Tag: featured

  • Mu Rwanda abantu 3 bishwe na COVID-19, haboneka abarwayi bashya 61 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 61 babonetse mu bipimo 1,449 bakaba barimo ababonetse i Kigali:55 (abapimwe muri Gereza ya Nyarugenge), Bugesera:4, Nyamagabe:1, Rwamagana:4.

    Kugeza kuri iki Cyumweru mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,455 muri bo abamaze gukira ni 4,995 naho abakivurwa ni 415.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 45. Batatu bishwe na COVID-19 kuri iki cyumweru ni abagabo b’imyaka 36, imyaka 62 n’imyaka 85 y’amavuko bitabye Imana bari i Rwamagana.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-3-bishwe-na-covid-19-haboneka-abarwayi-bashya-61

  • Muhima: Laguna Motel yafatiwemo abanywaga yafunzwe kubera umwanda no kutarinda abantu Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Laguna Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali
    Laguna Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza yabitangaje kuri iki cyumweru nyuma yo gusanga abantu 128 mu kabyiniro k’iyo hoteli(nto) basinze, barengeje saa ine z’ijoro kandi bacucikiranye ku buryo bukabije.

    Polisi y’u Rwanda ivuga ko hari aho yasanze abantu barenga 50 mu cyumba gisanzwe kiraramo umuntu uje kuhacumbika, ibyo bikaba bihabanye cyane n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabwiye itangazamakuru ati “nta rutonde rw’abantu bagana iyi motel ushobora kubona hano(bagomba kuba biyandikishije mbere), hari icyumba twafatiyemo abantu 50, ibi byateza ikibazo Abanyarwanda muri rusange”.

    Nyiri moteli witwa Dr Musangwa Jean wari unafite igice kivurirwamo amaso, arashinjwa gukoreramo serivisi z’ubuvuzi agashyiramo n’akabari ndetse n’akabyiniro kandi bitemewe.

    Yireguye avuga ko kuba abantu banywereye inzoga muri “corridors” z’iyo nyubako na we asanzwe yishyurira ubukode, ibyo ngo atari we wabibazwa.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge buvuga ko mu byumweru bitatu bishize nabwo Laguna Motel yari yafatiwe mu makosa yo gushyiramo akabari, ikaba yaraciwe ihazabu y’amafaranga ibihumbi 150 nk’uko biteganywa n’amabwiriza y’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

    Umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza agira ati”uyu munsi tukaba twafashe ibyemezo birimo no kuhafunga burundu kuko nta n’ubwo ari ahantu hasa neza, hari umwanda”.

    Abafatiwe muri iyo moteli na bo bagiye bacibwa amafaranga ibihumbi 25 buri muntu, ndetse hari n’abaraye muri sitade i Nyamirambo nk’uko Ikigo cy’Itangazamakuru RBA cyabitangaje.

    Umunyanakuru wa RBA avuga ko mu gitondo cyo kuri iki cyumweru muri iyo moteli hagaragaraga amacupa yashizemo inzoga, ndetse hari n’ayamenetse yari yandagaye kugera no hanze.

    Amakosa abafashwe bashinjwa ahanishwa ihazabu y’amafaranga 10.000 Frw kubera kutubahiriza intera hagati y’umuntu n’undi, ihazabu y’10.000 Frw kubera kurenza amasaha yo gutaha mu rugo, ndetse no gufatirwa mu kabari bitangirwa ihazabu ya 25.000 Frw.

    Ibi byiyongera ku kuba umuntu iyo yafashwe ataragera mu rugo amasaha yashyizweho yarenze, ashyirwa ahantu habugenewe mu gihe kitarenze amasaha 24 akarara yigishwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umucuruzi wafashwe yashinze akabari cyangwa nyir’inzu yafatiwemo abantu benshi begeranye kandi bitemewe, acibwa ihazabu y’amafaranga 150.000 Frw akanafungirwa serivisi zose yari yemerewe gutanga.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhima-laguna-motel-yafatiwemo-abanywaga-yafunzwe-kubera-umwanda-no-kutarinda-abantu-covid-19

  • Abayobozi bave mu biro barusheho kutwegera nibwo tuzamenya ibyo bahize – Abaturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uturere twabaye utwa mbere mu mihigo duherutse kubishimirwa n
    Uturere twabaye utwa mbere mu mihigo duherutse kubishimirwa n’Umukuru w’Igihugu

    Baravuga ibi nyuma yaho iyi Ntara iheruka kuza mu myanya y’inyuma mu mihigo y’umwaka wa 2019-2020, mu gihe byari bimenyerewe ko twinshi mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, twazaga mu myanya y’imbere mu kwesa imihigo y’imyaka yatambutse.

    Uwitwa Niyigena Marc yagize ati: “Ku bwanjye mbona impamvu uturere tw’Intara yacu twaje mu tw’inyuma mu kwesa imihigo byatewe n’uko abatuyobora mu turere batatwegera ngo batubwire ibikubiye mu mihigo mu buryo budasubirwaho. Tubona byinshi bitwitura ku mitwe ku buryo umuntu atatinya kubigereranya n’uko iyo mihigo iba yasinyiwe mu biro. Nkeka ko habayeho ibiganiro biduhuza tukayumva kimwe natwe tukabereka ibishobora kuturemerera, nta kabuza ibyo bahiga byazajya bigerwaho 100%”.

    Hari abandi baturage bavuga ko mu gihe hakigaragara ibikorwa bimwe na bimwe bidindira kandi bifite aho bihuriye no kwihutisha iterambere na byo bigira uruhare mu kudindiza imihigo.

    Hari uwo mu Karere ka Gakenke wagize ati: “Naguha nk’urugero rw’uburyo usanga haje ibikorwa runaka biba byitwa ibifite inyungu ku baturage ariko wajya kureba ku rundi ruhande ugasanga babirenganiyemo. Ni henshi tuzi bagiye batunganya amashanyarazi, ahakorwa imihanda cyangwa ahashyirwa imiyoboro y’amazi; hakaba abangirizwa ibyabo ariko wajya kureba igihe bishyurirwa ugasanga biba byarabanje gutinda, hamwe baratakambye yewe hari n’abo usanga barakuyeyo amaso. Usanga kenshi ababishinzwe bagenda biguru ntege ntibakemure ibyo bibazo ku gihe, bigasiga umuturage mu bukene cyangwa mu bwigunge. None aho wambwira gute ukuntu bashobora guhabwa amanota meza mu mihigo? Benshi muri abo bayobozi tuba twarabatoye, abandi bakagirirwa icyizere, ni byiza rero ko bakora ibyo bashinzwe mu rugero rudacagase”.

    Hari ibyo ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bugaragaza byatumye imihigo imwe n’imwe itagerwaho. Ibi ariko ngo hari igisubizo cyabyo nk’uko Gatabazi JMV uyobora Intara y’Amajyaruguru yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru.

    Yagize ati: “Hari imihigo itaragezweho kubera imitangire y’amasoko itanoze cyangwa iba yaradindiye. Nanone hari abayobozi bamwe bagaragayeho imikorere idahwitse, kudatangira za raporo ku gihe n’iteganyabikorwa rya gahunda zimwe na zimwe muri tumwe mu turere ritagenze neza. Igisubizo cy’ibyo byose ni uko twafashe umurongo w’uko buri wese arangwa n’imikorere n’imigirire inyuranye n’ibyatumye Intara isubira inyuma, tugaharanira kurangwa n’umurava n’ubushishozi mu byo dukora kugira ngo ubutaha tuzitware neza”.

    Gatabazi yongeraho ko Intara y’Amajyaruguru ifite umwihariko wo kuba ari ikigega cy’igihugu mu birebana n’ubuhinzi, ikaba n’igicumbi cy’ubukerarugendo. Bityo abayobozi mu byiciro babarizwamo kuva ku mudugudu kuzamura, ntacyo bageraho badafatanyije ari nako bajya inama n’abaturage, hagamijwe kuzamura ibipimo by’ibikorwa by’iterambere ry’iyi ntara.

    Iyi ntara iheruka kuza ku mwanya wa kane mu mihigo n’amanota 61.2%;ikurikiye Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa gatatu ugira amanota 72.5%. Intara y’Amajyepfo iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 73.58%. Intara y’Iburasirazuba ikaba ari yo yaje ku isonga mu mihigo n’amanota 73.7% mu gihe iy’Iburengerazuba ari yo yo iheruka izindi n’amanota 60.8%.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abayobozi-bave-mu-biro-barusheho-kutwegera-nibwo-tuzamenya-ibyo-bahize-abaturage

  • Uwarwanyije inzego z’umutekano agacika yongeye gufatanwa urumogi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Simuhuga yafatanywe ibiro 3 by
    Simuhuga yafatanywe ibiro 3 by’urumogi yaranguzaga mu baturage (Ifoto: Polisi y’u Rwanda)

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire, yavuze ko gufatwa kwa Simuhuga kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Abaturage bari basanzwe babizi ko acuruza urumogi, mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu ahagana saa tanu, abapolisi bagiye iwe baramusaka basanga yaruhishe hejuru y’ikiraro cy’inka. Basanze hari igikapu cyuzuyemo urumogi ibiro 3 ndetse n’umunzani yakoreshaga arupima.”

    SP Kanamugire yakomeje avuga ko atari ubwa mbere Simuhuga akurikiranyweho ibikorwa byo gukwirakwiza urumogi kuko tariki 30 Ukwakira 2020 we n’itsinda akorana na ryo bacitse inzego z’umutekano nyuma yo gusanganwa udupfunyika 1,500 tw’urumogi.

    Yagize ati “Tariki ya 30 Ukwakira inzego z’umutekano zasanze Simuhuga na bagenzi mu Karere ka Muhanga bacuruza urumogi, icyo gihe bafatanywe udupfunyika 1,500 barwanya inzego z’umutekano bifashishije imihoro n’ibisongo baracika bariruka.”

    SP Kanamugire yakomeje avuga ko icyo gihe Simuhuga yakomereje ubucuruzi bw’urumogi iwe mu rugo mu karere ka Ruhango ari na ho yafatiwe, ubu haracyashakishwa abo bandi babiri bafatanyije kurwanya inzego z’umutekano bagacika.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yashimiye abaturage bafashije Polisi gufata Simuhuga. Yavuze ko amayira bakoresha bakura urumogi mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo azwi, avuga ko n’abatarafatwa ari ikibazo cy’igihe gusa naho ubundi na bo bazagenda bafatwa buhoro buhoro.

    Iyi nkuru dukesha Polisi y’u Rwanda iravuga ko Simuhuga yahise ashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ruhango kugira ngo akorerwe iperereza.

    Itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo ari bwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, ari byo urumogi rubarirwamo.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/uwarwanyije-inzego-z-umutekano-agacika-yongeye-gufatanwa-urumogi

  • Hari ababyeyi batoroherwa no kubona udupfukamunwa abana biga basimburanya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima avuga ko agapfukamunwa gakozwe mu mwenda kambarwa amasaha atandatu kakameswa, kamara kumeswa inshuro eshanu kakajugunywa, ibyo ngo bikaba hari abo bitorohera kubera ikibazo cy’amikoro.

    Bamwe mu baganiriye na Kigali Today, bavuga ko udupfukamunwa duhenze, bityo ko kubona utwo abana bambara buri munsi bibagora, kugira utujugunywa byo bakumva ari ihurizo rikomeye, nk’uko Uwamwezi Berthilde wo mu karere ka Muhanga ufite abana bane mu mashuri abanza abisobanura.

    Ati “Nkanjye abana banjye nabaguriye udupfukamunwa tubiri buri wese kandi kamwe kagura 500, ayo mafaranga urumva ko atari make, bigoye kuyabonera rimwe kuko ndi nyakabyizi. Kuvuga rero ko hagera igihe tukajugunywa ndumva bitankundira, ubwo andi mafaranga nk’ayo nishyuye mbere nayakura he kandi ngomba no kubatunga? Bagumane utwo bazajya batumesa”.

    Ati “Icyakora nk’uko Leta ijya ifasha abakene, baduhaye utundi dupfukamunwa twajya tubona utwo abana bacu bahinduranya, udushaje bakatujugunya bityo bakirinda Coronavirus. Bitabaye uko urumva ko nkanjye byangora, ubwo bufasha burakenewe”.

    Nsabimana Bosco wiga mu mwaka wa gatanu na we ati “Jyewe dutangira kwiga banguriye agapfukamunwa kamwe, iyo ntashye ndakamesa bukeye nkongera nkakambara, sinakajugunya rero kandi mu rugo batarangurira akandi”.

    Minisiteri y’Uburezi isaba ababyeyi ko bakora ibishoboka byose bakabonera udupfukamunwa duhagije abana tubasha kubarinda, bakatwambara nk’uko biri mu mabwiriza yashyizweho na Minisiteri y’Ubuzima, cyane ko abana bose bagomba kwiga ariko kandi banirinze Covid-19.

    Kuri icyo kibazo cy’ababyeyi bavuga ko bigoye guhindurira umwana agapfukamunwa kuko gahenze, imiryango ya Sosiyete sivile yo ivuga ko uko byamera kose umwana agomba kurindwa nk’uko bitangazwa na Evariste Murwanashyaka, ushinzwe iby’uburenganzira bw’umwana mu Mpuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO).

    Ati “Birumvikana ko hari ababyeyi batabasha kubona utwo dupfukamunwa two guhinduranya uko amabwiriza abiteganya. Ariko kandi uko byamera kose umwana agomba kurindwa, niba umubyeyi atabishoboye, Leta ihita ifata izo nshingano zo kumurinda nk’uko biteganywa mu Itegeko Nshinga ko umwana agomba kurindwa n’igihugu icyamuhungabanya cyose”.

    Ati “Hari ikigega Leta yashyizeho cyo kuzahura ubukungu bw’igihugu, kiriya kigega cyagombye kureba inzego zose, atari ukuvuga gusa abo bizinesi zabo zazahaye. Kigomba kurenga ibyo kikareba na ba babyeyi bakennye batabasha kubonera abana ibyo bakenera ku ishuri birimo n’utwo dupfukamunwa duhindurwa inshuro nyinshi, Leta irebe uko icyo kibazo cyakemuka bityo abana barindwe icyorezo”.

    Bamwe mu bana ntibambara udupfukamunwa uko bikwiye

    Ikindi kibazo ni icy’abana bagenda mu nzira bajya cyangwa bava ku ishuri usanga batambaye udupfukamunwa cyangwa batwambaye nabi. Abarezi bavuga ariko ko babashishikariza kutwambara ahantu hose, nk’uko Yankundiye Marie Grâce, umuyobozi w’ishuri ribanza rya Ruli Catholique mu Karere ka Muhanga abivuga.

    Ati “Mu kigo abana bose baba bambaye udupfukamunwa, cyane ko hari n’abarimu babigenzura, icyakora natwe tujya tubona ko hari abana iyo bari mu nzira batatwambara, iyo bagarutse ku ishuri tubibutsa ko agapfukamunwa kambarwa buri uko umuntu agiye ahari abantu benshi. Ikibazo ni uko hari n’abakuru hanze aha batatwambara ari bo bagombye kuba intangarugero, tugasaba inzego z’ibanze gukomeza gukangurira abantu bose kubahiriza amabwiriza yo kwirinda”.

    Kuri icyo kigo ubu cyigaho abana 236, ubundi buryo bwo kwirinda Covid-19 burubahirizwa, harimo guhana intera kuko hari ibyumba by’amashuri bihagije, akuma gapima umuriro ndetse n’aho gukarabira hahagije.

    Icyakora ku kijyanye no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, Minisiteri y’Uburezi ngo irateganya gukora igenzura mu mashuri hagamijwe kureba uko ingamba zakazwa.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/hari-ababyeyi-batoroherwa-no-kubona-udupfukamunwa-abana-biga-basimburanya

  • Video: Kuba Depite no gukora umuziki Hon. Uwumukiza abifatanya ate? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Depite Françoise Uwumukiza
    Depite Françoise Uwumukiza

    Uyu we ni Depite wahisemo kwinjira mu buhanzi agakora indirimbo zijyanye n’ubukangurambaga kuri gahunda zitandukanye z’igihugu.

    Yitwa Hon. Françoise Uwumukiza akaba ari umwe mu badepite bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

    Kumenya ko yifitemo impano yo guhanga indirimbo no kuririmba yabimenye mu gihe cya guma mu rugo, ubwo abantu bose basabwaga kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Amaze gushyira hanze indirimbo 17 yakoze mu gihe cy’amezi ane gusa, hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa karindwi.

    Muri izo ndirimbo, harimo eshanu yashyikirije Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase mu cyumweru gishize.

    Depite Françoise Uwumukiza mu kiganiro na Minisitiri Shyaka
    Depite Françoise Uwumukiza mu kiganiro na Minisitiri Shyaka

    Hari n’indi imwe yageneye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango. Ibi byose ngo ntabwo abikora nk’ubucuruzi ngo ahubwo ni ugutanga umusanzu we mu gushyigikira gahunda zitandukanye z’igihugu.

    Afite undi mushinga wo gukora umuzingo w’indirimbo 12 akazazishyikiriza Kiliziya Gatolika mu rwego rwo gushima ibyo Imana yamukoreye ndetse n’aho Abanyarwanda bageze biteza imbere. Muri zo, icyenda yarangije kuzandika, akaba asigaje kujya muri studio kuzitunganya.

    Reba ikiganiro Hon. Françoise Uwumukiza yagiranye na Kigali Today muri iyi Video:

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Video-Kuba-Depite-no-gukora-umuziki-Hon-Uwumukiza-abifatanya-ate

  • INYONGERA na StarTimes! #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tugeze mu mpera z’umwaka aho twitegura iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani. StarTimes ibazaniye poromosiyo yise “Inyongera” aho umufatabuguzi agura abonema y’amezi abiri agahabwa inyongera yo kureba abonema yisumbuyeho.

    Poromosiyo yatangiye kuva tariki ya 15/11/2020 kugeza tariki 15/01/2021

    Ku bafatabuguzi ba Nova, Basic cyangwa Smart, mugure abonema y’amezi abiri hanyuma murebe amezi abiri ya abonema yisumbuyeho. Naho ku bafatabuguzi ba Classic, Unique cyangwa Super ni ukugura abonema y’amezi abiri ukongezwa iminsi 10 ku buntu.

    Mugure abonema murebe shene nyinshi za StarTimes harimo izerekana imipira nka ST World Football, Sports Premium, ESPN naho uwifuza kureba filime yareba shene nka TNT, PBO, TLNovelas, FOX ugakurikira seri zikunzwe cyane nka The Heiress, Betrayal, Black Money, To Die for Love, Beyond the sexe, Since I found you, etc. Abana na bo StarTimes ibafitiye shene nziza nka Cbeebies, Toonami, Dreamworks n’izindi nyinshiii. Si ibyo gusa kuko uguze abonema ya StarTimes ntacikwa n’amakuru kuri shene za StarTimes zigiye zitandukanye nka RTV, CNN, BBC, France 2, TV5 Monde, n’izindi nyinshi.

    Gura amezi abiri ya abonema ya StarTimes ubundi uhabwe inyongera hamwe na StarTimes ubundi wizihize Noheli n’Ubunani uri kumwe n’umuryango.

    source https://www.kigalitoday.com/kwamamaza/article/inyongera-na-startimes

  • Basketball: Itariki y’amatora ya komite nyobozi yamenyekanye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ahabereye inama y
    Ahabereye inama y’inteko rusange

    Komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda FERWABA izasoza manda yayo tariki 15 Ukuboza 2020 ni yo mpamvu hashyizweho itariki y’amatora iminsi itatu mbere y’uko manda yayo irangira.

    Mu kwitegura amatora, inama y’inteko rusange yashyizeho komisiyo y’amatora igomba gutegura ibirebana n’amatora.

    Perezida wa komisiyo y
    Perezida wa komisiyo y’amatora Richard Murefu

    Iyi komisiyo igizwe n’abantu batatu ari bo: Richard Murefu (Perezida wa komisiyo) ubusanzwe ni Perezida wa APR Basketball Club y’abagabo , Kayiranga Albert (Visi Perezida wa komisiyo) na Francine Kaligirwa wagizwe umwanditsi wa Komisiyo.

    Nyuma y’Inama y’inteko rusange, Perezida wa FERWABA Mugwiza Desiré yabwiye itangazamakuru ko bishimira ko shampiyona yasojwe kandi neza.

    Yagize ati “Turishimira ko shampiyona ya Basketball yasojwe neza n’ubwo umwaka w’imikino wabihijwe na COVID-19 ,twizeye ko umwaka w’imikino wa 2020/2021 ibikorwa byacu bizagenda neza. Aha turasabwa kwirinda no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.”

    Mugwiza Desiré uyobora FERWABA arimo arasoza manda ya kabiri
    Mugwiza Desiré uyobora FERWABA arimo arasoza manda ya kabiri

    Inama y’inteko rusange yemeje ko hagomba gushyirwaho umunyamabanga uhoraho uzashyirwaho na Komite nyobozi. FERWABA iheruka umunyamabanga ubwo Richard Mutabazi yari afite izi nshingano.

    Amatora ya komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda yaherukaga mu mwaka wa 2016 ubwo Mugwiza yatorerwaga kuyobora manda ya kabiri.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/basketball-itariki-y-amatora-ya-komite-nyobozi-yamenyekanye

  • Video: Ubudepite no gukora umuziki Hon. Uwumukiza abifatanya ate? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Depite Françoise Uwumukiza
    Depite Françoise Uwumukiza

    Uyu we ni Umudepite wahisemo kwinjira mu buhanzi agakora indirimbo zijyanye n’ubukangurambaga kuri gahunda zitandukanye z’igihugu.

    Yitwa Hon. Françoise Uwumukiza akaba ari umwe mu badepite bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

    Kumenya ko yifitemo impano yo guhanga indirimbo no kuririmba yabimenye mu gihe cya guma mu rugo, ubwo abantu bose basabwaga kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Amaze gushyira hanze indirimbo 17 yakoze mu gihe cy’amezi ane gusa, hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa karindwi.

    Muri izo ndirimbo, harimo eshanu yashyikirije Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase mu cyumweru gishize.

    Depite Françoise Uwumukiza mu kiganiro na Minisitiri Shyaka
    Depite Françoise Uwumukiza mu kiganiro na Minisitiri Shyaka

    Hari n’indi imwe yageneye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango. Ibi byose ngo ntabwo abikora nk’ubucuruzi ngo ahubwo ni ugutanga umusanzu we mu gushyigikira gahunda zitandukanye z’igihugu.

    Afite undi mushinga wo gukora umuzingo w’indirimbo 12 akazazishyikiriza Kiliziya Gatolika mu rwego rwo gushima ibyo Imana yamukoreye ndetse n’aho Abanyarwanda bageze biteza imbere. Muri zo, icyenda yarangije kuzandika, akaba asigaje kujya muri studio kuzitunganya.

    Reba ikiganiro Hon. Françoise Uwumukiza yagiranye na Kigali Today muri iyi Video:

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/video-ubudepite-no-gukora-umuziki-hon-uwumukiza-abifatanya-ate