
Tag: featured
-
Abantu 7 bakurikiranyweho kuniga umumotari bakamwambura moto #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Aba bari mu bakekwaho kuniga umumotari no kumwambura moto ye (Ifoto:RNP)
Muri bo harimo batatu bamuteze igico baramuniga barangije batwara iyo moto, abandi bane harimo uwagombaga kuyishakira umukiriya, abandi babiri bayihishe, n’uwacuze pulake yo guhindura iyo moto yahawe na Leta.
Ukundimana Gilbert w’imyaka 33, Nsanzimana Francois w’imyaka 55 na Ntawukuriryayo Emmanuel w’imyaka 32 bakunze kwita Barthez ni bo bateze igico uwitwa Habyarimana Isidori bamwambura moto.
Nyuma yo kuyimwambura bagiye kuyibitsa uwitwa Habimana Jean Claude bakunze kwita Harera wari utuye mu Karere ka Bugesera.
Aba bose ndetse n’abandi batatu harimo abayihishe, n’abayihinduriye pulake bose bafatiwe mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera.
Ntawukuriryayo Emmanuel yiyemereye ko ari we wagize igitekerezo cyo guhuza abo bafatanyije gutega Habyarimana Isidore (Motari) bakamwambura moto ye bamutegeye mu Karere ka Kamonyi ariko bamukuye mu Mujyi wa Kigali ari naho yatwariraga abagenzi.
Ntawukuriryayo yagize ati “Numvise ngize inzara nshaka Ukundimana na Nsanzimana mbabwira ko tugomba gushaka uwo twambura moto kuko nari namaze kuyibonera umukiriya (Habimana Jean Claude)”.
Yakomeje avuga ko nyuma yo kunoza umugambi, tariki ya 28 Ukwakira 2020, uwitwa Ukundimana yagiye Nyabugogo yigira umugenzi atega Habyarimana amubwira aho amugeza mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi ari naho bayimwamburiye.
-
- Ntawukuriryayo Emmanuel bakunze kwita Bartheze avuga ko ari we watanze igitekerezo cyo kwiba moto (Ifoto: RNP)
Ati “Hari saa moya z’umugoroba Ukundimana yateze Habyarimana nk’umugenzi amubwira aho amugeza, nyamara ni ho njye na Nsanzimana twari twategeye. Baraje bahageze twahise tuva aho twari twihishe tujya mu muhanda turabahagarika noneho Ukundimana yari afite ikiriziko akinigisha uwo mumotari mu ijosi njyewe na Nsanzimana duhita twatsa moto turagenda, ariko twabanje kumukubita tumusiga ari intere”.
Uko Ntawukuriryayo abivuga ni nako Ukundimana abyemeza ndetse na Habyarimana Isidori wambuwe moto arabivuga.
Habyarimana Isidori (umumotari wambuwe moto) avuga ko ubusanzwe atwara abagenze kuri moto mu Mujyi wa Kigali, ariko akaba akora ataha mu Karere ka Kamonyi. Avuga ko tariki ya 28 Ukwakira yatezwe na Ukundimana abona ari umugenzi usanzwe ndetse yerekeza aho ataha ahita amutwara.
Yagize ati “Hari ku mugoroba nka saa moya ntashye mbona aranteze nk’umugenzi ndahagarara ambwira ko ajya za Kamonyi kandi nanjye ni ho ntaha. Naramutwaye tugeze i Runda mbona abantu bavuye aho bari bihishe binjiye mu muhanda, uwo nari mpetse anyambika ikiziriko mu ijosi atangira kuniga nanjye ndataka cyane. Nagerageje kwirwanaho ariko bandusha ingufu kuko bari batatu, babiri bahise burira moto yanjye barayitwara nsigara ndwana na wa mugenzi (Ukundimana) ariko bose nari nababonye nabamenye”.
-
- Habyarimana Isidori watezwe igico akamburwa moto
Habyarimana avuga ko ubwo yarimo gutaka arwana n’abo bantu, abaturage bahise batabara bafata Ukundimana ashyikirizwa Polisi ikorera muri sitasiyo ya Polisi ya Runda.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yongeye kwibutsa abantu ko ntawe uzakora ibyaha ngo aburirwe irengero ari hano mu Rwanda. Yakanguriye abantu gukura amaboko mu mifuka bagakora bakirinda gushaka gutungwa n’ibyo bambuye abandi.
Ati “Mu minsi ishize twagaragaje abantu bagera kuri 14 bari bakurikiranweho kwiba kuri za sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri Peteroli. Aba twafashe na bo barakekwaho gutega igico umumotari bakamwambura moto ye, nta muntu uteze kuziba ngo acike Polisi y’u Rwanda ari hano mu gihugu, byose kandi ni ku bufatanye bwiza n’abaturage”.
-
- Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police John Bosco Kabera
CP Kabera yaboneyeho gukangurira abaturage cyane cyane urubyiruko guhaguruka bagakora bakirinda ibyaha birimo n’ubujura, kuko ababifatirwamo abenshi usanga ari abantu bakiri bato bafite imbaraga zo gukora.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo 168 ,ivuga ko kwiba hakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho, bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3,000,000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5,000,000 FRW).

-
-
APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma y’imyaka itandatu, UTB iracyisubiza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Ni uko UTB bishimiye igikombe cya kabiri
Ni imikino yasozaga umwaka wa shampiyona wa Volleyball 2019/2020, imikino ya nyuma yabereye muri Sitade nto i Remera ku wa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020.
Nyuma y’imyaka itandatu, dore ko yaherukaha gutwara igikombe mu mwaka wa 2014, APR VC y’abagabo yinjiye muri kamarampaka idahabwa amahirwe, yatunguye benshi ubwo yageraga ku mukino wa nyuma idatsinzwe.
Uko umukino wa nyuma wagenze mu bagabo
UTB VC 2-3 APR VC
-
- Kapiteni wa APR VC ashyikirizwa igikombe na sheki ya 1,000,000Frws
Iseti ya mbere: UTB 23-25 APR
Iseti ya 2: UTB 25-19 APR
Iseti ya 3: UTB 25-13 APR
Iseti ya 4: UTB 23-25 APR
Iseti ya kamarampaka: UTB 12-15 APR
-
- UTB W VC
Mu bagore, ikipe ya UTB W VC na yo yasoje imikino idatsinzwe umukino n’umwe, aho mu irushanwa ryose yinjijwe amaseti abiri gusa.
Uko umukino wagenze
Iseti ya mbere: UTB WVC 19-25 APR WVC
Iseti ya 2: UTB WVC 19-25 APR WVC
Iseti 3: UTB WVC 25-20 APR WVC
Iseti 3: UTB WVC 25-21 APR WVC
Iseti ya kamarampaka: TB WVC 15-10 APR WVC
-
- Ibyishimo bivanzemo amarira byagaragaye Ku maso ya Elie Mutabazi utoza APR VC
Mu guhatanira umwanya wa gatatu mu bagabo, REG VC yawegukanye itsinze Gisagara amaseti atatu ku busa (10-25, 23-25, 22-25), mu gihe RRA W VC yegukanye umwanya wa gatatu mu bagore, nyuma yo gutsinda KVC amaseti atatu ku busa ( 27-25, 25-16, 25-17).
Amakipe ya APR VC mu bagabo na UTB VC mu bagore zizahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, mu mwaka w’imikino 2020-2021.

-
-
#COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 3, undi umwe yakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Abo barwayi bashya batatu babonetse mu bipimo 1,848 bakaba barimo umwe wabonetse i Kigali, abandi babiri baboneka i Nyagatare.
Kugeza ku wa Gatandatu, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,137 muri bo abamaze gukira ni 4,879 naho abakivurwa ni 223.
Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

-
Mamashenge warokokeye mu mirambo yahawe inka kubera Kigali Today #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Mamashenge imbere y’ikiraro cy’inkayagabiwe
Mamashenge wari umwana w’imyaka itanu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba atuye i Ntarama mu Bugesera, ababyeyi be bishwe areba aho bari bahungiye muri Kiliziya, ariko we agira amahirwe ararokoka.
Interahamwe zarashe se, nyina wari wiziritseho uwo mwana zamuciye ijosi zikoresheje umuhoro, amaraso y’uwo mubyeyi akaba ari yo yahishe Mamashenge kuko bakekaga ko yapfuye.
Abatutsi bari bahungiye mu gishanga cy’Akagera bageze ubwo baza kureba mu Kiliziya i Ntarama niba hari ababo bagihumeka, bagezemo barahamagara, Mamashenge abyuka mu mirambo arabakurikira.
Bamaze nk’ukwezi muri icyo gishanga, ariko Mamashenge akajya yibwiriza akajya gusura ababyeyi be (imirambo) mu Kiliziya, ndetse akaba yarabikomeje na nyuma y’aho Jenoside yakorewe Abatutsi irangiriye.
-
- Bamuhaye n’imiti yo kuvura inka
Mamashenge ni umwe mu bahamya b’uburyo Ingabo zari iza APR (FPR-Inkotanyi) zabatabaye zikabakura muri icyo gishanga, ndetse ubu akaba yaratujwe mu mudugudu ugezweho.
Kuri ubu Mamashenge ni umubyeyi w’abana babiri, abavandimwe be barokotse bakaba ari batatu na we wa kane mu bana icyenda bavukanaga.
Amateka ya Mamashenge yanyuze ku rubuga rwa Kigali Koday mu kwezi kwa Mata muri uyu mwaka wa 2020, ndetse iyo video yakomeje kunyura no ku mbuga nkorambaga zitandukanye z’iki gitangazamakuru.
Abaturage bo mu mudugudu wa Mukoni, Akagari ka Kamashashi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, baje kubona iyo video ibatera kwiyemeza gusura uyu mubyeyi ariko batagiye imbokoboko.
Babanje kujyayo kubaka ikiraaro, maze kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020, bashorera inyana y’ishashi yo mu bwoko bwa ‘frisone’ ihaka amezi atatu, hamwe n’amafaranga byose bifite agaciro ka 708,000Frw.
-
- Abaturage bo mu Mudugudu wa Mukoni bashyiriye Mamashenge inka
Kagaba John uyobora Umudugudu wa Mukoni, yagize ati “Video twayibonye kuri Kigali Today bidukora ku mutima, ni yo mpamvu twavuze ngo aha hantu twari twarasuye, reka tujye kureba uwo mubyeyi (bari barasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama muri 2018)”.
Kagaba avuga ko inka bashyiriye Mamashenge ikomoka mu zisanzwe zifite ubushobozi bwo gukamwa litiro 18 ku munsi.
Mu rugo kwa musaza wa Mamashenge ari naho ababyeyi babo bari batuye mu Mudugudu wa Rubomborana, Akagari ka Cyugaro mu Murenge wa Ntarama, haherukaga igicaniro cy’inka mbere y’umwaka wa 1994.
-
- Iwabo wa Mamashenge ngo haherukaga igicaniro mbere ya 1994
Amarira y’ibyishimo azenga mu maso, Mamashenge yabonye bamuzaniye ink,a ati “Kera ababyeyi bacu ni bo batungaga, sinari nzi ko nanjye nshobora korora inka. Nishimiye kunguka basaza banjye na bakuru banjye, mbonye ko ntari jyenyine, Imana ibahe umugisha”.
Ubuyobozi bw’Umudugudu wa Mukoni bushimira Itorero ryitwa Lutheran Church of Rwanda, itsinda ry’abakozi ba MTN ryitwa Divine Power hamwe n’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) muri uwo mudugudu, batanze ibikenewe byo gusura Mamashenge.
-
- Uburyo Mamashenge (wo hagati) yari yishimye akuyemo agapfukamunwa
Kagaba John avuga ko abaturage b’i Mukoni biyemeje gusura inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi no gutanga nibura inka imwe buri mwaka ku bantu barokotse. Iki ngo ni kimwe mu bituma uwo mudugudu uhora uza mu ya mbere mu Mujyi wa Kigali mu kwesa imihigo.

-
-
Mvura Nkuvure ni uburyo inzego z’ibanze zakwifashisha mu gukumira amakimbirane mu ngo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Ubwo yatangizaga aya mahugurwa bwana Emmy Ngabonziza, umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge yashimangiye ko amahugurwa nk’aya ari ingenzi, ko akwiye kuba inshuro nyinshi kandi ibiganirwaho bigahabwa agaciro mu guhangana n’ibibazo byinshi bibangamiye imiryango muri iki gihe.
Madamu Nzaramba Lucie, Umuyobozi wa Mvura Nkuvure mu Rwanda, ubwo yatangaga ikiganiro ku bijyanye n’ubushakashatsi bwakozwe kuri Mvura Nkuvure, uruhare rwayo mu isanamitima no kunga abanyarwanda, yerekanye ko Mvura nkuvure yagira uruhare runini mu kubaka amahoro arambye mu gihe abayobozi b’inzego z’ibanze na bo bayigizemo uruhare bakayimakaza muri gahunda zabo za burimunsi cyane cyane mu bikorwa by’isanamitima n’ibindi mbonezamubano.
Nzaramba ashimangira ko ari iby’ingezi kuba ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge bwarifuje ko haba ubufatanye n’imikoranire mu guharanira ubumwe bw’abanyarwanda ko nta kabuza habayeho ubu bufatanye byakemura ibibazo byinshi bituruka ku makimbirane.
Ikiganiro kindi cyatanzwe n’abari bahagarariye Mvura Nkuvure, cyibanze ku ihererekanyamurage z’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Bwana Karangwa Diogene wagitanze, akaba n’umuhuza bikorwa wa Mvura Nkuvure, yerekanye inzira zose muburyo bwa gihanga (scientific) umubyeyi ashobora guhererekanya n’uwo atwite munda, ingaruka za jenoside umwana akazazikurana ndetse nawe akazihererekanya n’abazamukomokaho. Ibi bikaba byatuma, niba ntagikozwe igisekuru gishobora guhererekanya n’ikindi gisekuru, n’ikindi n’ikindi izo ngaruka bishobora gusubiza igihugu mu kaga. Yagaragaje ikibitera ndetse n’icyakorwa mu kubikumira. Iki kiganiro cyakurikiwe n’ibitekerezo by’inshi by’abitabiriye amahugurwa basangiza abandi ibyo bahura nabyo aho bakorera.
Bagaragaje ko byari bikwiye ko ibiganiro nkibi bihabwa abayobozi bose bagira aho bahurira n’imibereho y’abaturage ya buri munsi, kuko mvura nkuvure yatanga umusanzu mugukumira amakimbira hagamijwe ubumwe bunoze ndetse no kubaka amahoro arambye.
Havugimana Charles ni umunyamabanga Nshingwa bikorwa w’umurenge wa Kimisagara yagize ati: “ndashimira iyi gahunda ya Mvura Nkuvure n’abatugejejeho ibi biganiro, kuri njye nakabaye nifuza ko twaba twarahawe aya mahugurwa mu myaka ya 1999 cyangwa 2000, ubwo abenshi muri twe twatangiraga iyi mirimo. Iyi yarikuba impamba inogeye twifashisha mu kubungabunga ubumwe bw’abaturage no gukumira ivangura n’amacakubiri.”
Aya mahugurwa abaye mugihe hitezwe ko hagiye gufungurwa abakoze jenoside bakagaruka mu miryango aho bajya bahura n’abo bahemukiye. Byitezwe ko iyi Mvura Nkuvure izifashishwa mu gukumira ibibazo byavuka cyangwa amakimbirane yatutumba.

-
#COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 3, undi undi umwe yakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Abo barwayi bashya batatu babonetse mu bipimo 1,848 bakaba barimo umwe wabonetse i Kigali, abandi babiri baboneka i Nyagatare.
Kugeza ku wa Gatandatu, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,137 muri bo abamaze gukira ni 4,879 naho abakivurwa ni 223.
Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

-
Minisitiri Shyaka yakuyeho urujijo kuri 50% by’abemerewe kujya mu nsengero #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Insengero zemerewe gukora ni zo zemerewe kwakira 50% by’abantu zakiraga
Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 27 Ukwakira 2020, yanzuye ko “Insengero zemerewe gukomeza gukora kugeza ku gipimo cya 50% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu”.
Hari bamwe mu baturage bumvise uyu mwanzuro bakibwira ko bivuze ko insengero zose zemerewe gukora, ariko zikakira 50% by’abantu zajyaga zakira.
Mu kiganiro Minisitiri Shyaka yagiranye na RBA, yavuze ko icyorezo cya Covid-19 kitararanduka mu gihugu, ari nay o mpamvu ingamba zo kukirinda zigomba gukomeza, haba mu nsengero ndetse n’ahandi.
Yavuze ko uwo mwanzuro wafashwe n’Inama y’Abaminisitiri usobanura neza ko insengero zemerewe kwakira abayoboke ari izasuwe n’inzego zibishinzwe, zigasanga zujuje ibisabwa.
-
- Abantu basabwa kwambara udupfukamunwa mu nsengero
Yagize ati “Izo nsengero zifungura zigakora ni izemewe, ni izagenzuwe, zigasanga ibyo byose zisabwa bihari. Iriya 50% rero ntabwo ivuga insengero zose uko zakabaye, iravuga zazindi zujuje ibisabwa, zujuje amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19”.
Minisitiri Shyaka kandi yavuze ko n’izo nsengero zifunguye, zigomba gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, arimo guhana intera, gukaraba intoki, kwambara udupfukamunwa n’izindi.
Yavuze ko umubare w’abajya mu nsengero wongerewe kuko byagaragaye ko icyorezi kigenda kigabanuka, ariko ko bidakuraho ko abantu bakomeza ingamba zo kwirinda.
Minisitiri Shyaka kandi yavuze ko insengero zikomeza kugenzurwa, ku buryo n’izitarafungura nizimara kugaragaza ko zujuje iibisabwa na zo zizagenda zifungurwa.
Minisitiri Shyaka kandi yanagarutse ku nsengero zari zagaragaje ko zujuje ibisabwa zikemererwa gufungura, ariko nyuma zikaza kurenga ku mabwiriza zikongera gufungwa.
-
- Guhana intera bigomba gukomeza kubahirizwa mu nsengero
Ati “Ibyo ni ibisanzwe ni gahunda zisanzwe, hari igihe zimwe na zimwe zagiraga gutya zigatsikira, nk’uko n’abandi bose batsikiye bahabwa ibihano, ariko ibyo bihano na byo bigira aho bitangirira n’aho birangirira, iyo ibihano birangiye zirongera zigafungura zigakora, iyo bitararangira ni ugukomeza nyine ibyo bihano kugira ngo abantu bose dukomeze dukeburane, tutaza kwibagirwa ibintu by’ingenzi ugasanga tugize ibibazo bikomeye”.

-

















