Tag: featured

  • U Burundi ntibwitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere k’ibiyaga bigari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakuru b
    Abakuru b’Ibihugu bya Uganda, Angola, u Rwanda na RD Congo mu nama yabahuje mu bihe bishize

    Iyi nama yari yatumiwemo na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ariko ntiyayitabiriye. Ni mu gihe n’inama yasubitswe mu minsi ishize yagombaga guhuriza aba bakuru b’ibihugu mu mujyi wa Goma, igihugu cy’u Burundi cyari cyatangaje ko kitazahagararirwa.

    Inama yagombaga kuganira ku mutekano mu Karere, Politiki mu Karere, ubuzima n’ubuhahirane.
    Perezida w’u Rwanda Paul Kagame wayitabiriye, yabwiye abandi bakuru b’ibihugu mu Karere ko n’ubwo byabaye ngombwa ko bahura hifashishijwe ikoranabuhanga, byari ngombwa guhura, avuga ko u Rwanda rwishimiye kuyitabira no kuyigiramo uruhare.

    Yagize ati «Ububanyi mu kurwanya ibihungabanya umutekano mu karere ni cyo dushyize imbere kugira ngo dukomeze ubuhahirane n’ishoramari ryambukiranya imipaka.
    Umutekano ni ingenzi mu kuzamura ubuhahirane n’ishoramari, kandi ibi ni inyungu y’ibihugu byacu mu Karere. »

    Perezida Kagame avuga ko icyorezo cya COVID-19 cyatwaye ubuzima n’ubukungu ariko kitakuyeho gukorera hamwe kw’abakuru b’ibihugu mu gukuraho ingaruka zacyo.

    Ati « Dushobora kugabanya ibyangijwe n’iki cyorezo, tukubaka ubushobozi buzahangana n’ibindi byorezo byazaza. »

    Inama ihuje abayobozi b’ibihugu mu Karere nyuma y’uko mu kwezi kwa Nzeri 2020 inama yagombaga guhuza aba bayobozi mu mujyi wa Goma itabaye kubera impamvu zitandukanye hagafatwa umwanzuro ko yaba hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Igihugu cy’u Burundi cyari cyatangaje ko kitazitabira inama mu mujyi wa Goma byari bitezwe ko kizitabira iyi nama hakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse tariki ya 5 Ukwakira Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa RDC, Marie Tumba Nzenza, yari yagiye kureba Perezida w’u Burundi amushyikiriza ubutumwa bwa Perezida wa RDC harimo gushakira inyungu ibihugu byombi.

    Nubwo u Burundi butitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu byo mu Karere, mu gihe iyi nama yari iteranye, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi we yari ayoboye inama y’abaminisitiri muri icyo gihugu.

    Kuva yajya ku butegetsi muri Mutarama 2019, Perezida Tshisekedi yagaragaje ko Politiki ye mu byo izibandaho harimo no kuzahura umubano w’ibihugu byo mu Karere, kugarura amahoro mu Karere no gutsinsura imitwe yitwaje intwaro by’umwihariko mu Burasirazuba bwa DRC, agace gakungahaye cyane ku mabuye y’agaciro kakunze kurangwa n’intambara z’urudaca kubera imitwe yitwaje intwaro.

    Perezida Tshisekedi afatanyije na Perezida wa Angola bamaze igihe barashyize imbaraga mu gushakira umuti ibibazo biri hagati y’ u Rwanda na Uganda ndetse no mu Karere muri rusange.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/u-burundi-ntibwitabiriye-inama-y-abakuru-b-ibihugu-byo-mu-karere-k-ibiyaga-bigari

  • Amashuri azafungura mu kwezi gutaha: Ibikorwa byo kubaka ibyumba bishya by’amashuri bigeze he? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hamwe na hamwe ibyumba by
    Hamwe na hamwe ibyumba by’amashuri bigeze igihe cyo gusakarwa. Hari icyizere ko amashuri azafungura byuzuye

    Nubwo hasigaye igihe gito ngo igihe cyo gufungura amashuri kigere, ibikorwa byo kubaka amashuri ntibirarangira hirya no hino mu gihugu.

    Nko mu Karere ka Bugesera, ibikorwa byo kubaka ibyumba bishya by’amashuri biragenda bigana ku musozo kuko ngo ibyinshi bisigaje gusakarwa.

    Gashumba Jacques ushinzwe uburezi mu Karere ka Bugesera, avuga ko amashuri yubakwa ari mu byiciro bibiri, harimo icyiciro cya mbere kigizwe n’amashuri yubakwa ku nkunga ba Banki y’Isi ndetse n’icyiciro cya kabiri kigizwe n’amashuri yubakwa ku mafaranga ya Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Uburezi.

    Gusa muri rusange ngo ayo yubakwa ku nkunga ya Banki y’Isi asa n’ayarangiye, mu gihe ayubakwa ku mafaranga ya Leta y’u Rwanda yo ngo yagiye adindira bitewe ahanini n’imbogamizi zo kubura ibikoresho, ariko ubu ngo amenshi muri yo ageze mu isakara.

    Gashumba yagize ati “Ubundi twavuga ko imirimo yo kubaka ibyo byumba igana k’umusozo, kuko ubu hasigaye gusakara, kuko dutegereje ibikoresho bijyana no gusakara, kandi gusakara ntibifata igihe kinini, ubu bibonetse bizahita byihuta ku buryo amashuri yazafungura mu kwa 11 byararangiye”.

    Ati “Ibyo bikoresho bibura ni byo dutegereje kuko ibyumba byinshi muri ibyo byubakwa bigeze ku rwego rwo gusakarwa kandi n’amabati arahari, ntituzi igihe bizabonekera ariko nibiboneka n’imirimo yo kubaka izahita yihuta”.

    Kuri icyo kibazo cy’ibura ry’ibikoresho cyagiye kidindiza imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri hamwe na hamwe, Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine, avuga ko ubu icyo kibazo kirimo gukemuka kuko imbaho zari zabanje kubura ubu zabonetse, ndetse n’utwuma tumeze nk’imisumari bakoresha basakara bita ‘koroshi’ ubu ngo twabonetse.

    Mu kiganiro yagiranye na KT Radio ku wa Kabiri tariki ya 06 Ukwakira 2020, Minisitiri Uwamariya yavuze ko ikibazo cyabanje kubaho kigatuma utwo twuma dufata amabati dutinda kuboneka ndetse bikanadindiza isakara hamwe na hamwe, ari uko nta twari duhari mu gihugu bisaba ko dutumizwa mu Bushinwa, ariko ubu ngo twaraje.

    Ikindi Minisitiri Uwamariya yasobanuye ni uko ibyumba by’amashuri 2,700 byubakwa ku nkunga ya Banki y’Isi hirya no hino mu gihugu, ubu bisa n’ibyuzuye, kuko byo byanatangiye kubakwa mbere y’icyorezo cya Coronavirus.

    Hari kandi amashuri mashya 608 yubakwa mu rwego rwo korohereza abanyeshuri bakoraga ingendo ndende bajya ku mashuri ndetse akazanafasha mu kugabanya ubucucike mu mashuri asanzwe akora.

    Minisitiri Uwamariya yavuze ko muri rusange ibikorwa byo kubaka amashuri hirya no hino mu gihugu bigeze kuri 81%, kuko amenshi ageze mu gihe cyo gusakara, ku buryo ngo bizeye ko amashuri azatangira ibyumba by’amashuri byubakwa byose byaruzuye.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/amashuri-azafungura-mu-kwezi-gutaha-ibikorwa-byo-kubaka-ibyumba-bishya-by-amashuri-bigeze-he

  • Kevin Monnet-Paquet bwa mbere yahamagawe mu Mavubi-Urutonde rurambuye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu Tariki 07/10/2020, ni bwo umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yatangaje urutonde rw’abakinnyi bagomba gutangira umwiherero w’imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2021.

    Amavubi yari amaze amezi adakina agiye gusubira mu kibuga
    Amavubi yari amaze amezi adakina agiye gusubira mu kibuga

    Uyu muhango wabereye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cya Ferwafa, aho abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bari bamaze iminsi bibaza imapmvu Amavubi atarahamagarwa mu gihe ibihugu bari kumwe mu itsinda byanatangiye imyitozo.

    Jacques Tuyisenge na Djihad Bizimana nk
    Jacques Tuyisenge na Djihad Bizimana nk’ibisanzwe bahamagawe

    Amavubi yahamagawe

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (SC Kiyovu), Kwizera Olivier (Rayon Sports), Ndayishimiye Eric (AS Kigali) na Rwabugiri Umar (APR FC)

    Ba myugariro: Emery Bayisenge (AS Kigali), Manzi Thierry (APR FC), Mutsinzi Ange Jimmy (APR FC), Rugwiro Herve (Rayon Sports), , Rwatubyaye Abdul (Colarado Springs Switchbacks, USA), Nirisarike Salomon (Pyunick), Ombolenga Fitina (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Eric Rutanga (Police FC), Rusheshangoga Michel (AS Kigali).

    Abakina hagati: Bizimana Djihad (Waasland-Beveren, Belgium), Mukunzi Yannick (Sandvikens IF, Sweden), Haruna Niyonzima (Yanga SC, Tanzania), Nsabimana Eric (AS Kigali), Niyonzima Olivier (APR FC), Eric Ngendahimana (Kiyovu SC), Twizerimana Martin Fabrice (Police FC), Muhire Kevin (El Gaish, Egypt), Ally Niyonzima (Azam FC, Tanzania), Nshuti Dominique Savio (Police FC), Manishimwe Djabel (APR FC), Niyomugabo Claude (APR FC), Rubanguka Steve (AE Karaiskakis Artas)

    Ba rutahizamu: Meddie Kagere (Simba SC, Tanzania), Jacques Tuyisenge (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Hakizimana Muhadjili (AS Kigali), Mico Justin (Police FC), Sibomana Patrick (Police FC), Yannick Bizimana (APR FC), Byiringiro Lague (APR FC), Iyabivuze Osée (Police FC), Kevin Monnet-Paquet (Saint-Etienne/France)

    Kévin Monnet-Paquet bwa mbere yahamagawe
    Kévin Monnet-Paquet bwa mbere yahamagawe
    Mu bataha izamu harimo Sugira Ernest na Jaques Tuyisenge
    Mu bataha izamu harimo Sugira Ernest na Jaques Tuyisenge

    Usibye aba, hari kandi n’abandi bakinnyi bashyizwe ku rutonde rw’agateganyo bashobora kwiyambazwa umunota uwo ariwo wose barimo Usengimana Faustin, Iradukunda Bertrand, Kalisa Rachid, Danny Usengimana na Iradukunda Eric Radu na Ndekwe Felix

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/kevin-monnet-paquet-bwa-mbere-yahamagawe-mu-mavubi-urutonde-rurambuye

  • Kutarangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside, imbogamizi ku Bumwe n’Ubwiyunge #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC, Fidele Ndayisaba, avuga ko kutarangiza imanza bidindiza Ubumwe n
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC, Fidele Ndayisaba, avuga ko kutarangiza imanza bidindiza Ubumwe n’Ubwiyunge

    Ibi abitangaje mu gihe muri Gicurasi 2019 Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka Ahishakiye Naftal yari yatangaje ko inkiko Gacaca zaburanishije imanza 1,320,000 z’imitungo yangijwe muri Jenoside, ariko hakaba hari hakiri imanza 149,209 zitararangizwa.

    Ndayisaba avuga ko atakwemeza imibare y’imanza z’imitungo zitararangizwa kuko hari imibare igenda ihinduka.

    Agira ati “Ku birebana n’imibare sinabivugaho kuko hari impamvu zituma ihindagurika, urugero hari abaturage batatanze amarangizarubanza, haba ubukangurambaga ukabona barazizanye ngo bafashwe kurangiza imanza. Ibyo bituma imibare ihindagurika”.

    Akomeza avuga ko Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge ikomeza gukora ubuvugiz,i kandi ko hari ikiri gukorwa gituma izo manza zirangizwa.

    Agira ati “Hari ibikorwa kugira ngo izo manza zirangire, haba ku bufatanye na Minisiteri zifite mu nshingano gukurikirana uko imanza zirangizwa, ndavuga Ministeri y’Ubutabera na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Intara.

    Hari inama ngarukagihembwe, duhura n’ubuyobozi bw’uturere tugasuzuma uko iki kibazo cy’imanza kigenda gikemuka, imanza ku zindi, imirenge ku yindi, kandi hari ikigenda gikemuka, hari uturere twabishyize imbere, kandi bikaba mu buryo bwunga”.

    Ndayisaba avuga ko kurangiza imanza bitubaka ubumwe n’ubwiyunge ahubwo bagerageza kuzirangiza mu buryo bwunga.

    Agira ati “Kuzirangiza gusa umuntu agahatirwa kwishyura agasigarana ingingimira bikangiza imibanire si cyo dushyize imbere, nk’uko tudashyigikiye ko umuntu atishyura kuko kutishyura bibangamira ni, icyo dushyira imbere ni ukurangiza imanza mu buryo bwunga ariko tutazijenjekeye.

    Ibi bigakorwa binyuze mu biganiro biciye mu kuri n’ubushake, iyo ababishinzwe bafashije abaturage birafasha cyane”.

    Ndayisaba avuga ko guhuza impande zombi zikabiganiraho ari umuti, naho ibikiri imbogamizi mu kwishyura imitungo ngo ni byinshi birimo kuba hari abishyuzwa bataboneka.

    Hari imanza zidafite amarangizarubanza yujuje ibisabwa zigatera impaka, uretse ko bitabuza abantu guhura ariko iyo zitujuje ibisabwa bitera impaka hakaba n’ababyitwaza mu kwishyura.

    Indi mbogamizi ni uko hari abishyuzwa bashaje n’abapfuye baraga imitungo ku bo baraze, bigatuma abarazwe batabyumva, kwishyura imitungo batangije bigatuma bisaba imbaraga, kuko uwazunguye azungura imyenda n’imitungo, Ndayisaba akavuga ko “nabyo byumvikane ko bagomba kwishyura iyo mitungo yangijwe”.

    Izindi mbogamizi ni uko hari imanza zaciwe, amazina yariho mu gihe cyo kuburana harakoreshejwe amazina y’amahimbano, bigatuma gushaka amazina y’ukuri bigorana, hari ahatarashoboye kuboneka amakuru ahagije, hakishyuzwa agace aho kwishyuza umuntu.

    Ndayisaba agira ati “Ibi bikaba byaratewe na ‘Ceceka’ aho abantu bangaga gutanga amakuru, inteko rusange igasaba ko umudugudu wishyura”.

    Akomeza agira ati “Nubwo tuvuga ko hari ingorane, ibyo bibazo byose bishobora kubonerwa ibisubizo abantu bashyize hamwe bakabiganiraho, ariko hari aho batabishyiramo imbaraga bigatuma bifata igihe”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka Ahishakiye Naftal ku birebana n’imanza zarangijwe, yatangarije Kigali Today ko imibare yagabanutse nubwo batarabona imibare mishya.

    Agira ati “Ntabwo zirarangira, ariko zaragabanutse kuko biri mu nsi y’ibihumbi 100, dutegereje Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu irimo irakusanya imibare mishya”.

    Ahishakiye Naftal avuga ko hari abantu bagize uruhare muri Jenoside baba ibyamamare, bangiza imitungo ariko wajya kureba ugasanga ntacyo batunze, ikindi ntashake gutera intambwe ngo asabe imbabazi uwo yangirije, ugasanga ziracyabarwa nk’imanza zigomba kurangizwa kandi bitari bushoboke.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naftal
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naftal

    Ahishakiye avuga ko indi mbogamizi mu kurangiza imanza hari abantu bagize uruhare muri Jenoside, ariko bafata imitungo yabo bayandikaho abandi, wajya kurangiza imanza ugasanga yari yaratanze iminani, ugasanga birasaba kubanza kubiregera.

    Hari aho abantu babuze ngo imanza zirangizwe, ariko hari n’ahaboneka intege nkeya mu nzego z’ibanze zigomba kurangiza imanza.

    Agira ati “Iyo turebye imibare y’imanza zisigaye ziracyari hejuru kuko umunsi ku munsi hari abantu bakizana amarangizarubanza, hari ubwo umurenge urangiza imanza wajya kubona ukabona habonetse ayandi marangizarubanza nka mirongo itanu.

    Kuba imanza zitarangiza ni imbogamizi ku bumwe n’ubwiyunge cyane cyane ku bantu bafite ubushobozi badashaka kwishyura, badashaka kwemera icyaha, badashaka ko imanza zirangira ku neza.

    Bivuze ko uwo muntu atemera icyaha, aba ameze nk’unnyega uwo yakoreye icyaha, bituma barushaho gukomeza kwishishanya, kuko urumva ko abantu bafite ibyo bishyuzanya bimaze imyaka 10 biragoye ko hari icyo bahuriraho mu kwiteza imbere nka koperative”.

    Uretse kuba hari abantu batangiye kwishyura kuko bishyujwe, Ahishakiye avuga ko mbere y’uko Inkiko Gacaca zitangira, hari imiryango yagiye yishyura ibyo yangije ku bushake ndetse igasaba imbabazi, bituma imiryango irushaho kongera kubana neza ndetse byubaka ubumwe n’ubwiyunge.

    Ahamagarira abantu bafite imitungo batarishyura kugira ubushake bwo kwishyura no gutera intambwe bagasanga abo bangirije bagasaba imbabazi kugira ngo ubumwe n’ubwiyunge burusheho gutera imbere, mu gihe abadashaka kwishyura binangiye imitima babangamira ubumwe n’ubwiyunge.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/kutarangiza-imanza-z-imitungo-yangijwe-muri-jenoside-imbogamizi-ku-bumwe-n-ubwiyunge

  • Umufaransa Bahloul Djilali ni we wagizwe Umutoza mushya wa Mukura Victory Sports #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahloul Djilali ni we wagizwe umutoza mushya wa Mukura Victory Sports
    Bahloul Djilali ni we wagizwe umutoza mushya wa Mukura Victory Sports

    Kuri uyu wa gatatu, umuyobozi ushinzwe abakozi muri Mukura Gasana Jerome, yahamirije KT Radio ko bamaze gusinyisha uyu mutoza ugiye gukorera bwa mbere mu Rwanda.

    Abajijwe impamvu bamutoranyije, yavuze ko bagendeye ku bunararibonye afite aho yakinnye mu makipe atandukanye mu Bufaransa , atoza mu bihugu nka Senegal, Cote d’Ivoire, Oman na Arabie Saoudite .

    Uyu mugabo w’Umufaransa w’imyaka 38 ariko unafite inkomoko mu gihugu cya Algeria, Mukura ivuga ko igendeye ku bunararibonye bwe basanze azafasha Mukura kwegukana igikombe cya shampiyona cyangwa igikombe cy’Amahoro ari na byo bamusabye kugira ngo iyi kipe izongere isohokere igihugu.

    Djilali Bahloul wamaze gushyira umukono ku masezerano, nk’uko ubuyobozi bwa Mukura bwabitangaje mu kiganiro bwagiranye na KT Radio, agomba guhita yerekeza mu Karere ka Huye aho azatura kugira ngo anakomeze afatanye n’ubuyobozi gutegura umwaka utaha w’imikino.

    Umutoza mushya wa MVS, yamaze gusinya amasezerano
    Umutoza mushya wa MVS, yamaze gusinya amasezerano

    Bahloul Djilali ni umutoza wagiye anyura mu bihugu bitandukanye birimo Cote d’Ivoire aho yatoje ikipe yaho yitwa Stade d’Abidjan, yatoje kandi ikipe ya ASC Linguère yo muri Senegal n’amakipe yo mu bihugu by’abarabu nka Sohar SC na Saham Club zo muri Oman, kimwe n’ikipe Al-Nahda yo muri Arabie Saoudite na Al-Ahli yo muri Quatar.

    Abdelkader Djilali Bahloul ni umutoza ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, ariko wavukiye iwabo muri Algeria aza kuhava afite imyaka umunani gusa yerekeza mu Bufaransa mu Mujyi wa Marseille, kuva ubwo kugeza ku myaka 38 afite ubu.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/umufaransa-bahloul-djilali-ni-we-wagizwe-umutoza-mushya-wa-mukura-victory-sports

  • Ibizamini by’Icyongereza abarimu bakora ntawe bigamije kwirukana mu kazi – MINEDUC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Uburezi Dr uwamariya Valentine

    Ibyo ni ibyagarutsweho na Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, ubwo yari mu kiganiro ‘Ubyumva Ute’ cya KT Radio ku wa Kabiri tariki 6 Ukwakira 2020, cyibanze ku myiteguro y’itangira ry’amashuri.

    Ibyo bizamini byatangiye gukorwa ku wa Kabiri tariki ya 06 Ukwakira 2020, bitangirira mu Mujyi wa Kigali, ariko bikazakomereza mu bindi bice by’igihugu.

    Minisitiri Uwamariya avuga ko icyo kizamini cyakuruye impaka aho hari abibaza ko cyaba kigamije kwirukana abo kizatsinda, ahubwo we akabahumuriza.

    Agira ati “Iki kizamini cyakuruye impaka cyane, bamwe bati barashaka ko abazagitsindwa bahagarikwa mu kazi ariko si cyo kigamije. Muzi ko tugiye gutangira kwigisha mu Cyongereza kuva mu wa mbere w’amashuri abanza, ubundi wasangaga abana barangiza abanza Icyongereza ndetse n’Ikinyarwanda nta rurimi na rumwe bazi neza”.

    Ati “Iki kizamini kirimo gukorwa ni icyo gushyira abarimu mu byiciro bityo tubahugure mu rurimi rw’Icyongereza, si ikizamini kije kugira abarimu gikura mu kazi. Ni ukugira ngo kidufashe gutegura amahugurwa ajyanye n’icyiciro umuntu arimo. Bagifate nk’isuzumabumenyi muri urwo rurimi nk’irizakorerwa abanyeshuri nibatangira kwiga”.

    Asaba kandi abarimu bose kwitabira ayo mahugurwa, cyane ko bazi ko amabwiriza avuga ko bagomba kwigisha mu Cyongereza.

    Ati “Buriya ikintu cyose kugira ngo ukimenye bisaba kugikunda ukagishyiramo imbaraga, abarimu bacu rero ndabasaba kubyitabira. Niba uzi ko uri mwarimu kandi amabwiriza akavuga ko ugomba kwigisha mu Cyongereza, wagombye kuba wikorera amahugurwa ubwawe hejuru y’ayo ugenerwa”.

    Minisitiri Uwamariya na we yitanzeho urugero rw’uko yagowe no guhindagura indimi mu myigire ye kuko yize mu Gifaransa, ariko ngo abasha kubyikuramo neza.

    Ati “Amashuri abanza yose nayize mu Kinyarwanda kandi ayisumbuye nagombaga kuyiga mu Gifaransa. Ngiye muri kaminuza, icyiciro cya mbere niga mu Gifaransa na ho mu cya kabiri niga mu Cyongereza ndetse nsabwa no kwigisha mu Cyongereza kuko nari mwarimu muri kaminuza, udakoze ibishoboka byose ngo wige ururimi mu kazi ukora buri munsi byaba ari ikibazo”.

    Yongeraho ko ururimi iyo umuntu ataruzi neza, bigaragara nk’aho n’ibyo yigisha atabizi neza, ari yo mpamvu abarimu basabwa gushyiramo ingufu.

    Ati “Icyongereza tugishyiremo ingufu, dutangirane na cyo mu mwaka wa mbere, n’abarimu bemere uwo musaraba bakore ibishoboka byose bihugure, cyane ko atari ugutangirira kuri zero. Umuntu abishatse mu gihe gito yaba akidudubiza, gusa iyo umuntu atabonye ikimusunika na none ntabwo ashyiramo za mbaraga koko”.

    Ati “Si byiza rero ko nyuma y’amahugurwa twazakora irindi suzuma tugasanga uracyari hahandi, ururimi ni ikintu cy’ingenzi cyane. Ushobora no kuba uzi ibintu ariko utabasha kubisobanura neza, umuntu akagira ngo nta byo uzi kandi ubizi, n’abarimu bacu ni beza cyane ariko kubera za mbogamizi z’ururimi ntibabashe gusobanurira abana, twemere ko ari ikibazo bityo aya mahugurwa tuyahe agaciro”.

    Avuga kandi ko impinduka buri gihe zigora, cyane cyane nko kuri abo zitangiriyeho ariko ngo ubushake ni bwo buzatuma ikibazo gikemuka.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/ibizamini-by-icyongereza-abarimu-bakora-ntawe-bigamije-kwirukana-mu-kazi-mineduc

  • Aborozi barifuza kunganirwa mu kubona imbuto y’ubwatsi bw’amatungo kuko ngo irahenze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umushinga wa RDDP ugamije guteza imbere ubworozi wafashije aborozi kubona imashini zisya ubwatsi bw
    Umushinga wa RDDP ugamije guteza imbere ubworozi wafashije aborozi kubona imashini zisya ubwatsi bw’amatungo

    Babitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukwakira 2020, ubwo mu Karere ka Nyagatare hatangizwaga igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo 2020-2021A.

    Ni igikorwa cyabereye mu Kagari ka Gasinga mu Murenge wa Rwempasha mu rwuri rwa Rwibasira Francis.

    Rwibasira Francis avuga ko umwaka ushize aribwo yateye ubwatsi ku nshuro ya mbere kandi bwamugobotse muri iki gihe cy’impeshyi.

    Ati “Mbere nagiye kubuhinga ari uko izuba riza inka zikagandara izindi zigapfa kubera kubura ibyo zirya nk’uko ubona ubwatsi bwose bwumye. Ariko ubu nta kibazo nagize ari na yo mpamvu niyemeje kongera ubuso.”

    Muzehe Gatsinzi Fidele avuga ko hashize imyaka 3 atangiye gahunda yo guhinga ubwatsi bw’amatungo.

    Avuga ko mbere atarabuhinga inka ze zagandaraga ndetse n’umukamo ukabura burundu. Ariko ubu ngo inka ze nta kibazo zifite ndetse n’umukamo ngo ntiwahungabanye.

    Agira ati “Iyi mpeshyi nta kibazo nagize kubera ubwatsi nateye, mbere ku zuba iyo nakamaga amata menshi nabonaga litiro 30 ku munsi ariko ubu ndakama litiro 70 urumva ko ntakibazo nagize kubera ubwatsi nahinze.”

    Gatsinzi Fidele avuga ko gutera ubwatsi bw’amatungo ari byiza gusa ariko akavuga ko bihenze.

    Atangira kubuhinga ngo ikilo kimwe cya Cloris Gayanna yakiguraga amafaranga ibihumbi 12 kandi aya mafaranga akaba atabonwa n’umworozi uwo ari we wese.

    Yifuza ko Leta yashyiraho nkunganire ku bwatsi kugira ngo kubutera byitabirwe na benshi.

    Ati “Jye mbugura naguze ibiro 25 ni byo nateye muri hegitari imwe y’ubutaka kandi ikilo nakiguraga amafaranga ibihumbi 12. Ayo mafaranga ni menshi umworozi wese ntiyayabona, twifuzaga ko Leta yashyiramo nkunganire nk’iba ku mbuto zisanzwe mu buhinzi kuko benshi bakwihatira kubutera kandi byagira n’umumaro munini.”

    Gutera ubwatsi bw
    Gutera ubwatsi bw’amatungo bituma adasonza mu gihe cy’impeshyi ndetse n’umukamo ntuhungabane

    Uretse kuba ubwatsi buhenze ngo no kububona ntibyorohera buri wese. Musemakweri Dominiko avuga ko bibaye byiza aborozi babwegerezwa ku midugudu iwabo bityo bakabubona hafi.

    Umuyobozi wa RAB Sitasiyo ya Nyagatare, Kagwa Evalde, avuga ko kubona imbuto bitagoranye cyane kuko iboneka ku borozi babuhinze mbere ndetse no mu bafashamyumvire mu bworozi kuko baba bazi aho iboneka hafi.

    Naho kuba imbuto ihenze, Kagwa Evalde avuga ko hari byinshi Leta imaze gukora kuko nk’ubwaguraga ibihumbi 12 ku kilo, ubu bugeze ku mafaranga ibihumbi 5 gusa.

    Agira ati “Uko bimeze uku Leta iba yakoze byinshi cyane kuko nk’ubu ubwatsi aborozi bakunze cyane bita umukenke (Cloris Guyanna) bwavuye ku mafaranga ibihumbi 12 ubu bugeze kuri 5000frs gusa, n’ibindi bizakomeza kugabanuka kuko na RDDP hari icyo ifasha aborozi kugira ngo ubworozi bwabo budahungabana.”

    Asaba aborozi guhindura imyumvire bakabutera ku bwinshi kugira ngo bubagoboke mu gihe cy’impeshyi aho gutekereza ko bazagishisha amatungo yabo bakazagaruka ari uko imvura iguye.

    RAB Sitasiyo ya Nyagatare ivuga ko hari ubwoko bw’imbuto z’ubwatsi zirenga 30 kandi zihanganira izuba.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/aborozi-barifuza-kunganirwa-mu-kubona-imbuto-y-ubwatsi-bw-amatungo-kuko-ngo-irahenze

  • Canal + n’abafatanyabikorwa bishimiye icyemezo cyo kubuza Victory TV kwerekana imikino y’i Burayi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwanzuro w’urubanza n°RCOMA 00877/2019 / HCC watangajwe ku itariki ya 9 Nzeri 2020, n’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi mu Rwanda watesheje agaciro ubujurire bwa shene ya televiziyo Victory TV, runasaba iyo shene guhagarika gusakaza amashusho y’imikino ya Premier League yo mu Bwongereza, UEFA Champions League n’iyindi mikino yose ya UEFA Europa League ku butaka bw’u Rwanda.

    Nyuma y’ibyavuye mu rubanza, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasabye shene ya Victory TV, mu cyemezo cyafashwe ku ya 28 Nzeri 2020, guhagarika gusakaza amashusho y’iyo mikino, bitaba ibyo ikazamburwa uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.

    UEFA hamwe na Premiere League yo mu Bwongereza, batangaje ko gusakaza amashusho y’imikino yabo utabiherewe uburenganzira ari ubujura bw’ibihangano (piratage), ikaba yishimiye ibyemezo byafashwe n’urukiko rwo mu Rwanda rufatanyije n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA).

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/canal-n-abafatanyabikorwa-bishimiye-icyemezo-cyo-kubuza-victory-tv-kwerekana-imikino-y-i-burayi

  • Gutera ubwatsi bwinshi bw’amatungo bizabarinda kurenga umupaka no kugirirwa nabi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bateye ubwatsi bw
    Bateye ubwatsi bw’amatungo kuri hegitari ebyiri

    Iki gikorwa cyabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Mbuye, Umurenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza. Cyaranzwe no gutera ibyatsi by’ubwoko bune, harimo ibyo mu bwoko bw’ibinyamisogwe, Mucuna na Desmodium.

    Hatewe kandi ibyo mu bwoko bw’ibinyampeke ari byo Chloris Gayana bibikika ku buryo amatungo ashobora kubirya byarumye ndetse n’urubingo bita Kakamega rugomba gusimbura urwari rusanzwe ubu rwarwaye rukaba rutagitanga umusaruro.

    Guhinga ibi byatsi nibyitabirwa, ngo bizafasha aborozi kongera umusaruro w’umukamo kuko ubundi inka itanga umukamo mwiza iyo mu byo yariye 1/3 ari ibinyamisogwe, ibinyampeke bikaba 2/3, nk’uko bivugwa na Joseph Nshokeyinka, ushinzwe gahunda yo kugaburira amatungo no kuvugurura icyororo muri RDDP.

    Agira ati “Nk’umworozi agabuye imitwaro itatu, byibura umwe ugomba kuba ari uw’ibinyamisogwe, ibisigaye bikaba ibinyampeke. Ni ukugira ngo bya binyamisogwe bishyiremo ibyubaka umubiri, naho bya binyampeke bizane ibitera imbaraga, hanyuma inka irusheho kuba ikomeye, hanyuma itange umusaruro.”

    Urubingo rwitwa Kakamega na rwo rwatewe
    Urubingo rwitwa Kakamega na rwo rwatewe

    Ibi byatsi byatewe kuri hegitari ebyiri, kandi hitezwe ko bizatanga imbuto ku batuye muri kariya gace. Bizatuma babasha kubona ubwatsi no mu mpeshyi, ntibajye kubishakira mu gice cy’u Burundi cy’igishanga cy’Akanyaru baturiye, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’Akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Patrick Kajyambere.

    Agira ati “Ibi byatsi twateye bizadukemurira ibibazo bibiri binini. Icya mbere ni icy’abaturage bacu bajyaga kwahira i Burundi bikaba byatera kurohama kuko bambuka umugezi, ariko no mu mibanire yacu n’abaturanyi bo hakurya, wasangaga hari igihe hazamo ikibazo cyo kwambuka umupaka bitemewe n’amategeko.”

    Yungamo ati “Icya kabiri cyakemuka ni ikijyanye n’umukamo dufite mu Karere ka Nyanza, ugereranyije n’inganda dufite. Ubona tubona umukamo uri hagati ya litiro ibihumbi 26 na 28 ku munsi kandi twifuza kuzamuka tukagera ku bihumbi 50.”

    Aborozi batuye muri aka gace bashimye kuba begerejwe imbuto z’ubwatsi kuko ngo bizabarinda gusubira i Burundi kandi iyo bahafatiwe bagirirwa nabi.

    Mucuna na Desmodium
    Mucuna na Desmodium

    Frederic Murwanashyaka ati “Twari dufite ubwatsi bw’urubingo buza kurwara buracika. Ugiye i Burundi yafatwa akabohwa, agacibwa amafaranga. Hari umugabo witwa Niyonzima bahafatiye baramuboha. Twagiye kumubohoza dutanga amafaranga ibihumbi 100. Bari bagiye kumwica.”

    Biteganyijwe ko muri iki gihembwe cy’ihinga, mu Rwanda hose hazaterwa ubwatsi bw’amatungo kuri hegitari 2000.

    Imisozi yo hakurya ni iyo mu Burundi
    Imisozi yo hakurya ni iyo mu Burundi


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/gutera-ubwatsi-bwinshi-bw-amatungo-bizabarinda-kurenga-umupaka-no-kugirirwa-nabi