source https://igihe.com/imyidagaduro/article/umuhanzikazi-tonny-unique-yibarutse-imfura-ye
source https://igihe.com/imyidagaduro/article/umuhanzikazi-tonny-unique-yibarutse-imfura-ye
source https://igihe.com/imyidagaduro/article/agahenge-mu-rukundo-rwa-kanye-west-na-kim-kardashian
source https://igihe.com/abantu/amazina/article/liesse-izina-ry-umukobwa-uhorana-ibyishimo

Ibi ni nyuma y’uko Rafiki amaze igihe ashaka inzu bakorana nyuma y’igihe kirekire adakora indirimbo, n’izisohotse ntizikundwe nka mbere.
Aherutse gukora indirimbo yitwa ‘Passe’ ari kumwe na Platini P, nyuma y’imyaka myinshi adasohora indirimbo.
Nk’uko Rafiki abivuga, inshuti ze ziba mu mahanga harimo n’abo biganye mu ishuri ryisumbuye bamufashije kuganira na Brotherhood kugira ngo abone amasezerano y’imikoranire.
Ati “Benshi mu bo twiganye baba hanze bafite aho bageze mu mikorere yabo itandukanye, baramfashije mu biganiro na Brootherhood kugira ngo nongere ngaruke neza mu kuririmba atari mu Rwanda gusa ahubwo ku isi hose.
Twamaze gusinyana amasezerano y’imyaka itanu, ni ukuvuga ko vuba aha abafana banjye bazongera kumva indirimbo nzikora nk’uko byahoze na mbere”.
Rafiki ni umwe mu bazamuye umuziki nyarwanda n’injyana ye yihariye ya ‘Coga Style’, mu gihe cy’imyaka irenga icumi aza gufata akaruhuko areka kuririmba.
Mu kwezi kwa Kanama aganira na KT Radio, yasetse abavuga ko yaretse kuririmba burundu kubera ko haje abandi bahanzi bashya bakamurusha gukundwa.
Icyo gihe yagize ati “Ntabwo nareka kuririmba kuko uwo ndi we uyu munsi mbikesha kuririmba, rero abahanzi baje nyuma yanjye ntabwo bamvana mu muziki, ahubwo banyigiraho nka mukuru wabo wabatanze mu buhanzi”.
Umwami wa ‘Coga style’ yizeye ko Brotherhood records ikorera mu bihugu bitandukanye harimo u Bufaransa, USA na Jamaica izamufasha kongera kuzamura injyana ye mu ruhando mpuzamahanga.
Kuri ubu ari gutegura album nshya iriho indirimbo itarasohoka ari gukorana n’Umunyamerika Drewseeley n’iyamenyekanye yitwa ‘Igikobwa’ isubiyemo hamwe na Pastor P.


Ni icyifuzo cyari cyatanzwe n’ubushinjacyaba ku itariki ya 10 Nzeri 2020 mu iburanisha riheruka, ubwo bwagaragazaga ko ibyaha abo bagabo bombi bakoze babihuriyeho kandi babikoreye ku butaka bw’u Rwanda.
Ubushinjacyaha bwari bwagaragarije urukiko ko kuburanishiriza hamwe Nsabimana Callixte na Herman Nsengimana biri mu nyungu z’ubutabera zo kwihutisha imanza z’abaregwa, kuko bombi bahoze ari abavugizi ba FLN.
Icyo gihe Nsabimana Calixte yasabye urukiko ko niba rufashe umwanzuro wo guhuza urubanza rwe n’urwa Herman Nsengimana, byaba byiza n’urubanza rwa Rusesabagina uherutse gufatwa na we ashinjwa ibyaha byo gushinga no gutera inkunga FLN rwahuzwa n’izo manza zombi.
Nsabimana Callixte n’umwunganira mu mategeko Me Nkundabarashi, bari baragaragaje impungenge z’uko Nsabimana Callixte yari yaratangiye kwisobanura ku byaha akurikiranyweho kandi hasigaye bikeya kandi byose abyemera, ku buryo guhuza urubanza rwe n’urwa Nsengimana Herman utaratangira kwisobanura byaba ari ugutinza urubanza.
Icyakora urukiko nyuma yo gusuzuma ingingo ku mpande zombi, iz’ubushinjacyaha ni zo zahawe agaciro, maze urukiko rwanzura ko urubanza rwa Nsabimana Callixte ruhuzwa n’urwa Herman Nsengimana kuko ibyaha baregwa bifitanye isano.
Urukiko ntacyo rwavuze ku guhuza imanza za Nsabimana Callixte, Nsengimana Herman n’urwa Paul Rusesabagina wagejejwe mu bucamanza ngo amenyeshwe ibyo aregwa.
Iburanisha ry’uyu munsi ryabaye uregwa n’umwunganira mu mategeko batari mu cyumba cy’ikoranabuhanga nk’uko bisanzwe, urubanza rukazasubukurwa ku itariki ya 24 Ugushyingo 2020.
