Tag: featured
-
Urubanza rwa Nsabimana Callixte ruhujwe n’urwa Nsengimana wamusimbuye ku buvugizi bwa FLN #rwanda #RwOT
Urubanza rwa Nsabimana Callixte ruhujwe n’urwa Nsengimana wamusimbuye ku buvugizi bwa FLN. -
Iyo imvura iguye bikanga ko yabateza ibiza #rwanda #RwOT
Bamwe mu baturage batuye ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga bavuga ko iyo imvura iguye bikanga ko yabateza ibiza.source https://www.rba.co.rw/post/Iyo-imvura-iguye-bikanga-ko-yabateza-ibiza
-
Afurika y’Epfo yafunguye imipaka ku bihugu byose uretse Amerika, U Burusiya n’u Bwongereza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Abagenzi bemerewe kongera kwinira muri Afurika y’Epfo
Muri Werurwe 2020, iki gihugu cyafunze imbibi zacyo kugira ngo virusi idakomeza gukwirakwizwa.
Kuva kuri uyu wa kane, Afurika y’Epfo irafungura imipaka y’imbibi z’ubutaka hamwe n’ibibuga by’indege bitatu byingenzi i Cape Town, Durban na Johannesburg.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Naledi Pandor, yavuze ko abagenzi bose bahageze bagomba kwerekana ko nta bwandu bwa covid-19 bafite, biturutse ku bipapuro bazajya berekana bipimishirijeho mu bihugu byabo, ariko nanone ngo bagomba kubanza gusuzumwa ku yindi nshuro, mu gihe bageze ku butaka bwa Afurika y’Epfo.
Abagenzi baturuka mu bihugu bifite ubwandu n’impfu ziri hejuru kurusha iki gihugu cya Afurika y’Epfo ntibazemererwa kwinjira muri iki gihugu.
Ariko nanone ngo hari abaturage bashobora kwemererwa kwinjira muri Afurika y’Epfo nubwo baba baturuka muri ibyo bihugu bifite ubwandu bwishi.
Ku wa gatatu, Madamu Pandor yabwiye abanyamakuru ati “Muri ibi bihugu tuzemera kwakira gusa abashoramari baturukayo, abadipolomate, abafite viza zishingiye ku bumenyi buhanitse ndetse n’abacuruzi [baturuka mu bihugu bifite ibyago byinshi], abo tuzabemerera ariko nta myidagaduro bazemererwa kujyamo”.
Abagenzi bagaragaza ibimenyetso bya Coronavirus cyangwa bipimishije bagasanga baranduye bo ngo bazakoresha amafaranga yabo mu kwiyishyurira ikiguzi cyose cyo kwivuza n’ubufasha bazahabwa.
Afurika y’Epfo ni cyo gihugu cyibasiwe cyane n’icyorezo mu kugira impfu nyishi, n’abarwayi benshi kurusha ibindi bihugu byose byo ku mugabane waAfurika.
Kugeza ubu imaze kwemeza abantu 674,000 banduye icyorezo covid-19, harimo abashya babonetse 1,767 ku wa gatatu. Iyi mibare iteye inkeke kuko igize hafi kimwe cya kabiri cy’imibare y’ubwandu bwose buvugwa muri Afurika.
Hagati aho kandi muri iki gihugu, abantu 16,374 ni bo bamaze kwitaba Imana bahitanywe n’iki cyorezo.

-
-
Yamaze imyaka itatu muri koma, aje asanga ahari iwe barahateje #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Ubu Ayingeneye agendera mu kagare kagenewe abantu bafite ubumuga. Aha acumbikiwe n’uwari umuturanyi wabo
Uwo mugore ufite umwana umwe w’umuhungu uri mu kigero cy’imyaka umunani, avuga ko yarwaye indwara idasanzwe yari yaramuteye guta ubwenge mu gihe cy’imyaka itatu, aho yari arwajwe n’uwo mwana we.
Aganira na Kigali Today yicaye mu kagare kagenewe abafite ubumuga, byagaragaraga ko atarakira neza, kuko avuga ururimi rutava mu kanwa, akavuga ko muri iyo myaka itatu yarwaye atabashaga kumenya aho ari n’icyerekezo aherereyemo, dore ko ngo yabaye nk’uta ubwenge.
Uretse kuba yicaye muri ako kagare, ntabasha guhagarara ngo abe yakwijyana mu bwiherero, kuko bigaragara ko amaguru ye adakora.
Agira ati “Iyo myaka yose namaze mu bitaro nta wo mu muryango wanjye waje kunyitaho nari intabwa ndetse n’umugabo wanjye ntiyigeze ansura, ni aka kana kanjye kandwaje muri iyo myaka itatu yose kuva mu mwaka wa 2017 ntazi aho ndi, abagiraneza mu bitaro bari bafite abarwayi ni bo bafashaga umwana wanjye kunyitaho muri iyo myaka yose”.
Avuga ko uburwayi yarwaye na we bwamuteye urujijo, kuko ngo bwizanye atangira kumva atakibasha kwicara no guhagarara, birangira ataye ubwenge ku buryo atamenye n’uburyo yageze mu bitaro.
-
- Mu myaka itatu yamazemu bitaro yari arwajwe n’umwana we w’imyaka umunani
Mu byamuteye ubwoba ngo ni ukubona abantu bambaye udupfukamunwa no kubona bamuhunga bamwita umuzimu.
Uwo mugore ngo akizanzamuka yatewe ubwoba no kubona abantu bose bamukikije bambaye udufukamunwa yibaza ibyabaye mu gihugu, ikindi ngo akigera aho yari atuye yatewe ubwoba no kubona abantu bose bamuzi bamuhunga bose bavuga ngo babonye umuzimu.
Ati “Kuba ntaramenye uko hanze hameze, ni uko ntabashaga kugenda ngo ngere hanze, nta n’ubwo nabashaga kumenya umuntu. Nsohotse bwa mbere mbona abantu bose bambaye udupfukamunwa bintera ubwoba, mbajije impamvu umwana wanjye ansobanurira ko hari indwara yateye aho abantu bose ku isi basabwe kwambara udupfukamunwa”.
-
- Kubera ubumuga yatewe n’ubwo burwayi ntabwo abasha kuvuga neza
Arongera agira ati “Ubwo naratashye nkigera mu ikaritsiye nari ntuyemo ngenda mu kagare, mbona abantu bose barampunga ngo ndi umuzimu, nyuma babonye ko ndi muzima bansobanurira ko ari umugabo wababwiye ko napfuye, mu rwego rwo gushaka uburyo agurisha inzu”.
Uwo mugore kandi ngo yatunguwe no kugera mu rugo iwe asanga inzu barayisenye bari kuzamura etaje, abajije bati “umugabo wawe yaragurishije”!
Ni ho ahera asaba ubufasha bwo kubona aho aba n’umwana we dore ko ubu acumbitse ku muyobozi w’Umudugudu. Uretse ubufasha, uwo mugore arasaba kandi abashinzwe ubutabera gukurikirana umugabo we wamutaye akagurisha n’imitungo abeshya ko yapfuye, dore ko iminsi amaze avuye mu bitaro atazi amakuru y’umugabo we ngo baherukana mu mwaka wa 2016.
Umugabo we arabihakana
-
- Ahahoze ari iwe yasanze hari kubakwa umuturirwa
Mu kumenya neza amakuru ku byo uwo mugore ashinja umugabo we, Kigali Today yamuhamagaye ku murongo wa telefoni igendanwa, uwo mugabo witwa Habimana Idrissa avuga ko uwo mugore yamutaye ajya iwabo ubwo bari bakimara kugura iyo nzu amugabo avuga ko yari ishaje cyane.
Ngo icyo bapfaga ni uko umugabo yashakaga kugurisha ngo bimukire ahajyanye n’ubushobozi bwabo dore ko iyo nzu yendaga kubagwaho kandi badafite ubushobozi bwo kubaka muri icyo gice gituyemo abakire, umugore bagashwana akahukana.
Ati “Uwo mugore yagiye iwabo ajyana n’ibyangombwa by’aho dutuye, biba ngombwa ko nitabaza ubuyobozi bampesha icyo gipapuro. Kubera ko inzu yari ishaje ntashoboraga kuba nakubaka muri iyo karitsiye, byabaye ngombwa ko ngurisha bantegeka gutanga ibihumbi 100 byo gufasha umwana wanjye”.
Uwo mugabo kandi arahakana ibyo umugore amushinja avuga ko yagurishije inzu abeshya ko umugore yapfuye, avuga ko yanamenye ko umugore yarwaye akomeza no kumusura aho yari arwariye mu mavuriro ya kinyarwanda anamugemuriye, ngo aho atamusuye ni mu bitaro bya Ruhengeri ariko ngo na bwo bajyaga bavugana akanamwoherereza amafaranga kuri telefoni yo kwifashisha.
Uwo mugabo wabwiye Kigali Today ko akora umwuga w’ubukanishi, avuga ko nta kindi yamarira uwo mugore kuko ngo iho yagurishije ari umutungo we wavuye mu maboko ye, gusa ngo icyo yamuha ni itike imujyana kwa Nyirarume i Rubavu aho yafatiwe n’uburwayi.
Abaturanyi b’uyu muryango bo bavuga iki?
-
- Umwe mu baturani aremeza ko umugabo yagurishije inzu avuga ko umugore we yapfuye
Mu gihe uwo muryango ukomeje kwitana ba mwana ku igurishwa ry’umutungo w’urugo, bamwe mu baturanyi b’uwo muryango baranyomoza ibyo uwo mugabo avuga. Babwiye Kigali Today ko umugabo yari yarababeshye ko umugore we yapfuye.
Ayinkamiye Dancille ati “Ndi umwe mu nshuti z’uyu muryango, ni nanjye wabandikiye bagura inzu babagamo, bose barafatanyije no mu nyandiko narabyanditse, ariko ubwo umugabo yazaga kuhagurisha naritambitse ndabyanga nti ntabwo wagurisha umutungo w’urugo umugore adahari. Umuguzi wa mbere yarabyumvise aragenda, uwa kabiri yihererana uwo mugabo aramwishyura”.
Ayinkamiye avuga ko yatunguwe no kubona uwo mugore aje mu gihe bari barabwiwe ko yapfuye.
Ati “Uwo mugabo ubwo yagurishaga yemezaga abantu bose ko umugore we yapfuye ko bamaze kumuhamba. Ejobundi abana banjye baza biruka bavuga ko hari umugore babonye mu kagare abantu bayobewe.
Mu gihe ngiye kureba nsanga ni Mama Frank nsanga ndamuzi ndatungurwa, ndamubaza nti uracyanyibuka ati ndakwibuka avuga n’izina ryanjye, nti ko batubwiye ko wapfuye, ati ninde wabivuze nti ni umugabo wawe, ati yarababeshye nari ndwariye mu bitaro bya Musanze mazeyo imyaka itatu, yari amayeri yo kugira ngo agurishe”.
Ayinkamiye n’abandi baturanyi b’uwo muryango, barasaba ko uwo mugabo yashakishwa akaryozwa ibyo yakoze, uwo mugore n’umwana we bakabona ubutabera ku mitungo yabo ndetse bakanafashwa kuko ubwo burwayi bwamuviriyemo ubumuga budakira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buravuga ko ikibazo cy’uwo mubyeyi bakimenye kandi biteguye kumufasha no gushakisha amakuru nyayo y’aho umugabo we aherereye, hakarebwa n’icyo amategeko ateganya nk’uko Kigali Tiday yabitangarijwe na Kamanzi Axelle, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage.
-
- Kamanzi Axelle Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage
Agira ati “Ikibazo turi kugikemura tunyura mu buryo bwo gushakisha amakuru no kureba icyo itegeko riteganya, ariko ku mibereho y’uyu mugore mu buryo bwihuturwa turi kumushakira ahantu aba acumbitse no kumushakira uburyo abaho neza, afite ubumuga bukomeye kandi ni umuturage w’igihugu, agomba kubaho neza atekanye kuko ubumuga afite ntibuvuze ko agomba gupfa, niyo mpamvu turi ku mushakira uburyo abaho neza, ahasigaye hagakurikiranwa iby’uburenganzira bwe n’icyo amategeko amuteganyiriza”.
Uretse kuba uwo mugore atagira aho acumbika ndetse n’ibimutunga, akenera no kubona ibikoresho by’isuku bimufasha guhangana n’ibibazo yatewe n’iyo ndwara, kuko ku munsi akoresha pamperise eshanu.

-
-
Imikorere y’abacamanza yatunzwe agatoki nka kimwe mu bitera akarengane mu manza #rwanda #RwOT
Imikorere y’abacamanza kimwe mu bitera akarengane mu manzasource https://www.rba.co.rw/post/Imikorere-yabacamanza-kimwe-mu-bitera-akarengane-mu-manza
-
Igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge kigaragarira mu mibanire y’Abanyarwanda – Fidele Ndayisaba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC, Fidele Ndayisaba
Yabitangarije mu kiganiro yagiranye na RBA, aho yagarukaga ku itariki 1 Ukwakira, ubwo Abanyarwanda bazirikana ubumwe n’ubwiyunge, kuko kuri iyo tariki mu 1990, hatangiye urugendo rwo guca ingoyi y’amacakubiri yari imaze igihe iboshye Abanyarwanda n’indi mibereho yose yari ibangamiye Abanyarwanda.
Tariki ya 01 Ukwakira 1990, ni bwo hatangijwe urugamba rwo kubohora igihugu, rutangijwe n’ingabo zari iza RPA.
Ndayisaba yavuze ko urebye uburyo Abanyarwanda babanye, uburyo bafite umuhate n’ubushake bwo gukorana no gufashanya, kandi bikaba bigenda bigaragara mu bihe binyuranye.
Atanga urugero rwo muri iki gihe u Rwanda n’isi yose byugarijwe na Covid-19, yagize ati “Nko muri ibi bihe bya Covid-19, Abanyarwanda bahagurukiye gusenyera umugozi umwe, bakamenya abaturanyi babo, aho bishoboka bakabagoboka ndetse bakanabatabariza aho bigaragara ko bakeneye ubufasha burenze abaturage”.
Yungamo ati “Ubyumva mu bitekerezo by’abaturage, aho wumva bagaragaza urukundo rw’igihugu cyabo, batekereza ku bikorwa bigari bifitiye akamaro agace batuyemo, ukabibonera kandi ku kuba ubungubu Abanyarwanda basangiye ubuzima bagafatanya, bahuriye mu bikorwa byinshi bibateza imbere, badaheranywe n’ibikorwa by’amateka mabi yashegeshe ubumwe bw’Abanyarwanda mu myaka yashize”.
Muri uku kwezi k’Ukwakira Abanyarwanda barazirikana ubumwe n’ubwiyunge ariko kubera Covid-19, abantu badashobora guhura ari benshi, kuzirikana uku kwezi bizakorwa binyuze mu itangazamakuru, ku mbuga nkoranyambaga no mu midugudu, bidasabye ko abantu bahura ari benshi bakaba bakwirakwiza icyorezo cya COVID-19.
Ibindi biganiro bizanyura mu itangazamakuru hibandwa ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Dufatanyije twubake u Rwanda ruzira amacakubiri n’ivangura”.
Harimo ibizibanda ku muryango ufatwa nk igicumbi cy’ubumwe n’ubwiyunge, uruhare rw’urubyiruko mu bumwe n’ubwiyunge ndetse na buri karere abaturage bagire umwanya wo gutanga ibitekerezo mu byo bishimira kimwe n’ibyo babona bibabangamira kugira ngo hafatwe ingamba.
Icyakora Ndayisaba avuga ko nta byera ngo de, kuko hari ibikibangamiye ubumwe n’ubwiyunge, nk’aho hakiri abafite ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibikorwa bifitanye isano na yo, byagaragaye mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 26. Yongeyeho ariko ko ababigaragayemo bagomba gukurikiranwa n’amategeko.
Ati “Ababigizemo uruhare bagomba gukurikiranwa kuko ni ibyaha bihanwa n’amategeko, kuko amacakubiri ni yo ntandaro y’akaga kose Abanyarwanda bahuye na ko mu gutanya Abanyarwanda kugera ku ngengabitekerezo ya Jenoside, kubera ivangura n’amacakubiri byari byararanze Abanyarwanda igihe kirekire”.
Ndayisaba akomeza avuga ko gukuraho ibibangamira ubumwe n’ubwiyunge bisaba guhindura abakiboshywe n’ingengabitekerezo bagafatanya n’abandi kubaka igihugu, cyane cyane mu kugaragaza amakuru y’ahatawe imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi igashyingurwa mu cyubahiro.
Ndayisaba avuga ko mu gihe Abanyarwanda bazirikana umunsi wo gukunda igihugu no gutangira ukwezi k’ubumwe n’ubwiyunge bagomba kwitabira ibikorwa n’ibiganiro byigisha ubumwe n’ubwiyunge, ariko ukaba umwanya wo kwisuzuma bakareba aho batuye ibyaba bikibangamiye ubumwe n’ubwiyunge, kandi bakiyemeza kubitsinda bagakomeza kwiyubakira igihugu.

-
-
Ikiganiro mpaka hagati ya Trump na Biden cyasize amateka mu matora ya Amerika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Iki kiganiro kiba gitegerejwemo impaka zikomeye, rimwe na rimwe hakazamo no guteshanya agaciro buri wese agamije kuzamura izina n’icyizere mu bazatora.
Mu ijoro ryo kuwa 29 Nzeri 2020, mu Mujyi wa Cleveland muri Leta ya Ohio, umunyamakuru Chris Wallace yayoboye ikiganiro cyahuje Perezeda Donald Trump, uhatanira kongera kwicara mu ntebe yo kuyobora Amerika, na Joe Biden, ukora uko ashoboye ngo ayimusimburemo.
Iki kiganiro ni cyo cyasize amateka adasanzwe mu biganiro mpaka nk’ibi byabaye mu mateka ya Amerika, kuko cyaranzwe no guterana amagambo no gucanamo kenshi.
Donald Trump umenyerewe ko atajya yihanganira umuntu uvuga byinshi imbere ye, yaciye mu ijambo Joe Binden incuro 73 mu kiganiro cyamaze iminota 90, kugeza ubwo Biden amubwiye ati “Wafunga umunwa nanjye nkavuga wa mugabo we”!
Si ubwa mbere Trump akoze ibi, kuko mu kiganiro nk’iki yagiranye na Hillary Clinton ubwo biyamamazaga kuri manda irangiye, yamuciye mu ijambo incuro 43, ibintu bavuga ko yarushijeho gukabya.
Umunyamakuru Chris Wallace yavuze ko Trump yaranzwe no kwica amategeko y’ikiganiro, abagera kuri 69%, bakaba bavuze ko cyabateye umujinya.
Bagarutse ku ngingo zivugwa cyane muri iyi minsi
Icyorezo cya Covid-19, ivangura rikorerwa abirabura, ubukungu, n’imigendekere y’amatora, ni zo ngingo zihariye ikiganiro.
Joe Biden yavuze ko Trump ari we watije umurindi icyorezo kugeza ubwo cyoretse imbaga muri Amerika, amamiliyoni y’abaturage bakandura, we agakomeza kubifata nk’ibisanzwe.
Trump we yemeje ko yarwanye urugamba rukomeye kuri iki cyorezo, avuga ko ubukungu buri kuzamuka ku muvuduko yagereranyije n’inyuguti ya ‘V’, avuga ko iyo aza kuba Biden Amerika yari guhura n’akaga gakabije inshuro nyinshi ibyo babonye.
Biden wahoze ari Visi Perezida, yavuze ko bahaye Trump igihugu gihagaze neza mu bukungu, akabyangiza. Trump ati “nakoze ibyo mutari kuzigera mukora, kuko nahanze imirimo ibihumbi 700”.
Ku myigaragambyo imaze iminsi muri iki gihugu irwanya ivanguraruhu, Trump yavuze ko ikorwa n’abo ku ruhande rw’Abademokarate bo kwa Biden.
Ibi ntibyashimishije abantu babyumvise, kuko ku mbuga nkoranyambaga abantu bagaragaje umujinya bavuga ko iki kibazo Trump ntacyo yigeze agikoraho, ahubwo bisa n’aho yari ashyigikiye abakora ihohoterwa.
Ku bijyanye n’amatora, Trump yongeye kugaragaza ko atizeye gutora hifashishijwe iposita, kuko ngo bizatiza umurindi uburiganya. Yari aherutse gutangaza ko nadatsinda amatora, ikibazo cye kizakemurirwa mu Rukiko rw’Ikirenga.
Icyorezo cya Covid-19 cyafashe iminota 20, ivangura ruhu rifata iminota 17, uko amatora azagenda bifata iminota 11, naho ihindagurika ry’ikirere rifata iminota 10.
Trump yavuze iminota 38, naho Biden avuga iminota 43 bimugoye, kuko Trump atahwemaga kumuca mu ijambo.
Ikindi kiganiro nk’iki, kizongera kuba tariki 15 Ukwakira, kibere i Miami muri Leta ya Florida.

-
Rubavu: Umusore yasanganywe igisa n’icapiro akoreramo amadolari y’amahimbano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Uwo musore yasanganywe mudasobwa n’imashini isohora impapuro yifashisha mu guhimba amadolari
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, avuga ko tariki ya 29 Nzeri 2020 mu Murenge wa Rubavu mu masaha ya saa yine habanje gufatwa Ngarambe Francis, nyuma na we aza kugaragaza Nzansamahoro avuga ko ari we wamuhaga ayo madorari y’amahimbano.
CIP Karekezi yagize ati “Umuturage yaturangiye uriya musore Ngarambe, abapolisi bagezeyo bamusangana inoti 6 z’ijana z’amadorari ya Amerika y’amahimbano, yari anafite impapuro 101 avuga ko ari zo bakoramo ayo madorari. Amaze gufatwa yavuze ko atari we uyakora ko ayahabwa na mugenzi we witwa Nsanzamahoro na we utuye muri uwo Murenge wa Rubavu”.
Ku rubuga rwa Polisi bavuka ko CIP Karekezi akomeza avuga ko Ngarambe yahise ajyana abo bapolisi mu rugo aho Nsanzamahoro atuye, basanga afite igisa nk’icapiro rikora ayo madorari.
-
- Uwafatanywe amadolari akaranga uyamuha ari na we uyakora
Ati “Kwa Nsanzamahoro abapolisi bahasanze inoti 5 na zo z’ijana z’amadolari ya Amerika z’impimbano, mudasobwa imwe, imashini isohora izo noti (printer). Akimara gufatwa yeretse abapolisi uko akora ayo madolari, yifashisha murandasi akareba uko inoti z’amadolari ya Amerika ziba zimeze, akaziha amabara yazo yifashishije mudasobwa, nyuma agasohora iyo noti yifashishije ya mashini isohora impapuro (printer)”.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje avuga ko izo noti zose uko ari 11 bafatanye bariya basore zari zihuje nimero iranga inoti ndetse zinazihuje n’izo abapolisi baherutse gufatana umukobwa muri ako Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rubavu, yafatiwe mu nzu icuruza amacumbi (Lodge).

CIP Karekezi yongeye gukangurira abantu bakora ibyaha bitandukanye kubicikaho kubera ko ku bufatanye n’abaturage abanyabyaha badashobora kumara kabiri badafashwe. Yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza ubufantanye na Polisi mu kurwanya ibyaha, asaba n’abandi gukomeza guha amakuru inzego z’umutekano mu rwego rw’ubufatanye mu kurwanya ibyaha bitaraba.
Ati “Hashize ibyumweru bibiri gusa dufatiye umukobwa muri uriya Murenge wa Rubavu na we afite inoti 37 z’amadolari ya Amerika na zo z’impimbano. Ubwo twafataga bariya basore babiri twasanze inoti bafite zisa nk’izo twafatanye uriya mukobwa kuko zihuje nimero, gusa bahakanye ko bamuzi.

Turashimira abaturage ubufatanye bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibyaha, ariko tunakangurira abantu kuba maso ku noti bahabwa cyane cyane inshya”.
Bariya basore bakimara gufatwa bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi, kugira ngo hakorwe iperereza ku cyaha bakurikiranyweho.

-
-
Karongi: Miliyali z’amafaranga zakoreshejwe nabi nubwo hari aho bikubise agashyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Hari kandi amafaranga yagiye atangwa mu masoko ya Leta inzego zibishinzwe zitabiganiriyeho, ndetse n’amasoko yatanzwe ariko ntihagire ahagaragazwa raporo mu nzego zibishinzwe zirimo n’ikigo gishinzwe imitangire y’amasoko ya Leta RPPA.
Hon. Uwera Kayumba Marie Alice, agaragaza ko hari ingero z’imicungire mibi y’imari ya Leta mu mitangire y’amasoko nk’uko yabisomye muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, nk’aho Akarere ka Karongi katashyikirije ikigo gishinzwe imitangire y’amasoko ya Leta raporo yakorerwaga inyuma ya Sisiteme y’amasoko ahagaragaye miliyari zisaga eshatu z’amafaranga y’u Rwanda zitatangiwe raporo.
Kuri iki kibazo, ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bukagaragaza ko habayeho kwibeshya ko izo raporo ari ingenzi cyane kandi ko abakozi bamwe batubahirije inshingano ngo izo raporo zitangwe, bahanishijwe kuva mu kazi abandi bagasabwa ibisobanuro nk’aho uwitwa Alexandre yavanywe mu by’amasoko, mugenzi we agahindurirwa inshingano.
Komisiyo ya PAC ikaba yongeye gutanga inama ko abashinzwe imikoreshereze y’umutungo w’akarere bagomba kumenya uko raporo y’amafaranga igomba gutangwa kandi bakisubiraho, ku buryo niba umukozi yarangaye n’umuyobozi we akwiye kubibazwa.
Raporo y’Umugezuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Akarere ka Karongi katanze amasoko y’asaga miliyali ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda abakozi bamwe babishinzwe batabimenyeshejwe, hakibazwa uwaba yaratanze ayo masoko igihe ababishinzwe batari bahari, iryo kosa rikaba ryasabiwe imbabazi ko ayo masoko ngo yatanzwe n’akanama gashinzwe amasoko ariko katujuje abagomba kuyemeza kubera ibyihutirwaga.
Iyi raporo igaragaza ko Akarere ka Karongi kanatanze amasoko y’asaga miliyali imwe na miliyoni 300frw kandi hari hateganyijwe miliyoni 900frw, hakibazwa aho andi asaga miliyoni 400frw atari ateganyijwe mu ngengo y’imari yavuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bukagaragaza ko byatewe no kuba hatarashatswe mbere ibijyanye n’amasoko, bigatuma habaho kwibeshya ku biciro ku isoko, urugero rukaba ari ku kigo nderabuzima cya Karongi, ahari harakozwe inyigo nabi ikaza kongera gusubirwamo hagashakwa andi mafaranga y’inyongera ku yari ateganyijwe mu nyigo ya mbere.
Naho ku masoko agaragara muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta atari ateganyijwe ahatanzwe amasoko y’asaga miliyoni 200frw arimo n’isoko ryo gukora umuhanda ujya ku ruganda rw’icyayi rwa Rugabano, Akarere ka Karongi kagaragaza ko uwo wihutirwa bigatuma rwiyemezamirimo wari wahawe isoko yongerwa amafaranga nta pigana ry’isoko ribayeho.
Mu bindi bibazo byagaragajwe akarere kakozemo amakosa mu mitangire y’amasoko, harimo no gukoresha amasezerano y’amasoko yatanzwe mu tundi turere mu gutanga amasoko harimo nko gutira amasezerano mu Turere twa Musanze na Nyamasheke.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bukaba bwagaragaje ko gutira amasezerano yo gukora amatara yo ku muhanda mu Murenge wa Rubengera yihutirwaga kubera abashyitsi batunguranye.
Icyakora ubu buryo bukaba bufatwa nk’ubushya muri Karongi icyo ubuyobozi bwise (Kwiyeranja), ijambo ryanzwe na PAC igasaba ko ryakurwaho kuko mu mafaranga ya Leta bidakwiye kwiyeranjamo.
RPPA igaragaza ko ntaho na rimwe byemewe gutira amasezerano kuko aho yakozwe agenewe adahuje imiterere n’aho atijwe, ku buryo wakwemeza ko amasezerano yakozwe muri Musanze yaba aberanye na Karongi.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugugu, avuga ko itegeko ryo gutizanya amasezerano hagati y’uturere ntaho riteganyijwe, kandi ko bidakwiye gukomeza no mu tundi turere.
Ubuyobozi bw’akarere busabira imbabazi amakosa yabayeho ariko ngo ntibihagije
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwemera amakosa yose yagiye agaragazwa muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta mu mitangire y’amasoko, kandi bukemera ko ibyakozwe nabi bizakosorwa.
Icyakora Komisiyo ya PAC ikagaragaza ko ibyo bishobora kuzaba bibi imbere y’amategeko kuko mu micungire y’amafaranga hatabamo gukora uko wishakiye.
Ku bijyanye no kuba hari amafaranga yagiye akoreshwa nta raporo no kudatanga amasoko, kuba nta raporo zagaragajwe no kuba hari aho akarere katanze amasoko katagishije inama inzego bireba, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imitangire y’Amasoko ya Leta (RPPA) kigaragaza ko nta rwitwazo na rumwe kuri ayo makosa igihe hatubahirijwe ibiteganywa n’amategeko.
Akarere ka Karongi hari aho kikubise agashyi
Umugenzuzi Mukuru wungirije ushinzwe imikoreshereze n’imicungire y’imari n’umutungo wa Leta, avuga ko Akarere ka Karongi kari gafite ibibazo byo kumenyekanisha imisoro yishyuwe n’abasora muri ako karere, ahagaragajwe icyuho cya miliyoni zisaga 70frw z’imisoro itarishyujwe mu mwaka wa 2018 na miliyoni zisaga 50frw y’ibirarane by’imisoro biva mu mwaka wa 2015 itarishyurwa.
Akarere kandi gafite imyenda isaga miliyoni 29frw yanditse mu bitabo by’imari kandi nta nyandiko zigaragaza uko ayo madeni yatanzwe, icyakora ku masoko yatanzwe mu buryo butemewe n’amategeko, Akarere ka Karongi kavuye kuri 54% umwaka wa 2018 kagera kuri 61% muri 2019, ariko karacyafite ibibazo mu kunoza imicungire y’umutungo wako ndetse n’uw’ibitaro bya Kibuye.
Ibyo bitaro byo ngo byagerageje kwikubita agashyi biva kuri 43% bigera kuri 46% bikurikiza inama byari byagiriwe mu igenzura ry’imyaka ibiri ishize, aho byagaragaye ko hari ibitabo bitagaragaza neza ubwishyu bw’imiti kugeza kuri miliyoni zisaga 130frw.
Imishahara igera muri miliyoni 200frw zahembwe abakozi hakaba hakiri abagifitiye imyenda ibitaro kugeza kuri miliyoni 160frw zitagira ibisobanuro, hakaba n’imyenda ingana na miliyoni 100 zimaze imyaka ibiri bitarishyurwa.
Akarere ka Karongi kandi karacyafite ibibazo mu gukerererwa kwishyura ibikorwa no kurangiza ibyari biteganyijwe.

-
Abayobozi babiri mu ruganda bakurikiranyweho gukora no gushyira ku isoko ibiyobyabwenge #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Uru ruganda rusanzwe rwenga inzoga zitandukanye
RIB ivuga ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko ibipimo by’inzoga uru ruganda rwakoraga zirimo ‘Moonlight Vodka’ (izwi ku izina ry’ICYUMA), ‘Master Cane Spirit’ na ‘Rea Waragi Gin’ zirengeje igipimo ntarengwa cya ethanol na methanol, bityo zigafatwa nk’ikiyobyabwenge.
RIB kandi ivuga ko byagaragaye ko ibirango by’izo nzoga bidatanga amakuru y’ukuri.
Ubu abakekwa bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Rusororo mu Karere ka Gasabo, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
RIB irongera kwibutsa abafite inganda zikora ibiribwa cyangwa ibinyobwa ko itazihanganira na gato abarenga ku mabwiriza y’ubuziranenge, kuko bishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.

-










