Tag: featured
-
Lion Gaga yatunguranye mu ndirimbo ye nshya abambwa ku musaraba #rwanda #RwOT
Lion Gaga ukora umuziki wiganje mu njyana ya Reggae wavuzwe cyane ubwo yashyiraga hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Ba Intwari’ arimo abakobwa bambaye ubusa hejuru bigateza impaka, noneho yashyize hanze indirimbo arimo kubambwa nka Yesu. -
Gen Maj Nzabamwita yagarutse ku batunguwe n’ifatwa Rusesabagina #rwanda #RwOT
Byatunguye benshi ubwo ku wa 31 Kanama, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanaga Paul Rusesabagina wari umaze iminsi afatiwe mu Rwanda, akekwaho ibyaha 13 birimo n’iterabwoba. -
Filime y’uruhererekane yitwa ‘Succession’, ‘Schitt’s Creek’ na ‘Watchmen’ zihariye ibihembo muri Emmy Awards 2020 #rwanda #RwOT
Filime zitandukanye zirimo ‘Succession’, ‘Schitt’s Creek’ na ‘Watchmen’ zihariye ibihembo muri Emmy Awards, yaraye ibaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19. -
Iperereza ryagaragaje amanyanga yakoreshejwe n’inshuti ya Putin mu kurenga ku bihano yafatiwe na Amerika #rwanda #RwOT
Arkady Rotenberg, umuherwe, akaba n’inshuti ya Perezida Vladimir Putin kuva mu bwana, arashinjwa gukoresha amanyanga mu gukorana n’ibigo by’imari by’i Burayi, ibintu bihabanye n’ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamufatiye mu 2014. -
Huye: Ku marembo y’Ikigo Nderabuzima habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi #rwanda #RwOT
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Nzeri 2020 mu busitani buri mu marembo y’Ikigo Nderabuzima cya Karama mu Karere ka Huye habonetse umubiri w’umuntu wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. -
Abanyamuryango 70 ba Kiyovu Sports banditse basaba ko hahinduka itegeko rijyanye no kwiyamamaza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Ku Cyumweru tariki 27/09/2020, ni bwo hateganyijwe inteko rusange ya Kiyovu Sports, ikaba ku murongo w’ibyigwa iteganyijwemo gusa amatora ya Komite nyobozi y’umuryango wa Kiyovu Sports.
Nyuma yo gushyira komisiyo y’amatora, iyi nayo yaje guhita itangaza ibisabwa ku muntu wese wifuza kwiyamamariza kujya muri Komite, aho ingingo yateje impaka ari uko uwiyamamaza byibura agomba kuba amaze amezi atandatu ari umunyamuryango.
-
- Mu nteko rusange iheruka ni bwo abanyamuryango babwiwe ko amatora yimuriwe muri Nzeli
Ibi biri mu byatumye abanyamuryango 70 muri 130 bemewe n’amategeko, bandikira Perezida wa Kiyovu bamubwirako bifuza ko mu bizasuzumwa muri iyi nama bakongeramo ingingo yo kuvugura amategeko, bityo buri wese wifuza kwiyamamaza ntabangamirwe.
Ibaruwa iragira iti “Turasaba ko inama y’Inteko Rusange idasanzwe mwatumije tariki 27/09/2020, ku murongo w’ibyigwa hakwiyongeramo kuvugurura amwe mu mategeko agenga Umuryango Kiyovu Sports mu rwego rwo kutazabangamira kwiyamamaza ku munyamuryango uwo ari we wese wa Kiyovu Sports ufite ubushake bwo kuzamura no gukorera abanyamuryango cyane cyane ko byagiye bikorwa mu bihe bitandukanye hagamijwe guteza imbere Kiyovu S.A.”

Inteko rusange ya Kiyovu Sports iteganyijwe kuba kuri iki Cyumweru, izaba hifashishijwe ikoranabuhanga (rya Webex), aho mu mataora azaba kugeza ubu uwamaze gutangaza ko aziyamamaza ari Mvuyekure Francois usanzwe anayiyobora, mu gihe Mvukiyehe Juvenal wavuzwe cyane we agongwa n’ingingo yo kuba ataramara amezi atandatu ari umunyamuryango

-
-
USA na Sudani mu biganiro bigamije gukura Sudani mu bihugu bitera inkunga iterabwoba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- General Abdel Fattah al-Burhan, Umuyobozi w’inzibacyuho ukomeje guharanira ubumwe na Amerika
Muri ibi biganiro by’iminsi ibiri, intumwa za Sudani ziyobowe n’umuyobozi w’igihugu, General Abdel Fattah al-Burhan.
Amerika yashyize Sudani kuri uru rutonde rw’ibihugu bitera inkunga iterabwoba mu 1993, kubera gushyigikira abarwanyi b’abahezanguni bagendera ku mahame ya kiyisilamu, barimo Osama Bin Laden; wari umuyobozi mukuru wa Al-qaeda, aho ngo we n’abarwanyi be babaga muri iki gihugu cya Sudani imyaka itanu mbere yo kugaba ibitero byo ku itariki ya 11 Nzeri mu mwaka 2001.
Ibyo bitero byibasiye umuturirwa w’ubucuruzi wa World Trade Center, na Minisiteri y’Ingabo ya USA Pentegone bigahitana Abanyamerika barenga ibihumbi 3000.
Osam Bin Laden n’intagondwa z’ibyihebe ngo bakoresheje ubutaka bwa Sudani mu bikorwa by’imyiteguro ubwo bari mu mugambi wo gukora iterabwoba kuri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Mu rwego rw’imishyikirano, Amerika yasabye Sudani kwishyura amadolari arenga miliyoni 300 nk’indishyi z’akababaro ku miryango y’abazize ibitero by’iterabwoba.
Guverinoma ya Amerika kandi iragerageza kumvisha Sudani gushyira mu buryo umubano n’ubuhahirane hagati ya Sudani na Leta ya Isiraheli.
Sudani yaciye umubano na Isiraheli ahagana mu mu mwaka wa 1990; ubwo Isiraheli yajyanaga impunzi z’Abayahudi babanya-Ethiopia barenga ibihumbi 200 bo mu bwoko bw’Abafarasha, ibanyujije rwihishwa ku butaka bwa Sudani.
Leta ya Sudani yavuze ko Isiraheli yakoresheje igihugu gifite ubusugire mu gukora ibikorwa yasanishije no gushimutira abantu ku butaka bwayo.
Ibikorwa byo gutwara abo mu Bafarasha b’Abayahudi byatwaye ibyumweru bibiri, byose byakozwe mu rwego rudasanzwe rw’ubutasi n’igisirikare, ku buryo nta muntu n’umwe yaba umuyobozi cyangwa mu nzego z’umutekano muri Sudani wigeze umenya ko ibyo bikorwa birigukorerwa ku butaka bwabo.

-
-
Kagere na Ally Niyonzima mu banyarwanda bakina hanze bitwaye neza mu mpera z’icyumweru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Mu mpera z’iki cyumweru shampiyona z’umupira w’amaguru mu bihugu bikomeye zari zakomeje, aho abakinnyi babiri b’abanyarwanda ari bo babashije gutsindira ibitego amakipe yabo.
Mu mukino wa shampiyona ya Tanzania wahuje ikipe ya Simba Sports Club ndetse na Biashara Mara United, warangiye Simba iyinyagiye ibitego 4-0, harimo igitego cya Meddie Kagere yatsinze ku munota wa 52 w’umukino, akaba yari yongeye kugirirwa icyizere cyo kubanza mu kibuga.

-
- Meddie Kagere yari amaze imikino myinshi atabanza mu kibuga, yabanjemo ahita anatsinda
Muri Tanzania kandi umukinnyi Ally Niyonzima ukinira ikipe ya Azam Fc, nawe yaje gufasha iyi kipe kwegukana amanota atatu, nyuma yo gutsinda igitego kimwe rukumbi batsinze ikipe ya Mbeya City Fc.
-
- Ally Niyonzima yatsinze igitego cye cya mbere muri AZAM FC
Ku bandi bakinnyi, ku wa Gatandatu Waasland Beveren ya Djihad Bizimana yanyagiwe na Anderlecht ibitego 4-2, umukino Djihad yakinnye iminota wa 48 ubundi arasimburwa.
Muhire Kevin ukinira ikipe ya El Geish mu Misiri, ntiyabashije gukina kuko yamaze iminota 90 ku ntebe y’abasimbura, mu gihe Yannick Mukunzi ukinira Sandvikens IF ndetse na Kevin Monnet-Paquet ntibari mu bakinnyi 18 biyambajwe n’amakipe yabo.

-
-
Nyandwi Saddam yambitse impeta umukobwa yabengutse agiye mu myitozo (Amafoto) #rwanda #RwOT
Myugariro w’iburyo muri Musanze FC, Nyandwi Saddam, yaraye ateye ivi asaba umukunzi we, Cyuzuzo Denise, kuzamubera umugore. -
Ntabwo azi amazina ye y’ukuri! Intimba ya Akayezu umaze imyaka 28 ataraca iryera abo mu muryango we (Video) #rwanda #RwOT
Ukwibyara gutera ababyeyi ineza! Iyi ni imvugo ikoreshwa kenshi abantu bashaka kwerekana ko kubyara umwana ukamurera, ukamubona atangiye kugera ikirenge mu cyawe cyangwa se yarengeje ku byo wamutekerezagaho biba ari ishema ku muryango.



