Tag: featured

  • Zipporah, izina ry’umukobwa bigoye kumenya ikimubabaje #rwanda #RwOT

    Iri zina rikomoka mu rurimi rw’Igiheburayo aho risobanura “Inyoni”. Rifite amateka ku bantu bemera Imana kuko ryitwaga umugore wa Musa uwo abakirisitu bafata nk’umuntu wayobowe n’Imana akavana Abanya-Israel mu bucakara.

    source https://igihe.com/abantu/amazina/article/zipporah-izina-ry-umukobwa-bigoye-kumenya-ikimubabaje

  • Ulimwengu yavuze ku byo kuva mu Rwanda atorotse n’urwibutso afite ku bafana ba Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Uwahoze ari rutahizamu wa Rayon Sports, Jules Ulimwengu, yanyomoje amakuru avuga ko yavuye mu Rwanda atorotse, nyuma y’uko ari mu bakinnyi b’Abarundi bakekwagwaho kugira indangamuntu y’u Rwanda binyuranyije n’amategeko.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/sinavuye-mu-rwanda-ntorotse-ulimwengu-wavuze-urwibutso-afite-ku-ba-rayon-n-ibyo

  • Ibihugu bya EAC byasabwe guhuza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo byoroshye ubukerarugendo #rwanda #RwOT

    Abahagarariye ibigo by’ubukerarugendo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba basabye abayobozi b’ibi bihugu bakoroshya, bakanahuza zimwe mu ngamba zashyizweho mu kwirinda Covid-19, kugira ngo urujya n’uruza rw’abantu hagati y’ibi bihugu rukomeze nk’uko byahoze, ndetse binongere gutuma ubukerarugendo buzahuka byoroshye.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibihugu-bya-eac-birasabwa-guhuza-amabwiriza-yo-kwirinda-covid-19-kugira-ngo

  • UR- Huye yashyizeho abakorerabushake 72 bagenzura uko amabwiriza yo kwirinda Coronvirus yubahirizwa #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye bwatangaje ko amasomo yamaze gusubukurwa kandi hafashwe ingamba zikomeye zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 giterwa n’agakoko ka Cornavirus kugira ngo kitazabinjirana.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ur-huye-yashyizeho-abakorerabushake-72-bagenzura-uko-amabwiriza-yo-kwirinda

  • Umuti ukwiye kuvugutirwa ibibazo by’imicungire mibi y’imari ya Leta #rwanda #RwOT

    Uko umwaka w’ingengo y’imari utashye, ku meza ya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze n’Imicungire y’Imari ya Leta (PAC), haba hari Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu bigo bitandukanye muri uwo mwaka.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuti-ukwiye-kuvugutirwa-ibibazo-by-imicungire-mibi-y-imari-ya-leta

  • Manchester United yatangiye neza muri Champions League, itsindira PSG iwayo (Amafoto) #rwanda #RwOT

    Igitego cyo mu minota ya nyuma cyatsinzwe na Marcus Rashford cyafashije Manchester United gutsinda Paris Saint-Germain ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa mbere wo mu itsinda H rya UEFA Champions League, wabaye kuri uyu wa Kabiri.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/manchester-united-yatangiye-neza-muri-champions-league-itsindira-psg-iwayo

  • 50 CENT TELLS HIS FANS TO VOTE FOR TRUMP #RwOT #Rwanda



    Rapper and entrepreneur 50 Cent recently expressed his support for Donald Trump and seemed to indicate that everything is riding on one issue, his tax rate. In a recent Instagram post, 50 Cent, who files his businesses under his government name Curtis Jackson, told his Instagram followers to vote for Donald Trump.

    Jackson seemed to be upset by Biden’s proposed tax rate for the wealthy. He took a photo of his television showing a proposed 62% tax rate, and said that he doesn’t even care if Trump “doesn’t like black people,” he’s voting for Donald Trump anyway.

    “WHAT THE FCK! (VOTE ForTRUMP) IM OUT, FCK NEW YORK The KNICKS never win anyway. I don’t care Trump doesn’t like black people 62% are you out of ya f****** mind,” Jackson said in the now-viral post.

    As he probably expected, his post sparked outrage among a large portion of his audience and was instantly praised in conservative media.

    His posts even caught the attention of the Trump family. Jackson continued to post in support of the President after his original comments made the news. In a later tweet, he posted a video of a Fox News segment where his comments were discussed, and he quoted one of the hosts, saying that he does not want to become “20 Cent.”

    Christopher Bouzy, a Black CEO and the founder of Bot Sentinel, was one of the first prominent names to criticize Jackson for his remarks. Bouzy called out Jackson as well as Kanye West and Ice Cube, and accused them of being opportunists.

    It appears that Jackson is clearly supporting Donald Trump in the election this year, but he has also been critical of the president in the past, so perhaps he is just voting for what he perceives as the lesser of two evils. Jackson has previously attacked the president on his COVID-19 response, saying “You wanted a reality show host as president. Well, now you’re on Survivor.”

    In 2017, during an interview with US radio station Hot 97, Jackson said that he was offered $500,000 to make an appearance as part of Donald Trump’s 2016 election campaign. In the same interview, he went on to call Trump’s presidency an “accident.”

    “They wanted to pay me $500,000 as part of the campaign just to make an appearance. His presidency is an accident. If you were a President by accident, you might do some of the things Donald Trump is doing… I think he was [campaigning] to build his profile for a bigger deal on television, and everything else,” Jackson said in the interview.

    It is also important to note that the initial tax figures posted by Jackson are a bit misleading, as CNBC noted these figures are based on a study that doesn’t include deductions or loopholes that most people take advantage of, and will only be applied to top earners.

    Under Biden’s plan, the effective tax rate for the top 1% would increase from 26.8% to 39.8%, according to the Tax Policy Center, which means that top earners in California and New York City would pay effective state and federal tax rates of around 53%, compared with the roughly 40% they pay in effective rates today.

    As of 2020, Jackson’s net worth is estimated to be $30 million, which is a huge drop from previous years, when his net worth was declared at $150 million by Forbes.

    source : wearechange.org

  • Rubavu: Abagizi ba nabi batwikiye umugore n’abana mu nzu #rwanda #RwOT

    Abagizi ba nabi bitwikiriye ijoro batwikira umugore n’abana mu nzu y’uwitwa Majyambere Vedaste utuye mu Murenge wa Nyamyumba ho mu Karere ka Rubavu ariko ku bw’amahirwe ntihagira upfiramo.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-abagizi-ba-nabi-batwikiye-umugore-n-abana-mu-nzu

  • Guinea: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yatangaje intsinzi mbere y’uko hatangazwa ibyavuye mu matora #rwanda #RwOT

    Cellou Dalein Diallo, umwe mu bakandida bahatanye mu matora y’umukuru w’Igihugu, ari na we wenyine wahatanaga na Perezida Alpha Condé yatangaje ko yatsinze amatora mbere y’uko ibyavuye mu matora bitangazwa.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/guinea-utavuga-rumwe-n-ubutegetsi-yatangaje-intsinzi-mbere-y-uko-hatangazwa

  • Iyo umuryango ukomeye n’igihugu kiba gikomeye – Minisitiri Nyirahabimana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imiryango yashyingiwe yashimiwe icyo cyemezo ihabwa imifariso
    Imiryango yashyingiwe yashimiwe icyo cyemezo ihabwa imifariso

    Yabitangaje ku Mbere tariki ya 19 Ukwakira 2020, ubwo imiryango 20 yo mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yasezeranaga kubana byemewe n’amategeko, kimwe mu bikorwa bigamije kureba iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko muri uku kwezi bateganya gushyingira imiryango 300 yamaze kwiyandikisha.

    Abari biyandikishije gusezerana kuri uyu wa 19 Ukwakira bari 25 hasezeranye 20 gusa, indi miryango itanu yisubiraho kubera impamvu zitandukanye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko ibyo atari igitangaza ahubwo ubuyobozi bufite inshingano zo gukomeza kubakangurira kubana byemewe n’amategeko.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Richard Gasana

    Ati “Kuba batabonetse twe ntitubibona nk’igitangaza ahubwo birasanzwe, ibyo nk’abayobozi biduha imbaraga zo gukomeza ubukangurambaga kuko bagera igihe bakaza bagasezerana”.

    Mu basezeranye harimo abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri wiswe Yerusalemu, barimo Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.

    Iyamuremye Claver w’imyaka 80 y’amavuko amaranye imyaka 59 n’umufasha we. Avuga ko bifuje kera gusezerana ariko bazitirwa n’igihugu barimo.

    Muzehe Iyamuremye yiyemeje guseerzana n
    Muzehe Iyamuremye yiyemeje guseerzana n’umugore we bamaranye imyaka 59

    Agira ati “Twarabishatse kera ariko ntibyari bukunde kubera ko aho twabaga nta burenganzira twari dufite kandi na bo ubwabo abanyagihugu benshi ntawabikoraga. Tubonye dutashye twiyemeza kubikora nubwo dushaje bwose”.

    Uwamariya Brigitte w’imyaka 61 y’amavuko amaze imyaka 41 abana n’umugabo we.

    Avuga ko nubwo basazanye ataburaga impungenge z’uko yasendwa urugo rwe rukinjiramo inkumi.

    Uyu musaza n
    Uyu musaza n’umukecuru biyemeje gusezerana bageze mu zabukuru

    Ati “Ariko uzi kuba warabyaye wuzukuruje ukitwa indaya. Ikindi cya kabiri nubwo dusazanye nahoranaga impungenge ko yanta agashaka inkumi kandi ntafite aho ngana. Ubu ni bwo bingaragarije ko dukundana by’ukuri kandi tuzatandukanywa n’urupfu gusa”.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Solina Nyirahabimana, ashima abasezeranye kuko bafashe icyemezo gikwiye kandi binjiye mu mubare w’ingo zibana mu mahoro n’ubwumvikane.

    Agira ati “Umuryango ni ishingiro kamere ry’imbaga y’Abanyarwanda kandi iyo imiryango ikomeye n’igihugu kiba gikomeye ariko yajegajega n’igihugu kikajegajega. Ubundi tubirebere mu mutekano kuko iyo umuryango utekanye n’igihugu kiba gitekanye”.

    Umunyamabanga wa Leta muri MINIJUST, Solina Nyirahabimana
    Umunyamabanga wa Leta muri MINIJUST, Solina Nyirahabimana

    Avuga ko gusezerana imbere y’amategeko ari bumwe mu buryo butuma umuryango utekana ukabana mu mahoro no mu bwuzuzanye. Avuga kandi ko ikije cyototera umuryango kiwugirira nabi kiba cyototera igihugu.

    Ukwezi kwahariwe ihame ry’uburinganire gufite insanganyamatsiko igira iti “Kwimakaza ihame ry’uburinganire nk’umusingi w’iterambere rirambye”. Ibi bikorwa byo gufasha imiryango kubana mu buryo bwemewe n’amategeko, kubana mu mahoro n’ubwuzuzanye, Akarere ka Gatsibo kakazabifashwamo n’Ikigo kigamije kugenzura iy’uyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire (GMO).

    Abayobozi, abafatanyabikorwa b’akarere, abaturage, abangavu batewe inda n’ababyeyi babo bazigishwa buri wese amenye inshingano ye mu gufasha imiryango kubana neza, ndetse banagaragaze abahohotera abana.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/iyo-umuryango-ukomeye-n-igihugu-kiba-gikomeye-minisitiri-nyirahabimana