-
- Inyubako ya Kigali Arena iherereye mu Mujyi wa Kigali




Uyu yahoze ari umupolisi muri Amerika, akaba ashinjwa kwica umwirabura George Floyd w’imyaka 46, amutsikamije ivi ku ijosi kugera ashizemo umwuka.
Guhera uwo munsi, ibihumbi by’abaturage byahise byitabira imyigaragambyo yo kwamagara ihohoterwa rikorerwa abirabura mu cyiswe ‘Black Live Matters’, bivuze ngo ubuzima bw’abirabura bufite agaciro.
Inyandiko z’urukiko zigaragaza ko Chauvin yasohotse muri gereza kuwa gatatu tariki 7 Ukwakira 2020.

Nubwo yarekuwe ariko, ngo nta burenganzira afite bwo kugira aho ahurira cyangwa ngo avugane n’abo mu muryango wa Floyd. Agomba kandi gutanga imbunda ze zose, kandi ntiyemerewe gukora akazi karebana n’umutekano mu gihe akiburanishwa.
Ben Crump, umunyamategeko uburanira umuryango wa George Floyd, yavuze ko kurekurwa kwa Chauvin ari nk’agashinyaguro, cyane ko bakiri kure ku bijyanye no kubona ubutabera kuri Floyd. Biteganijwe ko abaregwa kwica Floyd bazaburanishwa mu kwezi kwa Werurwe 2021.

Ku munsi w’ejo ni bwo umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yatangaje urutonde rw’abakinnyi 37 bagomba gutangira imyitozo, ndetse n’abandi 11 bari ku mugereka bashobora kwiyambazwa igihe icyo ari cyo cyose.

Biteganyijwe ko umwiherero w’ikipe y’igihugu Amavubi utangira kuri uyu wa Gatanu tariki 09/10 kugera tariki 19/10/2020 ubwo hazaba hasojwe icyiciro cya mbere cy’imyitozo, bagasubira mu makipe yabo ubundi imyitozo ikazongera gusubukurwa tariki 25/10/2020.
Abakinnyi b’ikipe ya APR FC igiye kumara icyumweru itangiye imyitozo, ntibazahita bitabira umwiherero w’Amavubi, aho biteganyijwe ko abahamagawe bose uko ari 11 bazasanga abandi mu cyiciro cya kabiri cy’imyitozo kizatangira tariki 25/10/2020.

Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent, yatangaje ko babiganiriyeho n’umutoza wa APR FC Adil Mohamed, bemeranya ko aba bakinnyi bazaza nyuma kuko n’ubundi imyitozo y’Amavubi izahera ku kongera imbaraga kandi no muri APR Fc bikaba biri mu byo bahereyeho.
“Ku bakinnyi ba APR FC, nagiranye ibiganiro n’umutoza wa APR FC Adil, ibyo twaganiriye biri tekinike ni ibintu byumvikanaga kuko bob amaze gutangira imyitozo, urumva ko hari urwego bamaze kugeraho kurenza twebwe n’abandi bose, urumva ntabwo byaba byiza ku muntu watangiye imyitozo ngo uhite umuhagarika, umwake abakinnyi 11 bose”
Ku bakinnyi ba AS Kigali kugeza ubu nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, bo bazatangirana umwiherero n’abandi bakinnyi bo mu makipe ataratangira imyitozo, kugeza tariki 19/10 ubwo bazasubira mu myitozo y’ikipe yabo nayo iri gutegura imikino nyafurika.
Byari biteganyijwe kandi ko kugira ngo umwiherero utangire, habanza gupima abakinnyi COVID19, hagakorwa n’ibindi bizami by’ubuzima birimo umutima, ibiro ndetse n’ibindi


Abitangaje mugihe inzu mberabyombi y’Umurenge wa Karama ndetse n’ibiro by’Umurenge wa Rukomo bihagaze kubakwa, nyuma y’ihindurwa ry’abari abanyamabanga nshingwabikorwa b’iyo mirenge.
Inzu mberabyombi y’Umurenge wa Karama yatangiye kubakwa mu mwaka wa 2015 nyuma y’ubusabe bw’abaturage bifuzaga aho gukorera inama batanyagirwa.
Ni inyubako yubakwaga ku misanzu y’abaturage aho buri muryango wari wiyemeje gutanga amafaranga ibihumbi 10.
Tuyisenge Felix Marchal, umuyobozi w’inama njyanama y’Umurenge wa Karama, avuga ko guharagara kw’imirimo yo kuyubaka byatewe no guhindura umuyobozi kuko abamukurikiye nta n’umwe wabishyizemo imbaraga, nubwo njyanama yahoraga isaba ko imirimo isubukurwa.
Ati “Imyanzuro ya Njyanama 2017, 2018 ndetse n’iyo duheruka twasabaga ko inzu yakomeza kubakwa. Urumva burya n’iyo umuntu yatangiye nk’umushinga undi muntu kuza kuwinjiramo biragorana, urebye ni nayo mbogamizi yahabaye cyane kuko aba atazi uko umushinga watangiye n’uko umeze, ariko nka njyanama dukurikirana, tubaza uko bimeze, dukora imyanzuro dutegereza ko bikorwa ubwo bikaguma gutyo nyine”.
Iyi nzu mberabyombi yahagaze nyuma y’iyimurwa ry’uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge Karengera Katabogama Alex, wajyanywe kuyobora Umurenge wa Rukomo.
Aha na ho yahatangije inyubako y’uwo murenge, yimurirwa mu wundi ituzuye. Na yo yubakwaga ku misanzu y’abaturage aho buri muryango wari wariyemeje gutanga amafaranga ibihumbi bitanu, hakaba hari hamaze gukusanywa miliyoni 38.
Umuyobozi w’inama njyanama y’Umurenge wa Rukomo Niyonsenga Isaie, avuga ko akihava inyubako yahagaze kuko amafaranga yari amaze gushira ndetse bafite n’amadeni y’ababahaga ibikoresho angana na miliyoni eshatu n’igice.
Gusa bo ngo basabye akarere kubunganira ndetse ngo ubu n’isoko ryo kuzuza iyi nyubako ryamaze gutangwa ku buryo bizeye ko izuzura vuba.
Agira ati “Karengera yaragiye imirimo irahagarara ariko yagiye tumaze gusakara, gushyira umucanga ku nkuta, inzu ikinze ndetse no hasi twarashashe ariko amafaranga amaze gushira. Twasabye akarere karatwemerera gaha agaciro igikorwa cy’abaturage kiyemeza gukora imirimo isigaye”.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian, avuga ko guhagarara kw’imirimo yo kubaka izi nyubako bitatewe no guhindura abayobozi, ahubwo byatewe n’ibura ry’amafaranga yo gukomeza imirimo rimwe na rimwe hakabamo no kwiga nabi umushinga wo kuzubaka.
Ati “Ntaho biba bihuriye ubuyobozi burakomeza, n’iriya salle twakabaye twarayikomeje ariko harimo ibibazo biba bigomba kubanza kurangira kugira ngo abantu bashobore kuba bavuga ngo niba ari cyo kihutirwa abantu bakora kuko abaturage bari bahari n’ubu barahari, hari igihe bitangira bidakorewe neza inyigo”.
Inyubako y’ibiro by’Umurenge wa Rukomo yahagaze imaze gusakarwa ndetse n’amasuku make amaze gukorwa, mu gihe inzu mberabyombi y’Umurenge wa Karama yahagaze imaze kurenga ku madirishya isigaje gushyirwaho isakaro.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian, akavuga ko nibasoza iy’ibiro by’Umurenge wa Rukomo bazareba niba koko inzu mberabyombi ari yo ikenewe cyane kurusha ibindi mu Murenge wa Karama na yo basubukure imirimo.


Pariki ya Nyungwe ubwo ibaye iya kabiri icunzwe na African Parks nyuma ya Pariki y’Akagera.
Amasezerano RDB yagiranye na African Parks azamara imyaka 20, iki ikigo kikazafasha mu gucunga ubusugire bw’urusobe rw’ibinyabuzima biba muri iriya pariki kugira ngo izagirire akamaro Abanyarwanda b’ubu n’ab’ejo hazaza.
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko ikigo ayoboye kizakorana bya hafi na African Parks, kugira ngo bakomeze guteza imbere Pariki ya Nyungwe no kongera abayisura mu rwego rw’ubukerarugendo.
Ati “Amasezerano mashya twagiranye na African Parks ni ikimenyetso cy’umubano mwiza tumaze imyaka 10 dufitanye. Tuzakomeza gukorana kugira ngo na Nyungwe turusheho kuyigira ahantu heza hakurura abahasura, kandi ibi byose bizakorwa binyuze mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima biyibamo.
Mu gukora ibi, tuzarushaho gukurura ba mukerarugendo basura iriya pariki kandi tuzakorana n’abayituriye kugira ngo bayibungabunge na yo ibagirire akamaro”.
Peter Fearnhead uyobora African Parks, we yavuze ko ikigo ayobora kiyemeje gufatanya na Leta y’u Rwanda mu kubungabunga Nyungwe, kubera ko u Rwanda rwerekanye ubushake n’ubushobozi mu kwita ku bidukikije kandi bikagirira akamaro abaturiye amashyamba n’abatuye u Rwanda muri rusange.
Pariki ya Nyungwe ibaye iya 19 muri Pariki zo muri Afurika zitabwaho n’Ikigo ‘African Parks’.
Pariki ya Nyungwe ifite ubuso bwa 1,019 km2, ituwe n’inyamaswa z’amoko atandukanye zirimo ibisabantu (primates) biri mu moko 13, inyamabere ziri mu moko 90, amoko 300 y’inyoni ndetse n’amoko 1000 y’ibimera.
Ikindi ni uko 70% by’amazi ari mu Rwanda akomoka mu masoko ava muri Nyungwe.


Charpentier na Doudna bakoze uburyo bise “ciseaux Crispr” bwabaye ingirakamaro mu buvuzi kuko budahenda, kandi bworohereza abaganga mu gukata utunyangingo ndangasano twa DNA bashaka gukosora imikorere y’utunyangingo-fatizo (Genes) itameze neza. Ubwo buryo butuma abaganga babasha no kuvura indwara zidakunze kuboneka.
Ubuvuzi bwariho mbere bwemereraga umuganga gushyira utunyangingo-fatizo tuzima mu mwanya w’utunyangingo turwaye, utuzima tukaba ari two dukora. Ubu buryo bwa Crispr bwo bukosora utunyangingo fatizo turwaye.
Si cyo gihembo cya mbere bahawe kuko muri 2015 bahawe icyitwa Breakthrough prize, muri uwo mwaka wa 2015 bahawe igihembo gitangwa n’igikomangoma cy’agace ka Asturies ko muri Esipanye gasa n’akigenga, ndetse muri 2018 bahabwa ikindi gihembo cyatangiwe muri Norvege. William Kaelin watwaye igihembo cyitiriwe Nobel mu by’ubuvuzi mu mwaka ushize wa 2019, avuga ko ubu buvumbuzi bwabo ari kimwe mu bizaranga ubuvuzi muri iki kinyejana.
Abategura igihembo cy’ubuvuzi gitangwa n’Umuryango w’Abibumbye babashyize ku rutonde rw’abashobora na cyo kuzagihabwa.
Uyu mufaransakazi Emmanuelle Charpentier w’imyaka 51 na mugenzi we Jennifer Doudna w’umunyamerikakazi w’imyaka 56 babaye itsinda rya mbere rigizwe n’abagore gusa rihawe icyo gihembo.


Ni umushinga w’itegeko rirwanya icyo Perezida Emmanuel Macron yise “ubuhezanguni bushingiye kw’idini rya Isilamu” ibi kandi bikaba byamaganwa n’umuryango w’Abibumbye (ONU) usaba ko gusuzuma ubusugi bihagarikwa.
Ishyirahamwe ryo mu Bufaransa ANCIC ritanga inama mu bijyanye no gukuramo inda rivuga ko guhagarika gukora ibi bipimo by’ubusugi bisaba umurimo ukomeye wo kwigisha abantu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa avuga ko umushinga w’iri tegeko, kuri ubu utaraganirwaho n’abanyapolitiki b’u Bufaransa, usaba ko umuganga uwo ari we wese uzatanga icyemezo cy’ubusugi azahanishwa gufungwa umwaka wose, agatanga n’ihazabu y’ibihumbi cumin a bitanu by’ama euro.
Nk’uko byatangajwe na Televiziyo y’Abafaransa yitwa France3, mirongo itatu ku ijana (30%) by’abaganga bo muri icyo gihugu bavuga ko basabwe izi mpapuro kandi ko benshi muri bo babyanze.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rivuga ko n’ubwo umuntu yaba umuhanga wo gupima akoresheje amaso cyangwa intoki adashobora kwemeza neza niba umugore cyangwa umukobwa amaze gukora cyangwa atarakora imibonano mpuzabitsina. OMS ivuga kandi ko ibi ari uburyo bwo kubangamira uburenganzira bw’abakobwa.

Ni nyuma y’inkuru yanditswe na Kigali Today tariki 01 Ukwakira 2020 ifite umutwe ugira uti “Yamaze imyaka itatu muri koma aje asanga ahari iwe haratejwe”, aho uwo mugore yasabaga ubufasha bwo kubona aho aba nyuma y’uko ahari iwe hagurishijwe n’umugabo we, nyuma yo kubeshya ko umugore we yapfuye.

Uwo mugabo ubu aritaba inzego z’ubutabera nk’uko Kigali Today yabitangarijwe na Kamanzi Axelle, Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Yirinze kubivugaho byinshi agira ati “Ni byo uwo mugabo ari gukuriranwa ngo yisobanure ku bimuvugwaho byo kugurisha inzu n’ibindi byaha yaba yarakoreye uwo bashakanye”.
Ibyo uwo muyobozi wungirije w’Akarere yatangarije Kigali Today byashimangiwe na Mukamana Jacqueline, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruhengeri aho uwo muryango wari utuye.
Yagize ati “Ni byo koko Habimana aritaba ubuyobozi ataha iwe ntabwo afunze, ni uburyo bwo kumenya neza ikibazo cyavuzwe hagati ye n’umugore we”.
Arongera ati “Uwo mugabo avuga ko uwo mugore ajya kurwara ngo bari baratandukanye, ariko hakaba hari amafaranga bari baremeje yagombaga gutanga icyo gihe akagurirwa umwana ikibanza. Ibyo byose abayobozi bari kubihuza ngo barebe ukuri kuri byo, urabona ko uriya mubyeyi yarwaye igihe kirekire bituma adakurikirana ibyo bibazo”.
Ayingeneye abayeho ate nyuma yo kuva muri koma?
Mu gushaka kumenya neza uko Ayingeneye Léonie abayeho muri iki gihe nyuma yo kuva muri koma aho yari amaze imyaka itatu arembeye mu bitaro bya Ruhengeri, Kigali Today yegereye Murekatete Delphine, Umuyobozi w’Umudugudu wa Muhe ari na we ucumbikiye Ayingeneye akaba ari na we umurwaje.
Uwo muyobozi yavuze ko uko iminsi ihita ubuzima bwa Ayingeneye bugenda buba bwiza gake gake, aho ngo ku wa kabiri tariki 06 Ukwakira 2020 ngo bagize amahirwe babona atangiye kweguka ashaka kwicara nyuma y’uko bitashobokaga.
Ati “Yarahinamiranye ku buryo mu maguru no mu maboko mbese ahantu hose harambuka cyangwa hakihina ku mubiri hameze nk’aho bashyizemo beto. Ntibyashobokaga kuba yakwicara ariko uyu munsi Imana ikoze igitangaza tubona aricaye tumufasha kurambura amaboko, ni bwo bwa mbere mbibonye. Ubundi yahoraga mu buriri washaka kumuhagurutsa akababara cyane mu mugongo no mu bikanu, yicaye bigaragara ko ari guhungabana, ariko uyu munsi rwose yicaye nk’iminota icumi. Imana yakoze ibitangaza”.
Uwo muyobozi avuga ko hari icyizere cy’uko uwo murwayi azakira, dore ko ngo bakomeje kumufasha kurambura ingingo zimwe na zimwe z’umubiri zahinamiranye.
Murekatete kandi avuga ko ngo iyo Ayingeneye abonye abamusura bimuha icyizere cy’ubuzima nyuma yuko yajyaga agaragaza ukwiheba gukabije.
Ati “Iyo hagize umusura akamuhumuriza, biramushimisha bikamuha icyizere cy’ubuzima, kandi nanjye umurwaje ngerageza kumukomeza kandi nzakomeza mufashe mu gihe cyose ngifite ubushobozi.
Arongera ati “Kugeza ubu ntabwo ndabura icyo kumuha, uyu muvandimwe ni Imana yamunzaniye nta nubwo nari mpari nari nagiye kurwaza umwana wanjye i Kigali muri CHUK numva barampamagaye, niyo mpamvu ngomba kumufasha bijyanye n’ubushobozi bwanjye, mfite dodo, sinzabura ibishyimbo abafite za butike baranyizera , nta kibazo ndagira cy’ibyo kurya ibyo mfite tuzabisangira kandi ku bubasha bw’Imana azabaho”.
Ayingeneye ngo iyo agerageje kurya, afashwa kurya imbuto n’ibindi bintu byoroshye dore ko amenyo ye adakora nyuma y’igihe kirekire yamaze atarya kubera uburwayi, ku bijyanye n’isuku akaba afashirizwa aho aryamye kuko atabasha kujya mu bwiherero.

Abo barwayi 10 babonetse mu bipimo 3,219 bakaba barimo 7 babonetse mu Mujyi wa Kigali, 2 babonetse muri Gatsibo, undi umwe aboneka muri Nyagatare.
Kugeza kuri uyu wa Gatatu mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 4,883 muri bo abamaze gukira ni 3,408 naho abakivurwa ni 1,446.
Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 29.

