Tag: featured

  • Kiliziya Gatolika yavuguruje ibyo bamwe baherutse kwitirira Papa byo gushyigikira ubutinganyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Papa Francis
    Papa Francis

    Iryo tangazo rivuga ko ibyo bitangazamakuru byatwerereye Papa Francis ibyo atigeze avuga kuri abo babana bahuje ibitsina.

    Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda buvuga ko mu bamamaza izo mpuha hashobora kuba harimo abataramwumvise neza, abasemuye nabi mu ndimi zitandukanye, cyangwa se hakaba n’ababikoze nkana bagambiriye kuyobya abakirisitu no kumuvugisha ibyo bo bifuza ku mpamvu zabo bwite zidafitanye isano n’ukwemera gatolika.

    Iryo tangazo riti “Ikibigaragaza ku buryo budasubirwaho ni ukuntu bakomatanyirije hamwe ibyo yavuze kuri iyo ngingo y’ababana bahuje igitsina mu bihe bitandukanye n’ahantu hanyuranye ndetse n’ibyo mu gihe yari ataraba Papa nk’aho byaba bikubiye mu kiganiro kimwe rukumbi.”

    Itangazo rikomeza rigira riti “Papa Francis ntashyigikiye na busa abagabo babiri cyangwa abagore babiri babana nk’umugabo n’umugore kuko binyuranyije na kamere muntu, bikaba bihabanye n’amahame ya Kiliziya Gatolika, ndetse bitabasha kungura umuryango mugari w’abantu haba mu burumbuke cyangwa mu ihirwe nyaryo umutima wa muntu wifuza.”

    “Bene ayo mahitamo ni icyaha Kiliziya Gatolika itahwemye kwamagana. Icyakora Imana ntitererana abanyabyaha. Icyo Papa Francis avuganiraho ababana bahuje igitsina ni uburenganzira bwo kubaho mu miryango yabo bavukamo ntibahozwe ku nkeke. Ikindi ni ukubaba hafi no kubafasha nk’abanyantege nke nyine mu guhindura imyitwarire no kunganirwa mu kuri n’urukundo.”

    Kiliziya Gatolika isaba abayoboke bayo kuba maso no gukomera ku kwemera kwabo no kudacibwa intege na bene ayo makuru akwirakwizwa nyamara atari ukuri.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/kiliziya-gatolika-yavuguruje-ibyo-bamwe-baherutse-kwitirira-papa-byo-gushyigikira-ubutinganyi

  • Gukata umutsima mu birori byakomotse he? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bakora ubukwe mu Rwanda bavuga ko bakase uwo mutsima w’ubukwe, kuko n’abandi babukoze mbere yabo bawukase, ku buryo batanibazaga icyo bivuze cyangwa aho byakomotse.

    Uwitwa Ndugu avuga ko yakoze ubukwe mu mwaka wa 2005, kandi umutsima w’ubukwe yarawukase n’ubwo atabanje kwibaza icyo bivuze.

    Yagize ati “Nakunze kubona abakora ubukwe bakata bene iyo mitsima, nanjye ngezweho ndawukata, ubwo wenda iyo nsanga bakata n’ibijumba ni cyo mba narakase simbizi, gusa sinakubeshya ngo nzi icyo bivuze”.

    Uwitwa Mukamisha Ange, we yagize ati “Twakoze ubukwe dukata uwo mutsima twumva ari ukwizihiza ibirori gusa, ariko bakanatubwira ko ubwo, gukata uwo mutsima ari ukwereka abazaza mu rugo rwacu, mbese ngo tukerekana uko tuzajya tubakira”.

    Gukata umutsima mu birori byavuye he?

    Ku rubuga rwa Interineti https://www.lesaviezvous.net, bavuga ko ubu iyo bavuze ibirori hari abahita bumva ko hari umutsima ugomba gukatwa byanze bikunze. Ubundi rero uwo mutsima ukatwa ku munsi w’isabukuru y’amavuko, ngo wahereye mu Bugiriki mu gihe cya kera.

    Abagiriki ngo bakataga uwo mutsima wakorwaga mu ifu y’ingano bakongeraho n’ubuki, bakawurya bizihiza isabukuru y’ikigirwamana cyitwa ‘Artémis’, iyo ikaba yari imana y’ingore ihagarariye ukwezi n’ibijyanye no guhiga (la déesse de la lune et de la chasse).

    Icyo gihe bakoraga umutsima ujya kumera nk’uruziga, bagereranya n’uko ukwezi kumeze, bagashinga za buji, zishushanya urumuri rw’ukwezi, nyuma bagapfukama bagasenga mbere yo kuzimya izo buji zabaga ziri ku mutsima ugiye gukatwa. Ni yo mpamvu ubu, muri iki gihe ngo hari ababanza kuvuga icyo bifuza mu mwaka batangiye mbere yo kuzimya buji ziba zishinze ku mitsima bateguriwe gukata mu gihe bizihiza ibirori by’isabukuru.

    Ku rubuga https://quizotresor.com, bavuga ko ibyo kwizihiza ibirori ngarukamwaka bizwi nka ‘anniversaire’ byatangiriye mu Misiri, bitangira byizihizwa n’Abami bo muri icyo gihugu(les pharaons), ariko ntibizihizaga umunsi bavutseho, ahubwo bizihizaga itariki bimiye ingoma, icyo gihe hagatambwa ibitambo.

    Abagiriki n’Abaromani bo mu gihe cya kera ngo batekerezaga ko buri muntu agira umwuka uba umuriho umurinda (Esprit protecteur), uwo mwuka ukaba ugendana na we kuva avutse kugeza apfuye. Uwo mwuka urinda umuntu rero, ngo wakoranaga n’imana igira isabukuru ihura n’isabukuru y’uwo muntu. Ni aho hakomoka imyizerere iriho na n’ubu, ukumva bavuga ko umuntu agira malayika murinzi (Ange-Gardien ou de Saint-Patron).

    Kuri urwo rubuga bavuga ko Abagiriki bagiraga iyo migenzo yo gutegura imitsima ikozwe mu buryo bw’uruziga bayiteguriye ikigirwamana cyitwa ‘Artémis’, nyuma abakirisitu baza kwanga iyo migenzo bavuga ko ari iya gipagani, mu kinyejana cya cumi na gatatu, imitsima yo kwizihiza isabukuru y’amavuko ishinzeho na za buji zaka yongeye kugaragara cyane mu Budage (kinderfeste).

    Ku rubuga https://www.fnp.ae/blog , bavuga ko ibyo gukata imitsima mu birori by’isabukuru y’amavuko bimaze igihe bitangiye kuko byazanywe n’abakora ibintu bitandukanye mu ifarini bo mu Budage mu kinyejana cya cumi na gatanu, ubwo batangiraga gukorera abakiriya babo imitsima yo gukoresha ku minsi mikuru y’amavuko, bitangira guhindura ibyo bari barishyizemo ko imitsima nk’iyo ikoreshwa mu bukwe gusa.

    Ubundi ngo byari bimenyerewe ko mu birori by’ubukwe, Abaromani batangaga imitsima ikozwe mu ifarini n’ubunyobwa bakongeramo ubuki kugira ngo ushobore kuryohera.

    Ku rubuga https://www.rd.com/article/history-of-wedding-cakes/ bavuga ko umuhango wo gukata umutsima mu bukwe, watangiriye mu Baromani mu gihe cya cyera, nubwo uburyo byakorwagamo icyo gihe bitandukanye n’uko bikorwa ubu.

    Imitsima izwi, ndetse igomba kuba ari yo abakora ubukwe bigana muri iki gihe, ngo yatangiye kubaho mu kinyajana cya 17. Icyo gihe, iyo ibirori by’ubukwe byabaga bigiye gusoza, ngo bafata umutsima/cake ukozwe mu ngano bakawumanyagurira ku mutwe w’umugeni bamwifuriza amahirwe no kuzabyara agaheka, bakamwifuriza uburumbuke, nyuma umugabo n’umugore basezeranye, ngo baryaga utumanyu dukeya tw’uwo mutsima, bagaragaza ko icyo ari cyo gikorwa cya mbere bakoze bagihuriyeho nk’abashakanye.

    Iyo abageni babaga bamaze kurya kuri uwo mu mutsima, n’abashyitsi baje mu bukwe bwabo baryaga utumanyu tw’uwo mutsima dusigaye mu rwego rwo kwifuriza abageni kuzahirwa mu rugo rwabo. Hari n’abageni ngo bategerezaga kugera mu rugo rwabo rushya, bakabona gukora umuhango ujyana n’uwo mutsima w’ubukwe (wedding cake), umugeni yawurumagaho usigaye akawivungagurira ku mutwe akawutondekaho nk’indabo, kugira ngo we n’umugabo we bazabone ibyo bazifuza mu buzima byose.

    Uko iminsi yagiye ishira, imitsima ikatwa mu bukwe, yatangiye guhenduka ugereranyije na mbere kuko yabonekaga mu miryango ikomeye ifite ahabugenewe ho kuyitekera (ifuru). Uko guhenduka kwajyanaga no guhindura uko bakora iyo mitsima, batangira kujya basigaho ibintu bisa n’ibiyifunitse ariko na byo biribwa(crème), gusa icyo gihe nko mu Bwongereza, ngo umutsima w’ubukwe wasigwagaho ibara ry’umweru gusa bisobanura ko umugeni ari isugi, ariko ku rundi ruhande, rikanagaragaza uko umuryango uhagaze mu bijyanye n’ubukungu.

    Ku rubuga https://www.lecourrierdusud.ca bavuga ko umutsima w’ubukwe ukatwa n’ab’ubu, ufite inkomoko mu Bugiriki bwa kera (Grèce antique). Muri icyo gihe ngo abatumiwe mu bukwe bafataga umugati bakawumanyurira hejuru y’abageni babifuriza ibyishimo n’umunezero ndetse n’uburumbuke.

    Byagendaga bihinduka uko imyaka itambuka. Muri ibyo bihe byo hambere (Moyen Âge) igikorwa cyo gukata umutsima w’ubukwe cyafatwaga nk’aho ari cyo gikorwa cyane mbere umugabo n’umugore bakoze bagihuriyeho nk’abasezeranye byemewe n’amategeko. Mu gihe cyo gukata umutsima, ikiganza cy’umugabo cyagombaga gufata ku cy’umugore we nk’ikimenyetso cy’uburumbuke no kumurinda (protection).

    Ku rubuga http://www.les-colonnades.com, bavuga ku gisobanuro cyo gukata umutsima mu bukwe mu bihugu bitandukanye. Mu gihe cy’Abaromani ngo bamanyuriraga umugati hejuru y’umugeni nk’ikimenyetso ko atakaje ubusugi, ariko banamwifuriza kuzabyara agaheka.

    Mu Bufaransa, mu myaka ya kera bo batondekaga iyo mitsima,uko igenda izamuka bikaba bisobanura uko ibyishimo by’urwo rugo rushya bizangana. Uko gukora imitsima ikoze ikintu gisa n’inzu igerekeranye (etage) byahise bikwira mu bihugu byinshi mu kinyejana cya 19.

    Muri Madagascar, kugeza mu kinyejana cya 19, umutsima w’ubukwe witwa ‘Koba’, wakatwaga mu rwego rwo kwifuriza abasezeranye kuzahirwa. Mu by’ivugabutumwa byari bimaze kwamamara cyane kuri icyo kirwa, batangiye kujya bakoresha imitsima igerekeranye ari irindwi bifite icyo bisobanuye mu myemerere, kandi bikanajyana n’umuco wa ‘malagasy’ wo muri icyo gihugu.

    Iyo igihe cyo gukata uwo mutsima cyageraga, umugeni agakata wenyine, byabaga bisobanuye ko atakaje ubusugi, mu gihe gukata bafatanyije byagaragazaga igikorwa cya mbere bakoze bombi nk’abashakanye no kugaragaza uko bazafatanya mu kuyobora urugo rwabo.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mateka/article/gukata-umutsima-mu-birori-byakomotse-he

  • Huye: Aba DASSO batanze umuganda mu gutera ibiti 7,750 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Batwaye ibiti byo gutera
    Batwaye ibiti byo gutera

    Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Huye, Akagari ka Sovu, Umudugudu wa Kabagendera.

    Fabrice Bagaruka ukuriye DASSO mu Karere ka Huye, avuga ko batekereje kwifatanya n’abaturage muri iki gikorwa kuko iki gihe ari icyo gutera ibiti, ariko na none ngo bwari uburyo bwo kwifatanya n’abaturage mu bikorwa bibafitiye akamaro.

    Anavuga ko atari ubwa mbere bakora bene ibi bikorwa bigamije ubufatanye no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Bifatanyije n
    Bifatanyije n’abatuye mu Murenge wa Huye mu gikorwa cyo gutera ibiti bivangwa n’imyaka

    Ati “Mu gihe cy’imyaka 6 urwego DASSO rumaze rukora, hari n’ibindi bikorwa twakoze harimo kugabira amatungo abaturage, gutanga mituweli kuri bamwe mu batarabashaga kuzigurira no gukora imiganda itandukanye ku nyubako zubakirwa abatishoboye.”

    Mituweli bayitanze mu Murenge wa Maraba ku baturage 15. Amatungo bagabye ni ihene 11 mu Murenge wa Mukura, naho imiganda ku nyubako bagenda bayikora hirya no hino mu Karere ka Huye.

    DASSO Fabrice Bagaruka anavuga ko bene ibi bikorwa bihuza DASSO n’abaturage bizakomeza kugira ngo hashimangirwe imikoranire myiza.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/huye-aba-dasso-batanze-umuganda-mu-gutera-ibiti-7-750

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 8, ntawakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 8 babonetse mu bipimo 3,698 bakaba barimo 7 babonetse muri Kigali, undi umwe aboneka i Nyagatare.

    Kugeza kuri uyu wa Gatandatu, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,060 muri bo abamaze gukira ni 4,806 naho abakivurwa ni 220.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-8-ntawakize

  • Patriots itwaye igikombe cya Gatatu yikurikiranya,The Hoops yandika amateka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imikino ya nyuma ya BK Basketball National League yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Ukwakira 2020.

    Umukino wa nyuma mu bagabo wahuje REG BBC na Patriots BBC witabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, wanitabiriye umukino wa 1/2 wahuje REG BBC na APR BBC.

    Ni imikino yabanjirijwe n’iyo gushaka umwanya wa Gatatu mu bagabo n’abagore. Mu bagore ikipe y’Ubumwe BBC yatwaye umwanya wa Gatatu itsinze 67 kuri 52 ya APR BBC. Mu bagabo IPRC Kigali yatsinze APR BBC amanota 87 kuri 79.

    Uko amakipe yakurikiranye

    Abagabo:

    1. Patriots BBC
    2. REG BBC
    3. IPRC Kigali BBC
    4. APR BBC

    Abagore:

    1.The Hoops Rwanda
    2. IPRC Huye BBC
    3. Ubumwe BBC
    4. APR W BBC

    Amakipe abiri yegukanye ibikombe azahagararira u Rwanda mu mikino mpuzampahanga. Patriots BBC izahagarariria u Rwanda muri Basketball Africa League mu gihe The Hoops Rwanda izahagarariria u Rwanda mu mikino y’Akarere ka Gatanu (Zone 5).

    Banki ya Kigali ni we muterankunga wa shampiyona yatanze ibihembo ku makipe ane ya mbere. Ikipe ya mbere yahembwe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, iya kabiri ihabwa miliyoni imwe n’igice, iya Gatatu yahawe miliyoni imwe, iya kane ihabwa ibihumbi magana inani.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/patriots-itwaye-igikombe-cya-gatatu-yikurikiranya-the-hoops-yandika-amateka

  • Perezida Kagame yarebye umukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umukino wahuje amakipe ya Patriots na REG nyuma yo gutsinda imikino yayo ya 1/2.

    Ikipe ya REG BBC yageze ku mukino wa nyuma itsinze APR BBC amanota 75 kuri 68. Uyu mukino na wo warebwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020.

    Undi mukino wa 1/2 wahuje Patriots BBC ifite igikombe giheruka na IPRC Kigali, urangira Patriots BBC itsinze IPRC Kigali mu buryo bworoshye amanota 88 kuri 59. Ni irushanwa riterwa inkunga na Banki ya Kigali (BK).

    Umukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball urangiye Patriots BBC yegukanye igikombe itsinze REG BBC amanota 76 kuri 61, bituma Patriots BBC yegukana iki gikombe ku nshuro yayo ya gatatu yikurikiranya (2018, 2019, 2020). Ibaye kandi inshuro ya kane yegukanye iki gikombe, dore ko no muri 2016 Patriots BBC ari yo yagitwaye.

    Ni mu gihe mu bakobwa igikombe cyegukanywe na The Hoops Rwanda itsinze IPRC Huye amanota 68 kuri 63.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/perezida-kagame-yarebye-umukino-wa-nyuma-wa-shampiyona-ya-basketball-amafoto

  • Umuhanda wa kaburimbo Ngoma-Bugesera-Nyanza uzoroshya ubuhahirane #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igice cy
    Igice cy’uwo muhanda mu Karere ka Bugesera cyamaze gukorwa

    Babitangaje ku wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, ubwo komite zihagarariye abaturage mu ikorwa ry’uwo muhanda zaganiraga na kompanyi izawukora ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere, ku bijyanye no kuzaha ingurane abaturage, gukemura amakimbirane, uko ibidukikije bizarengerwa, umutekano n’ibindi.

    Ni umuhanda wiswe Kibugabuga-Shingiro-Gasoro wa kilometero 66,55 uzaturuka mu Karere ka Bugesera ukagera mu ka Nyanza. Ubu ku gice cya Bugesera imirimo irarimbanyije kuko kaburimbo imaze gushyirwa ku birometero 11, ukaba urimo gukorwa na Kompanyi y’Abashinwa yitwa HNRB (Human Road and Bridge Construction Company Ltd).

    Mu Karere ka Nyanza uzanyura mu mirenge itatu ari yo Kigoma, Muyira na Busoro, ahangana na kilometero 30,67. Abaturage bahatuye biteguye kuwubyaza umusaruro kuko ngo hari ubwo byabagoraga kugera ku masoko, nk’uko Umurerwa Chantal wo mu Murenge wa Busoro abivuga.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme na Sam Xiu wari uhagarariye Kompanyi ikora umuhanda mu kiganiro n’abaturage

    Ati “Uyu muhanda nutugeraho bizaba ari byiza kuko tutabonaga uko tugeza umusaruro wacu ku masoko aduha igiciro cyiza bityo tukagurisha duhendwa. Ikindi ni uko imihanda mibi itatumaga haza imodoka zitwara abagenzi, tugahendwa na moto za buri gihe ariko umuhanda nuza bizaba bikemutse, tubashe kwagura ibikorwa”.

    Ruyombyana Alexis, uri no muri komite yo gukemura amakimbirane mu gihe umuhanda uzaba watangiye gukorwa, avuga ko biteguye gufasha abaturage ariko kandi na we ngo umuhanda awitezeho inyungu.

    Ati “Ubu twatangiye kwigisha abaturage uko bazitwara mu gihe cyo gukora umuhanda, bamenye kubana n’abantu bashya, ariko kandi habaye ikibazo runaka bakatubwira tukareba uko gikemuka mu mahoro. Uyu muhanda twari tuwukeneye cyane, nkanjye w’umuhinzi-mworozi ubutaka bwanjye bugiye kuzamura agaciro kandi n’umusaruro w’ibyo nkora ubone isoko nishimira niteze imbere”.

    Umukozi ushinzwe ibibazo by’abaturage, kurengera ibidukikije no gukumira impanuka muri kompanyi ikora uwo muhanda, Landry Nkiriyumwami, avuga ko bidatinze bazaba batangiye gukora mu Karere ka Nyanza, abaturage bakazahita bahabwa imirimo.

    Ati “Aho twahereye mu Bugesera tumaze gukora ibirometero 11 birimo kaburimbo, turateganya ko muri Mutarama 2021 tuzaba dutangiye gukora igice cya Nyanza. Tukihagera abaturage basaga 3,000 bazahita babona akazi, cyane ko mu masezerano dusabwa ko 80% by’abakozi bagomba kuba ari abo mu gace tugezemo”.

    Avuga kandi ko biteguye gukora ariko barengera ibidukikije nk’uko barimo kubikora n’ahandi, basubiranya ndetse batera ibiti aho bazaba bacukuye bakuramo gravier, amabuye n’ibindi, cyane ko haba hari n’inyigo yerekana uko bizakorwa bagomba gukurikiza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, avuga ko bishimiye uwo muhanda kuko uzana impinduka zigaragara mu Karere kuko uzanamo amafaranga mashya kubera ibikenerwa n’abawukora.

    Ati “Umuhanda wa kaburimbo ni igikorwa twishimiye cyane kuko uzana impinduka mu Karere haba mu mihahiranire no mu migenderanire, ariko kandi utanga n’akazi kenshi bityo hakinjira amafaranga mashya. Twavuga nk’ibikoresho bizatangwa n’abaturage, abazakora imirimo, ubundi bucuruzi buzahahirwa n’abakozi, ibyangijwe bizishyurwa, byose ni ibizinjiza amafaranga”.

    Ati “Ndasaba abaturage rero kubyaza ayo mahirwe umusaruro, bityo atazabasiga uko yabasanze. Nkangurira abaturage kandi kwitonda kuko hashobora kuba impanuka kubera imashini, imodoka n’ibindi bikoresho, ikindi ni uko hazaba harimo abantu b’imico itandukanye, abaturage bakamenya kubana na bo”.

    Uwo muhanda wa Bugesera-Nyanza, ni igice cy’umuhanda muremure Ngoma-Bugesera-Nyanza wa kilometero 130 Leta irimo gukora, uterwa inkunga na Banki y’isi, ikorwa ryawo rikaba rikurikiranwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iby’imihanda (RTDA).

    Imirimo irarimbanyije
    Imirimo irarimbanyije


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Umuhanda-wa-kaburimbo-Ngoma-Bugesera-Nyanza-uzoroshya-ubuhahirane

  • Rayon Sports yabonye ubuyobozi bushya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwayezu Jean Fidele ni we umaze gutorerwa kuyobora Rayon Sports mu myaka ine iri imbere, aho yatowe ku majwi 39 mu gihe Bizimana Sylvestre bari bahanganye yagize ijwi naho imfabusa ziba 10.

    Uwayezu Jean Fidele, Perezida mushya wa Rayon Sports
    Uwayezu Jean Fidele, Perezida mushya wa Rayon Sports

    Visi Perezida wa mbere yabaye Kayisire Jacques usanzwe ari umuyobozi wa Dream Football Academy, akaba yaranakiniye ikipe ya Rayon Sports mu myaka ishize. Yatowe ku majwi 33 , mu gihe Mushimire Jean Claude bari bahatanye yagize amajwi 15, imfabusa iba imwe.

    Kayisire Jacques, Visi-Perezida wa mbere
    Kayisire Jacques, Visi-Perezida wa mbere

    Ku mwanya wa Visi Perezida hatowe Ngoga Roger Aimable wari wiyamamaje wenyine, aho yagize amajwi 47, imfabusa ziba 2.

    Visi Perezida wa kabiri, Ngoga Roger Aimable
    Visi Perezida wa kabiri, Ngoga Roger Aimable

    Umubitsi yabaye Ndahiro Olivier na we wari wiyamamaje wenyine. Yagize amajwi 46, imfabusa 3.

    Ndahiro Olivier watorewe kuba Umubitsi
    Ndahiro Olivier watorewe kuba Umubitsi

    Aganira n’itangazamakuru nyuma yo gutorwa, Uwayezu Jean Fidele yavuze ko yakunze Rayon Sports kuva ari umwana, akaba aje gukora ibishoboka byose ngo yongere ibe ikipe itinyitse.

    Ati “Ndi umukunzi wa Rayon Sports. Nayikunze kuva nkiri umwana. Ni yo kipe nkunda ni na yo nzi. Ntabwo nagaragaye mu buyobozi ariko nari umunyamuryango wayo n’umukunzi wayo.”

    “Mu bihe bikomeye yanyuzemo nibwo nicaye mbitekerezaho nganira n’abandi ndavuga nti kuki ntagira icyo nkora kugira ngo Rayon Sports tuyigarurire icyizere, Rayon Sports ndashaka ko yongera kuba Mpatsamakipe, yongere ibe Gikundiro”

    Uwayezu Jean Fidele watorewe kuba Perezida wa Rayon Sports avuka mu Karere ka Nyanza, akaba yarabaye umusirikare mu ngabo z’u Rwanda aho yari afite ipeti rya Kapiteni, ubu akaba afite ikigo RGL Security gikora ibijyanye no gucunga umutekano, akaba ari na we muyobozi mukuru wacyo.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rayon-sports-yabonye-ubuyobozi-bushya

  • Nyanza: Umuhanda wa kaburimbo Ngoma-Bugesera-Nyanza uzoroshya ubuhahirane #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igice cy
    Igice cy’uwo muhanda mu Karere ka Bugesera cyamaze gukorwa

    Babitangaje ku wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, ubwo komite zihagarariye abaturage mu ikorwa ry’uwo muhanda zaganiraga na kompanyi izawukora ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere, ku bijyanye no kuzaha ingurane abaturage, gukemura amakimbirane, uko ibidukikije bizarengerwa, umutekano n’ibindi.

    Ni umuhanda wiswe Kibugabuga-Shingiro-Gasoro wa kilometero 66,55 uzaturuka mu Karere ka Bugesera ukagera mu ka Nyanza. Ubu ku gice cya Bugesera imirimo irarimbanyije kuko kaburimbo imaze gushyirwa ku birometero 11, ukaba urimo gukorwa na Kompanyi y’Abashinwa yitwa HNRB (Human Road and Bridge Construction Company Ltd).

    Mu Karere ka Nyanza uzanyura mu mirenge itatu ari yo Kigoma, Muyira na Busoro, ahangana na kilometero 30,67. Abaturage bahatuye biteguye kuwubyaza umusaruro kuko ngo hari ubwo byabagoraga kugera ku masoko, nk’uko Umurerwa Chantal wo mu Murenge wa Busoro abivuga.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme na Sam Xiu wari uhagarariye Kompanyi ikora umuhanda mu kiganiro n’abaturage

    Ati “Uyu muhanda nutugeraho bizaba ari byiza kuko tutabonaga uko tugeza umusaruro wacu ku masoko aduha igiciro cyiza bityo tukagurisha duhendwa. Ikindi ni uko imihanda mibi itatumaga haza imodoka zitwara abagenzi, tugahendwa na moto za buri gihe ariko umuhanda nuza bizaba bikemutse, tubashe kwagura ibikorwa”.

    Ruyombyana Alexis, uri no muri komite yo gukemura amakimbirane mu gihe umuhanda uzaba watangiye gukorwa, avuga ko biteguye gufasha abaturage ariko kandi na we ngo umuhanda awitezeho inyungu.

    Ati “Ubu twatangiye kwigisha abaturage uko bazitwara mu gihe cyo gukora umuhanda, bamenye kubana n’abantu bashya, ariko kandi habaye ikibazo runaka bakatubwira tukareba uko gikemuka mu mahoro. Uyu muhanda twari tuwukeneye cyane, nkanjye w’umuhinzi-mworozi ubutaka bwanjye bugiye kuzamura agaciro kandi n’umusaruro w’ibyo nkora ubone isoko nishimira niteze imbere”.

    Umukozi ushinzwe ibibazo by’abaturage, kurengera ibidukikije no gukumira impanuka muri kompanyi ikora uwo muhanda, Landry Nkiriyumwami, avuga ko bidatinze bazaba batangiye gukora mu Karere ka Nyanza, abaturage bakazahita bahabwa imirimo.

    Ati “Aho twahereye mu Bugesera tumaze gukora ibirometero 11 birimo kaburimbo, turateganya ko muri Mutarama 2021 tuzaba dutangiye gukora igice cya Nyanza. Tukihagera abaturage basaga 3,000 bazahita babona akazi, cyane ko mu masezerano dusabwa ko 80% by’abakozi bagomba kuba ari abo mu gace tugezemo”.

    Avuga kandi ko biteguye gukora ariko barengera ibidukikije nk’uko barimo kubikora n’ahandi, basubiranya ndetse batera ibiti aho bazaba bacukuye bakuramo gravier, amabuye n’ibindi, cyane ko haba hari n’inyigo yerekana uko bizakorwa bagomba gukurikiza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, avuga ko bishimiye uwo muhanda kuko uzana impinduka zigaragara mu Karere kuko uzanamo amafaranga mashya kubera ibikenerwa n’abawukora.

    Ati “Umuhanda wa kaburimbo ni igikorwa twishimiye cyane kuko uzana impinduka mu Karere haba mu mihahiranire no mu migenderanire, ariko kandi utanga n’akazi kenshi bityo hakinjira amafaranga mashya. Twavuga nk’ibikoresho bizatangwa n’abaturage, abazakora imirimo, ubundi bucuruzi buzahahirwa n’abakozi, ibyangijwe bizishyurwa, byose ni ibizinjiza amafaranga”.

    Ati “Ndasaba abaturage rero kubyaza ayo mahirwe umusaruro, bityo atazabasiga uko yabasanze. Nkangurira abaturage kandi kwitonda kuko hashobora kuba impanuka kubera imashini, imodoka n’ibindi bikoresho, ikindi ni uko hazaba harimo abantu b’imico itandukanye, abaturage bakamenya kubana na bo”.

    Uwo muhanda wa Bugesera-Nyanza, ni igice cy’umuhanda muremure Ngoma-Bugesera-Nyanza wa kilometero 130 Leta irimo gukora, uterwa inkunga na Banki y’isi, ikorwa ryawo rikaba rikurikiranwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iby’imihanda (RTDA).

    Imirimo irarimbanyije
    Imirimo irarimbanyije


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Nyanza-Umuhanda-wa-kaburimbo-Ngoma-Bugesera-Nyanza-uzoroshya-ubuhahirane

  • Imiryango igaragaramo imirire mibi yahawe ibiti by’imbuto n’amatungo magufi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri ako Karere, Murekatete Juliet, avuga ko ibiti byatanzwe bigizwe n’imyembe, amacunga, ndetse na avoka buri muryango ukaba wahawe ibiti 3 kimwe kuri buri bwoko.

    Murekatete avuga ko ibi byatanzwe mu rwego rwo gufasha imiryango kubona imbuto zo kurya zizunganira imboga bikarandura imirire mibi.

    Avuga kandi ko buri muryango worojwe ihene kugira ngo haboneke ifumbire izifashishwa mu gufumbira imboga n’indi myaka kugira ngo imiryango yihaze mu biribwa.

    Ati “Ibiti bahawe byera vuba bityo bazabone imbuto vuba zunganire imboga rwatsi bateye ndetse tukaba twabigishije uko bategura indyo yuzuye n’igihe bayitangira kugira ngo hirindwe imirire mibi. Naho ihene izatuma babona ifumbire bihaze mu biribwa bibakure mu bukene.”

    Murekatete Juliet avuga ko kuva gahunda yo gukangurira imiryango gutera imboga rwatsi ndetse no kuyiha ibiti by’imbuto yatangira, kongeraho ubukangurambaga bwo gutegura indyo yuzuye, ikibazo cy’imirire mibi cyagabanutse.

    Avuga ko kuri ubu abana 52 gusa ari bo bakigaragaraho imirire mibi mu gihe mbere wasangaga barenga 200.

    Ashishikariza imiryango gutegurira abana indyo yuzuye kuko bidasaba amikoro kuko ibiyigize buri wese yabibona mu buryo bworoshye.

    Avuga ariko ko indyo yuzuye mu gihe yateguwe itagomba guhabwa umwana yamaze gukonja ahubwo ari byiza ko yabihabwa bishyushye.

    Gutanga ibiti by’imbuto n’amatungo magufi Akarere ka Nyagatare kabifatanya n’umuterankunga UNICEF, iri rikaba ari ishami ry’UMuryango w’Abibumbye ryita ku bana.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/imiryango-igaragaramo-imirire-mibi-yahawe-ibiti-by-imbuto-n-amatungo-magufi