Tag: featured

  • Iby’ingenzi byaranze ikiganiro mpaka cyahuje Donald Trump na Joe Biden #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Trump yagarutse ku buryo Biden yananiwe gukemura ikibazo cy’ivangura rishingiye ku ruhu akiri umusenateri, ndetse n’igihe yari visi perezida,Trump avuga ko Biden atari igitangaza ahubwo ko ari umunyapoliki nk’abandi.

    Biden na we yagarutse ku buryo Trump nta mpinduka yakoze mu gihe amaze ayobora. Yavuze ku buryo Trump yananiwe guhangana n’icyorezo cya Covid-19, kuba Abanyamerika nta bwishingizi mu kwivuza bafite, ibibazo by’ubukungu n’ibibazo by’abimukira. Hari aho Biden yageze yita Trump umuperezida uvangura ashingiye ku ruhu, avuga ko ari umuperezida mubi Amerika yagize muri ibi bihe bya vuba (modern history).

    Mu kiganiro cya mbere hagati ya Trump na Biden cyarimo urusaku kuko bavugiranagamo, batitaye ku kuba uwari uyoboye ikiganiro yarahaga umwanya buri wese. Icyo gihe basubizaga badakurikije umwanya wa buri wese. Byatumye kuri iyi nshuro hari uwari ushinzwe kureba iminota 2 buri wese yari yemerewe, yarangira uwo muntu agahita azimya micro bavugiragaho.

    COVID-19 iracyari iturufu muri aya matora

    Aya matora ya 2020 muri Amerika ashingiye cyane ku kureba uburyo Trump yitwaye mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19. Trump na Biden bapimwe mbere yo kwinjira aho ikiganiro cyabereye basanga batarwaye, na bake bari ahabereye icyo kiganiro basabwe kwambara udupfukamunwa.

    Biden yavuze ko hashobora kuba hagiye gupfa abandi bantu benshi muri izi mpera z’umwaka biyongera ku bandi Banyamerika ibihumbi 220 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Ubuyobozi bwa Trump bunengwa kuba atarabashije guhanga n’iki cyorezo ngo ashyireho ingamba zirengera abanyagihugu. Biden yagize ati “Umuntu ubazwa impfu z’Abanyamerika bangana gutyo ntagomba gukomeza kuba Perezida.”

    Trump we yavuze ko uburyo yakoresheje bwakijije ubuzima bw’ababarirwa muri miliyoni nyinshi. Trump na we warwaye icyo cyorezo, avuga ko yize byinshi kuri COVID-19 yongeraho ko n’ubwo kibasiye benshi muri Amerika, ariko hakiri igaruriro. Yanavuze ko urukingo rwa Covid-19 ruzaboneka mu gihe cya vuba. Abajijwe igihe ruzabonekera, yasubije ko hari icyizere ko ruzaboneka mbere y’impera z’uyu mwaka.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/iby-ingenzi-byaranze-ikiganiro-mpaka-cyahuje-donald-trump-na-joe-biden

  • Urukiko rwemeje ko Rusesabagina akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urukiko rwafashe icyo cyemezo uregwa adahari, aho yakurikiranaga imirimo y’urukiko ari muri gereza i Mageragere.

    Urukiko rwatesheje agaciro impamvu Rusesabagina yari yatanze z’uko atari Umunyarwanda kuko hari aho ubushinjacyaha buvuga ko yari yarabyemeye.

    Rusesabagina kandi yari yamaganye ibyo ubushinjacyaha buvuga ko burimo kumusabira gukomeza igifungo cy’agateganyo kubera gushaka ibimenyetso bishya by’ibyaha asangiye n’abo baregwa hamwe, ariko urukiko rwamumenyesheje ko ubushinjacyaha bwemerewe n’amategeko gushaka ibimenyetso by’inyongera mu gihe ibihari bidahagije.

    Ubushinjacyaha buvuga ko impuzamashyaka MRCD yayoborwaga na Paul Rusesabagina mu myaka ya 2018 na 2019, ubwo umutwe wa FLN wigambaga ko urimo kugaba ibitero mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe.

    Rusesabagina yafatiwe icyemezo cyo gukomeza gufungwa by
    Rusesabagina yafatiwe icyemezo cyo gukomeza gufungwa by’agateganyo hifashishijwe ikoranabuhanga

    Uyu mutwe wabanje kugira umuvugizi witwa Nsabimana Callixte waje gusimburwa na Nsengimana Herman, bombi ubu barafashwe bakaba bari muri gereza mu Rwanda ndetse n’abandi 16 bafatiwe mu mashyamba ya Kongo.

    Mu ntango z’uku kwezi k’Ukwakira, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko buhuje urubanza rwa Rusesabagina n’urwa Nsabimana na Nsengimana ndetse n’abo 16 barimo n’abari abakuru b’umutwe wa FLN.

    Rusesabagina avuga ko umutwe wa FLN wigengaga mu kugaba ibitero i Nyaruguru na Nyamagabe, ariko akemera ko yawuteye inkunga y’amafaranga.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/urukiko-rwemeje-ko-rusesabagina-akomeza-gufungwa-by-agateganyo-indi-minsi-30

  • Perezida Kagame yarebye shampiyona ya Basketball muri Kigali Arena (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 23/10/2020, Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye imikino yo gusoza shampiyona ya Basketball ya 2020, ikaba iyi shampiyona kimwe n’indi mikino yari yarahagaze kubera icyorozo cya COVID-19.

    Perezida Kagame yitabiriye iyi mikino igeze muri ½, aho by’umwihariko yabanje kureba umukino wahuzaga ikipe ye REG BBC ndetse na APR BBC, umukino warangiye REG itsinze APR BBC amanota 75 kuri 68

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/perezida-kagame-yarebye-shampiyona-ya-basketball-muri-kigali-arena-amafoto

  • Igihe cyo kugura no gusinyisha abakinnyi mu Rwanda cyongerewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ngengabihe iheruka gutangazwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa yari yatangaje ko kwandikisha abakinnyi bizatangira tariki 16/08/2020, kugeza ejo tariki 24/10/2020.

    Kugeza ubu FERWAFA yatangaje amatariki mashya yashyizweho na FIFA yo kwandikisha abakinnyi mu cyiciro cya mbere, aho bigomba kuva tariki 16/08/2020, kugera tariki 07/11/2020, bivuga ko hakiri ibyumweru bibiri birenga byo kuba amakipe yagura abakinnyi akanabandikisha muri Ferwafa.

    Biteganyijwe kandi ko isoko ryo kugura no kwandikisha abakinnyi rizongera gufungurwa tariki 15/03/2021, kugera tariki 29/03/2021, mu gihe mu cyiciro cya kabiri ho kwandikisha abakinni bizatangira tariki 27/11/2020 kugera tariki 30/01/2021.

    Rwanda Footballing Season dates and their respective registration Periods as amended by FIFA. #TuriRuhago pic.twitter.com/2JEDMxF7Dn

    — Rwanda FA (@FERWAFA) October 23, 2020

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/igihe-cyo-kugura-no-gusinyisha-abakinnyi-mu-rwanda-cyongerewe

  • Safi Madiba yongeye kuririmba nyuma y’ibibazo byavuzwe mu rugo rwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Safi Madiba yagiye muri Canada mu ntangiro z’umwaka wa 2020, agiye kubana na Niyonizera Judith bari barashyingiranwe mu mategeko.

    Agezeyo yakoze amashusho y’indirimbo ‘I Love you’ na bwo kandi yari yabanje gutandukana n’inzu ya The Mane yari asanzwe abarizwamo, na byo bitera induru ndende hagati ye na Baadrama uyobora iyo nzu.

    Mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wa 2020, Safi Madiba yahamirije Kigali Today ko yagiye uri Canada agiye kubana n’umugore we, ariko iki gihe yavugaga ko azahita agaruka agakomereza umuziki we mu Rwanda.

    Ubwo yabazwaga niba azagaruka mu Rwanda, yaragize ati “Nzagaruka vuba n’ubu ni uko hano indege bazifunze nakagombye kuba naragarutse”.

    Mu minsi mike yakurikiyeho, ubwo mu Rwanda hari hatangiye gahunda ya Guma mu rugo, hamenyekanye amakuru ko Safi n’umugore we Judith bafitanye ibibazo, ndetse ko Safi yafashe iya mbere akajya kurega umugore we mu nzego z’ibanze z’agace bari batuyemo muri Canada, amushinja kumuhoza ku nkeke.

    Umuziki wa Safi wabaye nk’ugenda biguruntege, ku buryo yari amaze igihe cy’amezi arindwi nta gikorwa na kimwe cya muzika agaragayemo.

    Mu kwezi kwa Nzeri kwa 2020, uwari umugore wa Safi yagarutse i Kigali asiga umugabo we muri Canada, ndetse biza kuvugwa ko ari mu rukundo n’umusore wamusabye ko bazashakana.

    Mu kwezi kwa Kanama na bwo, Safi yari yemereye bamwe mu banyamakuru bo mu Rwanda ko yamaze gutandukana n’umugore we imbere y’amategeko, ko umwe ashobora gufata ikindi cyemezo cy’ubuzima bwe.

    Nyuma y’amezi arindwi rero Safi ari muri ibi bibazo, yongeye gushyira hanze indirimbo yise ‘Sound’ yakozwe na Element, bigashoboka ko indirimbo yakozwe n’ubundi Safi ari muri Canada.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/safi-madiba-yongeye-kuririmba-nyuma-y-ibibazo-byavuzwe-mu-rugo-rwe

  • Bimwe mu bimera byafasha umuntu ufite ikibazo cy’uruhu ruzaho amabara ‘Vitiligo’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko bisobanurwa n’impuguke mu by’ubuzima bw’uruhu ku rubuga https://sante.journaldesfemmes.fr, vitiligo ni indwara y’uruhu ituma uruhu rugenda rutakaza ibara ryarwo, igatuma ruzaho amabara y’umweru. Muri rusange ngo iyo ndwara itangira kugaragara ku myaka makumyabiri.

    Uko gutakaza ibara ry’uruhu risanzwe (depigmentation) ngo biterwa no kubura ‘mélanocytes’, utwo tukaba ari utunyangingo ubundi dushinzwe gutuma uruhu rw’umuntu rugira ibara.

    Habaho ubwoko bwa Vitiligo butandukanye, harimo ‘Vitiligo localisé’ iyo ngo usanga ifata agace k’uruhu, hakaba ‘Vitiligo segmentaire’ iyo ifata uruhande rumwe rw’umubiri nko mu maso, cyangwa se ku maboko, iyo kandi ngo ikunda kugaragara ku bana bato n’abageze mu gihe cy’ubwangavu n’ubugimbi, ikindi amabara ntiyiyongera ku buryo idakunze gukwira uruhu rwose.

    Hari kandi ‘Vitiligo muqueux’ iyo ngo ikunda gufata iminwa ndetse n’imyanya ndangagitsina. Hakaba ‘Vitiligo généralisé’ iyo irangwa no kugira amabara afata uruhande runini rw’uruhu, hakaba nubwo ubona ayo mabara agiye kurangiza uruhu rwose. Indi ni ‘Vitiligo universalis’, iyo ngo irangwa no gutuma ayo mabara y’umweru afata uruhu rwose.

    Nyuma yo kubona ubwoko butandukanye bwa Vitiligo, hariho ubwoko butandukanye bwo kuyivura harimo ubwa kizungu ndetse n’ubwo gukoresha ibimera bitandukanye. Ubwo buryo bwo kuvura vitiligo hifashishijwe ibimera ni bwo busobanurwa muri iyi nkuru.

    Basilic

    Ku rubuga www.jardiner-malin.fr, bavuga ko ibibabi by’ikimera cyitwa ‘basilic’ bifasha mu ikorwa rya ‘mélanine’ ari yo ituma uruhu rugira ibara ryarwo risanzwe. Gusa ngo kugira ngo umuntu abone umuti ukomeye w’ibyo bibabi, akamura ibitonyanga byabyo, akabivanga n’umutobe w’indimu y’icyatsi, nyuma akajya yisiga iyo mvange ku ruhu ahari amabara yatewe na Vitiligo,ibyo ngo akabikora mu gihe cy’amezi hagati y’atanu n’atandatu aba yamaze kubona impinduka.

    Pilipili manga /black pepper

    Ku rubuga www.viata.fr/creme-poivre-noir-vitiligo, bavuga ko gusiga amavuta yakozwe muri pilipli manga bifasha mu kuvura Vitiligo.

    Kuri urwo rubuga bavuga ko gukoresha ayo mavuta ya pilipili manga bitabuza uwatangiye ubuvuzi bwa kizungu bwitwa ‘luminothérapie’ kubukomeza kuko ntibizirana.

    Ayo mavuta cyangwa se ‘crème’ ya pilipili manga aba yifitemo ibyitwa ‘antioxydant’ biri ku rugero rwo hejuru igasana za ‘mélanocytes’ zituma uruhu rugira ibara. Ayo mavuta akorwa muri pilipili manga nyinshi iba ari umuti no ku bantu bafite uruhu rukunda gufuruta.

    Ayo mavuta kandi ashobora gukoreshwa ku bafite ibibazo uburwayi bwa vitiligo baba abana cyangwa abakuru, bakayisiga rimwe ku munsi nijoro, uwayisize akayararana akayakaraba mu gitondo abyutse.

    Ku rubuga https://amelioretasante.com, bavuga ko nubwo kugeza ubu abashakashatsi bataramenya neza igitera Vitiligo, ariko ngo hari abavuga ko iterwa no kugabanuka k’ubudahangarwa bw’umubiri, noneho abasirikare b’umubiri bakarwanya utunyanyingo tw’umubiri n’ubundi.

    Gusa no kuri urwo rubuga bavuga ko ibimera cyangwa ibikomoka ku bimera byafasha abantu bafite ikibazo cya Vitiligo harimo Ipapayi, tangawizi n’indi.

    Ipapayi

    Ipapayi ni ikiribwa kifitemo intungamubiri zifasha mu gutuma za ‘mélanocytes’ zikora akazi kazo ko gukora ‘mélanine’, ari yo ituma uruhu rugira ibara ryarwo risanzwe. Bavuga ko uwo ari umuti udahenze ariko usaba gukoreshwa kenshi kugira ngo utange icyo utegerejweho.

    Uko ipapayi rikoreshwa mu gufasha umuntu ufite ikibazo cy’uruhu rwajeho amabara kubera Vitiligo, ngo ararifata rihiye akarisya, agafata ibyo bisa n’igikoma abonye akabisiga ahamaze kuza amabara ya vitiligo akareka bikuma, ibyo akabikora inshuro ebyiri ku munsi. Ikindi ibyo ni ukubisigaho akimara kubisya, ni ukuvuga atabanje kubibika.

    Curcuma

    Curcuma ni ikimera gikunze gukoreshwa cyane nk’ikirungo mu byo kurya, ariko kikaba kigira akamaro gakomeye ku buzima bw’uruhu, ku buryo ngo cyanarufasha kongera kugarura ibara mu gihe ryari ryatangiye kubura kubera vitiligo.

    Uko bitegurwa, umuntu afata inusu ya curcuma mbisi, akavanga n’irobo ya tangawizi akavanga n’umutobe w’indimu eshanu akabvfangira mu kintu yashobora gutereka muri firigo, akajya anywaho ibiyiko bibiri mbere yo kurya. Ashobora kandi no gusiga iyo Curcuma ku ruhu rwamaze kuzaho amabara kubera vitiligo.

    Lantiye zo mu mazi /lentilles d’eau

    Izo ziboneka mu biyaga cyangwa mu byuzi, zikaba zigira ubushobozi bukomeye bwo kurwanya vitiligo, gusa ikibazo ngo ni uko hari ubwo bigorana kuzibona. Ariko zibonetse, umuntu arazifata akazisya bikageza aho abona ibintu bisa n’igikoma, akavangamo ikiyiko cy’ubuki, hanyuma akajya anywaho ikiyiko kimwe uko arangije kurya ibyo kurya bisanzwe akabikora inshuro ebyri ku munsi.

    Tangawizi

    Icyo kimera ngo kirazwi cyane mu kuvura indwara zitandukanye, harimo n’indwara ya vitiligo. uko bitegurwa, ni ugufata umuzi wa tangawizi imwe, bakavanga n’amavuta ya ‘moutarde’ na Curcuma, ukabisiga aho uruhu rwamaze kuzaho amabara ya Vitiligo.

    Ibindi kuri urwo rubuga bavuga byafasha umuntu urwaye vitiligo ni ukwirinda kujya ku zuba cyane kuko ritwaka uruhu rwe mu buryo bworoshye.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/bimwe-mu-bimera-byafasha-umuntu-ufite-ikibazo-cy-uruhu-ruzaho-amabara-vitiligo

  • Amajyaruguru: Barasabwa kuzirika ibisenge by’inzu nyuma y’ibiza byasenyeye imiryango 4,849 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Gatabazi asaba abaturage kuzirika ibisenge birinda ibiza
    Guverineri Gatabazi asaba abaturage kuzirika ibisenge birinda ibiza

    Ni ubukangurambaga bwatangijwe ku itariki 17 Ukwakira 2020, aho abaturage bakomeje gukangurirwa kuzirika ibisenge by’inzu zabo, batera ibiti kandi bashyira n’imireko ku nzu.

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV, atangiza ubwo bukangurambaga mu Karere ka Musanze na Gakenke, yabwiye abaturage ko bakwiye kwitegura kurwanya ibiza igihe cyose, abibutsa ko kwirinda ibiza ari ukuzirika ibisenge by’inzu bakabikomeza, kandi bagatera n’ibiti bashyira n’imireko ifata amazi ku nzu.

    Yagize ati “Kubera ko imvura yatangiye kugwa nabi turabasaba kuzirika ibisenge by’inzu zanyu mu kwirinda ibyo biza, ubuyobozi ni bubafashe kubona ibiti by’imbuto mubitere mwirinde ibiza kandi mubone n’imbuto zibarinda indwara, kandi ntimwibagirwe gushyira imireko ifata amazi ku nzu zanyu”.

    Ubwo bukangurambaga bukomeje gukorerwa mu mirenge inyuranye igize uturere dutanu tw’Intara y’Amajyaruguru, aho abayobozi bakomeje gusura ingo bazisaba kwirinda ibiza bazirika ibisenge.

    Intara y’Amajyaruguru iza ku isonga mu duce tw’igihugu twibasiwe n’ibiza by’imvura yo muri Mata na Gicurasi 2020, aho ibyo biza byatumye imiryango 4849 iva mu ngo zabo igacumbikirwa.

    Muri iyo ntara Leta ikomeje gufatanya n’abaturage mu kubakira abahuye n’ibiza, aho mu miryango 3,403 ikeneye kubakirwa, 353 yamaze kubona inzu, mu gihe inzu 240 zamaze gukingwa.

    Inzu 1,274 zimaze gusakarwa, izindi 1519 zimaze kuzamurirwa inkuta, mu gihe inzu 72 ari zo zimaze kubakirwa imisingi, ibibanza 69 bikaba byaramaze gusizwa, mu gihe imiryango 2,880 imaze kubona ibibanza aho izubakirwa, ariko imiryango 529 yo ntirabona ibibanza.

    Akarere ka Gakenke ni ko kibasiwe kurusha utundi, aho imiryango 1,748 yasenyewe n’ibiza, hakurikira Akarere ka Rulindo aho inzu 1,136 zasenywe n’ibiza, Gicumbi hasenywa inzu 1,133, mu gihe Akarere ka Musanze ari ko gafite imiryango mike yasenyewe n’ibiza, aho ari inzu 406 Burera hasenyuka inzu 426.

    Muri iyo Ntara kandi, mu miryango 4,849 yasenyewe n’ibiza, imiryango 31 icumbikiwe mu mashuri, 57 icumbikiwe mu bigo binyuranye, 67 irakodesherezwa, mu gihe imiryango 1,980 icumbitse mu baturanyi.

    Ibiza by’imvura n’umuyaga ukabije byabaye mu ijoro ryo ku itariki 06 rishyira itariki 07 Gicurasi 2020, byibasiye iduce tunyuranye tw’igihugu, aho Akarere ka Gakenke kibasiwe abaturage 23 bahasiga ubuzima.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/amajyaruguru-barasabwa-kuzirika-ibisenge-by-inzu-nyuma-y-ibiza-byasenyeye-imiryango-4-849

  • Turi gushaka uko inganda zahoze i Huye zongera gukora – Guverineri Kayitesi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    uruganda rwa SORWAL rwarafunze
    uruganda rwa SORWAL rwarafunze

    Izo nganda ni urwakoraga ibibiriti (SORWAL) rwari rwarafunze imiryango kubera umwenda munini w’imisoro rwari rubereyemo Leta.

    Ubwo rwahagarikaga gukora muri 2014, rwatumye ababarirwa mu 125 batakaza akazi, muri Nzeri 2018 rugurwa n’Umunyamalawi Osman Rafik, mu Ugushyingo 2020 hatangazwa ko rugiye gutanga akazi ku bantu 300, ariko na n’ubu ntiruratangira.

    Hari n’uruganda GABI rwatunganyaga ibiryo, cyane cyane ibishyimbo, rukabigurisha bihiye. Rwakoreshaga abakozi 98. Umukiriya w’ingenzi warwo yari Urwego rw’Igihugu rw’amagereza. Bivugwa ko uru rwego rwambuye GABI amafaranga abarirwa muri miliyoni 500 maze irahomba.

    Uruganda rundi ni urwatunganyaga impu rwitwa ‘New Rucep’. Rwakuraga ubwoya n’inkuru ku mpu, hanyuma rukazohereza hanze y’u Rwanda gutunganyirizwayo. Rwakoreshaga abakozi babarirwa muri 35.

    Rwafunze imiryango muri 2017 rutegetswe n’ubuyobozi kubanza gushaka ukuntu rwakuraho umunuko waturukaga ku mazi arusohokamo, winubirwaga n’abaturage, nk’uko bivugwa na Michel Campion, umwe mu barushinze.

    Campion avuga ko babonye uburyo bwo kugabanya uwo munuko nyuma y’umwaka, nta mafaranga bagifite yo kongera gutangira. Icyakora imashini zifashishwaga ziracyari nzima kuko banyuzamo bakazicana.

    Ku kibazo cyo kumenya ikizakorwa kugira ngo izi nganda zongere gukora, bityo zitange akazi ku bantu batari bakeya, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo agira ati “Ubuyobozi bw’intara biraduhangayikishije kandi twabifasheho umurongo wo kureba ukuntu inganda zakoraga n’ibindi bikorwa byari bifitiye akamaro abaturage bitagikora uyu munsi byakongera gukora”.

    Ku bijyanye n’uruganda GABI by’umwihariko, Guverineri Kayitesi avuga ko ku bufatanye na MINICOM, RDB n’izindi nzego nkuru z’igihugu, hari gushakwa ukuntu rwakongera gukora vuba.

    Guverineri Kayitesi avuga ko ubuyobozi bw
    Guverineri Kayitesi avuga ko ubuyobozi bw’intara buri gushaka uko inganda zahoze i Huye zongera gukora

    Ati “Iki kibazo cyigeze no kuganirwaho n’Inama y’Abaminisitiri, ndetse gifatirwa imyanzuro. Twizera rero tudashidikanya ko urwo ruganda ruzongera rugakora mu gihe cya vuba, rugafata umusaruro w’abaturage, n’abari bahafite akazi bakagasubirana, kandi n’abaturage bakabasha kubona umusaruro w’ibishyimbo utunganyije kandi neza”.

    Naho ku bijyanye n’uruganda Sorwal, Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko akunze kuvugana na Osman Rafik waruguze, kandi ko yamubwiye ko ari hafi kuzaza gutangira.

    New Rucep yo, Michel Campion yabonye abashaka kuyikodesha bakayitunganyirizamo impu, ariko yisanga atabasha gufata iki cyemezo wenyine kandi abo barufatanyije ari Abarundi. Icyakora ngo aho bazabonekera bazafata icyemezo yizeye ko kizaba ari ingirakamaro.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/article/turi-gushaka-uko-inganda-zahoze-i-huye-zongera-gukora-guverineri-kayitesi

  • Nyanza: Ikibazo cy’ingemwe z’ibiti by’imbuto ziribwa cyabonewe igisubizo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bavuga ko imbuto zihenze kuko batabonaga ingemwe ngo baziterere
    Abaturage bavuga ko imbuto zihenze kuko batabonaga ingemwe ngo baziterere

    Umushinga wo gutera amashyamba no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu gice cy’Amayaga (FLS Mayaga), ni wo ugiye guha ingemwe abo baturage bazitere bityo mu gihe kiri imbere bazajye babona imbuto zo kurya barwanye imirire mibi ndetse basagurire n’isoko.

    Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today, bavuga ko badaheruka kurya imbuto kuko ntazo bihingira ndetse n’aho ziri zihenze, bigatuma bazireka nk’uko bisobanurwa na Nyirahabimana Josée wo mu Murenge wa Muyira, hamwe mu ho uwo mushinga uzakorera.

    Ati “Muri uyu Murenge wa Muyira aho wabona ibiti by’imbuto ni hake cyane kuko tutabona ingemwe ndetse n’aho ziboneka bigasaba kuzigura kandi nta mafaranga umuntu aba afite. Nk’ubu ndimo gukorera igihumbi ku munsi, sinabona rero amafaranga 500 ngo ngure avoka yo gutera ngire n’ayo mpahishiriza abana, mpitamo kuzireka”.

    Ati “Icyakora ubu turishimye cyane kuko uyu mushinga ugiye kuduha ingemwe, uyu mwaka nkumva nanjye nzatera ibiti bizajya biduha imbuto, turwanye imirire mibi mu bana bacu”.

    Semana na we ati “Nkanjye maze imyaka isaga ibiri nta rubuto ndiye kuko zihenda, hano nk’ipapayi imwe nto igura 200 na ho avoka ikagura 100, ayo mafaranga ni menshi ku buryo ntazigura ndetse n’abana ntazo barya. Gusa uyu mushinga nabonye ufite pepiniyeri kandi ngo bazaduha ingemwe nta kiguzi, ni ibyo kwishimira kuko ikibazo twagiraga gikemutse”.

    Muri uwo murenge ibiti by’imbuto ziribwa ni bike cyane kandi birashaje ku buryo nka avoka zitacyera, ndetse n’ibiti bisanzwe by’ishyamba ni mbarwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, avuga ko ingemwe zihabwa abaturage zikunze kuba nke ariko ko na bo bagombye kuzigurira ku bikorera bazifite.

    Uwo mushinga ugiye guha abaturage ingemwe z
    Uwo mushinga ugiye guha abaturage ingemwe z’imbuto zinyuranye

    Ati “Ku by’ingemwe z’imbuto ziribwa, hari izo twituburira duha abaturage, n’ubu dufite ibihumbi 12, gusa ntizakwira abazishaka bose. Ariko hari n’abazitunganya mu rwego rw’ubucururuzi ku buryo uzishaka yakwigurira, kuko iyo ibiti bikuze byera imbuto abantu bakazirya ariko kandi bifata ubutaka”.

    Ati “Ndasaba rero abantu ko baha agaciro ibiti by’imbuto ziribwa, bakamenya akamaro kazo mu mirire y’abana n’iy’abakuru bityo bakajya kuzigura ku bazicuruza kuko henshi zihari”.

    Umuhuzabikorwa w’uwo mushinga wo kurengera ibidukikije mu Mayaga, Nkurunziza Philbert, ahumuriza abaturage bo mu Murenge wa Muyira n’ab’ahandi ukorera ko hateganyijwe ibiti byinshi by’imbuto ziribwa bizahabwa abaturage.

    Nkurunziza Philibert, Umuhuzabikorwa w
    Nkurunziza Philibert, Umuhuzabikorwa w’umushinga wo kurengera ibidukikije mu Mayaga

    Ati “Muri uyu mushinga uzakorerwa mu Mayaga ugamije kuzamura imibereho y’abahatuye, ntitwari kuwukora tudatekereje ku mbuto ziribwa. Ni yo mpamvu muri uno mwaka wonyine w’ingengo y’imari wa 2020-2021, tuzaha abaturage bo mu turere umushinga ukoreramo, ingemwe ibihumbi 64, ariko buri mwaka tuzagenda tubaha izindi ngemwe kuko duteganya ko imbuto bazeza zazabinjiriza amafaranga kuko twifuza ko zazanacuruzwa hanze”.

    Avuga kandi ko mu gice cy’Amayaga hera cyane avoka, imyembe, amacunga ndetse na mandarine kuko biberanye n’ubutaka bwaho, akaba ari byo bazaha ahanini abaturage.

    Uwo mushinga uterwa inkunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), n’Ikigo mpuzamahanga cy’ibidukikije (GEF), ugashyirwa mu bikorwa na REMA ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amashyamaba (RFA).


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/nyanza-ikibazo-cy-ingemwe-z-ibiti-by-imbuto-ziribwa-cyabonewe-igisubizo

  • Isabukuru nziza y’amavuko kuri Perezida Paul Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavutse ku itariki 23 Ukwakira 1957. Nyuma yo kugira uruhare rukomeye mu kubohora igihugu cya Uganda yabagamo nk’impunzi, yabaye ku ruhembe rw’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zabohoje u Rwanda zigahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ni umugabo uzwiho gukunda abaturage abereye umuyobozi, ndetse akanakangurira abo bafatanya kuyobora igihugu, guhora bashyira imbere inyungu z’abaturage mbere y’ibindi.

    Umuryango mugari wa Kigali Today ukaba umwifuriza isabukukuru nziza y’amavuko ndetse ukanamwifuriza kurama no kuramba.

    Perezida Kagame yujuje imyaka 63 y
    Perezida Kagame yujuje imyaka 63 y’amavuko


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/isabukuru-nziza-y-amavuko-kuri-perezida-paul-kagame-47812