Tag: featured

  • Ibibabi by’amapera bigabanya ibinure bibi mu mubiri bikanavura indwara zitandukanye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga https://therapeutesmagazine.com, bavuga ko kunywa icyayi cy’ibibabi by’amapera byafasha mu kugabanya ingano y’ibinure bibi(cholesterol) mu mubiri, ahubwo kikongera ibinure byiza bikenewe mu mubiri.

    Ibibabi by’amapera kandi bivura indwara zitandukanye zifata ishinya, zigatuma umuntu yumva ishinya imubabaza, cyangwa se amenyo ababaza, guhekenya ibibabi by’amapera bigabanya ubwo bubabare bwo mu ishinya no mu menyo, ariko cyane cyane ngo ibyo bibabi bivura udusebe tuza mu kanwa tubabaza cyane.

    Ibibabi by’amapera binafasha abantu bagira uruhu rwo mu maso rugira utuntu tw’uduheri dukira tugasiga amabara y’umukara. Iyo umuntu afashe ibibabi by’amapera akabisekura akabivanga n’amazi makeya, akabikaraba mu maso mu gitondo na nimugoroba, ngo bivura utwo duheri mu maso.

    Ku bantu barwaye diyabete, kunywa icyayi cy’ibibabi by’amapera kenshi nibura rimwe ku munsi, bifasha mu kugabanya isukari mu maraso ku buryo bw’umwimerere.

    Ibibabi by’amapera kandi ni umuti ukomeye mu komora ibisebe, uwo ngo ni umuti wakoreshwaga n’abakurambere mu binyejena byinshi byatambutse, ugakoreshwa mu komora ibikomere igihe umuntu yitemye, kandi ugakoreshwa ku bana no ku bantu bakuru.

    Uko bikora, ni ugufata ibibabi by’amapera, umuntu akabisekura nyuma akabivanga n’amazi makeya, akabirambika ku gisebe nibura umunota umwe.

    Ibibabi by’amapera kandi bifasha abantu bagira ikibazo cy’umusatsi ucika, bigatuma bagira umusatsi mwiza kandi ukomeye.

    Uko bikorwa ngo ni ugufata ibibabi by’amapera, umuntu akabitekana n’amazi bikabira, nyuma akareka bigahora bikaba akazuyazi, akayameshesha mu mutwe asa n’unanura uruhu rumeraho umusatsi.

    Ku rubuga https://www.guavafacts.com, bavuga ko icyayi cy’ibibabi by’amapera gifasha mu kurwanya ibibazo bitandukanye byibasira impyiko.

    Ubushakashatsi bwakozwe mu 2014, bukozwe n’ikitwa ‘International Journal of Research in Medical and Health Sciences’, bwagaragaje ko ibibabi by’amapera bigitoshye bifasha mu gukemura ibibazo by’impyiko bitandukanye harimo kuvura indwara zibasira impyiko.

    Kuri urwo rubuga bavuga ko ushaka gukoresha ibibabi by’amapera agamije gufasha impyiko, afata ibibabi cumi na bitanu by’amapera bigitoshye, akabishyira muri litiro y’amazi akabiteka nibura mu minota cumi n’itanu, nyuma akabihoza agatangira kubinywaho.

    Ku rubuga https://www.reussir-en-famille.com, bavuga ko ibibabi by’amapera bifasha cyane abantu bifuza gutakaza ibiro, kuko bituma isukari ititsindagira mu mubiri.

    Ibibabi by’amapera byongera ibyitwa ‘enzymes digestives’ bisukura inzira y’igogora, bigatuma igogora rigenda neza, kandi n’imyanda igasohoka neza.

    Ubushakashatsi bwinshi bwagaragaje ko ibibabi by’amapera byongera ikitwa ‘le métabolisme’. Iyo metabolisme ikaba igira akamaro gakomeye mu gutwika za ‘calories’ zituruka mu byo umuntu yariye, kandi urwo ngo ni rwo rufunguzo rwo gutakaza ibiro no kunanuka mu gihe umuntu abyifuza.

    Ibibabi by’amapera kandi ngo bavura impiswi. Uko bitegurwa, ni ugifata ibibabi by’amapera bakabivanga n’imizi y’igiti cy’ipera bakabibiza mu mazi, bikamara iminota 20, nyuma byamara guhora umuntu urwaye impiswi akajya abinywaho kugeza akize.

    Ibibabi by’amapera bifasha abagabo n’abagore kurumbuka (fertilité) kuko byigiramo ikitwa ‘folate’ cyongerera abagore amahirwe yo gusama ndetse na ‘lycopène’ yongera intanga-ngabo.

    Ibibabi by’amapera kandi bifasha abantu bagira umuvuduko w’amaraso uri hejuru. Kuringaniza umuvuduko w’amaraso ni kimwe mu byo ibibabi by’amapera bikiza ku buryo bukomeye, kuko bifasha amaraso kunyura mu mitsi yose y’umubiri uko bikwiriye.

    Ibi byose ariko, ntibikuraho ko igihe umuntu yumvise hari indwara mu zavuzwe zishobora kuvurwa n’ibibabi by’amapera yumvise, agomba kujya kwa muganga kugira ngo bamusuzume, bamuvure cyangwa se bamugire inama.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/ibibabi-by-amapera-bigabanya-ibinure-bibi-mu-mubiri-bikanavura-indwara-zitandukanye

  • Muhanga: Kwandikira abana mu bigo nderabuzima ntibiratangira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibikenewe ngo abana bandikwe byarateganyijwe ku Kigo Nderabuzima cya Gitarama hategerejwe uburenganzira bwa MINALOC
    Ibikenewe ngo abana bandikwe byarateganyijwe ku Kigo Nderabuzima cya Gitarama hategerejwe uburenganzira bwa MINALOC

    Gahunda yo kwandikira abana bavukiye mu bigo by’ubuzima n’abahapfiriye yatangirijwe mu bitaro byose by’uturere mu kwezi kwa Kanama 2020, icyo gihe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yateganyaga ko hakurikiraho kuyigeza mu bigo nderabuzima, ariko kugeza ubu bikaba bitarakorwa.

    Iteka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu No 001/07.01 ryo ku wa 27/07/2020 rigena umukozi wo mu kigo cy’ubuvuzi ufite ububasha bw’ubwanditsi bw’irangamimerere.

    Ni muri urwo rwego kuri buri bitaro by’akarere n’ikigo nderabuzima, nibura hagiye hahugurwa abantu babiri ku bwanditsi bw’irangamimirere, ndetse mu bitaro by’uturere gahunda yo kwandika abana kwa muganga bahavukiye itangira gukoreshwa.

    Icyakora aho bitarashoboka hakaba hifashishwa uburyo busanzwe bwo kwandika mu bitabo byari bisanzwe byifashishwa nk’uko n’ubundi byanditse muri iryo teka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

    Mu ruzinduko itsinda ry’Abadepite bamazemo iminsi itanu mu Karere ka Muhanga, bakaba barasanze ibigo nderabuzima byiteguye gukoresha ikoranabuhanga mu kwandika abana no kwandukura abapfuye mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iryo teka.

    Abayobozi b’ibigo nderabuzima n’abashinzwe ibarurishamibare kuri ibyo bigo nderabuzima bahuguwe, bagaragaza ko kwandika abana mu buryo bw’ikoranabuhanga, bifitiye Leta n’Abanyarwanda bose akamaro kuko bizoroshya igenamigambi ry’ubuvuzi, kandi rikorohereza ababyeyi kwandikisha abana mu nzego z’ubuyobozi.

    Ni izihe nyungu zo kwandikira abana ku bigo by’ubuvuzi?

    Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Gitarama Dusabeyezu Marie Goreth, avuga ko gahunda yo kwandika abana bavukiye kwa muganga no kuhandukurira abahapfiriye biteguye kuyishyira mu bikorwa, kuko amahugurwa bamaze kuyahabwa kandi ko harimo inyungu nyinshi.

    Itsinda ry
    Itsinda ry’Abadepite bayobowe na Karinijabo (ufite ikarine) ryasuye Ikigo Nderabuzima cya Gitarama

    Agira ati “Hari byinshi ubu buryo buzoroshya burimo n’igenamigambi ry’ubuvuzi, ubu buryo buzagabanya kandi ibibazo by’abana bapfa bavuka kuko buri mwana wese azavukira kwa muganga, ababyeyi na bo ntibazongera no gukubita amaguru bajya kwandikisha abana ku mirenge”.

    Arakomeza ati “Harabura gusa kuduha izina n’ijambo ry’ibanga (User name na pass word) dukoresha, naho ibijyanye n’ibindi bikoresho turabifite yaba mudasobwa na interineti, turifuza ko iyo gahunda natwe yatugeraho tukayikoresha tugafatanya kwihutisha iterambere”.

    Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Gitega mu Murenge wa Kibangu aho abadepite batasuye, Mugesera, na we avuga ko gahunda yo kwandika abana itaratangira ariko amahugurwa ku bakozi babishinzwe barimo n’ushinzwe ibarurishamibare ku kigo nderabuzima bayahawe, kandi biteguye kuyishyira mu bikorwa.

    Agira ati “Dutegereje ibisabwa byose ngo dutangire iyo gahunda kandi ibikoresho by’ibanze birimo mudasobwa na interineti birahari, n’ubumenyi burahari dutegereje gusa kuduha uburyo bwo gukorereramo kuko ni uburyo bujyanye n’amategeko kurusha akazi gasanzwe twakoraga”.

    Mugesera avuga ko kuba haratanzwe amahugurwa bakaba batayakoresha bitavuze ko ubumenyi bahawe buzibagirana kandi ko amahugurwa hagati y’abakozi ashobora kongera gutangwa, kandi hakanifashishwa abahanga basanzwe babikora nko ku mirenge ku karere na za minisiteri.

    Depite Bartelemie Karinijabo wari uyoboye itsinda ryasuye Akarere ka Muhanga, avuga ko nyuma yo gusanga serivisi yo kwandika abana bavukiye mu bigo by’ubuzima itarashyirwa mu bikorwa kandi imyiteguro yararangiye, bagiye gukora ubuvugizi iyo gahunda ikihutishwa.

    Abadepite basuye Akarere ka Muhanga bavuze ko bagiye gukora ubuvugizi kwandikira abana mu bigo by
    Abadepite basuye Akarere ka Muhanga bavuze ko bagiye gukora ubuvugizi kwandikira abana mu bigo by’ubuzima bikihutishwa

    Agira ati “Iyi gahunda mu by’ukuri izoroshya igenamigambi mu buvuzi kandi iteganywa n’Iteka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, twasanze iri mu byo tugiye gukorera ubuvugizi ikihitishwa kuko ubu irakorera gusa mu bitaro by’uturere”.

    Depite Karinijabvo avuga kandi ko n’izindi serivisi z’ubuzima zikirimo ibibazo zizakorerwa ubuvugizi, urugero ni nk’ibitaro bya Nyabikenke bimaze igihe byaradindiye ariko imirimo ngo ikaba ishobora kuzarangirana n’uyu mwaka w’ingengo y’imari, ni ukuvuga mu kwezi kwa Kamena 2021.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-kwandikira-abana-mu-bigo-nderabuzima-ntibiratangira

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 5, nta wakize mushya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya batanu babonetse mu bipimo 2,859, bakaba barimo ababonetse bane babonetse mu Mujyi wa Kigali, n’undi umwe wabonetse muri Rubavu.

    Kugeza kuri uyu wa Gatandatu, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,213 muri bo abamaze gukira ni 4,953 naho abakivurwa ni 225.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 36.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-5-nta-wakize-mushya

  • Itangazamakuru rirashimirwa uruhare ryagize mu kurwanya Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Byavugiwe mu kiganiro cyatambutse kuri RBA kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2020, mu rwego rwo kwizihiza umunsi Nyafurika w’itangazamakuru, ikiganiro cyitabiriwe n’abantu batandukanye biganjemo abanyamakuru.

    Ubwo Covid-19 yageraga mu Rwanda muri Werurwe uyu mwaka, Leta yashyizeho ingamba zo kurinda abantu icyo cyorezo zirimo na ‘guma mu rugo’, icyakora abanyamakuru bo bari muri zimwe mu nzego zemererwaga kugenda, bagatara amakuru bakanayatangaza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RGB, Kalisa Edouard, avuga ko itangazamakuru muri icyo gihe ryakoze akazi gakomeye kandi katanze umusaruro ari yo mpamvu arishimira.

    Agira ati “Mu gihe nka kiriya ikintu cya mbere ni ukugeza ku baturage amakuru yigisha uko icyorezo giteye, uko cyandura n’uko cyakwirindwa, aho habaye ubufatanye bwa Leta n’itangazamakuru nkaba ndishimira cyane. Nubwo hari abavuga ko habayemo ibihuha, ugereranyije ibihuha n’inkuru nzima zigisha abaturage, usanga itangazamakuru ryarakoze akazi gakomeye cyane”.

    Ati “Leta icyo yakoze yashyizeho ingamba zo kwirinda ikazimenyekanisha noneho itangazamakuru rikarushaho kuzigeza ku baturage. Ubwo bufatanye rero bwatanze umusaruro ukomeye kuko hari nk’abaturage bavugaga ngo iyi ndwara ni iy’abanyamujyi ntiyatugeraho, ariko uko amakuru yakomezaga gutangwa, abaturage barushijeho kumenya ubukana bw’iki cyorezo n’uko cyirindwa”.

    Icyakora nubwo itangazamakuru rishimirwa, bamwe mu banyamakuru bo bavuga ko amakuru bayataraga mu buryo bugoye kuko bahuraga n’inzitizi zinyuranye, nk’uko byagarutsweho na Mutesi Scovia wari witabiriye icyo kiganiro.

    Ati “Hari ibinyamakuru byinshi byari bitarakomera ariko kandi ababikorera bagasabwa gusohoka ngo batare amakuru bageza ku baturage, yari inzitizi ikomeye kubera amikoro make mu gihe abaturage bo babaga bategereje amakuru batitaye k’uko aboneka. Gusa nubwo twahuye n’ibibazo bitandukanye, akazi karakozwe n’ubu karakomeje”.

    Umuyobozi w’Umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro, Pax Press, Albert Baudouin Twizeyimana, yemeza ko itangazamakuru ryagize akamaro kanini mu gihe cya Covid-19 kuko ryarwanyije ibihuha.

    Ati “Mu gihe cy’icyorezo cya Covid-19, ni bwo nabonye ko abanyamakuru bo mu Rwanda bashoboye, ko buzuza inshingano yabo yo gutanga amakuru. Hari igihe cyageze igihuha kikihuta kurusha virusi ubwayo, aho mu cyaro bavugaga ko virusi ari iyo mu mujyi cyangwa ngo ari iy’abasaza n’abakecuru”.

    Ati “Icyo gihe abanyamakuru barahagurutse barwanya icyo gihuha batanga amakuru y’ukuri, ku buryo navuga ko umwe mu miti ya Covid-19 ari itangazamakuru. Kuko ryajijuye abantu kubera amakuru ryabahaga, nubwo hari abagiye bahura n’ingorane muri ako kazi aho hari abafatwaga na polisi, abararaga mu kazi n’ibindi, ariko ndabashimira ndetse n’inzego za Leta kuko zageze aho ziratwumva”.

    Kuri ubu ngo itangazamakuru ryo mu Rwanda muri rusange rihagaze neza, riruzuza inshingano zaryo nubwo hataburamo udutotsi kuko kera ngo ari nk’aho ntaryabagaho, nk’uko bivugwa na Cleophas Barore, Umuyobozi w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC).

    Ati “Nubwo hari utubazo tunyuranye mu bitangazamakuru, ubu hari intambwe yagiye iterwa. Nkunda kuvuga ko hari igihe iki gihugu cyigeze kubaho kitagira ishuri ry’itangazamakuru, ariko uyu munsi muri kaminuza y’u Rwanda hari ishami ry’itangazamakuru rimaze gusohora abanyamakuru bari mu itangazamakuru n’ahandi, iyo ni intambwe ikomeye”.

    Yongeraho ko uretse na kaminuza y’u Rwanda n’abikorera bashoye imari muri za kaminuza bashyiramo ishami ry’itangazamakuru, Covid-19 rero ngo ikaba yaraje abanyamakuru barabaye benshi ari yo mpamvu uruhare rwabo rwabaye ingirakamaro.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/itangazamakuru-rirashimirwa-uruhare-ryagize-mu-kurwanya-covid-19

  • Rayon Sports yatsinze Apha FC mu mukino wamaze iminota 70 (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Wari umukino wa mbere iyi kipe ikinnye nyuma y’iminsi itanu ishize batangiye umwiherero ndetse n’imyitozo.

    Rayon Sports yaje gutsinda igitego 1-0 cyatsinzwe mu gice cya mbere, cyatsinzwe na Mudacumura Jackson uzwi nka Rambo, kuri coup-franc yari itewe na Sugira Ernest.

    Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga:

    Hakizimana Adolphe, Ndizeye Samuel, Mujyanama Fidèle, Niyigena Clement, Habimana Hussein, Mudacumura Jackson Rambo, Manaseh Mutatu, Nizeyimana Mirafa, Sugira Ernest, Jean Vital Ourega

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rayon-sports-yatsinze-apha-fc-mu-mukino-wamaze-iminota-70-amafoto

  • Perezida Kagame yakiriye intumwa zamuzaniye ubutumwa bwa Tshisekedi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame kandi yaganiriye n’izo ntumwa, ku buryo bwo kurushaho kunoza umubano mwiza ibihugu byombi bisanganywe.

    Izo ntumwa zamenyesheje Perezida Kagame uko politiki ya repubulika ya Demukarasi ya Kongo yifashe, ndetse n’ibyo Perezida Tshisekedi ari gukora mu kunoza iyo politiki.

    Perezida Kagame yoherereje mugenzi we Tshisekedi ubutumwa bwo kumushyigikira muri ibyo bikorwa byo kugerageza kunoza politiki y’igihugu cye cya Kongo.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/perezida-kagame-yakiriye-intumwa-zamuzaniye-ubutumwa-bwa-tshisekedi

  • Covid-19: Mu Bufaransa hagaragaye ubwandu bushya burenga 60,000 mu masaha 24 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatanu tariki 06 Ugushyingo 2020, mu Bufaransa hagaragaye ubwandu bushya bwa Coronavirus burenga 60,000 naho abapfuye ku munsi umwe bari 495, umubare w’abamaze gupfa bose hamwe wabaye 39,865 muri icyo gihugu kuva iki cyorezo cyadutse.

    Ni mu gihe kandi umubare w’abantu barembye cyane ukomeje kuzamuka aho bageze ku 4,321.

    Ibi biravugwa mu Bufaransa mu gihe ibihugu byinshi by’isi bikomeje koroshya ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, bivuze ko abantu badakwiye kwirara kuko icyorezo ntaho cyagiye, nkuko OMS n’izindi nzego z’ubuzima zikomeza kubishishikariza abatuye isi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-bufaransa-hagaragaye-ubwandu-bushya-burenga-60-000-mu-masaha-24

  • Kaminuza ya UGHE igiye kwerekana abaganga n’abahanzi mpuzamahanga bahumuriza abahungabanyijwe na Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    UGHE n
    UGHE n’abaziyifasha muri Hamwe Festival 2020, bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru

    Ni iserukiramuco rizitabirwa n’impuguke mu by’ubuzima ndetse n’abahanzi baturutse impande zitandukanye z’isi, cyane cyane abo muri Afurika, kuva ku wa Gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020 i saa mbiri n’igice z’ijoro (20h30), kugera ku cyumweru tariki 15 Ugushyingo 2020.

    Hamwe Festival ya mbere yabaye mu mwaka ushize wa 2019 yahuje abarenga 3,000 baturutse mu bihugu 81 byo hirya no hino ku isi, bakaba baribanze ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’irishingiye ku gitsina.

    Hamwe Festival y’uyu mwaka, nk’uko UGHE ibisobanura, izanye umuziki n’ibindi bihangano bihumuriza abantu cyane cyane urubyiruko rwahungabanyijwe n’ingamba zo kwirinda Covid-19, ariko hakazaba n’impuguke mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe zizajya zinyuzamo zigatanga ibiganiro.

    Umuyobozi wungirije wa UGHE ushinzwe imiyoborere n’imari, Rogers Muragije, yagize ati “ibura ry’akazi ryazanye guhangayika mu buryo bukomeye, binateza ibibazo mu buzima bwo mu mutwe”.

    Muragije yavuze ko hari byinshi Abanyarwanda bazigira muri ibyo biganiro, bakamenya ko mu muziki, muri filime, mu mivugo, mu bugeni n’ubundi buhanzi, ngo harimo umuti uvura mu mutwe abantu batiriwe bajya kwa muganga.

    Abanyamakuru bitabiriye ikiganiro cyo gutegura Hamwe Festival
    Abanyamakuru bitabiriye ikiganiro cyo gutegura Hamwe Festival

    Umuyobozi wa Kaminuza ya UGHE, Prof Agnes Binagwaho, avuga ko kuba bashobora guhuza inzego zitandukanye mu gihugu hamwe n’izo ku rwego mpuzamahanga, ari uburyo buzatanga ibisubizo ku Banyarwanda bahungabanyijwe n’amateka y’ubukoloni, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’ibibazo by’icyorezo cya Covid-19.

    Umwe mu bahanzi bazitabira iserukiramuco rya UGHE, Umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Bill Ruzima, avuga ko umuziki ari ikintu cyije gihumuriza abantu, ariko bikazanabatera kumva bakwiriye gufashanya no gutabarana.

    Ati “Ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe birahari, ni ukubanza guhumuriza ababifite ugendeye ku buryo twakuze twese n’amateka yabaye muri iki gihugu, umuziki ukaba wabafasha mu kubahumuriza, bikavamo no kwigisha kubana no gufashany”.

    Ruzima ni umwe mu bazakora igitaramo cy’iminota 30 kizanyura ku mbuga nkoranyambaga za UGHE, aho kuri Instagram ari @ughe_org, hakaba na facebook.com/ughe.org ndetse no kuri youtube wanditsemo ijambo ‘University of Global Health Equity’.

    Hamwe Festival2020 izayoborwa n’abahagarariye #UGHE, Dr Paul Famer wayishinze, Prof Agnes Binagwaho uyiyobora, hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Dr Sheila Davis uyobora Partners In Health, Prof Miranda Wolpert uyobora umuryango mpuzamahanga Wellcome Trust, ukaba ari na wo wateye inkunga ibikorwa by’iryo serukiramuco, ndetse n’abahagarariye Leta y’u Rwanda.

    Abitabiriye Hamwe Festival y
    Abitabiriye Hamwe Festival y’umwaka ushize

    Mu bahanzi bazitabira #Hamwe Festival harimo Umunya-Afurika y’Epfo witwa Tsoku Maela, umufashi w’amashusho ukomoka muri Nigeria Etinosa Yvonne, umuhanzi w’Umunyarwanda Kaya, ndetse n’umwanditsi w’umunya-Maroc Soukaina Habiballah.

    Impuguke mu bijyanye n’ubuzima zizitabira #Hamwe Festival zirimo umwarimu muri Kaminuza y’i London mu Bwongereza witwa Vitoria Tischler, Umunyarwanda Lisa Ndejuru hamwe n’Umunyakenya Mary Bitta.

    Insanganyamatsiko ya Hamwe Festival y’uyu mwaka igira iti ‘Social Justice and Mental Health’, UGHE ikaba yabigenekereje mu Kinyarwanda igira iti ‘Kwita kuri buri wese n’ubuzima bwo mu mutwe’.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/kaminuza-ya-ughe-igiye-kwerekana-abaganga-n-abahanzi-mpuzamahanga-bahumuriza-abahungabanyijwe-na-covid-19

  • Amatora muri USA: Joe Biden aravuga ko yizeye intsinzi, Trump we ngo ntiyiteguye kubyemera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu mukandida uhagarariye ishyaka ry’Abademokarate, amaze kugira amajwi y’intumwa zitora (electoral votes) 253, mu gihe haba hakenewe 270 ngo umukandida atsindire kuba perezida.

    Donald Trump bahanganye, we afite amajwi 214 kugeza ubu.

    BBC iravuga ko Biden ari n’imbere mu majwi amaze kubarurwa muri leta z’isibaniro, zirimo Georgia, Nevada, Pennsylvania na Arizona.

    Mu ijambo yagejeje ku bamushyigikiye ejo ku wa Gatanu mu Mujyi wa Wilmington muri Leta ya Delaware, ari ho cyicaro cy’ibikorwa bye byo kwiyamamaza, Biden yagize ati “Tugiye gutsinda aya matora”.

    BBC ikomeza ivuga ko Biden yumvikanye mu mvugo nk’umuntu wifitiye icyizere kurushaho, mu gihe amajwi amaze kubarurwa agaragaza ko akomeje kurushaho gusiga Donald Trump.

    Ubwo yavugaga iryo jambo, yari ari kumwe na Kamala Harris, senateri wa leta ya California, biyamamazanya nk’uwamubera visi perezida aramutse atsinze aya matora.

    Joe Biden yavuze ko Abanyamerika bamuhaye inshingano zo kurwanya icyorezo cya Coronavirus, guhangana n’ubukungu budahagaze neza, imihindagurikire y’ikirere ndetse n’irondabwoko ryabaye akarande.

    BBC yavuze ko iri jambo rya Biden ubundi ryari ryarateganyijwe nk’iryo kwishimira intsinzi, ariko yahisemo kurivugamo uko ibintu bihagaze ubu muri rusange mu matora, mu gihe televiziyo zo muri Amerika zigengesereye zikaba ziretse kumutangaza ko yatsinze.

    Trump abaye atsinzwe ntiyiteguye kubyemera

    BBC iravuga ko naramuka atangajwe muri iyi mpera y’icyumweru ko ari we watsinze amatora, biteganyijwe ko itsinda rya Biden ritangira ubutegetsi bw’inzibacyuho ku wa mbere w’icyumweru gitaha.

    Urwego rushinzwe gucungira umutekano abayobozi bakuru ba Amerika rwohereje muri Leta ya Delaware abo kongerera imbaraga abarinda Biden.

    Urwego rw’indege za gisivile na rwo rwagabanyije ingendo zemerewe kuba hejuru y’ikirere cyo mu mujyi wa Wilmington wo muri iyo leta, aho Biden ari.

    BBC ariko iravuga ko nta kigaragaza ko mu gihe kigufi kiri imbere Trump azemera kumuha ubutegetsi, biramutse bibayeho agatsindwa aya matora.

    Ejo ku wa Gatanu nyuma ya saa sita z’amanywa, Trump yanditse kuri Twitter ati “Joe Biden ntakwiye kwiyitirira umwanya wa Perezida mu buryo butari bwo. Nanjye nshobora gukora nk’ibyo. Ibikorwa byo mu rwego rw’amategeko ubu biratangiye”!
    Trump amaze iminsi avuga ko habayeho uburiganya muri aya matora. Byatumye bamwe mu Barepubulikani bagenzi be bavuga ko iyo mvugo ikwiye guhagarara.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/amatora-muri-usa-joe-biden-aravuga-ko-yizeye-intsinzi-trump-we-ngo-ntiyiteguye-kubyemera