Tag: featured

  • Bugeshi: Bijejwe ko ikibazo cy’amazi meza kiri hafi gukemuka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage ba Bugeshi bafata amazi avuye ku mabati akabikwa mu myobo
    Abaturage ba Bugeshi bafata amazi avuye ku mabati akabikwa mu myobo

    Tariki 19 Ukwakira 2020, ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangiye ubukangurambaga ku isuku mu ngo hamwe no kuzirika ibisenge mu kwirinda ibiza biterwa n’umuyaga.

    Abaturage baganiriye na Kigali Today, bavuga ko bazi akamaro k’isuku ariko hari ibyo badashobora kugeraho kubera kutagira amazi meza.

    Uwimana ni umubyeyi w’imyaka 41. Avuga ko ibikorwa byo kwita ku isuku abikora mu rugo rwe, ariko ikibazo cy’amazi meza cyo adashobora kukibonera igisubizo mu gihe amazi y’imvura yashize.

    Agira ati “Ibyo batubwira turabyumva, kugira ingarani birakwiye, kugira ubwiherero ni ihame mu kugira isuku, ariko natwe hari ibyo tudashoboye kugeraho kuko tudafite amazi meza”.

    Uwimana avuga ko umurenge wabo batagira amazi meza kuko bakoresha amazi y’imvura kuva mu kwezi kwa Mutarama kugera mu Kuboza.

    Amazi abikwa mu bitega abaturage bakoresha, hari igihe aba asa nabi kubera kumaramo igihe no kujyamo imyanda
    Amazi abikwa mu bitega abaturage bakoresha, hari igihe aba asa nabi kubera kumaramo igihe no kujyamo imyanda

    Ati “Nta mazi meza tugira kuko n’ayo bigeze kuzana ya ‘Aqua Virunga’ tuyasanga ku birometero 7, kandi na yo aboneka gakeya, n’iyo aje abantu batonda umurongo bayashaka kugeza agiye, ibyo bituma dukoresha amazi y’imvura dushyira mu bitega”.

    Ibitega ni imyobo abaturage bacukura ku mazu bagashyiramo shitingi hakajyamo amazi y’imvura igihe iguye.

    Kubera uburyo abaturage bayabika, hari aho usanga haragiyemo imyanda myinshi, ahandi ugasanga amazi yahinduye ibara kubera gusaza n’imyanda yagiyemo, gusa nta yandi mahitamo abaturage bafite uretse kuyakoresha kugera no kuyanywa.

    Mukandayisenga Jocelyne, avuga ko afite igitega ashyiramo amazi menshi ndetse avomera n’abaturage, gusa ngo ntiyayanywa atayatetse mu kwirinda indwara zikomoka ku isuku nke.

    Gasaza ni umugabo wubatse mu Kagari ka Buringo, avuga ko uretse kuba hakonja ngo no gukaraba no kwisukura kenshi ntibabikora kugira ngo barondereze amazi.

    Ishimwe Pacifique, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho y’abaturage, avuga ko iki kibazo cy’amazi kiri hafi gukemuka.

    Ishimwe Pacifique aganirariza abaturage ku kwita ku isuku
    Ishimwe Pacifique aganirariza abaturage ku kwita ku isuku

    Agira ati “Turabizi ko nta mazi bafite, ariko ikibazo gikiye gukemuka, uruganda rwa Gihira nirumara kubakwa ruzohereza amazi mu Mujyi wa Gisenyi, asigaye yoherezwe mu gice cy’icyaro mu Mirenge ya Bugeshi, Busasamana na Mudende hamwe n’Imirenge ya Kanama na Nyundo”.

    Uyu muyobozi avuga ko abaturage bagomba kwihangana, icyakora akavuga ko bagomba guteka amazi banywa mu kwirinda indwara zituruka ku isuku nke, kugira ubwiherero bupfundikiye n’ingarani.

    Ishimwe asaba abaturage kujya bazirika amazu kugira ngo birinde ko umuyaga ubasenyera, akavuga ko aho guhora basenyerwa bagahabwa amabati, ahubwo bakwirinda ko amazu yabo agurukanwa n’umuyaga.

    Kuva mu kwezi ka Kanama 2020, mu Karere ka Rubavu, umuyaga umaze gutwara amazu 40, ikiza gikunze kwibasira inyubako mu Murenge wa Bugeshi.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/bugeshi-bijejwe-ko-ikibazo-cy-amazi-meza-kiri-hafi-gukemuka

  • Fireman yiteguye gukora ibishoboka byose akabaho nk’umuntu utari icyamamare #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Fireman wamenyekanye nk’umwe mu bagize itsinda rya Tough Gang, kuri ubu uri kuririmba wenyine, yaganiriye na KT Radio avuga ku buzima bwe akiri mu itsinda, uko yakoresheje ibiyobyabwenge akaza gufungwa, n’uko ubuzima bwe bumeze nyuma yo kugaruka mu muziki.

    Avuga ko yatangiye kunywa urumogi akiga mu mashuri yisumbuye akabona ntacyo bimutwara. Ati “Muri secondaire narabinywaga ariko nkabona ntawe twanduranya kandi no mu ishuri nkatsinda, byatumye nkomeza kugeza aho navuye ku rumogi nkatangira kunywa heroin na cocaine”.

    Umunsi avuga ko yabonye biri guta umurongo, ngo ni igihe amafaranga yatangiye kumushiraho

    Ati “Umunsi nabonye ko bikabije ni igihe nakoze akazi nkahembwa miliyoni enye nta mezi abiri yashize ntangira kuguza. Kuko ubusanzwe nakoreshaga nka 100,000frw muri weekend kuko urumogi ntago rwahendaga.

    Cocaine yaguraga 50,000frw heroine ari 25,000frw byo byari bihenze, icyo gihe rero amafaranga yose nabonaga nayajyanaga mu biyobyabwenge. Byaragiye biba bibi akazi karananira nkajya nkorera amafaranga yo kugura ibiyobyabwenge gusa”.

    Muri 2018 yajyanywe Iwawa mu kigo ngororamuco, avuga ko biri mu bihe mu buzima byamukomereye ariko byatumye agaruka mu buzima.

    Agira ati “Ni ahantu hatoroshye kuba ariko narahabaye ndashima Imana ko ntasibiye nyuma y’umwaka umwe nkavayo”..

    Avuga ko akigerayo abantu bose bashakaga kureba Fireman kuko yari azwi bituma ubuzima bumukomerera.

    Kimwe mu bintu yifuza ni uko yabaho ubuzima busanzwe nk’abandi bose, akabaho atari icyamamare.

    Ati “Kera nkiri umwana numvaga nakora ibishoboka byose ngo menyekane ariko kuri ubu natanga ibyo mfite byose ngo mbihindure. Kuko abantu bakunda byacitse, iyo umuntu akoze ibyiza ntabwo babyitaho, ariko iyo ukoze ikibi bahita babisamira hejuru birengagije ko turi abantu kandi umuntu yakosa igihe icyo aricyo cyose. Ubu ndi kwaguka ndashaka gushinga umuryango kandi sinshaka ko nahora mvugwa mu bibi mu gihe bibaye”.

    Kuri ubu Fireman yagarutse mu ruhando rwa muzika aho amaze gushyira indirimbo ebyiri hanze, iyitwa ‘Ibanga ry’ubuzima’ ari kumwe na P Fla na Cash Bello, ndetse n’indi yitwa ‘Ni neza’ ari kumwe n’itsinda rya Symphony.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/fireman-yiteguye-gukora-ibishoboka-byose-akabaho-nk-umuntu-utari-icyamamare

  • Gatsibo: Abana 46 barasambanyijwe mu gihe cyo kwirinda icyorezo cya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko batangije ubukangurambaga bugamije kurandura isambanywa ry’abana

    Gusa ngo batangiye ukwezi k’ubukangurambaga ku miryango, abayobozi batandukanye ndetse n’inzego zose bireba, ku buryo iki kibazo cyahagarara ndetse n’ababahohotera bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

    Ati “Ku bufatanye n’inzego z’ubuzima, abana 46 ni bo tumaze kubarura, ntabwo ari bakeya kuko baza basanga abandi benshi dusanganywe. Gusa hari ingamba twafashe zirimo ubukangurambaga ku miryango, abayobozi, abanyamakuru, inzego zose bireba, kugira ngo badufashe guhangana n’iki kibazo. Harimo no gushakisha ababahohotera ndetse n’abatorotse bagaruka tukabafata tukabashyikiriza ubutabera”.

    Ubwo yari mu Karere ka Gatsibo kuri uyu wa 19 Ukwakira 2020, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Amb. Solina Nyirahabimana, yasabye abaturage gufasha Leta guhangana n’ikibazo cy’abana baterwa inda.

    Yavuze ko igihugu cyakemuye ibibazo byinshi kandi bikomeye kurusha icyo gusambanya abana, bityo ko buri wese yumvise uburemere bwacyo cyacika burundu.

    Yagize ati “Gusambanya abana, kubatera inda, Intara y’Iburasirazuba iza ku isonga, Akarere ka Gatsibo iteka kaba karwanira umwanya wa gatatu cyangwa uwa kabiri, byagombaga kudutera ipfunwe ndetse n’isoni tukabifatira ingamba tugahagurukira kubirwanya kandi duhereye mu mizi, kandi ni mu miryango”.

    Amb. Nyirahabimana akomeza agira ati “Hari intambara nyinshi u Rwanda rwatsinze, ndahamya ko na hano mu Karere ka Gatsibo hari ibibazo cyangwa intambara karwanye na zo kakazitsinda, mubona iki kibazo cy’amakimbirane mu miryango no gusambanya abana cyakenera inkunga ituruka mu mahanga? Ntitube ntibindeba, ikitagenda tukigaragaze.

    Imibare iheruka gutangazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), igaragaza ko mu mwaka wa 2019-2020, abana 4,265 basambanyijwe muri bo 831 baterwa inda.

    Iyi mibare kandi igaragaza ko mu gihe cyo kwirinda icyorezo cya COVID-19 imibare yagabanutse.

    Guhera muri Mutarama kugera muri Werurwe mbere ya Guma mu Rugo, abana 1,537 ni bo basambanyijwe. Mugihe cya Guma mu Rugo guhera muri Werurwe kugera muri Kamena hasambanywa 864. Naho guhera muri Kamena kugera muri Kanama, Guma mu Rugo ikuweho habarurwa abana 1,310 basambanyijwe.

    RIB ivuga ko abakunze kugaragarwaho gusambanya abana harimo ababyeyi b’abo b’abagabo, ba nyirarume cyangwa ba se wabo, abafitanye isano n’umuryango, inshuti zabo, abaturanyi, abashumba n’abakozi bo mu rugo cyangwa abashinzwe kurera abana.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gatsibo-abana-46-barasambanyijwe-mu-gihe-cyo-kwirinda-icyorezo-cya-covid-19

  • Twashyize imbere ishoramari mu ikoranabuhanga, kuko hari ibibazo ryadufasha gukemura – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavuze ko gukoresha ikoranabuhanga bizafasha kwihutisha no kunoza imikoranire
    Perezida Kagame yavuze ko gukoresha ikoranabuhanga bizafasha kwihutisha no kunoza imikoranire

    Ibi Perezida Kagame yabivuze ku wa Gatatu tariki 21 Ukwakira 2020, mu kiganiro cyateguwe n’Ihuriro Mpuzamahanga ku Bukungu (World Economic Forum), cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Icyo kiganiro kandi cyanitabiriwe na Perezida w’ n’Ihuriro Mpuzamahanga ku Bukungu, Borge Brende, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, ndetse na Perezida wa Colombia Iván Duque Márquez.

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko guteza imbere ikoranabuhanga, haba mu guhanga udushya ndetse no mu bumenyi ngiro, bizafasha guhanga imirimo mishya mu rubyiruko, atari mu Rwanda gusa, ahubwo no ku mugabane wa Afurika muri rusange.

    Yagize ati “Hari ibibazo byinshi ikoranabuhanga ryadufasha gukemura no gushakira ibisubizo, ari na yo mpamvu twashyize imbere ishoramari mu ikoranabuhanga n’ibikorwa remezo bijyana na ryo. Guhuriza hamwe ubushake bw’u Rwanda, kwimakaza ishoramari mu ikoranabuhanga no kuriteza imbere ku mugabane wa Afurika, byari ukugira ngo duhuze iyo gahunda kugira ngo tutagira aho twongera gusigara inyuma”.

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko guhuza amabwiriza n’imigenzereze mu kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika, bizafasha kwihutisha no kunoza imikoranire, hashyirwa mu bikorwa amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika.

    Ati “Urwego rw’abikorera rukomeje gushishikarizwa kugira uruhare mu ishoramari rikenewe n’ubumenyi, kuko twari dufite iki cyerekezo cyagutse atari mu Rwanda gusa, ahubwo no guhuza iryo shoramari rya buri gihugu, no kugira ngo tugire iterambere rihuriweho”.

    Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamni Netanyahu, na we watanze ikiganiro, yavuze ko kugira ngo uwo muvuduko w’iterambere mu ikoranabuhanga utange umusaruro ku baturage, ari uko hagomba kuzazirikanwa ibijyanye no kongera umutekano mu ikoreshwa ry’iryo koranabuhanga, ariko hakanimakazwa ubufatanye bw’amahanga.

    Perezida Kagame ndetse n’abandi batanze ibiganiro, bose bahurije ku buryo icyorezo cya Covid-19 n’ingamba zo kukirwanya byasigiye isomo ibihugu byinshi ku bijyanye no guhanga udushya mu ikoranabuhanga, bikaba byaranazamuye ubwitabire mu gukoresha iryo koranabuhanga mu mitangire ya serivisi.

    Gusa nanone imibare y’ Ihuriro Mpuzamahanga ku Bukungu (World Economic Forum), igaragaza ko 9% gusa by’ibigo ku isi, ari byo bikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu kwigisha hifashishijwe Iyakure, gukoresha imashini (robots) mu nganda no mu mitangire ya serivisi, cyangwa se imashini bakoreshaho intoki gusa (touch screens).

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ishoramari/article/twashyize-imbere-ishoramari-mu-ikoranabuhanga-kuko-hari-ibibazo-ryadufasha-gukemura-perezida-kagame

  • Ikibazo cy’ibiciro by’ingendo cyangezeho – Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika yagarutse ku kibazo cy’ibiciro by’ingendo aho abantu bamaze iminsi bavuga ko ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zihenze, na we koko avuga ko ari ikibazo gifite ishingiro.

    Ati “Maze iminsi mbona abantu batakamba ku kibazo cy’ingendo ko bibahenda iyo bava ahantu bajya ahandi. Icyo ni ikibazo kubera ko na none nyine umuntu akurikije amateka y’iki cyorezo duhanganye na cyo, uko tugenda tugisohokamo, dutera intambwe, ntabwo ibintu byose byahera ko bisubira uko byari bimeze.”

    Perezida wa Repubulika akomeza agira ati “Ni nako icyo usaba abantu na cyo cyaba kiganisha muri uko kwiyubaka, gutera intambwe kurusha guhera imbere, ugahera aho ugeze ukagerageza gutera imbere.”

    Perezida wa Repubulika yijeje ko ibyo bibazo biri bwigweho harebwe ibishoboka.
    Ariko na none yavuze ko n’ubwo abantu binubira ibiciro by’ingendo, kuba bagenda ahubwo ari indi ntambwe yatewe kubera ko mbere ntawagendaga.

    Ati “Ariko na none bivuze ko aho abantu kumva ko kugenda bibahenda bibabangamiye ubwo na yo ni intambwe twateye kubera ko aho tuva ni uko ahubwo ntawari ukwiye kuba agenda. Ubu twavuye aho tutagendaga, tugeze aho tugenda ariko bikatuvuna ubwo turashaka ikibazo aho kiri kugira ngo abantu bashobore kugenda hanyuma na cyo dushake umuti wacyo ariko icyo kiroroshye kurusha uko twicaraga mu rugo ntìtugire aho tujya ahubwo.”

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ikibazo-cy-ibiciro-by-ingendo-cyangezeho-perezida-kagame

  • Abagore bakunze guhishira ihohoterwa ribakorerwa, bigatuma ridacika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagaragarijwe ibyavuye mu bushakashatsi ku ihohoterwa rikorerwa abagore muri Diyosezi ya Gikongoro babwiwe ko abagore bahohoterwa bakabigira ibanga
    Abagaragarijwe ibyavuye mu bushakashatsi ku ihohoterwa rikorerwa abagore muri Diyosezi ya Gikongoro babwiwe ko abagore bahohoterwa bakabigira ibanga

    Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bagore 1,800, harimo 1,260 bo muri Diyosezi gaturika ya Goma n’iya Bukavu zo muri RDC na 540 bo muri Diyosezi ya Gikongoro n’iya Cyangugu mu Rwanda.

    Mu byo bwagaragaje, harimo ko ku bagore babajijwe mu bihugu byombi, 58% bemeje ko bakorewe urugomo mu magambo, ku mubiri cyangwa ku buryo mpuzabitsina, ibyo babikorerwa mu nzira, mu muhunda, cyangwa mu modoka zitwara abagenzi.

    Hagaragajwe kandi ko abagore 54% bagiriwe urugomo nta muntu bigeze babibwira, abagerageje kuvuga ni 27% babivuze hashize umwanya, 12% babivuga hashize iminsi, naho 4% babivuze bitinze.

    Mu Rwanda, ku bagore 100 bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku kazi cyangwa ku ishuri, 8 bonyine ni bo babibwiye umuntu ushinzwe ibyo bibazo, 92 ku 100 basigaye babibwiye abantu bashobora kubagirira akabanga.

    Jean Baptiste Ruzigamanzi, Umuhuzabikorwa wa Komosiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyosezi gaturika ya Gikongoro, avuga ko mu mpamvu babonye abagore bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku kazi cyangwa mu modoka bagaceceka, harimo kubera ko hari ibyo baba basezeranyijwe abandi bikaba kwanga kwivamo.

    Ati “Aravuga ati ubwo nabikorewe mu bwihisho, reka noye gutuma isi yose ibimenya, noye gutuma umugabo wanjye abimenya, noye gutuma umusore wari kuzandambagiza abimenya. Nyamara ibi ntibituma ihohoterwa ricika, ahubwo biryongerera umurego”.

    Mu bindi byagaragaye muri ubu bushakashatsi harimo kuba abagore babuzwa uburenganzira no kwisanzura. Urugero ni uko ku Banyarwandakazi babajijwe, 35% bemeje ko bahatirwa n’abagabo babo uko bagomba kwambara, gusokoza cyangwa kwitwara mu bantu. Muri Kongo abagore bikorerwa ni 50 ku 100.

    Muri iki gihe hakunze kuvugwa uburinganire bw’umugabo n’umugore bwo, Abanyarwandakazi 8 ku 100 babajijwe basanga iby’uburinganire bw’umugore n’umugabo byarasubiye irudubi, kuko abagabo babo aho kububaha barushijeho kubahohotera.

    Abakoze ubushakashatsi basanga kuba abagabo bima ijambo abagore ahanini bifatira ku muco.

    Ruzigamanzi ati “Ni ikibazo, kuko usanga hari abagabo babigenderaho bakanabyishongora cyane, bagaragaza ko ‘amafuti y’umugabo ari bwo buryo bwe’, ukibaza ukuntu amafuti yaba n’uburyo. Abagabo ugasanga baritwaza ngo akagabo gahumura katababuye, ugasanga arabigendera akabishimangira…”.

    Kuba abagore ahanini usanga bateze byose ku bagabo babo na byo ngo usanga biri mu bituma batagira ijambo mu rugo. Ni yo mpamvu Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Gikongoro iteganya ko mu byo izakora mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore, harimo no kubafashwa kwikura mu bukene nk’uko bivugwa na Padiri Joseph Nayigiziki, umuyobozi w’iyi komosiyo.

    Ati “Iyo umugore ari umukene, ntacyo yinjiza mu rugo, umugabo arushaho kumusuzugura no kumuhohotera. Ariko iyo afite aho amaze kugera, na we amuha ijambo, ni yo mpamvu twatangiye gutekereza ukuntu twakangurira abagore kwigira”.

    Ibi bijyana no kubabumbira mu matsinda azatuma barushaho gutera imbere, bakazagera aho bakagira rya jambo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abagore-bakunze-guhishira-ihohoterwa-ribakorerwa-bigatuma-ridacika

  • Inyubako nshya twujuje ni igisubizo ku mitangire ya serivise inoze – Mayor Nzamwita #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni ibiro bigiye kuzura bitwaye miliyari imwe n
    Ni ibiro bigiye kuzura bitwaye miliyari imwe n’igice

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burishimira inyubako nshya y’ibiro by’akarere igiye kuzura, aho ngo igiye kuruhura abakozi b’akarere batagiraga aho batangira serivise hanoze.

    Mu kiganiro Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias yagiranye na Kigali Today, yavuze ko abakozi bari bamaze igihe kinini bakorera mu nyubako itajyanye n’igihe, aho yakoreraga mu cyahoze ari ibiro bya Komini Nyarutovu, ahantu yemeza ko ari hato kandi hatari n’ibikoresho bihagije birimo ubwiherero n’ibindi.

    Yagize ati “Icyo iyi nyubako ije gukemura, birumvikana ni ikibazo cya za biro, abakozi ntabwo bagiraga ahantu bakorera kubera ko abenshi bakoreraga ahantu mu cyumba kimwe nta bwisanzure hatameze na neza, ni mu nyubako yahoze ari Komine Nyarutovu nta toilettes, ntaki…, byari ibibazo bikomeye none ubu bigiye gukemuka, serivise zirimo nka Njyanama babonye aho bakorera”.

    Uwo muyobozi avuga ko iyo nyubako izaba yuzuye ku itariki 21 Ugushyingo 2020, avuga ko igihe bihaye kitadindiye gusa Rwiyemezamirimo uyubaka byabaye ngombwa ko bamwongereyeho amezi abiri, bitewe n’ibibazo byatejwe na COVID-19. Avuga ko icyo gihe bahaye Rwiyemezamirimo yasabwe kucyubahiriza.

    Meya Nzamwita avuga kandi ko nubwo ako karere gasanzwe ku mwanya mwiza mu mitangire ya serivise, aho muri Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) mu mitangire ya serivise, Akarere ka Gakenke kari ku mwanya wa gatatu mu turere 30, bazarushaho kunoza serivisi.

    Ati “Iyi nyubako ni igisubizo mu mitangire ya serivise inoze, kandi dusanzwe duhagaze neza cyane cyane ko ejo RGB yagaragaje ko Akarere ka Gakenke kari ku mwanya wa gatatu mu bijyanye no gutanga serivise nziza, ubu kuba tubonye inyubako noneho ni akarusho mu kunoza serivise, kugeza ubwo abaturage duha serivise bazadushyira ku mwanya wa mbere”.

    Mu bindi byatumye ubuyobozi butekereza kubaka iyo nyubako inogeye imitangire ya serivise, ngo ni n’uburyo bwo gutanga urugero ku baturage biteguye gushora imari mu mujyi wa Gakenke, bubaka inzu zijyanye n’igihe.

    Abaturage na bo bagaragarije Kigali Today ko banyotewe no kwakirira serivise muri ibyo biro aho umwe witwa Hategekimana Cyprien, yagize ati “Birashimishije kuba twiyujurije ibiro, ahandi wabonaga bakorera mu nyubako nto kandi zitajyanye n’igihe tugezemo, kandi muri Gakenke turi abantu basobanutse bazi no gukora, iyi nyubako iryoheye ijisho”.

    Abayobozi banyuranye basuye iyo nyubako, Rwiyemezamirimo abizeza ko azayibamurikira kuri 21 Ugushyingo 2020
    Abayobozi banyuranye basuye iyo nyubako, Rwiyemezamirimo abizeza ko azayibamurikira kuri 21 Ugushyingo 2020

    Mugenzi we ati “Biteye ishema kuba natwe Abanyagakenke tubonye inyubako igezweho, wageraga mu tundi turere wareba aho bakirira abantu n’uburyo bakorera mu nyubako nziza ukumva bigukoze ahantu. Abayobozi bacu mu karere tubaziho gucisha bugufi no kutwumva bakadukemurira ibibazo, ubwo babonye aho bakorera heza birarushaho”.

    Uwo muyobozi arasaba abaturage kwisanzura muri iyo nyubako agira ati “Icyo twabwira abaturage ni uko iriya nyubako ari iyabo, nibayisanzuremo baze bayihererwemo serivise, cyane cyane ko intego y’akarere kacu ari ugutanga serivise nziza, haba ku karere haba mu mirenge n’ahandi hose hatangirwa serivise. Ni ibiro byubatse neza, nibatugane babyisanzuremo ugize n’ikibazo cyo kutabona serivise atubwire tumufashe”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/inyubako-nshya-twujuje-ni-igisubizo-ku-mitangire-ya-serivise-inoze-mayor-nzamwita

  • Perezida Kagame yakiriye indahiro z’Abasenateri bashya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavuze ko yizera ko Abasenateri bashya bazanye ubunararibonye n’amaraso mashya azafasha mu kugera ku ntego igihugu cyiyemeje.

    Yibukije Abasenateri ko bahagarariye Abanyarwanda, bakaba bakwiye gukora bazirikana ibyifuzo by’abaturage.

    Yavuze ko gukorera u Rwanda bisaba ubwitange mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije u Rwanda ahanini bishingiye ku mateka igihugu cyanyuzemo.

    Ati “Kuri twe aho tuva ni kure n’aho tujya ni kure, birumvikana rero ko ibyo twitezweho ari byinshi.”

    Perezida Kagame yagaragaje ko muri urwo rugendo hataburamo imbogamizi zaba izo mu gihugu imbere ndetse n’imbogamizi zihuza ibihugu.

    Yagaragaje ko hari n’imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19, ariko ko atari umwihariko w’u Rwanda, dore ko icyorezo cyageze n’ahandi ku isi, ariko avuga ko u Rwanda n’Abanyarwanda bakomeje gukora ibishoboka byose ngo bahangane n’ingaruka zacyo, ari na ko bakomeza kucyirinda.

    Kuba iki cyorezo cyaraje cyiyongera ku bindi bibazo Igihugu gifite, Umukuru w’Igihugu yavuze ko iyo ibibazo bibaye byinshi n’abantu bagomba gukuba inshuro nyinshi imbaraga bakoresha mu guhangana na byo.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/perezida-kagame-yakiriye-indahiro-z-abasenateri-bashya

  • Leta yashoye miliyari 31.9Frw mu mushinga wo kurengera ibidukikije mu Mayaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibiti by
    Ibiti by’imihumuro bizwiho kugira imbaho nziza ni bimwe mu bizaterwa

    Ni umushinga uterwa inkunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), n’Ikigo mpuzamahanga cy’ibidukikije (GEF), ugashyirwa mu bikorwa na REMA ndetse n’ikigo cy’igihugu cy’amashyamaba (RFA).

    Uwo mushinga watekerejwe mu rwego rwo kongera ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije kuko byagaragaye ko Amayaga asa n’asatira kuba ubutayu kubera kutagira ibiti, bityo hakaboneka imvura nke, na yo iyo iguye ikangiza byinshi kubera isuri itagira ikiyitangira kuko imisozi yambaye ubusa.

    Ibikorwa uwo mushinga uzibandaho ni ugutera ibiti by’ishyamba, iby’imbuto ziribwa, gutera ibiti bivangwa n’imyaka, gutera ibiti ku mihanda no ku nkombe z’imigezi, gukora amaterasi y’indinganire, guha bamwe mu baturage imbabura za rondereza no kubaha amatungo magufi kugira ngo biteze imbere, bikazakorerwa mu turere twa Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara.

    Abaturage bishimira ko babonye akazi mu itegurwa ry
    Abaturage bishimira ko babonye akazi mu itegurwa ry’ingemwe z’ibiti

    Muri rusange uwo mushinga uzamara imyaka itandatu, ufite intego yo kuzatera ibiti bivangwa n’imyaka ku buso bwa hegitari 7,410 hakazaterwa kandi amashyamba asanzwe ku buso bwa hegitari 909.2 ndetse hakazanaterwa ibiti 77,194 by’imbuto ziribwa, hakazasubiranywa kandi amashyamba y’abaturage ku buso bwa hegitari 500 kugira ngo yongere umusaruro.

    Imirimo izakorwa mu gihe cyose uwo mushinga uzamara izakorwa n’abaturage ari na bo bagenerwabikorwa, bikaba biteganyijwe ko uzatanga imirimo hafi ibihumbi 150, ingo 7,500 zikazafashwa mu bworozi kugira ngo zihaze mu biribwa zinjize n’amafaranga, na ho imiryango ibihumbi 60 ikazubakirwa amaziko arondereza ibicanwa, anagabanya imyuka mibi yoherezwa mu kirere.

    Kuri ubu ibikorwa by’uwo mushinga byaratangiye, aho mu turere uzakoreramo hatunganyijwe ingemwe z’amoko atandukanye z’ibiti bigiye gutangira guterwa muri uku Kwakira. Ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’uwo mushinga mu turere twa Kamonyi na Ruhango, Songa Remy, yasobanuye aho imirimo igeze.

    Yagize ati “Ubu turimo kwihutisha itegurwa ry’ingemwe, kandi ibiti bizaterwa byizweho ku buryo twizeye ko bizakura. Ibiti by’ishyamba tuzatera inturusu za ‘Microcoris’ ziberanye n’aka gace, ibivangwa n’imyaka ni gereveriya, cyane ko zihanganira imvura nke ndetse n’ibindi byose turimo kubyihutisha ku buryo gutera bizarangirana n’Ukuboza kuko kano gace kagira imvura nke”.

    Gereveriya zivangwa n
    Gereveriya zivangwa n’imyaka zigeze igihe cyo guterwa

    Abaturage na bo bishimiye ibikorwa by’uwo mushinga kuko ngo hari ubwo bakeneraga gutera ibiti bakabura ingemwe, kikaba ari igisubizo kuko bagiye kongera gutera ibiti bizakemura ikibazo cy’ibura ry’imvura, nk’uko Zigiranyirazo wo mu Murenge wa Ntongwe muri Ruhango abivuga.

    Ati “Hano iwacu imvura ntikigwa neza kubera ibura ry’ibiti, ariko ubwo uyu mushinga ugiye kuduha ingemwe tuzabitera ku bwinshi. Kera mu kwezi kwa cyenda abana batangiraga ishuri twararangije gutera ibishyimbo, none ubu intabire ziraho benshi ntituratera kuko imvura yabuze, gusa hari bake bateye kuko iguye nka kabiri ari nke ariko ntibiramera, ni ikibazo”.

    Uwo mugabo w’imyaka 57 y’amavuko, avuga ko kera Amayaga yari afite amashyamba n’ibyatsi bya kimeza, imvura igwa neza bakeza, ariko ngo uko abaturage baguraga ubuhinzi ni ko bagiye bayatema batera imyumbati, ibijumba, ibishyimbo n’ibindi ariko ntibatere ibindi biti.

    Biteganyijwe ko hazaterwa ibiti bitanga imbaho nk’inturusu, filao, gereveriya, imihumuro, iby’imbuto ziribwa nka avoka, amacunga, amatunda n’ibindi, ndetse hakazanaterwa n’urubingo ku mirima isanzwe no ku materasi hagamijwe kurwanya isuri.

    Gutangiza ku mugaragaro uwo mushinga bizaba ku wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020, igikorwa kizabera mu murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza, bikazahuzwa n’umunsi wo gutangiza gahunda yo gutera ibiti mu gihugu hose mu mwaka wa 2020-2021. Uwo munsi mpuzamahanga ufite insanganyamatsiko igira iti “Amashyamba ni umusingi w’imibereho myiza y’abaturage n’iterambere rirambye”.

    Abaturage bazahabwa ibiti by'imbuto ziribwa

    Abaturage bazahabwa ibiti by’imbuto ziribwa

    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/leta-yashoye-miliyari-31-9frw-mu-mushinga-wo-kurengera-ibidukikije-mu-mayaga