Tag: featured
-
Nyanza: Abagabo babiri bakekwaho gukubita no gukomeretsa umugore utwite batawe muri yombi #rwanda #RwOT
Abagabo babiri bo mu Karere ka Nyanza batawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umugore utwite. -
‘Cheric’, itsinda rishya mu muziki uhimbaza Imana ry’umusore uririmbana n’umukunzi we #rwanda #RwOT
Kwizera Eric ukoresha izina rya Eric-K3 mu muziki uhimbaza Imana yahuje imbaraga n’umukunzi we Niyonsaba Chemsa bashyira hanze indirimbo “Ni Umuremyi Wanjye”. -
Hatangijwe umushinga witezweho guteza imbere ikoranabuhanga mu mashuri #rwanda #RwOT
Ikigo cy’Icyitegererezo mu Ikoranabuhanga (Rwanda Coding Academy) ku bufatanye n’Umuryango w’Ababiligi uharanira Iterambere ry’Uburezi mu Rwanda VVOB, byatangije umushinga witwa “SCRATCH2H 2050” ugamije guteza imbere ikoranabuhanga rijyanye no gukoresha porogaramu za mudasobwa. -
Facebook na RBC batangije ubufatanye bugamije kuzamura itangwa ry’amaraso mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryatanzwe na RBC, ivuga ko ubwo bufatanye bugamije gushishikariza abantu bari hagati y’imyaka 18 na 60 kwitabira gutanga amaraso.
Buri wese uri muri icyo kigero azajya akoresha Facebook yiyandikishe nk’umuntu utanga amaraso (Blood Donor), kugira ngo ajye abasha kubona ubutumwa buturutse mu bigo byakira amaraso buvuga ko hakenewe amaraso, ndetse ajye anabasha guhamagarira inshuti ze n’abandi banyamuryango kwitabira gutanga amaraso.
Ubu bufatanye buje mu gihe mu Rwanda hakenewe cyane amaraso yizewe. Icyorezo cya Covid-19 cyatumye amaraso agabanuka mu isi yose, bitewe n’ingamba zirimo kubura uko agera ku bayakeneye, ndetse n’ingamba yo gutuma abantu baguma mu ngo zabo.
RBC ivuga ko gutanga amaraso ku bushake ari igikorwa cy’ingenzi, kandi ko ubu ari igihe amaraso akenewe mu Rwanda kurusha ibindi bihe byabanje.
Ubu buryo bwo gukoresha Facebook mu gutanga amaraso bufite ibice bitatu by’ingenzi.
Ubwa mbere, abantu bakoresha Facebook bafite ubushake bwo gutanga amaraso bazajya babigaragaza bakoresheje porogaramu ya Facebook (Application).
Hanyuma, ibigo byakira amaraso byizewe bisanzwe bikorana na RBC kandi bikeneye kuvugana n’abatanga amaraso, bishobora gushyiraho paji yihariye, imenyesha abatanga amaraso ko akenewe, ndetse bikagaragaza aho ushaka gutanga amaraso yakanda kugira ngo avugane n’ikigo iki n’iki.
Uburyo bwa gatatu, mu gihe utanga amaraso yamaze kubimenyekanisha, abatuye hafi ye bagaragaje ko na bo bafite ubwo bushake bazajya babona amamenyesha (notifications), hanyuma bahabwe uburyo bwo kuvugana n’ikigo niba koko bashaka gutanga amaraso.
Umuyobozi MUkuru wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, yashimiye ubu bufatanye na Facebook, avuga ko buzazamura umuco wo gutanga amaraso ku bushake mu Rwanda.

Yagize ati “Tunejejwe no kugira Facebook nk’umufatanyabikorwa mu kwigisha Abanyarwanda ibisabwa mu gutanga amaraso ndetse n’aho azajya atangirwa. Ibi bizatuma habaho gutanga amaraso muri ibi bihe ububiko bw’amaraso bwari bumaze kugabanuka, bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyatumye abantu baguma mu ngo”.
Avuga kuri ubu bufatanye, Uhagarariye Facebook mu Burasirazuba no mu Ihembe rya Afurika, Mercy Ndegwa, yagize ati “Nka Facebook, tunejejwe no gufatanya na RBC n’abandi bafatanyabikorwa mu gutuma amaraso aboneka mu gihugu. Facebook yiyemeje kubaka imiryango itekanye, ari nay o mpamvu twifuje gutangiza ubu bufatanye na RBC”.
Kuva Facebook yatangiza uburyo bwo kwiyandikisha ku bashaka gutanga amaraso ku bushake muri 2017, abantu barenga miliyoni 70 bamaze kwiyandikisha nk’abatanga amaraso kuri Facebook.
Ubu buryo ubu bukoreshwa mu bihugu bya Kenya, Afurika y’Epfo, Zimbabwe, Niger, USA, Brazil, Bangladesh, u Buhinde, Taiwan na Pakistan.

-
Ubuhinzi bwa Kawa i Maraba: Kwibumbira hamwe byababereye igisubizo #rwanda #RwOT
Imbamutima z’abaginzi ba Kawa bavuga uko yabahinduriye ubuzimasource https://www.rba.co.rw/post/Huye-Imbamutima-zabaginzi-ba-Kawa-bavuga-uko-yabahinduriye-ubuzima
-
Abayobozi beguye n’abegujwe mu nzego zitandukanye za Leta mu myaka itatu ishize #rwanda #RwOT
Imyaka itatu irashize muri manda ya Perezida Paul Kagame yo mu 2017-2024, abayobozi bakomeje kubazwa inshingano ari nako abananiwe begura, ndetse hari abeguzwa nyuma bakisanga mu nkiko bakurikiranyweho ibyaha, hari n’abamaze gukatirwa naho abandi baracyaburana. -
Facebook na RBC batangije amasezerano agamije kuzamura itangwa ry’amaraso mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryatanzwe na RBC, ivuga ko ubwo bufatanye bugamije gushishikariza abantu bari hagati y’imyaka 18 na 60 kwitabira gutanga amaraso.
Buri wese uri muri icyo kigero azajya akoresha Facebook yiyandikishe nk’umuntu utanga amaraso (Blood Donor), kugira ngo ajye abasha kubona ubutumwa buturutse mu bigo byakira amaraso buvuga ko hakenewe amaraso, ndetse ajye anabasha guhamagarira inshuti ze n’abandi banyamuryango kwitabira gutanga amaraso.
Ubu bufatanye buje mu gihe mu Rwanda hakenewe cyane amaraso yizewe. Icyorezo cya Covid-19 cyatumye amaraso agabanuka mu isi yose, bitewe n’ingamba zirimo kubura uko agera ku bayakeneye, ndetse n’ingamba yo gutuma abantu baguma mu ngo zabo.
RBC ivuga ko gutanga amaraso ku bushake ari igikorwa cy’ingenzi, kandi ko ubu ari igihe amaraso akenewe mu Rwanda kurusha ibindi bihe byabanje.
Ubu buryo bwo gukoresha Facebook mu gutanga amaraso bufite ibice bitatu by’ingenzi.
Ubwa mbere, abantu bakoresha Facebook bafite ubushake bwo gutanga amaraso bazajya babigaragaza bakoresheje porogaramu ya Facebook (Application).
Hanyuma, ibigo byakira amaraso byizewe bisanzwe bikorana na RBC kandi bikeneye kuvugana n’abatanga amaraso, bishobora gushyiraho paji yihariye, imenyesha abatanga amaraso ko akenewe, ndetse bikagaragaza aho ushaka gutanga amaraso yakanda kugira ngo avugane n’ikigo iki n’iki.
Uburyo bwa gatatu, mu gihe utanga amaraso yamaze kubimenyekanisha, abatuye hafi ye bagaragaje ko na bo bafite ubwo bushake bazajya babona amamenyesha (notifications), hanyuma bahabwe uburyo bwo kuvugana n’ikigo niba koko bashaka gutanga amaraso.
Umuyobozi MUkuru wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, yashimiye ubu bufatanye na Facebook, avuga ko buzazamura umuco wo gutanga amaraso ku bushake mu Rwanda.

Yagize ati “Tunejejwe no kugira Facebook nk’umufatanyabikorwa mu kwigisha Abanyarwanda ibisabwa mu gutanga amaraso ndetse n’aho azajya atangirwa. Ibi bizatuma habaho gutanga amaraso muri ibi bihe ububiko bw’amaraso bwari bumaze kugabanuka, bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyatumye abantu baguma mu ngo”.
Avuga kuri ubu bufatanye, Uhagarariye Facebook mu Burasirazuba no mu Ihembe rya Afurika, Mercy Ndegwa, yagize ati “Nka Facebook, tunejejwe no gufatanya na RBC n’abandi bafatanyabikorwa mu gutuma amaraso aboneka mu gihugu. Facebook yiyemeje kubaka imiryango itekanye, ari nay o mpamvu twifuje gutangiza ubu bufatanye na RBC”.
Kuva Facebook yatangiza uburyo bwo kwiyandikisha ku bashaka gutanga amaraso ku bushake muri 2017, abantu barenga miliyoni 70 bamaze kwiyandikisha nk’abatanga amaraso kuri Facebook.
Ubu buryo ubu bukoreshwa mu bihugu bya Kenya, Afurika y’Epfo, Zimbabwe, Niger, USA, Brazil, Bangladesh, u Buhinde, Taiwan na Pakistan.

-
Abafana bahanwe, Miliyoni 13 Frws n’abakinnyi batanu bashya mu byaranze inama y’abafana ba Rayon Sports #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Nyuma y’iminsi ishize hashyizweho komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah, batangiye gahunda zirimo gushaka uko iyi kipe yari imaze mu bibazo by’amikoro, yabisohokamo igategura neza umwaka utaha w’imikino.
Iyi nama yari yitabiriwe n’abagize iyi komite, abayobozi b’amatsinda y’abafana (Fan Clubs), ndetse n’abahoze bayobora amahuriro y’abafana.
-
- Abayobozi ba Fan Clubs mu nama na Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports
Twagirayezu Thadee uri muri Komite y’inzibacyuho, nyuma y’inama yatangaje ko gahunda y’iyi nama ari ukugarura ubumwe bw’abarayons hatitawe ku bari barahagaritswe ku buyobozi bwa Munyakazi Sadate
“Iyi nama nk’uko dufite ubutumwa bwo guhuza abarayons, tugamije kugera ku bumwe bw’abarayons, abayobozi b’ama Fan Clubs bose bari bari mu nama, bari muri iyi nama muri iyi nama kugira ngo tubahe ubutumwa bageze ku bakunzi ba Rayon bose”
Abajijwe impamvu hari Fan Clubs zari zarahagaritswe
Fan Clubs zose zagarutse kuko zagombaga kugaruka kuko ni iza Rayon Sports, ntabwo twatumiye ngo izi, ngo izindi zavuyemo, ni ubumwe bw’abarayons kandi byatanze umusaruro kuko bitanze hanavuyemo arenga Miliyoni 13 Frws.”
Abari mu bihano byavuyeho?
“Ku bwanjye ibihano ntabiriho, byagakwiye kuba byarafatiwe mu nteko rusange kandi twebwe turi kunga abarayons ntitwitaye ngo abari mu bihano, kandi wabibonye ko ari ubirimo n’utabirimo bose bahoberanye nta kibazo”
Rayon Sports mu kibuga ihagaze ite?
“Twabanje kuganira n’abakinnyi bari kumwe n’umutoza, by’umwihariko tuganira n’umutoza atubwira abakinnyi afite, atubwira aho akeneye abakinnyi ku myanya afitemo ibibazo, uyu munsi turabizi kandi turi kubikoraho.”
“Twari twateguye byibura kongeramo abakinnyi batanu, abo tugomba kurekura twabihariye umutoza ngo atubwire abo tugomba kurekura, byibura tugasigarana abakinnyi 25, kugira ngo tubike imyanya tuzongeramo mu mikino yo kwishyura”
Uko amatsinda y’abafana yiyemeje gutanga inkunga
Trust Supporters: 1.000.000 FRW
Ijwi ry’aba-Rayon: 100.000 FRW
The Blue Family: 200.000 FRW
Dream Unity: 300.000FRW
Isaro Fan Club: 200.000 FRW
Ubumwe bw’abarayon: 100.000 FRW
Ikondera Fan Club: 100.000 FRW
Kivu Belt Fan club : 300.000 FRW
Ishema ry’umu Rayon Fan Club: 100.000 FRW
Gikundiro iwacu Nyamagabe: 100.000 FRW
Rubavu fan club: 100.000 FRW
The Vert: 300.000 FRW
Gikundiro Lovers: 300.000 FRW
Lucky Jersey: 500.000 FRW
Murera Yacu: 200.000 FRW
Friends fan club: 400.000 FRW
Ijwi ry’abarayon Senior: 100.000 FRW
Blue Sky: 150.000 FRW
Intwari Fan club: 150.000 FRW
Champion Fan Club: 100.000 FRW
Rayon Sports Super Fans: 200.000 FRW
Rocket Fan Club: 1.000.000 FRW
Isibo Fan Club: 120.000 FRW
Ururembo: 100.000 FRW
Ruhango Fan Club: 100.000 FRW
Gikundiro yacu: 100.000 FRW
The Blue Winners: 1.000.000 FRW
March Generation: 1.000.000 FRW
Vision Fan Club: 500.000 FRW
Gikundiro Forever: 200.000 FRW
Igicumbi cy’abarayon: 100.000 FRW
Kinyaga Fan Club: 150.000 FRW
Smart Blue: 200.000 FRW
Urungano: 100.000 FRW
Imirasire: 400.000 FRW
Gisaka fan club: 100.000 FRW
Winning Team: 200.000 FRW
Gikundiro Senior: 300.000 FRWThadee Twagirayezu: 2.000.000 FRW
Claude Muhawenimana: 100.000 FRW

-
-
Bamporiki yatangaje ko aho kugira ngo minisiteri abarizwamo ishyigikire ibishegu, yahitamo kwegura #rwanda #RwOT
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki, yatangaje ko yasezera ku mirimo ye aho kugira ngo Minisiteri abarizwamo inafite mu nshingano umuco itere inkunga umuhanzi uririmba ibishegu. -
FERWAFA yagaragaje ibisabwa buri kipe kugira ngo yemererwe gusubukura imyitozo #rwanda #RwOT
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryandikiye abanyamuryango baryo, ribamenyesha ko kugira ngo bemererwe gusubukura imyitozo bagomba kugaragaza ko biteguye kubahiriza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.
