Tag: featured

  • Diamond Platnumz yavuze agahinda yagize nyina arwara akananirwa kugenda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Diamond Platnumz na nyina umubyara
    Diamond Platnumz na nyina umubyara

    Mu kiganiro na Wasafi FM, Diamond yavuze uburyo yajyanye nyina kumuvuza mu buhinde, ibintu avuka ko byamuhenze cyane kuko muri icyo gihe nta mafaranga ahagije yari afite.

    Umuyobozi wa Wasafi avuga ko kimwe mu bintu bimushimisha mu buzima ari ukubona nyina afite ubuzima buzira umuze, kuko uburwayi yagiye muri 2013 bwamuteye ubwoba.

    Ati “Umwaka wa 2012-2013 mama yagize stroke bisaba ko ajyanwa mu Buhinde kuvuzwa. Ni ubwa mbere nari mbonye mama atabasha kugenda, kuvuga cyangwa kugira ikindi kintu akora, hakwiyongeraho amafaranga byasabaga byanteye ubwoba. Iyo bitaba umuziki sinari kubona uko mpikura”.

    Mu myaka ishize uko Chibu Dangote yagiye amenyekana, ahora agaruka ku buryo Sandra Sanura Kassim uzwi nka Mama Dangote nyina umubyara, yamubereye inkingi ya mwamba mu buzima bwe, ndetse no mu kazi ke k’umuziki n’ubuzima bubi babanyemo akura.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/diamond-platnumz-yavuze-agahinda-yagize-nyina-arwara-akananirwa-kugenda

  • Rubavu na Goma bagiye korohereza abakozi n’abanyeshuri kwambuka umupaka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umupaka muto uhuza Rubavu na Goma
    Umupaka muto uhuza Rubavu na Goma

    Kigali Today yavuganye na Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba Alphonse Munyantwali, avuga ko batafunguye imipaka ahubwo ibiganiro byabaye tariki ya 2 Ugushyingo 2020 mu Mujyi wa Goma, byari bigamije korohereza abarwayi bakenera kwambukiranya umupaka bajya kwivuza, abakozi bakenera kwambukiranya imipaka bajya mu mirimo hamwe n’abanyeshuri bakenera kujya ku mashuri mu gihe yatangiye.

    Yagize ati “Si ugufungura imipaka, ahubwo abakozi n’abanyeshuri bafite inzandiko z’inzira nka ‘laisser passe na Pass sport’, bakwemererwa kwambuka ariko bakagumayo atari ingendo za buri munsi”.

    Inama yahuje intumwa z’Intara zombi, iz’uRwanda zari ziyobowe na Guverineri w’Intara y’uburengerazuba Munyantwari Alphonse naho ku ruhande rw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ziyobowe na Guverineri Nzanzu Carly Kasivita.

    Imyanzuro y’inama yasomwe na Jean Paul Maregani, ivuga ko mu korohereza abantu bamwe na bamwe ku mipaka ihuza Rubavu na Goma, hagendewe ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, hemerewe kwambuka ibyiciro bikurikira.

    Abaganga n’abarimu bava mu Rwanda bakajya gukorera muri Kongo, cyangwa abaganga n’abarimu bava muri Kongo bakajya mu Rwanda, abanyeshuri biga muri Kongo cyangwa abanyeshuri biga mu Rwanda, kimwe n’abandi bakozi bafite imirimo ihoraho baturiye iyi mijyi.

    Abandi bemerewe kwambuka ni abacuruzi bato bibumbiye mu mashyirahamwe, kugira ngo hirindwe umubare nyamwinshi bakazumvikana uko bazajya bohererezanya ibicuruzwa hirindwa Covid-19.

    Guverineri Munyantwari avuga ko ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwari busanzwe bukorwa mu kohererezanya ibicuruzwa.

    Mu myanzuro y’iyi nama, impande zombi zemeranyije ko abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwari busanzwe bunyura ku mupaka munini, bagiye kuzajya banyura ku mupaka muto hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, bakaba basabye ko abaturage birinda ibikorwa byo kunyura mu nzira zitemewe zambukiranya imipaka.

    Iyi myanzuro irafasha ibigo byigisha muri Rubavu byavugaga ko bifite ikibazo cy’abarimu bari mu Mujyi wa Goma bari barabuze uko bagaruka mu kaz, hamwe n’abanyeshuri biga mu Rwanda batuye mu Mujyi wa Goma, kimwe n’abanyeshuri bo mu Rwanda bashaka kujya gukomeza amashuri mu Mujyi wa Goma.

    Icyakora ubu buryo bwo gufasha abaturage bugiyeho buzorohereza abambuka bagaturayo atari abagenda bagaruka nk’uko byari bisanzwe.

    Abanyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bari bamaze iminsi bataka kuba bohereza ibicuruzwa mu Mujyi wa Goma, Abanyekongo babyohererejwe bakabihombya cyangwa bakabambura bigatuma ubucuruzi bwambukiranya imipaka butagenda neza.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/rubavu-na-goma-bagiye-korohereza-abakozi-n-abanyeshuri-kwambuka-umupaka

  • Nyuma yo guhagarika ku kazi abayobozi bakuru ba REB, hagiye gukurikiraho iki? – Minisitiri Uwamariya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Velentine, avuga ko kuba hari abayobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB), bahagaritswe ku kari, nta gitangaza kibirimo kuko ari gahunda isanzwe yo kubaza abayobozi ibyo bakora.

    Abivuze nyuma y’uko Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko abayobozi batatu bo muri REB bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo, bitewe no kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya ry’abarimu uko bikwiriye.

    Bo bbayobozi bahagaritswe ni Dr. Ndayambaje Irenée, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB), Madamu Tumusiime Angelique, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB) na Bwana Ngoga James, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere n’Imicungire y’Umwarimu mu Kigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB).

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/nyuma-yo-guhagarika-ku-kazi-abayobozi-bakuru-ba-reb-hagiye-gukurikiraho-iki-minisitiri-uwamariya

  • Abandi batatu basezerewe mu Mavubi, umukino wa Cap-Vert wongera kwimurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa mBere ni bwo abakinnyi 11 ba APR FC bari bataritabira ubutumire bw’Amavubi bamaze gusanga abandi mu mwiherero, byabaye ngombwa ko hasezererwa abandi bakinnyi batatu bari bamaze ibyumweru bitatu bakora imyitozo.

    Imyitozo y
    Imyitozo y’Amavubi irakomeje

    Mu bakinnyi bahise basezererwa, harimo Iradukunda Jean Bertrand ukinira ikipe ya Gasogi United, hakabamo kandi Mico Justin na Twizerimana Marin Fabrice bakinira ikipe ya Police Fc.

    Uyu mukino w’Amavubi wari uteganyijwe bwa mbere tariki 13/11 nyuma ukaza kwimurirwa tariki 11/11, ubu ukaba wongeye kwimurirwa tariki 12/11/2020, mu gihe uwo kwishyura uzabera I Kigali kugeza ubu ukiri tariki 17/11/2020.

    Biteganyijwe ko iyi kipe y’igihugu izahaguruka mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 08/11/2020 n’indege yihariye, aho bamwe mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda barimo Mukunzi Yannick na Bizimana Djihad bazahurira nayo muri Cap-Vert.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/abandi-batatu-basezerewe-mu-mavubi-umukino-wa-cap-vert-wongera-kwimurwa

  • Amajyepfo: Gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, ibanga ryo kuza mu myanya y’imbere mu mihigo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi bane b
    Abayobozi bane b’uturere twaje mu myanya itanu ya mbere mu mihigo ya 2019-2020

    Utwo turere twaje mu myanya y’imbere ni aka Nyaruguru kabaye aka mbere kavuye ku mwanya wa 24 mu mihigo iheruka, aka Huye kabaye aka kabiri kavuye ku mwanya wa 19, aka Gisagara kabaye aka kane karaherukaga ku mwanya wa 25 n’aka Nyanza kabaye aka gatanu karaherukaga ku wa 30, ari na wo wa nyuma.

    Urebye mu mihigo iheruka, uturere two mu Ntara y’Amajyepfo twarakoze cyane ugereranyije n’ubusanzwe, kuko ubungubu akari inyuma ari Muhanga iri ku mwanya wa 25, nyamara mu mihigo iheruka aka mbere kari Muhanga yari ku mwanya wa 16, igakurikirwa na Huye yari ku wa 19. Utundi twose twari mu y’inyuma uhereye kuri Nyaruguru yari ku wa 24.

    Abayobozi b’utu turere bavuga ko mu byo bagezeho bishimira harimo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

    Nko mu Karere ka Gisagara bubakiye imiryango y’abatishoboye 515 yasemberaga nyuma yo gukurwa muri nyakatsi, muri Nyanza bubakira 404 ku buryo na 44 bari basigaye umwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 usozwa ubu bubakiwe, hakaba hasigaye bane gusa.

    Mu Karere ka Huye bubakiye 193, naho muri Nyaruguru bubakira 328 kandi aha hombi ngo nta wakuwe muri nyakatsi uhasigaye ugisembera.

    François Habitegeko, Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru ati “Nyuma yo kurwana no kubashakira aho barambika umusaya, ubu noneho dushyize imbaraga ku bafite amazu atabahesheje agaciro. Yose hamwe ni 1,673, kandi n’abahuye n’ibiza 627 tuzabitaho. Dushyize imbaraga kandi ku isuku, tutibagiwe no kurwanya imirire mibi”.

    Mu bindi bikorwa utu turere twagezeho harimo kugeza amazi meza ku baturage ndetse n’amashanyarazi, ku buryo muri Gisagara bayagejeje ku ngo 8,110 mu mwaka umwe gusa w’ingengo y’imari.

    Jérôme Rutaburingoga uyobora aka karere yungamo agira ati “Twanateye ibiti by’imbuto 275,000 ku bufatanye n’abafatanyabikorwa. Kwitabira mituweli turi aba mbere, kandi Gisagara yanabaye mu turere dutatu twa mbere twejeje umuceri mwinshi”.

    Muri Gisagara n’i Nyaruguru hari n’umwihariko ko ubu bagejejweho kaburimbo, byatumye guhahirana n’abaturutse ahandi birushaho kuborohera.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/amajyepfo-gukemura-ibibazo-bibangamiye-imibereho-myiza-y-abaturage-ibanga-ryo-kuza-mu-myanya-y-imbere-mu-mihigo

  • Rayon Sports yasubukuye imyitozo, Sugira bivugwa ko yavunikiye mu Mavubi nawe yakoze (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove, ni bwo ikipe ya Rayon Sports yingeye gusubukura imyitozo, ni nyuma yo gupimwa COVID-19 ndetse bakanatangira umwiherero uri kubera mu macumbi ya Skol aherereye mu Nzove.

    Mu bakinnyi bakoze imyitozo, harimo abakinnyi bashya iyi kipe yaguze barimo nka Manasseh Mutatu wavuye muri Gasogi, Niyigena Clement wavuye muri Marines, Jean Vital Ourega batijwe na TP Mazembe, Niyonkuru Sadjati wavuye muri Marines, Mudacumura Jackson bita ‘Rambo’ wavuye muri Heroes na Mujyanama Fidele wavuye muri Heroes Fc.

    Muri iyi myitozo hagaragayemo kandi Sugira Ernest wavuye mu ikipe y’igihugu Amavubi bivugwa ko yagize imvune, gusa ntihagaragayemo Nshimiyimana Imran na Sekamana Maxime baje muri iyi kipe bavuye muri APR FC mu mwaka ushize w’imikino.

    Sugira Ernest nawe yakoze imyitozo

    Sugira Ernest nawe yakoze imyitozo

    Bashunga Abouba wavuye muri Buildcon yo muri Zambia nawe yarakoze

    Bashunga Abouba wavuye muri Buildcon yo muri Zambia nawe yarakoze

    Umutoza Guy Bukasa yakoresheje imyitozo ye ya mbere muri Rayon Sports

    Umutoza Guy Bukasa yakoresheje imyitozo ye ya mbere muri Rayon Sports

    Drissa Dagnogo mu myitozo

    Drissa Dagnogo mu myitozo

    Manasseh Mutatu nawe yakoze imyitozo ya mbere muri Rayon Sports

    Manasseh Mutatu nawe yakoze imyitozo ya mbere muri Rayon Sports

    Manasseh Mutatu na Mugisha Gilbert

    Manasseh Mutatu na Mugisha Gilbert

    Mugisha Gilbert, umwe mu bakinnyi bamaze iminsi muri Rayon Sports

    Mugisha Gilbert, umwe mu bakinnyi bamaze iminsi muri Rayon Sports

    Jean Vital Ourega wavuye muri TP Mazembe

    Jean Vital Ourega wavuye muri TP Mazembe

    Iyi kipe yanasuwe na Komite nshya iheruka gutorwa

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/Rayon-Sports-yasubukuye-imyitozo-Sugira-bivugwa-ko-yavunikiye-mu-Mavubi-nawe-yakoze-AMAFOTO

  • Rayon Sports yasubukuye imyitozo, Sugira bivugwa yo yavunikiye mu Mavubi nawe yakoze (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove, ni bwo ikipe ya Rayon Sports yingeye gusubukura imyitozo, ni nyuma yo gupimwa COVID-19 ndetse bakanatangira umwiherero uri kubera mu macumbi ya Skol aherereye mu Nzove.

    Mu bakinnyi bakoze imyitozo, harimo abakinnyi bashya iyi kipe yaguze barimo nka Manasseh Mutatu wavuye muri Gasogi, Niyigena Clement wavuye muri Marines, Jean Vital Ourega batijwe na TP Mazembe, Niyonkuru Sadjati wavuye muri Marines, Mudacumura Jackson bita ‘Rambo’ wavuye muri Heroes na Mujyanama Fidele wavuye muri Heroes Fc.

    Muri iyi myitozo hagaragayemo kandi Sugira Ernest wavuye mu ikipe y’igihugu Amavubi bivugwa ko yagize imvune, gusa ntihagaragayemo Nshimiyimana Imran na Sekamana Maxime baje muri iyi kipe bavuye muri APR FC mu mwaka ushize w’imikino.

    Iyi kipe yanasuwe na Komite nshya iheruka gutorwa

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rayon-sports-yasubukuye-imyitozo-sugira-bivugwa-yo-yavunikiye-mu-mavubi-nawe-yakoze-amafoto

  • Impunzi 620 z’Abanyekongo zabaga mu nkambi ya Kigeme zimuriwe i Mahama #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Impunzi z
    Impunzi z’Abanyekongo 620 zimuriwe i Mahama

    Ku rubuga rwa Twitter rw’iyi Minisiteri, yavuze ko kwimura izo mpunzi biri muri gahunda yo kurengera no kunoza imibereho imibereho y’impunzi, ndetse no gukumira iyangirika ry’ibidukikije mu nkambi ndetse n’inkengero zazo.

    Inkambi ya Kigeme isanzwe icumbikiye impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi 18, zahunze imirwano hagati y’ingabo za Leta ya Kongo n’imitwe y’inyeshyamba mu Burasirazuba bwa repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

    Naho inkambi ya Mahama izo mpunzi zimuriwemo, yari isanzwe icumbikiye impunzi z’Abarundi zirenga 43,500 muri za 2015.

    Muri uyu mwaka wa 2020, bamwe muri izo mpunzi z’Abarundi basabye gusubira mu gihugu cyabo ku bushake, maze Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ifasha ababyifuza gutaha.

    Kugeza ubu, impunzi z’Abarundi zirenge 2000 zari zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama, zamaze gutahuka mu gihugu cyabo ku bushake.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/impunzi-620-z-abanyekongo-zabaga-mu-nkambi-ya-kigeme-zimuriwe-i-mahama

  • Abakandida 1,214 barahatanira kuyobora USA : Ibintu bitanu bitangaje kuri aya matora #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umukuru w’icyo gihugu, uwo ari we wese, agira ingaruka ku buzima bw’abanyamerika n’abatuye isi muri rusange, ari na yo mpamvu ibiri buve mu matora y’umukuru w’igihugu kuri uyu wa kabiri bizagira ingaruka kuri buri wese.

    Dore bimwe mu by’ingenzi ukwiye kumenya ku matora yo muri USA:

    1.Amashyaka

    Politiki yo muri USA iganzwa cyane n’amashyaka abiri ari yo iry’Abarepubulikani (Republicans) n’iry’Abademokarate (Democracts). Ari na yo mpamvu umukuru w’igihugu buri gihe ava muri rimwe muri aya mashyaka.

    Ariko aya mashyaka si yo yonyine akorera muri icyo gihugu kuko hari andi mashyaka abarirwa mu majana harimo azwi cyane nka Libertarian Party, Green Party, Constitution Party na Party for Socialism and Liberation. Harimo kandi amashyaka aharanira inyungu z’ikintu runaka nka Legal Marijuana Now Party riharanira ko ibiyobyabwenge byemerwa cyane cyane urumogi. Nk’uko tuza kubibona mu kanya, amenshi muri aya mashyaka afite abakandida na bo bari guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu.

    2. Inteko itora (Electoral College)

    N’ubwo abaturage barenga miliyoni 255 ari bo bagomba kwitabira amatora y’umukuru w’igihugu muri USA, mu by’ukuri abantu 538 bagize inteko itora ni bo bazahitamo uzaba Perezida. Uzaba perezida akaba agomba kugira byibuze amajwi 270 muri aya 538.

    Buri Leta muri 50 zigize USA igenerwa umubare w’abantu bagomba kuyihagararira muri iyi nteko itora hashingiwe ku mubare w’abantu batuye iyo Leta. Ni ukuvuga ko abaturage basanzwe baba barimo gutora ku rwego rwa Leta yabo kugira ngo bahe umukandida runaka amajwi ahagije y’abazamuhagararira mu nteko itora. Ni na yo mpamvu umukandida ashobora kugira amajwi menshi y’abaturage bamutoye (popular vote) ariko ntagire amajwi ahagije y’abamuhagarariye mu nteko itora. Ibi ni byo byabaye kuri Hillary Clinton mu mwaka wa 2016, ubwo yatsindwaga na Donald Trump.

    Ikindi ni uko umukandida ugize amajwi menshi muri Leta ahita ahabwa amajwi yose y’abahagarariye iyo Leta muri ya nteko itora.

    3. Hari Leta zifite ingufu kurusha izindi

    Nyinshi muri Leta zigize USA ziba zifite ishyaka runaka zizwiho gushyigikira. Ni na yo mpamvu muri Leta 50 zigize icyo gihugu, inkeya ari zo zihabwa umwanya munini iyo abakandida barimo kwiyamamaza kuko zo ziba zizwiho kuba zashyigikira umukandida umwe cyangwa uwundi. Izo Leta zizwi nka «swing states ».

    Zimwe muri zo harimo Florida na Ohio, mu gihe Arizona na Texas zari zisanzwe ari iz’Abarepubulikani, mu matora yo muri uyu mwaka na zo zirimo guhatanirwa n’abakandida bombi. Izindi Leta zishobora kubogamira ku Barepubulikani cyangwa Abademokarate ni Georgia, Iowa, Michigan, Minnesota, Nevada, New Hampshire, North Carolina, Pennsylvania na Wisconsin.

    4. Ntabwo harimo gutorwa umukuru w’igihugu gusa

    N’ubwo hakomeje kuvugwa amatora y’umukuru w’igihugu muri USA, ntabwo ari bo bategetsi bonyine barimo gutorwa. Abaturage ba Amerika barimo kandi gutora abagize inteko ishinga amategeko, imitwe yombi (Abadepite n’Abasenateri).

    Imyanya yose uko ari 435 y’Abadepite irimo guhatanirwa, mu gihe muri Sena harimo guhatanirwa imyanya 33. Abademokarate barimo gushaka kugira abadepite benshi n’abasenateri benshi kugira ngo mu gihe perezida Donald Trump yakongera gutorwa bazabe bafite ubushobozi bwo gusubiza inyuma bimwe mu byemezo yafata.

    5. Abakandida 1,214

    Nk’uko twari tumaze kubivuga abakandida bahagarariye Abademokarate n’Abarepubulikani ni bo barimo kuvugwa cyane muri aya matora y’umukuru w’igihugu, ariko mu by’ukuri aya matora arimo abakandida 1,214 bahatanira umwanya wa Perezida.

    Harimo abakandida bahagarariye ariya mashyaka yandi twavuze nka Jo Jorgensen uhagarariye ishyaka Libertarian Party, Howie Hawkins uhagararriye Green Party, Gloria La Riva uhagarariye Socialism and Liberation Party, n’abakandida bigenga, barimo icyamamare Kanye West.

    Usibye Jo Jorgensen wabashije kwiyandikisha kuri lisiti y’itora muri Leta 50 zose zigize USA, abandi bakandida bagiye banditse kuri lisiti y’itora muri Leta zimwe mu gihe batagaragara kuri lisiti yo mu zindi.

    Amategeko agenga itora aho muri Amerika kandi ateganya ko umukandida utagaragara kuri lisiti y’itora, ashobora gusaba abamushyigikiye kwandika izina rye ku rupapuro rw’itora bemeza ko ari we bahaye ijwi ryabo (write-in candidate).

    Hifashishijwe BBC & Wikipedia

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/abakandida-1-214-barahatanira-kuyobora-usa-ibintu-bitanu-bitangaje-kuri-aya-matora

  • Umuyobozi Mukuru wa REB ari muri batatu bahagaritswe ku mirimo yabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Ndayambaje Irenée
    Dr. Ndayambaje Irenée

    Abo bayobozi ni:

    1. Dr. Ndayambaje Irenée, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB).

    2. Madamu Tumusiime Angelique, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB).

    3. Bwana Ngoga James, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere n’Imicungire y’Umwarimu mu Kigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB).

    Abayobozi bakurikira bo muri @Rwanda_Edu bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo bitewe no kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya ry’abarimu uko bikwiriye:

    1. Dr. Ndayambaje Irenée, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB)

    — Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) November 2, 2020


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umuyobozi-mukuru-wa-reb-ari-muri-batatu-bahagaritswe-ku-mirimo-yabo