Tag: featured

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 9, umwe ni we wakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya icyenda babonetse mu bipimo 1,310 bakaba barimo babiri babonetse i Kigali, bane babonetse i Kirehe, babiri babonetse i Musanze, undi umwe aboneka i Rubavu.

    Kugeza kuri uyu wa Mbere, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,155 muri bo abamaze gukira ni 4,922 naho abakivurwa ni 198.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-9-umwe-ni-we-wakize

  • Amajyaruguru: Ubuyobozi bw’Intara bwagenzuye itangira ry’amashuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko amabwiriza ya Minisiteri y’uburezi abiteganya, abanyeshuri batangiye amasomo ni abiga mu mwaka wa gatatu, uwa gatanu n’uwa gatandatu mu gihe abo mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa kane bazagaruka mu masomo ku itariki ya 23 Ugushyingo 2020 muri uyu mwaka.

    Guverineri Gatabazi aganiriza abanyeshuri
    Guverineri Gatabazi aganiriza abanyeshuri

    Ubwo ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwasuraga ibigo by’amashuri binyuranye byo mu Karere ka Musanze barebaga imigendekere y’itangira ry’amashuri, itsinda ryari riyobowe na Guverineri Gatabazi JMV mu bigo ryasuye byagaragaye ko ubwitabire mu mashuri acumbikira abanyeshuri buri hejuru kurusha mu mashuri aho abana biga bataha ya 12 YBE.

    Muri Ecole des Sciences de Musanze, ishuri ricumbikira abanyeshuri ubwitabire bwari hejuru ya 90% aho abanyeshuri bicaye ku ntebe (Pupitre) ari babiri.

    Ni mu gihe mu rwunge rw’amashuri ya Cyabagarura mu murenge wa Musanze, ubwitabire bwari kuri 63%, aho umunyeshuri yicara ari umwe ku ntebe.

    Ubuyobozi bwa GS Cyabagarura, buvuga ko n’ubwo mu kwirinda COVID-19 bashyize umunyeshuri umwe ku ntebe ko ari mu buryo bw’agateganyo, mu gihe bagitegereje abazatangira ku itariki 23 Ugushyingo 2020, aho intebe izajya yicarwaho n’abanyeshuri babiri.

    Byagaragaye ko hirya no hino mu mihanda igize Akarere ka Musanze hakiri abanyeshuri bakiri mu mirimo isanzwe, by’umwihariko abiga bataha aho abenshi muri bo bavuga ko bagifite umwanya wo gukorera amafaranga bakaba bateganya gusubira ku ishuri nyuma y’icyumweru.

    Abenshi baragaragara mu bucuruzi, mu masoko no mu yindi mirimo batumwemo n’ababyeyi.

    Mu mashuri abanza na ho ku bana biga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu amasomo yatangiye, urugero ni mu ishuri ribanza rya Bukane riherereye mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ryasuwe na Guverineri Gatabazi, ahagaragaye ubwitabire buri hejuru n’ishyaka ryinshi mu bana bagaragaje inyota y’ishuri.

    Guverineri Gatabazi JMV asura ibyo bigo yahaye abana impanuro abasaba kurangwa mbere na mbere n’ikinyabupfura, kwitwararika ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 no gukurikira neza amasomo yabo baharanira gutsinda uko bikwiye.

    Uwo muyobozi yashimye n’uburyo bimwe mu bigo by’amashuri byiteguye neza, mu rwego rwo kurinda abanyeshuri COVID-19 ahubatswe amakarabiro agezweho, n’ibindi byifashishwa mu kwirinda kwandura icyo cyorezo.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/amajyaruguru-ubuyobozi-bw-intara-bwagenzuye-itangira-ry-amashuri

  • RIB yafashe abantu batatu bakekwaho kwica umuntu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barakekwaho kwica Nyirampfakaramye Virginie tariki ya 28 Ukwakira 2020, babisabwe na Uwimana Alphonsine bikekwa ko bari bafitanye amakimbirane yo mu muryango, uyu na we akaba yamaze gufatwa.

    RIB iravuga ko Nyirampfakaramye yiciwe mu Kagari ka Gatovu, mu Murenge wa Rugarika, mu Karere ka Kamonyi aho yari atuye.

    Abakekwa ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamirambo mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Ingingo ya 107 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rib-yafashe-abantu-batatu-bakekwaho-kwica-umuntu

  • Amajyaruguru: Ubuyobozi bw’Intara bwagenzuye itangira ry’amashuri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nk’uko amabwiriza ya Minisiteri y’uburezi abiteganya, abanyeshuri batangiye amasomo ni abiga mu mwaka wa gatatu, uwa gatanu n’uwa gatandatu mu gihe abo mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa kane bazagaruka mu masomo ku itariki ya 23 Ugushyingo 2020 muri uyu mwaka.

    Guverineri Gatabazi aganiriza abanyeshuri
    Guverineri Gatabazi aganiriza abanyeshuri

    Ubwo ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwasuraga ibigo by’amashuri binyuranye byo mu Karere ka Musanze barebaga imigendekere y’itangira ry’amashuri, itsinda ryari riyobowe na Guverineri Gatabazi JMV mu bigo ryasuye byagaragaye ko ubwitabire mu mashuri acumbikira abanyeshuri buri hejuru kurusha mu mashuri aho abana biga bataha ya 12 YBE.

    Muri Ecole des Sciences de Musanze, ishuri ricumbikira abanyeshuri ubwitabire bwari hejuru ya 90% aho abanyeshuri bicaye ku ntebe (Pupitre) ari babiri.

    Ni mu gihe mu rwunge rw’amashuri ya Cyabagarura mu murenge wa Musanze, ubwitabire bwari kuri 63%, aho umunyeshuri yicara ari umwe ku ntebe.

    Ubuyobozi bwa GS Cyabagarura, buvuga ko n’ubwo mu kwirinda COVID-19 bashyize umunyeshuri umwe ku ntebe ko ari mu buryo bw’agateganyo, mu gihe bagitegereje abazatangira ku itariki 23 Ugushyingo 2020, aho intebe izajya yicarwaho n’abanyeshuri babiri.

    Byagaragaye ko hirya no hino mu mihanda igize Akarere ka Musanze hakiri abanyeshuri bakiri mu mirimo isanzwe, by’umwihariko abiga bataha aho abenshi muri bo bavuga ko bagifite umwanya wo gukorera amafaranga bakaba bateganya gusubira ku ishuri nyuma y’icyumweru.

    Abenshi baragaragara mu bucuruzi, mu masoko no mu yindi mirimo batumwemo n’ababyeyi.

    Mu mashuri abanza na ho ku bana biga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu amasomo yatangiye, urugero ni mu ishuri ribanza rya Bukane riherereye mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ryasuwe na Guverineri Gatabazi, ahagaragaye ubwitabire buri hejuru n’ishyaka ryinshi mu bana bagaragaje inyota y’ishuri.

    Guverineri Gatabazi JMV asura ibyo bigo yahaye abana impanuro abasaba kurangwa mbere na mbere n’ikinyabupfura, kwitwararika ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 no gukurikira neza amasomo yabo baharanira gutsinda uko bikwiye.

    Uwo muyobozi yashimye n’uburyo bimwe mu bigo by’amashuri byiteguye neza, mu rwego rwo kurinda abanyeshuri COVID-19 ahubatswe amakarabiro agezweho, n’ibindi byifashishwa mu kwirinda kwandura icyo cyorezo.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/amajyaruguru-ubuyobozi-bw-intara-bwagenzuye-itangira-ry-amashuri

  • RIB yafashe abantu batatu bakekwaho kwica umuntu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Barakekwaho kwica Nyirampfakaramye Virginie tariki ya 28 Ukwakira 2020, babisabwe na Uwimana Alphonsine bikekwa ko bari bafitanye amakimbirane yo mu muryango, uyu na we akaba yamaze gufatwa.

    RIB iravuga ko Nyirampfakaramye yiciwe mu Kagari ka Gatovu, mu Murenge wa Rugarika, mu Karere ka Kamonyi aho yari atuye.

    Abakekwa ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamirambo mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Ingingo ya 107 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rib-yafashe-abantu-batatu-bakekwaho-kwica-umuntu

  • USAID yahagaritse gutera inkunga abakene muri Uganda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) muri Uganda yavuze ko iki cyemezo yagifashe nyuma y’uko Guverinoma ya Uganda na yo ihagaritse umuryango witwa GiveDirectly udaharanira inyungu wari ushinzwe gushyira mu bikorwa iyo gahunda ya USAID.

    Itangazo rya Ambasade ya Amerika muri Uganda riragira riti: “Nyuma y’uko uyu muryango uhagaritswe, nta cyizere kigihari ko intego z’iyi gahunda zizagerwaho nk’uko byari biteganyijwe mu rwego rwo gukumira ibibazo by’ubukungu biterwa na Covid-19 ku bantu badafite kivurira muri Uganda. Ni yo mpamvu natwe dusanze ari ngomba gusesa gahunda.”

    Iyo gahunda yari igenewe abantu 120,000 bahuye n’ibibazo by’ubukene kubera icyorezo cya coronavirus. Buri muntu yagombaga guhabwa ibihumbi 100 by’amashilingi buri kwezi mu gihe cy’amezi atatu.

    Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yabwiye BBC ko ibabajwe no kuba abari bategereje amafaranga batakiyabonye kandi bamerewe nabi.

    Uganda kugeza kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ugushyingo 2020 yari ifite abantu 12,743 banduye coronavirus ubariyemo n’abo imaze guhitana 112.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/usaid-yahagaritse-gutera-inkunga-abakene-muri-uganda

  • Amagare: Sempoma Félix yagizwe umutoza mukuru w’agateganyo wa Team Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Sempoma Félix
    Sempoma Félix

    Mu nama y’inteko rusange ya (FERWACY) yateranye ku wa Gatandatu tariki 31 muri Hiltop Hotel, Murenzi Abdallah uyoboye FERWACY yabwiye abanyamakuru ko Magnell Sterling azasoza amasezerano tariki 30 Ugushyingo 2020 bityo bakaba bataramuha andi kuko ngo ni gahunda bafatanyamo na Minisiteri ya Siporo bityo bakaba barahisemo ko Sempoma Félix yaba akora ako kazi nk’umutoza w’umusigire.

    Murenzi yagize ati “Umutoza ni byo azasoza amasezerano tariki 30 Ugushyingo 2020, ni amasezerano y’imyaka ibiri n’igice twari dufitanye. Ni umutoza twari dufite wishyurwaga ku nkunga ya Minisiteri ya Siporo, turacyaganira na Minisiteri nk’umuterankunga muri icyo gikorwa. Ubushobozi buramutse bubonetse twashaka umutoza ushobora gukomeza gukora iyo mirimo cyane ko uwo twari dufitanye amasezerano azaba asoje.”

    Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko Magnell Sterling kugeza ubu nta mahirwe afite yo guhabwa amasezerano mashya ya Team Rwanda kuko ngo hakozwe isuzuma FERWACY igasanga ari umutoza uhembwa amafaranga menshi adahwanye n’umusaruro atanga.

    Mu gihe bagishaka undi mutoza uzamusimbura bahisemo kugirira icyizere umutoza Sempoma Félix uzwiho ko asanzwe ategura abakinnyi benshi mu bazamuka mu mukino w’amagare.

    Sempoma Félix wamenyekanye cyane mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu agomba gutangira gutegura ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Team Rwanda) igomba gutangira kwitegura amarushanwa mpuzamahanga arimo Grand Prix Chantal Biya izaba tariki 18-24 Ugushyingo 2020 na La Tropicale Amisa Bongo 2021 izaba muri Mutarama 2021 mbere y’uko hatangira Tour du Rwanda 2021 izaba tariki 21-28 Gashyantare 2021.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/amagare/article/amagare-sempoma-felix-yagizwe-umutoza-mukuru-w-agateganyo-wa-team-rwanda

  • Volleyball: REG VC yasinyishije Dusengimana Wicklif wakinaga mu Misiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida wa REG aha Dusengimana Wyclif ikaze mu muryango wa REG VC
    Perezida wa REG aha Dusengimana Wyclif ikaze mu muryango wa REG VC

    Nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa Twitter rw’ikipe ya REG VC kuri uyu wa mbere tariki ya 02 Ugushyingo 2020, REG VC yemeje ko Dusengimana Wicklif ari umukinnyi wayo mu gihe kingana n’imyaka ibiri.

    Mu kiganiro umuyobozi wa REG VC Geoffrey Zawadi yagiranye na Kigali Today, yavuze ko batakaje abakinnyi batatu kandi bagomba kubasimbuza byihuse.

    Yagize ati “Navuga ko twatakaje abakinnyi babatu barimo Otama Sevior tutatangiranye shampiyona, Mukunzi Christopher na Mutabazi Yves tutari kumwe mu mikino ya Playoffs, navuga ko tugomba gukora ibishoboka byose tukabasimbuza”.

    Ku bijanye no kuba ikipe itaritwaye neza mu mikino ya kamarampaka, uyu muyobozi yavuze ko kubura abakinnyi batatu kandi b’igenzi byatumye bagira umusaruro mubi.

    Abayobozi ba REG VC bamuhaye ikaze
    Abayobozi ba REG VC bamuhaye ikaze

    Yagize ati “Urabizi ko twakinnye iyi mikino tudafite abakinnyi batatu bacu navuze haruguru, kandi navuga ko byatugizeho ingaruka bituma dutahukana umwanya wa gatatu”.

    Yakomeje avuga ko ikipe igomba kwitegura kuzakina imikino mpuzamahanga (CAVB Championship) dore ko ubusanzwe yari ifite tike yo kuzakina iyi mikino mu kwezi kwa Mata 2020 ikabangamirwa n’icyorezo cya COVID-19.

    Dusengimana Wicklif werekeje muri REG VC yakinnye mu makipe ya Canal Sports Club yo mu Misiri na Gisagara VC na APR VC yo mu Rwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/volleyball-reg-vc-yasinyishije-dusengimana-wicklif-wakinaga-mu-misiri

  • Yarwanyije Interahamwe akiza Abatutsi afite imyaka 18 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Habumugisha warwanyije Interahamwe afite imyaka 18 gusa
    Habumugisha warwanyije Interahamwe afite imyaka 18 gusa

    Habumugisha yahaye ubuhamya yatangarije Kigali Today ku wa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020, ubwo mu Karere ka Musanze kari katoranyijwe nka imwe mu ma site yakurikiraniwemo ibiganiro by’ihuriro rya 13 rya Ubnity Club Intwararumuri.

    Uwo mugabo uvuga ko muri Jenoside yari umusore w’imyaka 18, kandi ko kurengera Abatutsi atabikoze agamije izindi nyungu zijyanye n’imitungo, ahubwo ngo ari umutimanama we wabimutegetse.

    Ati “Njya kuba umurinzi w’igihango byaturutse ku bikorwa by’indashyikirwa bigamije ubumwe n’ubwiyunge nakoze, kandi mbikora ntatekereje ko hari umusaruro ubirimo, ni umutimanama wanjye wabintegetse. Nari umwana muto w’imyaka 18 ariko ndi umwe mu banyamabanga b’icyahoze ari serile Kibirizi”.

    Avuga ko imisozi yo mu gace yari atuyemo ari kimwe mu byabafashije kwirukana ibitero by’Interahamwe, aho izo mbaraga yazihawe n’urubyiruko bakinanaga umupira, dore ko ngo bose bamukundiraga uburyo yakinaga neza umupira.

    Abitabiriye ihuriro rya 13 rya Unity Club Intararumuri i Musanze
    Abitabiriye ihuriro rya 13 rya Unity Club Intararumuri i Musanze

    Ati “Mu cyahoze ari serile Kibirizi ni ho niyambaje urubyiruko rwankundiraga gukina umupira, nabasaba kuza mu nama yo kurwanya ibitero by’Interahamwe bakanshyigikira ku buryo ibitero byazaga muri iyo serile bamfashaga kubikumira, ndetse n’abaturage bose barabyumva dushyira hamwe turazirwanya, Jenoside ihagarikwa nta Mututsi wiciwe muri iyo serile”.

    Avuga ko nubwo bari bahanganye n’abafite intwaro mu kurwanya ibyo bitero, bo ngo bifashishije ibibando n’amadebe, ibyo bigatera Interahamwe ubwoba zigatinya kwinjira muri ako gace, dore ko yahaga abo baturage amabwiriza yo kwirinda kwijandika mu bwicanyi, abasaba guharanira gukiza inzirakarengane z’Abatutsi bahigwaga.

    Si Habumugisha gusa wagaragaje ubutwari muri Jenoside, na Karamaga Thadée wo mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera yarokoye abana 17, ubwo yari umusirikare ufite ipeti rya Kaporali mu ngabo zatsinzwe (EX-FAR), aho yabahunganye muri Kongo aranabahungukana.

    Uwo mugabo wari ufite imyaka 39 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko kurokora abo bana b’Abatutsi ngo yabifashijwe n’Imana.

    Karamaga na we yarokoye abana 17
    Karamaga na we yarokoye abana 17

    Ati “Nabifashijwemo n’Imana, icyo gihe nari mfite igipangu haruguru y’ikigo cya gisirikare i Kanombe ubwo nari nshinzwe gushyingura imirambo y’abasirikare baguye ku rugamba mfite imodoka imfasha, ni yo natwaragamo abo bana nkabajyana mu gipangu cyanjye. Nabonye Interahamwe zikamejeje mbakura mu rugo njya kubahisha mu kigo cya gisirikare, mbonye intambara ikomeje gukaza umurego ndabahungana mbajyana muri Zaïre”.

    Arasaba Abanyarwanda kumufatiraho urugero, ati “Kuba nambaye uyu mudari numva binshimishije cyane, isomo bakuramo ni uko Umunyarwanda uwo ari we wese yamfatiraho urugero rwo gukunda Abanyarwanda bagenzi be”.

    Muri iryo huriro rya 13 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri ryaranzwe n’insanganyamatsiko igira iti “Ndi Umunyarwanda, igitekerezo ngenga cy’ukubaho kwacu”, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV wakurikiranye ibyo biganiro, yasabye urubyiruko kugera ikirenge mu cy’urwaranzwe n’imikorere myiza, birinda gufata Ndi umunyarwanda nk’ikintu cyoroheje, avuga ko umuntu wese yagombye guharanira kugira indoto zo kuzagira igihugu cyiza gifite izina n’ijambo ku isi.

    Habumugisha na Karamaga bombi ni abarinzi b
    Habumugisha na Karamaga bombi ni abarinzi b’igihango

    Giuverineri Gatabazi kandi, yasabye abaturage kugira Ndi umunyarwanda nk’ubuzima bwabo bwa buri munsi, ati “Ibiganiro twakurikiye ni byiza, mwumvise ko Ndi Umunyarwanda ari ubuzima bwacu bwa buri munsi. Nk’uko urubyiruko rwakomeje kubigaragaza, tugomba kuyiharanira, tukayikorera, tukazashobora gusiga abana bacu n’abazabakomokaho mu cyizere cy’ubuzima bwiza”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/yarwanyije-interahamwe-akiza-abatutsi-afite-imyaka-18

  • Ibizamini bisoza igihembwe cya mbere bizakorwa mu byumweru bibiri biri imbere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarimu batangiye gutegura abana kuzakora ikizamini gisoza igihembwe cya mbere cy
    Abarimu batangiye gutegura abana kuzakora ikizamini gisoza igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri 2020/2021

    Abazakora ibyo bizamini bakaba ari abanyeshuri batangiye kuri uyu wa mbere biga mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu mu mashuri abanza, ndetse n’umwaka wa gatatu n’uwa gatandatu w’ayisumbuye.

    Umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuri rwa Kagugu Catholique, Ugirumurera Pontien yavuze ko bizeye ko abo banyeshuri bazatsinda ibizamini neza kuko biga ari bake bake.

    Ugirumurera yagize ati “Tuzabanza gutanga ibizamini bisoza igihembwe cya mbere mu byumweru bibiri biri imbere, tubone gutangira igihembwe cya kabiri”.

    Hari abanyeshuri bavuga ko bagenzi babo bagiye mu biraka muri aya mezi arindwi amashuri yari amaze afunze kubera kwirinda Covid-19, bashobora kuzatsindwa kuko batabonye umwanya wo kwiyibutsa ibyo bize mu gihembwe cya mbere.

    Uwitwa Emmanuel wiga mu wa Gatandatu w’amashuri abanza yagize ati “Hari abo nabonye mu biraka nk’ubuyede batagize igihe cyo kwiga, abo biraza kubagora kumva amasomo”.

    Abarimu muri rusange na bo bishimiye kuba batangiye kwigisha umubare muto w’abana muri buri cyumba, ariko ab’i Kagugu bo ni amahirwe y’igihe gito kuko guhera tariki 23 z’uku kwezi hari indi myaka izatangira kwiga.

    Ugirumerera ushinzwe amasomo yakomeje avuga ko ku kigo cy’i Kagugu barimo kwiga ari abana 46 muri buri shuri ariko bitije ibyumba hafi ya byose by’ikigo.

    Mu byumba 63 ikigo cya Kagugu gifite, cyakoresheje 56 muri byo kibitiza abiga mu wa gatanu n’uwa gatandatu w’amashuri abanza, ndetse n’abiga mu wa gatatu w’ayisumbuye gusa.

    Bose batangiye kwiga bambaye udupfukamunwa
    Bose batangiye kwiga bambaye udupfukamunwa

    Ubusanzwe nta cyumba cy’ishuri muri GS Kagugu Catholique kigira umubare w’abana uri munsi ya 90, kandi bakicara ari bane bane ku ntebe. Ni ryo shuri rifite umubare munini wa mbere mu gihugu w’abana baryigamo kuko ubu barenga 7,863.

    Umwaka wa kane w’amashuri abanza n’uwa mbere hamwe n’uwa kabiri w’ayisumbuye nibatangira kwiga mu byumweru bitatu biri imbere, i Kagugu ho ntabwo bazaba bagishoboye kwiga ari 46 muri buri cyumba nk’uko Leta ibyifuza.

    Babanzaga gukaraba intoki
    Babanzaga gukaraba intoki

    Umuyobozi ushinzwe amasomo yakomeje agira ati “Ntabwo ibyumba twabibona dukurikije umubare w’abanyeshuri tuzakira, kereka nidushobora kohereza bamwe ku yandi masite y’amashuri arimo kubakwa”.

    Mu bidasanzwe byagaragaye ku banyeshuri ku munsi wo gutangira kwiga nyuma y’amezi hafi arindwi bari mu rugo, ni uko bamwe babyibushye kandi bagakura, bituma imyenda yanga kubakwira.

    Bapimwaga n
    Bapimwaga n’umuriro
    Muri aya mezi arindwi ashize, abanyeshuri barakuze ku buryo bamwe amapantaro n
    Muri aya mezi arindwi ashize, abanyeshuri barakuze ku buryo bamwe amapantaro n’amajipo bigaragara ko asigaye ababaho magufi

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/ibizamini-bisoza-igihembwe-cya-mbere-bizakorwa-mu-byumweru-bibiri-biri-imbere