Tag: featured

  • Ingo mbonezamikurire y’abana bato zigiye kongera gufungura #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi ni ibyavugiwe mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana, yabereye mu Karere ka Musanze ku wa kane tariki 12 Ugushyingo 2020.

    Iyo nama yitabiriwe n’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, Abanyamabanga Nshingwabikorwa mu turere n’abahagarariye serivise z’ubuzima muri utwo turere. Intego y’iyo nama yari ukuganira ku buryo ingo mbonezamikurire zakongera gufungurwa.

    Muri iyo nama, baganiriye ku ngingo zinyuranye aho bagiye bareba ibikenewe kugira ngo izo ngo zongere gufungura, biga ku mbogamizi zihari ndetse hemezwa ko hari amatsinda y’abantu bagiye guhugurwa hirya no hino mu gihugu ku bijyanye no kwirinda COVID-19 n’uburyo bagomba kwakira abana, ndetse bakazahugurirwa n’uburyo raporo zitangwa ku bana bafite ibibazo by’igwingira, zihuzwa n’ukuri.

    Iyo nama yayobowe n’Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana, Dr Asiimwe Anita. Yabwiye abitabiriye iyo nama ko mu bikorwa byihutirwa harimo kureba uburyo gahunda z’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECDs) zakongera gusubukurwa.

    Yanasabye abitabiriye iyo nama kubishyiramo imbaraga no kubitegura neza hirindwa ikwirakwizwa rya COVID-19, aho yemeza ko bizatangira mu minsi mike.

    Atangiza iyo nama, Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV, yavuze ko imikurire y’abana bato igomba kwitabwaho mu buryo bw’umwihariko nk’intara ifatwa nk’ikigega cy’ibiribwa by’amoko atandukanye kandi bihagije.

    Avuga ko nta mwana wo mu Ntara y’Amajyaruguru ukwiye kugwingira, aho yasabye abitabiriye inama gukomeza ubukangurambaga kugira ngo abaturage basobanukirwe neza indyo yuzuye.

    Mu gihe ubuyobozi bwemeza ko Intara y’Amajyaruguru ikungahaye ku biribwa bifite intungamubiri, haracyagaragara umubare munini w’abana bagwingiye aho muri raporo za Minisiteri y’Ubuzima z’imyaka ishize byagaragaye ko uturere tunyuranye tugize Intara y’Amajyaruguru twagiye tuza ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bagwingiye n’abagaragaza indwara zituruka ku mirire mibi.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/ingo-mbonezamikurire-y-abana-bato-zigiye-kongera-gufungura

  • Abatuye Umudugudu wa Murora babangamiwe no kutagira irimbi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umudugudu w
    Umudugudu w’icyitegererezo wa Murora mu Kagari ka Gakoro

    Abo baturage bubakiwe uwo mudugudu, ni abari batuye mu birwa by’ikiyaga cya Ruhondo aho bimuwe mu rwego rwo kurushaho gusigasira icyo kiyaga nyuma y’uko bigaragaye ko cyari gitangiye gukama kubera abaturage bahingaga ku nkombe zacyo abandi ari ho batuye.

    Uwo mudugudu utuwe n’imiryango isaga 60 wubakishije amatafari ya Ruliba, inzu imwe ituwemo n’imiryango ine (four in one) ariko ikaba ifite inkuta zitandukanya iyo miryango.

    Ubwo basurwaga n’intumwa za Rubanda mu cyumweru gishize, bazakirije ikibazo cyo kutagira irimbi by’umwihariko muri uwo mudugudu no mu duce twose dukikije uwo mudugudu, bakaba ngo babura aho bashyingura mu gihe bapfushije.

    Ndagijimana Jean Pierre, ati “Baratwubakiye twarashimye, ariko ikibazo dusigaranye kidukomereye ni irimbi, urapfusha ukabura aho ushyingura ugasanga uririrwa winginga abaturiye uyu mudugudu ngo baguhe metero ebyiri ushyinguramo uwawe, kubona uhaguha bikagorana”.

    Mugenzi we ati “Leta ikwiye kudufasha ikadushakira aho gushyingura, kuko irimbi riri kure cyane iyo za Mukungwa, umuntu arapfusha gushyingura bikaba ikibazo”.

    Uretse abo baturage bo muri uwo mudugudu wa Murora, n’abandi batuye mu nkengero z’uwo mudugudu, ntiborohewe n’icyo kibazo cyo kubura aho bashyingura.

    Umwe muri bo ati “Birazwi ko gushyingura mu ngo bibujijwe ariko ino ni byo dukora, Leta itanze irimbi byadufasha kuko dukomeje guhura n’ibibazo byo kubura aho dushyingura”.

    Mu gusubiza icyo kibazo cy’abo baturage, Hon Murekatete Marie Thérèse yabwiye Kigali Today, ati “Ni ikibazo tugiye kuganira n’akarere, kuko ntabwo wakubakira abantu inzu nziza nka ziriya ukabaha inka, ukabaha ibisabwa byose, ariko ntubahe aho gushyingura, icyo tugiye kukivugana n’akarere gishakirwe umuti”.

    Barasaba ko babona irimbi ryo gudhyinguramoa ababo bitabye Imana
    Barasaba ko babona irimbi ryo gudhyinguramoa ababo bitabye Imana

    Mu kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga kuri icyo kibazo, Kigali Today yegereye Twizerimana Clement, umukozi w’Akarere ka Musanze ushinzwe imiyoborere, agira ati “Ikibazo cy’irimbi kirakomeye cyane, ariko tugiye gukorana n’aba baturage turebe uburyo bworoshye bwadufasha kubona iryo rimbi”.

    Uretse irimbi abo baturage bifuza, barashaka ko muri uwo mudugudu hagezwa umuriro n’amazi bikabafasha mu mibereho myiza no kuba babyifashisha mu gukora ibikorwa byabafasha kurushaho kwiteza imbere, dore ko abenshi bavuga ko badafite amasambu yo guhinga.

    Ubuyobozi bw’akarere buravuga ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo uwo mudugudu ubone amazi n’umuriro nk’uko Twiserimana Clement akomeza abivuga.

    Ati “Turaganira na WASAC na REG dushakire umuti icyo kibazo, ngira ngo nta muntu wakwishimira kugira umudugudu nk’uyu utarimo amazi n’amashanyarazi, turakomeza ubuvugizi kandi nijeje abaturage ko barabona ibisubizo byiza vuba”.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abatuye-umudugudu-wa-murora-babangamiwe-no-kutagira-irimbi

  • Kenya: Abaganga 10 bishwe na Covid-19 mu minsi ine #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri Kenya abaganga barenga 35 bamaze kwitaba Imana bazize COVID-19
    Muri Kenya abaganga barenga 35 bamaze kwitaba Imana bazize COVID-19

    Abaganga barashinja Guverinoma kubashyira mu byago byo kwandura Covid-19. Ku wa Gatanu ushize honyine, abaganga bane barapfuye, n’ubwo bitatangajwe niba barigeze guhura n’abarwayi ba coronavirus.

    Umunyamabanga mukuru w’agateganyo w’urugaga rw’abaganga muri Kenya, Mwachonda Chibanzi, yavuze ko batazahagarika imyigaragambyo kugeza igihe ibyo basabye Guvernoma byose babihawe.

    Abaganga barashaka ko Leta itanga ibikoresho byujuje ubuziranenge kandi bihagije byo kurinda abakozi bose b’ubuzima mu bigo nderabuzima byose, harimo n’abakora mu bitaro byigenga.

    Barashaka kandi ko Leta yaha abakozi bose b’ubuzima bari mu bikorwa byo kurwanya covid-19, amafaranga y’ubwishingizi ku buzima bwabo.

    Bwana Mwachonda yagize ati: “Tuzaboneka mu bikorwa byose by’ubuvuzi mu byumweru bitatu biri imbere, bitabaye ibyo nta kundi twabigenza uretse guhuriza hamwe abanyamuryango bacu mu myigaragambyo idasanzwe mu gihugu hose.”

    Minisitiri w’Ubuzima, Mutahi Kagwe, yavuze ko kuri uyu wa mbere haterana inama yo kuganira ku bwiyongere bw’ubwandu bwa Covid-19 mu gihugu ndetse no mu bakozi b’ubuzima.

    Kenya kugeza ubu yemeje ko abantu barenga 70,200 banduye coronavirus iki cyorezo kikaba kimaze guhitana abantu 1,269 muri icyo gihugu.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/kenya-abaganga-10-bishwe-na-covid-19-mu-minsi-ine

  • Nta mucungagereza wanduye COVID-19, ntituramenya uko yinjiye muri gereza – SSP Uwera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    SSP Uwera avuga ko nta mucungagereza wanduye COVID-19
    SSP Uwera avuga ko nta mucungagereza wanduye COVID-19

    Umuvugizi wa RCS, SSP Uwera Pelly Gakwaya, avuga ko nyuma y’uko icyorezo kigaragaye muri zimwe muri za gereza, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yategetse ko gereza zose zipimwa kandi ibipimo bimaze gufatwa byagaragaje ko nta mucungagereza wanduye COVID-19, nk’uko byavugwaga n’abaturage.

    Icyorezo cya COVID-19 kimaze kugaragara muri gereza za Rwamagana, Mageragere na Muhanga, cyatunguye abantu benshi kuko kuva muri Werurwe 2020 cyaduka mu Rwanda nta bwandu bwari bwakagaragaye muri za gereza.

    Hari abavuze ko icyorezo cyinjijwe n’abacungagereza, kuko kuva cyakwaduka abagororwa badasurwa kandi ntibajye kuburanira hanze, ku buryo hari n’abavuga ko icyorezo cyinjizwa n’abafungwa bashya cyangwa abandi binjira muri gereza.

    Mu gushaka kumenya ukuri ku nkomoko y’icyorezo muri za gereza, Kigali Today yavuganye n’umuvugizi wa RCS SS Uwera Pelly Gakwaya, maze avuga ko nyuma yo kubona abafungwa barwaye COVID-19 gereza zose zo mu Rwanda zapimwe kandi nta mucungagereza wagaragayeho ubwandu.

    Agira ati “Hari abantu barimo n’abanyamakuru bagiye bambaza uko icyorezo cyageze muri gereza kandi abagororwa badasurwa bakavuga ko ari abacungagereza bakizanye, ariko si byo kuko Imana iracyaduhagazeho nta mucungagereza wanduye COVIDS-19”.

    Yongeraho ati “Minisiteri y’Ubuzima ni yo iri gushakisha inzira icyorezo cyanyuzemo kinjira muri gereza, ariko nta n’ubwo kiri mu bagororwa ahubwo kiri mu bantu bashyirwa mu kato iyo binjiye muri gereza, abagororwa basanzwe nta kibazo bafite”.

    Icyakora umuvugizi wa RCS na we atunga agatoki abaza gufungwa bashya kuba bashobora kuba barinjije COVID-19 muri gereza, kuko baba baturutse hanze aho icyorezo cyatangiriye, cyangwa kikaba cyaraturutse ku bagororwa bajyanwa kuvurwa ku bitaro bakaba bahura n’abantu banduye cyangwa se icyorezo kikaba cyarinjijwe n’abagemurira amagereza ibyo kurya.

    Avuga ko izo mpande zose ari zo ziri kureberwamo inzira icyorezo cyanyuzemo, gusa ngo nta gikuba cyacitse kuko icyorezo kuba kigeze muri za gereza bigaragaza ko hanze mu baturage kigihari, hakaba hakwiye gukazwa ingamba zo kwirinda kugira ngo n’abagororwa batazakomeza kwandura nk’uko n’abandi baturage bandura.

    Agira ati “Nta gikuba cyacitse icyorezo cyageze muri gereza ariko abanduye bari mu kato ntabwo bari muri gereza, ni ugukomeza kwitwararika kuko kigeze muri gereza byaba ari ikibazo gikomeye kuko habamo n’abanyantege nkeya nk’abasaza n’abakecuru ku buryo cyagira ingaruka nyinshi ku buzima bwabo”.

    SSP Uwera asaba Abanyarwanda n’imiryango y’abafite ababo bafunze gukomeza kwirinda kugira ngo icyorezo kidakomeza gufata indi ntera, kandi ntibakuke umutima kuko kuba icyorezo cyarageze muri za gereza bihangayikishije ariko nanone hafashwe ingamba zo kurinda abatarandura barimo n’abakozi bose ba gereza.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/nta-mucungagereza-wanduye-covid-19-ntituramenya-uko-yinjiye-muri-gereza-ssp-uwera

  • Abari batunzwe no gususurutsa ibirori babayeho bate muri COVID-19? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amasonga Adasumbwa yatumirwaga no mu birori byitabiriwe n
    Amasonga Adasumbwa yatumirwaga no mu birori byitabiriwe n’abaturage

    Abahanzi, ababyinnyi n’abacuranzi ni bamwe mu bari bamaze kugenda biteza imbere kubera ibyo bakora, ariko ubu ibirori byahagaze bagaragaza ko ubuzima bwabo bumeze nabi n’imishinga yabo ikaba yarahagaze.

    Fidele Jakal ukorera mu itsinda ry’abacuranzi rizwi cyane mu Rwanda ‘Impala n’Imparage’, avuga ko umuziki ari ko kazi yacungiragaho none bikaba byarahagaze, akifuza ko ibijyanye n’amakonseri byakomorerwa kuko ubuzima bumeze nabi cyane ku badafite undi mwuga bakora.

    Fidele Jakal avuga ko ubundi ari n’umushoferi ariko ibyo gutwara imodoka byanze, ubu akaba nta kintu ari gukora akavuga ko Leta yari ikwiye gushyiraho uburyo bwo gukora ibirori kuko n’ubundi abacuranzi baririmba bategeranye ndetse n’ababyinnyi ntibajya begerana.

    Agira ati “Twebwe n’ubundi kuri mikoro ntabwo tuba twegeranye, dushobora kwipanga neza ariko tukabyina kandi tugasusurutsa abantu, bishobotse bareba uko batugenza kuko ni ko kazi kari kadutunze umuntu akabaho neza abana bakiga, ubuzima bwari bumeze neza”.

    Itsinda ry’Impala rigizwe n’abantu nibura 15 bahoraho rikaba ryinjizaga amafaranga atunga abaririmbyi n’ababyinnyi kuko nibura nko gukora igitaramo cyoroheje bishyuzaga amafaranga atari munsi y’ibihumbi 400frw.

    Ubu nta kintu iri tsinda riri kwinjiza kuva muri Werurwe ubwo COVID-19 yadukaga, abarigize bakifuza ko bibaye bishoboka mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bazasusurutsa iyo minsi kuko bakumbuye gucurangira abantu, ubu ngo bakaba banafite indirimbo nshya zigera ku munani.

    Ababyinnyi ba gakondo na bo ntiborohewe

    Itorero ‘Amasonga Adasumbwa’ risanzwe rikora imbyino za gakondo rigizwe n’abantu bagera kuri 70 bakorera mu Turere twa Muhanga na Kigali na ryo ntiriheruka guhura ngo rikore imyitozo kubera COVID-19.

    Umuyobozi w’Amasonga Adasumbwa, avuga ko mu rwego rw’amatorero nta n’abashoboye kubona inkunga yatewe abahanzi muri rusange.

    Umuyobozi w’Itorero ‘Amasonga Adasumbwa’ Bucyansenga Kizito, avuga ko ababyinnyi bakomorewe bakemererwa kwitabira ibirori nta kintu byatwara kuko bashobora kunoza ubwirinzi nk’uko n’ubundi ababyinnyi babyina bategeranye iryo rikaba ari ihame rifasha abagize itorero.

    Avuga ko kubyina byari bibatunze ubu bakaba baratatanye nta kazi gahari akifuza ko ababyinnyi bakomorerwa bagasubukura imyitozo, bakaba banagira ibyo bakora igihe ubukwe n’izindi gahunda bigenda bisubukurwa.

    Agira ati “Niba imikino ihuza abantu imwe n’imwe yaragiye ikomorerwa, natwe twatekerezwaho kuko n’ubundi ibikorwa byacu bikorwa duhana intera numva twashyirwa mu cyiciro cy’abakora siporo kuko ibyo dukora buri gihe tuba turwanya COVID-19 ahubwo natwe twatekerezwaho”.

    Bucyansenga Kizito avuga ko gukomorerwa byanatuma gahunda yo guteza imbere umuco nyarwanda wongera kuratirwa abasura u Rwanda kuko n’ubundi ubukerarugendo bugenda busubukurwa.

    Itsinda ry’Impakanizi risanga iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bikwiye kuzasususrutwa

    Itsinda ry’abacuranzi ‘Impakanizi’ rigizwe n’abantu bagera kuri barindwi bahoraho ariko bakanagira itsinda ry’abakobwa batanu bafasha iyo bakenewe mu bukwe nko gusohora umugeni.

    Umuyobozi w’itsinda ‘Impakanizi’ Bizimana Leon, avuga ko nibura buri mucuranzi yajyaga abasha kwinjiza nk’ibihumbi 80 ku kwezi, mu gihe babaga bakoze akazi mu bihe by’ibirori aho nibura bishyurwa hagati y’ibihumbi 150frw na 400frw.

    Agira ati “Tubayeho nabi nta kintu dufite abana bacu mu mashuri ntibitworoheye, twabagaho neza mu miryango yacu tubona iby’ibanze ubu biragoye Leta yari ikwiye kudukomorera hagafatwa izindi ngomba natwe twakubahiriza ariko tugakomorerwa Leta ikwiye kureba uko idufasha cyangwa ikanatugenera inkunga”.

    Bizimana avuga ko inkunga yagenewe abahanzi itigeze ibageraho kandi na bo babarizwa mu bahanzi, akifuza ko byari bikwiye ko iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bari bakwiye kuzaba barakomorewe ku buryo bakwitabira ibirori byaba iby’amavuko cyangwa ibisusurutsa amatsinda y’abantu harimo n’ubukwe.

    Itsinda ry
    Itsinda ry’Impala n’Imparage ryari rimenyerewe mu bitaramo bikomeye mu Rwanda ntiriheruka guisusurutsa imbaga

    Agira ati “Rwose twifuzaga ko iminsi ya Noheli n’Ubunani tutazayipfusha ubusa kuko abantu barakumburanye, kandi twakwiyemeza kubahiriza amabwiriza nk’uko mu yindi mirimo yakomorewe bashyiriweho amabwiriza.

    Itsinda ‘Impakanizi’ rigaragaza ko hari imishinga yabo yadindiye kuko n’amafaranga bari barizigamiye agera ku bihumbi 700frw byabaye ngombwa ko bayagabana ngo bayifashishe muri COVID-19 ubu bakaba basigariye aho.

    Bizimana avuga ko ubu buri wese ari kwishakishiriza uko abaho ariko bigoranye kuko ahanini gususurutsa abantu ari byo bakuragaho imibereho.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abari-batunzwe-no-gususurutsa-ibirori-babayeho-bate-muri-covid-19

  • Hari abagabo bagaragaza impungenge ku kwifungisha burundu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitangaje mu gihe bamwe mu bagabo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bafite impungenge z’uko baboneje urubyaro byabagiraho ingaruka zo kutongera kwishimira umubano.

    Ndayambaje Jean Bosco avuga ko atakwemera kuboneza urubyaro mu buryo bwa burundu kabone n’iyo umugore we yananirwa uburyo bwose bwo kuboneza urubyaro.

    Avuga ko agira impungenge z’uko hari icyo yahindukaho.
    Ati “Jye sinabyemera, kabone n’iyo umugore yananirwa ahubwo nakoresha agakingirizo. Sinakwemera kunkata imitsi kuko nshobora kutongera kubaka urugo umugore akitahira.”

    Ku rundi ruhande ariko hari n’abagore batemerera abagabo kuboneza urubyaro kubera kugira amakuru atariyo.

    Utifuje ko twatangaza amazina ye avuga ko hari igihe yapfusha abana bafitanye ntagire amahirwe yo kongera kubyara kandi atashaka undi.

    Agira ati “Umugabo wanjye ndamukunda, ubwo se mpfushije abana kandi numva ntagomba gushaka undi bitewe n’uburyo twibanira nabigenza gute? Sinamwemerera rwose nakwemera nkirengera ingaruka zo kuboneza urubyaro kuri jye.”

    Nyamara abagabo bamaze kuboneza urubyaro bavuga ko baruhuye abagore babo ingaruka zo kuboneza urubyaro.

    Umugabo tutaributangaze amazina ye yivugira ko umugore we yahoraga arwaye kubera ingaruka zo kuboneza urubyaro ahitamo kumuruhura.

    Amara impungenge abavuga ko hari igihinduka kuko ngo urugo rwubakwa uko bisanzwe.

    Ati “Bagenzi banjye bahumure rwose ntagihinduka ku kubaka urugo kuko akazi karakomeza ahubwo urebye nibwo gakorwa neza nta mpungenge zo kubyara. Umugore wanjye yahoraga arwaye mpitamo kumuruhura kandi tumeze neza turishimye.”

    Umukozi ushizwe ubuzima bw’imyororokere mu kigo cy’ikigihugu cy’ubuzima RBC Joel Serucaca ntiyemera ko abagabo batitabira kuboneza urubyaro kuko hari abakoresha ubundi buryo nk’agakingirizo n’ubundi bwa kamere.

    Avuga ko impamvu abagore aribo bakunze kwitabira kuboneza urubyaro ari uko aribo babona amakuru kenshi bagiye gukingiza abana, kwipimisha inda, kubyara kandi ibi bikaba bidakunze kuba ku bagabo.

    Avuga ko abagabo kutaboneza urubyaro mu buryo bwa burundu biterwa no kutabona amakuru kenshi ndetse no kuba ari uburyo bwa burundu ku buryo ubukoresheje atagira amahirwe yo kubuhagarika.

    Ati “Abagabo nta makuru babona nk’uko abagore bayahabwa kuko baza kwa muganga kenshi. Benshi bayamenya bayabwiwe na bagenzi babo babikoze mbere. Ariko hari n’ikindi kuko ni uburyo bwa burundu urumva ntibuhagarikwa. Jye ariko nemera ko tubageraho kenshi babyitabira benshi.”

    Avuga ko abagabo bakoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro mu buryo bwa burundu ari abahabwa amakuru n’ababikoze mbere cyangwa abayahawe n’abaganga.

    Avuga ko kugeza uyu munsi abagabo 3500 aribo bazwi bamaze gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro mu buryo bwa burundu.

    Gusa ariko hari n’ababona ko kutaboneza urubyaro mu buryo bwa burundu ku bagabo biterwa no kwikunda ndetse no gucibwa intege na bagenzi babo babeshya ko uboneje urubyaro mu buryo bwa burundu kubaka urugo bihagarara.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/hari-abagabo-bagaragaza-impungenge-ku-kwifungisha-burundu

  • Nyanza: Nyobozi y’umudugudu wesheje umuhigo wa mituweli mbere yabiherewe ibihembo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagize komite nyobozi y
    Abagize komite nyobozi y’Umudugudu wa Karehe bahawe smartphone

    Umukuru w’umudugudu yahawe smartphone bakandamo iyo hari ibyo bashaka kwandika cyangwa gukora bayifashishije (touch screen), abandi bane bafatanyije bo bahabwa intoya zigira aho bakanda habugenewe (touches).

    Hahembwe na mutwarasibo w’isibo y’Icyerekezo yo mu Mudugudu wa Gisake na ho ho mu Kagari ka Gacu mu Murenge wa Rwabicuma, ari na yo yabimburiye ayandi mu kwesa umuhigo wa mituweli muri Nyanza. Yahawe inkweto zifashishwa n’abahinzi n’aborozi bakunze kwita bote (bottes), n’umutaka.

    Abahembwe bose bavuga ko ubukangurambaga bakoze bakagera ku ntego biyemeje ku gihe biri mu byo bagomba ababatoreye kubayobora, ariko nanone ngo kuba babihembewe byarushijeho kubagaragariza ko umurimo bakora uhabwa agaciro.

    Naho ku bijyanye n’uko bitwaye ngo babashe kwesa umuhigo wa mituweli ku gihe, bavuga ko babikesha ubukangurambaga bwo kugaragariza abo bayobora akamaro ko kugira ubwishingizi mu kwivuza, ariko cyane cyane kwibumbira mu matsinda batangiramo amafaranga ya mituweli.

    Martin Semana uyobora isibo y’Icyerekezo ati “Twifashishije ubukangurambaga bugaragariza abo tuyobora ko ufite mituweli atarembera mu rugo, ariko twifashishije n’itsinda ry’isibo ry’ubwizigame buri munyamuryango azigamamo amafaraga, ku buryo mu kwa karindwi twari twararangije kwishyura”.

    Yunganirwa na Sophie Vuguziga uri muri komite nyobozi y’Umudugudu wa Karehe, ugira ati “Mu gihe cyo gutangira mituweli abanyamuryango bagize itsinda, hari ababa batageze ku ntego yabo. Abo turabaguriza bakazasigara bishyura”.

    Vuguziga avuga ko hari n’igihe mu gihe cyo kwishyura mituweli haboneka ubura makeya ngo yuzuze amafaranga asabwa yose, kandi wenda afite ingorane zo kuyabona, bagenzi be bakamuremera bakamutangira 1000 cyangwa 2000 abura”.

    Abatari mu matsida yo kwizigamira mituweli na bo, amasibo abakurikiranira hafi, bagahora bibutswa kuyishyura.

    Vuguziga yishimira ubu buryo bwo kwegeranya amafaranga ya mituweli mu matsinda basigaye bifashisha, kandi ngo babigiriwemo inama n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akakagari batuyemo ka Gacu.

    Ati “Kubona amafaranga ya mituweli mbere byaratugoraga cyane, twabona abayobozi baje kutubaza ibya mituweri, tukiruka”.

    Kugeza ubu mu Karere ka Nyanza, abamaze kwitabira gutanga amafaraga ya mituweli ni 93.2%. Icyakora, hari n’abageze kure bazigama aya mituweli y’umwaka w’ingengo y’imari utaha.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/nyanza-nyobozi-y-umudugudu-wesheje-umuhigo-wa-mituweli-mbere-yabiherewe-ibihembo

  • Umubare w’Abanyarwanda basura Pariki y’Ibirunga ugenda wiyongera bitewe n’ikiguzi cyagabanyijwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuva igiciro cyo gusura Ingagi cyagabanywa, Abanyarwanda bazisura bariyongereye
    Kuva igiciro cyo gusura Ingagi cyagabanywa, Abanyarwanda bazisura bariyongereye

    Ni igiciro cyavuye ku madolari ya Amerika 1,500, gishyirwa ku madolari 200 ku Banyarwanda, amadolari 500 ku banyamahanga baba mu Rwanda, naho abanyamahanga basura ingagi baturutse hanze bo igiciro cyagumye ku madolari 1,500.

    Umuyobozi wa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga Uwingeri Prosper, avuga ko ibiciro bitaragabanywa wasangaga umubare munini w’abasura iyi Pariki ari abanyamahanga. Kugabanya ibiciro ku bayisura byorohereje Abanyarwanda kwitabira kuyisura.

    Yagize ati “Ni byo koko impinduka ziragaragara, kuko iyo ugiye kureba kuva muri Kamena uyu mwaka ubukerarugendo bwongeye gusubukurwa ibintu byanakurikiwe no kugabanya ibiciro ku basura Pariki, byorohereje abantu umubare w’abayisura b’Abanyarwanda uriyongera”.

    Arongera ati “Ibi bifite agaciro gakomeye kuko Abanyarwanda nibamenya ibyiza by’iwabo ari benshi kuruta uko babibwirwa n’undi, bituma babiha agaciro kandi bakabikunda. Nubwo turi mu bihe bitoroshye byo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 bidusaba kwitwararika cyane, bigaragara ko Abanyarwanda bakiriye neza gahunda yo kugabamya igiciro ku bayisura”.

    Uyu muyobozi avuga ko uhereye igihe hatangarijwe icyemezo cyo kugabanya ibiciro ku bakora ubukerarugendo bwo muri Pariki, mu byiciro by’abantu bagera ku 2,289 bayisuye uhereye igihe ubukerarugendo bwongeye gusubukurwa, abangana na 1,105 ari Abanyarwanda, muri bo 240 basuye ingagi.

    Ni mu gihe abagera kuri 579 b’abanyamahanga baba mu Rwanda basuye iyi Pariki, muri bo 353 basuye ingagi, abanyamahanga baturutsse hanze ya Afurika uko ari 568 basuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga muri bo 307 basuye ingagi.

    Uretse ubukerarugendo bushingiye ku gusura ingagi bukorerwa muri iyi Pariki, habarizwa n’izindi nyamaswa zisurwa zirimo n’inkima, kuzamuka ibirunga n’ubundi bukerarugendo buhakorerwa, ikiguzi cyabwo kikaba gishingira kuri buri cyiciro ukeneye gusura aba yahisemo.

    Uwingeri akomeza agira ati “Ubukerarugendo bukorerwa muri iyi Pariki bufite akamaro kuko icyo utasuye ntiwanakimenya cyangwa ngo ubashe kugiha agaciro mu buryo bufatika. Rero ku bayisura bunguka ubumenyi ku rusobe rw’ibinyabuzima, kugira amakuru y’uko Pariki ibungabunzwe bakaba banabikangurira abandi. Indi nyungu ni uko uhasura bitewe n’inshuti afite aba anashobora kuzisangiza ibyo yahaboneye bityo na zo zikaba zaza kuhasura”.

    Uwimanimpaye Daniel umwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, ni umwe mu bishimiye ko hari icyakozwe ngo Abanyarwanda bisange mu bukerarugendo bukorerwa mu birunga.

    Yagize ati “Leta yacu ntako itagizee pe! Kubona gusura ingagi byaravuye ku madolari 1,500 twafata nk’akayabo akaba ageze kuri 200! Nuko ntarabona ubushobozi nyine, ariko rwose tutabeshye ntako batagize ngo batworohereze kujya kuzisura”.

    Hari mugenzi we wunze mu byo yavuze na we yongeraho, ati “ibi biciro byagabanyijwe ni ikimenyetso cy’uko natwe Abanyarwanda badutekerejeho. Iyaba byibura byakomezaga gutya kuzageza nko mu myaka ibiri cyangwa irenze iri imbere. Ni ukuri Abanyarwanda benshi twazaba twarazisuye kuko sinshidikanya ko abafite amatsiko yo gusura biriya byiza nyaburanga ari benshi”.

    Muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga habarirwa ingagi zirengaho gato 360 zikurikiranwa umunsi ku munsi, zibarizwa mu miryango 21. Umwaka ushize wa 2019, ubukerarugendo bukorerwa muri iyi Pariki bwinjije miliyoni 26 z’amadolari ya Amerika.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/pariki/article/umubare-w-abanyarwanda-basura-pariki-y-ibirunga-ugenda-wiyongera-bitewe-n-ikiguzi-cyagabanyijwe

  • Muhanga: Abagaragayeho COVID-19 muri gereza ntibarahura n’abagororwa basanzwemo – Mayor Kayitare #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gereza ya Muhanga yagaragayemo abanduye ariko ngo ntabwo ari abari basanzwemo
    Gereza ya Muhanga yagaragayemo abanduye ariko ngo ntabwo ari abari basanzwemo

    Kayitare avuga ko umubare munini uherutse gutahurwa muri gereza wavuye mu binjiye muri gereza bapimwe mbere yo kuvangwa n’abagororwa basanzwe nk’uko amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira cya COVID-19 mu magereza abiteganya.

    Kayitare avuga ko abagaragayeho ubwandu badakomoka mu Karere ka Muhanga gusa ahubwo hari n’abavuye ahandi bazanwa gufungirwa muri gereza ya Muhanga, ibyo bikaba bikwiye kudakura abantu umutima ahubwo bikwiye kubabera umwanya wo gukaza ingamba zo kwirinda kuko icyorezo kikiriho.

    Agira ati, “Bariya ntabwo ari abantu bari basanzwe bafunzwe ahubwo ni abavuye hanze nta cyorezo cyinjiye muri gereza kuko abafunzwe ntibasurwa nta n’aho bari kuba bahurira n’ubwandu, abarimo kugaragara uyu munsi ni abinjira bashya”.

    “Ntabwo ingamba zo kurwanya COVID-19 muri gereza ari iza nonaha ahubwo birasanzwe, hari uburyo twashyizeho ko iyo umufungwa yinjiye ashyirwa ahantu kugira ngo igihe yaba arwaye atavaho yanduza abandi. Uburyo bwo kwirinda twashyizeho ni bwo buri gutuma tumenya ko hari abinjiye muri gereza barwaye ariko ntabwo icyorezo kiri mu bagororwa basanzwe”.

    Kayitare avuga ko mu rwego rwo kurinda ko icyorezo cya COVID-19 cyasakara muri gereza abinjiramo bashya babanza gushyirwa ahantu habugenewe bagakurikiranwa bafatwa n’ibipimo ku buryo ntawe ukwiye kwibaza ko abagororwa bazanduzanya.

    Asaba abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza atangwa n’inzego zisanzwe kandi nta kiruta ubuzima ku buryo abantu bakwirara kuko bigaragara ko icyorezo kigihari, kandi kukirwanya no kukirinda ari byo byatuma abantu batongera gusubira muri gahunda ya guma mu rugo.

    Ibipimo byafashwe ku matariki ya 13 Ugushyingo byagaragaje ko muri Gereza ya Muhanga habonetse abafungwa 36 banduye, naho ku wa 14 Ugushyingo Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko muri gereza ya Muhanga hongeye kugaragara abantu 30, ubuyobozi bukavuga ko nta kidasanzwe cyabaye kuko abagaragaye bari batarinjira mu bagororwa basanzwe.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/muhanga-abagaragayeho-covid-19-muri-gereza-ntibarahura-n-abagororwa-basanzwemo-mayor-kayitare