Tag: featured

  • Amafoto: Uko abanyeshuri bongeye gusubira ku mashuri nyuma y’amezi arindwi bari mu rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahagurukiraga kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo
    Bahagurukiraga kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo

    Abanyeshuri bagomba gutangira amashuri ku wa Mbere tariki ya 02 Ugushyingo 2020, ni abiga mu mwaka wa gatatu, uwa gatanu n’uwa gatandatu y’amashuri yisumbuye, hamwe n’abiga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu mu mashuri abanza.

    Hazatangira kandi abo mu mashuri y’ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa gatatu n’uwa gatanu ndetse n’abo mu y’inderabarezi bo mu mwaka wa mbere n’uwa gatatu.

    Kuri uyu wa Kane, hatangiye gusubira ku mashuri abiga mu bigo by’amashuri biri mu Ntara y’Amajyepfo, mu Turere twa Huye, Muhanga na Gisagara, abiga mu Ntara y’Uburengerazuba, mu Turere twa Rutsiro na Karongi, hamwe n’abiga mu Mujyi wa Kigali.

    Bageraga kuri Sitade bakabanza gupimwa umuriro
    Bageraga kuri Sitade bakabanza gupimwa umuriro

    Ari abava mu Ntara baza kwiga i Kigali ndetse n’abo muri Kigali bajya kwiga mu Ntara, bose bahurira kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, bakabanza gupimwa umuriro.

    Gusubira ku mashuri bizakomeza ku wa gatanu, aho biteganyijwe ko hazagenda abiga mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, hamwe n’abiga mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba.

    Ku wa gatandatu tariki ya 31 Ukwakira 2020, hazagenda abiga mu Turere twa Kamonyi, Nyanza na Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo, hamwe n’abiga mu Turere twa Ngororero, Rubavu na Nyabihu mu Ntara y’Uburengerazuba.

    Ku Cyumweru tariki ya 01 Ugushyingo 2020, hazagenda abiga mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburasirazuba.

    Reba mu mafoto uko icyiciro cya mbere basubiye ku ishuri:

    Gukaraba intoki ni ngombwa
    Gukaraba intoki ni ngombwa

    Bose bahagurukiraga kuri Sitade ya Nyamirambo
    Bose bahagurukiraga kuri Sitade ya Nyamirambo

    Kompanyi zitwara abagenzi zari zohereje abakozi kuri Sitade mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kubona amatike
    Kompanyi zitwara abagenzi zari zohereje abakozi kuri Sitade mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kubona amatike

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/amafoto-uko-abanyeshuri-bongeye-gusubira-ku-mashuri-nyuma-y-amezi-arindwi-bari-mu-rugo

  • Philippines: Umupolisi yishwe n’isake #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyuma iyi sake yakoreshaga irwana na ngenzi yayo ni cyo cyakomerekeje uyu mupolisi bimuviramo urupfu
    Icyuma iyi sake yakoreshaga irwana na ngenzi yayo ni cyo cyakomerekeje uyu mupolisi bimuviramo urupfu

    Inkuru yatangajwe na televeision CNN iravuga ko ibi byabereye mu Ntara yitwa Samar iri mu Majyaruguru y’icyo gihugu, ubwo abapolisi bari mu gikorwa cyo guhagarika iyi mikino yari irimo kubera mu nzu iri munsi y’ubutaka cyangwa se ‘cave’.

    Uyu mupolisi rero yagerageje guterura iyi nkoko ariko icyuma cyari cyashyizwe ku maguru yayo mu gihe yari irimo kurwana kimutema umutsi wo ku kuguru.

    Ubusanzwe inkoko zishyirwa mu mikino yo kurwana zambikwa ibyuma ku maguru ari na byo bituma imwe yica ngenzi yayo bityo ikaba iratsinze.

    Umuvugizi wa polisi yavuze ko uyu mupolisi witwa Christina Bolok yajyanywe kwa muganga arimo kuvirirana, ariko bamugezayo amaraso yamushizemo ahita ashiramo umwuka.

    Imikino yo kurwanisha inkoko aho muri Philippines yari yarahagaritswe mu kwezi kwa munani nyuma yo gusanga aho ibera ari hamwe mu hantu haturukaga abarwayi benshi ba Covid-19.

    Usibye iyi nkoko yishe umupolisi, aho byabereye bahasanze izindi nkoko zirindwi, mu gihe abantu batatu bari bahari batawe muri yombi, naho abandi batatu baratoroka.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/philippines-umupolisi-yishwe-n-isake

  • Abarenga ibihumbi 200 bagezweho n’uburwayi bwo mu mutwe kubera ibiyobyabwenge #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Akarere ka Nyarugenge kashyizeho ingamba nshya zo guca ibiyobyabwenge
    Akarere ka Nyarugenge kashyizeho ingamba nshya zo guca ibiyobyabwenge

    Umuyobozi w’Ishami rya RBC rishinzwe ubuzima bwo mutwe, Dr Yvonne Kayiteshonga, yabitangarije inama ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu Karere ka Nyarugenge yateranye kuri uyu wa Kane tariki 29 Ukwakira 2020.

    Dr Kayiteshonga yavuze ko abenshi mu bagezweho n’uburwayi ari urubyiruko ruri mu kigero cy’imyaka hagati ya 12-35, ndetse ko 1/2 cy’Abanyarwanda bari muri iki kigero bakoresheje ibiyobyabwenge nibura rimwe mu buzima bwabo.

    Dr Kayiteshonga yagize ati “hashyizweho ingamba z’ubuvuzi bwihariye guhera ku bigo nderabuzima, ariko kubera ubukana bw’iyangirika ry’ubwonko hanagiyeho servisi zihariye ku kigo kimwe kiri ku Kicukiro ikindi kiri i Huye”.

    Yavuze ko igisubizo gitegerejwe ku bayobozi b’amasibo, ku bufatanye bw’inzego ndetse no ku matsinda (clubs) ashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu mashuri. Akaba asaba raporo za buri kwezi z’ibyakozwe n’ihuriro ry’inzego zishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge.

    Dr Kayiteshonga avuga ko abarwara mu mutwe ari benshi kubera ibiyobyabwenge
    Dr Kayiteshonga avuga ko abarwara mu mutwe ari benshi kubera ibiyobyabwenge

    Umwe mu bakuriye komite ihuriweho n’inzego zishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw’igihugu, Musenyeri Alex Birindabagabo wa Anglican, yasabye abagize iri huriro bose kurakara kuko urubyiruko rwangizwa n’ibiyobyabwenge ari abana babo.

    Musenyeri Birindabagabo avuga ko mu myaka 15 ishize abajura bamwibye inka akayigaruza akoresheje abayoboke b’Itorero Anglican muri Diyoseze ya Gahini, ndetse akaba yarabifatiye akabageza kuri polisi.

    Yagize ati “Kandi abantu baha aba bana ibiyobyabwenge bahera ku b’abayobozi, abantu barimo kudusenyera, baratwangiriza none munyemerere turakare”!

    Ubu buryo bwo gukoresha abaturage binyuze mu madini basengeramo no mu yandi mahuriro, ni bwo Musenyeri Birindabagabo yavuze ko bugomba gukoreshwa n’amadini n’amatorero, ku buryo buri dini ryajya rihabwa agace runaka rizajya rigenzura rigatanga raporo.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza, avuga ko amadini yari asanzwe agira uruhare rwo kurwanya ibiyobyabwenge mu nyigisho atanga, ariko ko agomba kongeraho ibijyanye no kumenya inzira zose binyuzwamo agatungira agatoki inzego z’umutekano.

    Musenyeri Birindabagabo avuga ko ikibazo cy
    Musenyeri Birindabagabo avuga ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikwiye gutera abantu kurakara kugira ngo bagifatire ingamba

    Umuyobozi wa RIB mu Karere ka Nyarugenge, Nkusi, avuga ko muri ako karere bakiriye ibirego 104 by’abantu bafatirwa mu biyobyabwenge mu mezi ane ashize, barimo abamotari 35 bari barahawe kubitunda.

    Komite yaguye y’inzego zishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu Karere ka Nyarugenge igizwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, Ingabo, Polisi, DASSO, Ubuyobozi bwa RBC, Imiryango itari iya Leta, amadini n’amatorero akorera muri ako karere, n’amashyirahamwe atwara abantu n’ibintu.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abarenga-ibihumbi-200-bagezweho-n-uburwayi-bwo-mu-mutwe-kubera-ibiyobyabwenge

  • Gushyingura mu cyubahiro abajugunywe mu cyobo cya Kiziguro bizaruhura abaharokokeye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu ni umwobo wa Kiziguro wajugunywemo Abatutsi mu gihe cya Jenoside
    Uyu ni umwobo wa Kiziguro wajugunywemo Abatutsi mu gihe cya Jenoside

    Yabitangaje kuri uyu wa 29 Ukwakira 2020, nyuma y’igihe kirenga ibyumweru bibiri imirimo yo gushakisha imibiri yajugunywe mu cyobo cya Kiziguro itangiye.

    Icyobo cya Kiziguro cyacukuwe mu mwaka wa 1972 n’abapadiri bera bakoreraga iyogezabutumwa muri Kiliziya ya Kiziguro bashakisha amazi.

    Ngo abaturage baracukuye bagera muri metero 25 z’ubujyakuzimu, nyuma hakoreshwa intambi itaka ryazo ngo rikaba ryarakuwemo mugihe cy’amezi abiri.

    Ku wa 11 Mata 1994, Abatutsi bicirwaga muri Kiliziya ya Kiziguro batundwaga na bagenzi babo babajugunya muri icyo cyobo ku itegeko ry’interahamwe.

    Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gatsibo Sibomana Jean Nepomscene, avuga ko bakeka ko hajugunywemo imibiri y’Abatutsi barenga ibihumbi bitanu.

    Avuga ko bifuje gushakisha imibiri y’ababo muri icyo cyobo kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro nk’abandi bose bashyinguwe bakuwe ahantu hatandukanye.

    Sibomana Jean Nepomscene umuyoboziSibomana avuga ko gushyingura imibiri yajugunywe mu cyobo cya Kiziguro bizaruhura imitima y
    Sibomana Jean Nepomscene umuyoboziSibomana avuga ko gushyingura imibiri yajugunywe mu cyobo cya Kiziguro bizaruhura imitima y’abacitse ku icumu

    Ati “Kubashakisha ngo bashyingurwe mu cyubahiro ni nk’uko hari indi mibiri twagiye dukura ahantu hatandukanye. Bizafasha abacitse ku icumu kuruhuka mu mutima no gushira agahinda”.

    Sibomana avuga ko kuva batangiye imirimo yo gushakisha imibiri ku wa 12 Ukwakira 2020, imibiri ya mbere yatangiye kuboneka kuwa 27 Ukwakira 2020, gusa hakaba hatamenyekana imibare kubera ko yangiritse. Imibiri yatangiye kuboneka muri metero 14 z’ubujyakuzimu. Hifashishijwe imodoka batijwe na Polisi y’Igihugu.

    Kuri metero 14 z
    Kuri metero 14 z’ubujyakuzimu ni bwo batangiye kubona imibiri

    Hifashishwa kandi abantu bamenyereye iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
    Imirimo yo gushakisha imibiri mu cyobo nisoza, uwo mwobo na wo uzahaguma nk’ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside yabereye i Kiziguro.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gushyingura-mu-cyubahiro-abajugunywe-mu-cyobo-cya-kiziguro-bizaruhura-abaharokokeye

  • Sobanukirwa byinshi ku burwayi bwo munda buterwa no kurya amafunguro ahumanye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu burwayi bubaho akenshi nyuma yo kunywa cyangwa se kurya ibyagiyeho bagiteri (udukoko dutera indwara) cyangwa se n’ibiduturukamo (des substances sécrétées par les bactéries), inzoka ndetse na virus. Nanone kandi bushobora guterwa no kurya ibiryo byifitemo uburozi karemano nk’ibihumyo bitaribwa.

    Muri Canada imibare igaragaza ko miliyoni 11 z’abantu bahura n’ubu burwayi byibuze inshuro imwe mu mwaka.

    Abanyakanada bibasirwa cyane n’ubu burwayi ni abana b’imfura, abagore batwite, abana bato n’impinja ndetse n’abantu barwaye indwara za karande nka Sida, diyabete n’indwara z’umwijima.

    Tukivuga ku mpamvu zitera uku guhumana, ikinyamakuru ressourcesante.ca, kivuga ko inzira zo guhumana kw’ikiribwa zishoboka mu byiciro byose kinyuramo. Ni ukuvuga ko cyahumana mu gihe cyo kugitera mu butaka, mu isarura, kugitunganya, mu ihunika ndetse no mu gihe cyo gutegura ifunguro.

    Ibimenyetso by’uburwayi bwo mu nda buterwa no kurya ibihumanye

    Ibi bimenyetso bikunze kugaragara nyuma y’amasaha 72 umuntu afashe amafunguro yahumanye.

    Ibikunze kugaragara ni:

    Umuriro

    Kuruka no guhitwa

    Kuribwa mu nda

    Kugira umwuma

    Kumva unaniwe no kugira imbeho

    Kubura ubushake bwo kurya no kugira isesemi

    Ibi bimenyetso bishobora kuba byoroheje cyangwa se bikomeye bitewe n’umuntu ndetse n’impamvu yabiteye.

    Abantu benshi iyo bahuye n’ubu burwayi babanza kubyitiranya n’indwara y’igifu, kubera ko ibimenyetso bijya kuba bimwe. Kugira ngo umuntu avurwe neza kandi ku gihe, bisaba ko agana kwa muganga bakaba ari bo basuzuma bakamenya ko yarwaye uburwayi buturutse ku mafunguro ahumanye hatabayeho kubwitiranya n’izindi ndwara zo munda nk’igifu, bityo ahabwe imiti yabigenewe.

    Icyakora nanone hari ubwo bugaragaza ibimenyetso bidakanganye ku buryo bwikiza umuntu atarinze guhabwa imiti.

    Hari ibiryo bikunda guhumana vuba kurusha ibindi

    Inyama z’ubwoko bwose (izitukura n’izera), amafi, imbuto, amata n’ibiyakomokaho, amagi, ibiryo bikoze mu ifarini bidahiye neza, ibirungo by’ifu, ndetse n’ibindi biryo byatunganyijwemo ifu cyangwa byumishijwe.

    Ibyafasha kwirinda ko habaho ibihumanya amafunguro

    Gukaraba intoki mu gihe cyagenwe, kugira isuku mu gikoni no ku bikoresho byaho byose, kumenya urugero rw’ubushyuhe amafunguro ahiraho, Kumenya kubika amafunguro ku kigero cy’ubukonje cyangwa cy’ubushyuhe gikwiye.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/sobanukirwa-byinshi-ku-burwayi-bwo-munda-buterwa-no-kurya-amafunguro-ahumanye

  • Gatsibo: Nta mpungenge z’inzara bafite nubwo bahuye n’ibibazo by’izuba n’ibyonnyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Manzi Theogene, avuga ko nta mpungenge z
    Manzi Theogene, avuga ko nta mpungenge z’inzara bafite mu Karere ka Gatsibo

    Igihembwe cy’ihinga 2021A mu Karere ka Gatsibo hahujwe ubutaka buhingwaho igihingwa kimwe bungana na hegitari 16,154 ku bigori, hegitari 1,291 ku muceri, hegitari 2,702 ku bishyimbo, hegitari 208.8 kuri soya na hegitari 443 ku myumbati.

    Ubu buso bwose bwaratewe ndetse bunarenga ubwari buteganyijwe ku kigero cya 128.5%. Habonetse imbogamizi y’imvura cyane ku bahinzi b’ibigori mu Mirenge ya Nyagihanga na Ngarama, ariko by’umwihariko mu Murenge wa Gatsibo aho hegitari 387 zatewe imbuto ntive mu butaka.

    Muri rusange muri iyi mirenge uko ari itatu, hegitari 390.5 ni zo zatewe ibigori ntibyamera.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu Manzi Theogene, avuga ko aho ibigori bitameze ubu hatewe ibishyimbo kandi imvura yabonetse ku buryo byameze.

    Ati “Koko byarabaye ariko aho imvura igwiriye twagiriye inama abahinzi guhita bateramo ibishyimbo kandi ubu byamaze kumera. Iyo bongera guteramo ibigori twajyaga gukererwa igihembwe cy’ihinga B”.

    Uretse imirenge yatinze kubona imvura imyaka yatewe ntimere, Imirenge ya Rwimbogo, Rugarama, Murambi na Gatsibo, hegitari 53.8 zatewemo imyaka iramera ariko igaragaramo udusimba bita imikondo y’inyana (Milliapodes).

    Manzi Theogene avuga ko hatewe imiti ariko na yo bigaragara ko itatwica, abaturage bagirwa inama yo kudutoragura mu mirima. Avuga ko uko imvura igenda yiyongera dupfa, ku buryo bizeye ko tuzashira.

    Agira ati “Twafatanyije n’abaturage gutoragura utwo dusimba mu mirima, ariko na RAB yaradufashije yohereza inzobere mu kurwanya ibyonnyi mu myaka turafatanya haterwa n’imiti, ariko bigaragara ko itatwica, ariko aho imvura igwiriye turimo gushira kuko iratwica ubwayo”.

    Akomeza avuga ko ubu barimo gukurikirana aho twagaragaye kugira ngo barebe ko twashize, ndetse no kugenzura ko nta handi twaba twarafashe imyaka.

    Uyu muyobozi yizera ko hamwe n’izi ngamba nta mpungenge z’inzara abaturage bazahura na yo, kuko buri kiza cyashakiwe igisubizo.

    Ati “Oya nta mpungenge z’inzara twagira kuko niba twarahinze hegitari zisaga ibihumbi 19, ikindi aho imyaka itameze bakaba barabibyemo indi ndetse n’udusimba turwanywa nta mpungenge twagira rwose. Gusa ni ugukomeza tukarwanya ibyo byonnyi kandi icyizere kirahari twatangiye kubona imvura”.

    Inama zigirwa abaturage harimo kuhira imyaka aho bishoboka no gufatira ibihingwa ubwishingizi kugira ngo nihaboneka ikiza bareke guhomba burundu.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/gatsibo-nta-mpungenge-z-inzara-bafite-nubwo-bahuye-n-ibibazo-by-izuba-n-ibyonnyi

  • Kwiyerekana mu myenda y’imbere mu marushanwa ya Miss Africa Calabar ntibivugwaho rumwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kimwe mu byiciro by’aya marushanwa harimo aho abakobwa barushwanwa bagomba kwiyerekana bambaye imyenda y’imbere, ikintu kitavugwaho rumwe na benshi.

    Izi impaka zakunze kugaragara iyo habayeho amarushanwa y’ubwiza bisaba ko abayitabira bigaragaza bambaye imyenda yo kogana (bikini). Abategura aya marushanwa bavuga ko ari kimwe mu bisabwa ku rwego mpuzamahanga atari mu Rwanda gusa.

    Tariki 25 Ukwakira 2020 nibwo amajojonjora yabaye hagasigara abakobwa batanu bazavamo umwe uzakomeza. Aba bose biyerekanye bambaye bikini ariko abenshi barenzaho agatambaro. Ku mbuga nkoranyambaga abenshi berekanye ko batabyishimiye.

    Uwitwa Lydie Mutesi Mwambali yanditse ati “Mumpugure,harya ubwiza bw’umukobwa bubonwa ari uko ashyize hanze ubwambure akiyereka? Hanyuma se muri aya marushanwa y’ubwiza bagenzi babo b’abahungu ko ntarabona amafoto yabo nk’aya bo ntibibareba?” Ingabire Immaculée yamusubije ko ubusa ari ubusa nyine kandi ubwiza butareberwa mu busa.

    Abandi baganiriye na Kigali Today bavuga ko ari ikibazo cy’imyumvire. Uwitwa Safari Damien avuga ko ababyita umuco bakarebye uko imyambarire yagiye ihinduka mu myaka ishize. Yagize ati “Guhera kera mu Rwanda bambaraga utuntu twahishaga imyanya y’ibanga gusa ku mukobwa, ibi byo kwambara bita kwikwiza ni umuco w’abazungu twitije. Rero kugeza ubu ababyita umuco bakarebye ko umuco mu myambarire wagiye uhinduka, kubona abana b’abakobwa bambara kuriya nta gitangaza kirimo.”

    Ababyeyi bo ntibabikozwa. Muhimpundu Claudine ufite abana b’abakobwa babiri avuga ko ntaho abizi, yewe bidakwiye. Ati “Njyewe uko narezwe ntaho nabonye umukobwa yambara ubusa ngo ni ukwerekana ubwiza, mbonye umwana wanjye aje akambwira ko ashaka kujya muri bene ayo marushanwa ntago nabyemera.”

    Nyamara undi mubyeyi we siko abyumva kuko avuga ko yamushyigikira. Secumi Richard avuga ko yanamuherekeza. Ati “Umukobwa wanjye aje akambwira ko ashaka kujya muri ayo marushanwa namushyigikira nkanamuherekeza yewe. Kuko n’ubundi aba yajya ku mazi akambara uko nyamara hariya afite kuba anakorera amafaranga n’ibindi byinshi.”

    Izi mpaka ntizirangira kuko buri wese avuga ibye, gusa amarushanwa y’ubwiza ategurwa mu Rwanda kwiyerekana muri iyi myambaro ntabwo bibamo. Urugero rw’irushanwa rizwi cyane muri ayo abera mu Rwanda ni iryo guhitamo Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda). Abitabira iri rushanwa biyerekana mu makanzu n’imyenda y’umuco, ababaha amanota bakagendera ku bwiza, ubwenge n’umuco.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/kwiyerekana-mu-myenda-y-imbere-mu-marushanwa-ya-miss-africa-calabar-ntibivugwaho-rumwe

  • Nubwo bugira amavuta menshi, ubunyobwa butuma umutima ukora neza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga https://www.menshealth.com, bavuga ko ubushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri Leta ya Pennsylvania muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bwagaragaje ko ubunyobwa bufite akamaro ko kurinda umutima w’umuntu.

    Abo bashakashatsi bafashe abantu 15 bafite umubyibuho ukabije ariko nta bundi burwayi bafite, babagabanya mu matsinda abiri, bakajya babagaburira amafunguro akungahaye ku mavuta, ariko nyuma y’igihe gito, bagiye gupima basanze itsinda ryagaburirwaga ibinyamavuta harimo n’ubunyobwa, 32% y’ibinure byo mu maraso byaragabanutse ugereranyije n’itsinda ry’abataraburyaga.

    Gusa nubwo bimeze bityo, kuri urwo rubuga bavuga ko ubushakashatsi bugikomeje kugira ngo hamenyekane ingano y’ubunyobwa umuntu akwiriye kurya, kugira ngo bumugirire akamaro ko gutuma ibinure bigabanuka mu maraso ye ndetse n’umutima we ugakora neza.

    Hari kandi n’ubushakashatsi bwatangajwe mu kitwa ‘JAMA Internal Medicine’ mu mwaka wa 2015, aho abashakashatsi bakurikiranye imirire y’abantu bagera ku 200,000 hirya no hino ku isi, nyuma baza gusanga abantu bakunda kurya ubunyobwa n’ibibukomokaho mu mafunguro yabo bafite ibyago bikeya byo kwicwa n’indwara z’umutima ugereranyije n’abataburya cyangwa se baburya gake gashoboka.

    Ku rubuga https://nuts.com, bavuga ko nubwo hari abafata ubunyobwa nk’ikiribwa kibi kuko kigira ibinure byinshi, ariko ubwoko bw’ibinure biba mu bunyobwa, ngo ni ibinure bikenewe kugira ngo umutima ugire ubuzima bwiza.

    Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Harvard, batangaje ko ubunyobwa ari bwiza ku buzima bw’umutima kuko bwifitemo ibinure byitwa ‘monounsaturated fats’ kandi ibyo bunure ngo bifasha mu gutuma imitsi itembereza amaraso ikora neza.

    Kuri urwo rubuga bavuga ko ubunyobwa bwigiramo urugero rw’ibyitwa ‘Antioxidants’ rungana n’urwa divayi itukura (Red Wine/vin rouge), izo ‘antioxidants’ zigira akamaro ko kurinda utunyangingo (cells) tw’umubiri w’umuntu kwangirika.

    Ubunyobwa kandi bwigiramo ubutare bwa ‘Copper’, iyo copper ikaba igira akamaro ko kugenzura imisemburo iba mu mubiri w’umuntu ituma agira imbaraga. Iyo copper kandi ifasha imitsi gukora neza. Kubura ubwo butare bwa Copper mu mubiri w’umuntu ngo ni impamvu y’indwara zitandukanye.

    Ku rubuga https://www.rowingnews.com, bo bavuga ko ubunyobwa ari ikiribwa cyiza cyane ku bantu bakora siporo. Bavuga ko uretse kuba ubunyobwa buryoha, ngo ni n’ingirakamaro ku buzima bw’ababurya kuko butuma bagira ubuzima bwiza kandi bagahorana imbaraga.

    Nko ku bantu bakunda gukora amarushanwa yo kwiruka (athletes), bakwiriye kurya ubunyobwa kenshi gashoboka, haba kuburya babuhekenya bisanzwe, kuburya butetse mu byo kurya, cyangwa se n’iyo bajya bafata ibyitwa ‘peanut butter’ bisigwa ku migati n’ibindi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/nubwo-bugira-amavuta-menshi-ubunyobwa-butuma-umutima-ukora-neza

  • Hatanzwe ibiti bya avoka byo gutera, biba nk’agatonyanga mu nyanja #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage babanje kwerekwa uko ibiti bahawe biterwa
    Abaturage babanje kwerekwa uko ibiti bahawe biterwa

    Umuryango AEE wabitanze ku baturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, no mu Murenge wa Ngera ndetse n’uwa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru. Byahawe abaturage bakeya batoranyijwe n’inzego z’ubuyobozi.

    Abatuye muri Mukura no muri Ngera bagiye bahabwa igiti kimwe buri wese, naho muri Ngoma bo bahabwa ibiti bitatu buri wese.

    Osée Dusengimana uhagarariye Umuryango AEE watanze ibi biti, avuga ko nubwo byifuzwaga na benshi bikababana bikeya, muri Ngoma hatanzwe bitatu ku muntu kuko byari bigenewe abatuye mu mudugudu wa Mutima w’urugo.

    Umudugudu wa Mutima w’urugo ni uwo batoranyije uri inyuma y’iyindi haba mu mibereho no mu myumvire, uri kwitabwaho n’Inama y’Igihugu y’Abagore ngo na wo utere imbere.

    Patricie Musabyemariya, umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore uri gukurikirana uyu mudugudu, ashima ababateye inkunga kuko ngo n’abatuye muri uyu mudugudu batangiye kumva ko gutera ibiti by’imbuto ari ngombwa.

    Agira ati “Twababwiye imihigo ya mutima w’urugo, tubabwira ko harimo n’uwo gutera ibiti by’imbuto ziribwa. Hari abari batangiye, ukabona yateye umwembe, avoka se. Mbega ubu bufasha bahawe bari babukeneye”.

    Abahawe ibiti barabyishimiye kuko ngo batangiye kwibona mu myaka ibiri iri imbere barya avoka bataguze, ndetse bakanagurishaho bakikenura.

    Bosco Shimiryayo n’ibiti bye bitatu mu ntoki, yagize ati “Bampaye ibiti bitatu bya avoka, ndarara mbiteye”.

    Anavuga ko ngo yagiye agerageza gutera avoka ariko zikuma. Ariko noneho ngo yasobanuriwe uko azatera eshatu yahawe, ku buryo azanazibungabunga zikera neza.

    Joséphine baturanye we ngo arazitera hafi y’urugo kugira ngo azabashe kuzikurikiranira hafi.

    Mbere yo guhabwa ibiti babanje gusobanurirwa uko biterwa
    Mbere yo guhabwa ibiti babanje gusobanurirwa uko biterwa

    Ati “Kubera ko mu murima igiti bashobora kucyangiza igihe nagiye gukorera kure y’urugo, ndazitera hafi y’urugo, nzubakire kugira ngo zitangirika. No mu gihe cy’izuba nzajya mbivomerera”.

    Umushinga Sead Project wa AEE ni wo watanze ibi biti ku nkunga y’umuryango Tearfund. Muri Huye wahatanze ibiti bya avoka 1,472 tariki 27/10/2020, muri Nyaruguru uhatanga 608 tariki 28/10/20. Ubu uri gushaka n’ibindi uzatanga muri Gisagara.

    Gutanga ibiti by’imbuto ziribwa biri no mu murongo watanzwe na Minsitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, w’uko buri rugo rwo mu Rwanda rwagira nibura ibiti bitatu by’imbuto ziribwa.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/hatanzwe-ibiti-bya-avoka-byo-gutera-biba-nk-agatonyanga-mu-nyanja

  • Mu Bufaransa basubijeho Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Macron yatangaje ingamba zikomeye zigamije guhangana n
    Perezida Macron yatangaje ingamba zikomeye zigamije guhangana n’icyorezo cya Coronavirus cyadutse mu isura nshya

    Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho muri iki gihugu hakomeje kugaragara ubwiyongere buri ku rwego rwo hejuru bw’abandura COVID-19. Kuri ubu ibitaro mu Bufaransa byongeye kurengerwa n’umubare munini w’abanduye covid-19 barenga ubushobozi bw’ibitaro mu minsi mike gusa.

    Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko iki cyorezo cyongeye gukwira mu gihugu ku muvuduko udasanzwe ndetse urenze uwari witezwe.

    Akomeza avuga ko ingamba zari zafashwe mu byumweru bibiri bishize zo kubuza urujya n’uruza cyane cyane mu masaha ya nijoro mu murwa mukuru i Paris no mu yindi mijyi ikomeye, ntacyo byafashije mu guhagarika ubwandu bushya bwiswe igice cya kabiri cy’icyorezo cyongeye kugaruka.

    Abafite utubari batangiye kubika ibikoresho muri iyi guma mu rugo izamara ukwezi
    Abafite utubari batangiye kubika ibikoresho muri iyi guma mu rugo izamara ukwezi

    Guhera mu ijoro ryo kuri uyu wa kane, utubari, amazu y’ubucuruzi, amaguriro, amasoko, hamwe n’imirimo inyuranye biraba byafunzwe ariko ku banyeshuri bo bazakomeza amasomo ku mashuri nk’ibisanzwe.

    Macron yagiranye inama idasanzwe n’Abaminisitiri mu ntangiriro z’icyumweru; nyuma y’inama zatanzwe n’abakora mu rwego rw’ubuvuzi basabye ko hakongera gusubizwaho guma mu rugo kugira ngo iyi virusi igabanye umuvuduko iriho.

    Iyi gahunda ya guma mu rugo ishobora kongera gusubizwaho mu bihugu by’i Burayi nk’uko umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi ubitangaza ngo bitewe n’uko iki cyorezo kiri gukwira mu buryo bushya muri ibi bihugu, aho uwo muryango uvuga ko abantu barenga miliyoni 6 n’ibihumbi 500 by’Abanyaburayi bamaze kwandura Coronavirus yadutse mu yindi sura.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/mu-bufaransa-basubijeho-guma-mu-rugo