Tag: featured

  • Polisi yafashe abarobaga mu Kivu mu buryo bunyuranyije n’amategeko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni muri urwo rwego tariki ya 23 Nzeri 2020 abapolisi bo muri iri shami bafashe imitego yo mu bwoko bwa Kaningini ndetse n’amato byifashishwaga n’abaroba amafi binyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu kirwa cya Nkombo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, hakaba hanafashwe abarobyi 4 barobaga binyuranyije n’amategeko.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye yavuze ko hakajijwe ibikorwa byo gukumira ibikorwa bibi byose bibera mu biyaga byo mu Rwanda.

    Yagize ati “Amakuru aturuka mu makoperative y’abarobyi ndetse n’abandi baturage aho baduha amakuru y’ibyaha bibera mu mazi.”

    ACP Mwesigye yakomeje avuga ko iyo mikoranire ari yo yatumye abarobyi bane bafatwa ndetse n’ibikoresho bakoreshaga baroba birafatwa. Igikorwa cyabaye saa tanu z’ijoro hafatwa imitego umunani yo mu bwoko bwa Kaningini n’ amato 5.

    ACP Mwesigye yavuze ko imitego yatwitswe naho abarobyi bajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nkombo bakazarekurwa bamaze gutanga amande.

    Iyi nkuru Polisi yanditse ku rubuga rwayo rwa Internet iravuga ko muri iki cyumweru iri shami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi ryafashe abarobyi 6 ndetse n’ibikoresho bakoreshaga. Muri iki gikorwa hanafashwe abarobyi 4 bamaze kuroha mu mazi bagenzi babo babiri mu kiyaga barohorwa na Polisi.

    ACP Mwesigye yavuze ko ibikorwa birimo gukorwa biri no mu murongo wo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiza ya Leta yo guhagarika uburobyi mu kiyaga cya Kivu.

    Ati “Ibikorwa turimo gukorera mu kiyaga cya Kivu birajyana no kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza aherutse gutangwa na Leta muri Kanama, amabwiriza ahagarika uburobyi mu kiyaga cya Kivu by’igihe gito mu rwego rwo kubungabunga amafi muri kiriya kiyaga.”

    Itegeko n° 58/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rigena imitunganyirize n’imicungire y’ubworozi bwo mu mazi n’uburobyi mu Rwanda, ingingo ya 30 ivuga ko umuntu wese ukora ibikorwa by’uburobyi atabifitiye uruhushya ruvugwa mu ngingo ya 16 y’iri tegeko, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana abiri (200.000) n’igifungo kuva ku mezi atatu (3) kugeza ku mezi atandatu (6) cyangwa se kimwe muri ibyo bihano no kwamburwa ibikoresho byakoreshejwe.

    Ingingo ya 11 muri iri tegeko igaragaza ibibujijwe mu burobyi ari byo gukoresha ibintu bihumanya bigamije kuyobya ubwenge amafi, kuyananiza cyangwa kuyica, gukoresha ibintu biturika, gukoresha uburyo bwa rukuruzi cyangwa amashanyarazi, gukubita amazi ugamije guhinda amafi, kuroba aho ibinyabuzima byo mu mazi byororokera.

    Ingingo ya 29 ivuga ko ku bw’iri tegeko, aba akoze icyaha umuntu wese ukoresha uburyo, imiti cyangwa ibikoresho by’uburobyi bibujijwe, urobera ahantu habujijwe cyangwa mu bihe bibujijwe, udahita asubiza mu mazi ubwoko bw’ibinyabuzima byo mu mazi bitemewe kurobwa, ibifite uburemere cyangwa ingero biri munsi y’ibiteganyijwe muri iri tegeko, ubuza mu buryo ubwo ari bwo bwose abakozi bashinzwe kugenza ibyaha gukora imirimo basabwa n’iri tegeko, ukora igikorwa cyose cyatuma igice ibinyabuzima byo mu mazi byororokeramo gisenyuka cyangwa cyakwangiza ahantu cyimeza ho gutuburira no kongerera umutungo w’ibinyabuzima byo mu mazi, usenya cyangwa uhisha ibimenyetso by’icyaha bivugwa muri iyi ngingo.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Polisi-yafashe-abarobaga-mu-Kivu-mu-buryo-bunyuranyije-n-amategeko

  • Polisi yafashe abarobaga mu Kivu baroba binyuranyije n’amategeko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni muri urwo rwego tariki ya 23 Nzeri 2020 abapolisi bo muri iri shami bafashe imitego yo mu bwoko bwa Kaningini ndetse n’amato byifashishwaga n’abaroba amafi binyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu kirwa cya Nkombo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, hakaba hanafashwe abarobyi 4 barobaga binyuranyije n’amategeko.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye yavuze ko hakajijwe ibikorwa byo gukumira ibikorwa bibi byose bibera mu biyaga byo mu Rwanda.

    Yagize ati “Amakuru aturuka mu makoperative y’abarobyi ndetse n’abandi baturage aho baduha amakuru y’ibyaha bibera mu mazi.”

    ACP Mwesigye yakomeje avuga ko iyo mikoranire ari yo yatumye abarobyi bane bafatwa ndetse n’ibikoresho bakoreshaga baroba birafatwa. Igikorwa cyabaye saa tanu z’ijoro hafatwa imitego umunani yo mu bwoko bwa Kaningini n’ amato 5.

    ACP Mwesigye yavuze ko imitego yatwitswe naho abarobyi bajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nkombo bakazarekurwa bamaze gutanga amande.

    Iyi nkuru Polisi yanditse ku rubuga rwayo rwa Internet iravuga ko muri iki cyumweru iri shami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi ryafashe abarobyi 6 ndetse n’ibikoresho bakoreshaga. Muri iki gikorwa hanafashwe abarobyi 4 bamaze kuroha mu mazi bagenzi babo babiri mu kiyaga barohorwa na Polisi.

    ACP Mwesigye yavuze ko ibikorwa birimo gukorwa biri no mu murongo wo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiza ya Leta yo guhagarika uburobyi mu kiyaga cya Kivu.

    Ati “Ibikorwa turimo gukorera mu kiyaga cya Kivu birajyana no kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza aherutse gutangwa na Leta muri Kanama, amabwiriza ahagarika uburobyi mu kiyaga cya Kivu by’igihe gito mu rwego rwo kubungabunga amafi muri kiriya kiyaga.”

    Itegeko n° 58/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rigena imitunganyirize n’imicungire y’ubworozi bwo mu mazi n’uburobyi mu Rwanda, ingingo ya 30 ivuga ko umuntu wese ukora ibikorwa by’uburobyi atabifitiye uruhushya ruvugwa mu ngingo ya 16 y’iri tegeko, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana abiri (200.000) n’igifungo kuva ku mezi atatu (3) kugeza ku mezi atandatu (6) cyangwa se kimwe muri ibyo bihano no kwamburwa ibikoresho byakoreshejwe.

    Ingingo ya 11 muri iri tegeko igaragaza ibibujijwe mu burobyi ari byo gukoresha ibintu bihumanya bigamije kuyobya ubwenge amafi, kuyananiza cyangwa kuyica, gukoresha ibintu biturika, gukoresha uburyo bwa rukuruzi cyangwa amashanyarazi, gukubita amazi ugamije guhinda amafi, kuroba aho ibinyabuzima byo mu mazi byororokera.

    Ingingo ya 29 ivuga ko ku bw’iri tegeko, aba akoze icyaha umuntu wese ukoresha uburyo, imiti cyangwa ibikoresho by’uburobyi bibujijwe, urobera ahantu habujijwe cyangwa mu bihe bibujijwe, udahita asubiza mu mazi ubwoko bw’ibinyabuzima byo mu mazi bitemewe kurobwa, ibifite uburemere cyangwa ingero biri munsi y’ibiteganyijwe muri iri tegeko, ubuza mu buryo ubwo ari bwo bwose abakozi bashinzwe kugenza ibyaha gukora imirimo basabwa n’iri tegeko, ukora igikorwa cyose cyatuma igice ibinyabuzima byo mu mazi byororokeramo gisenyuka cyangwa cyakwangiza ahantu cyimeza ho gutuburira no kongerera umutungo w’ibinyabuzima byo mu mazi, usenya cyangwa uhisha ibimenyetso by’icyaha bivugwa muri iyi ngingo.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/polisi-yafashe-abarobaga-mu-kivu-baroba-binyuranyije-n-amategeko

  • Botswana: Indwara imaze guhitana inzovu zisaga 330 kuva muri Werurwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri aka gace gakunze kubamo inzpvu, habonetse inzovu nyinshi zapfuye
    Muri aka gace gakunze kubamo inzpvu, habonetse inzovu nyinshi zapfuye

    Hatekerejwe byinshi, ariko ubushakashatsi bwakozwe n’itsinda ry’abayobozi muri icyo gihugu, ibyavuyemo byagaragaje ko zirimo kwicwa n’agakoko ko mu bwoko bwa ‘bacterie’. Iyo bacterie yari imaze kwica ibyana by’inzovu bisaga 330 kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe 2020.

    Iyo bacterie izwi nka cyanobacteria, ngo ni mbi cyane ku nyamaswa ndetse no ku bantu mu gihe zibaye nyinshi nk’uko bitangazwa na Minisiteri ishinzwe pariki n’ibimera byo mu gasozi.

    N’ubwo byamaze kumenyekana ko izo nzovu zirimo kwicwa n’iyi bacterie ya cyanobacteria, ariko ubushakashatsi ngo buracyakomeje kuko hakomeje kwibazwa impamvu yica inzovu gusa ntiyice izindi nyamaswa zo mu cyanya cya Okavango.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/botswana-indwara-imaze-guhitana-inzovu-zisaga-330-kuva-muri-werurwe

  • Video: Sadate yahishuye icyamugoye muri Rayon Sports. Uko ihererekanyabubasha ryagenze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa Kane tariki 24/08/2020 ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyiborere (RGB), habereye umuhango w’ihererakanyabubasha hagati ya Komite ya Munyakazi Sadate ndetse na Komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah.

    Murenzi Abdallah wahawe kuyobora inzibacyuho mu minsi 30, yatangaje ko bifuza kongera kugarura Rayon Sports iha ibyishimo abafana, asaba abafana gushyira hamwe bagafatanya kubaka ikipe.

    Munyakazi Sadate yahishuye kimwe mu byatumye atagera ku nshingano ze, harimo no kuba atarabashije guhuriza abafana hamwe ngo abasobanurire umurongo we.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/video-sadate-yahishuye-icyamugoye-muri-rayon-sports-uko-ihererekanyabubasha-ryagenze

  • Ubushinjacyaha bwerekanye imikoranire ya Rusesabagina na Nsabimana mu kwica abaturage muri 2018 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Paul Rusesabagina hamwe n’abamwunganira bari babanje gusobanura impamvu aho bavuga ko Rusesabagina atari we wayoboraga MRCD, ko abarwanyi ba FLN b’iyo mpuzamashyaka bategekwaga gusa ba CNRD (imwe mu bigize MRCD) kandi ko buri shyaka ryigenga, ko Rusesabagina atari Umunyarwanda, kandi ko yafashwe bidakurikije amategeko.

    Ubushinjacyaha buvuga ko ibikorwa by’ibyaha Rusesabagina aregwa biri hagati y’umwaka wa 2009 na 2018, kandi byambukiranyije amategeko ahana ibyaha mu Rwanda yombi (iryo muri 2012-2018, ndetse n’irya 2018 kugeza ubu).

    Umushinjacyaha yagize ati “mu kwezi k’Ukuboza 2018 ni bwo habaye ibitero hafi y’ishyamba rya Nyungwe, ni bwo imodoka zatwitswe, ni bwo hishwe abantu.

    Ntabwo Paul Rusesabagina yakwitandukanya n’ibyo bitero kuko kuva muri 2015 kugera muri 2018, Paul Rusesabagina yari Perezida wa MRCD, kandi ni bwo hakozwe ibyaha byinshi bya FLN”.

    Ubushinjacyaha
    Ubushinjacyaha

    Yakomeje agira ati “Rusesabagina ni we wari Perezida wa PDR Ihumure, Gen Wilson Irategeka akaba Visi Perezida wa mbere, Nsabimana Callixte yari Visi Perezisa wa kabiri wa MRCD, akaba n’umuvugizi wa FLN”.

    Umushinjacyaha yakomeje agira ati “Rusesabagina ni we wayoboraga inama akaba yarahabwaga raporo y’uburyo ibintu byakozwe, byose bigaragaza ko afite uruhare rukomeye muri ibyo bitero”.

    Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko ibi byaha ndetse n’ibyo gutera inkunga y’amafaranga FLN byose Rusesabagina abyemera kandi akanabisabira imbabazi.

    Ibijyanye n’uko Rusesabagina atagombaga kuburanishwa n’inkiko z’u Rwanda kuko ngo atari Umunyarwanda, ubushinjacyaha buvuga ko mu mwirondoro we bigaragazwa ko afite ubwenegihugu bw’u Rwanda bw’inkomoko, yaravutse ku babyeyi b’Abanyarwanda, uburyo yari yarabutakaje ngo habaye kwandika abisaba byonyine.

    Ubushinjacyaha bwanasobanuye ko indwara Rusesabagina arwaye isanzwe, itamubuza gufungwa by’agateganyo, kandi ko ubuyobozi bwa gereza bufite ubushobozi bwo kumukurikirana, ariko ngo iyo bibaye ngombwa umuntu akaremba, arasohoka akajya kwivuriza mu bitaro byo hanze ya gereza.

    Nyuma yo kumva impande zombi, umucamanza yamenyesheje ko urubanza rw’ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Rusesabagina Paul ruzasomwa ku itariki ya 02 Ukwakira 2020, i saa munani z’igicamunsi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/ubushinjacyaha-bwerekanye-imikoranire-ya-rusesabagina-na-nsabimana-mu-kwica-abaturage-muri-2018

  • Muhanga: Urubyiruko rwafashijwe kwikura mu bukene rwiyemeje guhindura abandi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imashini bahawe zirimo n
    Imashini bahawe zirimo n’izigezweho zikoresha amashanyarazi

    Umuryango FH Rwanda watanze izo mashini 36 zidoda ku buryo bugezweho, ugaragaza ko nibura wizeye ko muri gahunda y’igihugu yo guhanga imirimo iciriritse nibura urwo rubyiruko ruvuye mu mubare w’abatagiraga akazi bikaba biri mu ntego zawo zo gufatanya na Leta kurandura ubukene bukabije mu batuye ibice by’icyaro.

    Urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu bo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, rugaragaza ko rwahuraga n’ibibazo bikomeye byo kubona icyo rukora haba ku basanzwe bararangije amashuri yisumbuye, cyangwa abataragize amahirwe yo kwiga.

    Ibyo byatuma ruhugira mu mirimo isanzwe ikorwa mu cyaro irimo n’iy’ubuhinzi n’ubworozi, ariko iyo mirimo ngo ntibinjirize uko babyifuza, bagahitamo kujya ahakorerwa indi mirimo ngo bigireho ari naho bakuye kuba abadozi.

    Niyonambaza Violette avuga ko bagannye iy’ubudozi barebera kuri bagenzi babo, bavuga ko nyuma yo kumenya kudoda bakodeshaga imashini bakadoda bakishyura ubukode buri kwezi, abandi bakabura n’ayo gukodesha.

    Agira ati “Njyewe nakodeshaga imashini nkoresha nize ubudozi ndebeye ku bandi bafashijwe na FH mbere, ni uko nanjye ndabimenya none bampaye imashini nziza idoda isirifira, bizatuma ntongera gukodesha kuko hari igihe natahiraga ubukode gusa, ngiye kureba uko njya gukorera ahari amashanyarazi ubundi niteze imbere nanjye nzigisha na bagenzi banjye”.

    Ndahayo Martin wize kudoda, avuga ko yabuze igishoro cyo kwigurira imashini maze ahitamo gukomeza ubuhinzi ariko butamwinjirizaga, none ashimishijwe no kuba yahamwe imashini izamufasha kwikura mu bukene.

    Agira ati “Nahingaga ariko nta nyungu nyinshi nakuragamo, ubwo mbonye imashini igiye kunyunganira niba ntari guhinga mbe ndi kudoda nzaharanira ko na bagenzi banjye batera imbere dufatanye hano urubyiruko turakundana ndumva twakorera hamwe kugira ngo tuzagere ku musaruro vuba”.

    Umukozi w’umushinga FH Rwanda ukorera mu Murenge wa Cyeza watanze izo mashini, Prudence Ndagijimana, avuga ko biri muri gahunda yabo yo kunganira Leta kurwanya ubukene bukabije mu baturage by’umwihariko abatuye mu byaro, kurwanya ubukene uhereye mu rubyiruko bikaba bitanga icyizere cyo kubaka ejo heza h’igihugu.

    Abakobwa babyariye iwabo n
    Abakobwa babyariye iwabo n’abarangije bakabura akazi bari mu bahawe imashini

    Agira ati “Uyu munsi turizera ko nibura abantu 36 baraye batakiri umuzigo wa Leta mu kubabonera akazi, biyongerye ku bandi 10 twari twahaye imashini mu Kagari ka Kigarama, twahisemo kubaha imashini kuko ntabwo warwanya ubukene bukabije udahereye mu rubyiruko, ntabwo wagera ku iterambere urubyiruko rusigaye inyuma”.

    Umunyambanga Nshingwbaikorwa w’Umurenge wa Cyeza Mukamutari Valerie, asaba urubyiruko kubyaza amahirwe ibikoresho bahawe kugira ngo nibinagira ikibazo babashe kubyisanira no kurushaho kwiteza imbere.

    Agira ati “Nimugende mwishyire hamwe noneho mubone uko mupiganira kudodera abantu benshi kandi buri wese ku bumenyi bwe ashyireho ake, mudodere amashuri mujye no mu Mujyi wa Muhanga mupiganire kubadodera, ni bwo muzarushaho kunguka natwe tuzababa hafi”.

    Mukamutari asaba uru rubyiruko kugira ubunyangamugayo bakirinda ubwomanzi n’indi myitwarire mibi yatuma ibikoresho bipfa ubusa aho kubibyaza umusaruro.

    Abahawe ibikoresho barimo abakobwa babyariye iwabo, abarangije amashuri yisumbuye bakajya no mu myuga, n’abarangije amashuri abanza.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-urubyiruko-rwafashijwe-kwikura-mu-bukene-rwiyemeje-guhindura-abandi

  • Faiq Bolkiah: Umukinnyi wa mbere w’umuherwe ku isi ariko utarahiriwe na ruhago #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo bavuze ku bakinnyi bakize ku isi, abenshi bahita batekereza ku bahembwa amafaranga menshi barimo ibihangange Lionnel Messi, Cristiano Ronaldo ndetse na Neymar Junior.

    Gusa kugeza ubu aba bakinnyi bose ntawakwigereranya na Faiq Bolkiah uheruka gusinyira ikipe ya Maritimo Funchal yo muri Portugal, nyuma yo gusoza amasezerano na Leicester City nta mukino n’umwe w’irushanwa ayikiniye.

    Faiq Bolkiah, umukinnyi wa mbere ukize ku isi
    Faiq Bolkiah, umukinnyi wa mbere ukize ku isi

    Uyu mukinnyi w’imyaka 22 ni mwishywa w’umuyobozi w’ikirenga w’igihugu cya Brunei cyo muri Aziya witwa Hassanal Bolkiah.

    Se wa Faiq Bolkiah witwa Jefri Bolkiah ni murumuna wa Faiq Bolkiah bivuze ko Faiq Bolkiah ari umwe mu bana b’ingoma ya Hassanal Bolkiah.

    Kugeza ubu atunze miliyari 18 z’amayero, bivuze ko afite ubushobozi bwo kugura ikipe nka Real Madrid igihe cyose yabyifuza.

    Se w’uyu muhungu witwa Jefri Bolkiah, bivugwa ko yari atunze imodoka 2300 kandi zihenze nka Bentley,Ferrari ndetse na Rolls Royce, akaba yaranatanze miliyoni 14 z’amayero agura igitaramo cya Michael Jackson mu mwaka wa 2004.

    N’ubwo umupira kugeza ubu utaramuhira, ariko ni kimwe mu bintu bya mbere akunda yirengagije ubutunzi afite.

    Aheruka gusinyira ikipe ya Maritimo Funchal, nyuma yo gutandukana na Leicester City
    Aheruka gusinyira ikipe ya Maritimo Funchal, nyuma yo gutandukana na Leicester City

    Faiq Bolkiah yavukiye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma aza kwerekeza mu Bwongereza akiri umwana aho yize mu mashuri akomeye yaho, anyura mu makipe y’abakiri bato ya Southampton (2009-2013) na Chelsea (2014-2016).

    Yaje gukora kandi n’igeragezwa mu makipe ya Reading na Arsenal, nyuma aza guhita ajya mu ikipe ya Leicester aho atigeze abona amahirwe yo gukina n’umunota umwe mu mukino wemewe.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/faiq-bolkiah-umukinnyi-wa-mbere-w-umuherwe-ku-isi-ariko-utarahiriwe-na-ruhago

  • Bugesera: Abahinzi bahombejwe n’ibiza bishyuwe miliyoni 225Frw #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi ni sheki ya miliyoni 225 yahawe Koperative CORIMARU
    Iyi ni sheki ya miliyoni 225 yahawe Koperative CORIMARU

    Koperative zitandukanye zo mu Karere ka Bugesera cyane cyane izihanga umuceri, ziri mu zagizweho ingaruka n’ibyo biza umuceri urarengerwa barahomba, ariko kuko bari barafashe ubwishingizi ubu bishyuwe n’ikigo cy’ubwishingizi ‘Radiant’.

    Tariki ya 1 Gicurasi 2020, amazi y’imvura idasanzwe yabaye menshi asenya ingomero zari zarubatswe, maze yiroha mu mirima y’umuceri mu gishanga cya Rurambi giherereye mu Murenge wa Mwogo mu Karere ka Bugesera.

    Icyo gihe umuceri wari uhinze kuri hegitari zigera kuri 725 wose wararengewe, ariko hagitari 545 muri izo zangirits ,zari zifite ubwishingizi mu kigo cy’ubwishingizi cya Radiant.

    Koperative yitwa CORIMARU (Koperative y’Abahinzi b’Umuceri mu Gishanga cya Rurambi), ifite abanyamuryango 1801, muri bo abemeye kwishyura ubwishingizi ku buhinzi bwabo ni 1,451, mu gihe abandi basigaye barimo abatarabyumva neza.

    Nk’uko Perezida w’iyo Koperative, Karasira Wensislas abisobanura, ngo si ubwa mbere bagize igohombo gitewe n’imyuzure kuko no mu 2018 byababayeho icyo gihe umuceri urarengerwa barahomba, ariko ntacyo bari gukora kuko nta bwishingizi bari bafite.

    Ibyo gufata ubwishingizi bw’ibihingwa bije bahise babyitabira, ariko ngo abahinzi bose si ko bahise bumva akamaro kabyo kuko hari abavugaga ko nta biza bizaza bazahinga bakeza nta kibazo, ariko abishinganye bunganiwe na Leta aho umuhinzi yishyura 60% Leta ikamutangira 40%.

    Nyuma y’igihombo bagize cyatewe n’iyo myuzure yabangirije imyaka muri Gicurasi 2020, Koperative CORIMARU yishyuwe amafaranga agera kuri miliyoni 192 z’amafaranga y’u Rwanda, yatanzwe nk’ubwishingizi hatabariwemo nkunganire ya Leta, agera kuri miliyoni zisaga gato 17.

    Umuyobozi wa Koperative CORIMARU, Karasira
    Umuyobozi wa Koperative CORIMARU, Karasira

    Karasira ati “Urebye kwishyurwa byaratinze ariko abo mu bwishingizi badusobanuriraga ko iyo amafaranga agomba kwishyurwa arenga miliyoni 25 z’u Rwanda, bisaba ko na bo bagomba kubanza kubyumvikanaho n’abishingizi babo na bo baba mu mahanga, ibyo rero ngo bifata igihe. Ariko ubuyobozi bw’inzego zitandukanye harimo MINAGRI, RAB, Akarere ka Bugesera, Umurenge wa Mwogo, bose bakomeje kutuba hafi nyuma yo guhura n’icyo kibazo, bakurikirana uko tuzishyurwa, kugeza uyu munsi twishyuwe”.

    Ati “Urebye bagombye kuba baratwishyuye tariki 15 Nyakanga nk’uko amasezerano avuga, ko mu minsi 15 urangije kubashyikiriza ibisabwa byose bakwishyura, ariko bagiye badusobanurira iyo mikorere yabo turabyumva, kandi ubu turashimira Radiant ko itishe amasezerano ubu ikaba itwishyuye,nubwo ubu itwishyuye igoshoro gusa kuko ari cyo twashinganishije, ariko twifuza ko ubutaha twazajya dushinganisha umusaruro, kuko ubundi dukora ubuhinzi bw’umwuga kandi buba bugamije inyungu”.

    Mukamana Epiphanie nawe ni umunyamuryango wa CORIMARU. Yagize ati “Ndashimira ubuyobozi bwa Koperative yacu bwabonye ko dukeneye ubwishingizi, ubundi iyo umutwe urwaye igihimba kiraremba, umutwe waba muzima igihimba kigakora neza.

    Ndashimira kandi HoReCo yaduhaye abatekinisiye badufasha mu buhinzi umusaruro ukiyongera, ndashimira na Perezida wa Repubulika yacu udahwema gushaka icyateza imbere Abanyarwanda muri rusange muri gahunda yo kwigira”.

    Uretse CORIMARU, hari na Koperative y’abahinzi b’umuceri bahinga mu gishanga cya Gashora (KODUMUGA), mu Murenge wa Gashora, na yo yishyuwe na Radiant amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni zisaga gato 29M, mu gihe yari yatanze agera kuri miliyoni 1.8 nk’ikiguzi cy’ubwishingizi, ubwo hakiyongeraho nkunganire ya Leta ya 40% nk’uko bivugwa na Perezida wayo Havugimana Simon.

    Hari n’izindi Koperative zishyuwe na Radiant hakurikijwe ubuso zashinganishije n’igihombo zagize, ariko icyo abo bishyuwe n’ubwishingizi bose bahurizaho ni uko kwishingana ari ngombwa cyane cyane ko ntawe ujya inama n’ibihe, ariko n’igihe habayeho ikibazo nibura umuntu yarishinganye agashumbushwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard, yavuze ko nk’ubuyobozi bashimishijwe no kuba abaturage bari bagizweho ingaruka n’ibiza bishyuwe n’umwishingizi, ubu bakaba bagiye gukomeza ibikorwa byabo, kandi agashishikariza n’abandi bahinzi kwitabira gahunda y’ubwishingizi kugira ngo n’igihe bahuye n’ibibazo bagire ubafata mu mugongo.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musabyimana Jean Claude, yabwiye abitabiriye iyo gahunda ko gufata ubwishingizi bizabafasha mu gukora ubuhinzi bw’umwuga batikanga ibihombo.

    Yagize ati “Icyo ubwishingizi bufasha igihe cyose habaye ibibazo bitaturutse ku bahinzi ntibahomba, hari ukugirirwa icyizere mu mabanki bagiye kuguza, hari n’umushinga duteganya uzaba urimo amafaranga menshi afasha abahinzi, ariko nta muhinzi uzayabona atishingiwe.

    Ubu twaje kuzuza umugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘aho imfura zisezeranye ari ho zihurira’, ubupfura ni kimwe mu biranga ibigo by’ubwishingizi.

    Turashimira abahinzi bo mu gishanga cya Rurambi bihanganye bagategereza, gutinda si ubushake, aya masosiyete yacu dukorana, nayo agira abayishingira. Ibyo rero bifata igihe bajya kubasobanurira, kuko hegitari 700 ni nyinshi, bisaba gusobanura ko habaye ibintu bidasanzwe. Abishinganye mubishishikarize n’abandi babyitabire”.

    Umuyobozi mukuru wa Radiant Marc Rugenera, ati “Turashimira Leta y’u Rwanda yashyizeho iyi gahunda, igashyiramo na nkunganire kuko yari izi ko ubushobozi bw’abahinzi b’Abanyarwanda butatuma babyishoboza, kandi turayishimira ko yatekereje ko n’abahinzi n’aborozi bakeneye ubwishingizi mu mirimo yabo ya buri munsi. Ubwishingizi ni ngombwa, ni nka mutiweri, hari ubwo uhura n’igihombo, hari n’ubwo uhinga ukeza bisanzwe nta kibazo kibayeho, ariko n’igihe kibayeho warashinganishije urishyurwa.

    Umuyobozi Mukuru wa Radiant, Marc Rugenera
    Umuyobozi Mukuru wa Radiant, Marc Rugenera

    Ubu tugiye kwishyura miliyoni 225, kandi twe twarakiriye miliyoni makumyabiri n’eshashutu nk’ikiguzi cy’ubwishingizi, urumva ni igihombo, ariko ni ngombwa ko twishyura, n’abafata ubwishingizi bakagira icyizere ko igihe bafite ubwishingizi bibaha umutekano wo gukora imirimo yabo nta cyo bikanga”.

    Ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo ni gahunda ya Leta yatangiye tariki 23 Mata 2019, hagamijwe ko abantu bakora ubuhinzi n’ubworozi bw’umwuga ariko bakabukora batekanye kuko bafite ubwishingizi, nk’uko bisobanurwa na Musabyimana Jean Claude, Umunyabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI).

    Yavuze ko gahunda itangira hishingirwaga inka z’umukamo gusa, ariko ubu ngo hiyongereyeho n’amatungo magufi nk’ingurube ndetse n’inkoko, mu bihingwa naho ngo mu ntangiriro bishingiraga umuceri, nyuma hiyongeraho ibigori, ibirayi ndetse n’imboga harimo imiteja ndetse n’urusenda.

    Kuva iyo gahunda itangiye mu 2019 kugeza ubu muri Nzeri 2020, inka zigera ku bihumbi cumi n’umunani zimaze gufatirwa ubwishingizi, mu gihe abahinzi b’umuceri, ibigori n’urusenda bagera ku 122,286 bamaze guhabwa nkunganire mu bwishingizi, naho ubuso bumaze kwishingirwa bukaba bugera kuri Hegitari 17.676.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/bugesera-abahinzi-bahombejwe-n-ibiza-bishyuwe-miliyoni-225frw

  • Rusesabagina mu mwambaro w’i roza, yabwiye Urukiko Rwisumbuye ko ntaho yari ahuriye na FLN #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Rusesabagina arimo kuburana urubanza rw’ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma y’umwanzuro atishimiye wo kumufunga by’agateganyo wafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ku itariki ya 17 Nzeri 2020.

    Rusesabagina avuga ko nubwo ari mu bayobora impuzamashyaka MRCD-Ubumwe, ntaho ahuriye n’umutwe ushinjwa iterabwoba wa FLN ya Callixte Nsabimana ndetse na Herman Nsengimana.

    Nsabimana Callixte na Herman Nsengimana bafashwe ari abavugizi b’umutwe wa FLN, na bo bafungiwe muri gereza zo mu Rwanda.

    Rusesabagina hamwe n’abamwunganira bavuga ko mu mpuzamashyaka MRCD, buri shyaka ryose rifite icyo rishinzwe kandi ryigenga.

    Yagize ati “Ishyaka CNRD ni ryo ryari rishinzwe abasirikare, FLN bari abasirikare bayo, twebwe (PDR-Ihumure) twari dushinzwe dipolomasi, ntaho nari mpuriye na FLN”.

    Ati “FLN kandi yari ifite umuvugizi wayo, ni yo mpamvu Callixte Nsabimana ari we wabaye Umuvugizi”.

    Abunganira Rusesabagina bakomeza bavuga ko ibyaha umukiriya wabo aregwa ntaho ahuriye na byo, kuko ngo Rusesabagina atari ari mu Rwanda, “atari Umunyarwanda, atabikoreye ku butaka bw’u Rwanda kandi itegeko rihana ibyaha ryo muri 2012 ritakiriho”.

    Me David Rugaza, umwe mu bunganira Rusesabagina avuga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ngo rutigeze rugira icyo ruvuga niba rufite ububasha bwo kuburanisha ibi byaha biregwa Rusesabagina.

    Ati “Tukaba dusaba Urukiko (Rwisumbuye) kwemeza ko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rutari rufite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza, kuko rwashingiye ku mpamvu zitemewe n’amategeko”.

    Me Rugaza avuga ko guhera muri 1997 kugeza uyu munsi Rusesabagina atari Umunyarwanda, kandi atari ari mu Rwanda kuva muri 1996 kugera mu Kanama 2020.

    Ashingira ku ngingo ya 11 y’Itegeko ryo muri 2012-2018 rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana, ivuga ko uhamwa n’iki cyaha agomba kuba yaragikoreye mu Rwanda, kandi iri tegeko ntabwo rikibaho mu gihe icyaha Rusesabagina aregwa cyakozwe muri 2018.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/rusesabagina-mu-mwambaro-w-i-roza-yabwiye-urukiko-rwisumbuye-ko-ntaho-yari-ahuriye-na-fln

  • U Bubiligi bwahaye u Rwanda imbangukiragutabara 40 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Izo mbangukiragutabara 40 zifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri Miliyari ebyiri zikazahabwa ibitaro by’uturere byo hirya no hino mu gihugu.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, wavuze mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda, yashimye iyo nkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda kuko zizafasha u Rwanda guteza imbere ibyerekeranye n’ubuvuzi no guhangana n’indwara zitandukanye harimo n’ibyorezo.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-bubiligi-bwahaye-u-rwanda-imbangukiragutabara-40