Tag: featured

  • Muhanga: Batangiye imyiteguro yo kugaburira abiga mu mashuri abanza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ababyeyi batangiye umuganda wo gusiza ahazubakwa igikoni kuri GS Gitarama
    Ababyeyi batangiye umuganda wo gusiza ahazubakwa igikoni kuri GS Gitarama

    Mu gihe imirimo yo gutegura ahazubakwa ibikoni ikomeje kandi, ibigo by’amashuri bisabwa gutangiza iyi gahunda aho bishoboka abana bagatangira kugaburirwa, bigizwemo uruhare n’ababyeyi mu gihe inkunga ya Leta itaraboneka.

    Ababyeyi bagaragaza ko iyi gahunda ari nziza kuko izatuma abana biga muri iyo myaka badata igihe basubira gushaka amafunguro iwabo saa sita, ahubwo bakabona igihe gihagije cyo kuruhuka muri ayo masaha kugira ngo basubire mu ishuri bameze neza.

    Ibikoni 74 ni byo biteganyijwe kubakwa kuri buri kigo cy’amashuri abanza kitagiraga igikoni hubakwa kimwe, mu gihe ibindi bigo bizakoresha ibikoni bisanzwe bitekera abana biga mu mashuri yisumbuye ku bigo by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12.

    Kugaburira abana biga mu mashuri abanza ni gahunda ya Leta y’ishoramari rishingiye ku bumenyi, hakemurwa ibibazo ku bana bataha bajya gushaka amafunguro iwabo biga kabiri ku munsi bikaviramno bamwe kutagaruka ku masomo.

    Hari kandi kuza bananiwe cyangwa rimwe na rimwe abataha kure bakirirwa ku ishuri kubera ko batabasha kujya kurya ngo banagaruke, ibyo bikiyongeraho gusubukura amasomo bananiwe.

    Singiza Theoneste urerera ku Rwunge rw’amashuri rwa Gitarama (GS Gitarama) ahatangiye gusizwa ikibanza, avuga ko abana babo batazongera gukora ingendo ndende bajya gushaka amafunguro bakaba biyemeje gutanga inkunga yabo.

    Umubyizi wa buri mubeyi ubarirwa agaciro k
    Umubyizi wa buri mubeyi ubarirwa agaciro k’amafaranga bakajya basimburana uko bakora bitewe n’umwanya babonye

    Agira ati “Ndashishikariza ababyeyi bagenzi banjye gushyigikira iki gikorwa tukakigira icyacu kuko bifitiye akamaro abana bacu kuba batazajya bakora ingendo ndende basubira gushaka amafunguro mu ngo, ahubwo baze dukore vuba igikorwa gitangire”.

    Ni igitekerezo ahuriyeho na mugenzi we Ntaganira Emmanuel, ugaragaza ko yishimira kuba abana bagiye gufatira amafunguro ku ishuri, akifuza ko hanarebwa uburyo abana bakomoka mu miryango idafite ubushobozi bwo kubonera abana amafunguro bazajya bafashwa abana babo ntibabwirirwe.

    Agira ati “Byose ntabwo twabitega gusa kuri Leta kuko ni twe byose bivaho bijya muri Leta yenda ubushobozi na bwo izabushaka, ariko birakwiye ko abana bafite ikibazo cyo kubura ubushobozi twazajya tugira icyo twigomwa ntibicirwe n’inzara ku ishuri tukitanga tukabafasha”.

    Umuyobozi wa (GS Gitarama) Mukanyandwi Fausta, avuga ko hakomeje kugaragara ikibazo cy’abana batabona ubushobozi bwo kubona amafunguro ku ishuri ku biga mu mashuri yisumbuye, ku buryo kizanigaragaza mu biga mu mashuri abanza bazaba batangiye gufata amafunguro.

    Icyakora ngo ibyo ntibyaca intege kuko ababyeyi bashobora no gukora imirimo itandukanye nk’inkunga yo kubonera abana amafunguro, kandi hari n’icyizere cy’uko Leta izatera inkunga gahunda yo kurya ku ishuri ku bana biga mu mashuri abanza.

    Agira ati “Ni byo koko icyo kibazo na n’ubu kirigaragaza abana bose ntibarabasha kwishyura amafunguro bafatira ku ishuri, birasaba gukomeza gukora ubukangurambaga nibura ababyeyi babonera abana ubushobozi bo bakabikora yenda tugasigarana icyo cyo kureba uko abana bakennye na bo batavutswa amahirwe yo kubona amafunguro”.

    Umuyobozi w’ishami ry’uburezi mu Karere Muhanga Ibangaryayo Emmanuel, avuga ko gahunda yo gufata amafunguro ku mashuri abanza yateganyijwe mu rwego rwo kurushaho kongera ireme ry’uburezi.

    Avuga ko ababyeyi bakwiye kugira uruhare rw’ingenzi mu burezi bw’abana babo batanga igice cy’ibyo basabwa, mu gihe Leta na yo izana ibyo yateganyije hagamijwe kunoza gahunda y’uburezi bugizwemo uruhare n’ababyeyi b’abana.

    Mukanyandwi avuga ko hazakomeza gukorwa ubukangurambaga ababyeyi bakishyurira abana amafunguro ku ishuri
    Mukanyandwi avuga ko hazakomeza gukorwa ubukangurambaga ababyeyi bakishyurira abana amafunguro ku ishuri

    Agira ati “Iyo ufashe umushinga wo kubyara uba ugomba no kuzarera, Leta ifite ibyo izatanga ariko n’umubyeyi akwiye kuzana uruhare rwe bagatanga imisanzu cyangwa ubundi bushobozi bafite abantu bishatsemo ibisubizo bizagenda neza, kandi n’imbogamizi zizagenda zigaragara tuzagenda tuzikemura dufatanyije”.

    Ubusanzwe Leta itanga amafaranga 56 ku mwana wiga mu mashiri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12 ngo abone ifunguro saa sita, ubu hakaba hataragenwa ingano y’amafaranga azatangwa kuko bikorwa bimaze kuganirwaho n’ababyeyi.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/muhanga-batangiye-imyiteguro-yo-kugaburira-abiga-mu-mashuri-abanza

  • Polisi yerekanye abakekwaho ubujura mu maduka, hamwe n’umucuruzi wa mgendu (Amafoto+Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagize iri tsinda bose ni urubyiruko, bakaba ari bo Kalisa Ally w’imyaka 24, Ndeze Vital w’imyaka 27, Bizimana Charles w’imyaka 28, Manzi Chritian Darius w’imyaka 28 na Rukundo Patrick w’imyaka 32.

    Aba basore bibaga kenshi mu maduka akomeye, cyane cyane ay’abantu babona ko bashobora kuba bafite amafaranga menshi. Bafashwe na Polisi mu mpera z’icyumweru gishize bafatirwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali, mu Murenge wa Gatenga wo mu Karere ka Kicukiro ndetse no mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo ndetse n’imodoka bakoreshaga muri ubwo bujura na yo yarafashwe.

    Umwe muri aba bakekwa, Manzi Chritian Darius, yavuze ko batangiye ubu bujura muri Gicurasi uyu mwaka, avuga ko aho yajyanye na bagenzi be kwiba ari habiri honyine i Gisenyi mu Karere ka Rubavu no mu Karere ka Huye.

    Barakekwaho gukoresha imodoka, bakazenguruka ibice binyuranye biba mu maduka
    Barakekwaho gukoresha imodoka, bakazenguruka ibice binyuranye biba mu maduka

    Ati “Iri tsinda naryinjijwemo n’uwitwa Patrick nyuma yo kuva mu bihe bya guma mu rugo. Nkigeramo nasanzemo mugenzi wanjye twari tuziranye kuko twize ku kigo kimwe cya Remera Catholique witwa Ndeze Vital. Twibye amafaranga ibihumbi 700 mu iduka ryo ku Gisenyi, twiba no mu rindi duka ryo mu Mujyi wa Huye ibihumbi 340. Aha hose twahibaga twabanje kuhagenzura tukiga n’uburyo tuzahiba”.

    Aba basore bakoreshaga iyi modoka kugira ngo ibafashe kugenda no kugera aho bashatse hose mu gihe gito. Bafashwe bamaze kwiba ahantu hatandukanye harimo mu Karere ka Kirehe ku Murindi wa Nasho bahibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600, muri Nzeri uyu mwaka, mu Karere ka Rubavu bahibye ibihumbi 700 mu kwezi k’Ukwakira, mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo mu Ukwakira bahibye amafaranga ibihumbi 440.

    Bibye kandi mu Karere ka Huye mu kwezi k’Ugushyingo, bahibye ibihumbi 460, mu Karere ka Nyagatare bahibye ku itariki ya 08 Ugushyingo bahiba amafaranga ibihumbi 300, kuri izi tariki kandi bibye umugore witwa Nyirangirimana Eline ucururiza mu Murenge wa Gitega, ucuruza ibikoresho byo mu rugo akaba n’umucuruzi wa serivisi za banki.

    Bamwibye amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi ijana, kuri uwo munsi banibye uwitwa Muhineza Jules ucururiza muri quartier commercial mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi rwagati, bamwibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 415.

    Nyirangirimana Eline wibwe n’iri tsinda, yavuze ko ku Cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo ahagana saa saba z’amanywa, imodoka y’umukara yo mu bwoko bwa Hyundai yaje igahagarara imbere y’iduka ry’aho acururiza i Nyamirambo maze ahamagarwa n’abantu bari muri iyo modoka ngo ni aze bamubwire.

    Nyirangirimana Eline umwe mu bibwe
    Nyirangirimana Eline umwe mu bibwe

    Ati “Bampamagaye kuza ku modoka nk’aho hari ikintu bashaka kugura. Nuko bakomeza kumbaza ibibazo byinshi bijyanye n’akazi nkora ariko umwe muri bo ava mu modoka yinjira mu iduka ryanjye abandi bakomeza kumbaza, nyuma naje kumva umuntu arimo amenagura ibintu mu iduka mpita nsubirayo”.

    Yakomeje avuga ko agisubirayo yahuye na wa wundi wavuye muri iyo modoka asohoka mu iduka rye nyuma yo kumwiba amafaranga, bahuye ayafite mu ntoki.

    Ati “Nagerageje kumufata ariko andusha imbaraga ariruka arayajyana. Ndibuka imodoka bakoreshaga n’umuntu winjiye mu iduka ryanjye, nubwo atari mu bafashwe berekanwe hano”.

    Iri tsinda kuri uwo munsi kandi ni na yo mayeri bakoresheje biba Muhineza Jules, ubwo bamusangaga aho acururiza mu iduka imbere y’isoko rya Nyarugenge ibikoresho bitandukanye na serivisi za banki, ni na ko kandi ngo bagendaga bakoresha ayo mayeri aho bibye hose mu gihugu.

    Muhineza Jules umwe mu bibwe
    Muhineza Jules umwe mu bibwe

    Nsengayire Schadrack nyir’imodoka yifashishwaga n’iri tsinda mu bikorwa by’ubujura, yavuze ko imodoka ye yayikodeshaga umuntu utwara ba mukerarugendo, ngo yatunguwe no kumva ahamagawe bamubwira ko imodoka ye yafatiwe mu bikorwa by’ubujura.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko ibikorwa bigikomeje byo gufata n’abandi bagize iri tsinda.

    Yagize ati “Kuba twerekanye aba bakekwaho kuba abajura, turizera ko n’abandi bibwe muri ubwo buryo tutazi bazaza gutanga ikirego. Ariko nanone tugatanga ubutumwa bw’uko abantu nk’aba bakora ibikorwa nk’ibi bibi ntaho bafite ho kwihisha Polisi n’abaturage muri rusange”.

    Nsengayire Schadrack nyir
    Nsengayire Schadrack nyir’imodoka yifashishwaga n’iri tsinda mu bikorwa by’ubujura

    CP Kabera yongeyeho ati “Mu kwezi gushize twari hano twerekana itsinda ry’abajura ryibasiraga sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri peteroli, uyu munsi twerekanye irindi tsinda ryibaga abacuruza serivisi zijyanye na banki n’amaduka. Ikigaragara ni uko ushobora gutegura imigambi yawe mibi ukayikora ariko amaherezo ugafatwa ugashyikirizwa ubutabera”.

    Polisi kandi yerekanuye imodoka yafatiwemo amabalo 6 ya magendu y’imyenda ya caguwa

    Nanone ku wa Mbere, Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali i Remera, yeretse itangazamakuru umugore witwa Mbabazi Esther wafatanwe imodoka ifite icyapa kiyiranga cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, CGO 7079 A/19, yafashwe ipakiye amabalo atandatu y’imyenda ya caguwa ya magendu.

    Mbabazi Esther, wafatanywe amabalo 6 y
    Mbabazi Esther, wafatanywe amabalo 6 y’imyenda ya caguwa ya magendu

    Uyu Mbabazi avuga ko iyi modoka yifashishaga mu gutwara iyi myenda ye yakuraga mu Karere ka Rubavu, yayikodeshaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600 ku kwezi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko uyu mugore yafatiwe ku Giti cy’Inyoni yinjira mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 15 Ugushyingo, yari avuye mu Karere ka Rubavu biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Mbabazi wari utwaye iyi modoka ari na we nyir’imyenda, imodoka akoresha yari ifite ibirahuri byijimye mu rwego rwo guhisha Polisi kugira ngo batamenya ibyo ayipakiyemo, yafashwe ageze ku Giti cy’Inyoni avuye mu Karere ka Rubavu aho yari akuye iyo myenda bivugwa ko hari abandi bantu bayihageza akajya kuyihakura. Ariko uko wagerageza kubihisha kose Polisi iragenzura, upfa kuba hari ibyo ukora bitemewe, biramenyekana”.

    CP Kabera yibukije abakora ubucuruzi bwa magendu ko bakwiye kubicikaho kuko nta cyiza bibagezaho na kimwe uretse igihombo.

    Umuvugizi wa Polisi y
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera

    Ati “Urabukora rimwe kabiri ariko ubwa gatatu uzafatwa ushyikirizwe ubutabera. Nk’uko amategeko abiteganya iyi modoka irafatirwa, imyenda na yo irafatirwa bizatezwe cyamunara kandi n’umushoferi wari uyitwaye azishyura ibihumbi bitanu by’Amadorali (5000$). Urumva ko nta nyungu yo gukora ibyaha, kuko uyu imodoka yayikodeshaga ibihumbi 600 ntabigaruje n’imyenda arayibuze, agiye no gutanga amande kandi n’uwamukodesheje imodoka na we arayibuze kuko izatezwa cyamunara”.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimiye abaturage batanga amakuru y’abakora ibikorwa bitemewe n’amategeko bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

    Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika (US$5000).

    Amafoto: RNP

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/polisi-yerekanye-abakekwaho-ubujura-mu-maduka-hamwe-n-umucuruzi-wa-mgendu-amafoto-video

  • Sugira aritezwe, Haruna aratanga icyizere-Ibyo wamenya mbere y’umukino #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku i Saa Cyenda zuzuye zo mu Rwanda, ikipe y’igihugu y’u Rwanda irakira Cap-Vert kuri stade ya Kigali I Nyamirambo, umukino uza gukinwa nta mufana uri ku kibuga kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

    Amavubi afite icyizere cyo gutsinda uyu mukino
    Amavubi afite icyizere cyo gutsinda uyu mukino

    Ku ruhande rw’Amavubi, iyi kipe yabashije kongeramo rutahizamu Sugira Ernest uteri wajyanye n’iyi kipe muri Cap-Vert, ni mu rwego rwo gukomeza ubusatirizi bw’iyi kipe butaratsinda igitego na kimwe mu mikino itatu baheruka gukina, ari nacyo gihugu cyonyine muri aya marushanwa kitaratsinda igitego.

    Abakinnyi ba Cap-Vert mu myitozo kuri stade ya Kigali i Nyamirambo
    Abakinnyi ba Cap-Vert mu myitozo kuri stade ya Kigali i Nyamirambo

    Cap-Vert, nta mukinnyi mushya wiyongereye muri iyi kipe, bivuze ko abatari babonetse ku mukino ubanza ari bo rutahizamu Vagner Dias ukina mu ikipe ya FC Metz mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa ntari bukine uyu mukino kubera imvune, akaba yiyongera ku bandi batari buboneke kubera impamvu zitandukanye barimo Mário Évora, Patrick Andrade, Zé Luís, Kenny Rocha, Bruno Leite na Willy Semedo badahari.
    Haruna Niyonzima, kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangaje ko baza gukora ibishoboka byose bagaha ibyishimo abanyarwanda, kuko kugeza ubu imibare bakora ibereka ko bashobora kubona itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika

    “Nta mvune cyangwa ikindi kibazo gikomeye, gahunda ni uguha abanyarwanda ibyishimo, tukitanga birenze ibisanzwe, tugashaka uko twakwegukana amanota atatu, kuko imibare igaragaza ko bishoboka kuba twajya mu gikombe cya Afurika”

    “Ikipe tugiye guhura ntiyoroshye, ariko turi mu rugo, ndetse n’imibare tri gukora iraduha imbaraga zo gutsinda, abanyarwanda batube hafi, natwe nk’abanyarwanda turakora ibishoboka ariko hamwe n’Imana amanota turayabona”

    Sugira yiyongereye mu ikipe iri gutegura umukino w
    Sugira yiyongereye mu ikipe iri gutegura umukino w’uyu munsi

    Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku ruhande rw’Amavubi

    Kwizera Olivier
    Omborenga Fitina, Manzi Thierry, Rwatubyaye Abdul, Imanishimwe Emmanuel
    Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad
    Niyonzima Haruna
    Tuyisenge Jacques , Kagere Meddie na Hakizimana Muhadjili.

    Mu mukino wo muri iri tsinda waraye ubaye, Cameroun yatsinze Mozambique ibitego 2-0, bituma igira amanota 10, Mozambique igumana amanota ane, Cap-Vert atatu, amavubi rimwe, bisobanyuye ko Amavubi atsinze yahita anganya na Mozambique amanota ane.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/sugira-aritezwe-haruna-aratanga-icyizere-ibyo-wamenya-mbere-y-umukino

  • Minisiteri y’Uburezi yashoje icyiciro cya mbere cyo gushyira abarimu bashya 6,741 mu myanya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abasabye kuba abarimu aha bari mu kizamini cyanditse
    Abasabye kuba abarimu aha bari mu kizamini cyanditse

    Kuba icyiciro cya mbere cyo gushaka abarimu no kubashyira mu myanya cyarangiye, byatangarijwe mu kiganiro kigenewe abanyamakuru cyabereye ku cyicaro cya Minisiteri y’Uburezi, ku wa 16 Ugushyingo 2020.

    Abarimu bamaze gushyirwa mu myanya mu mashuri abanza ni 3,732 mu gihe muri rusange hakenewe abarimu 18, 039 bivuze ko hari abandi bagikenewe bagera ku 14,307 bazakomeza gushakwa no gushyirwa mu myanya mu gihe kizaza.

    Mu mashuri yisumbuye, abarimu bamaze gushyirwa mu myanya ni 2,673 mu gihe muri rusange hakenewe abarimu bagera ku 6,371, ibyo bivuze ko hari abarimu 3,698 bakibura, bazashakwa bagashyirwa mu myanya.

    Mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi-ngiro (Technical and Vocational Education and Training (TVET)), abarimu bamaze gushyirwa mu myanya yo kwigisha mu bigo basabye kwigishamo ni 336.

    Nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Uburezi, muri rusange abarimu bashya bashyizwe mu myanya mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyi-ngiro, ni 6,741.

    Dr Valentine Uwamariya Minisitiri w’Uburezi yagize ati “Gushaka abarimu no kubashyira mu myanya, byaratinze ariko ubu byarakunze kandi byagenze neza. Abarimu bashyizwe mu myanya hagendewe ku mashuri basabye kwigishaho ndetse n’uturere batuyemo. Mbere gushyira abarimu mu myanya byarimo ibibazo, ariko byarakosowe, ubu abarimu bamaze kugera mu mashuri yabo”.

    Dr. Uwamariya yavuze ko “Ibintu byose byakosowe, mu gihe amashuri yitegura kwakira icyiciro cya kabiri cy’abanyeshuri n’abarimu biteguye kubakira.”

    Biteganyijwe ko tariki 23 Ugushyingo 2020, ari bwo abanyeshuri mu mwaka wa kane w’amashuri abanza, n’abo mu mashuri yisumbuye mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa gatatu bazatangira amasomo. Abo bazaza, mu gihe ikindi cyiciro cyatangiye amasomo guhera tariki 02 Ugushyingo 2020.

    Minisiteri y’Uburezi ntirashyiraho itariki yo gutangira icyiciro cya kabiri cyo gushaka abarimu binyuze mu buryo bwo gukora ibizamini, gusa ngo ishobora kuzatangazwa mu gihe kitarambiranye.

    Igikorwa cyo gushaka abarimu bashya, cyakozwe ku bufatanye hagati y’ikigo cy’igihugu cy’uburezi (REB), Umujyi wa Kigali, uturere, Minisiteri y’Uburezi ndetse na Minisiteri ishinzwe abakozi ba Leta n’umurimo.

    Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 no kugabanya ubucucike mu mashuri, Leta irimo kubaka ibyumba by’amashuri bishya bigera ku 22,500. Kandi kugira ngo umubare w’abarimu ujyane n’uw’abanyeshuri, Leta izakenera gushaka abarimu bagera ku 29,000 nyuma y’uko amashuri yose azaba afunguye.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/minisiteri-y-uburezi-yashoje-icyiciro-cya-mbere-cyo-gushyira-abarimu-bashya-6-741-mu-myanya

  • RDC: Ubushyamirane hagati y’ishyaka Tshisekedi n’irya Kabila bukomeje gufata indi ntera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu bushyamirane bushingiye ku kuba abarwanashyaka ba CACH ya Tshisekedi bashaka gushyira iherezo ku masezerano yo kwishyira hamwe no gukorana na FCC ya Kabila.

    Abashyigikiye Tshisekedi bavuga ko abo ku ruhande rwa Kabila badatuma Guverinoma y’ubumwe ikorera mu mahoro no mu mutuzo. Baherutse gutanga urugero rwa Minisitiri w’Imari José Sele Yalaghuli, wo muri FCC bamushinja kuba atambamira imishinga myinshi ya Félix Tshisekedi, Minisitiri Yalaghuli ariko we akabihakana.

    Marcellin Bilomba, umujyanama w’ibanze wa Perezida Tshisekedi ushinzwe ubukungu, na we aherutse gushinja Yalaghuli ko mu mwanya wo guhemba abakozi ba Leta yahisemo gukoresha imishahara yabo mu kwishyura abakorana n’abo ku ruhande rwa Kabila mu mishinga yabo bwite.

    Ni mu gihe José Sele Yalaghuli we ahakana ibi birego avuga ko imishahara y’abakozi ba Leta yitabwaho uretse gusa mu gihe habayeho ibindi byihutirwa, ariko ko hari itavogerwa kuko abahembwa ku ikubitiro ari abasirikare, hagakurikiraho abapolisi, abarimu hanyuma abaganga.

    Bivugwa ko uyu mwuka mubi umaze igihe ushingiye ku masezerano atubahirizwa Kabila yagiranye na Tshisekedi mbere yo kumuha ubutegetsi muri 2019.

    Aya masezerano avuga ko mu gihe haba hagiye gufatwa ibyemezo bikomeye, impande zombi zigomba kuganira zikabyemeranyaho, ariko ngo Tshisekedi n’ihuriro rye bashaka gukora ibintu mu buryo bwabo, mu gihe uruhande rwa Tshisekedi na rwo rushinja urwa Kabila kwivanga, dore ko FCC ya Kabila ifite imbaraga mu nzego nyinshi zikomeye.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/rdc-ubushyamirane-hagati-y-ishyaka-tshisekedi-n-irya-kabila-bukomeje-gufata-indi-ntera

  • Umuhanzikazi wo muri DR Congo Tshala Muana yafunzwe kubera indirimbo ye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inkuru dukesha BBC ivuga ko Claude Mashala ushinzwe ibikorwa bya Tshala Muana yavuze ko uyu muhanzi yakuwe iwe mu rugo mu gitondo.

    Kugeza ku mugoroba wo ku wa mbere, Tshala Muana yari akiri ku biro by’igihugu bishinzwe iperereza i Kinshasa, ibyo biro bikaba bitahise bitangaza impamvu yo gufata uyu muhanzi.

    Mashala ushinzwe ibikorwa bye, yavuze ko Tshala Muana yafashwe kubera ibivugwa ku ndirimbo ye nshya yise “Ingratitude” bivuze indashima.

    Bamwe mu bari hafi ya Perezida Félix Tshisekedi bavuga ko muri iyo ndirimbo, Tshala Muana yavugaga ko ubuyobozi yabuhawe na Joseph Kabila yabugeraho akamutera umugongo.

    Muri iyi ndirimbo, ntaho umuhanzi ubwe avuga izina Félix Tshisekedi cyangwa Joseph Kabila.

    Claude Mashala avuga ko muri iyo ndirimbo Tshala Muana ukomoka mu ntara ya Kasaï yaririmbaga ubuzima bwe bwite.

    Tshala Muana w’imyaka 62 y’amavuko ni umuhanzi uzwi cyane muri muzika ya DR Congo no mu karere kubera indirimbo ze zakunzwe cyane nka Karibu yangu, Chena cyangwa Dezo Dezo.

    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzikazi-wo-muri-dr-congo-tshala-muana-yafunzwe-kubera-indirimbo-ye

  • Nyarugenge: amacupa y’imyanda amaze gutoragurwa muri Nyabugogo ageze kuri toni eshatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu byumweru bibiri bishize, umuganda uba buri wa gatandatu umaze gukusanyirizwamo amacupa apima toni eshatu(3,000kg) nk’uko twabitangarijwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza.

    Avuga ko ari umuganda uzakomeza gukorwa kugeza ubwo amazi ya Nyabugogo azasigara atemba nta nkomyi nyuma yo gutoragura imyanda iri muri za ruhurura, mu migezi no mu gishanga.

    Ngabonziza yagize ati”ni igikorwa twizeye ko gikomeje gutanga umusaruro, dore ko tubara hafi toni zigera kuri eshatu z’amacupa tumaze gukusanya, zizaba zamaze kwiyongera cyane mu mpera z’uku kwezi”.

    Uyu muyobozi avuga ko amacupa yatoraguwe arimo guhabwa uruganda rwitwa Ecoplastic ruri i Mageragere, kugira ngo ruyakoremo ibindi bikoresho nk’amasashe akoreshwa mu bwubatsi hamwe n’indobo zishyirwamo ibishingwe.

    Ngabonzinza yasabye abatuye Umujyi wa Kigali kumenya ko amacupa bakoresha rimwe aba yaguriwemo jus, inzoga n’amazi, iyo bayajugunye agenda akirunda muri Nyabugogo, kuko ari ryo kusanyirizo ry’imyanda yose itemba iva muri uyu mujyi.

    Avuga ko umuganda urimo gukorwa uzajyana n’ubukangurambaga bwo kwibutsa abantu ibikubiye mu Itegeko ryerekeye kubuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe, ryo muri 2019.

    Ingingo ya 13 y’iri tegeko ivuga ko umuntu wese urunda cyangwa ujugunya imyanda y’amasashe n’ibindi bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahatemewe, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi mirongo itanu (50,000Frw), kandi agategekwa guhita akuraho iyo myanda.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge asaba umuntu wese urangije kunywa ‘jus’, inzoga cyangwa amazi, gushyira mu ngarani icupa rya pulasitiki yakoresheje, umuheha yanywesheje cyangwa ikindi kintu cyo mu rwego runwe nabyo bikoreshwa inshuro imwe.

    Iyo byashyizwe mu ngarani(poubelle), abashinzwe gukusanya ibishingwe barabijyana bakabirobanurira i Nduba ku kimoteri, amacupa bakayoherereza uruganda Ecoplastic.

    Kujugunya mu nzira cyangwa ku gasozi amacupa ya pulasitiki n’ibindi bikoresho nkabyo, isuri irabitembana ikabiroha mu migezi, bigakomeza gutemba kugeza ubwo bigeze mu nyanja no mu biyaga aho abantu bakura amafi n’ibindi binyabuzima byo mu mazi.

    Kugeza ubu hari amafi n’ibindi binyabuzima bipfa cyangwa birwara bitewe no kumira ibi bintu bya pulasitiki, abantu na bo iyo babirobye bakabirya ni ho bakuriza kwandura indwara z’ibyorezo zirimo iya kanseri.

    Urubuga worldanimalprotection.org ruvuga ko buri mwaka abarobyi mu nyanja ngari zigize isi bahagarika kuroba amafi yanduye abarirwa muri toni ibihumbi 640.

    Ubariye buri muntu mu batuye isi amagarama 100 y’inyama z’amafi agomba kuba afungura buri munsi, ubona ko abantu barenga miliyoni 64 buri mwaka bagenda bacika ku kurya amafi bitewe n’uko bayagaburiye amafupa ya pulasitiki agahumana.

    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/nyarugenge-amacupa-y-imyanda-amaze-gutoragurwa-muri-nyabugogo-ageze-kuri-toni-eshatu

  • Abatwara ibinyabiziga barasabwa kwita ku nkoni yera iyobora abafite ubumuga bwo kutabona #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abatwara ibinyabiziga basabwa kumenya agaciro k
    Abatwara ibinyabiziga basabwa kumenya agaciro k’inkoni yera bakayubaha

    Ubusanzwe iyo ufite ubumuga bwo kutabona agiye kwambuka umuhanda afite inkoni yera, atera intambwe yinjira mu muhanda ubundi ya nkoni akayizamura kugira ngo imodoka zihagarare abone kwambuka, ariko ikigaragara ni uko hari abatwara ibinyabiziga batayitaho, akenshi kuko batazi icyo isobanura bigatuma bahutaza uyifite.

    Ingabire Séverin ufite ubumuga bwo kutabona unabarizwa mu muryango w’Ubumwe Nyarwanda bw’Abatabona (RUB), avuga ko kugenda mu muhanda bimugora kuko abatwara ibinyabiziga hari ubwo batamuha inzira kandi aba afite inkoni yera ndetse ngo bigeze kuyigonga.

    Ati “Nari ndi ku Kacyiru nshaka kwambuka umuhanda, nzamura inkoni yanjye yera, mu gihe ntangiye kugenda barayigonga n’uyigonze arakomeza arigendera. Namaze iminota nka 30 nabuze uko mpava, nanabaza abantu bari aho bati iyo modoka ntayo twabonye, biranyobera. Nshobora kumara n’isaha yose ku muhanda nabuze uko nambuka”.

    Ati “Ku bwanyje nasaba ko abiga amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, banigishwa akamaro k’inkoni yera bakazajya bayubaha nk’uko bubaha ibyapa byo ku muhanda. Polisi na yo nayisaba ko muri gahunda zayo z’umutekano wo mu muhanda nka ‘Gerayo Amahoro’, yabwira abantu ko bubaha inkoni yera kugira ngo badahutaza uyifitwaje bakamwongerera ubumuga”.

    Inkoni yera ikoze mu cyuma kitaremereye (aluminium) cyangwa muri pulasitiki, ikaba igera mu gituza cy’uyitwaye. Akenshi igira amabara abiri, ikirindi cy’umukara n’ahasigaye h’umweru, iyo igenewe abatabona gusa, hari iyongerwaho ibara ry’umutuku, yo ikaba igenewe ufite ubumuga bwo kutabona no kutumva.

    Umwe mu bafite amashuri yigisha amategeko yo mu muhanda no gutwara ibinyabiziga, Mbuto Aimable ubimazemo imyaka 20, avuga ko iyo nkoni bayigisha mu ishuri ariko ko hari abatayitaho mu muhanda.

    Ati “Inkoni yera iri mu mategeko mpuzamahanga y’umuhanda, bityo rero twebwe turayigisha nubwo hari abatayitaho. Ikibazo gihari kandi ni uko abafite impushya zo gutwara ibinyabiziga bose bataba barigiye mu mashuri yabugenewe ngo bayibwirweho ari na bo benshi, ibyo bizakemuka rero ari uko bigiye byigirwa mu mashuri”.

    Inkoni yera ni ijisho ry
    Inkoni yera ni ijisho ry’ufite ubumuga bwo kutabona, irazingwa kugira ngo itarushya nyirayo mu gihe atarimo kuyikoresha

    Ati “Inama ngira abatwara ibinyabiziga ni uko bagira imyitwarire myiza (discipline) mu muhanda, bakagira ubworoherane, ibyo bizatuma bubaha ari ufite ubumuga ndetse n’abandi basangiye umuhanda bityo ntihabeho impanuka. Buri muntu agize discipline mu muhanda byose byakemuka”.

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, avuga ko abafite ubumuga bwo kutabona na bo bafite uburenganzira mu muhanda, ko bagomba kwitabwaho.

    Ati “Kuba bafite ubumuga bwo kutabona bakwiye umwihariko, iyo nkoni yera rero ibayobora kuba yemewe na byo bifite agaciro kabyo. Muri bwa bukangurambaga ku mutekano wo mu muhanda aho dusaba abantu koroherana, ni ugusaba abatwara ibinyabiziga n’abandi bakoresha umuhanda ko bagomba kwita kuri abo bafite ubumuga bwo kutabona”.

    Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko inkoni yera ari ijisho ryabo, kuko ituma umuntu agenda ntawe umurandase, agakora gahunda ze zikarangira agasubira mu rugo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abatwara-ibinyabiziga-barasabwa-kwita-ku-nkoni-yera-iyobora-abafite-ubumuga-bwo-kutabona

  • Farumasi z’uturere zeguriwe RMS, bizafasha abaturage kubona imiti ku gihe kandi ihendutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uhereye iburyo, umuyobozi wa RMS , umuyobozi wa Farumasi y
    Uhereye iburyo, umuyobozi wa RMS , umuyobozi wa Farumasi y’Akarere ka Bugesera, hamwe n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage

    Icyo kigo gishya kandi kigiye kwegukana za farumasi z’uturere, zihinduke amashami yacyo, bityo n’imikorere isanzwe y’izo farumasi ihite ihinduka, byose bigamije gufasha kwihutisha serivisi zo kubona imiti ku muturage kandi itamuhenze.

    Iyo ngo ni gahunda ya Leta yo kwegurira icyo kigo gishya za farumasi z’uturere zose bitarenze itariki 15 Ugushyingo 2020, Akarere ka Bugesera kakaba kabimburiye utundi gushyikiriza icyo kigo farumasi yako nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Bugesera.

    Uwo muyobozi avuga ko kuko ari gahunda igomba gukorwa, ababishinzwe mu Karere ka Bugesera, bateguye ibisabwa byose, kamenyesha RMS, kugira ngo ize bahererekanye farumasi ndetse n’abakozi bayo.

    Tariki ya 12 Ugushyingo 2020 ni bwo habayeho umuhango wo gutanga iyo farumasi y’Akarere ka Bugesera n’abakozi bayo, ubu bakaba babarizwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imiti.

    Icyo kigo gishya ngo kije guhindura bimwe mu bintu byajyaga bigorana, harimo gutumiza imiti mu mahanga bikozwe n’ishami ribishinzwe ryabarizwaga muri RBC, kuko kuyitumiza byafataga igihe kirekire, kubera ko byabaga ari ugutanga amasoko, hakaba ubwo bashobora gutumiza umuti ukamara amezi atandatu cyangwa anarenga utaraboneka nk’uko bivugwa na Ndayisabye.

    Icyo kigo gishya cyo gifite ubushobozi bwo kwigira kuzana imiti ku nganda ziyikora mu mahanga, kikayizanira mu Rwanda hatajemo ibyo gutuma.

    Hakozwe ihererekanyabubasha rya farumasi y
    Hakozwe ihererekanyabubasha rya farumasi y’Akarere ka Bugesera

    Uko kwigerera ku nganda bizagabanya igihe gutumiza imiti byafataga, kandi n’igiciro ngo kizagabanuka kuko uko byari bisanzwe bikorwa, umuti wajyaga kugera muri farumasi unyuze mu nzira nyinshi kandi aho unyura hose, hakagenda hiyongeraho amafaranga kuko buba ari ubucuruzi.

    Ariko ubu icyo kigo gishya cya RMS, kizajya kivanira imiti ku nganda mu mahanga kiyigeze mu Rwanda, nyuma kiyikwirakwize ku mashami yacyo hirya no hino mu gihugu (izari farumasi z’uturere zizaba ari amashami y’icyo kigo).

    Ibyo ngo bizatuma ibiciro by’imiti biba bimwe mu gihugu cyose kuko ubu ngo buri farumasi yagiraga igiciro cyayo kandi ku muti umwe, bitewe n’impamvu zitandukanye.

    Ndayisabye yagize ati “RMS izakemura ikibazo cy’ibiciro bitandukanye byabaga muri za farumasi z’uturere kuko buri farumasi yagira ibiciro byayo kandi umuti ari umwe. Ugasanga uko umuti runaka ugura muri farumasi y’Akarere ka Bugesera, si ko ugura muri farumasi y’Akarere ka Rusizi. Itegeko rigenga za farumasi rivuga ko nta wemerewe kurenza inyungu ya 20%. Icyo gihe rero wasangaga niba umuti ugura 100Frw, ushyizeho inyungu ya 20% ubwo ni 120Frw, ariko usanga muri farumasi y’Akarere kamwe bawugurisha 118Frw, indi ikawugurisha 110 Frw”.

    Iryo tandukaniro ry’ibiciro muri za farumasi z’uturere ntirizongera kubaho, kuko ubu imiti izajya igezwa ku mashami yose ya RMS mu turere, icuruzwe ku giciro kimwe mu gihugu hose.

    Kandi n’ikibazo cyakundaga kubaho cy’ibura ry’imiti ntikizongera kubaho, kuko ubu ngo icyo kigo gikora imiti igabanya ububabare gusa (Morphine), ariko indi yose bazajya bayikura ku nganda zo hanze ariko iboneke.

    Ikindi icyo kizazamura ni itangwa rya serivisi yihuta, kuko abakozi bari mu mashami ya RMS hirya no hino mu turere (abahoze bakorera za farumasi z’uturere), bazaba bashinzwe gutanga imiti gusa, hatiyongeramo ibyo kujya kuyirangura, harimo ibyo kwakira amafaranga no kuyacunga, kuko ibyo byose bizaba bikorerwa ku cyicaro cya RMS i Kagali.

    Ndayisabye avuga ko ubu ikigo nderabuzima gikeneye imiti runaka kizajya gikora urutonde rw’imiti gikeneye, rugezwe ku ishami rya RMS mu karere icyo kigo nderabuzima giherereyemo, nyuma kishyure amafaranga kuri konti ya RMS nyuma bitegereze kugezwaho imiti batumije.

    Mu ijambo rye kuri uwo munsi wo guhererekanya farumusi y’Akarere ka Bugesera, Harerimana Pie, Umuyobozi wa RMS yagize ati “Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti kiracuruza kizakora ibishoboka ku buryo imiti iboneka ku gihe kandi n’ibiciro bibe bimwe mu gihugu”.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/farumasi-z-uturere-zeguriwe-rms-bizafasha-abaturage-kubona-imiti-ku-gihe-kandi-ihendutse