Tag: featured

  • Imbaraga Cogebanque yashyize mu kugeza serivisi z’imari ku Banyarwanda yifashishije aba-agents #rwanda #RwOT

    Mu myaka yo hambere bamwe byasabaga gukora ingendo ndende kugira ngo babone serivisi za banki, abandi bagafata umwanya munini batonze umurongo kuri banki.

    source https://igihe.com/ubukungu/ubucuruzi/article/imbaraga-cogebanque-yashyize-mu-kugeza-serivisi-z-imari-ku-banyarwanda

  • RDC: OMS mu iperereza ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina abakozi bayo bashinjwa #rwanda #RwOT

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, ryatangaje ko rigiye gutangira iperereza ryimbitse ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina abakozi baryo bashinjwa gukorera abagore bo muri RDC; ubwo bajyaga kuhatanga ubufasha mu guhangana n’icyorezo cya Ebola.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/rdc-oms-mu-iperereza-ku-ihohoterwa-rishingiye-ku-gitsina-abakozi-bayo-bashinjwa

  • Hari gutegurwa irushanwa ‘The Next Pop Star’ uzaritsindira akazegukana miliyoni 50Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guhera tariki 30 Nzeri kugeza 18 Ukwakira 2020, abashaka kurushanwa batuye mu Rwanda, bashobora kwiyandikisha muri iri rushanwa rizamara amezi atatu.

    Iri rushanwa ntabwo rireba abahanzi bakizamuka mu ruhando rw’umiziki gusa, kuko ababyifuza bose bashobora kurijyamo, baba abaririmba ku giti cyabo cyangwa se mu matsinda.

    Mu gutangira, abarushanwa baziyandikisha, nyuma akanama nkemurampaka kazaterana gahitemo 60 bazakomeza, nyuma yaho ni abantu bazajya bahitamo ukomeza biciye mu gutora hakoreshejwe ubutumwa bugufi (SMS).

    Buri cyiciro, abahanzi 10 bazajya baba bafite amajwi menshi kurusha abandi bazajya bahabwa umwanya wo kwigaragaza imbere y’impuguke enye muri muzika. Bazagira inama abarushanwa kugira ngo babashe gutsinda.

    Irushanwa rizagira ibyiciro bine birimo n’ibirori byo gusoza, aho uzatsinda azahabwa igihembo nyamukuru cya miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda, harimo na album imwe izakorerwa muri SM1 ibarizwa muri Sony Music.

    Abifuza kwiyandikisha ni ukwandika ubutumwa bugufi burimo amazina, imyaka, akarere hanyuma bakohereza kuri 1510.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/hari-gutegurwa-irushanwa-the-next-pop-star-uzaritsindira-akazegukana-miliyoni-50frws

  • Birakwiye ko abangavu baboneza urubyaro ngo birinde inda z’imburagihe? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyakora ngo ibyo ntibikwiye gusimbura inshingano z’umubyeyi zo kuganira n’abana babo ku buzima bw’imyororokere, kuko ahanini abakobwa batwara inda batifuza biterwa ibintu byinshi birimo n’uburere buke bahabwa mu miryango yabo.

    Itegeko ry’umuryango mu Rwanda ntiryemerera umukobwa uri munsi y’imyaka 18 guhabwa uburyo bwo kuboneza urubyaro kwa muganga, kuko aba ataregeza igihe cyo kwifatira umwanzuro.

    Icyakora itegeko riteganya ko umukobwa uri munsi y’imyaka 18 aba atarageza imyaka y’ubukure afashijwe n’umubyeyi we cyangwa umurera, ashobora guhabwa ibimufasha kwirinda gusama inda itateganyijwe nyuma yo gusuzuma impamvu umuhagarariye agaragaza, dore ko uwo mwana uri munsi y’imyaka 18 atemerewe no gushyingirwa.

    Abangavu baterwa inda bakomeje kwiyongera

    Imibare igaragaza ko abakobwa b’abangavu babyariye iwabo mu myaka itanu ishize basaga ibihumbi 75, mu gihe umwaka ushize wa 2019 habaruwe abana bangana n’abaturage bashingirwaho ngo bagire umubare w’abaturage batuye umurenge wose, ni ukuvuga abasaga ibihumbi 20.

    Olive Uwamaliya, umwe mu babanye n’urubyiruko cyane, avuga ko igihe kigeze ngo abakobwa bari munsi y’imyaka 18 bemererwe kuboneza urubyaro, kuko abana bakora imibonano mpuzabitsina bakiri bato kabone n’iyo byaba bitarajya ku mugaragaro ku buryo bweruye.

    Agira ati “Ugereranyije no mu myaka ya 2010 ubuzima bw’abana bugenda buhinduka ku buryo imibare y’ababyara igenda yiyongera, abana b’abakobwa batwita bakomeje kwiyongera ku buryo buteye ubwoba.

    Tuve mu magambo tujye mu bikorwa twoye kugendera ku marangamutima kuko ababyeyi benshi nta mwanya bafite uhagije wo kwita ku bana babo n’abawufite nta makuru ahagije bafite”.

    Ati “Niba buri wese afite uburenganzira n’amahitamo, amategeko ntarengera abo bana ahubwo akarengera abagabo n’abagore bashakanye, ariko nyamara ba abana na bo bari gukora iyo mibonano mpuzabitsina.

    Niba abana babikora twabaganiriza bakamenya ko bagomba kwirinda, kuko iyo uvuze gusa ngo ntuzabikore barabyumva ariko bakagenda bagera ahandi bakabikora kubera uburyo bari gukuriramo”.

    Olive Uwamaliya avuga ko amakuru abana bahanahana adahagije ngo babashe gufata icyemeze cyo kwirinda inda, akavuga ko niba umwana w’imyaka 17 na 18 ashobora kugira ibyo akora byagirira akamaro igihugu, nta mpamvu atakwihitiramo uko acunga ubuzima bwe kuko umwana ukora imibonano mpuzabitsina akwiye gufashwa no kwihitiramo uburyo bwo kwirinda gutwita.

    Avuga kandi ko niba itegeko ryemera ko niba umwana watewe inda yemerewe kugana kwa muganga agakurirwamo inda, hari ibikwiye kugaragarizwa abana bigamije kubafasha, kandi n’ikoreshwa ry’imiti yo kuboneza urubyaro igasobanurirwa abayikoresha neza.

    Kuboneza urubyaro ku bangavu ntibikwiye gukomeza kuba ishyano

    Gilbert Nshimiyimana na we afite ubunararibonye mu mibanire n’urubyiruko kuko ari n’umurezi akaba abana n’ababyiruka kenshi. Avuga ko kubyara ku bakiri bato bihangayikishije akurikije imibare itangwa mu gukumira inda ziterwa abana.

    Avuga ko ingamba za Leta n’inshingano z’ababyeyi bitagitanga umusaruro uhagije ngo abana babashe kwirinda inda zitateganyijwe.

    Agira ati “Abana b’imyaka 17 na 18 bakora imibonano mpuzabitsina kandi iyo bamaze kuyikora ntabwo umubyeyi amenya ibyo umwana yakoze kugeza igihe amuboneye afite inda, izi mpaka zikwiye guhagarara tukinjira mu bikorwa bifatika kuko izamuka ryayo ni umuzigo ku gihugu”.

    Ati “Nigeze kujya muri Nyaruguru gukorerayo dushaka abana babyariye iwabo dukeneye 50 gusa ariko tubatumyeho haza abasaga 800, iyo bakuganirije uko bazitwaye wumva nta makuru ahagije bafite kuko usanga mu bucuti bagirana na bagenzi babo, nta makuru ahagije bafite barashukwa, barakennye barabeshywa, ababyeyi na bo nta mwanya bafite wo gusobanurira umwana”.

    Avuga ko gahunda za Leta nta ko zidakora ngo ibintu bihinduke ariko byarananiranye, akifuza ko imyumvire ikwiye guhinduka umwana akigishwa kwifata no kwirinda gutwara inda z’imburagihe, byakwanga hagafatwa izindi ngamba.

    Hari abarwanya gufata imiti yo kuboneza urubyaro ku bangavu

    Uwamaliya Brigitte we ntiyemeranya n’abashaka ko abana baboneza urubyaro, kuko byaba ari ukwiyambura inshingano ku babyeyi aho kuganiriza abana babo uko bakwirinda inda zitateganyijwe.

    Agira ati “Inshingano zo guhanura abana zifitwe n’umubyeyi, birakwiye ko abana berekwa ko nibatwita imburagihe inzozi zabo batazazigeraho, hari abana bigishwa kubara ukwezi k’umugore bararangije gutwita, ababyeyi ntibaha umwana umwanya kandi nyamara ababyeyi bafashe umwanya hakiri kare byatuma umwana yumva hakiri kare uko yitwararika”.

    Uwamaliya Brigitte avuga ko umwana uri munsi y’imyaka 18 akwiye kwitabwaho nta rundi rwitwazo, kuko umwana waganirijwe neza ku buzima bw’imyororokere agira uko yitwara bitandukanye n’utaraganirijwe.

    Hari n’ababyeyi bavuga ko iterambere rituma abana bashobora kwishakira amakuru bagatwara inda, bityo ko bakwiye gusobanurirwa nta guca ku ruhande kugira ngo atazagera hirya agasanga ibyo yabwiwe ntaho bihuriye n’ibigiye kumubaho, yaba ku kuba agiye gukora iyo mibonano cyangwa ari mu bishuko ahuye na byo.

    Kubyara imburagihe n’ingaruka zo gukoresha imiti hakorwa iki?

    Muganga mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) uvura indwara zifata imyanya myibarukiro Dr. Irakoze Magnifique, avuga ko kugana abaganga bakagufasha kuboneza urubyaro ku babyemerewe nta kibazo kinini bitera ku buzima busanzwe bw’imyororokere.

    Irakoze avuga ko nubwo abantu bose baboneje urubyaro atari ko umubiri wabo wongera kwakira uburumbuke, nibura mu kwezi kumwe uwakoresheje ubwo buryo aba ashobora gusama ahagaritse uburyo bwo kuboneza urubyaro ku buryo nta mpungenge bikwiye gutera.

    Mu buryo bwo kuboneza urubyaro habamo no gukoresha urunigi
    Mu buryo bwo kuboneza urubyaro habamo no gukoresha urunigi

    Dr. Irakoze avuga ko kuboneza urubyaro bisobanurwa neza iyo ukeneye uburyo runaka abukeneye ku buryo n’urubyiruko rufite ibyo rwafashwa kuko na bo bazi impamvu baba bashaka kuboneza urubyaro, kabone n’iyo baba bashaka kubikora batarabyara na rimwe, kwifatira umwanzuro akaba ari yo nzira yo gufasha ukeneye kuboneza urubyaro uko yaza ameze kose.

    Muganga Irakoze avuga ko hari ababyeyi bakibaza ko ibiganiro ku buzima bw’imyororokere bihagije ngo urubyiruko rureke gukora imibonano mpuzabitsina, kandi biragoye ko umwana azarengerwa igihe umubyeyi amuherekeje ngo ajye kuboneza urubyaro.

    Avuga ko ubushakashatsi bwakozwe mu myaka itanu ishize bwagaragaje ko 7% by’abana b’abakobwa batwaye inda zitateguwe, bigatuma bamwe muri bo bahura n’ubuzima bubi burimo no guta amashuri.

    Ibyo ngo bivuze ko uko urubyiruko rumeze kose bitavuze ko batazakora imibonano mpuzabitsina kandi nta nama zihamye zababuza kuyikora, ari nayo mpamvu hakwiye guhindura uburyo bwo gukumira ko batwara izo nda.

    Ese kuboneza urubyaro byaba ari ugushora abangavu mu busambanyi?

    Hari abavuga ko kureka abangavu bakaboneza urubyaro byarushaho kubashora mu busambanyi kuko baba ntacyo bakikanga, bigaha n’urwaho abagabo n’abasore kumva ko gusambanya abana nta kibazo kirimo kuko baba batari butwite.

    Hari n’abavuga ko umukobwa wakoranye imibonano mpuzabitsina n’abantu benshi aba atazavamo umugore ushobotse kubera ubwo buzima baba baraciyemo, bityo ko hakwiye uburyo bwo kurinda umwana w’umukobwa gutwita binyuze mu buryo bujyanye n’igihe tugezemo, haba kuganirizwa no kubareka bakihitiramo uko bifuza kuzabaho.

    Nta cyemezo gihamye cyemeranywaho na bose ko umwangavu akwiye kuboneza urubyaro, ariko abesnhi bahuriza ku kuba kubyara imburagihe ari ikibazo gihangayikishije cyane ku bakobwa, nyamara byashobokaga kubarinda.

    Birashoboka ko ibiganiro bizakomeza hakaba hagira ibihinduka haba ku gufata ingamba nshya ku babyeyi mu kuganiriza abana babo cyangwa kubemerera bakaba baboneza urubyaro.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/birakwiye-ko-abangavu-baboneza-urubyaro-ngo-birinde-inda-z-imburagihe

  • Kabuga Félicien aroherezwa i Arusha cyangwa araguma i Paris? #rwanda #RwOT

    Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa, kuri uyu wa 30 Nzeri rutegerejweho umwanzuro wemeza niba Kabuga Félicien ushinjwa kuba umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ashyikirizwa Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, i Arusha, ngo abe arirwo rumuburanisha, cyangwa niba azaburanira mu Bufaransa nk’uko abavoka be babisaba.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kabuga-felicien-aroherezwa-i-arusha-cyangwa-araguma-i-paris

  • Covid-19: Urukingo rwa Moderna rukomeje gutanga icyizere #rwanda #RwOT

    Inzobere mu by’ubuzima zemeza ko urukingo rwa Covid-19 rwakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika, Moderna, rutanga icyizere ko mu minsi iri imbere ruzaba rwagiye hanze kandi rugakora neza ku byiciro by’abantu bitandukanye.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/covid-19-urukingo-rwa-moderna-rurarushaho-gutanga-icyizere

  • Amafaranga asohoka muri Afurika mu buryo butemewe yageze kuri miliyari hafi 89$ ku mwaka #rwanda #RwOT

    Raporo yakozwe n’Inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Bucuruzi n’Iterambere, UNCTAD, yagaragaje ko amafaranga Afurika ihomba mu mwaka kuko ayisohokamo mu buryo butemewe yageze kuri miliyari 88.6$, zingana na 3.7% by’umusaruro mbumbe w’uyu mugabane.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/amafaranga-asohoka-muri-afurika-mu-buryo-butemewe-yageze-kuri-miliyari-hafi-89

  • Abafana ba Rayon Sports bakusanyije asaga miliyoni 13 Frw yo gushyigikira ikipe #rwanda #RwOT

    Abafana ba Rayon Sports bibumbiye mu matsinda 44 ya Fan Club, bakusanyije miliyoni 13.15 Frw mu nama yabahuje n’ubuyobozi bw’inzibacyuho ku wa Kabiri.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/abafana-ba-rayon-sports-bakusanyije-asaga-miliyoni-13-frw-yo-gushyigikira-ikipe

  • Huye: Abanyerondo bakurikiranyweho kwambura no gukubita umugabo urembeye mu bitaro #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rufunze abanyerondo babiri bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, kubera icyaha bakurikiranyweho cyo gukubita no gukomeretse umugabo witwa Mbonigaba François bakamugira intere kuri ubu akaba arembeye mu bitaro.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-abanyerondo-bakurikiranyweho-kwambura-no-gukubita-umugabo-urembeye-mu

  • Akavuyo n’impaka z’urudaca; ibyaranze ikiganiro mpaka hagati ya Trump na Biden #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryakeye, Perezida Donald Trump na mugenzi we Joe Biden bari imbere ya televiziyo barebwa na miliyoni z’abatuye Isi, mu biganiro mpaka bimaze kuba umuco muri Amerika kuva mu 1956, bagaruka ku cyo buri wese azakora igihe yaramuka agiriwe icyizere n’Abanyamerika mu matora ya Perezida ateganijwe ku itariki 3 Ugushyingo.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/akavuyo-n-impaka-z-urudaca-ibyaranze-ibiganiro-mpaka-hagati-ya-trump-na-biden