Tag: featured

  • Amagaju amaze gusezererwa burundu ashinjwa uburangare ku cyorezo cya #COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize ni bwo mu ikipe y’Amagaju abakinnyi bayo 11 basanzwemo icyorezo cya Coronavirus, bituma imyitozo ihita ihagarikwa ngo habanze habe indi nshuro yo gupima abakinnyi.

    Nyuma y’igenzura ryakozwe na Ferwafa, yaje gusanga ikipe y’Amagaju yaragize uburangare mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, aho yinjije umukinnyi witwa Murindwa Evaritse mu mwiherero kandi atarabona ibisubizo bya COVID-19.

    Mu kiganiro n’Umuvugizi wa Ferwafa Jules Karangwa, yadutangarije ko nyuma y’isesengura ryakozwe, ikipe y’Amagaju yahise imenyeshwa ko isezerewe burundu mu mikino ya Play-Off yari iteganijwe guhera kuri uyu wa Gatanu yo gushaka itike yo kujya mu cyiciro cya mbere.

    Yagize ati “Amagaju nyuma y’aho abakinnyi bayo bamwe na bamwe basanzwemo iki cyorezo cya COVID bahise batugezaho raporo batumenyesha uko byagenze, ejobundi tariki 07/11/2020”

    “Mu isesengura n’igenzurwa ryakozwe, byagaragayeko Amagaju yagize uburangare cyane mu birebana no kuzuza inshingano zayo mu birebana no kuzuza inshingano zayo zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa by’amabwiriza n’ingamba bya Ferwafa na Minisiteri”

    Umukinnyi w
    Umukinnyi w’Amagaju ngo yarapimwe ariko yinjira mu mwiherero atarabona ibisubizo, ni nawe wanduje abandi

    “Muri raporo Amagaju yaduhaye mu bakinnyi bose barapimwe basanga nta cyorezo bafite bajya no mu mwiherero, hanyuma haza undi mukinnyi nyuma yaho witwa Evaritse Murindwa bamujyana gufata ibipimo, ariko nyuma yo gupimishwa yemererwa kujya mu mwiherero n’abandi bakinnyi”

    “Ibyo tubifata nk’uburangare no kutubahiriza amabwiriza uko yagenwe kuko umukinnyi aba agomba kujya hamwe n’abandi ari uko nta bwandu afite, bo rero babirenzeho umukinnyi ahura n’abandi bagera kuri 11 nk’uko babyivugiye muri raporo, aba ari nawe ukongeza abandi kuko bamusanzemo ubwo bwandu”

    Jules Karangwa kandi yatangarije Kigali Today ko ikipe ya Vision yari kuzahura n’Amagaju ihita ikomeza muri 1/2, iyi nayo ikaba isabwa guhindura uburyo bakoreshaga aho bari mu mwiherero ndetse bakana banahimuka, ariko zikaba zitasezerewe nk’uko Amagaju byagenze


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/amagaju-amaze-gusezererwa-burundu-ashinjwa-uburangare-ku-cyorezo-cya-covid-19

  • Minisiteri ya Siporo yahannye amakipe yarenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda imaze gutanagaza ko ikipe ya Alpha Fc ndetse na Vision FC zose zo mu cyiciro cya kabiri zahanwe kubera kutubahriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Alpha FC yahanwe kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
    Alpha FC yahanwe kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa twitter rwa Minisports, aya makipe yahanwe nyuma y’igenzura ryakozwe na Minisiteri kuri uyu wa Kabiri tariki 10/11/2020, aho basanze aya makipe ari mu mwiherero wo kuzakina imikino yo gushaka amakipe azazamuka mu cyiciro cya mbere, atubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Itangazo rigira riti “Tariki ya 10 Ugushyingo 2020, Minisiteri ya Siporo yahagaritse umwiherero n’imyitozo y’amakipe ya VISION FC na Alpha FC nyuma y’ubugenzuzi yakoze igasanga aya makipe atubahiriza ingamba zo kwirinda no gukumira icyorezo cya COVID-19 mu bikorwa bya Siporo.”

    Tariki ya 10 Ugushyingo 2020, Minisiteri ya Siporo yahagaritse umwiherero n’imyitozo y’amakipe ya VISION FC na Alpha FC nyuma y’ubugenzuzi yakoze igasanga aya makipe atubahiriza ingamba zo kwirinda no gukumira icyorezo cya COVID-19 mu bikorwa bya Siporo. @AuroreMimosa @FERWAFA

    — Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) November 11, 2020

    Byari biteganyijwe ko ikipe ya Alpha FC izahura na Rutsiro, naho Vision FC igahura n’Amagaju nayo ataramenya niba azakina, mu gihe izari kuzatsinda hagati y’izi zari kuzishakamo ikipe izamuka mu cyiciro cya mbere.

    Kugeza ubu hategerejwe umwanzuro uza gufatwa na Federasiyo y’umupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma y’uko guhagarikwa ndetse n’Amagaju yanditse asaba ko umukino wabo wimurwa


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/minisiteri-ya-siporo-yahannye-amakipe-yarenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-coronavirus

  • Sinzongera gukina filime zingaragaza nkunda abakobwa – Michael Scofield wamenyekanye muri ‘Prison Break’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Michael Scofield, umukinnyi w’ibanze muri Prison Break, yagaragaye mu bice byayo bitanu, aho igice cya nyuma cyasohotse mu mwaka wa 2017.

    Gusa, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yatangaje ko yahagaritse gukina muri iyo filime, kuko ngo ibyo yakinaga byabaga ari uguhatiriza uwo atari we.

    Wentworth Miller yagize ati “Sinshaka kuzongera gukina filime, zinyerekana ko nkunda abakobwa. Nkunda abahungu, kandi inkuru z’urukundo hagati y’abahungu n’abakobwa zaravuzwe ku buryo nta gishya kirimo. Ntimuzongera kumbona mu isura ya Michael. Niba mwari muntegereje mu kindi gice, ndabyumva ko bitabashimishije. Niba kandi ibi mbabwiye bibateye umujinya, kuko mwakunze umuhungu wakinaga uwo atari we, ibyo ni ibibazo bibareba”.

    Kimwe mu byatumye afata iki cyemezo gikomeye, ngo ni ubutumwa bunyuranye yagiye yandikirwa ku mbuga nyinshi, kuva mu mwaka wa 2013, amaze gutangaza ko akunda abahugu.

    Gusa yavuze ko kuri we ubutumwa nk’ubu nta kibazo bumuteye, kuko azi uko abyitwaramo. Yagize ati “Nta muntu wampohotera kubera iyo mpamvu. Mfite ububasha bwo kugusiba, kuguhagarika no kutigera ubona ibyo nandika ku mbuga zanjye”.

    Prison Break, filime yakunzwe cyane mu ntangiriro, ariko abantu bakaza kuyitakariza urukundo mu gice cyayo cya gatanu, ishobora kuba igiye gushyirwaho akadomo, bitewe n’uko umukinnyi wayo w’imena atazongera kuyigaragaramo.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/sinzongera-gukina-filime-zingaragaza-nkunda-abakobwa-michael-scofield-wamenyekanye-muri-prison-break

  • Nyagatare: Bafite ubumenyi bwo gukora ‘Yawurute’ ariko babuze ubushobozi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagize iyi koperative ubu batunganya amavuta yo kurya no kwisiga, ariko bafite n
    Abagize iyi koperative ubu batunganya amavuta yo kurya no kwisiga, ariko bafite n’ubumenyi bwo gukora Yawurute

    Koperative Girubuzima Matimba yatangiye mu mwaka wa 2018, ikaba igizwe n’abagore 16 n’abagabo 4 bashinzwe kuvana ku ikusanyirizo amata bakayageza kuri koperative, ndetse bakajya no kwikorera ibyatsi bivangwa mu mavuta yo kwisiga.

    Yashinzwe hagamijwe kongerera agaciro umukamo w’amata uboneka mu Murenge wa Matimba n’Akarere ka Nyagatare muri rusange.

    Bakora amavuta yo kurya ndetse n’ayo kwisiga avanzemo imiti ikomoka ku bimera nka Muringa n’ibindi byifashishwaga mu kugaburira abana.

    Umuyobozi wa Koperative Girubuzima Matimba Cyarikora Rosette, avuga ko batangiye bacunda amata bifashishije ibisabo ariko ngo kubera imvune yabyo batekereza imashini yabibafashamo.

    Ati “Twatangiye ducunda twifashishije ibisabo ariko abagore batangira gucika intege kubera imvune yabyo ugasanga uwagombaga gucunda umunsi uyu n’uyu avuga ngo yarwaye. Twabonye umuterankunga (PASP), atugurira imashini icunda litiro 60 mu minota 10 gusa”.

    Nyuma yo kubona imashini icunda, abanyamuryango ba Girubuzima Matimba batekereje kongera umukamo bafataga ku munsi, ku buryo begereye umushinga (RDDP) kugira ngo babone icyuma gikonjesha amata.

    Avuga ko ubundi ibikoresho bafite byabika litiro zitarenga 100 nyamara bifuza kujya bafata litiro 300 z’amata ku munsi kuko imashini icunda ifite ubushobozi bwo gukora litiro 60 mu minota 10 gusa.

    Rosette Cyarikora, umuyobozi wa Koperative Girubuzima Matimba
    Rosette Cyarikora, umuyobozi wa Koperative Girubuzima Matimba

    Agira ati “Tumaze kubona imashini, twasanze tugomba kongera ingano y’amata, dukora umushinga wo kugura icyuma gikonjesha amata ndetse n’ikigega gifata amazi, RDDP itwemerera inkunga ya 70% ubu uruhare rwacu twamaze kurutanga”.

    Umuyobozi wa Koperative Girubuzima Matimba avuga ko n’ubundi bashaka kwagura umushinga wabo kugira ngo babone inyungu nyinshi. Avuga ko bamaze kwiga gukora Yoghurt ndetse ngo ubumenyi barabufite buhagije ikibura ni ubushobozi.

    Avuga ko bishobotse bashobora gutangira uyu mushinga mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.

    Agira ati “Urumva byose ni ubushobozi kuko twarabajije batubwira ko imashini yakora Yoghurt igafunga ibyo irimo ifite agaciro hafi miliyoni 10, kandi ayo twari dufite twayashoye mu by’ibanze. Tubonye ubushobozi uwo mushinga na wo twahita tuwukora ariko ubu ntibyakunda, bishobotse ni mu kwezi kwa gatatu umwaka utaha”.

    Bakora n
    Bakora n’amavuta yo kwisiga

    Ikilo kimwe cy’amavuta yo kurya akorwa na Koperative Girubuzima Matimba ni amafaranga ibihumbibine, naho ayo kwisiga akaba agurishwa bitewe n’icupa umukiriya yifuza.

    Amata ava mu mavuta (Amacunda) agurishwa abaturage ku mafaranga 150 litiro imwe.

    Koperative Girubuzima Matimba yishyurira abanyamuryango bayo ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ugize ikibazo kihutirwa akagobokwa.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/iterambere/article/nyagatare-bafite-ubumenyi-bwo-gukora-yawurute-ariko-babuze-ubushobozi

  • RIB irashakisha Izabayo Théodore ukekwaho kwica umwana w’imyaka 10 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku myirondoro yatanzwe na RIB, bigaragara ko uyu Izabayo ari mwene Ndimukaga Simon Pierre na Mujawamungu Sarah.

    Izabayo akekwaho kwica umwana witwa Fabrice Isubirizigihe, icyaha cyakorewe mu Mudugudu wa Rukereza, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ku wa Kabiri tariki 10 Ugushyingo 2020.

    RIB isaba abaturarwanda bose ko uwabona Izabayo yakwihutira gutanga amakuru aho aherereye kuri Sitasiyo ya RIB cyangwa se Polisi imwegereye, cyangwa se agahamagara umurongo wa RIB utishyurwa 166, n’uwa Polisi utishyurwa 112.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rib-irashakisha-izabayo-theodore-ukekwaho-kwica-umwana-w-imyaka-10

  • Covid-19 yatumye guhererekanya amafaranga mu ntoki no gukoresha amahimbano bigabanuka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri wa Banki Nkuru y
    Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa

    Raporo ya 2019/2020 yerekana ko nubwo habayeho ikibazo cya Covid-19, BNR itigeze ikomwa mu nkokora mu ntego yihaye yo gusigasira ibiciro n’ikoreshwa ry’imari.

    Urugero rutangwa hano ni inyungu zabonetse mu birebana n’amabanki zavuye kuri miliyari 26,2FRW (Mu gice cya mbere cya 2019 kugeza mu mpera za Kamena, 2019) zigera kuri miliyari 33FRW mu gihe kimwe muri 2020.

    Ubwishyu bw’imyenda mu mabanki n’ibigo by’imari iciriritse bwavuye ku 180% bugera kuri 253% ku mabanki, no ku 108.8% kugera ku 110.1% ku bigo by’imari iciriritse.

    Raporo ngarukamwaka ya BNR igaragaza uburyo Banki iyobowemo ikanasobanura uko Banki isohoza inshingano zayo mu birebana n’ubukungu, haba ku rwego mpuzamahanga no ku rwego rw’igihugu.

    Iyo raporo yanagaragaje ko ibikorwa byo gutanga serivisi ari byo byagezweho cyane n’ingaruka za Covid-19 kuko byavuye ku 8.4% bigera kuri 1.6%.

    Ubuhinzi bwaramanutse bugera kuri 2.1% buvuye kuri 4.4%; mu gihe inganda zavuye kuri 14.7% zikagera kuri 2.6%.

    Igitangaje cyane kandi, nubwo ikibazo cya coronavirus cyagize ingaruka mu bice byinshi by’ubukungu bigatuma umusaruro mbumbe imbere mu gihugu (GDP) uva ku 8.8% (muri 2018/19) ukagera kuri 2.3%, icyorezo cyabaye imbarutso yatumye igihugu gitera imbere mu kudahererekanya amafaranga mu ntoki, intego yagombaga gushyirwa mu bikorwa mu ntangiriro z’uyu mwaka.

    Guverineri wa BNR John Rwangombwa, mu itangazo yashyizeho umukono, aragira ati “Icyorezo cya Covid-19 cyatumye igihugu kihuta mu iterambere ryo gukoresha ifaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga”.

    Kugira ngo ibyo bigerweho, BNR yakoranye n’abatanga serivisi bumvikana gukuriraho abaguzi ibiciro byakwaga ku bintu bimwe na bimwe byishyurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

    Rwangombwa ati “Ibi byazamuye uruhare ubucuruzi bwishyura n’ikoranabuhanga bwagize ku musaruro mbumbe (GDP) ruva kuri 34.6% mu mpera za Kamena 2019 rugera kuri 54% mu mpera za Kamena 2020”.

    Kugira ngo BNR igabanye ingaruka za Covid-19 ku bukungu bw’igihugu, yanafashe ingamba nyinshi; zirimo gushyiraho politiki y’ifaranga ituma ridata agaciro, kugabanya inyungu ku nguzanyo yavanywe kuri 5% igera kuri 4.5% muri Mata 2020, kugabanya ingano y’amafaranga amabanki agomba kugumana mu bubiko ava kuri 5% agera kuri 4%, guha amabanki inguzanyo ya miliyoni 50FRW kugira ngo abashe gukomeza gutanga inguzanyo ku nyungu za Banki Nkuru y’Igihugu.

    BNR yanashyizeho uburyo bwo korohereza ibigo by’imari gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu, bijyanishwa n’izindi ngamba zitandukanye zashyizweho na guverinoma, zirimo ishyirwaho ry’Ikigega cyo Kuzahura Ubukungu kirimo miliyari 200FRW zo gufasha ibikorwa byasubijwe inyuma na Covid-19.

    Nubwo izi ngamba zose zafashije kugabanya ingaruka za Covid-19 ku bukungu bw’igihugu, ubukungu muri rusange mu mwaka wa 2019/2020 bwagabanutse ku kigero cya 2.3% buvuye ku 8.8% bwari bugezeho muri 2018/2019.

    Urugero ubukungu bw’igihugu bwari bugezeho rwanagizweho ingaruka n’uko ubukungu bw’isi buhagaze muri rusange, dore bwitezweho kugera kuri 4.9% muri 2020, urugero ruri hasi cyane ugereranyije n’uko byari bihagaze ubwo ubukungu bw’isi bwari bwifashe nabi muri 2008-2009.

    Ku rundi ruhande ariko, u Rwanda rwabashije gutera intambwe mu kwitabira ibikorwa by’imari kuko byazamutse bigera kuri 93% bivuye kuri 89% (2016).

    Ishoramari mu bucuruzi na ryo ryarazamutse kuko abashoramari bavuye kuri 698 bagera kuri 802, bituma agaciro k’iryo shoramari kava kuri miliyari 34.5 FRW kagera kuri miliyari 45.8FRW.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/iterambere/article/covid-19-yatumye-guhererekanya-amafaranga-mu-ntoki-no-gukoresha-amahimbano-bigabanuka

  • Abahinzi barakangurirwa gukoresha ifumbire ya ‘Ire’ ituma umusaruro wikuba kabiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ifumbire mvaruganda ya Ire ituma umusaruro wikuba kabiri
    Ifumbire mvaruganda ya Ire ituma umusaruro wikuba kabiri

    Ibyo ni ibitangazwa n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa RAB, Dr Bucagu Charles, aho asaba abahinzi kwitabira gukoresha iyo fumbire mvaruganda, kuko ngo hari byinshi ifasha ikigori bigatuma gikura neza.

    Ire ni imwe mu mafumbire y’ingenzi ku bigori, ishyirwamo mu gihe cyo kubagara ariko mu gutera haba hakoreshejwe imborera ndetse n’ifumbire mvaruganda yindi yitwa DAP, Ire rero ngo ikaba ifite akamaro gakomeye nk’uko Dr Bucagu abisobanura.

    Agira ati “Iyo wateye ikigori kigakura kikageza ku mababi umunani, ni ukuvuga ko kiba kimaze nk’iminsi 45 gitewe, haba hageze igihe cyo kubagara ari bwo Ire ikoreshwa. Impamvu iyo fumbire ari ngombwa ni uko ituma uruti rw’ikigori rukomera, amababi n’indabo bigakura neza bityo ikigori kikagira ubudahangarwa ku biza n’indwara, n’umusaruro ukiyongera”.

    Arongera ati “Ire igira imyunyu ngugu ntungagihingwa ituma igihingwa gikura neza bityo n’intete z’ikigori zigakura zikoye. Kuri hegitari hashyirwamo ibiro 100 bya Ire, ni ukuvuga ko ku ibagara rya mbere umuhinzi akoresha ibiro 50 no ku rya kabiri agashyiramo ibiro 50, icyo gihe umusaruro we uba utandukanye cyane n’uw’utakoresheje iyo fumbire”.

    Akomeza avuga ko mu murima umuhinzi wakoresheje Ire asaruramo toni esheshatu z’ibigori, umuhinzi utarakoresheje iyo fumbire ngo asaruramo toni eshatu cyangwa enye iyo byagenze neza, icyo ngo ni ikinyuranyo kinini ku buryo buri muhinzi yagombye gukoresha iyo fumbire kugira ngo akore yunguka.

    Dr Bucagu kandi asobanurira abahinzi uko ifumbire ya Ire ikoreshwa kugira ngo igirire ibihingwa akamaro kuko iyo ikoreshejwe nabi ishobora kubitwika.

    Ifumbire ya Ire ishyirwa ku bigori bigeze mu gihe cyo kubagarwa
    Ifumbire ya Ire ishyirwa ku bigori bigeze mu gihe cyo kubagarwa

    Ati “Gutera Ire ku gihingwa ni ugucukura akobo ka santimetero 5 z’ubujyakuzimu ariko ako kobo umuturage akagacukura nibura kuri santimetero 7 aturutse ku gihingwa. Ibyo ni ibyavuye mu bushakashatsi, kuko iyo iyo fumbire uyegereje cyane igihingwa iragitwika, hanyuma uko igenda iyongera mu butaka ni na ko igenda yegera imizi y’igihingwa ari bwo ikigirira akamaro”.

    Mukamurenzi wo mu Karere ka Nyaruguru usanzwe ahinga ibigori, avuga ko ubu yamenye akamaro ka Ire kuko mbere atayikoreshaga.

    Ati “Kuva badukangurira gukosha amafumbire atandukanye by’umwihariko Ire, umusaruro iwanjye warazamutse bigaragara. Ntaratangira kuyikoresha, kuri are imwe nezaga ibiro by’ibigori biri hagati ya 25 na 30 kuri are, ariko kuva natangira kuyikoresha nsarura ibiro biri hagati ya 70 na 80 kuri are imwe kandi bishobora no kurenge”.

    Ifumbire ya Ire ngo iraboneka ku bacuruzi bose b’inyongeramusaruro kandi iriho nkunganire ya Leta kugira ngo umuhinzi yoroherwe no kuyigura, ayikoreshe, yeze neza bityo yiteze imbere.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/abahinzi-barakangurirwa-gukoresha-ifumbire-ya-ire-ituma-umusaruro-wikuba-kabiri

  • Yahawe inzu n’Ingabo z’Igihugu, asaba kuzafashwa kuyibamo mu mutekano #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uyu muryango washyikirijwe inzu wubakiwe n
    Uyu muryango washyikirijwe inzu wubakiwe n’Ingabo z’Igihugu

    Major Charles Mbonimpa Segahwege uyobora batayo ya 51 ikorera mu Turere twa Nyaruguru, Huye na Gisagara, ubwo yabashyikirizaga iyi nzu kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2020, yavuze ko Nyirambarushimana yari yayisabye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt General George Mupenzi, amubwira ko atagira aho kuba.

    Hari mu nama y’umutekano Lt Gen. Mupenzi yagiranye n’abatuye mu Murenge wa Nyagisozi tariki 17 Nyakanga 2020. Icyo gihe yarayimwemereye, maze tariki 25 Nzeri itangira kubakwa, yuzura ku ya 4 Ugushyingo 2020.

    Ni inzu nziza yubakishije amatafari ahiye, ifite ibyumba bitatu n’uruganiriro, ikagira ikigega gifata amazi y’imvura, igikoni, ubwiherero n’ubwogero ndetse n’ikiraro cy’inka, kuko uyu muryango usanganywe inka wahawe muri gahunda ya Girinka.

    Iyi nzu kandi bayishyikirijwe irimo n’ibikoresho by’ibanze ari byo intebe zo mu ruganiriro, ndetse n’uburiri bushashe neza.

    Bahawe inzu ifite agaciro ka miliyoni esheshatu
    Bahawe inzu ifite agaciro ka miliyoni esheshatu

    Ifite agaciro ka miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, habariyemo amafaranga yatanzwe n’umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, ariko hamwe n’imiganda yatanzwe n’ingabo zikambitse mu Murenge wa Nyagisozi zifatanyije n’abaturage bo mu gace yubatsemo.

    Bakimara kuyakira, Nyirambarushimana yashimye igikorwa cy’urukundo bagaragarijwe n’ingabo, anavuga ko agiye guharanira ko abana be uko ari batatu na bo biga, bakazavamo ingabo na zo zikora ibikorwa by’urukundo.

    Nyirambarushimana ariko yanifuje ko yazafashwa iyi nzu akayibamo amahoro kuko umugabo we ngo asanzwe amubanira nabi, ku buryo amuhoza ku nkeke akanamukubita, kandi amakimbirane yabo akagera no ku bana bagiye bafite inkovu z’aho bakubiswe na se ashyamirana na nyina.

    Mukambarushimana hamwe n
    Mukambarushimana hamwe n’umuryango we, iruhande rw’inzu bubakiwe n’ingabo

    Yagize ati “Uko yari abayeho ndumva byahinduka rwose tukishima tugashimisha n’urubyaro rwacu. Ndifuza ko umugabo wanjye Mbyayingabo yahindura amateka, akabisinyira akabyemerera abayobozi ko atazongera kunkubita, atazongera kumbabaza, atazongera kumbuza uburenganzira. Ntabwo yankubitira muri iyi nzu ngo ntere imbere”.

    Umugabo we na we yiyemeje guhinduka, avuga ko guhohotera umugore we yabiterwaga n’inzoga, ariko ko agiye kuzireka burundu.

    Ati “Kubera ibyishimo mfite, ibingibi ngomba kubivamo ngashyira ubwenge ku gihe, nkamenya abana n’umugore. Ndagomba kwisubiraho nk’umuntu mbonye ibyiza nk’ibingibi Leta inkoreye, ngahinduka”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Colette Kayitesi, avuga ko uyu muryango wari usanzwe ufashwa mu rugamba rwo kwikura mu bukene, kuko bahawe inka muri gahunda Girinka bakaba bahabwa n’akazi muri gahunda ya VUP.

    Kuri ibi ngo bagiye kongeraho kubakurikirana by’umwihariko, kugira ngo amakimbirane abaranga azacike burundu, ahubwo baharanire iterambere ry’urugo rwabo.

    Inzu bayihawe irimo ibikoresho by
    Inzu bayihawe irimo ibikoresho by’ibanze

    At “Icyatumaga bagirana amahane n’imibanire mibi, ni ubuzima bubi babagamo. Ubwo babonye aho kuba bakaba bafite icyo guheraho, igisigaye ni ukubaherekeza kugira ngo tubagire umuryango wumvikanye, ufite gahunda y’iterambere, ujyana abana mu ishuri”.

    Uyu muryango wubakiwe ubundi ngo wabaga mu gikoni cy’iwabo w’umugabo, na cyo kiva.

    Wari umwe mu muryango 1,657 Akarere ka Nyaruguru kiyemeje gufasha kuva mu nzu zitameze neza, umuntu yagereranya na nyakatsi, muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/yahawe-inzu-n-ingabo-z-igihugu-asaba-kuzafashwa-kuyibamo-mu-mutekano

  • Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Biteganyijwe ko Kabuga agera mu rukiko ku isaha ya saa munani z’amanywa mu Buholandi, bikaza kuba ari saa cyenda ku isaha yo mu Rwanda.

    Urwego rwasigariyeho icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT, rwavuze ko Kabuga Felicien yari akwiye kugera mu rukiko kugira ngo anabonereho kubonana n’umwunganira mu mategeko, ariko ko aramutse abishatse ashobora no kwitaba urukiko hakoreshejwe ikoranabuhanga, we ari muri gereza aho afungiye.

    Icyakora uru rwego rwatangaza ko kubera icyorezo cya Covid-19, abanyamakuru ndetse n’abandi bantu bifuza gukurikira urubanza batemerewe kugera mu rukiko kuri uyu wa Gatatu.

    Icyakora ngo uru rubanza ruraza kunyuzwa ku rubuga rw’urwo rwego ari rwo :https://www.irmct.org/en/cases/mict-courtroom-broadcast, ariko rukaza gutangira kunyuzwaho rukerereweho iminota 30.

    Kabuga yafatiwe mu Bufaransa tariki ya 16 Gicurasi 2020. Mu kwezi gushize k’Ukwakira, ku itariki 21 Urwego rwasigariyeho icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT) rwemeje ko abanza kujyanwa by’agateganyo ku ishami ryarwo i La Haye mu Buholandi, aho kujyanwa Arusha muri Tanzania.

    Inteko y’abacamanza baburanisha uru rubanza rwa Kabuga igizwe n’umucamanza Iain Bonomy, ari na we uyiyoboye, umucamanza Graciela Susana Gatti Santana, ndetse n’umucamanza Elizabeth Ibanda-Nahamya.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/kabuga-felicien-aritaba-urukiko-bwa-mbere-nyuma-yo-kugezwa-mu-buholandi

  • Ibyaranze umunsi wa mbere w’imyitozo y’Amavubi i Praia muri Cap-Vert (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku munsi w’ejo tariki 10/11/2020, ni bwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye ibikorwa by’imyitozo muri Cap-Vert, aho mu gitondo aba bakinnyi bakoze imyitozo y’imbaraga muri Gym, naho nyuma ya Saa sita bakorera imyitozo ku kibuga kizaberaho umukino.

    Abakinnyi bose uko bahagurutse I Kigali babashije gukora imyitozo nta kibazo, ndetse bakaniyongeraho abakinnyi babiri barimo Yannick Mukunzi ukina muri Sandvikens IF yo muri Sweden, ndetse na Djihad Bizimana ukina muri Waasland Beveren yo mu Bubiligi bahuriye n’abandi muri Cap-Vert.

    Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Haruna Niyonzima, yavuze ko kugeza ubu umwuka umeze neza ndetse ko intego ari ugushaka amanota atandatu mu mikino ibiri ikurikirana bagomba gukina na Cap-Vert.

    Amafoto yaranze umunsi w’ejo

    Babanje gufata amafunguro

    Bakurikizaho imyitozo ya Gym

    Basoreje mu myitozo ku kibuga bazakiniraho

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ibyaranze-umunsi-wa-mbere-w-imyitozo-y-amavubi-i-praia-muri-cap-vert-amafoto