Tag: featured

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 7, abakize ni 8 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya barindwi babonetse mu bipimo 1,604 bakaba barimo babiri babonetse i Kigali, bane babonetse i Nyagatare, undi umwe aboneka i Rusizi.

    Kugeza kuri uyu wa Kabiri, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,162 muri bo abamaze gukira ni 4,930 naho abakivurwa ni 197.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-7-abakize-ni-8

  • Basketball: Umutoza w’ikipe y’igihugu yahamagaye abakinnyi batangira umwiherero #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe y
    Ikipe y’ u Rwanda iratangira imyitozo ku wa Kane

    Abakinnyi 19 bahamagawe bazatangira imyitozo ku wa Kane tariki ya 05 Ugushyingo 2020.

    Ikipe ya Patriots BBC ni yo ifite abakinnyi benshi mu ikipe yahamagawe. Barindwi ni abo muri iyo kipe bakaba ari: Habineza Shaffy, Hagumintwari Steven, Gasana Kenneth Herbert, Jovon Filer Adonis, Ndizeye Ndayisaba Dieudonné na Sagamba Sedar.

    Ikipe ya REG BBC ni yo ikurikiraho mu kugira abakinnyi benshi bahamagawe aho ifitemo bane ari bo: Kami Kabange, Shyaka Olivier, Kaje Elie na Nshobozwabyosenumukiza Jean Jaques Wilson .

    APR BBC ifitemo abakinnyi batatu: Niyonkuru Pascal uzwi nka Kacheka, Niyonsaba Bienvenue na Ntwari Marius Tresor.

    IPRC Kigali BBC ifite umukinnyi umwe ari we Uwitonze Justin. IPRC Huye ifitemo Bugingo Kabare Hubert naho, UGB ifitemo Muhizi Prince.

    Abakinnyi batatu ni bo bahamagawe bakina hanze y’ u Rwanda. Abo ni: Mukama Jean Victor ukinira Ari’s Leeuwarden yo mu Buholandi, Ngoga Elias ukinira Blinn Junior College muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) na Schommer Kalekezi ukina muri Fribourg Olympic yo mu Busuwisi.

    U Rwanda rusanzwe rufite itike yo kuzitabira imikino ya nyuma kuko ari rwo ruzakira iki gikombe. Gusa rwashyizwe mu itsinda rya Kane mu rwego rwo kurufasha kwitegura neza.

    U Rwanda ruri kumwe na Mali, Algeria na Nigeria.

    Gahunda y’imikino y’ijonjora yo gushaka itike ya Afro-Basket 2021 iteye mu buryo bukurikira:

    Tariki ya 26 Ugushyingo 2020:

    Rwanda vs Mali

    Tariki 28 Ugushyingo 2020:

    Rwanda vs Nigeria

    Tariki ya 29 Ugushyingo 2020:

    Rwanda vs Algeria

    Tubibutse ko imikino ya nyuma ya Afro-Basket 2021 izatangira tariki ya 24 Kanama kugeza 05 Nzeri 2021 muri Kigali Arena.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/basketball-umutoza-w-ikipe-y-igihugu-yahamagaye-abakinnyi-batangira-umwiherero

  • Ferwafa na RBA basinyanye amasezerano yo kwerekana amarushanwa yose yo mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki 03/11/2020 ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira mu Rwanda “FERWAFA” habaye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano yo kwerekana amarushanwa ategurwa mu Rwanda na Ferwafa.

    Impande zombi zishyira umukono kuri aya masezerano
    Impande zombi zishyira umukono kuri aya masezerano

    Umuyobozi wa Ferwafa Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascene yavuze ko aya masezerano basinye Atari amasezerano y’uko uruhande runaka rwagira amafaranga ruhita ruha urundi, ahubwo ashingiye mu gushaka abandi bafatanyabikorwa by’umwihariko abazajya bamamaza mu mikino yerekanwa.

    “Aya masezerano ntabwo agamije kugira amafaranga runaka ahita atangwa, ni amasezerano ashingiye ku musaruro, takazagabana ikizavamo birimo kwamamaza n’ibindi, buri ruhande rurasabwa gukora kugira ngo uwo musaruro tuzawugereho kandi turabyizeye”

    Ku ruhande rw’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru mu Rwanda “RBA” Arthur Asiimwe, yatangaje ko bashimishijwe no gusinya aya masezerano, kuko biri no mu nshingano z’ikigo zo gufasha abanyarwanda kwidagadura

    “Dushimishijwe no gusinya aya masezerano, twashakaga uburyo ikinyamakuru cya rubanda kizajea kigeza umupira ku banyarwanda, murabizi mu nshingano z’itangazamakuru harimo no kwidagadura, na RBA twifuza gufasha abanyarwanda kwidagadura bareba umupira”

    “Turashaka ko abanyarwanda bose bagira ayo mahirwe yo gukurikirana umupira, muri ibi bihe bya COVID-19 biragoye ngo abafana baze ku kibuga, byari bibabaje kuba umuntu atakwemererwa kureba umupira ntanabone aho yawureba kuri televiziyo”

    “Ni amasezerano y’ubufatanye, twumvikanye ko twasangira umusaruro, sinshidikanya ko uwo musaruro mu myaka itatu uzaboneka, dufite ubushake, dufite ubushobozi ku buryo imipira yose ishoboka tugomba kuyigeza ku banyarwanda.”

    Aya masezerano hagati ya FERWAFA na RBA yasinywe uyu munsi, aje nyuma y’aho FERWAFA yaherukaga gutandukana na AZAM TV yerekanaga imikino ya shampiyona ndetse n’andi marushanwa yose ategurwa na FERWAFA.

    Aya masezerano yasinywe nayo uyu munsi avuga ko RBA izajya yerekana imikino y’amarushanwa yose y’umupira w’amaguru ategurwa na FERWAFA, arimo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo, igikombe cy’Amahoro, igikombe cy’Intwari ndetse n’andi


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ferwafa-na-rba-basinyanye-amasezerano-yo-kwerekana-amarushanwa-yose-yo-mu-rwanda

  • Girinka yatumye abari abatishoboye b’i Gicumbi bashora imari y’arenga miliyari zirindwi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Koperative IAKIB ubu ifite inganda zitunganya amata
    Koperative IAKIB ubu ifite inganda zitunganya amata

    Bakimara guhabwa inka bahise bashinga Koperative Ihuza Aborozi ba Kijyambere Bafatanyije (IAKIB), ikaba yaratangiye ikusanya umukamo w’inka z’abanyamuryango 300 bari bishyize hamwe.

    Hakizimana Pierre Celestin uyobora Koperative IAKIB, avuga ko muri 2006 batangiye gukoresha amafaranga angana n’ibihumbi 500 mu kugura amata aturuka mu mirenge 19 muri 21 igize Akarere ka Gicumbi.

    Yagize ati “Koperative yacu yavutse kubera gahunda ya Girinka muri 2002, twatangiye turi abanyamuryango 300 ariko ubu tugeze kuri 4,004, dukusanya amata angana na litiro 34,000 ku munsi ava mu borozi barenga 10,000”.

    Hakizimana avuga ko bafite amakusanyirizo 10 y’amata, harimo ane biyubakiye, abiri bakodesha ndetse n’andi ane Leta yabubakiye mu rwego rwo kubatera inkunga.

    Amata bakusanyije bayagurisha ku ruganda Inyange na Blessed (ruri i Gatuna), asigaye bakayakoramo amavuta y’inka yo kurya no kwisiga, ikivuguto ndetse n’ikinyobwa cyitwa yawurute (Yoghurt).

    Batangiye batwara amata mu bicuba ku magare ariko ubu ni abashoramari bakomeye
    Batangiye batwara amata mu bicuba ku magare ariko ubu ni abashoramari bakomeye

    Iyi koperative yashinze uruhanda rukora ifu y’ibigori (kawunga) aho rutunganya toni 20 ku munsi, kandi ikavuga ko irimo kurwagura ku buryo mu kwezi kwa Mutarama 2021 izaba yatangiye gutanga toni 60 z’ifu y’ibigori ku munsi.

    Banafite uruganda rukora ibiryo by’amatungo bigaburirwa inka, inkoko n’ingurube bingana na toni 20 ku munsi.

    Hakizimana yakomeje agira ati “Ibi byose tubihagaritse tukubakamo inzu, twakubaka umuturirwa ugaragara ku buryo wavuga uti dore icyo Girinka yakoze, ubu turashaka ko koperative ibyara ibindi bigo”.

    Bavuga ko bafite gahunda yo gushyira ibicuruzwa byabo ku masoko yo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.

    Hakizimana yari umwe mu bayobozi 80 b’amakoperative atandukanye barimo guhugurwa n’Ikigo ‘Land O’ Lakes’ cy’Abanyamerika ku bijyanye n’imiyoborere ndetse n’imicungire y’amakoperative, kikaba ari na cyo cyafashije koperative IAKIB mu rugendo rwo kuva mu bukene.

    Hakizimana Pierre Celestin wari mu bahawe inka mu myaka 18 ishize, ubu yitabira inama n
    Hakizimana Pierre Celestin wari mu bahawe inka mu myaka 18 ishize, ubu yitabira inama n’ibiganiro bihuza amakoperative manini mu gihugu

    Umuyobozi w’Umushinga wa Land O’Lakes witwa Coperative Development Program, Willy Nyirigira, avuga ko mu byo bahaye koperative IAKIB harimo n’ibyuma byo guterekamo no gukonjesha amata.

    Yagize ati “Ubu hari undi mushinga turi gutegurana na bo wo gukora amata y’ifu abikwa igihe kirekire, kugira ngo ajye acuruzwa hanze y’igihugu kandi Abanyarwanda be kujya babura amata mu gihe cy’impeshyi”.

    Nyirigira yizeza ko umushinga ayobora uzakomeza guhugura amakoperative y’u Rwanda, ndetse no kuyahuza n’andi yo mu bihugu birenga 80 byo ku isi, kugira ngo Abanyarwanda babone aho bagurisha umusaruro hanze y’igihugu.

    Umushinga w
    Umushinga w’Abanyamerika Land O’Lakes ufatanyije na RCA ndetse n’Ikigo RICEM, barimo guhugura abayobozi b’amakoperative 80 manini mu gihugu

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative, Prof Jean Bosco Harelimana, ashima ko Land O’Lakes iri mu bafatanyabikorwa ba Leta bateza imbere gahunda yo kugira amakoperative ibigo binini by’ishoramari.

    Ni gahunda ishingiye imirimo yose ku ikoranabuhanga, izatuma amakoperative ahindura u Rwanda mu buryo bugaragara bitarenze umwaka wa 2024.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ishoramari/article/girinka-yatumye-abari-abatishoboye-b-i-gicumbi-bashora-imari-y-arenga-miliyari-zirindwi

  • Amafoto+Video: Nyuma y’umunsi umwe abanyeshuri basubukuye amasomo, kwirinda Covid-19 birubahirizwa gute? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mbere y
    Mbere y’uko umunyeshuri yinjira mu ishuri abanza gupimwa umuriro

    Nyuma y’umunsi umwe gusa ayo mashuri afunguye, kuri uyu wa Kabiri Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Velentine, ari kumwe n’abandi bayobozi basuye amwe mu mashuri yo mu Mujyi wa Kigali, bareba uko yubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Bimwe mu byitabwaho cyane, ni ukwambara udupfukamunwa ku banyeshuri n’abarimu, gupimwa umuriro, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa se imiti yabugenewe, hamwe no guhana intera hagati y’abanyeshuri.

    Reba mu mafoto uko amashuri yubahiriza ingamba zo kwirinda icyo cyorezo:

    Guhana intera ni ngombwa mu ishuri
    Guhana intera ni ngombwa mu ishuri

    Minisitiri Uwamariya mu rimwe mu mashuri, agenzura ko amabwiriza yubahirizwa
    Minisitiri Uwamariya mu rimwe mu mashuri, agenzura ko amabwiriza yubahirizwa
    Amashuri asabwa kugira aho abanyeshuri bakarabira
    Amashuri asabwa kugira aho abanyeshuri bakarabira

    Mu gikoni aho bategurira amafunguro y
    Mu gikoni aho bategurira amafunguro y’abanyeshuri, na ho ingamba zirubahirizwa

    Abarimu bagomba kwigisha bambaye udupfukamunwa
    Abarimu bagomba kwigisha bambaye udupfukamunwa

    Kureba andi mafoto, kanda HANO

    Reba video igaragaza uruzinduko rwa Minisitiri Uwamariya muri amwe mu mashuri

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/amafoto-video-nyuma-y-umunsi-umwe-abanyeshuri-basubukuye-amasomo-kwirinda-covid-19-birubahirizwa-gute

  • Ntibemeranya n’abavuga ko umukobwa ukora imyitozo myinshi atakaza uburanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nzayisenga Charlotte (uri ku mupira) amara impungenge abakobwa n
    Nzayisenga Charlotte (uri ku mupira) amara impungenge abakobwa n’abagore batinya gukora siporo cyane

    Cyuzuzo Igihozo Yvette usanzwe ari Kapiteni wa UTB na Nzayisenga Charlotte na we usanzwe akina muri iyi kipe iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona mu bari n’abategarugori babitangarije mu kiganiro KT Sports cya KT Radio ubwo bari abatumirwa muri gahunda y’umusportif w’icyumweru isanzwe itambuka buri wa kabiri.

    Cyuzuzo Yvette yavuze ko abafite iyo myumvire haba mu bakinnyi n’abandi bantu bahari ariko asaba ko bihinduka kuko bituma habaho kudindira kw’imikino muri rusange.

    Yagize ati “Ibyo nta shingiro bifite kuko ushobora gukina ugakomeza kumera neza nk’uko wari umeze mbere ntagihindutse, iyo umuntu ari mu kintu runaka aba agomba kukijyamo wese nibwo atanga umusaruro, ntabwo wareka gukora imyitozo ngo udahinduka mu miterere, ababivuga na bo wenda hari igihe kizagera bahindure imyumvire.”

    Ibindi bivugwa ko abakinnyi b’abakobwa bakina volleyball n’indi mikino bibagora kubona abagabo kubera guhinduka mu miterere no kutabona umwanya wo kwita ku bo bari kumwe yavuze ko atari byo ndetse atanga n’urugero rwa Bucumi Claudette bakinanye muri APR FC afite umugabo kandi agakomeza kwita ku rugo rwe.

    Cyuzuzo Yvette (ugiye gutera umupira) aha ari mu kibuga
    Cyuzuzo Yvette (ugiye gutera umupira) aha ari mu kibuga

    Urundi rugero yatanze ni Umunyakenyakazi Dorcas wigeze no gutoza mu Rwanda aho yavuze ko amufatiraho urugero kuko yakoraga imyitozo atitaye ku magambo avugwa kandi agahinduka umukinnyi w’igihangange waje no gushinga urugo agahirwa.

    Uretse ibi, bavuga ko abantu bataranahindura imyumvire ku myambaro migufi abakinnyi b’uyu mukino baba bambaye aho bamwe bakibifata nk’ibihabanye n’umuco.

    Bavuga ko batangira gukina uyu mukino byagiye bibagora cyane ariko gahoro gahoro bitewe n’ibyo bamaze kugeraho abari bafite iyo myumvire bakagenda bayihindura .

    Charlotte ati “Ndabyibuka ubwo nigaga mu mashuri yisumbuye twagiye gukina tumaze kugera mu kibuga haje abantu benshi barimo n’ababyeyi , bose bari batangariye imyambaro twari twambaye gusa bagenda bahindura imyumvire nyuma yo kumenya ko ari imyambaro isanzwe yifashishwa n’abari mu kibuga.Abayambara nta kindi baba bagambiriye kuko iyo tuvuye mu kibuga tuba twambaye twikwije.”

    Aba bakinnyi baherutse kwegukana igikombe cya Shampiyona mu bagore ku mukino batsinzemo APR VC seti 3-2 bavuga ko bishimira urwego uyu mukino ugezeho ariko bagasaba ko imyumvire yahinduka ku bagitekereza ko abakobwa bakora imyitozo myinshi bumva ko ibahindura bagatakaza uburanga, ndetse n’abakibona imyambaro yabo mu kibuga mu isura yo guta umuco ko bose bahindura imyumvire kugira ngo umukino urusheho gutera imbere.

    Cyuzuzo Yvette (wambaye ishati y
    Cyuzuzo Yvette (wambaye ishati y’umweru n’umukara) na Nzayisenga Charlotte (wambaye umutuku n’umukara) bakinira UTB n’ikipe y’igihugu, aha bakaba bari mu kiganiro kuri KT Radio

    Mu minsi yashize umutoza w’ikipe y’igihugu y’abangavu ya Basketball, Mushumba Charles, yashinje abakobwa bamwe bakina imikino na bo kurangazwa n’iyo myumvire ntibakore cyane, bumva ko bazatakaza uburanga bakazabura abagabo igihe baba bahinduye imiterere kubera imyitozo myinshi.

    Muri iki kiganiro banagarutse kuri byinshi bitandukanye banyuzemo mu rugendo rwabo nk’abakinnyi.

    Babajijwe imikino yabagoye, Charlotte yavuze ko umukino wamugoye ari uwo yakinnyemo na APR VC mu mpera z’icyumweru gishize aho yakinnye muri uyu mukino ahanganye na murumuna we basanzwe babana mu nzu.

    Cyuzuzo Yvette we avuga ko n’ubwo bakina uyu mukino bari babanje gutakaza seti ebyiri, ariko atari wo mukino wamugoye cyane mu buzima ahubwo avuga ko umukino wamugoye ari umukino wa nyuma bakinnyemo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu mwaka wa 2011 ubwo we yakinaga muri APR VC.

    Uwo mukino warangiye begukanye igikombe kuri seti 3-2 ngo waramugoye cyane kuko bari ku iseti ya seoul RRA yari yabanje kubasiga igira amanota 9 bo bafite amanota 3 ariko bayitanga kugera ku manota 15 bayitsindira kuri Seoul begukana igikombe cya Shampiyona.

    N’ubwo batabura ibibaca intege, bavuga ko bishimira urwego uyu mukino umaze kubagezaho. Nzayisenga Charlotte avuga ko uyu mukino wamufashije kwiga aho yarangije ikiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK)

    Cyuzuzo Yvette we mu byo yishimira yagezeho harimo ko Volleyball yamufashije kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) bimuha n’amahirwe yo kuba umwe mu barimu muri kaminuza ya UTB asanzwe anakinira.

    Mu bindi akomeza avuga ko uyu mukino wamufashije gutembera aho yagiye asohokera igihugu ahantu hatandukanye ku isi.

    Ibi Nzayisenga Charlotte abihurizaho na mugenzi we aho na we avuga ko Volleyball yamufashije gutembera mu bihugu bitandukanye nka : Pologne, Misiri, Tunisia, Madagascar, Togo, Kenya, Uganda, Burundi, na Tanzania aho yagiye ahagararira igihugu.

    Nzayisenga Charlotte na Cyuzuzo Yvette bashimira abagiye babafasha ngo bagere ku rwego bariho by’umwihariko umutoza wabo wo mu mashuri yisumbuye Abdulkharim Shumbusho wabatoje ubwo bigaga muri GS Indangaburezi mu Ruhango.

    Nzayisenga Charlotte na Cyuzuzo Yvette basanzwe ari abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Volleyball mu bari n’abategarugori. Uretse ikipe ya UTB bakinira, bananyuze mu yandi makipe akomeye arimo RRA na APR VC.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/ntibemeranya-n-abavuga-ko-umukobwa-ukora-imyitozo-myinshi-atakaza-uburanga

  • Igiciro cya Lisansi na Mazutu cyahindutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RURA yavuze ko igiciro cya Lisansi i Kigali kitagomba kurenza amafaranga y’u Rwanda 976 kuri litiro, naho igiciro cya Mazutu i Kigali, kikaba kitagomba kurenza amafaranga y’u Rwanda 923 kuri litiro.

    RURA ivuga ko iri hinduka ry’ibiciro rishingiye ku ihinduka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/Igiciro-cya-Lisansi-na-Mazutu-cyahindutse

  • Muhanga: Abagarutse ku mashuri barasaba Leta kwita ku bafite ubushobozi buke #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri batangiye amasomo
    Abanyeshuri batangiye amasomo

    Abayobozi b’igibo by’amashuri bavuga ko ku munsi wa mbere w’amasomo hibanzwe ku gusubira mu masomo hitegurwa ibizamini by’igihembwe cya mbere bahagaze bagezemo, mu gihe hari n’abandi banyeshuri bagitegerejwe ku bigo.

    Mu mashuri abanza hatangiye abo mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu, ku rwunge rw’amashuri rwa Gitarama abana batangiye kwitabira aho bicaye nibura babiri ku ntebe, abarezi na bo batangiye kubafasha gusubiramo amasomo.

    Abana bitabiriye kandi bishimiye gusubira ku mashuri kuko iwabo bari bamaze kuharambirwa, kandi bavuga ko biteguye kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Umwe mu bana agira ati “Mu rugo nari maze kuharambirwa, hari abana bari barabaye ibirara ndetse hari n’abatarabashije kugaruka, ndashimira Leta yatugaruye ku mashuri, natwe tuzihatira kwirinda”.

    Undi na we yagize ati “Mu rugo twigiraga kuri radiyo na televiziyo, ariko ubu tugarutse kwiga turishimira kongera kwiga twiteguye gukora ibizamini ubu twatangiye gusubiramo amasomo”.

    Umuyobozi ushinzwe imyitwarire kuri GS Gitarama, avuga ko abana bamaze kuhagera babarirwa muri 300 mu mashuri abanza, hari hateganyijwe ababarirwa muri 400.

    Mu mashuri yisumbuye umwaka wa gatatu, uwa gatanu n’uwa gatandatu ku munsi wa mbere haje ababarirwa muri 300 hari hateganyijwe ababarirwa muri 500.

    Avuga ko muri rusange ubwo bwitabire bugaragaza ko nka nyuma y’iminsi itatu cyangwa ine abanyeshuri bose bazaba bahageze, wenda hasigaye gusa abagize ibibazo bitandukanye ari na bwo ubuyobozi bw’ikigo buzatangira gukurikirana icyaba cyaratumye batagaruka kwiga.

    Naho ku bijyanye n’imyiteguro isanzwe, ngo hari ibikoresho bitarashyirwa neza mu myanya birimo n’urukarabiro rutaruzura, ubu hakaba hari kwifashishwa kandagira ukarabe zisanzwe.

    Ibigo bicumbikira abanyeshuri na byo biri kwakira abahagaze

    Ingamba zo kwirinda zirakurikizwa
    Ingamba zo kwirinda zirakurikizwa

    Mu bigo bicumbikira abanyeshuri na ho bari kwakira abahageze abandi bagitegerejwe, abayobozi b’ibigo bakaba bakomeje gusaba Leta ko yashyira imbaraga mu gufasha abashobora guhura n’ibibazo byo kuza ku mashuri kubera ubushobozi, no gufasha ibigo by’amashuri bishobora kugira ibibazo by’amikoro makeya.

    Ntiyamira André Hervé, wiga mu mwaka wa gatandatu mu Iseminari Nto ya Kabgayi, avuga ko bari gukurikiza amabwiriza yo kwirinda kandi bakihatira kwiga bashyizeho umwete, kugira ngo amasomo yabo atazasubira inyuma.

    Agira ati “Nk’ubu badukoreye udupfukamunwa, aho bishoboka hose duhana intera haba mu ishuri haba aho turara n’aho turira, turasaba ko Leta ikomeza kudufasha abana bafite ibibazo byo kugaruka ku mashuri bakiga, ndetse n’ibikoresho bikongerwa mu mashuri kugira ngo hatagaragara ubucucike bwinshi”.

    Umuyobozi ushinzwe amasomo mu Iseminai Nto yitiriwe Mutagatifu Leon i Kagayi, Padiri Sixbert Byingingo, avuga ko imyiteguro imeze neza mu kigo kandi ko abanyeshuri baje bigaragara ko biteguye kwiga nk’abari barambiwe kuguma mu miryango.

    Avuga ko nubwo bitari byoroshye kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima mu kwirinda COPVID-19, byagenze neza abana bakaba bagenda bamenyera, agasanga Leta ikwiye gukomeza kuba maso kugira ngo hatazaduka ubwandu bushya igihe abanyeshuri baba bageze ku mashuri.

    Agira ati “Hari ibigo bishobora kugorwa no kubahiriza izo ngamba zo kwirinda, ingamba zigakazwa hose kugira ngo icyorezo kitazongera kuzana ubukana amashuri akaba yakongera gufungwa”.

    Arongera ati “Ku bijyanye n’ubushobozi bw’ababyeyi, hari impungenge z’uko hari abatazabasha kwishyura kuko hari ababyeyi bamwe babuze akazi, aho ubufasha bwaboneka hose badufashije natwe cyaba ari ikintu cyiza kugira ngo abana batazatakaza amasomo bitewe n’ubushobozi bukeya”.

    Minisiteri y’Uburezi itangaza ko na yo izi ibibazo by’abana bashobora kutagarukira igihe ku mashuri kubera ibibazo bitandukanye birimo guterwa inda z’imburagihe, abo ngo bakaba bagomba kutavutswa amahirwe igihe bazaba bamaze kwibaruka, naho abagiye mu mirimo itandukanye bakaba bazashakishwa bagasubizwa mu masomo.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/muhanga-abagarutse-ku-mashuri-barasaba-leta-kwita-ku-bafite-ubushobozi-buke

  • Côte d’Ivoire: Alassane Ouattara yatorewe manda ya gatatu itavugwaho rumwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwitabire bw’abatora bwari ku kigero cya 54%, ibyavuye muri aya matora bikaba bitegereje kwemezwa n’urukiko rushinzwe kurengera itegekonshinga.

    Ku wa mbere tariki 02 Ugushyingo 2020, abatavuga rumwe na Leta batangaje ko barimo gushyiraho Guverinoma y’inzibacyuho igomba gutegura andi matora.

    Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Pascal Affi N’Guessan yavuze ko imwe mu nshingano z’iyo Guverinoma y’inzibacyuho ari ugutegura amatora y’umukuru w’igihugu agomba kubera mu mucyo kandi ahuriyemo abaturage bose ba Côte d’Ivoire.

    Pascal Affi N’Guessan uyobora abatavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze ko hashyizweho akanama k’inzibacyuho y’igihugu kazashyiraho Guverinoma iyobowe n’uwahoze ari perezida Henri Konan Bédié, umuyobozi w’ishyaka riharanira demokarasi rya Côte d’Ivoire. Uyu muyobozi kuri uyu wa kabiri yatangaje ko yagabweho ibitero n’abantu bataramenyakana. Mu mujyi atuyemo humvikanye imirwano yakoreshwagamo imbunda ziremereye, kandi ko ibi bitero byibasiye n’abayoboke b’abayobozi batavuga rumwe na Leta ya Alassane Ouattara.

    Bwana N’Guessan ati: “Kugumana Ouattara nk’umukuru w’igihugu birashoboka cyane ko bigiye gutera intambara hagati y’abenegihugu.”
    Ishyaka riri ku butegetsi ryihanangirije abatavuga rumwe n’ubutegetsi ribasaba kutagerageza guhungabanya umutekano w’ igihugu.

    Bwana Ouattara yongeye kwiyamamaza nyuma y’uko muri Nyakanga 2020, uwo ishyaka rye ryari ryemeje nk’umusimbura we Ibrahim Coulibaly; yitabye Imana bitunguranye bivugwa ko yazize uburwayi. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi babyise gutera “coup d’etat” amatora.

    Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri abantu babarirwa muri 30 bari bamaze kwicwa kuva ibikorwa byo kwiyamamaza byatangira no kugera ku umunsi w’itora.

    Hari impungenge ko imvururu zadutse muri 2003, zakongera kwaduka nyuma y’uko uwahoze ari perezida Laurent Gbagbo atsinzwe amatora na Alassane Quattara; ariko akanga kuva ku butegetsi, imirwano yashyamiranyije impande zombi muri icyo gihe yaguyemo abaturage barenga ibihumbi bitatu.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/Cote-d-Ivoire-Alassane-Ouattara-yatorewe-manda-ya-gatatu-itavugwaho-rumwe