Tag: featured
-
Ibyishimo by’abatuye mu Murenge wa Ruheru nyuma yo kwegerezwa amashanyarazi #rwanda #RwOT
Agasanteri k’ubucuruzi ka Gisanze gahuza utugari tubiri, Akagari k’Uwumusebeya n’Akagari ka Ruyenzi two mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru. Utu tugari dukora ku ishyamba rya Nyungwe rihana imbibi n’u Burundi. -
Umukinnyi wa Tottenham yagiye mu bwiherero hagati mu mukino, umutoza Mourinho aramukurikira (Amafoto) #rwanda #RwOT
Umukinnyi wo hagati muri Tottenham yirukanse ajya mu bwiherero hagati mu mukino ikipe ye yahuragamo na Chelsea mu irushanwa rya Carabao Cup ku wa Gatatu, ndetse n’umutoza José Mourinho ahita amukurikira. -
Imbumbe y’amakosa mu mutungo wa leta akomeje kugeza abayobozi imbere ya PAC #rwanda #RwOT
Guhera ku wa 14 Nzeri 2020, inzego n’ibigo bya Leta 56 bimaze minsi byitaba Komisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), kugira ngo abayobozi batange ibisobanuro mu ruhame, ku makosa yabagaragayeho y’imicungire n’imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, agaragazwa muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2018/2019. -
Bazongere Rosine n’abafana be basuye umukobwa ufite uburwayi bwo mu mutwe wahohotewe agaterwa inda #rwanda #RwOT
Bazongere Rosine umaze kubaka izina muri filime zo mu Rwanda aherekejwe n’abafana be ku Cyumweru tariki 27 Nzeri 2020 basuye umukobwa ufite ikibazo cyo mu mutwe uherutse guhohoterwa agaterwa inda. -
Gahongayire yashyikirije Akarere ka Kamonyi udupfukamunwa yageneye abatishoboye b’i Gacurabwenge #rwanda #RwOT
Aline Gahongayire, umuhanzikazi ugezweho mu bakora umuziki uhimbaza Imana, yahiguye umuhigo wo gutanga udupfukamunwa 1000 yageneye abaturage batishoboye bo mu Karere ka Kamonyi. -
Perezida Kagame yihanangirije abatanga serivisi mbi, agaruka ku mugore utwite wapfuye kubera uburangare #rwanda #RwOT
Perezida Kagame yihanangirije abayobozi badatanga serivisi nziza anakebura abaturage batagaragaza aho bahawe serivisi mbi, avuga ko kuba imitangire ya serivisi hari aho itari myiza bidaterwa n’ibikoresho ahubwo ari imyumvire. -
Imyaka ibiri mu Nteko, ibyo yasezeranyije abaturage, ifatwa rya Rusesabagina – Ikiganiro na Frank Habineza #rwanda #RwOT
Dr Frank Habineza mu 2013 yagiye ku biro bya RGB agiye gufata ibyangombwa by’ishyaka rye. Icyo gihe yashakaga kwiyamamaza mu matora y’abadepite ariko kubera kubibona atinze, ntiyabasha kwiyamamaza, ataha yimyiza imoso, amatora yakurikiyeho yahise ahindura umuvuno ashaka kuba Perezida wa Repubulika. -
Ntabwo u Rwanda ari cya kirahure cyuzuye – Perezida Kagame #rwanda #RwOT
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda bari mu mahanga, ko bafite uburenganzira busesuye ku gihugu, abasaba gutaha ariko ko abashaka guhungabanya umutekano batazigera bahirwa n’ibyo bikorwa, dore ko abatsinze intambara zabaye mbere bahari n’uyu munsi bakongera gutsinda byoroshye.source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ntabwo-u-rwanda-ari-cya-kirahure-cyuzuye-perezida-kagame
-
Indwara 10 za mbere zica abantu benshi mu Rwanda #rwanda #RwOT
Muri raporo igaragaza imiterere y’urwego rw’ubuzima mu Rwanda hagati ya 2017 na 2019, hagaragazwa indwara 10 zihitana abantu benshi mu byiciro by’abagabo n’abagore, ku isonga hakaza izifitanye isano n’ubuhumekero.source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/indwara-10-za-mbere-zihitana-abantu-benshi-mu-rwanda
-
Ntitwakwemera ko intego z’Iterambere rirambye ziburizwamo na COVID-19 – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko ihagarikwa ry’ibikorwa hafi ya byose muri uyu mwaka wa 2020 kubera kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo Covid-19, ryashubije inyuma izamuka ry’ubukungu bw’isi na SDGs by’umwihariko kugera munsi ya 0%.
Ubukungu bw’u Rwanda bwari bugeze ku rugero rw’8% mu kuzamuka buri mwaka, bwahise bumanuka kugera munsi ya 2% nyuma ya gahunda ya guma mu rugo.
Umuryango w’Abibumbye(UN) wahise ushyiraho ibiganiro mu matsinda bihuza ibihugu n’imiryango mpuzamahanga, kugira ngo basuzume uburyo ubukungu bwakongera kuzahuka nyuma y’igihombo cyatewe na Covid-19, u Rwanda rukaba rwaragiye mu itsinda riyoboye ibiganiro hamwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), u Bwongereza na Fiji.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba muri iri tsinda rifata imyanzuro ihwanye neza neza n’intego z’iterambere rirambye.
Yagize ati “Gahunda ya 2030(SDGs) ishobora kutagerwaho, ariko ibi ntibivuzeko twakwemera ejo hazaza haciriritse. Dushobora kubaka ibikomeye kandi byiza mu gihe haba hakoreshejwe uburyo bushya bujyanye n’ibibazo bidutegereje”
“Ibi bisobanura ko hagomba kubaho imyumvire yo gushyira mu bikorwa aho gukomeza gukorera mu buryo busanzweho”.
Perezida Kagame yasobanuye imyanzuro ine yafatiwe mu itsinda, ikaba igomba kugenderwaho kugira ngo muri 2030 hazagaragazwe umusaruro uhwanye n’uw’Intego z’Iterambere rirambye hamwe n’Amasezero y’i Paris mu Bufaransa yasinywe muri 2016 hagamijwe guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
Umwanzuro wa mbere ujyanye no uguteza imbere uburyo bwo kwishakamo ubushobozi bwo gushyigikira gahunda z’Igihugu ziteza imbere ubuvuzi kuri bose, uwa kabiri ukaba uwo gukoresha ikoranabuhanga mu guteza imbere ibikorwa by’ubukungu n’uburezi, hashakwa ibikoresho byabugenewe ndetse na murandasi yihuta.
Umwanzuro wa gatatu ujyanye n’iterambere ridaheza kandi rikozwe mu mucyo, cyane cyane hagatekerezwa ku bagore n’urubyiruko, uwa kane ukaba uwo kutagira icyiciro cy’abantu basigara inyuma hakoreshejwe uburyo buzamura abafite intege nke.
Perezida Kagame avuga ko gahunda zijyanye n’imari ari ngombwa cyane kandi imibare y’umusaruro bitanga ikagaragazwa binyuze mu mucyo.
Asoza agira ati “ntitwakwemera ko gahunda z’Iterambere rirambye ziburizwamo n’icyorezo Covid-19 cyangwa indi kidobya itari yitezwe, reka dukomeze intego”.
