Tag: featured

  • Hatangiye igeragezwa mu gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Shyaka yasobanuye uko gahunda yo gushyira abaturage mu byiciro bishya iteye
    Minisitiri Shyaka yasobanuye uko gahunda yo gushyira abaturage mu byiciro bishya iteye

    Iri gerageza, rirabera mu turere twose tw’igihugu, mu Murenge umwe n’Akagari kamwe byagiye bitoranywa, aho abaturage ubwabo ari bo baza kubigiramo uruhare, kugira ngo hirindwe amakosa yagiye agaragara mu byiciro byabanje, aho bamwe mu baturage bavugaga ko bashyizwe mu byiciro badakwiye.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Anastase Shyaka, yatangaje ko ari igikorwa cy’igerageza kibanziriza igikorwa rusange, kizakorwa mu gihugu hose.

    Mu kiganiro na RBA, Minisitiri Shyaka yagize ati “Kuri ubu hatoranyijwe Akagari kamwe, kari mu murenge umwe muri buri karere. Urubyiruko, abakorerabushake, n’izindi mpuguke zavuye ku rwego rw’Intara, zirahahurira zifashe abaturage gusobanura uko iki gikorwa kigenda”.

    Minisitiri Shyaka, avuga ko iki gikorwa kiza gukorwa hirindwa icyorezo cya Covid-19, bubahiriza amabwiriza yose yashyizweho, cyane cyane bahana intera hagati yabo. Yakomeje avuga ko ibi byiciro atari iby’ubukene ahubwo ko ari byo gutuma Abanyarwanda bamenya aho bahagaze, buri wese agasobanukirwa aho agomba gushyira imbaraga ngo yiteze imbere.

    Yagize ati: “Ibi byiciro byaganiriweho n’inzego zinyuranye zirimo abaturage, bikorwa hakurikijwe ibyifuzo byabo. Nta muntu ugomba kujya mu cyiciro yizeye ko azajya ahabwa serivisi runaka bishingiweho, kuko ubu n’umukene azajya afashwa akazamuka”.

    Abaturage bazajya bafashwa na Leta, ni abo mu byiciro bya D na E bakennye cyane, aho abo muri E bo baba akenshi banafite ubumuga buhoraho, ntacyo babasha gukora cyabateza imbere. Abo mu cyiciro cya D, bazajya bafashwa muri gahunda zizamura abaturage nka VUP, na bo bagenda bazamuka mu bukungu.

    Minisitiri Shyaka yasabye ko abaturage bose bagira iki gikorwa icyabo, kuko uruhare rwabo ari rwo rw’ingenzi, mu kwishyira mu byiciro, kuko ari bo baziranye. Yasabye abaturage kurangwa n’ubunyangamugayo batarwanira kujya mu byiciro by’abakene cyane, kuko nta serivisi bazongera guhabwa babishingiyeho, kuko n’umukene azajya afashwa kwifasha.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/hatangiye-igeragezwa-mu-gushyira-abaturage-mu-byiciro-bishya-by-ubudehe

  • Gicumbi na Heroes ziyambaje RGB ngo ibakiranure na Ferwafa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Gicumbi ndetse na Heroes zimaze iminsi zarishyize hamwe mu kugaragaza ikibazo bita akarengane cyo kuba baramanuwe mu cyiciro cya kabiri mu buryo budakurikije amategeko nk’uko bagiye babigaragaza mu bihe bitandukanye, biyambaje RGB ngo ibarenganure.

    Gicumbi yishyize hamwe na Heroes biyambaza RGB
    Gicumbi yishyize hamwe na Heroes biyambaza RGB

    Aya makipe avuga ko umwanzuro wafashwe wo kubamura udakurikije amategeko, aho mu ibaruwa y’amapaji atanu bandikiye RGB, bavuga ko ingingo ya 33 y’amategeko shingiro Komite Nyobozi ya Ferwafa bagendeyeho idajurikije amategeko kuko bari munsi y’Inteko Rusange.

    Gicumbi na Heroes kandi zivuga ko inama yahuje amakipe yo mu cyiciro cya mbere (hifashishijwe ikoranabuhanga), itahawe agaciro kandi abanyamuryango bari bemeje ko aya makipe atazamanuka

    Ibaruwa irambuye Gicumbi na Heoroes zandikiye RGB

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/gicumbi-na-heroes-ziyambaje-rgb-ngo-ibakiranure-na-ferwafa

  • Umunsi wa kane wasize amakipe azakina imikino ya 1/2 amenyekanye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Patriots BBC ishaka kwisubiza igikombe izikiranura na IPRC Kigali
    Patriots BBC ishaka kwisubiza igikombe izikiranura na IPRC Kigali

    Ayo makipe ni IPRC Kigali yabigezeho nyuma yo gutsinda UGB amanota 79 kuri 56, mu itsinda rya mbere ikipe ya REG BBC na yo yageze muri 1/2 nyuma yo gutsinda IPRC Musanze BBC 87 kuri 54.

    Nyuma yo gusoza imikino y’itsinda rya mbere (A), REG BBC iyoboye itsinda n’amanota 6/6, ikurikirwa na IPRC Kigali BBC n’amanota 5, UGB ni ya 3 n’amanota 4 mu gihe IPRC Musanze BBC iri ku mwanya wa 4 n’amanota 3.

    REG BBC na IPRC Kigali BBC zabonye itike ya ½ naho UGB na IPRC Musanze BBC zasezerewe.

    Mu tsinda rya kabiri, Patriots BBC yakatishije tike y’imikino ya 1/2 nyuma yo gutsinda IPRC Huye BBC amanota 88 kuri 75, mu gihe ikipe ya APR BBC yazamukanye na Patriots BBC nyuma yo gutsinda Espoir BBC amanota 105 kuri 78.

    Imikino ya nyuma yo gusoza imikino mu itsinda rya kabiri (B), isize Patriots BBC iyoboye itsinda n’amanota 6/6, ikurikirwa na APR BBC n’amanota 5, IPRC Huye BBC ni ya 3 n’amanota 4 naho Espoir BBC iri ku mwanya wa 4 n’amanota 3.

    Patriots BBC na APR BBC zibonye itike ya ½ naho IPRC Huye na Espoir BBC zasezerewe.

    Gahunda y’imikino ya 1/2

    Abagabo

    - REG BBC vs APR BBC

    - Patriots BBC vs IPRC Kigali BBC

    Abagore

    IPRC Huye BBC vs APR BBC

    The Hoops Rwanda vs Ubumwe BBC

    Kuri uyu wa kane ni ikirihuko, imikino ikazakomeza ku wa Gatanu muri Kigali Arena nk’ibisanzwe.

    Tubibutse ko imikino ya 1/2 n’umukino wa nyuma hazakinwa umukino umwe, ikipe izaba iya mbere mu bagabo ikazahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League, mu bagore ikipe izaba iya mbere izakina imikino y’akarere ka gatanu ( Zone 5).


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/umunsi-wa-kane-wasize-amakipe-azakina-imikino-ya-1-2-amenyekanye

  • Urukiko Rukuru rwa Nyanza ntirwaburanishije urubanza rw’abo kwa Disi n’abakekwaho kubicira abantu muri Jenoside #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo bari basohotse mu Rukiko Rukuru rwa Nyanza
    Ubwo bari basohotse mu Rukiko Rukuru rwa Nyanza

    Bahamwe n’icyaha cyo kwica muri Jenoside abana babiri bo kwa Disi Didace bakuwe mu musarane wabo muri Nyakanga 2018, ariko bahita bajuririra icyo gihano.

    Urukiko Rukuru rwa Nyanza ntabwo rwaburanishije urwo rubanza ahubwo rwavuze ko rugiye gusuzuma rukareba niba rufite ububasha bwo kuburanisha ubwo bujurire bwa kabiri, umwanzuro ukazasomwa tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

    Uru rubanza rwagombaga gutangira saa mbiri zuzuye za mugitondo, ariko saa yine ni bwo hatangiye kugeragezwa niba abaregwa bashobora kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga, nyuma ni bwo baje kumenyeshwa ko umwanzuro ku bujurire bwabo bazawutangarizwa tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

    Me Ntare Paul wunganira Devotha Kayisire wo mu muryango wa Disi Didace, avuga ko ibyakozwe n’Urukiko Rukuru rwa Nyanza bikurikije amategeko, kuko urukiko rufite ububasha bwo gusuzuma ikirego bwashyikirijwe mbere y’uko urubanza rutangira.

    Yagize ati “Urukiko rugomba gusuzuma niba rufite ububasha bwo gusuzuma ikirego rwashyikirijwe ni na ko byagenze yaba ku ruhande rw’urukiko”.

    Me Ntare yavuze uko yakiriye icyemezo cy’urukiko, ati “ku ruhande rw’Urukiko twabishimiye kubera ko ari urukiko rwakivuze mbere, kandi natwe ku ruhande rw’ubwunganizi bw’abaregera indishyi ni cyo twari twateganyije ko tuvugaho, ubwo rero byabaye mahire kubera ko twabyumvise kimwe.

    Me Ntare Paul wunganira Kayisire Devotha waregeye indishyi
    Me Ntare Paul wunganira Kayisire Devotha waregeye indishyi

    Ati “Ikigaragara rero ni uko uru rukiko rudafite ububasha bwo kwakira iki kirego kubera ko ni ikirego cyatangiriye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Busasamana, rujuririrwa mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye kugira ngo noneho ubujurire bwa kabiri bwakirirwe muri uru rukiko itegeko rifite icyo ribivugaho, ingingo ya 41 y’Itegeko rigena ububasha bw’inkiko igaragaza igihe Urukiko Rukuru rushobora kwakira ubujurire bwa kabiri mu manza nshinjabyaha”.

    Yakomeje agira ati “ni ukuvuga impamvu zose itegeko riteganya ntizari zihuje n’ikirego cy’uyu munsi, byongeye noneho hakaza n’ububasha bwihariye bw’uru rugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imbibe, ntabwo uru rukiko rufite ububasha bwo kuburanisha ubujurire bwatanzwe mu rwego rwa kabiri, ibyo byose rero iyo ubihurije hamwe usanga ari nta mpamvu yari gutuma iki kirego gisubira muri uru rukiko ari na cyo urukiko rugiye gusuzuma kugira ngo ruzagifateho umwanzuro”.

    Me Bizumuremyi Félix wunganira Musabyuwera n’umuhungu we Kayihura Cassien, yabwiye abanyamakuru ko na bo bafite icyemeza ko abana bo kwa Disi Didace batishwe n’abo mu rugo rwo kwa Musabyuwera Madeleine, bityo ko urukiko ari rwo ruzagaragaza ukuri.

    Ku kijyanye no kuba Urukiko Rukuru rw’i Nyanza rugiye gusuzuma niba rufite ububasha bwo kuburanisha ubujurire bwa kabiri bwa Musabyuwera n’umuhungu we Kayihura Cassien, uyu munyamategeko yavuze ko nibidakunda bazasaba ko rwongera kuburanishwa.

    Ati “icyo twakurikizaho twakwitabaza gusubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane kuko ubundi ibimenyetso ni byo byivugira, twashaka inzira y’amategeko twanyura kugira ngo barenganurwe”.

    Kayisire Devotha wo mu muryango wa Disi Didace waregeye indishyi, we yatangarije abanyamakuru ikintu cyamubabaje kurusha ibindi.

    Yagize ati “Ku isi ikintu cyambabaje ubwa mbere ni Jenoside, ariko ibyo nakorewe mu nkiko birenze Jenoside kuko nabonye ari nko kunyica urubozo, byarambabaje cyane hari n’igihe kigera umuntu akumva yabuze icyo avuga (afatwa n’ikiniga)”.

    Kayisire Devotha umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu muryango wa Disi Didace
    Kayisire Devotha umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu muryango wa Disi Didace

    Ati “Ndahera ku mibiri idashyinguwe kugeza uyu munsi biturutse ku buhamya bw’uwahoze ari Gitifu w’Umurenge wa Kibirizi witwa Habineza Jean Baptiste wavuze ko mu musarane wo kwa Musabyuwera hakuwemo umubiri umwe, kandi hari ibimenyetso simusiga ndetse n’abatangabuhamya ko havuyemo imibiri ine”.

    Kayisire yanenze Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana i Nyanza rwagize abere abakekwaho kwica abana babo bakabata mu musarane, ashimira Urukiko Rwisumbuye rwa Huye nyuma rwabakatiye igihano cyo gufungwa burundu, nubwo umushinjacyaha yanze gukora inyandiko yo gutuma batabwa muri yombi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/urukiko-rukuru-rwa-nyanza-ntirwaburanishije-urubanza-rw-abo-kwa-disi-n-abakekwaho-kubicira-abantu-muri-jenoside

  • Nyagatare: Ingona yagaragaye ku nkengero z’Umuvumba yateye abaturage impungenge #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muhire Filippe avuga ko afitiye impungenge abana kuko kenshi bakoresha uyu mugezi bashaka amazi yo gukoresha mu ngo ndetse n’amatungo.

    Ati “Urabona uyu mugezi kenshi abana baza kuhavoma amazi akoreshwa mu ngo, bahuhira inka ndetse banajyamo bakoga. Urumva ni ikibazo gikomeye”.

    Umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima Ngoga Telesphore, avuga ko ingona ari inyamanswa y’amahoro abaturage batayisagariye ntacyo yabatwara.

    Avuga ko atari ubwa mbere igeze muri uwo mugezi ahubwo igishya ari uko igaragaye ku nkengero zawo.

    Asaba abaturage bakoresha amazi y’umugezi w’Umuvumba n’abahuhira amatungo kujya bakoresha ahantu bareba inkombe zose.

    Agira ati “Nibayiha amahoro irahava, ntivutse uyu munsi ahubwo igishya ni uko ari bwo igaragaye. Abavoma n’abahuhira amatungo bajye babanza kureba ko impande zose z’umugezi bazireba neza”.

    Ubwo twakoraga iyi nkuru tumenye ko imaze gusubira mu mazi mu gihe inzego z’umutekano zari zihanganye n’abaturage baje gushungera.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/nyagatare-ingona-yagaragaye-ku-nkengero-z-umuvumba-yateye-abaturage-impungenge

  • Kigali: Umugabo afunzwe akekwaho gukoresha inyandiko mpimbano akiba uruganda amabati ya miliyoni 29 Frw #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi umugabo witwa Ntitenguha Arnaud, ukurikiranweho gukoresha inyandiko mpimbano akiba amabati afite agaciro ka 29.000.000 Frw mu ruganda rwitwa TEMBO ruherereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-umugabo-afunzwe-akekwaho-gukoresha-inyandiko-mpibano-akiba-uruganda

  • Imanga yashoboraga kurindimura Umujyi wa Huye iri kubakwa mu mushinga wa miliyari 3 Frw #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwatangiye ibikorwa byo kubaka umwobo munini watewe n’inkangu iri ahitwa mu Rwabayanga nyuma y’uko bigaragaye ko ishobora kurindimura igice kimwe cy’umujyi kikiroha mu manga.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imanga-yashoboraga-kurindimura-umujyi-wa-huye-iri-kubakwa-mu-mushinga-wa

  • Iturufu ishimwa na OMS yafashije u Rwanda guhangana na COVID-19 #rwanda #RwOT

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryashimye uko u Rwanda rukomeje kwitwara mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ku buryo ubwandu mu baturage bukomeje kugabanyuka cyane.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/oms-yashimye-uko-u-rwanda-rukomeje-kwitwara-mu-guhangana-na-covid-19

  • RIB yafunze ukekwaho kwiba amabati mu ruganda akoresheje impapuro mpimbano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ayo mabati yafatiwe aho yari yagiye kuyahisha mu Karere ka Nyanza.

    Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane n’abandi bagize uruhare muri ubu bujura, hanakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rib-yafunze-ukekwaho-kwiba-amabati-mu-ruganda-akoresheje-impapuro-mpimbano

  • Hari gutekerezwa uko buri muryango wakorora nibura inkoko eshanu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubworozi bw
    Ubworozi bw’inkoko bwa Mbarushimana wo mu Karere ka Ruhango

    Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi izarangirana na 2024, buri muryango woroye inkoko eshanu n’andi matungo magufi arimo n’ingurube, kuko ngo ari yo yororoka vuba akaba yatanga inyama n’amajyi ku igaburo ryuzuye ku baturage.

    MINAGRI itangaza ko ku bworozi bw’inkoko, ituragiro rya Rubirizi ryamaze gutangiza gahunda yo gukorana n’abarihagarariye hirya no hino mu gihugu, kugira ngo batangire kubaha imishwi yo korora kugira ngo na bo bayigurishe abaturage.

    Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Geraldine Mukeshimana, avuga ko ibyo bizafasha guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi kandi bikagira n’uruhare mu guteza imbere imiryango.

    Agira ati “Ituragiro rya Rubiriza ryamaze kugirana masezerano n’abarihagarariye ngo batangire korora iyo mishwi aho abaturage baza kuyigura bitabagoye, turifuza ko icyerecyezo 2024 kizarangira nibura buri rugo rworoye inkoko eshanu”.

    Ati “Ituragiro rikoranana n’umuturage utwara imishwiri ku mafaranga 1,350frw rikamuha imiti n’inkingo zayo, na we akajya kuyirera ku buryo nyuma y’ukwezi kumwe n’igice atangira kuwugurisha nibura ku 2,000frw, iyo mishwi igeze ku gihe cy’ibirwana iba ishobora gutora kandi ntirwaragurika”.

    Aborora inkoko babonamo inyungu ihagije ariko baracyahura n’imbogamizi

    Mbarushimana Valens worora inkoko z’amagi mu Karere ka Ruhango, avuga ko ku nkoko 6,000 yorora abona umusaruro uhagije kuko ku munisi umwe ashobora gusaruro amagi asaga 2,000 akamufasha kwiteza imbere no kunoza imirire mu muryango no mu baturanyi.

    Mbarushimana yereka Minisitiri Mukeshimana umusaruro w
    Mbarushimana yereka Minisitiri Mukeshimana umusaruro w’amagi

    Mbarushimana avuga ko umworozi w’inkoko ahawe ubwishingizi buhwanye n’ubushobozi bwe kugira ngo nihaba ikibazo abashe kugira ikimugoboka byarushaho kuba byiza, naho ku kijyanye n’ibyo kurya by’inkoko agasaba Leta gushyira imbaraga mu kugira ubuhunikiro bwabyo kuko bitumizwa hanze, kuko iyo bibuze usanga bibateza igihombo.

    Agira ati “Urabona korora inkoko 6,000 ni nyinshi cyane kuba nta bwishingizi igihe zapfira rimwe byakugora kongera kwegura umutwe, turasaba Leta ko yadufasha kubona ubwinshingizi bw’inkoko bujyanye n’ubushobozi bwacu bwo kororora inkoko”.

    Umukozi w’Akarere ka Ruhango ushinzwe ubworozi Rugwizangoga Dieudonné, avuga ko abahagarariye ituragiro rya Rubirizi batangiye gukoranana n’abaturage, aho abagera kuri 24 batangiye korora imishwi y’umunsi umwe ku bufatanye na Kompanyi yitwa ‘Uzima’ ku buryo nibura inkoko ibihumbi 10 zinjira mu karere.

    Avuga ko abaturage bagiye korora izo nkoko bazigura hagati y’amafaranga 1,900frw na 2,200frw kuri imwe, kandi nyuma y’amezi atandatu umuturage na we aba ashobora kuyigurisha hejuru ya 5,000frw cyangwa zigatangira gutera akabona amagi.

    Inkoko zemerewe ubwishingizi kuri nkunganire

    Rugwizangoga avuga ko umworozi w’inkoko ahabwa ubwishingizi kuri nkunganire ya Leta, aho nibura umworozi ufite hejuru y’inkoko 100 ahabwa ubwishingizi ku nkoko zikuze.

    Minisitiri Mukeshimana yasuye ibikorwa by
    Minisitiri Mukeshimana yasuye ibikorwa by’ubworozi bya Mbarushimana mu Karere ka Ruhango worora inkoko 6000 agasarura nibura amagi 2000 ku munsi

    Avuga ko inkoko ikuze ihabwa agaciro ka 5,000frw, ikishyurirwa kuri 5.5% ni ukuvuga ko umworozi yishyura 275 ku mwaka, ariko akishyura gusa 60% angana na 165frw naho Leta ikamwishyurira 40% angana na 110frw.

    Rugwizangoga avuga ko nibura mu kwezi kumwe ubu mu Karere ka Ruhango hari kwinjira inkoko hafi ibihumbi 10, ku buryo ashishikariza abaturage kwitabira ubworozi bwazo kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

    Avuga ko ku kijyanye n’ibyo kurya byazo, ikilo kimwe kiri hagati ya 300frw na 350frw, bikaba bihenze ugereranyije n’ibigenda ku nkoko, akavuga ko impamvu ibyo kurya byazo bihenda biterwa n’ubundi n’umusaruro muke ku buhinzi kuko bikorwa mu binyampeke n’ibinyamisogwe birimo soya n’ibigori.

    Icyakora ngo MINAGRI iri gukoranana n’inganda zibikora ngo harebwe uko zarushaho gukora byinshi kandi byujuje ubuziranenge, ibyo bikajyana no kongera umusaruro w’ubuhinzi, ngo hari kandi inyigo iri gukorwa yo kugira uruganda rwa buri karere rukora ibiryo by’amatungo.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/hari-gutekerezwa-uko-buri-muryango-wakorora-nibura-inkoko-eshanu