
Tag: featured
-
Polisi yafashe umucuruzi wa magendu ashaka gutanga ruswa ya miliyoni (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Abo bacuruzi bafatanywe magendu
Polisi ivuga ko umwe muri abo bacuruzi yashatse guhita atanga ruswa ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo arekurwe.
Izo magendu zafatiwe mu iduka ry’umucuruzi umwe ari na we washatse gutanga ruswa ngo arekurwe, mu gihe abandi basa n’aho ari bo bamugemuriraga izo magendu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, yavuze ko magendu imunga ubukungu bw’igihugu, bityo ko polisi idateze kwihanganira abayicuruza.
-
- Yashatse gutanga amafaranga ngo arekurwe

Reba muri iyi Video uko uwafashwe atanga ruswa abisobanura

-
-
RURA yatangaje ibiciro bishya by’ingendo bivuguruye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Ibyo biciro biratangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23/10/2020.
Dore uko ibyo biciro bihagaze:


-
Menya byinshi kuri Gatera Rudasingwa wamamaye nka ‘Rasta’ (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Rasta Gatera Rudasingwa ngo ntazibagirwa Padiri Fraipont Ndagijimana wamureze akiri muto
Hari abazi uwitwa Rasta ariko batazi ko ubusanzwe yitwa Gatera Rudasingwa, akaba ari umugabo uri mu kigero cy’imyaka 66.
Yavutse ari muzima ariko aza kugira ubumuga bw’amaguru akiri muto, umupadiri witwa Charles Ndekwe wari uziranye na Padiri Fraipont Ndagijimana amujyana mu kigo cy’abafite ubumuga i Gatagara kuko ari we wagishinze.
Ibi byabaye ubwo ababyeyi be bari barahunze bakajya i Burundi agasigara mu Rwanda, ni ho yarerewe ndetse aranahakurira amenya no gukora amaradiyo ndetse aza no kumenya gukora ibijyanye n’ubukorikori.
Ibi ni byo byaje gutuma ajya i Burundi, Kenya , Uganda no mu Burayi, akomeza gukora ubucuruzi bwo kugurisha ibikozwe mu bukorikori bwa Afurika (Objets d’art Africains).
Rasta yaje gufungwa ubwo yari anyuze mu Rwanda agana i Burundi afite amafaraga menshi maze yose barayamutwara
Yagize ati “Nanyuze ku kibuga cy’indege i Kanombe nka transit baramfata bajya kumfungira kuri kasho yari iri inyuma y’ibiro bya Habyarimana, nari mfite amafaranga menshi, amadorari ibihumbi 20 n’andi menshi. Nafunzwe n’uwitwa Kamanzi aho bita kwa Lizinde, ngo se na we yari ashinzwe ikibuga cy’indege. Bari banyitiranyije n’uwitwa Gatera ngo wari uwo kwa Rubangura w’Umunyenyanza”.
Rasta akomeza avuga ukuntu baje gusanga baramwibeshyeho hanyuma wa mugabo wamufunze akamuha amadorari 100 na tike y’indege, maze akamujyana ku kibuga cy’indege agataha.
Yaje gushinga ate ikigo cya Mulindi Japan One Love?
Ubwo urugamba rwo kubohora igihugu rwari rushyushye baje gukora fundraising (gukusanya imisanzu) ku Mulindi w’intwari, buri wese yiyemeza icyo azakora nibaramuka bafashe igihugu, we yiyemeza kuzakora ikigo cyizatanga inyunganirangingo ku buntu.
Yagize ati “Jyewe nemeye ko nzatanga inyunganirangingo ku bantu bazaba barakomerekeye ku rugamba, abakomerekejwe na Jenoside n’abandi kandi nkabikora ku buntu”.
Ageze mu Rwanda ni bwo yahise ashinga ikigo cya ‘Mulindi Japan One Love’, iri zina rikaba rikomoka ku isezerano yagiriye ku Mulindi ndetse akaza kurongora umugore w’Umuyapanikazi, ‘One Love’ bikaba bituruka ku rukundo akunda Bob Marley.
Yagize ati “Mulindi bisobanura aho nagiriye isezerano, naje guhura n’umugore tubana nyuma yo gutandukana n’uwo twabyaranye mujyana kwiga ibijyanye n’inyunganirangingo imyaka itanu mu Buyapani, ni we nitiriye Japan hanyuma rero kuko nkunda cyane Bob Marley bivuze One Love”.
Rasta yogoshwe imisatsi ye inshuro ebyiri mu buzima bwe
-
- Rasta yemeza koa amadiredi akomoka mu Rwanda
Gatera Rudasigwa avuga ko yakunze cyane imisatsi y’amaderedi akaba yarayigize akiri muto, yaje kuyogoshwa ubwo yari agiye gushyingirwa mu rwego rwo kutababaza ba nyirasenge n’abandi batari bahuje imyemerere, ndetse yongera kuyikatwa ubwo yari afunzwe.
Rasta mu buryo butangaje yemeza ko amaderedi akomoka mu Rwanda, ndetse ko na ba Bob Marley bayakomoye mu Rwanda. Rasta avuga ko abantu benshi bazi ko abarasta bakunda kunywa urumogi gusa avuga ko we atigeze arunywa na rimwe.
Gatera ni umufana wa Kiyovu kuva kera, ariko yaretse kujya ku bibuga nyuma yo gukubitwa n’abasirikare bafanaga Pantheres Noirs muri Camp Kigali, akaba areba umupira kuri televiziyo gusa.
Gatera asaba urubyiruko gukunda umurimo bakawitangira bakirinda ibibarangaza, agasaba ababyeyi kudateshuka ku nshingano zabo bakamenya ko gukunda abana babo atari ukubagira bajeyi, bakamenya kubacyaha igihe ari ngomba.
Rasta akomeje urugamba rwo gufasha abafite ubumuga, kuri ubu akaba ari kubaka ikindi kigo ku Kimihurura nyuma y’uko icyo yari afite ahazwi nko kwa Rasta hasenywe kuko hari hubatse mu gishanga.
Reba Video y’ikiganiro Gatera yagiranye na Kigali Today

-
-
Dore uko gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe byakozwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Ibi byiciro bikaba byaragizwe bitanu aho kuba bine nk’ibyari bisanzwe, aho abafite amikoro menshi bahabwa inyuguti ya A, kugera ku bakeneye ubufasha bwa Leta bahabwa inyuguti ya E.
Icyiciro cya A kirimo urugo rwinjiza amafaranga arenze ibihumbi 600 ku kwezi, cyangwa ubutaka burenga hegitare 10 mu cyaro na hegitare imwe mu mujyi.
Icyiciro cya B kirimo ingo zinjiza amafaranga hagati y’ibihumbi 65-600 buri kwezi, cyangwa ubutaka guhera kuri hegitare imwe kugera kuri hegitare 10 mu cyaro, na metero kare 300 kugera kuri hegitare imwe mu mujyi.
Icyiciro cya gatatu C kirimo ingo zinjiza buri kwezi amafaranga kuva ku bihumbi 45 kugera kuri 65,000, cyangwa izifite ubutaka kuva ku gice cya hegitare kugera kuri hegitare imwe mu cyaro, na metero kare 100 kugera kuri 300 mu mujyi.
Icyiciro cya kane D kibarurirwamo urugo rwinjiza munsi y’amafaranga ibihumbi 45 ku kwezi, cyangwa ubutaka buri munsi ya 1/2 cya hegitare mu cyaro no munsi ya metero kare 100 mu mujyi.
Icyiciro cya gatanu cya E kigizwe n’abadafite ahantu na hamwe bavana imibereho kandi bageze mu zabukuru, cyangwa abafite ubumuga, uburwayi bukomeye, abana b’impfubyi, ndetse n’urugo ruyobowe n’umuntu ukiri umunyeshuri.
Abakozi ba LODA bakoreye i Gicumbi, bari kumwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze muri ako Karere, bahereye mu Mudugudu wa Kabira, Akagari ka Gatwaro mu Murenge wa Rutare, babanza gusobanurira abaturage imiterere y’ibyiciro bishya ndetse n’uburyo Leta igamije kubyifashisha mu gukora igenamigambi.

Umudugudu ugabanywamo amatsinda mato mato yitwa amasibo, abashinzwe ibarura bakabanza guhamagara buri muturage wa buri sibo, hagakurikiraho gutangira kubaza amakuru buri muntu wagaragaje ko ahari.
Uwitwa Ndori ufite imyaka 70 y’ubukure, avuga ko adashoboye gukora, ariko ko afite umugore ufite imyaka iri munsi ya 55 ukora imirimo ya nyakabyizi imuhemba amafaranga atagera ku bihumbi 45 ku kwezi.
Bafite inka ebyiri z’inyarwanda n’ubutaka buri muri ako gace k’icyaro, buri munsi ya kimwe cya kabiri cya hegitare.
Ndori yasubizaga ushinzwe ibarura wifashishaga telefone irimo ikoranabuhanga ryabugenewe, amaze kubazwa telefone ihita itanga igisubizo iti “Uru rugo rwujuje ibisabwa kugira ngo rushyirwe mu cyiciro cya D”.
Ubarura yahise abaza Ndori n’abaturanyi be niba hari icyo babivugaho bakurikije amakuru yatanzwe, na bo bati “Ayo makuru ni impamo”, ndetse na nyiri ubwite avuga ko nta kibazo afite na kimwe.
-
- Gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe birakorerwa mu masibo babarizwamo ku buryo nta n’umwe utahana ingingimira
Mugiraneza Augustin ufite ubutaka burenze igice cya hegitare (metero kare 769), ni umukozi wa Leta uhembwa amafaranga arenze ibihumbi 100, akaba avuga ko iyo ashyize hamwe n’umugore we, bombi binjiza amafaranga arenze ibihumbi 300 buri kwezi.
Ati “Jyewe nta pfunwe mfite ryo kujya mu cyiciro cya kabiri B, abana banjye bashobora kwiga bakarangiza na kaminuza”.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Félix, avuga ko kubarurira abaturage ku rwego rw’isibo aho buri muntu aba ari kumwe n’abaturanyi be ndetse n’umuyobozi wabo, bitakorohera uwabaruwe kujya mu cyiciro kitamukwiriye.
Ndayambaje yagize ati “Ntawavuga ko atagira inka cyangwa ngo abwire ubarura ko atagira munsi y’urugo hari abaturanyi be n’umuyobozi w’isibo, kandi bazi neza ko afite hegitare z’amashyamba”.
Uyu muyobozi akomeza avuga ko urugo rufite umukobwa wabyariye iwabo usigaye yitunze, cyangwa umugabo n’umugore batasezeranye, buri muntu ashobora kwemererwa kugira icyiciro cya wenyine cyangwa kubarurwa ku babyeyi be ariko akabanza gutanga amakuru ku mutungo yifitiye we bwite.
-
- Ndayambaje Félix uyobora Akarere ka Gicumbi
Icyakora mu rwego rwo kwirinda kwihesha icyiciro kitamukwiye ari umugore cyangwa umugabo ufite uwo bashakanye wishoboye, urwo rugo rutegekwa kubanza gusezerana imbere y’amategeko.
LODA irateganya gusoza ishyirwa mu byiciro ry’abaturage mu kwezi kwa Mutarama 2021, nyuma yaho mu kwezi kwa kabiri akaba ari bwo ibyo byiciro bishya bigomba gutangira gukoreshwa.

-
-
#Covid-19: Mu Rwanda abakize ni 5, habonetse abandi barwayi bashya 5 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Abo barwayi bashya 5 babonetse mu bipimo 2,051 bakaba bose babonetse muri Kigali.
Kugeza kuri uyu wa Kane, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,017 muri bo abamaze gukira ni 4,803 naho abakivurwa ni 180.
Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.


-
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’Abasenateri bashya (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Perezida Kagame yavuze ko yizera ko Abasenateri bashya bazanye ubunararibonye n’amaraso mashya azafasha mu kugera ku ntego igihugu cyiyemeje.
Yibukije Abasenateri ko bahagarariye Abanyarwanda, bakaba bakwiye gukora bazirikana ibyifuzo by’abaturage.
Yavuze ko gukorera u Rwanda bisaba ubwitange mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije u Rwanda ahanini bishingiye ku mateka igihugu cyanyuzemo.
Ati “Kuri twe aho tuva ni kure n’aho tujya ni kure, birumvikana rero ko ibyo twitezweho ari byinshi.”

Perezida Kagame yagaragaje ko muri urwo rugendo hataburamo imbogamizi zaba izo mu gihugu imbere ndetse n’imbogamizi zihuza ibihugu.
Yagaragaje ko hari n’imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19, ariko ko atari umwihariko w’u Rwanda, dore ko icyorezo cyageze n’ahandi ku isi, ariko avuga ko u Rwanda n’Abanyarwanda bakomeje gukora ibishoboka byose ngo bahangane n’ingaruka zacyo, ari na ko bakomeza kucyirinda.
Kuba iki cyorezo cyaraje cyiyongera ku bindi bibazo Igihugu gifite, Umukuru w’Igihugu yavuze ko iyo ibibazo bibaye byinshi n’abantu bagomba gukuba inshuro nyinshi imbaraga bakoresha mu guhangana na byo.

Umuhango wo kurahira kw’abo basenateri wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga amategeko, witabirwa cyane cyane n’abagize imitwe yombi y’Inteko ishinga amategeko, abagize Guverinoma n’abandi bayobozi bakuru mu nzego nkuru za Leta.
Abasenateri barahiye ni batandatu. Barimo bane bashyizweho n’Umukuru w’Igihugu ari bo Kanziza Epiphanie, Prof Dusingizemungu Jean Pierre, Twahirwa André na Uwizeyimana Evode.
Abandi babiri barahiye bashyizweho n’ihuriro ry’Igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politike, ari bo Mugisha Alexis na Mukakarangwa Clotilde.
Aba basenateri batandatu basanzemo abandi 20 bo bamaze umwaka muri Sena.
Muri uyu muhango kandi, Perezida Kagame yakomoje no ku kibazo cy’ibiciro by’ingendo mu modoka za rusange kimaze iminsi kitavugwaho rumwe. Kanda HANO usome inkuru irambuye.
Andi mafoto:
Senateri Uwizeyimana Evode-
- Senateri Mugisha Alexis
Senateri Kanziza Epiphanie
Prof Dusingizemungu Jean Pierre-
- Senateri Twahirwa André
-
- Senateri Mukakarangwa Clotilde

Amafoto: Village Urugwiro

-
-
Hyundai yahaye u Rwanda ibikoresho byo guhangana na #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Muramira Jean Paul (ibumoso) wari uhagariye Hyundai na Darius Uzabakiriho (iburyo) wari uhagarariye Ministeri y’ubuzima mu muhango wo kwakira ibyo bikoresho
Kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, ikigo cya Hyundai kibinyujije kuri Minisiteri y’Ubuzima, cyatanze ibikoresho bizifashishwa mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku cyicaro cy’ishami rya Hyundai mu Rwanda.
Muri ibyo bikoresho byatanzwe, harimo udupfukamunwa ibihumbi 25, ndetse n’imyambaro 1,000 yabugenewe yambarwa n’abaganga mu rwego rwo kwirinda COVID-19.
Darius Uzabakiriho wari uhagarariye Ministeri y’ubuzima wakiriye ibi bikoresho, yashimye ikigo cya Hyundai ku bw’iki gikorwa, aho avuga ko n’ibigo by’abikorera bikenewe mu rwego rwo gutanga umusanzu mu guhangana na Coronavirus.
Yagize ati “Ministeri y’Ubuzima yishimiye ibi bikoresho, biraza gufasha mu kurwanya iki cyorezo. Twabonye ko ari igikorwa cyiza Hyundai iri gukora ku isi yose n’u Rwanda turishimye. Urabona ko ibi bikoresho bizafasha no kurinda abaganga, turashimira abafatanyabikorwa badufasha muri uru rugamba.”
Yongeyeho ati “Turishimye ko n’abikorera by’umwihariko nka Hyundai bari guhuriza hamwe imbaraga na Leta mu guhangana n’iki cyorezo, turizera ko ibi bikoresho bizadufasha cyane, hamwe n’izi mbaraga zishyizwe hamwe, turizera ko iki cyorezo tuzagitsinda burundu.”
Uwari uhagarariye Hyundai mu Rwanda, Muramira Jean Paul, yatangaje ko iyi ari gahunda Hyundai Motor Company yiyemeje gukora mu bihugu 37 byo mu Burasirazuba bwo hagati ndetse na Afurika, avuga ko ari intangiriro ariko ko bazakomeza gufatanya na Leta mu guhangana na COVID-19.
Muramira ati “Mu bihe nk’ibi bikomeye bya COVID-19, Hyundai ntiyakwicara idafasha ibihugu bitandukanye ku isi mu kurwanya iki cyorezo cya Coronavirus, ni yo mpamvu nk’uko byagenze no mu bindi bihugu, nka Hyundai ifite icyicaro muri Koreya yohereje ibikoresho byo gufasha bakora ibikorwa by’ubuzima binyuze muri Minisiteri y’Ubuzima, ni yo mpamvu twatanze utu dupfukamunwa ndetse n’imyambaro izafasha abita ku barwayi ba Coronavirus.”
Ati “Ni ubwa mbere dutanze ibi bikoresho, ariko dukomeje guhangana n’iki cyorezo, tuzakomeza gufatanya na Minisiteri y’Ubuzima dutanga ibikoresho bitandukanye, kugeza iki cyorezo tugitsinze burundu.”

-
-
Abanyamuryango ba Rayon Sports batumiwe mu nama idasanzwe yo gutora abayobozi bashya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Ubuyobozi bw’inzibacyuho bwa Rayon Sports bwamaze gutumiza inama y’inteko rusange idasanzwe, iteganyijwe kuri uyu wa Gatadatu muri Lemigo Hotel.
-
- Abakunzi ba Rayon Sports baramenya ubuyobozi bushya kuri uyu wa Gatandatu
Mu itangaza ryashyizweho umukono na Murenzi Abdallah uyobora Komite y’inzibacyuho, abanyamuryango ba Rayon Sports bamenyeshejwe ko kuri uyu wa Gatandatu ari bwo bazishyiriraho ubuyobozi bushya, ndetse bakanemeza amategeko mashya.
Ubutumire ndetse n’amabwiriza azagenga amatora


-
-
Polisi yafashe umucuruzi wa magendu ashaka gutanga ruswa ya miliyoni #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Abo bacuruzi bafatanywe magendu
Polisi ivuga ko umwe muri abo bacuruzi yashatse guhita atanga ruswa ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo arekurwe.
Izo magendu zafatiwe mu iduka ry’umucuruzi umwe ari na we washatse gutanga ruswa ngo arekurwe, mu gihe abandi basa n’aho ari bo bamugemuriraga izo magendu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, yavuze ko magendu imunga ubukungu bw’igihugu, bityo ko polisi idateze kwihanganira abayicuruza.
-
- Yashatse gutanga amafaranga ngo arekurwe


-










