Tag: featured

  • Hahishuwe ko Trump agifite konti muri banki yo mu Bushinwa #rwanda #RwOT

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika afite konti ya banki mu gihugu cy’u Bushinwa ndetse ayitangira imisoro mu gihe yakunze kunenga imikoranire y’ibihugu byombi mu by’ubucuruzi.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/hahishuwe-ko-trump-agifite-konti-muri-banki-yo-mu-bushinwa

  • Safi Madiba yashyize hanze indirimbo nshya iri kuri Album amaze imyaka itatu akoraho #rwanda #RwOT

    Niyibikora Safi wamaze no gufata izina rya Madiba yasohoye indirimbo nshya yise “Sound”, izaba iri kuri Album amaze imyaka itatu akoraho.

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/nkunda-aga-sound-kawe-safi-madiba-mu-ndirimbo-ye-nshya-iri-kuri-album-amaze

  • Padiri Ubald Rugirangoga yanduye Coronavirus #rwanda #RwOT

    Padiri Ubald Rugirangoga uzwi mu bikorwa byo gusengera abarwayi, yanduye Coronavirus aho ubu akomeje kwitabwaho n’abaganga.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/padiri-ubald-rugirangoga-yanduye-coronavirus

  • Gatsibo: Abatarabona ubutaka i ‘Yerusalemu’ barizezwa kububona vuba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abatuye i Yerusalemu bavuga ko bashoboye gukora ahubwo babuze ibishoro
    Abatuye i Yerusalemu bavuga ko bashoboye gukora ahubwo babuze ibishoro

    Abitangaje mu gihe bamwe mu miryango 17 itarabona ubwo butaka ivuga ko ibayeho nabi, harimo guhora mu buyobozi basaba imfashanyo nyamara bashoboye gukora.

    Umudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri abawutuye bahimbye Yerusalemu umaze imyaka hafi itatu utuwe. Watujwemo imiryango itishoboye yakuwe mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo ndetse n’imiryango y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.

    Imwe muri iyi miryango yamaze guhabwa ubutaka bwo guhinga ku buryo ibayeho neza, ariko ngo hakaba indi itarabona aho gukubita isuka itunzwe no guca incuro.

    Mukandayisenga Elina avuga ko bimugora kubona ibitunga abana be batandatu adafite ubutaka abatungiramo dore ko nta n’umugabo agira.

    Bishimira ko inka bahawe zabyaye abana babonye amata yo kunywa
    Bishimira ko inka bahawe zabyaye abana babonye amata yo kunywa

    Ati “Ubundi igihe cy’ihinga dukorera abaturage umubyizi ni 600 ariko nk’ubu bamaze gutera imbuto ntitubona aho dukora. Mbere twajyaga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro tugasenya inkwi tukazigurisha Kabarore tukabaho”.

    Akomeza agira ati “Ubu Gabiro batubujije gusubiramo gusenya, ubu duhora mu buyobozi dusaba inkunga y’ibiribwa nyamara dushoboye gukora, tubonye ubutaka twabaho neza”.

    Mukandayisenga Elina avuga ko mu gihe hataraboneka ubutaka bwo guhingaho babashakira amafaranga y’inguzanyo ubuyobozi bwamaze kwigira umushinga, kuko bashoboye kuyakoresha kandi bagatunga imiryango yabo neza.

    Ati “Mu by’ukuri dushoboye gukora, uwaduha ibyo dukora twakora, uwatuguriza amafaranga twacuruza mu gihe ubutaka butaraboneka, uwatwigira nk’undi mushinga mu gihe ntacyo turageraho twakora, ni ukuri ntitwananiwe gukora ahubwo twabuze ibishoro”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko ku miryango 46 ituye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Yerusalumu, imiryango 17 yonyine ari yo yari itarabona ubutaka bwo guhingaho, gusa ngo bwamaze kuboneka ku buryo bari hafi kubuhabwa.

    Ariko nanone ngo harimo abatishoboye badashoboye no gukora ku buryo bazakomeza guhabwa inkunga y’ingoboka ndetse n’izindi mfashanyo.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko ubutaka bwamaze kuboneka hasigaye kububagabanya

    Agira ati “Harimo abakecuru batahinga tugomba kuzajya dufasha kugira ngo babone uko babaho, hari n’abashobora guhinga, ubu hari ibisigara bya Leta twamaze kubona, igisigaye ni ukugenda tukabibagabanya nibura buri muntu akabona kimwe cya kabiri cya hegitari”.

    Gasana Richard akomeza avuga ko n’abadafite ubushobozi ntawe uzabaho nabi hari ubuyobozi ndetse n’abaturanyi.

    Ati “Udafite ingufu zo guhinga na we ni inshingano zacu hari abo dushyira muri VUP bagahabwa inkunga y’ingoboka, hari abo duha ibiribwa bihoraho, hari abo duha abafatanyabikorwa bakabafasha, ni ubufatanye nta Munyarwanda ugomba kubabara hari abandi Banyarwanda”.

    Kuba bose batarabona ubutaka ngo harimo bamwe bamaraga kubuhabwa nyuma bukabona abari barabuhawe mbere bakabusubirana.

    Icyakora nubwo bamwe mu batuye i Yerusalemu bavuga ko batabona ifunguro uko bikwiye bitewe no kutabona ubutaka, bishimira ko bahawe inka abana bakaba banywa amata, kwegerezwa amashuri y’abana ndetse n’ivuriro.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gatsibo-abatarabona-ubutaka-i-yerusalemu-barizezwa-kububona-vuba

  • Shelter Afrique igiye kubaka amacumbi 10 000 i Kinyinya #rwanda #RwOT

    Ikigo Nyafurika cy’Ishoramari, Shelter Afrique, gikora mu bikorwa bijyanye no guteza imbere imiturire cyemeje ko kigiye gutangiza umushinga wo kubaka amacumbi agezweho i Kinyinya mu Karere ka Gasabo, uzasiga hubatswe amacumbi ibihumbi icumi.

    source https://igihe.com/amakuru/article/shelter-afrique-igiye-kubaka-amacumbi-10-000-i-kinyinya

  • Drones zitagira abapilote zimaze gutwara amashashi y’amaraso ibihumbi 63 mu myaka ine #rwanda #RwOT

    Mu myaka ine indege zitagira abapilote zitangiye gutwara amaraso n’imiti mu Rwanda, zimaze gukora ingendo zisaga ibihumbi 37 aho zatwayemo amakarito 7500 y’imiti n’andi ibihumbi 63 y’amaraso hirya no hino mu gihugu.

    source https://igihe.com/ubuzima/article/drones-zitagira-abapilote-zimaze-gutwara-amashashi-y-amaraso-ibihumbi-63-mu

  • Umunya-Misiri yaciye agahigo ko kuba umukinnyi ukuze ku Isi wabigize umwuga #rwanda #RwOT

    Umunya-Misiri, Ezzeldin Bahader, yahawe igihembo cya Guinness des Records nyuma yo guca agahigo ko kuba umukinnyi ukuze cyane ku Isi wabigize umwuga.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/umunya-misiri-yaciye-agahigo-ko-kuba-umukinnyi-ukuze-ku-isi-wabigize-umwuga

  • Suède: Hamaze gutangwa ibyangombwa 48 byemerera abantu gusabiriza #rwanda #RwOT

    Nyuma y’umwaka mu Mujyi wa Eskilstuna muri Suède hatangijwe uburyo bwo gusabiriza bwemewe n’amategeko, abantu 48 nibo bamaze guhabwa ibyangombwa.

    source https://igihe.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/suede-hamaze-gutangwa-ibyangombwa-48-byemerera-abantu-gusabiriza

  • Guverinoma ya Amerika yajyanye Google mu nkiko #rwanda #RwOT

    Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatanze ikirego irega Google iyishinja kubangamira ihangana risesuye ku isoko.

    source https://igihe.com/ikoranabuhanga/article/guverinoma-ya-amerika-yajyanye-google-mu-nkiko

  • Polisi yerekanye abiyitaga abapolisi bagakora perimi z’impimbano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo berekwaga itangazamakuru ku cyicaro cya polisi yo mu Mujyi wa Kigali, uwitwa Kalinijabo Francois yemeye ko afatanyije na bagenzi be bakoraga Perimi mpimbano. Avuga ko ari akazi yashishikarijwemo n’uwitwa Murenzi Hamdun ari na we wari umuyobozi w’itsinda.

    Yagize ati “Mu bihe bya COVID-19 igihe abantu bari batangiye kuva mu rugo, nahamagawe na Murenzi Hamdun ambwira ko amfitiye akazi. Yatangiye ambwira ko namufasha gushaka umuntu ukora photocopy ya za Perimi, nahise mpamagara mushuti wanjye Bora Adam ni we wari ufite imashini izikora”.

    Kalinijabo akomeza avuga ko ari we wahise aha akazi Bora Adam, ko kujya akora photocopy ya za perime mpimbano. Kalinijabo yabwiye itangazamakuru ko Bora yamuciye amafaranga ibihumbi bitanu kuri photocopy imwe, Kalinijabo yasubiye kwa Murenzi Hamdun amubwira ko Bora yamuciye ibihumbi 10 kuri photocopy imwe.

    Uzamukunda Philomene avuga ko na we yahawe akazi na Murenzi Hamdun, bakorana yiyita umupolisikazi ufite ipeti rya CIP. Uzamukunda avuga ko Murenzi yamuhamagaraga iyo habaga habonetse umukiriya bagiye guha Perimi mpimbano.

    Ati “Murenzi yampaye akazi avuga ko icyo nzajya nkora ari ukujya ampamagara njyewe aho ndi nkavuga nti “munyure ku marembo y’inyuma”. Ushaka perime iyo yazaga, Murenzi yampamagaraga anyita afande nanjye nkitaba, nkamubwira nti uwo muntu mubwire anyure ku marembo y’inyuma. Iyo byarangiraga Murenzi yampaga amafaranga ibihumbi 10”.

    Uyu Murenzi wari ukuriye itsinda ni na we wohererezaga abantu ubutumwa bugufi kuri telefoni zabo ababwira ko batsindiye impushya zo gutwara ibinyabiziga. Ni na we wabashakaga bakanamwishyura, iri tsinda ryafashwe rimaze gukorera abantu 42 perimi mpimbano.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera, yavuze ko bariya bantu bakoze ibyaha bitandukanye birimo gukora impapuro mpimbano, kwiyita abapolisi kandi atari bo no gushuka abaturage bakabambura amafaranga yabo.

    Yakanguriye Abaturarwanda kwirinda umuntu wese ubashuka ababwira ko atanga serivisi izo ari zo zose, nyamara zitangwa n’inzego za Leta zizwi ndetse zinafite uburyo buzwi zitangwamo.

    Ati “Bariya bantu bahindanyije isura ya Polisi y’u Rwanda biyita abapolisi batanga impushya zo gutwara ibinyabiziga. Polisi igira uburyo itangamo impushya zo gutwara ibinyabiziga, itanga amatangazo abantu bagakora ibizamini ubitsinze akishyura amafaranga azwi ubundi agahabwa uruhushya rwe”.

    Yasabye abantu kujya bihutira gutanga amakuru hakiri kare igihe cyose bahuye n’abantu nk’abo b’abambuzi. Yanabibukije ko umuntu wese ufatwa akoresha ibyagombwa by’ibihimbano na we afatwa nk’umufatanyacyaha mu gukoresha impapuro mpimbano.

    CP Kabera yibukije abantu ko Polisi y’u Rwanda itazahwema gukurikirana abantu nka bariya ndetse n’abandi banyabyaha. Yasabye undi wese waba afite umugambi nk’uwa bariya bafashwe kubireka kuko amaherezo na we azafatwa.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 276 havuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y’ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3,000,000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5,000,000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 279 havuga ko umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300,000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

    Ni mugihe ingingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3,000,000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5,000,000 FRW).

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/polisi-yerekanye-abiyitaga-abapolisi-bagakora-perimi-z-impimbano