Tag: featured

  • Col Joseph Rutabana yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda asimbuye Gen Frank Mugambage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ambasaderi Joseph Rutabana
    Ambasaderi Joseph Rutabana

    Mu bashyizwe mu myanya harimo Col Joseph Rutabana wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda asimbuye Gen Maj (Rtd) Frank Mugambage.

    Col Joseph Rutabana yari asanzwe ari ambasaderi w’u Rwanda muri Israel. Asimbuye Gen Maj (Rtd) Frank Mugambage wari umaze imyaka 11 ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda (kuva muri Nyakanga 2009).

    Ambasaderi Frank Mugambage
    Ambasaderi Frank Mugambage

    Mu bandi bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa Gatanu, harimo Mironko Fidelis wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turukiya.

    Kanda HANO urebe abashyizwe mu myanya bose, ndetse n’ibyemezo byose by’iyi nama y’Abaminisitiri.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/col-joseph-rutabana-yagizwe-ambasaderi-w-u-rwanda-muri-uganda-asimbuye-gen-frank-mugambage

  • Ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali n’izijya i Rusizi zongeye gusubukurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi nama kandi yemeje ko ingendo zikorwa hifashishijwe imodoka rusange zitwara abantu ziva n’izijya mu Karere ka Rusizi zisubukuwe nyuma y’uko izo ngendo zari zemerewe imbere gusa muri Rusizi.

    Nyuma y’igihe abanyonzi batwara abantu ku magare badakora, inama y’abaminisitiri yanzuye ko abatwara amagare mu buryo bw’ubucuruzi bemerewe gukora mu duce bari basanzwe bakoreramo, ariko bubahiriza gahunda bahabwa n’inzego z’ubuzima.

    Abatwara amagare ariko basabwe gukoresha ingofero zabugenewe (Casque) mu rwego rwo kurinda umutekano w’abagenzi na bo ubwabo ingaruka zaturuka ku mpanuka.

    Mu rwego rwo gukomeza koroshya ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 kandi, inama y’abaminisitiri yongeye kuzamura isaha yo kuba abantu bageze mu ngo zabo igera saa yine za nijoro ivuye kuri saa tatu.

    Amabwiriza mashya arahita atangira gushyirwa mu bikorwa ndetse n’atavuguruwe akomeze kubahirizwa mu gihe Abanyarwanda basabwa gukomeza ingamba zisanzwe zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, izi ngamba zashyizweho zikaba zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubugenzuzi.

    Kanda HANO usome imyanzuro yose y’iyi nama y’Abaminisitiri.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ingendo-zihuza-intara-n-umujyi-wa-kigali-n-izijya-i-rusizi-zongeye-gusubukurwa

  • Mu Rwanda abandi bantu babiri bishwe na Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo babiri bishwe na COVID-19 ni Abanyarwanda umwe w’imyaka 46 n’undi w’imyaka 44 y’amavuko bitabye Imana bari i Kigali.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu habonetse abantu icyenda bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 30 bakize.

    Abo barwayi bashya icyenda babonetse mu bipimo 1,400 bakaba barimo 5 babonetse muri Kigali, babiri muri Nyamagabe, na babiri muri Nyagatare.

    Kugeza kuri uyu wa Gatanu mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 4,798 muri bo abamaze gukira ni 3,080 naho abakivurwa ni 1,689.

    Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abandi-bantu-babiri-bishwe-na-covid-19

  • Urukiko rw’ubujurire rwagumishijeho igihano cya burundu kuri Leon Mugesera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Leon Mugesera yari yajuriririye imyanzuro y’urukiko rukuru rwari rwamuhanishije igifungo cya burundu kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi rwamuhamije.

    Leon Mugesera yari yajuririye urukiko rw’ubujurire asaba kugirwa umwere kuko ngo yimwe n’urukiko rukuru uburenganzira bwo kwiregura rwanga kumva abatangabuhamya bamushinjuraga ariko ubushinjacyaha bukagaragaza ko ari we wiyimye ubwo burenganzira.

    Leon Mugesera kandi yahakanaga ko ibyaha bya Jenoside ashinjwa ntabyo yakoze kuko Jenoside yabaye atari mu Rwanda, nyamara ubushinjacyaha bukagaragaza ko ijambo Leon Mugesera yavugiye ku Kabaya mu cyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi mu 1992 ryakongeje urwango mu Bahutu bakanga Abatutsi kugeza kuri Jenoside yo mu 1994.

    Umucamanza yagarutse ku mbwirwaruhame Leon Mugesera yavugiye ku Kabaya n’i Nyamyumba ku Gisenyi ko zashishikarizaga mu buryo butaziguye kandi ku mugaragaro Abahutu kurimbura Abatutsi aho yavugaga ko Abatutsi bakwiye gusubizwa iwabo muri Abisiniya (Ethiopia), banyujijwe iy’ubusamo mu mugezi wa Nyabarongo.

    Urukiko rwagaragaje ko amagambo Leon Mugesera yagiye akoresha muri izo mbwirwaruhame zakoreshaga inyito z’urwango ku Batutsi kuko yabitaga inyenzi, n’inzoka, ariko Leon Mugesera akaba yarajuriye agaragaza ko imbwirwaruhame ye yari igamije kurwanya abanzi b’Igihugu no gutegura neza amatora. Leon Mugesera avuga kandi ko imbwirwaruhame ze zakunze gukoreshwa atari iz’umwimerere.

    Urukiko rw’ubujurire rwanzuye ko Leon Mugesera ahanishwa igifungo cya burundu nk’uko byari byategetswe n’urukiko rukuru kubera ko ibikorwa bye biri mu byatije umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyo bigasobanura ko ahamwa n’icyaha cyo gushishikariza ku mugaragaro kandi ku buryo butaziguye gukora Jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu, bityo ko ahanishijwe igifungo cya burundu.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/urukiko-rw-ubujurire-rwagumishijeho-igihano-cya-burundu-kuri-leon-mugesera

  • Ibyo umusore atagombye kubaza umukobwa bagihura mu gihe yifuza ko bakundana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga rwa Internet www.wellandgood.com , umwanditsi w’ibitabo w’Umunyamerika witwa Hannah Orenstein utuye mu Mujyi wa New York City, agira inama abantu bifuza gukundana, akavuga ko atari byiza niba bahuye ubwa mbere gutangira kuganira ku bijyanye na Politiki, imyemerere(religion), ndetse n’amafaranga, ahubwo ngo bakaganira ku bindi bibafasha gutangira kumenyana.

    Kuri urwo rubuga kandi bavuga ibibazo umusore atagombye kubaza inkumi bahuye ku nshuro ya mbere kandi yifuza ko urukundo rwabo rukomeza, kugira ngo uko guhura kwa mbere bitaba ari nabwo bwa nyuma bahuye.

    Mu bibazo umusore atagombye kubaza inkumi yifuza ko bakundana birambye,harimo kutabaza umukobwa ibijyanye n’abo bakundanye mbere, nko kumubaza ngo umusore mwakundanaga mbere yari ameze ate.. ., uwitwa Jonathan Bennett, washinze sositeye yitwa ‘Double Trust Dating’ ifasha abifuza gukundana, ikorera mu Mujyi witwa Ohio, avuga ko iyo ubajije icyo kibazo uba utangiye nabi, kuko ubundi abakundana bahuye bwa mbere bagomba kuganira kuri bo ubwabo, ntibite ku bakundanye mu bihe byahise.

    Ikindi kibazo umusore adakwiriye kubaza, ni ukubaza umukobwa bari kumwe niba yumva yishimiye uwo mwanya bari kumwe. Uwo muhanga mu by’urukundo witwa Bennett avuga ko ubaye utabona ko yishimiye kuba muri kumwe, wirinda kwishyiramo ko ari wowe wabiteye, kuko ntuba uzi niba ari ibindi bibazo bye yisanganiwe byo mu muryango wenda n’ibindi, uretse ko ngo bishoboka byaba binavuze ko mutazahuza, ariko ngo si ngombwa kubaza icyo kibazo.

    Si byiza kandi kubaza umukobwa niba hari undi musore bari kumwe(mu rukundo) mugihura, kuko nk’uko Bennett abivuga byumvikanisha ko ushobora kuba ushaka kumugenzura, cyangwa se ukaba wazajya unamufuhira mu gihe kizaza, ibyiza ngo urabyihorera ukazamenya niba hari undi bari kumwe uko iminsi igenda.

    Ku rubuga www.artdeseduire.com , na ho bavuga ko umusore uhuye n’umukobwa yifuza ko bakundana atagomba kumubaza niba hari undi musore afite bakundana, ngo akomerezeho amubaza aho bahuriye n’uko bameranye n’ibindi, ahubwo kuko ngo bizwi ko abakobwa beza batabura abahungu bakundana, niba aguhaye umwanya wo kuganira muraganira nyuma ukazabyimenyera niba afite undi musore cyangwa se akunze wowe.

    Ikindi ngo si byiza kubaza umukobwa mugihura, umubare w’abasore amaze gukundana na bo,kuko ngo nta gisubizo cy’ukuri wabona kandi anamaze kugusubiza nubwo ngo byaba atari ukuri, na we yahita akurikizaho kukubaza abo mwakundanye, ugasanga bibaye ibyo ntimubone n’umwanya wo kuganira kuri mwe, n’urukundo mugamije rukabura umwanya wo kuruvugaho.

    Ku rubuga www.bestlifeonline.com na bo bavuga ibibazo umusore atagombye kubaza umukobwa yifuza ko bakundana mu gihe bahuye bwa mbere bagiye gusangira kugira ngo baganire.

    Mu bibazo umusore adakwiye kubaza umukobwa nk’uko bigaragara kuri urwo rubuga, harimo kumubaza impamvu adafite umuntu bakundana kandi bigaragara ko ari mwiza. Umwanditsi witwa Rabbi Sholmo Zalman Bregman yavuze ko kubaza icyo kibazo umukobwa mugihura ari bibi kuko biba bisa no kumushinja ko afite ibitagenda kuri we bituma adafite uwo bakundana, kandi ubundi ngo biba bishoboka ko ari uko atarabona uwo bahuza gusa.

    Umusore ntiyagombye kubaza umukobwa bagihura niba akunda gusaragurika(crazy) ,wenda akaba yamubaza ati, nizere ko udakunda gusaragurika cyane kuko maze igihe nkundana n’abantu nyuma ngasanga bakunda gusaragurika.

    Candice A, impuguke mu kwigisha abashaka gukundana, avuga ko umusore adakwiye kubaza umukobwa icyo kibazo, kuko na we yakwibaza impamvu akunda guhura n’abo basaragurika gusa, ibyiza ngo urareka ukazagenda ubona uko ateye buhoro buhoro.

    Nta musore ukwiye kubaza umukobwa bagihura ngo, ubu se urabona urukundo rwacu rugana he? bituma umukobwa amufata nk’uwihebye cyangwa se ufite ubwira bwinshi, ibyiza ngo arategereza akareba aho rugana nyine.

    Nta musore kandi wagombye kubaza ibiciro by’ikintu abonanye umukobwa bagitangira gukundana, urugero ari nk’isakoshi afite, bigaragara ko ihenze, si byiza kumubaza igiciro cyayo. Uwitwa Bonnie Winston, icyamamare akaba n’impuguke mu by’urukundo avuga ko bihagije ko wamubwira ko afite isakoshi nziza bitabaye ngombwa kujya mu by’ibiciro.

    Nta musore ukwiye kubaza umukobwa bagihura kandi yifuza ko bakundana, ngo mbese urumva wakunze uko ngaragara, uko nambaye… Icyo ngo ni ikibazo gishobora kuzana ibisubizo bitagushimisha ibyiza ni ukukihorera nk’uko bivugwa n’umutoza mu byo gukundana witwa Rosalind Sedacca.

    Umusore ntiyagombye kubaza umukobwa bagihura niba yifuza kuzabyara cyangwa umubare w’abana yifuza kuzabyara, ibyiza ngo ni ugutegereza bakabanza kumenyana mbere yo kubaza icyo kibazo.

    Umusore ugihura n’umukobwa bwa mbere kandi ngo ntiyagombye kumubaza ibijyanye n’uko abanye n’ababyeyi be, kuko ngo icyo kibazo cyatuma atisanzura mu kiganiro gikurikiraho, cyane cyane abajijwe icyo kibazo abanye nabi n’ababyeyi be cyangwa se atanabafite nk’uko bivugwa n’uwitwa Perry.

    Nta musore ukwiriye kubaza umukobwa bagihura uko yatandukanye n’abo babanje gukundana nubwo byaba bimuteye amatsiko,agomba gutegereza akazaba abimenya,ntagomba no kumubaza icyo yiteze mu rukundo rwabo…,ibyiza ngo ni ugutegereza.

    Ikindi ngo nta musore ugihura n’umukobwa yifuza ko bazakundana wagombye kumubaza umubare w’abantu amaze kuryamana na bo,ibyo ngo ntibiba bikureba nk’umuntu ugitangira gukundana nk’uko bivugwa na Bregman.

    Si byiza kandi ko umusore abaza umukobwa bagihura ko akunda kurya cyane no kunywa nk’uko yabigenje aho bahuriye baganira, ibyo ngo bishobora gutuma urukundo rudakomeza, kuko n’iyo yaba akunda ibyo kurya no kunywa cyangwa atabikunda, ashobora kubona ko uzajya umugerera ibyo afungura akakureka.

    Ikindi umusore ugihura n’umukobwa yifuza ko bakundana atagombye kumubaza, ni ibijyanye n’imyaka ye, kuko abakobwa benshi ngo icyo kibazo kirababangamira kandi ntibakunda no kugisubiza. Ibyiza ngo wamubaza amazina ye cyangwa n’ibyo akora, ibyo ngo biba bihagije ku bantu bagihura ibindi ukazaba ubimenya.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibyo-umusore-atagombye-kubaza-umukobwa-bagihura-mu-gihe-yifuza-ko-bakundana

  • U Bushinwa bwiyamye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera kubuhoza mu kanwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Zhang Jun
    Zhang Jun

    Zhang Jun uhagarariye u Bushinwa muri UN, yavuze ko aho bigeze barambiwe guhozwa mu kanwa na USA.

    Nyuma y’iminsi ibiri Perezida Donald Trump agejeje ijambo ngarukamwaka ku Nteko Rusange ya UN akongera kwikoma u Bushinwa imbonankubone, Zhang Jun uhagarariye u Bushinwa na we yafashe umwanya ntiyarya amagambo asubiza Trump ko u Bushinwa burambiwe guhozwa ku nkeke.

    Zhang Jun imbere y’akanama ka UN gashinzwe umutekano, mu ijambo yavugiye mu nama ku miyoborere myiza, yagize ati “Reka nkubwire, turarambiwe rwose! Ibibazo umaze guteza mu isi birahagije! US zimaze kugira abantu hafi miliyoni zirindwi (7) banduye COVID-19 n’abandi basaga ibihumbi 200 bamaze kwicwa n’icyorezo. Ese ko ari mwe mufite ubuvuzi bwakataje mu ikoranabuhanga, kuki Leta zunze Ubumwe za Amerika ari zo zifite abarwayi n’abitabye Imana benshi? Niba hari umuntu ugomba kubiryozwa, ni bamwe mu bayobozi ba Amerika ubwabo.”

    Mu mvugo ikunze gukoreshwa n’abayobozi ba Amerika babwira u Bushinwa, Zhang yarakomeje ati:

    “Leta zunze Ubumwe za Amerika zagombye kumva ko igihugu cy’igihangange kigomba kurangwa n’ubwo butwari nyine.”

    Zhang yakomeje avuga ko Amerika isa n’itazi aho ibintu bigeze, aya magambo ndetse akaba yarashyigikiwe n’uhagarariye u Burusiya mu Muryango w’Abibumbye.

    Amagambo ya Zhang yayavuze nyuma y’ijambo ritangiza inama ryari rimaze kuvugwa na Kelly Craft uhagarariye Leta zunze Ubumwe za Amerika, wavuze mu ijwi rirakaye cyane agatuma abitabiriye inama bakangarana.

    Kelly Craft yagize ati “Muzi n’ibindi, mwari mukwiye kwigaya, ndatangaye kandi ntewe umujinya n’ibiganiro by’iyi nama.”

    “Nanjye ubwanjye ntewe isoni n’iyi nama, aho abanyamuryango bakoresheje umwanya wabo bakibanda ku nzika z’ibibazo bya Politiki aho kuganira ku bibazo bitwugarije twese. Ni akumiro pe!”

    Nyuma y’amagambo ya Ambasaderi Kelly Craft, abahagarariye ibihugu byabo muri UN baguye mu kantu, dore ko yari yaretse mugenzi we w’u Bushinwa akavuga ijambo rye rikarangira.

    Umuvugizi w’Inteko Rusange ya UN Brenden Varma, yavuze ko u Bushinwa bwari bwasabye kugira icyo buvuga ku wa kabiri utaha, umunsi ibihugu byose bibyifuza bizagira icyo bivuga ku magambo yavuzwe n’abayobozi, ku munsi wa mbere w’Inteko Rusange ya 75 y’Umuryango w’Abibumbye.

    Perezida Trump mu ijambo rye yari yasabye ko u Bushinwa bufatirwa ibihano kubera ko ku bwe ngo asanga ari bwo bwakwirakwije Covid-19 ku isi.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/u-bushinwa-bwiyamye-leta-zunze-ubumwe-za-amerika-kubera-kubuhoza-mu-kanwa