Tag: featured

  • Haracyari imbogazi mu gusoma ku bafite ubumuga bwo kutabona #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Haracyakenewe ibitabo birimo inyandiko ifasha abafite ubumuga bwo kutabona gusoma
    Haracyakenewe ibitabo birimo inyandiko ifasha abafite ubumuga bwo kutabona gusoma

    Ibyo biravugwa mu gihe kuri uyu wa 21 Nzeri 2020, mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro ukwezi kwahariwe gusoma, aho abantu bose bakangurirwa gusoma ibitabo byaba ibifatika cyangwa iby’ikoranabuhanga, kuko bibafasha kwiyungura ubumenyi.

    Ushinzwe imishinga y’uburezi muri NUDOR, Safari William, avuga ko abafite ubumuga basoma ariko imbogamizi ahanini ziri ku bafite ubumuga bwo kutabona, kuko ibitabo byanditse mu rurimi bumva, aho basoma bifashishije intoki bakora mu gitabo bitaboneka.

    Agira ati “Imbogamizi mu gusoma ku bafite ubumuga bwo kutabona ni uko ibitabo bifite inyandiko yabagenewe ya ‘Braille’ bitaboneka. Hake mu mashuri biraboneka muri gahunda y’uburezi budaheza, ariko nko mu masomero hirya no hino mu gihugu ntiwabihabona, wanabaza abayakuriye bakavuga ko na bo batabibona”.

    Ati “Tujya mu nama ugasanga abandi babahaye urupapuro rwa gahunda ariko ntihateganywe iz’abafite ubumuga bwo kutabona. Mu Rwanda nta kinyamakuru na kimwe gifite kopi ya Braille, bivuze ko utabona atabasha kumenya amakuru na we ngo ajijuke, ni ngombwa ko hagira igikorwa ibyandikwa muri ubwo buryo bikaboneka, abafite ubwo bumuga na bo bakiyungura ubumenyi”.

    Ikindi abafite ubumuga bwo kutabona bifuza ni uko izo nyandiko babasha gusoma zanashyirwa mu ikoranabuganga ry’amajwi nk’uko Safari abisobanura.

    Ati “Inyandiko zishyizwe mu ikoranabuhanga (digitalisation) byaba byiza kuko urupapuro rumwe rw’inyandiko isanzwe rungana n’impapuro umunani za Braille, ni umutwaro rero bivuze ko nka Bibiliya ishyizwe muri iyo nyandiko itabona aho ibikwa. Iryo koranabuhanga rero ryafasha abafite ubumuga bwo kutabona gusoma kuko imashini ibishyira mu ijwi”.

    Abanyarwanda barakangurirwa kugira umuco wo gusoma
    Abanyarwanda barakangurirwa kugira umuco wo gusoma

    Icyakora ahamya ko Leta ikora ibishoboka kugira ngo abafite ubumuga na bo babone ibibafasha mu mibereho yabo, gusa ngo haracyari byinshi byo gukora.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, avuga ko ubuyobozi bugifite umukoro wo kugira ngo abafite ubumuga muri rusange babone ibiborohereza mu kwiga.

    Ati “Urugendo ruracyari rurerure mu gufasha abafite ubumuga, cyane cyane abana bari mu mashuri ariko turagerageza kubabonera ibikoresho bakenera. Ni umukoro rero dufite nk’inzego zitandukanye z’ubuyobozi kugira ngo bafashwe babone ibikoresho birimo n’ibitabo bihagije babasha gusoma”.

    Mu kiganiro cyanyuze kuri RBA cyanatangirijwemo ukwezi ko gusoma, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yavuze ko gusoma byagombye kuba umuco wa buri Munyarwanda.

    Ati “U Rwanda rwabaye mu gihe kirekire cy’umuco wo kuvuga, kwandika bikaba byaratangiye mu kinyejana cya 19. Ubu rero ni igihe cyiza cy’uko buri Munyarwanda yagira umuco wo gusoma no kwandika kuko byagura ubumenyi bitewe n’uko umuntu yegera ibiri hafi n’ibiri kure ye, bikanongera ireme ry’uburezi”.

    Insanganyamatsiko y’uku kwezi ngarukamwaka ko gusoma igira iti “Mumpe urubuga nsome”, ibikorwa bikuranga bikaba bitegurwa n’abafatanyabikorwa bibumbiye mu ihuriro ryitwa ‘Soma Rwanda, kukaba kuzasozwa ku itariki 21 Ukwakira 2020.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/haracyari-imbogazi-mu-gusoma-ku-bafite-ubumuga-bwo-kutabona

  • Ngoga Emile yasohoye indirimbo ikomoka ku buzima bw’umwana biganye wari ubayeho mu bukene #rwanda #RwOT

    Umuhanzi nyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ngoga Emile, yasohoye indirimbo yitwa ‘Wirira’ yakomotse ku buzima bw’umwana biganye, kubera ubukene bwari mu muryango we abandi bajya gutaha we akumva yakwigumira ku ishuri kuko iwabo ntabyo kurya yahabonaga.

    source https://igihe.com/iyobokamana/muzika/article/ngoga-emile-yasohoye-indirimbo-ikomoka-ku-buzima-bw-umwana-biganye-wari-ubayeho

  • Fabrice Ndatira wari umuyobozi muri MTN yahawe imirimo muri Facebook #rwanda #RwOT

    Fabrice Ndatira wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, agiye kwerekeza mu kigo cy’ikoranabuhanga cya Facebook.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/fabrice-ndatira-wari-umuyobozi-muri-mtn-yahawe-imirimo-muri-facebook

  • Snowden ushinjwa kumena amabanga ya Amerika yemeye guhara arenga miliyoni 5$ #rwanda #RwOT

    Edward Snowden ukurikiranyweho ibyaha byo gushyira hanze amabanga y’ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, yemeye guhara amafaranga arenga miliyoni 5$ yakuye mu gitabo bivugwa ko yasohoye binyuranyije n’amategeko, n’imbwirwaruhame zitandukanye yagiye atanga.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/snowden-ushinjwa-kumena-amabanga-ya-amerika-yemeye-guhara-arenga-miliyoni-5

  • Usengimana Danny wa APR FC agiye kurushinga #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa APR FC n’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Usengimana Danny, yatangaje ko ku wa 8 Ukwakira 2020, ari bwo azashyingiranwa n’umukunzi we N. Francine.

    source https://igihe.com/abantu/kubaho/urukundo/article/usengimana-danny-wa-apr-fc-n-amavubi-agiye-kurushinga

  • Abashyigikiye Rusesabagina biyita ko baharanira ubwisanzure na demokarasi baramwaye #rwanda #RwOT

    Ikibazo cya Rusesabagina ni urugero rw’uburyo abanyamahanga mu bihugu by’u Burayi na Amerika bivanga muri politiki z’ibindi bihugu bitwaje kuba ‘impirimbanyi z’ubwisanzure na demokarasi’, nyuma bagahinduka abafatanyacyaha mu bikorwa byo gutera inkunga iterabwoba.

    source https://igihe.com/twinigure/ubibona-ute/article/abashyigikiye-rusesabagina-biyita-ko-baharanira-ubwisanzure-na-demokarasi

  • Amerika yasabye Kenya gushyigikira Israel niba ikeneye amasezerano yoroshya ubucuruzi #rwanda #RwOT

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamenyesheje Kenya ko niba ishaka ko bakorana ubucuruzi bweruye, ibicuruzwa byo muri Kenya bikajya muri Amerika bidasoze n’ibya Amerika bikaba bityo, igomba kwemera ko izajya ishyigikira Israel mu buryo bweruye.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/amerika-yasabye-kenya-gushyigikira-israel-niba-ikeneye-amasezerano-yoroshya

  • Uko igitaramo cy’impunzi cyatumye u Rwanda n’u Burundi birebana ay’ingwe mu 1979 #rwanda #RwOT

    Abanyarwanda bashobora kwibagirwa ibindi, ariko umuco wabo ni imwe mu nkingi bakomeraho aho bari hose. Uwo muco wakomeje kuranga ibihumbi by’impunzi zameneshejwe guhera mu 1959, ziwukwirakwiza hirya no hino ku buryo byaje kurakaza Leta ya Juvenal Habyarimana, umwuka mubi ugatutumba hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

    source https://igihe.com/amakuru/article/uko-igitaramo-cy-impunzi-cyatumye-u-rwanda-n-u-burundi-birebana-ay-ingwe-mu

  • Amafoto: Dore abana b’ingagi bahabwa amazina kuri uyu wa Kane #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe uyu muhango wari usanzwe uhuriza abantu benshi mu Kinigi mu Majyaruguru y’u Rwanda ahaherereye izo ngagi zo mu Birunga.

    Uyu muhango ugiye kuba ku nshuro ya 16 ukaba uteganyijwe kuba ku wa Kane tariki 24 Nzeri 2020 ku munsi Isi yose yahariye kuzirikana ingagi.

    Kuri iyi nshuro abana 24 b’ingagi ni bo bazitwa amazina bakazayahabwa n’ababungabunga Pariki n’ibinyabuzima biyibamo barimo abaveterineri, abarinda Pariki, abayobora ba mukerarugendo, abashyitsi bihariye, n’abandi.
    Bamwe mu bana b’ingagi bazahabwa amazina barimo:

    Umuhungu wa Aheza

    Ni ingagi y’ingabo yavutse tariki 30 Nzeri 2019, nyina akaba yitwa Aheza mu muryango wa Muhoza.

    Umukobwa wa Inyungu

    Ni ingagi y’ingore yavutse tariki 27 Mutarama 2020 ibyarwa n’ingagi yitwa Inyungu yo mu muryango wa Agashya.

    Umuhungu wa Icyeza

    Iyi ni ingagi y’ingabo yavutse tariki 17 Ukuboza 2019 ibyarwa n’iyitwa Icyeza yo mu muryango wa Igisha.

    Umuhungu wa Iriba

    Ni ingagi y’ingabo yavutse tariki 03 Mata 2020, ibyarwa na Iriba yo mu muryango wa Muhoza.

    Umukobwa wa Inyenyeri

    Iyi ngagi y’ingore yavutse tariki 27 Ukwakira 2019, ibyarwa na Inyenyeri yo mu muryango wa Agashya.

    Umukobwa wa Urukerereza


    Iyi ngagi y’ingore yavutse tariki 04 Kanama 2019 ibyawe na Urukerereza yo mu muryango wa Igisha.

    Umukobwa wa Urwunguko

    Yavutse ku itariki ya 27 Gashyantare 2020. Nyina yitwa Urwunguko ikaba ari iyo mu muryango wa Kwitonda.

    Umukobwa wa Igihembo

    Iyi ngagi y’ingore yavutse tariki 11 Ukwakira 2019 ibyawe na Igihembo na yo yo mu muryango wa Kwitonda.

    Umwana wa Ishyaka

    Iyi ngagi yavutse tariki 21 Kamena 2020 ibyawe na Ishyaka yo mu muryango wa Mutobo.

    Umuhungu wa Akaramata


    Yavutse ku itariki ya 12 Nzeri 2019 ibyawe n’iyitwa Akaramata na yo yo mu muryango wa Mutobo.

    Umwana wa Isangano

    Yavutse ku itariki 27 Gicurasi 2020 abyawe na Karamata yo mu muryango wa Pablo.

    Umuhungu wa Mudakama

    Iyi ngagi y’ingabo yabyawe na Mudakama tariki 11 Gicurasi 2020 ivukira mu muryango wa Urugwiro.

    Umuhungu wa Pasika

    Yavutse tariki 05 Nyakanga 2019 ibyarwa n’iyitwa Pasika yo mu muryango wa Mafunzo.

    Umwana wa Kanama

    Iyi ngagi yavutse tariki 21 Ukwakira 2019 ibyawe na Kanama yo mu muryango wa Kuryama.

    Umwana wa Ubufatanye

    Iyi ngagi yavutse tariki 11Gicurasi 2020 ibyawe n’iyitwa Ubufatanye yo mu muryango wa Musilikale.

    Umukobwa wa Isaro

    Yavutse tariki 08 Kanama 2019 ibyawe na Isaro yo mu muryango w’iyitwa Musilikale.

    Umwana wa Faida

    Yavutse tariki 21 Kanama 2019 ibyawe n’iyitwa Faida yo mu muryango wa Kuryama.

    Umwana wa Mahirwe

    Iyi ngagi iri mu zihabwa izina kuri uyu wa Kane yavutse tariki 21 Nzeri 2019 ibyawe n’iyitwa Mahirwe yo mu muryango wa Kuryama.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/pariki/article/amafoto-dore-abana-b-ingagi-bahabwa-amazina-kuri-uyu-wa-kane

  • Inzu yafashwe n’inkongi hahiramo ibintu byose harimo n’amafaranga arenga 600.000Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bagerageje kuzimya ariko biba iby
    Abaturage bagerageje kuzimya ariko biba iby’ubusa

    Hategekimana afite imyaka 52. Atuye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Nsibo, Umurenge wa Nyange. Avuga ko yazindukiye mu murima, yahindukira azaniye inka ubwatsi agasanga inzu iri gucumba umwotsi, yakwinjira agasanga icyumba cyabagamo ibintu by’agaciro byo mu rugo kiri gutokombera.

    Yatabaje abaturanyi baramutabara baranazimya, ariko urebye ngo nta cyari mu nzu na kimwe babashije kuramira, yaba imyenda ndetse n’ibikoresho bindi byo mu nzu harimo imifariso n’ibindi biryamirwa.

    Agira ati “Uretse inka na yo yari mu rugo, ubu nta kintu dusigaranye. Nta mwenda nsigaranye keretse uteye ibiremo nari najyanye guhinga. Imyenda y’umugore n’iy’umwana wigaga mu mashuri yisumbuye n’iy’uwari urangije kwiga, yose yahiye”.

    Akomeza avuga ko muri iyi nzu hahiriyemo n’amafaranga arenga ibihumbi 600, harimo ibihumbi 330 umukwe wabo yari yabazaniye ngo bazamufashe kugura isambu, ibihumbi 200 Hategekimana yakuye mu nka yagurishije akaba yateganyaga kuzakoraho akongerera umukwe we akamugurira umurima ugaragara, ndetse n’ibihumbi 70 abana bari bakoreye.

    Ati “Amafaranga y’umukwe ni yo ambabaje kurusha. Umugore wanjye yashatse kwiroha mu muriro ngo ajye kuyashaka, iyo hataba abantu ngo bamufate sinzi uko ibintu biba bimeze”.

    Hategekimana ngo yanatinye guhamagara umukwe kuri telefone ngo amubwire ibyabaye, kuko atekereza ko no kwiyahura yakwiyahura. Ngo arateganya kumutumaho akabimubwira imbona nkubone.

    Ubundi ayo mafaranga ngo ntiyari yayajyanye kuri Sacco kuko yateganyaga kugura umurima w’umukwe muri iki cyumweru.

    Ku bijyanye n’imvano y’inkongi, Hategekimana avuga ko ishobora kuba ari amashanyarazi kuko nta muntu yasize mu rugo, kandi ngo ako bakandaho bacana itara kari gafite umugaga nijoro, banakagoragoje ngo bacane karabananira, bageze aho gucana barabyihorera.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/inzu-yafashwe-n-inkongi-hahiramo-ibintu-byose-harimo-n-amafaranga-arenga-600-000frws