Tag: featured

  • Farumasi zigiye gutanga inkingo no kuboneza urubyaro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi ba NPC
    Abayobozi ba NPC

    Mu nama abahanga mu by’imiti mu Rwanda baza gukora hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatanu, baraganira n’inzego zitandukanye ku ngamba zitandukanye zatuma imiti igera ku baturage kandi bakayifata mu buryo itabateza ibibazo, ahubwo ikabakiza indwara.

    Bimwe mu bibazo Urugaga rw’Abahanga mu by’imiti mu Rwanda (NPC) ruvuga ko bikomereye abaturage, ni ukutabona imiti n’inkingo hafi, ndetse no gufata imiti bitari ngombwa, kutayimara cyangwa kutubahiriza igihe bagomba kuyifatira, bikaba biviramo bamwe ingaruka z’uko hari imiti yatakaje ubushobozi bwo kubavura.

    Mu kiganiro abayobozi ba NPC bagiranye na Kigali today kuri uyu wa kane, bavuze ko abaganga bose atari ko bafite uburenganzira bwo gutanga imiti, ndetse ko nta miti igomba kuba itangirwa kwa muganga keretse igenewe abarwayi baho, yavuye kuri farumasi.

    Perezida wa NPC, Dr. Innocent Hahirwa, yakomeje agira ati “hari imiti ikwiye kwandikwa n’umuganga wihariye ku ndwara runaka, atari umuganga ubonetse wese, kuko iriya miti ivura indwara zandura (ziterwa n’udukoko yitwa anti-biotiques), usanga iri mu byiciro bitandukanye uhereye ku yoroheje, ikomeye gake n’ikomeye cyane.

    Abantu baba bakeneye ko duhera kuri ya miti yo hasi igihe uburwayi bwawe bworoshye, kugira ngo nibinanirana ku muti woroheje, uze kuba ufite undi uwurusha ubushobozi wakuvura.

    Iyo umuntu aguhereye kuri wawundi wa gatatu nyamara hari ibindi byiciro yasimbutse, hari igihe uzagirana ikibazo na wa muti wo ku rwego rwo hejuru, ukaba ufite ibyago by’uko indwara yawe itavurwa”.

    Abahanga mu by’imiti bakomeza bavuga ko nubwo bidakorwa mu Rwanda, ahandi mu bindi bihugu ari bo batanga inkingo, mu rwego rwo kwegereza iyo serivisi abasanzwe babyiganira kwa muganga, rimwe na rimwe bakabura iyo serivisi.

    Dr. Hahirwa yakomeje agira ati “iyi ni imwe mu ntambwe u Rwanda ruri kwifuza gutera, kugira ngo ejo cyangwa ejobundi abahanga mu by’imiti babe batanga inkingo, harimo no gutera inshinge, mu gihe kitari icya kera tuzabona iyo serivisi”.

    Umunyamabanga Uhoraho akaba n’Umwanditsi w’abahanga mu by’imiti muri NPC, Rugambya Patrick yasobanuye ko ibijyanye no gutangira inkingo muri Farumasi bikiri gutegurwa, harimo nko guhugura abazakora uwo murimo, amategeko no gutegura aho bizakorerwa, ariko ko ikiri hafi gukorwa ari ukuhatangira serivisi zo kuboneza urubyaro.

    Rugambya yagize ati “hari umuntu wavuga ngo kubonera iriya serivisi (yo kuboneza urubyaro) kwa muganga birangora, biratinda kandi mfite inshingano nyinshi.

    Iyi miti umuntu afata yarangije gukora imibonano mpuzabitsina ikamubuza gusama, muri farumasi abantu bayihabonera mu ibanga kandi bitabagoye, akaba ari muri ubwo buryo kuboneza urubyaro biramutse bigiye muri farumasi byafasha benshi”.

    Urugaga rw’abahanga mu by’imiti (NPC) ruvuga ko rwishimiye kuba imiti myinshi yajyaga iva ahandi igiye gutangira gukorerwa mu Rwanda, aho inganda eshatu ziyikora kuri ubu zatangiye kubakwa i Kigali.

    NPC hamwe n’umuryango uhuza abahanga mu by’imiti ku isi, bihaye insanganyamatsiko muri uyu mwaka yo gutekereza ku ruhare rwabo mu guhindura ubuzima bw’abatuye isi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/farumasi-zigiye-gutanga-inkingo-no-kuboneza-urubyaro

  • Kwita Izina 2020: Perezida Kagame yashimye ubwitange bw’abakozi ba Pariki #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo rye ry’uyu munsi mpuzamahanga wo kwita ku ngagi, umunsi wahuriranye n’uwo kwita izina abana 24 b’ingagi, Kwita Izina bikaba bimaze kumenyerwa haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

    Perezida Kagame yavuze ko ubwitange bw’abo bakozi ari bwo igihugu gikesha kuba haravutse abana b’ingagi 24 biswe amazina kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2020.

    Perezida Kagame yashimiye n’ikipe ya Arsenal nk’umufatanyabikorwa mwiza w’u Rwanda, iyi kipe ikaba yongeye kubigaragaza kuri uyu wa Kane ubwo bamwe mu bakinnyi bayo bagiraga uruhare mu kwita amazina abana b’ingagi.

    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/kwita-izina-2020-perezida-kagame-yashimye-ubwitange-bw-abakozi-ba-pariki

  • Dore ibyamamare byitabiriye Kwita Izina umwaka ushize (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi umwaka ushize wari witabiriwe n’ibyamamare bitandukanye, harimo abakina filime, abahoze bakina umupira w’amaguru ndetse n’abahanzi, nk’uko bigaragara muri iyi Video.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/dore-ibyamamare-byitabiriye-kwita-izina-umwaka-ushize-video

  • Akarere ka Bugesera kashyizeho amabwiriza yihariye ajyanye no kwirinda COVID-19 ndetse n’ibihano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bazajya babihanirwa
    Abafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bazajya babihanirwa

    Ayo mabwiriza agamije gushyiraho amahame remezo yerekeranye no kubahiriza ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri bijyanye no kwirinda Covid-19 mu buryo bwose.Agamije kandi kubungabunga imibereho myiza y’abaturage b’Akarere ka Bugesera hazirikanwa ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.Hari kandi gukangurira abaturage b’Akarere ka Bugesera iterambere rirambye rishingiye ku kubahiriza gahunda za Leta cyane cyane ku bijyanye no kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Muri ibyo byemezo by’inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, harimo ingingo igaragaza inshingano z’abatuye n’abagana AKarere ka Bugesera ku bijyanye no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 harimo kuba, umuntu wese uri Bugesera aba afite inshingano zo kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda icyo cyorezo.

    Ayo mabwiriza ngo areba buri wese utuye cyangwa ugana ako Karere, kuko umuntu agomba kubahiriza ayo mabwiriza yo kwirinda Covid-19, aho atuye,aho anyura n’aho akorera.Bireba kandi ubuyobozi bwite bwa Leta kuva ku Mudugudu kugeza ku rwego rw’Akarere ka Bugesera bagomba gushyiraho uburyo bwo gukurikirana iyubahirizwa ry’ayo mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugeza ku rwego rw’isibo.

    Bireba kandi imiryango itegamiye kuri Leta n’abikorera, bagomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 mu bikorwa byabo bya buri munsi nk’uko bisabwa mu mabwiriza ya Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Akarere ka Bugesera by’umwihariko.

    Amabwiriza yo kwirinda ndetse n’ibihano biteganijwe ku muntu utayubahirije

    • Kutambara agapfukamunwa cyangwa se kutakambara uko bikwiye kuri buri muntu wese guhera ku mwana w’imyaka ibiri, bikanishwa gucibwa ihazabu y’amafaranga ibihumbi bitanu y’u Rwanda (5000 Frw) ku muntu utakambaye na 2000 Frw ku muntu utakambaye neza,hakiyongeraho gushyirwa ahantu habugenewe bitarenze amasaha 24, agahabwa inyigisho zigamije kuzamura imyumvire mu kwirinda Covid-19.

    • Kutemera kwishyurwa cyangwa kwishyura mu buryo bw’ikoranabuhanga, bihanishwa gucibwa ihazabu y’amafaranga ibihumbi bitanu y’u Rwanda(5000Frw),hakiyongeraho gufunga ubucuruzi kugeza igihe umuntu yemeye gushyiraho imibare(code)yishyurirwaho hakoreshejwe ikoranabuhanga.

    • Kurenza igihe kigenwe cyo kugera mu rugo nta burenganzira wahawe bwo kukirenza,bihanishwa gucibwa ihazabu ya 10.000Frw,hakiyongeraho gushyirwa ahantu habugenewe bitarenze amasaha 24, agahabwa inyigisho zigamije kuzamura imyumvire mu kwirinda Covid-19.

    • Kudasiga intera yagenwe hagati y’umuntu n’undi kandi mu mazu y’ubucuruzi hagashyirwa ibirango bigaragaza intera isabwa.Bihanishwa gucibwa ihazabu ya 2000 Frw ku muntu utasize intera hagati ye n’undi.

    • Kurenza umubare w’abakozi bateganijwe mu kazi nk’uko biteganywa n’amabwiriza ya Guverinoma y’u Rwanda ajyanye no kwirinda Covid-19, bihanishwa gucibwa ihazabu ya 50.000Frw kuri buri mukozi warenze ku mubare wagenwe yishyurwa n’umukoresha.Kuri iyo hazabu hakiyongeraho guhagarika ibikorwa kugeza igihe amabwiriza yubahirijwe.

    • Gutwara umugenzi kuri moto kandi utwaye adafite umuti wagenewe gusukura intoki (hand sanitizer), bihanishwa gucibwa ihazabu ya 25.000Frw ku mumotari, acibwa ku bufatanye bw’Akarere na Police,hakiyongera gufunga ikinyabiziga igihe kitarenze iminsi itanu.

    • Gutwara umugenzi kuri moto, kandi umugenzi atambaye igitambaro cyabugenewe mu kwirinda Covid-19,bihanishwa gucibwa ihazabu ya 25.000Frw, ku mumotari, acibwa ku bufatanye bw’Akarere na Police,hakiyongera gufunga ikinyabiziga igihe kitarenze iminsi itanu.

    • Kurenza umubare w’abantu bemewe mu modoka hakurikijwe intera isabwa mu kwirinda Covid-19,bihanishwa ihazabu ya 25.000Frw acibwa nyir’imodoka kuri buri muntu warenzeho, acibwa ku bufatanye bw’Akarere na Police,hakiyongera gufunga ikinyabiziga igihe kitarenze iminsi itanu.

    • Kwitabira ikiriyo harengejwe umubare w’abantu wagenwe, bihanishwa ihazabu ya 5000Frw,kuri buri muntu warenzeho.

    • Kwitabira umuhango wo gushyingura harengejwe umubare w’abantu bagenwe,bihanishwa ihazabu ya 5000Frw kuri buri muntu warenzeho acibwa abacunga irimbi.

    • Gukoresha amateraniro mu rusengero,kiriziya n’umusigiti bitubahirije ibisabwa, bihanishwa ihazabu ya 50.000Frw,hakiyongeraho guhagarika ibikorwa yakoraga mu gihe kitari munsi y’ukwezi.

    • Kuva no kujya ahantu habujijwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 nta burenganzira abifitiye bihanishwa ihazabu ya 10.000 Frw,hakiyongeraho gushyirwa ahantu habugenewe bitarenze amasaha 24, agahabwa inyigisho zigamije kuzamura imyumvire mu kwirinda Covid-19.

    • Gutoroka ahagenewe kwita ku bafite ubwandu bwa Covid-19 cyangwa ahasuzumirwa abayikekwaho cyangwa kurenga ahagenwe kuguma(home isolation),bihanishwa ihazabu ya 20.000Frw acibwa uwatorotse, uwamutorokesheje kandi uwatorotse agasubizwa aho yari yashyizwe.

    • Gufungura akabari haba akabari gasanzwe,akabari ko muri hoteli cyangwa kugashinga mu rugo, aho ari ho hose, bihanishwa ihazabu ya 20.000Frw, hakiyongeraho gufungirwa ibikorwa mu gihe kitari munsi y’ukwezi.

    • Kujya mu kabari bihanishwa gucibwa ihazabu ya 10.000Frw hakiyongeraho gushyirwa ahantu habugenewe bitarenze amasaha 24, agahabwa inyigisho zigamije kuzamura imyumvire mu kwirinda Covid-19.

    • Gukora ibirori n’iminsi mikuru bitemewe,bihanishwa ihazabu ya 50.000Frw ku wabiteguye na 10.000Frw kuri buri wese wabyitabiriye hakiyongeraho gushyirwa ahantu habugenewe bitarenze amasaha 24, agahabwa inyigisho zigamije kuzamura imyumvire mu kwirinda Covid-19.

    • Gutwara umugenzi ku igare, bihanishwa ihazabu ya 2000Frw utwaye n’utwawe bombi buri muntu arayatanga, hakiyongeraho gushyirwa ahantu habugenewe bitarenze amasaha 24, agahabwa inyigisho zigamije kuzamura imyumvire mu kwirinda Covid-19.

    • Amasoko n’izindi nyubako z’ubucuruzi zirenze ku mabwiriza yo kwirinda no gutumiza inama zishyira abantu benshi mu kaga nta buryo bwo kubarinda Covid-19, bihanishwa ihazabu ya 50.000Frw atangwa n’ubuyobozi bw’isoko cyangwa inyubako na 10.000Frw ku mucuruzi warenze ku mabwiriza n’uwatumije iyo nama ndetse na 5000Frw ku witabiriye iyo nama.

    Mu myanzuro y’Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, bavuga ko ibidateganijwe muri ayo mabwiriza yihariye yashyizeho,hazakurikizwa amategeko n’andi mabwiriza n’inzego zibifitiye ububasha.Ni amabwiriza kandi ashyirwa mu bikorwa n’Akarere ka Bugesera n’izindi nzego za Leta.

    Ni amabwiriza kandi yunganira ashyirwaho na za Minisiteri zibifite mu nshingano.Ikindi kandi ngo ni amabwiriza yatangiye gushyirwa mu bikorwa akimara gushyirwaho umukono n’Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/akarere-ka-bugesera-kashyizeho-amabwiriza-yihariye-ajyanye-no-kwirinda-covid-19-ndetse-n-ibihano

  • Munyakazi Sadate yahaye Murenzi Abdallah ibikombe bibiri n’inyandiko 407 mu ihererekanyabubasha (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane tariki 24/08/2020 ku cyicaro cy’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyiborere “RGB”, habereye umuhango w’ihererakanyabubasha hagati ya Komite ya Munyakazi Sadate ndetse n’iya Murenzi Abdallah.

    Murenzi Abdallah yahawe inyandiko 407 ndetse n
    Murenzi Abdallah yahawe inyandiko 407 ndetse n’izindi mpapuro 643 zigaragaza raporo y’umutungo

    Murenzi Abdallah wahye kuyobora inzibacyuho mu minsi 30, yatangaje ko bifuza kongera kugarura Rayon Sports iha ibyishimo abafana, anasaba abafana gushyira hamwe bagafatanya kubaka ikipe.

    “Ndashimira igihugu kuba cyarangiriye icyizere, ngashimira uburyo yitwaye mu gukemura ikibazo ibibazo bayri bimaze iminsi mu ikipe ya Rayon Sports, icyizere n’inshingano twahawe, twizeye ko tuzabasha kubishyira mu bikorwa ko n’inzego z’igihugu zituri hafi.”
    “Dufite icyizere ko mu minsi 30 hari byinshi tuzaba twashyize ku murongo, ndanashimira kandi komite yari imaze iminsi iyoboye Rayon Sports, ibyo mutagezeho tuzagerageza tubigereho, inshingano twahawe tuzafatanya twese tuzigereho”

    “Hari inyandiko baduhaye dukeneye kuzazireba neza ko ibyo twahawe bihura, aho bidahura tuzabegera tubiganireho, ni umurimo utoroshye ariko tuzi ko mutazaba kure yacu, igihe tuzajya tubiyambaza twizeye ko muzaba muhari”

    “Reka dufatanye twubake Rayon Sports igarurira abakunzi ibyinshimo, tuve mu bibazo bya hato na hato bimaze iminsi, twubake ubuyobozi n’imiyoborere irambye, igihugu cyacu gifite imiyoborere myiza, bigomba kugera no muri siporo ndetse na Rayon Sports”

    Munyakazi Sadate nawe yatangaje ko yumva yishimira ko hari umurongo yari yaratangiye uzagenderwaho, ndetse avuga ko kimwe mu byatumye atagera ku nshingano ze harimo no kuba atarabashize guhuriza abafana hamwe ngo abasobanurire umurongo we

    “Icyangoye ni uko nazanye umurongo wo kugenderaho, sinabasha gushyira abantu hamwe ngo bagendere kuri uwo murongo, iyo bibaho ntibyari kutugora. Kuba muri Rayon Sports bisaba ubwitange, umwanya ibitekerezo n’amafaranga”

    Mu byo komite ya Munyakazi Sadate yashyikirije Murenzi Abdallah harimo ibikombe bibiri harimo kimwe cya shampiyona ndetse n’icyo kwibuka Padiri Fraipont Ndagijimana, inyandiko 407 zirimo zio banditse n’izo bandikiwe, impapuro 643 zigaraza raporo y’umutungo ndetse n’ibindi.

    Andi mafoto yaranze ihererakanyabubasha

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/munyakazi-sadate-yahaye-murenzi-abdallah-ibikombe-bibiri-n-inyandiko-407-mu-ihererekanyabubasha-amafoto

  • Mu Rwanda hatangijwe uburyo bufasha abagore kubyara batababajwe n’ibise #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu buribwe bukabije, benshi mu bagore, ngo babwibagizwa no kubona umwana, bikagora cyane abagore babyaye abana, ariko abana bakitaba Imana.

    Mu rwego rwo gufasha abagore kubyara batababajwe n’ibise, ibitaro byitiriwe Umwami Faisal, byatangaje ko byatangije uburyo bufasha ababyeyi kubyara batababajwe n’ibise, uburyo bwitwa “Epidural analgesia for labor” mu cyongereza.

    Dr. Sam Muhumuza, umuganga utera ikinya muri ibyo bitaro, yatangarije RBA ko hari uburyo bugabanyiriza ababyeyi ububabare bari basanzwe bifashisha, ariko ubu buryo bwa Epidural analgesia bukaba bufasha umubyeyi cyane. Yagize ati “Umubyeyi duhaye Epidural, akomeza afite ibise ariko ntababare. Ariko aba yumva ko afite ibise, ko umwana ashaka gusohoka”. Akomeza avuga ko umubyeyi aba afite umubyaza umukurikirana, akomeza areba aho umwana ageze. Ibipimo umubyaza akomeza afata, ni byo byerekana niba umwana ageze igihe cyo kuvuka, bakajyana umubyeyi aho abyarira.

    Umwalimu muri Kaminuza ya Duke muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba n’inzobere mu bijyanye no gutera ikinya, Prof. Ayedemi John Olufolabi, yasobanuye byinshi kuri ubu buryo bugiye gutangizwa mu Rwanda. Yagize ati “Hari inyigo nyinshi zakozwe kuri ubu buryo ubwo bwatangizwaga, hatangwa imiti ikomeye yateza ibibazo ubuzima bw’umugore ugiye kubyara. Ariko ubu OMS yamaze kwemezwa ko imiti ikoreshwa ubu nta bibazo itera kandi ifasha umubyeyi”.

    Ubushakashatsi butandukanye bwakozwe, bwagaragaje ko uburibwe bukabije umugore agira mu gihe ategereje kubyara, bugira uruhare mu gutuma umubyeyi atinda ku nda, kuko ababyeyi bigera aho bikabarenga, hakaba n’abata ubwenge.

    Ubu buryo kandi, buzagabanya ingaruka ziterwa no gutinda ku nda kw’abagore, kubera imyitwarire inyuranye bagira bitewe n’ububabare.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/mu-rwanda-hatangijwe-uburyo-bufasha-abagore-kubyara-batababajwe-n-ibise

  • Yahawe inka ayikesha kubona ifumberi ntayirye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ifumberi
    Ifumberi

    Nzamuturimana uyu afite imyaka 26. Aturiye ishyamba rya Nyungwe mu Mudugudu wa Kagano, Akagari ka Kizimyamuriro.

    Inka yashyikirijwe ni inyana. Yayihawe n’umuryango ubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, Biocoor, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe.

    Ifumberi akesha guhabwa iyi nyana ngo yamusanze mu rugo iwe ku itariki 5/5/2020, mu masaa saba. Yari yicaye mu rugo abona irinjiye, arayifata ayishyira mu nzu, ayiha n’ubwatsi, nuko ahamagara umukozi wa RDB waje akamufasha kuyisubiza mu ishyamba.

    Ku kibazo cyo kumenya icyamuteye kutayifungirana ngo ayirye imwizaniye kandi bizwi ko ifumberi iribwa, agira ati “Nigeze kumva kuri radiyo bavuga ko inyamaswa zo muri Nyungwe zikwiye kubungwabungwa kuko zituma igihugu cyacu cyinjiza amadevize. Nanjye narayibonye numva ko ngomba guharanira ko isubira mu ishyamba amahoro.”

    Yungamo ati “Nabikoze numva ko ndi kurwana ku madevize, none dore mbonye n’inka. Ndashishikariza n’abandi kubungabunga Nyungwe n’ibiyirimo kuko kubikora ari ukwikorera.”

    Ubwo yashyikirizaga Nzayiturimana iyi nka, umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, yabwiye abaturanyi be ko igihe cyose bagomba guharanira gukora neza.

    Nzamuturimana avuga ko yatanze ifumberi atiteze ibihembo, none kubibona ngo byamushimishije
    Nzamuturimana avuga ko yatanze ifumberi atiteze ibihembo, none kubibona ngo byamushimishije

    Yagize ati “Uko muri aha mwese buri wese afite ineza yakoze. Uyu munsi twahembye Innocent, ariko n’undi wese wakoze neza izagera aho imugarukire. Jya ukora neza wigendere kuko ineza uba uzayisanga imbere.”

    Yaboneyeho kubibutsa ko ubuhigi butemewe muri Nyungwe kimwe no kuhatema ibiti cyangwa ibyatsi, kandi ko ubirenzeho akamenyekana abihanirwa.

    Ange Imanishimwe, umuyobozi wa Biocoor, avuga ko guhemba Nzamuturimana ari uburyo bwo kugaragariza abaturiye Nyungwe ko bakwiye kuyibungabunga hamwe n’ibiyirimo byose, kandi ko iyo umuntu abiikoze aba ari kurengera ibidukikije bigenzi.

    Ati “Umuntu na we ni ikidukikije. Arengeye bagenzi be, akarengera ibidukikije harimo n’inyamaswa, aba akoze ikintu kizima.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/yahawe-inka-ayikesha-kubona-ifumberi-ntayirye

  • Mugisha Samuel yahigiye guhagararira igihugu neza muri shampiyona y’isi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mugisha Samuel
    Mugisha Samuel

    Mugisha Samuel usanzwe ari Captain w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare ategerejweho guhagararira uRwanda muri shampiyona y’isi y’umukino w’amagare World Championship ibera ahitwa Imola mu Butaliyani.

    Kuri uyu wa Gatatu nibwo Mugisha Samuel yahagurutse mu Bufaransa yerekeze mu Butaliyani ahitwa Imola ahazabera shampiyona y’isi yo gusiganwa mu muhanda, azakina agace ko gusiganwa mu muhanda (Road Race ) ku Cyumweru ku ntera inagana na Km 258,2.

    Kuri uyu wa Kane harakinwa gusiganwa n’ibihe umuntu ku giti cye ( ITT) mu bagore ,abagabo bo biteganijwe ko bazakina ku munsi w’ejo kuwa gatanu .

    Iyi shampiyona y’isi yitabiriwe n’abakinnyi benshi baba i Burayi kuko abava hanze y’Uburayi basabwaga kubanza kwishyira mu kato kubera COVID-19.

    Uyu mukinnyi usanzwe ari Captain w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare wahagurutse aho asanzwe akinira mu Bufaransa yerekeza mu Butaliyani kuri uyu wa gatatu avuga ko yiteguye neza nubwo ategerejwe n’akazi gakomeye kuko agiye guhatana n’abakinnyi bakomeye baheruka gukina Tour de France mu minsi itanu ishize.

    Mu kiganiro yagize at” kuba narageze mu Bufaransa mbere niteguye neza bihagije navuga ko nanjye nzagerageza kwitwara neza bihagije , nabisabye Imana kandi naranakoze cyane gusa na none ni irushanwa rikomeye cyane , nibwo bwa mbere ngiye gukina mu bakuru kandi abenshi bavuye muri Tour de France ni ibintu bitazaba byoroshye ariko niteguye gutanga ibyo mfite byose”

    Mugisha Samuel usanzwe ari captain w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare agiye gukina iyi shampiyona y’isi nyuma yo kwerekeza mu ikipe yo mu Bufaransa yitwa Team LMP – La Roche-sur-Yon Vendée Cyclisme yasinyemo amasezerano y’umwaka umwe.

    Gukina mu Bufaransa aho yashoboye no gukurikirana Tour de France , isiganwa rya mbere ku isi mu mukino w’amagare avuga ko hari icyo yabyigiyeho bizamufasha kwitwara neza muri iyi shampiyona y’isi.

    “Nabonye amayeri abakinnyi bakuru bagiye bakoresha , ndeba n’igihe umuntu ugiye gutsinda asatirira ,umuntu ushaka gutsinda agomba gukora iki mu irushanwa ry’ibyumweru 3,byose ni ibintu nakuyemo bizamfasha.

    Mu Isiganwa rya Tour de France ya 2020 Mugisha avuga ko yafanaga umunya Slovenia Primož Roglič watunguwe ku munsi ubanziriza uwa nyuma wa Tour de France agatakaza umwambaro w’umuhondo , nyuma yo gutakaza uyu mwambaro awambuwe na Tadej Pogačar ngo byaramutunguye ndetse ntiyatekerezaga ko byaba.

    Avuga ko Tadej Pogačar ari umukinnyi w’umuhanga ukiri muto ndetse abona ushobora kuzesa imihigo myinshi ku isi mu bihe biri imbere.

    Mugisha Samuel gukina mu Bufaransa no gukurikira Tour de France avuga ko byatumye nawe yiha intego yo kuzakina Tour de France byibuze mu gihe cy’imyaka ibiri ari imbere .

    “Ni indoto z’umukinnyi wese ukina igare kumva ko agomba kuzakina Tour de France, irushanwa rya mbere ku isi muri uyu mukino , nta nubwo biba byoroshye kuyikina niyo mpamvu umuntu wese yitoza ariyo ntego afite, nanjye niyo ntego mfite , numva ko wenda mu myaka ibiri nzaba ndimo nkina Tour de France”

    Iri rushanwa rikomeye ry’umukino w’amagare ku isi, nta mukinnyi wo mu karere k’ibiyaga bigari urarikina, ni inzozi z’abakinnyi bose babigize umwuga muri uyu mukino.

    MUGISHA Samuel ni umwe mu bakinnyi b’abanyarwanda bahagaze neza, niwe munyarwanda kandi uheruka kwegukana irushanwa rya Tour du Rwanda aho yeryegukanye 2018 ubwo yari afite imyaka 20 n’iminsi 250.

    Uretse ikipe akinamo yo mu Bufaransa yananyuze mu ikipe ya Dimension Data –Qhubeka yo muri Afurika y’epfo ikina mu kiciro cy’ababigize umwuga.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/amagare/article/mugisha-samuel-yahigiye-guhagararira-igihugu-neza-muri-shampiyona-y-isi