Tag: featured

  • New Poll on Us Election indicates a trump victory by 10% #Rwanda #Rwot

    A new Poll has indicated that Donald Trump will win the US elections by a 10% difference compared to his opponent Joe Biden.

    Source : powr.io
  • Ubuyobozi bwa APR FC bwahagaritse umukinnyi Ishimwe Kevin #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ishimwe Kevin
    Ishimwe Kevin

    Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Ishimwe Kevin ubwo ikipe ye yari iri mu myitozo atumvikanye n’umutoza Adil Mohamed wamusifuye ko yaraririye (Hors-Jeu). Nyuma y’iki cyemezo, Kevin yabwiye nabi umutoza we wari umaze kumusifura iryo kosa, umutoza ntiyabyakira neza ahitamo kumusabira guhagarikwa.

    Ishimwe Kevin w’imyaka 25, akaba yahise asezererwa mu mwiherero w’ikipe i Shyorongi mu gihe ubuyobozi bw’ikipe bukiganira ku bihano bizamufatirwa.

    Uyu mukinnyi ugaragayeho imyitwarire mibi ku nshuro ya kabiri biravugwa ko ikipe ya APR FC yaba irimo gutegura uburyo yatandukana na we.

    Ishimwe Kevin yaje muri APR FC avuye mu ikipe ya AS Kigali, asinya imyaka ibiri mu ikipe y’ingabo z’igihugu ndetse yerekanwa ku mugaragaro tariki ya 05 Kanama 2019.

    Uretse uyu mukinnyi usezerewe mu mwiherero w’iyi kipe, abandi bakinnyi bose bameze neza, ndetse n’abari bafite ibibazo by’uburwayi bose n’imvune baragutse ubu bari mu myitozo.

    Kugeza ubu ikipe y’ingabo z’igihugu irakomeza imyitozo yo kwitegura kuzasohokera igihugu muri CAF Champions League aho uyu munsi iri bukore imyitozo kabiri, mu gitondo saa tatu no ku gicamunsi saa cyenda.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ubuyobozi-bwa-apr-fc-bwahagaritse-umukinnyi-ishimwe-kevin

  • Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 y’Inkubito z’Icyeza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo Madame Jeannette Kagame yahembaga Inkubito z
    Ubwo Madame Jeannette Kagame yahembaga Inkubito z’Icyeza

    Kwita kuri abo bana ni uko kera batahabwaga umwanya nka basaza babo ngo berekane icyo bashoboye, ari yo mpamvu Imbuto Foundation yakoze ubukangurambaga bwo kubakundisha ishuri, bakiga siyansi bityo abatsinda mu byiciro bitandukanye by’amashuri bagahembwa.

    Ku rubuga rwe rwa Twitter, Madame Jeannette Kagame ari na we washinze umuryango Imbuto Foundation, yakeje abakobwa bashya binjiye mu Nkubito z’Icyeza kuri iyo sabukuru.

    Yagise ati “Dukeje abakobwa 25 twakiriye mu muryango w’Inkubito z’Icyeza! Ibyiza bakuru banyu bagezeho muri iyi myaka 15, biduteye ishema n’umunezero kuri uyu munsi twizihiza urugendo rw’imyaka 15 yo guteza imbere uburezi bw’Umukobwa”.

    Kwizihiza iyo sabukuru byaranzwe n’ikiganiro cyakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga, hakaba hagaragajwe urugendo rw’ubwo bukangurambaga muri iyo myaka 15, ibyagezweho, cyane ko hibandwaga ku bana b’abakobwa bakomoka mu miryango itifashije bagafashwa kwiga bahabwa ibikenerwa kugira ngo badasigara inyuma.

    Umuyobozi mukuru wungirije wa Imbuto Foundation, Umutesi Géraldine, yagarutse kuri ubwo bukangurambaga ndetse n’icyo bwagezeho.

    Ati “Dutangira ubu bukangurambaga, icyerekezo twahawe kwari ugutekereza kuri buri mwana wese, kugera ku bana bose 100% tukamenya ko bari mu ishuri, bakarigumamo kandi bagatsinda ari indashyikirwa. Ibi byarebaga abana bose ariko by’umwihariko umwana w’umukobwa kubera imbogamizi zamuzitiraga”.

    Umutesi Géraldine, Umuyobozi mukuru wungirije w
    Umutesi Géraldine, Umuyobozi mukuru wungirije w’Umuryango Imbuto Foundation

    Ati “Muri uko gushakisha icyaha imbaraga umwana w’umukobwa, ni bwo hatekerejwe guha ishimwe abatsinze neza amashuri abanza n’ayisumbuye. Kuri ubu abakobwa bagera ku 5,088 ni bo bamaze kubona iryo shimwe twitwa ‘Ishimwe ryo gukeza Inkubito z’Icyeza’ rya Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame, rikanajyana n’amahugurwa mu ikoranabuhanga”.

    Yongeyeho ko abo bose ubu bafite ihuriro ribafasha kujya mu mashuri na bo gutanga ubutumwa bw’ikizere kuri barumuna babo, agashimira Leta y’u Rwanda kuko yabafashije muri icyo gikorwa ndetse n’abandi bafatanyabikorwa.

    Umwe mu Nkubito z’Icyeza wahembwe inshuro eshatu zose, Uwimbabazi Bonifride, avuga ko byamuteye imbaraga arushaho kwigirira icyizere.

    Ati “Mpembwa bwa mbere nari ndangije amashuri abanza muri 2011, numva ngo nzahembwa na Imbuto Foundation nubwo ntari nyizi. Kuva icyo gihe byanteye imbaraga zo gukora cyane, kuko ari na bwo niswe Inkubo y’Icyeza, bityo bituma niga cyane kugira ngo ntazatakaza iryo shema, ari byo byamviriyemo no kuba uwa mbere no mu gusoza icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye”.

    Ati “Icyo gihe na bwo narahembwe, ni bwo niyemeje noneho kujya niga nihaye intego y’amanota ngomba kugeraho. Nahisemo rero kwiga siyansi kuko numvaga nshaka kuba umuganga (Dr), icyo kizere niremyemo, inama bampaga no gukora cyane ni byo byatumye ndangiza umwaka wa gatandatu ndi uwa mbere, icyo gihe igihembo nagihawe na Mme Jeannette Kagame, ndishima”.

    Uwimbabazi avuga ko arangije umwaka wa gatandu w’abanza, Imbuto Foundation anashimira cyane, yamufashe mu bo igomba kwishyurira, ari byo byatumye yiga neza kuko nta mbogamizi z’ibikenerwa yari agifite.

    Umutesi avuga ko muri ubwo bukangurambaga bagiye babona imbogamizi abana b’abakobwa bagihura na zo zirimo gukora imirimo myinshi bavuye ku ishuri ku biga bataha, abo mu miryango ihoramo amakimbirane kuko yashinzwe nta kwitegura, ubukene, bikadindiza umwana mu myigire.

    Aho ngo ni ho haturutse igitekerezo cyo gufasha abana b’abahanga ariko badafite ubushobozi bwo kubona ibikenerwa ngo bige neza.

    Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) kivuga ko umubare w’abana b’abakobwa mu mashuri wagiye uzamuka, nko muri 2008 abakobwa bakoze ikizamini cya Leta cy’amashuri abanza bari 40% ariko ubu bageze kuri 55% na ho abahungu ni 45%, abakobwa bakomereza mu kwiga za siyanzi ubu ngo bakaba bari hagati ya 53% na 55%, ubukangurambaga bwa Imbuto Foundation ngo bukaba bwarabigizemo uruhare runini.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/imbuto-foundation-yizihije-imyaka-15-y-inkubito-z-icyeza

  • Abavuga ko gusobanura filime ari ukwangiza ibihangano by’abandi Junior Giti arabasubiza (ikiganiro) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Junior Giti
    Junior Giti

    Junior uri mu b’imbere mu gusobanura filime zikunzwe zirebwa hano mu Rwanda, uretse aka kazi, anagaragara mu bikorwa byinshi by’imyidagaduro nko kugaragara mu ndirimbo. Ni n’umuvandimwe wa Yanga na we wasobanuye filime igihe kirekire.

    Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n’uyu mugabo umaze kwamamara mu gusobanura filime kubera guhimba amwe mu magambo akamamara mu Rwanda hose, yaduhishuriye ko gukora aka kazi neza bisaba kuba usanzwe uzi kuganira, kumenya indimi z’amahanga zikinwamo filimi, kuba uzi gushakisha filimi zigezweho no kuba uzi icyo Abanyarwanda bagukeneyeho muri iyo minsi.

    Kigali Today (KT): Watangiye gusobanura filme ryari?

    Junior: Natangiye kubikora kera nkiri mu mashuri, ariko muri 2015 nibwo natuje mbikora nk’akazi, mbere yaho nabivangaga n’ishuri.

    KT: Mukuru wawe Yanga yarabikoraga. Ni we wakwigishije?

    Junior: Nabyinjiyemo atangiye kubivamo, ndetse nagenze mu njyana ye, nyuma nanjye nza kurema inzira yanjye kuko isoko ryacu n’irye(Yanga) biratandukanye cyane kuko twe twazamuye agasobanuye ku rwego rwubashywe na buri wese.

    KT: Umaze kubigeramo, wasanze ari akazi wishimira? Kakwinjirizaga bingana gute?

    Junior: Nabigezemo tubanza kurwana no guhindura ishusho y’agasobanuye uko twagasanze. Mbere agasobanuye nta muntu wagahaga agaciro, karebwaga n’abantu badasobanutse. Ubu gaca ku mateleviziyo menshi mu Rwanda no mu Burundi. Byabaye akazi nk’indi myuga yose kandi ni umurimo uhemba neza cyane.

    KT: Umaze kugira izina rinini muri aka kazi. Kugira ngo ugere kuri urwo rwego byagusabye iki?

    Junior: Byansabye kubanza gusobanukirwa neza ko Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga nkorera filime bumva ikinyarwanda, ari abantu bakuru ndetse basobanukiwe, bityo byansabye guhindura imivugire, imitekerereze no gufata umwanya uhagije nkabategurira ibyo filimi zigisha kandi zikaruhura mu mutwe.

    KT: Wifuza kuzagera he muri aka kazi?

    Junior: Ndifuza ko agasobanuye gakomeza kubahwa kakagera hejuru cyane ku buryo Abanyarwanda bose bagomba kumenya ko nta wundi murimo usimbura kureba agasobanuye.

    KT: Wumva ibyo bizashoboka?

    Junior: Bizashoboka cyane ndetse ubu bamwe batangiye no kubishoramo amafaranga kandi ni akazi gatunze benshi atari natwe dusobanura gusa, kuko hari n’abandi bazigurisha bitunze.

    KT: Hari abantu bavuga ko ibyo mukora ari ukwangiza ibihangano by’abandi. Ubivugaho iki?

    Junior: Abavuga ko dukora ibidakwiye bazatwegere tubereke neza ibyo dukora, kuko nta kintu na kimwe cyakorwa kitemewe ku butaka bw’u Rwanda, birazwi dufite Leta ikaze mu bugenzuzi bw’ibyangombwa.

    KT: Uruganda rwo gusobanura Filime mu Rwanda ubona ruzaba ruhagaze rute mu myaka 10 iri imbere?

    Junior: Ruzaba ari uruganda rufite uruhare runini mu myidgaduro yo mu Rwanda cyane ko tudahwema gukora no gushaka icyateza imbere ‘showbiz’ yacu muri rusange.

    KT: Iyo hasohotse filime iri mu rurimi utumva ubigenza ute?

    Junior: Bisaba guhora usoma, guhora wagura ubwonko bwawe, kuko n’indimi twita ko tuzi buri munsi zirahinduka cyane ko filime zo hanze inyinshi zikorwa bifashishije amagambo y’inshoberamahanga cyangwa yumvikanweho n’abanyarurimi (slangs). Bisaba guhora wiyigisha indimi nk’igifaransa, icyongereza, igihindi n’icyespanyole.

    KT: Turabashimiye Junior

    Junior: Namwe murakoze Kigali Today


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/abavuga-ko-gusobanura-filime-ari-ukwangiza-ibihangano-by-abandi-junior-giti-arabasubiza-ikiganiro

  • RIB yafunze Mutangana Jean Bosco wahoze ari Umushinjacyaha Mukuru #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mutangana Jean Bosco
    Mutangana Jean Bosco

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye Kigali Today ko aya makuru ari impamo, asobanura ko Mutangana akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

    Afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu Mujyi wa Kigali, iperereza rikaba rikomeje.

    Dosiye ye na yo ngo irimo gukorwa kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

    Mutangana Jean Bosco yabaye Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda kuva tariki 9 Ukuboza 2016, asimburwa kuri uwo mwanya na Havugiyaremye Aimable wari usanzwe ayobora Komisiyo y’u Rwanda Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (Rwanda Law Reform Commission).

    Izi mpinduka zakozwe biturutse ku cyemezo cy’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/amakuru/article/rib-yafunze-mutangana-jean-bosco-wahoze-ari-umushinjacyaha-mukuru

  • Musanze: Habaye igikorwa cyo kumena no gutwika ibiyobyabwenge n’ibiribwa byarengeje igihe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyamenwe byiganjemo kanyanga, urumogi, inzoga zo mu mashashi (living na real gin), inzoga z’inkorano ndetse n’ibiribwa byarengeje igihe (mayonnaise, ifu y’ibigori (pâte jaune), umunyu, n’ibindi).

    Byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni esheshatu n’ibihumbi ijana na mirongo irindwi na bibiri na mirongo icyenda mu mafaranga y’u Rwanda (6.172.090frw)

    Mu bayobozi bitabiriye icyo gikorwa, barimo Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, ingabo na Polisi ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake bagera kuri 50.

    Mu butumwa bwahatangiwe n’Abayobozi batandukanye, bagarutse ku ngaruka z’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge haba ku muntu ku giti cye, ku muryango we ndetse no ku gihugu muri rusange bityo basaba buri wese kubyirinda no gukangurira abandi kubyirinda n’ababikoresha basabwa kubireka burundu.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine yagize ati: “Nk’inshingano z’ubuyobozi twiteguye gufatanya n’inzego z’umutekano mu gukangurira abaturage kureka ibiyobyabwenge (kubicuruza, kubikora, kubitunda…) bagashyira imbere ibikorwa by’iterambere no kubungabunga ibyagezweho.”

    Yagiriye inama buri wese cyane cyane urubyiruko kureka kwishora mu biyobyabwenge abasaba gusenyera umugozi umwe ndetse bagafatanya n’ababyeyi babo mu bikorwa bifite akamaro, yibutsa n’abakoresha abana mu bikorwa bitemewe kubihagarika kuko amategeko abategereje kandi azubahirizwa.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/musanze-habaye-igikorwa-cyo-kumena-no-gutwika-ibiyobyabwenge-n-ibiribwa-byarengeje-igihe

  • Menya imwe mu mirimo ingufu za Atomike zizakoreshwa mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bimwe mu bihugu byo ku isi bitunganya ubutare bwa Uranium bikabubyazamo Ingufu za Atomike
    Bimwe mu bihugu byo ku isi bitunganya ubutare bwa Uranium bikabubyazamo Ingufu za Atomike

    Kuba imirasire ituruka ku ngufu za atomike zitwa ‘nuclear’ ishobora kumurikwa ku kinyabuzima ikakibuza kubora, igacengera mu nda y’ikintu ikamenyesha abantu imiterere y’ibikigize, ni amahirwe u Rwanda rugiye kubyaza umusaruro.

    Mu bijyanye n’umutekano, hari ibyuma biba ku bwinjiriro bw’inyubako, bikaba bikoresha imirasire y’ingufu za atomike mu gusaka, hakamenyekana ibikigize niba birimo ibinyabutabire byateza ikibazo.

    Mu buvuzi, iyi mirasire imurika ku biri imbere mu muntu (cyangwa mu nyamaswa), ibyuma bigafotoramo kugira ngo hamenyekane ahari ikibazo cy’imvune cyangwa ubundi burwayi (ni byo bita guca mu cyuma cyangwa ‘radiographie’).

    Umwe mu bakozi ba Leta bahugukiwe ibinyanye n’imikoreshereze y’ingufu za atomike (yanze ko amazina ye atangazwa), yavuze ko ibisebe by’indwara ya kanseri mu mubiri bitunzweho imirasire y’ingufu za atomike, bihita bishirira indwara igakira.

    Mu bijyanye no gufata neza umusaruro, ibiribwa byangirika vuba iyo bishyizwe ahantu hagera imirasire y’ingufu za atomike ntabwo bishobora kubora cyangwa gushya.

    Mu bijyanye n’ubuhinzi, urubuto rwanyujijwe mu mirasire y’ingufu za atomike ruhabwa ubudahangarwa bururinda kubora mu rutewe n’umwuzure cyangwa ubushyuhe mu butaka.

    Kimwe no mu bworozi, uwo mukozi wa Leta twaganiriye yakomeje avuga ko ingufu za atomike zihagarika kuribwa(kwangirika) k’utunyangingo tw’umubiri w’itungo, bigatuma umusaruro ryitezweho ugomba kuboneka.

    Mu mikorere y’inganda, bitewe n’uko amaso y’abantu hari imirimo adashobora kugenzura, hifashishwa ingufu za atomike zikamenya ‘icupa ry’inzoga rituzuye mu murongo w’arimo gusukwamo, iryo rituzuye rigahita risubizwa inyuma aho gupfundikirwa.

    Imirasire y’ingufu za atomike kandi ifasha mu kumenya ingano y’ibigize igicuruzwa bigomba kugenzurwa mu gihe kirimo gusuzumwa ubuziranenge.

    Mu bijyanye n’ubwubatsi, icyuma gikoresha ingufu za atomike kibasha kumurika mu nda y’umusozi kikamenya uburyo ubutaka butsindagiye, ubuhehere burimo n’ibigize ubwo butaka mbere yo kuhashyira inzu cyangwa imihanda.

    Urwego rushinzwe ibijyanye n’Ingufu “Atomique” rwitwa ‘Rwanda Atomic Energy Board RAEB ruzaba rufite inshingano zo gukurikirana ibikorwa by’ubushakashatsi n’ikoreshwa ry’ingufu za ‘nuclear’ mu Rwanda.

    RAEB izaba ishinzwe no kugenzura umutekano w’ikoreshwa ry’ingufu atomike mu Rwanda, ku buryo zitanga umusaruro mu rwego rwo guteza imbere icyerekezo 2050, ndetse no gukurikirana ishyirwaho ry’Ikigo cyigisha ibinyanye n’izo ngufu ndetse n’imishinga y’ikoranabuhanga ritandukanye.

    Guhera mu mwaka ushize wa 2019, u Rwanda rumaze kohereza abantu 70 mu Burusiya bagiye kwihugura ku ikoreshwa ry’ingufu za atomike bakazamarayo imyaka kuva kuri itatu kugera kuri itandatu.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/menya-imwe-mu-mirimo-ingufu-za-atomike-zizakoreshwa-mu-rwanda

  • Ibigo by’amashuri ntibyagombye kongera amafaranga y’ishuri bitavuganye n’ababyeyi – MINEDUC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe abanyeshuri bitegura gusubira ku ishuri, ubu haravugwa ikibazo ku mafaranga ababyeyi basabwa kwishyura
    Mu gihe abanyeshuri bitegura gusubira ku ishuri, ubu haravugwa ikibazo ku mafaranga ababyeyi basabwa kwishyura

    Byagarutsweho mu kigaro ‘Ubyumva Ute’ kuri KT Radio cyabaye ku wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020, cyibanze ku buryo ibigo by’amashuri yigenga byatangiye kuzamura amafaranga asabwa abanyeshuri, mu gihe iyo Minisiteri yabisabye ko ayo mafaranga yaguma uko yari ari mbere ya Covid-19.

    Abitabiriye icyo kiganiro bagendeye kuri za ‘Babyeyi’ ibigo byoherereje ababyeyi, aho bigaragara ko minerval itiyongereye nk’uko babisabwe, ariko hariyongereye ibindi bisaba amafaranga, ari byo byateye impungenge abantu.

    Urugero rw’aho bazamuye amafaranga mu mashuri atandukanye, ni nk’aho mbere bishyuraga ibihumbi 150, ubu bakaba basabye ibihumbi 236, hari aho bishyuraga 50,000 ubu ni 95, hakaba n’aho bishyuraga 220,000 ubu akaba yarabaye 405.000, aho hose ni ku gihembwe.

    Umukozi ushinzwe itumanaho muri MINEDUC, Salafina Flavia, avuga ko amabwiriza ya Minisiteri atemerera ibigo kuzamura amafaranga y’ishuri, ngo binabayeho hakabanza kuba ibiganiro n’ababyeyi.

    Ati “Amabwiriza ya Minisiteri arasobanutse, nta kongera minerval ariko nta no gushaka kongera amafaranga mu bindi, twese tuzi isoko duhahiraho, nta gapfukamunwa ka 2,000 ibyo ni ibintu abantu bakwiriye guhagarika. Minisiteri ubu yatangije ibikorwa byo kubigenzura yifashishije abakozi bayo bari hirya no hino mu gihugu”.

    Ati “Ibyiza nibareke abana babanze bagere ku ishuri, cyane ko abo barimo bazamura amafaranga y’ishuri batigeze baganira n’ababyeyi ari cyo bagombye guheraho. Umurongo watanzwe ni uko bareka abana bakagera ku ishuri, bene ibigo nyuma y’igihe bakazatumiza inama y’ababyeyi bityo bakarebera hamwe ikibazo uko cyakemuka, ibigo ntibikajye hariya ngo bizamure amafaranga byonyine kandi ababyeyi ari bo babiha abana”.

    Umuyobozi w’ihuriro ry’abafite amashuri yigenga, Jean Marie Vianney Usengumuremyi, avuga ko igihembwe kigiye gutangira ari kirekire bityo ko gutunga abana byabagora, gusa na we ashyigikiye ko haba ibiganiro hagati y’amashuri n’ababyeyi.

    Ati “Iki gihembwe tugiye gutangira gifite amezi atanu, kandi nko ku ishuri ryanjye minerval yari ibihumbi 98 byakoraga mu mezi atatu, niba ari amezi atanu rero ntiwayagaburiramo abana ngo unahembe abarimu bivemo. Urumva ko ari ikibazo kuri ayo mezi, hakaba n’ikindi cy’uko no kuri atatu yari asanzwe, ibiciro byarazamutse”.

    Ati “Mbere ya Covid-19 ikilo cy’ibishyimbo twakiguraga amafaranga ari hagati ya 300 na 400, none ubu mu Majyepfo kiri ku 1,200. Kuba ibiciro byarikubye hafi kane ni ikibazo, ni na yo mpamvu nshyigikiye ko abana batangira hanyuma ababyeyi bakazaza bakirebera uko ibintu bihagaze, bakajya inama hakarebwa icyakwiyongeraho ku nyungu z’impande zose bireba”.

    Mutesi Scovia wavugaga mu mwanya w’umubyeyi muri icyo kiganiro, na we ashyigikiye ko amafaranga y’ishuri yakongerwa kugira ngo abana batazicwa n’inzara.

    Ati “Ikigaragara ni uko amashuri nareka kongera amafaranga kugira ngo yakire abana nk’uko MINEDUC yabisabye, abana bazicwa n’inzara habe n’abareka kwiga, kuko bashobora kubura icyo bagaburira abana muri ayo mezi atanu. Ibizasabwa ni byinshi kubera kwirinda Covid-19, Minisiteri ntirebe gusa ku ruhande rw’ababyeyi, ariko inarebe ingaruka niba amafaranga y’ishuri atongejwe”.

    Ibyo bibazo biravugwa mu gihe abana bagomba gutangira kwiga ku ya 2 Ugushyingo 2020, bakaziga mu bihe bigoye byo kwirinda Covid-19, icyorezo cyasubije inyuma ubukungu bw’igihugu n’ubushobozi bw’abaturage kubera gutakaza imirimo.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/ibigo-by-amashuri-ntibyagombye-kongera-amafaranga-y-ishuri-bitavuganye-n-ababyeyi-mineduc

  • Mozambique iri mu itsinda rimwe n’Amavubi yashyize ahagaragara abakinnyi 23 izifashisha #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe y
    Ikipe y’Igihugu ya Mozambique

    Ubu iyo kipe ya Mozambique yamaze gushyira ahagaragara abakinnyi 23 izifashisha.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira 2020 nibwo umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Mozambique Luís Filipe de Jesus Vieira Duarte Gonçalves, yashyize hanze abakinnyi 23 azakenera ku mukino uzabahuza n’Intare z’Inkazi za Cameroun zizakira igikombe cya Afurika cya 2022.

    Dore abakinnyi bahamagawe bagiye gutangira imyitozo yo kwitegura Cameroun:

    Abanyezamu:

    José Guirrugo (UD Songo), Victor Guambe (Costa do Sol), Júlio Frank (Ferroviário Maputo)

    Ba myugariro:

    Bonera (CS Maritimo, Portugal ) Zainadine Júnior (Maritimo, Portugal), Sidique Sataca (UD Songo), Bheu (UD Songo, Mozambique) , Edmilson Dove (Cape Town City, South Africa), Reinildo Mandava (Lille FC, France), Chico (TS Sporting FC, South Africa), Simao (Vegalta Sendal)

    Abakina hagati :

    Nene (Costa do Sol, Mozambique), Telinho (UD Songo, Mozambique), Kito (Ferroviaro Maputo, Mozambique), Geny Catamo (Sporting CP, Portugal), Kambala Manuel (Baroka FC, South Africa), Domingues (Unattached)

    Ba rutahizamu:

    Amâncio Canhemba (Vitória de Setúbal, Portugal), Witiness Quembo (Nacional, Portugal), Clésio Bauque (FC Gabala, Azerbaijan), Stanley Ratifo (CfR Pforzheim, Germany), Luis Miquissone (Simba SC, Tanzania), Reginaldo Fait (FC Kaysar, Kazakhstan)

    Mu mikino ibiri ibanza imaze kuba muri iri tsinda Mozambique yatsinze u Rwanda 2-0, inganya na Cap Vert 2-2.

    Ku munsi wa gatatu n’uwa kane w’iyi mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, Mozambique iyoboye iri tsinda ku manota 4 n’ibitego 2 izigamye izahura na Cameroun, i Yaoundé kuya 12 Ugushyingo 2020 na Maputo kuya 16 Ugushyingo 2020.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mozambique-iri-mu-itsinda-rimwe-n-amavubi-yashyize-ahagaragara-abakinnyi-23-izifashisha

  • Amavubi: Meddie Kagere na Rwatubyaye bategerejwe uyu munsi, Kevin Monnet-Paquet ntibirasobanuka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe habura ibyumweru bibiri ngo ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikine n’ikipe ya CAP-VERT, kugeza ubu abakinnyi bari kuboneka bari gukora imyitozo ni abakinnyi 17 gusa.

    Ni mu gihe abakinnyi 11 bari bahamagawe ba APR FC batitabiriye imyitozo ya mbere ndetse bakaba bataranatangiranye n’abandi icyiciro cya kabiri cy’imyitozo, aho batangaza ko bazayijyamo ku wa mbere tariki 02/11/2020.

    Usibye aba 11, abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda nta n’umwe urabasha kugera mu Rwanda kuko abenshi baracyari muri shampiyona mu bihugu byabo kuko ahenshi zamaze gutangira.

    Rutahizamu Meddie Kagere ategerejwe mu Rwanda uyu munsi
    Rutahizamu Meddie Kagere ategerejwe mu Rwanda uyu munsi

    Mu kiganiro twagiranye n’Umuvugizi wungirije wa Ferwafa Jules Karangwa, yadutangarije ko abakinnyi baturuka hanze y’u Rwanda babimburiwe na Meddie Kagere uhagera ku I Saa moya z’ijoro n’ubwo afite imvune muri iyi minsi, ndetse na Rwatubyaye Abdul uhagera mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane.

    Abandi bakinnyi bandi bategerejwe vuba harimo Rubanguka Steve ukina mu ikipe ya Rupel Boom FC mu Bubiligi, akazagaera mu Rwanda ku Cyumweru tariki 01/11/2020.

    Abakinnyi barimo Muhire Kevin bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha, mu gihe abakina ku mugabane w’i Burayi barimo Djihad Bizimana, Salomon Nirisarike na Yannick Mukunzi batazakorana n’abandi imyitozo mu Rwanda, ahubwo bazahurira muri Cap-Vert.

    Muhire Kevin ari mu bakinnyi bakina hanze bategerejwe vuba
    Muhire Kevin ari mu bakinnyi bakina hanze bategerejwe vuba

    Jules Karangwa kandi yakomeje atubwira ko kugeza ubu bataramenya uko gahunda za Kevin Monnet-Paquet ukinira Saint-Etienne zigeze, aho kugeza ubu aavugana n’umutoza, ariko nk’umukinnyi utarafatisha mu ikipe ye kuva yava mu mvune.

    Kugeza ubu bikaba byumvikana ko nta cyizere bari bagira niba azakina iyi mikino ya Cap-Vert iri mu kwezi gutaha, akaba aramutse anemeye ubutumire yazahurira n’abandi bakinnyi muri Cap-Vert.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/amavubi-meddie-kagere-na-rwatubyaye-bategerejwe-uyu-munsi-kevin-monnet-paquet-ntibirasobanuka