranga ibihumbi 70 na 300.
Gahunda ya Leta ivuga ko umuturage wese akwiye kuba yashyingura mu marimbi rusange kuko ari ho honyine hagenewe kuba hashyingurwa uwitabye Imana. Mu Rwanda habarirwa amarimbi 1439 angana na 66.9%, mu gihe mu mirenge 416 iri mu gihugu, imirenge igera kuri 91 ingana na ¼ nta rimbi rusange igira.

source : https://ift.tt/3ovBVDU
Ha mbere byasabaga ko umuntu yerekeza mu mahanga ngo yige muri Porogarumu yaho. Kuri ubu byarahindutse kuko uri mu Rwanda wakwiga muri porogaramu y’Abanyamerika, Abongereza n’abandi.
Umuryango Ushingiye ku iyobokamana wa Africa New Life Church ukomeje gushinga imizi mu burezi mu Rwanda, mu 2020 watangije ishuri mu Karere ka Bugesera ryigisha muri Porogaramu yihariye ishingiye ku icengezamatwara ry’iyobokamana izwi nka Accelerating Christian Education. Ni rimwe mu mashuri make yigisha muri iyi porogaramu mu Rwanda.
Ni Porogaramu ifasha umwana kugira ubumenyi mu bya siyansi no mu iyobokamana mu rwego rwo kumufasha kwagura intekerezo.
Ubwo habaga umuhango wo gusoza igihembwe cya gatatu, Umuyobozi wa New Life Leadership Academy nayo yigisha muri iyi porogaramu, Samuel Mukasa, yagaragaje ko ifasha abana kwagura ubumenyi, kugira indangagaciro za gukirisitu n’ubumenyi rusange.
Urangije muri iyi porogaramu kandi aba afite amahirwe yo koroherezwa kwiga muri Kaminuza zo muri Amerika n’ibindi bihugu bisaga 45 biyikoresha ku Isi.
Yavuze ko itandukanye cyane n’izindi porogaramu Mpuzamahanga zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda kubera amasomo yigwamo.
Ati “Itandukaniro ni uko ishingiye ku iyobokamana, iha umunyeshuri umwanya wo gukora cyane ndetse no kumva ko afite inshingano. Ntabwo bisaba ko umwana ategereza bagenzi be kugira ngo yimuke. Ifasha abana kwigira ku ntego.”
Umuyobozi wa New Life Leadership Academy, Samuel Mukasa, yagaragaje iyo porogaramu ifasha abana kwagura ubumenyi, kugira indangagaciro za gukirisitu n’ubumenyi rusange.
Urangije muri iyi porogaramu kandi aba afite amahirwe yo koroherezwa kwiga muri kaminuza zo muri Amerika n’ibindi bihugu bisaga 45 biyikoresha ku Isi.
Yavuze ko itandukanye cyane n’izindi porogaramu Mpuzamahanga zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda kubera amasomo yigwamo.
Ati “Itandukaniro ni uko ishingiye ku iyobokamana, iha umunyeshuri umwanya wo gukora cyane ndetse no kumva ko afite inshingano. Ntabwo bisaba ko umwana ategereza bagenzi be kugira ngo yimuke. Ifasha abana kwigira ku ntego.”
Irindi tandukaniro ni uko nta bizamini bikorwa mu gihe umwana asoje icyiciro runaka birashoboka ko umwana wize muri iyo porogaramu yakiga mu myaka itatu y’amashuri mu mwaka umwe, bitandukanye n’uko dusanzwe tubimenyereye.
Ubundi buri gihembwe kigenewe ko abana biga amasomo 12 bitewe n’ubushobozi bw’umwana ashobora kwiga ayo masomo mu kwezi kumwe ku buryo ibyo yagombaga kuziga mu myaka itatu abyiga mu mwaka umwe ari nabyo bifasha abana kurangiza bakiri bato.
Umuyobozi w’Umuryango wa Africa New Life, Pasteur Fred Isaac Katagwa yavuze ko umwihariko w’ishuri rishya New Life Leadership Academy ari uko batoza abana kuzavamo abayobozi bafite n’indangagaciro kandi buri somo ryigishwa rihuzwa n’ibyanditswe muri Bibiliya.
Ati “Umwana uzavamo hano azaba afite ubushobozi bwo gushungura, kandi ni umwana uzaba yarahinduwe. Dufite uburezi buha umwana ibintu byinshi ariko ntibahinduke mu mikorerere n’imitekerereze. Turifuza ko uburezi bwacu bahindura uwabuhawe.”
Yagaragaje ko bafite abanyeshuri bagera kuri 70 mu gihe cy’umwaka ishuri rimaze ariko ko batazarenza 200 mu rwego rwo kuzamura buri wese.
Katagwa yavuze ko guhitamo kwigisha muri iyo porogaramu bashakaga kugira umwihariko no kubaka uburere bw’abayobozi b’ejo hazaza bafite ubumenyi mu bya siyansi no mu iyobokamana.
Meilla Yves ni umunyeshuri muri New Life Leadership Academy yari asanzwe yiga muri Porogaramu ya REB “Competance Based curriculum yavuze ko itandukanye cyane niyo yigamo kuko imuha gukora cyane no kurushaho gusobanukirwa.
Ubusanzwe Afurika New Life ifatanya na Leta mu bikorwa byo guhugura abarimu, igafasha abanyeshuri basaga 10000 hirya no hino, ikagira ibigo bitatu by’amashuri byigamo abana bagera ku 1200 birimo igiherereye I Kayonza na Kicukiro.
Mu Rwanda habarurwaga ibigo bitandatu bisanganywe iyi progaramu birimo Life International Christian Academy (LICA), Trinity International Academy, Cornerstone International Christian Academy, New Kigali Life Christian Academy, Faith Foundation Academy na Springville Christian Academy.



source : https://ift.tt/3GnR6VL

Ni inama yatumijwemo umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’ikigo cyawo gishinzwe gukumira indwara hamwe n’izindi nzego zifite aho zihuriye n’ubuzima ndetse n’ikorwa ry’inkingo.
Kugeza ubu mu nkingo zitandukanye zikoreshwa muri Afurika, 99% zituruka hanze, bivuze ko 1% yazo ari zo zikorerwa kuri uyu mugabane. Iki ni kimwe mu bibazo iyi nama igomba gushakira umuti, kubera ko mu gihe ibyorezo bikomeje kwiyongera ku isi, abanyafurika bagahora bategereje ko inkingo zikenerwa zizaturuka ahandi, bishobora kurushaho gushyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko inzitizi Afurika yahuye na zo muri iki gihe cy’icyorezo cya covid-19, mu bijyanye no kubona ibikoresho byo gupima ndetse n’inkingo, byongeye kubibutsa ko hari icyo bakeneye gukora kandi babyikorera bo ubwabo.
Yagize ati “Iki kibazo ntabwo ari gishya, ariko na none ikibazo cy’ubuvuzi ni ikibazo cy’ubuzima n’urupfu, ni yo mpamvu Afurika igomba kubaka ubushobozi n’ubuhanga muri siyansi yo gukora ibyo byose, ndetse bigakorwa mu buryo bwihuse, dushobora kandi dukwiye gukora ibintu bishya, kandi tukabikora mu buryo butandukanye n’ubusanzwe”.
Yakomeje agira ati “Iyo mvuze ko dukeneye kugira ibyo dukora, tubyikoreye twebwe ubwacu, ntibivuze gukora twenyine, ubushakashatsi ku nkingo no kuzikora nyirizina ni umukoro w’isi yose, ni yo mpamvu tugomba gufatanya twese nk’Abanyafurika, ndetse n’abandi bafatanyabikorwa b’ingenzi bo hirya no hino ku isi”.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO/OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko Afurika hamwe n’ibindi bihugu bikennye kugeza ubu byabonye gusa 0.6% by’inkingo zose zakozwe za Covid-19.
Kugeza ubu kandi abamaze gukingirwa covid-19 ku mugabane wa Afurika, baracyari munsi ya 10%, ibintu bigaragaza uburemere bw’ikibazo cy’inkingo kuri uyu mugabane.

Mbere y’iyi nama, Umukuru w’igihugu akaba yari yabanje kwakira mu biro bye umuyobozi w’ikigo nyafurika gishinzwe kugenzura no gukumira indwara (Africa CDC), John Nkengasong, hamwe n’umujyanama Mukuru w’umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye wita ku buzima WHO/OMS, Dr. Senait Fisseha.
Ikigo nyafurika gishinzwe kugenzura no gukumira indwara (Africa CDC), cyatangije umugambi wo gukorera inkingo muri Afurika muri uyu mwaka mu kwezi kwa Mata, muri iyi nama hakaba harimo kurebwa intambwe imaze guterwa muri uyu mugambi kugira ngo iyi ntego igerweho, kubera ko Afurika ifite intego yo kuba yavuye kuri 1% y’inkingo zikorerwa kuri uyu mugabane zihakoreshwa, bakazagera kuri 60% mu mwaka wa 2040.
Ku itariki 26 Ukwakira 2021 hasinywe amasezerano hagati y’ibihugu by’u Rwanda na Senegal na kompanyi ya Bion-Tech izwi cyane mu bijyanye no gukora inkingo zo mu bwoko bwa Pfizer, aya masezerano akaba yaravugaga ko muri ibi bihugu byombi hagiye gutangira gukorerwa inkingo, by’umwihariko mu Rwanda hakazakorerwa urukingo rwa Covid-19, Malaria ndetse n’igituntu.

source : https://ift.tt/3DxNXAK
Ni ibikorwa byakozwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Ukuboza 2021, mu Mudugudu wa Rwinkwavu mu Kagari ka Nkondo ubwo haterwaga ibiti 2000 by’inturusu mu kurengera ibidukikije no gusoza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubukorerabushake.
Uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro barimo Umuyobozi wa Rotary mu Rwanda, Dr Manirere Jean d’Amour; Umunyamabanga wa District 9150 u Rwanda rubarizwamo, Rugera Jeannette n’abandi bayobozi b’amashami ya Rotary muri Gasabo na Huye.
Ubusanzwe Rotary International ni umuryango umaze imyaka irenga ijana uvutse, ukunze gutanga inkunga zitandukanye zigamije kuzamura imibereho y’abaturage. Mu bikorwa ukunze gukora harimo kurwanya ubujiji n’ubukene, kunoza imitangire y’amazi meza, kuzamura ireme ry’uburezi, kurengera ibidukikije, gufasha abababaye, kurwanya ibyorezo no guharanira amahoro.
Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Mont Jali, Kalima Jean Malic, yavuze ko bifatanyije n’abaturage mu rwego rwo gutera ibiti kuko bifite akamaro gakomeye mu kubungabunga ibidukikije.
Yavuze ko kandi babifatanyije no gusoza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubukorerabushake, asaba Abanyarwanda kumva ko buri wese yakora ibikorwa bigira impinduka nziza ku buzima bw’igihugu.
Ati “Iyo uri umuntu ukwiye kugira icyo ukora gifite icyo kikumariye ariko utekereza no ku bandi, ugatekereza ukuntu mwafatanya mu bikorwa rusange bifitiye rubanda akamaro.”
Umuyobozi wa Rotary mu Rwanda, Dr Manirere Jean d’Amour, we yavuze ko gutera ibiti biri mu bikorwa uyu muryango ukora ngo kuko bemera ko bakwiriye gufasha abantu ariko mu bintu bakeneye kurusha ibindi.
Ati “Ku Isi hari ikibazo gikomeye cyane cy’imihindagurikire y’ibihe, hari n’inama iherutse kubigarukaho natwe rero nka Rotary mu bikorwa dukora twongeyemo kubungabunga ibidukikije. Impinduka twifuza rero ni uko Abanyarwanda bagabanya inshuro batema ibiti bakongera inshuro babitera kuko dukomeje kubitema cyane ntabwo byazatubera byiza.”
Yasabye kandi abaturage kujya bafata neza ibiti baba baterewe bakabyitaho kandi nabo bagafasha abo bashoboye gufasha ku babishoboye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwinkwavu, Murekezi Claude, yashimiye Rotary Club Kigali Mont Jali yabafashije gutera ibiti 2000, avuga ko ibyatewe bizabafasha mu kurwanya isuri n’imihindagurikire y’ikirere.
Ati “Umurenge wacu ukunze kugira ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere tukabura imvura mu buryo bufatika. Iyi gahunda yo gutera ibiti ndahamya ntashidikanya ko izadufasha gukumira isuri, inatange umwuka mwiza inaha mu baturage.”
Rotary International ni Umuryango Mpuzamahanga ufite abanyamuryango barenga miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri ku Isi hose.
Uyu muryango mu Rwanda umaze kugira abanyamuryango 188 babarizwa muri Club umunani arizo, Rotary Club Kigali Mont Jali, RC Kigali Doyen, RC Musanze Murera, RC Kigali Virunga, Rotary Club Gasabo, Rotary Club Butare, Rotary Club Bugoyi na Rotary Club Kivu Lake.
source : https://ift.tt/3xYa9mo
Ibi bibazo babigaragaje mu mpera z’icyumweru gishize ubwo uyu muryango wasuraga abaturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza.
Nshimiyimana Theogene utuye mu Mudugudu wa Gitega mu Kagari ka Nkamba mu Murenge wa Ruramira, yavuze ko ikibazo bafite ku matungo kijyanye n’imiti ihenze cyane ku buryo ngo hari n’abapfusha inka kubera kubura amafaranga yo kuyigura.
Yavuze ko yigeze gupfusha ikimasa kubera kubura ubushobozi bwo kugura imiti yari ihenze cyane, ngo icyo gihe babibwiye ushinzwe ubuvuzi ku Murenge ayisuzumye agaragaza icyo irwaye ariko birangira habuze ubushobozi bwo kugura uwo muti.
Ati “Leta rero turayisaba ko nibura haboneka ivuriro ry’amatungo ririmo nkunganire ku buryo nk’abahinzi twajya tugabanyirizwa igiciro cy’imiti nk’uko bigenda ku bwisungane mu kwivuza ku baturage.”
Gashyokero Isaac utuye mu Mudugudu wa Gihuke mu Kagari ka Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo, we yavuze ikibazo cya serivisi mbi bahabwa n’ibigo by’ubwishingizi.
Ati “Nagize ibibazo narashinganye inka yanjye, aho kugira ngo bampe amafaranga barambeshya ngo yishwe n’imifuka kandi yarabagiwe ku mugaragaro abaturage bose babibona ntibakuramo umufuka.
Gashyokero ngo buri mwaka yishyuraga arenga ibihumbi icumi by’ubwishingizi bw’iyi nka ye yari yarahawe muri girinka aho yari amaze kwitura yizera ko igiye kumufasha mu kwiteza imbere birangira ipfuye ntiyanahabwa indi n’umwishingizi.
Uyu mugabo avuga ko mu bwishingizi bw’amatungo harimo ibibazo byinshi bikwiriye kubanza kunozwa ku buryo umuturage atarengana mu gihe yahuye n’ibibazo akeneye kwishyurwa.
Impungenge ku bishyura ubwishingizi bw’amatungo batarahawe amasezerano
Umuturage witwa Kantarama Aurelie utuye mu Kagari ka Nkamba mu Murenge wa Ruramira, ni umwe mu bahamya b’uburyo hari ibigo bitanga serivisi z’ubwishingizi bitajya bitanga amasezerano.
Uyu mubyeyi yashinganishije inka ze mu kigo kimwe ariko ngo nta masezerano bigeze bamuha kuri ubu akaba afite impungenge z’uburyo ahuye n’ikibazo bashobora kumwihakana kandi kuri ubu yishyura.
Umuyobozi wa gahunda y’ubwishingizi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Museruka Joseph, yabwiye IGIHE ko abaturage badakwiriye kugira ikibazo ku masezerano baba bagiranye n’ibigo by’ubwishingizi.
Ati “ Ubundi baragusura bakagusobanurira wabikunda bakazana igipapuro cy’agateganyo ukacyuzuza bakaguha konte ukagenda ukishyura, iyo wishyuye ubwishingizi uba uri mu bwishingizi, umuturage rero icyo yareba bwa mbere ni uko babanje kubimusobanurira akabyumva akishyura nyuma rero nubwo batamuha andi masezerano biba bigaragara.”
Yakomeje avuga ko bafite ububiko bw’amakuru bahuriyeho n’ibigo by’ubwishingizi ngo kuko Leta ifite andi mafaranga itangira umuturage ku buryo ngo nta kibazo kirimo.
Umuyobozi w’Umuryango urwanya Ruswa n’Akarengane, Ingabire Marie Immaculée, yabwiye abaturage ko ibibazo byose bavuze ibyinshi bifite ishingiro kandi azabakorera ubuvugizi aho bishoboka.
Ati “Nagira ngo mbizeze twe ku ruhande rwacu ubuvugizi no gukurikirana ibyo bigo by’ubwishingizi byose, turaza no gusaba minisiteri bireba ko bakwinjira muri ibyo bibazo.”

source : https://ift.tt/3DsxEp0
Raporo y’Ikigo cya Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI), igaragaza ko mu mwaka ushize, yakoresheje 1,4% cy’umusaruro mbumbe w’igihugu. Ugereranyije n’umutekano uri mu biyaga bigari aho u Rwanda ruherereye ndetse n’ingano y’ubukungu bwarwo, aya mafaranga ntabwo ari umurengera.
Ubwo Perezida Paul Kagame ari nawe Mugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasuraga iziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique, yagarutse ku buryo intsinzi y’Ingabo z’u Rwanda idaterwa n’uko zifite intwaro ziremereye cyangwa ubushobozi buhanitse.
Ati “Ibikorwa [byo kugarura amahoro] ubwabyo byagenze neza ariko byerekana ko ibyo dushobora gukora mu bushobozi bwacu bucye.”
Mu nkuru ya Financial Times yagarutse ku rugamba rw’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, umwe mu basirikare bakuru b’icyo gihugu yasobanuye ko nyuma y’ubutumire bwa Leta ya Mozambique kuri Leta y’u Rwanda, ingabo z’u Rwanda zahise zigaragaza ko zifite ubushake bwo kujya muri iyo ntambara.
Yaragize ati “[Abanyarwanda] bifuzaga kuza [muri iyi ntambara]. Baratubwiye bati ‘dufite uburambe, dufite ubushobozi kandi nta kintu na kimwe muzishyura.”
Ubu bushake budasanzwe bwo kurengera abaturage bari mu kaga buri mu nshingano z’ibanze za RDF, aho zitegekwa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda kujya mu bikorwa byo kurengera abaturage bari mu kaga hirya no hino ku Isi.
U Rwanda rwanashyize umukono ku masezerano agamije kurengera abaturage b’abasivili yasinyiwe i Kigali mu 2015.
Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko “Intego nyamukuru y’ibikorwa byo kugarura amahoro ni ukurengera abasivili…ntabwo ari ukurinda amasezerano y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye, abari mu butumwa bwo kugarura amahoro cyangwa abanyapolitiki. Ikigamijwe ni ukurinda abaturage basanzwe bafite ibyago [byinshi byo kugirwaho ingaruka n’intambara cyangwa amakimbirane].”
Uretse kuba ingabo z’u Rwanda zarahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, zigaca intege umwanzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse zikagira uruhare mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi kuva mu 2004, ibikorwa biherutse byo kugarura amahoro muri Centrafrique no kwirukana inyeshyamba muri Mozambique, byatume abantu bongera kwibaza kuri RDF, by’umwihariko aho ikura imbaraga igaragaraza.
Ibanga rya RDF
Mu kiganiro Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Rwivanga Ronald yatanze ku mukiganiro The Barbara Show, yasobanuye ko ibanga rya RDF riri mu myitozo idasanzwe n’ubumenyi buhabwa ingabo, kuva ku rwego rwo hejuru kugera ku rwego rwo hasi.
Ubu bumenyi bwiyongera ku ndangagaciro za RDF zifite imizi mu ndangagaciro za APR zabohoye u Rwanda, ariko ibi bikagirwamo uruhare n’imiterere y’ubuyobozi muri RDF, ituruka ku mavugurura yabaye mu 2002, agamije guhindura Igisirikare cy’u Rwanda ku buryo gikora kinyamwuga.
Icyo gihe Ingabo z’u Rwanda zagabanyijwemo ibice bitatu, birimo ingabo zo ku butaka, izo mu kirere n’Inkeragutabara. Icyo gihe kandi bamwe mu bari mu ngabo zatsinzwe bahawe ikaze mu Ngabo z’u Rwanda, bityo icyari ingabo zishamikiye ku Muryango wa FPR Inkotanyi gihinduka Ingabo z’u Rwanda.
Col Rwivanga yavuze ko izi mpinduka nta ngaruka zagize ku bunyamwuga bwa RDF.
Ati “Guhindura izina ntibyahinduye imyitwarire n’indangagaciro zacu, twarabigumanye. Yaba ari ugushyira hamwe, guharanira intsinzi mu byo dukora byose, twagumanye indangagaciro zacu.”
Kuva icyo gihe, RDF yatangiye gushyira imbaraga mu kongera ubushobozi bw’abasirikare bayo, yaba mu buryo bw’imyitozo ya gisirikare ndetse n’ubundi bumenyi.
Yagize ati “Muri gahunda zacu, duharanira guhora tuzamura urwego rwacu buri munsi muri buri kimwe dukora, binyuze mu myitozo no mu kwigisha abasirikari bacu.”
“Bigomba kumvikana ko abantu benshi baretse amashuri yabo bakajya ku rugamba [rwo kubohora u Rwanda]. Nyuma yo kubohora igihugu, benshi mu basirikare bacu basubiye mu ishuri gukomeza amasomo yabo no kuzamura urwego rwabo. Ibyo byari muri gahunda yacu ngari yo kuzamura urwego rwacu, tukaba abanyamwuga, tukaba twarabonye uburezi.”
Uretse gufasha abasirikare kwiga amasomo asanzwe, imyitozo ya gisirikare nayo yongerewe ingufu, ku buryo igera mu byiciro byose by’ingabo kandi mu buryo buhoraho.
Ibi byakozwe hashyirwaho amashuri yigisha abasirikare bato n’abakuru.
Col Rwivanga yagize ati “Twatangije ibigo by’imyitozo. Twafunguye Ikigo cy’Imyitozo cya Nasho kugira ngo kijye gitoza abari kwinjira mu gisirikare ndetse n’ingabo zidasanzwe (special forces), kugira ngo bagire ubushobozi bwo kuzuza inshingano zabo.”
“Twatangije kandi amasomo agenewe ba ofisiye bato i Gako, ubundi yatangiye ari amasomo atangwa mu gihe cy’umwaka umwe, ariko yaje guhindukamo Kaminuza [itanga impamyabushobozi], kuri ba ofisiye bato. Bamara imyaka ine biga mu bijyanye n’ubuvuzi, ‘engineering’, ubugenge, ubunyabutabire, ubumenyabuzima ndetse n’amasomo y’igisirikare.”
Hanatangijwe kandi ibigo byigiramo abasirikare bakuru ku bijyanye no kuyobora urugamba, kuyobora ingabo n’ibindi byinshi.
Ati “Twanatangije kandi Ikigo gitanga imyitozo ku bayobozi bacu, ba commander bato [bitoreza] i Gabiro […] Twanatangije andi masomo yo ku rwego rwo hejuru, [ku bayobozi ba batayo no hejuru yaho], atangirwa ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare riri i Nyakinama, ritoza ba ofisiye kuyobora batayo ndetse no hejuru yayo.”
Uburambe bw’ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi byatanze umusaruro kuko hashinzwe Ishuri rikuru ribyigisha.
Col Rwivanga yagize ati “Twanatangije Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama, kigakorana n’Ishuri rya Gako, ritoza ba ofisiye bacu kurushaho kugira ubushobozi mu bikorwa byo kugarura amahoro hirya no hino. Tunatanga amasomo y’umwihariko mu bijyanye no kubungabunga amahoro [mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riri i Nyakinama].”
Yongeyeho ko hakiri umugambi wo gutangiza andi mashuri, ati “Ubu dufite imigambi yo kuzamura [amasomo atangwa] agashyirwa ku rwego rwo hejuru, ku buryo dutangira gutoza abajenerali.”
“Kuri ubu abajenerali bacu batorezwa mu mahanga mu mashuri ya gisirikare atandukanye. Batorezwa muri Amerika, u Bubiligi, Ghana, Nigeria, Afurika y’Epfo, turi gukora ku buryo natwe dutangiza ishuri ryacu mu myaka iri imbere.”
Bite by’urugamba rwa Cabo Delgado?
Col Rwivanga yavuze ko ibikorwa byo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado bikomeje kandi biri kugenda neza, asobanura ko Ingabo z’u Rwanda ziri gukorana n’iza SADC mu rwego kwita ku mpunzi no gutsinda umwanzi mu buryo bushimangiye.
Ati “Turi gusangira amakuru y’ubutasi, tugakora ibikorwa byo guhashya umwanzi ku ruhande rwa buri gice kugira ngo turebe uko twakemura ibibazo by’inyeshyamba.”
“Iki kibazo cyari kimaze imyaka ine, twishimira ko nibura twaciye intege z’ubushobozi bwabo [inyeshyamba] bwo kurwana ku kigero gikomeye. Ubu bameze nk’abari guhunga, ntabwo bakigaba ibitero mu baturage, kandi ni ibintu byiza.”
Yasobanuye ko ibikorwa byo mu rwego rwo kugarura amahoro bikomeje, bisobanuye kugarura abaturage mu bikorwa byabo.
Bamwe mu mpunzi zageze mu gace kagenzurwa n’ingabo za SADC, “Ari yo mpamvu turi gukorana n’ingabo za SADC ku buryo tubagarura, noneho tugatangira gushyira imbaraga mu bikorwa byo kubaka iterambere.”
Yakomeje ati “ Ibi bikorwa ni ingenzi cyane mu kurwanya inyeshyamba kuko iyi niyo mpamvu [kutagira iterambere] ya mbere inyeshyamba zibaho. Rero tuzagira uruhare mu kugarura umutekano, ariko nk’uko dusanzwe tubigiramo uruhare aho tugiye hose, tuzagira uruhare mu bikorwa byo kubaka iterambere.”
Ni izihe nyungu u Rwanda rubonera mu ntambara ya Mozambique?
Col Rwivanga yavuze ko hari inyungu nyinshi cyane u Rwanda rukura muri ibi bikorwa byo kugarura amahoro.
Ati “Hari inyungu nyinshi, twizerera mu kurinda umutekano w’abaturage, twatangiye mu 2004 kandi ntitwasubiye inyuma. Nitwe twabaye aba mbere twajyanye Ingabo i Darfur, ubwo butumwa bwararangiye, ariko ntekereza ko twageze kuri byinshi muri ubwo butumwa. Turi muri Sudani y’Epfo, Centrafrique.”
“Reba nk’uko ibintu byari bimeze muri Mozambique, bidutera ishema kumva ko twagize uruhare mu bikorwa byo guhagarika ubwicanyi [bwakorerwaga abaturage muri Mozambique]…Ikindi navuga ni uko tugenda turushaho kugira uburambe n’ubunyamwuga mu kazi ka gisirikari, ibyo ni byo tugomba gukora, ni akazi kacu.”
“Buri gihe iyo tugiye mu bikorwa byo kugarura amahoro, turushaho gutera imbere, ariko tunajyanwa n’impamvu ikwiriye, yo kurinda abaturage, kandi iyo yakabaye impamvu ihagije.”
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo Ingabo z’u Rwanda zatangiraga kujya muri Mozambique, Col Rwivanga yari yavuze ko indi nyungu ikomeye izava muri uru rugamba ari ukwerekana ko Afurika ifite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo.
Uyu Muvugizi kandi yavuze ko RDF yagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19, ariko ubu imbaraga ziri gushyirwa mu guhangana na cyo.
Ati “Kimwe n’izindi nzego, RDF yagizweho ingaruka [na Covid-19], kandi tugomba kugira uruhare muri gahunda z’igihugu zigamije guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo.”
“Twakoze byinshi, twashyizeho amatsinda ashinzwe guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo, twatwaye inkingo mu bice bitandukanye by’igihugu, kandi ba ofisiye bacu bari mu bice bitandukanye aho bigisha abantu ku buryo bwo guhangana n’iki cyorezo.”
Yashishikarije urubyiruko gutekereza ku mwuga wo kuba umusirikare kuko urimo amahirwe yo kubaka igihugu. Ati “Igisirikare cyacu ni ikinyamwuga, buri wese atewe ishema nacyo. Ibyo twagezeho ni byinshi. Hari inzego zitandukanye RDF igiramo uruhare mu bijyanye no guteza imbere igihugu.”
“Dugeneye aba-engineers, abaganga, dukeneye abize amateka, dukeneye abarimu, dukeneye abanyamakuru, nta rwego rw’ubuzima bw’igihugu igisirikare kidakeneye. Rero abanyamategeko n’abandi bakora mu zindi nzego, bafite umwanya mu gisirikare.”





source : https://ift.tt/2ZZJA3H
Ni mu rubanza Rusesabagina Paul wayoboraga MRCD/FLN ahuriyemo na Nsabimana Callixte ‘Sankara’ n’abandi 19 baregwagamo ibyaha by’iterabwoba.
Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, ku wa 20 Nzeri 2021, rwasomye umwanzuro warwo kuri uru rubanza.
Urukiko rwavuze ko Rusesabagina wayoboraga MRCD/FLN, ahamwa n’ibyaha birimo icyo kuba mu mutwe w’iterabwoba n’icyo gukora no kugira uruhare mu gikorwa cy’iterabwoba.
Paul Rusesabagina niwe wakatiwe igihano kinini kuko ari igifungo cy’imyaka 25 mu gihe Nsabimana ‘Sankara’ yakatiwe gufungwa imyaka 20, abandi bagenda bahabwa ibihano bitandukanye.
Nyuma y’ibihano y’umwanzuro w’urukiko, Ubushinjacyaha, abaregera indishyi na bamwe mu baregwa muri iyi dosiye bahise bajurira bagaragaza ko batanyuzwe n’imikirize y’urubanza.
Muri rusange abantu 13 muri 21, bahamijwe ibyaha ni bo bajuririye ibihano bahawe mu gihe 74 mu bari bararegeye indishyi na bo batishimiye izo bahawe, bakajurira.
Ubusanzwe abantu 94 ni bo bari baregeye urukiko basaba indishyi z’asaga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda ariko abo urukiko rwazemereye ni bake.
Ubushinjacyaha bufite impamvu eshatu zatumye bujurira
Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 6 Ukuboza 2021, Umushinjacyaha Mukuru, Havugiyaremye Aimable, yavuze ko hari impamvu eshatu z’ingenzi zatumye bajurira.
Ati “Icyajurirwe muri uru rubanza ntabwo ari igihano gusa.”
Muri rusange ibyajuririwe birimo kuba Ubushinjacyaha butarishimiye icyemezo cy’urukiko cyo kugira Rusesabagina umwere ku cyaha cyo kurema umutwe w’ingabo.
Yakomeje ati “Mu bindi twajuririye harimo kuba icyaha cyo gutera inkunga iterabwoba gifatwa nka kimwe mu bigize ibikorwa by’iterabwoba, kuko twumvaga icyifuzo cy’Ubushinjacyaha cyari uko cyafatwa nk’icyaha ukwacyo.”
Yakomeje agira ati “Hanyuma tunajuririra n’igihano twumvaga ko ukurikije amategeko, igihano cyatanzwe kitari gikwiriye.”
Havugiyaremye avuga kandi ko Ubushinjacyaha nk’umuburanyi ataribwo bufata icyemezo, ahubwo iyo butishimiye icyemezo bujurira urukiko akaba arirwo rufata umwanzuro wo kwemera ubujurire cyangwa kubwanga.
Ni ukuvuga ko kuba Ubushinjacyaha bwaratanze ubujurire mu Rukiko rw’Ubujurire, hategerejwe icyemezo cyarwo ku kuba Rusesabagina n’abo bareganwa basubira imbere y’urukiko cyangwa rugatesha agaciro ubujurire.
Umushinjacyaha Mukuru, Havugiyaremye Aiamble avuga ko ku ruhande rw’abaregwa bajuririye ibihano bahawe n’urukiko, hari gukorwa inyandiko yo kubasubiza kugira ngo bizasuzumwe n’urukiko.
Biteganyijwe ko abaregwa nabo nibamara gutanga inyandiko isubiza ku bujurire bw’Ubushinjacyaha, Urukiko rw’Ubujurire ruzasuzuma ibyatangajwe n’impande zombi, rugatangaza niba bazasubira imbere y’urukiko ndetse n’itariki yo kuburana.
source : https://ift.tt/3rDk283
Ni ibikorwa byatangiye ku wa Gatanu tariki 03/12/2021, aho abagombaga kwitabira iyi nama babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.
Nyuma yaho berekeje mu karere ka Rubavu aho iyi nama yateraniye, babanza gusoza amahugurwa yo rwego rwa mbere rw’abatoza baturutse mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Centrafurika na RD Congo, ku mugoroba wo ku wa Gatanu, habayeho umuhango wo gusangira .

Ku wa Gatandatu, ni bwo habaye inama nyirizina yatangijwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Bwana Shema Maboko Didier, inama yari yanitabiriwe n’Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Antoine Anfré.


Ibihugu byari byaremeje kwitabira iyi nama byari U Bubiligi,Benin, Burundi, Cameroun, Centrafrika, U Bufaransa, Guinea Conakry, Côte d’Ivoire, Rwanda, RD Congo, Senegal, U Busuwisi, Tchad, Tunisie, Burkina-Faso
Abagombaga kwitabira inama imbona nkubone ntibyakunze kubera icyorezo cya Coronavirus cyaje guhindura isura

Vice-Presidente wa FRATRI Dr Edwige wari witabiriye iyi nama i Rubavu, yatangaje ko ari amahirwe akomeye kuba uyu muhango witabiriwe na Ambasaderi ndetse na Minisiteri ya Siporo aho yavuze ko bigaragaza ko Leta y’u Rwanda iri mu murongo mwiza wo kubashyigikira.
Yakomeje avuga ko gushyiraho iri huriro rya Federasiyo zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa “ FRATRI” biri mu rwego kuzamura umukino wa Triathlon bakaba banatangira kwegukana imidali, anagira inama abakinnyi muri iyi mbaraga bakawufata nk’akazi gashobora kubageze kure, avuga ko kubugeraho bisaba gukora ariko hanirindwa amanyanga.

Perezida wa Federasiyo ya Triathlon mu Rwanda Mbaraga Alexis ko inama yagenze neza n’ubwo ibihugu byagombaga kuza mu Rwanda byose bitaje kubera icyorezo cya Coronavirus
Yagize ati “Inama twayiteguye mu buryo guboye, twari twizeye ko abantu bose bakagera Kigali na Rubavu ariko si ko byagenze kubera icyorezo cyahinduye isura mu minsi yashize, ariko gushyiraho kuyikurikirana hifashishijwe ikoranabuhanga inama yitabiriwe n’abantu benshi kandi buri wese yitabiriye”
“Ibitekerezo byatanzwe byabaye ingirakamaro, twifuza ko iri shyirahamwe rya FRATRI ryatera imbere ndetse rikanagirira akamaro mu iterambere ry’urubyiruko muri uyu mukino wacu wa Triathlon”
Mbaraga Alexis kandi yatangaje ko bimwe mu by’ingezi baganiriyeho byari ukureba raporo y’ibikorwa, raporo y’umutungo, ingingo y’imiyoborere byanatwaye umwanya munini, hakabamo no gutegura imikino Olempike y’abakiri batoza izabera muri Senegal mu mwaka wa 2026.

source : https://ift.tt/3drMkdc