Tag: featured

  • Igitekerezo: Ese koko ingo za kera zabanaga neza kurusha iz’ubu? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni byo koko hirya no hino mu miryango itandukanye, ugenda wumva amakimbirane yabaye mu ngo, ndetse bamwe bakagaragaza ko ingo zo muri iyi minsi nta reme zifite, aho abenshi banavuga ko abubatse ari abubatse kera, naho ubu akaba ari ukubura uko umuntu agira, bagaragaza ko bazubakira kuzisenya, ndetse abanyamadini bamwe bemeza ko imperuka izaba bakagaragaza ko ari ibimenyetso by’imperuka.

    Ariko njyewe nsanga akenshi ibiba ubu byaranabagaho na kera gusa ntibisakazwe hirya no hino ahubwo bikaguma mu muryango.

    Ibi iyo mbivuga ahanini nshingira ku kuba ibiza ku isonga mu bitera amakimbirane mu miryango nshingiye ku bigaragazwa n’ubushakashatsi butandukanye harimo gucana inyuma mu bashakanye ndetse n’ibindi byaha bifitanye isano n’ubusambanyi. Nyamara iyo ndebye hirya no hino usanga n’ubwo ibi bitasakuzaga ngo bimenywe n’umuhisi n’umugenzi byarakorwaga ku rwego rwo hejuru, ubwo ubu usanga abana benshi bavukana kuri se gusa, umugabo yari atunze abagore benshi mu buryo buzwi, ariko ntibisakuzwe bigafatwa nk’ibisanzwe.

    Hirya no hino mu Rwanda wumva mu bantu bakuru baba bafite abavandimwe bahuriye kuri ise ubabyara, ariko ba nyina batandukanye, ugenda wumva umugore ukwereka ubumuga cyangwa inkovu yatewe n’umugabo. Iyo muganiriye n’abagore bakuze akenshi bakubwira ibikorwa by’indengakamere bakorewe n’abagabo bashakanye, yaba bo bwite cyangwa imiryango bashatsemo. Gusa akakubwira ko nyine ari uko zubakagwa yacecekaga cyangwa bigacocerwa mu miryango yabo ntibimenywe n’abandi bantu ba kure. ( Ngaruka ku bagore cyane bahohoterwaga kuko byaba ubu na kera n’ubwo n’abagabo bahohoterwa ubushakashatsi bugaragaza ko abagore ari bo benshi).

    Mu bigaragara rero njyewe mbona n’ubwo hari n’izindi mpamvu nyinshi muri iyi minsi zituma bigaragara ko amakimbirane mu miryango agenda yiyongera (ahari nk’umuco batozaga abagore ngo ni uko zubakwa, kutamenya uburenganzira n’inshingano za muntu,…) mbona itumanaho n’isakazamakuru kuba ryaroroshye ari bimwe mu bigaragaza ko ingo zo muri iyi minsi zidakomeye mbese iminsi y’imperuka yazigezemo.

    Ingo mbi zahozeho, gusa ni uko nta bikoresho by’ikoranabuhanga byari bihari cyangwa buri muntu akaba yari ataraba umumenyeshamakuru, ngo ikibaye cyose gifatwe cyoherezwe hirya no hino, abantu bose bamenye ibyabaye irunaka kuri ba runaka kubera impamvu runaka…

    Amakimbirane mbona atagomba kurebwa nk’ibintu by’inzaduka cyangwa bitabayeho mu ngo za kera. Hoya ingo nziza kera zabayeho ariko n’imbi cyane zaranzwe n’ihohoterwa zirahari, ni kimwe n’ubu kandi. Nta byacitse cyangwa inzaduka ku bwanjye mbona. Abantu bikumva ko ibihe byahindutse ari byo bijya mu ngo bikazisenya.

    Abanyarwanda baciye umugani ngo ahari abantu ntihabura urunturuntu, kandi ngo ntazibana zidakomanya amahembe. Iyi migani ni iya kera kandi yaganaga akariho. Abagiranye ikibazo mu rugo bagikemure, ubundi bakomeze bubake umuryango wabo mu mahoro. Ntibumve ko ari uguhebera urwaje kuko ari iminsi mibi turimo. Oya, iyi minsi turimo yahozeho kandi izahoraho.

    source : https://ift.tt/3EYJZ5v

  • Abanyarwanda 31 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe abagabo 21, abagore batatu n’abana barindwi.

    Bose uko ari 31 bari bafungiye mu Karere ka Mbarara bashinjwa kwinjira no gutura mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse no kunekera u Rwanda.

    Uwitwa Ndahimana Emmanuel yagiye mu gihugu cya Uganda mu mwaka wa 2017 anyuze ku mupaka wa Gatuna agiye gusura mushiki we Mukashema Mediatrice utuye mu karere ka Mbarara igihe yakabaye agaruka amenya ko imipaka yafunzwe ahitamo kugumana na mushiki we.

    Ku wa 15 Mata 2020, yafashwe n’igisirikare cya Uganda ubwo yari agiye ku isoko kugura imyambaro, yamburwa amashilingi ya Uganda 160,000 ajyanwa gufungirwa muri gereza ya Mbarara ahamara umwaka n’amezi atandatu ashinjwa gutura mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Yahakuwe ajya gufungirwa mu kigo cya Polisi cya Mbarara ari na ho yavuye azanwa mu Rwanda.

    Avuga ko yakubitiwe muri gereza bikomeye ndetse akorerwa n’iyicarubozo abwirwa ko agomba kwemera ko ari maneko w’u Rwanda.

    Undi munyarwanda uvuga ko yakorewe iyicarubozo ni Hakizimana Samuel w’imyaka 18 y’amavuko, ukomoka mu karere ka Rubavu wagiye muri Uganda mu mwaka wa 2010 akiri umwana, ajyanywe n’umugabo wo muri Uganda witwa Ssemwombe Geoffrey akaba umugabo wa mushiki we.

    Yafatiwe kwa muramu we mu karere ka Gomba kuwa 18 Kanama 2021, ajyanwa muri CMI Mbuya aho yamaze amezi abiri akubitwa ndetse akorerwa n’iyicarubozo ngo yemere ko ari maneko w’u Rwanda.

    Ku itariki 27 Ukwakira 2021, nibwo yazanywe i Mbarara mu kigo cya gisirikare cya Makenke, ahavanwa ku itariki 02 Ugushyingo 2021 ajyanwa kuri Polisi ya Mbarara ari na ho yavuye atahuka.

    Niyonsenga Jean Damascene ukomoka mu Karere ka Huye we ngo yagiye mu gihugu cya Uganda mu mujyi wa Kampala mu mwaka wa 2016 ajyanywe no gucuruza imyambaro ishaje (caguwa), aza gufatwa tariki ya 23 Gicurasi 2021, ajyanwa muri CMI Mbuya aho yafungiwe mu gihe cy’amezi atanu, akubitwa, anakorerwa irindi yicarubozo kugira ngo yemere ko ari maneko w’u Rwanda.

    Iri yicarubozo yarikomereje mu kigo cya gisirikare cya Makenke mu karere ka Mbarara aho yavanywe ajya gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mbarara ari na ho yavuye atahuka.

    Avuga ko muri Uganda asizeyo imodoka ye ifite agaciro ka Miliyoni 25 z’Amashilingi ya Uganda ndetse n’iduka rya Miliyoni 15.

    Ibyakorewe Niyonsenga ni byo byabaye kuri mugenzi we Niyonshuti Emmanuel wo mu karere ka Burera wabaye mu mujyi wa Kampala acuruza amagi ku muhanda.

    Yafashwe muri Nyakanga 2021 afungirwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye amezi abiri n’ukundi kwezi kumwe muri CMI Mbuya aza koherezwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mbarara.

    Niyonshuti yashinjwaga kwinjira no gutura mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kuba maneko w’u Rwanda.

    Avuga ko muri Uganda asizeyo umutungo wa miliyoni 6 n’ibihumbi 500 by’Amashilingi ya Uganda ndetse na Moto.

    Mu banyarwanda 31 bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba bari bafungiye muri gereza zitandukanye mu gihugu cya Uganda harimo abaje byitwa ko baje ku bushake bwabo nyamara badaturutse mu ngo zabo ahubwo bari muri za gereza.

    Abo ni Tuyishime Felicien ukomoka mu karere ka Rubavu wagiye muri Uganda ahitwa Karangara tariki 03 Werurwe 2017 anyuze ku mupaka wa Cyanika.

    Nyuma y’imyaka ibiri, yatandukanye n’umukecuru yakoreraga, ajya gukora akazi k’uburobyi mu kiyaga cya Victoria aza gufatwa n’igisirikare cya Uganda ku wa 14 Nzeri 2021 agaruka mu Rwanda.

    Yakatiwe igifungo cy’iminsi 54 ashinjwa kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse no kuba maneko w’u Rwanda bituma amara icyo gihe cyose akubitwa ndetse akorerwa n’iyicarubozo ngo yemere ibyo ashinjwa.

    Mugenzi we Hakorimana wo mu karere ka Burera we yafashwe agaruka mu Rwanda muri Nzeri 2021 aho yafungiwe ahitwa Shema mu gihe cy’ukwezi n’iminsi 10 akubitwa cyane ngo yemere ko anekera u Rwanda ndetse yamburwa n’Amashilingi ya Uganda ibihumbi 160 yakoreshaga mu rugendo ataha.

    Nyuma yo kwakirwa n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka wa Kagitumba, aba Banyarwanda uko ari 31 bagaragaje agahinda ko gukubitwa bakanakorerwa iyicarubozo ndetse bakanasinyishwa ku ngufu impapuro zibemeza ko bari muri Uganda nka ba maneko b’u Rwanda.

    Nyuma y’ibizamini bya COVID-19, umwe ni we wayisanganywe akaba agomba kujyanwa mu kigo cy’akato naho abandi bakaba bajyanywe muri IPRC Nyagatare mu gihe bagitekereje kugezwa mu miryango yabo.

    source : https://ift.tt/3qkziGl

  • Abo muri AERG na GAERG basabwe kurushaho gutanga umusanzu wabo mu kubanisha Abanyarwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gatabazi Jean Marie Vianney
    Gatabazi Jean Marie Vianney

    Ibi Minisitiri Gatabazi abishingira ku butwari bwaranze abanyamuryango ba AERG na GAERG nyuma ya Jeonoside yakorewe Abatutsi, kuko bemeye kwirenga, barigomwa, baritanga, bemera gutura no kubana n’ababahemukiye bakabicira ababyeyi, abavandimwe, inshuti ndetse bemera no kubana n’abana babo.

    Minisitiri Gatabazi avuga ko iyo aza kugira amahirwe yo guhura na bo mbere y’uko amatora y’inzego z’ibanze aba, yari gukora ubukangurambaga bubahamagarira kujya mu nzego z’ibanze guhera ku masibo no mu midugudu kuko aribwo bashobora kubaka ibiramba.

    Ati “Bishingira hariya ku mukuru w’isibo uri muri AERG, GAERG, agahera ku kubuza ba banyarwanda bari ku isibo, ku mudugudu, mukajya muri komite nyobozi y’umudugudu, muri njyanama y’akagari, muri njyanama y’umurenge, muri njyanama y’Akarere, mukayobora uturere, aho ngaho ni ho ruzingiye kubera ko Leta yakoze ibyo yagombaga gukora, ubu tugomba gushaka ubuzima, uyu munsi ibyo tuvuga byagezweho, turashima sisiteme yubatswe ituma uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ashobora kubona ishuri, uko yivuza, uko abaho, aho ataha”.

    Minisitiri Gatabazi avuga ko kuba AERG na GAERG ari abafatanyabikorwa beza ba MINALOC kandi bakaba ishyirahamwe rikora neza guhera hasi, bakwiye gutanga umusanzu wabo mu kubanisha Abanyarwanda (Social Cohesion).

    Ati “Inzego z’urubyiruko muzibonekemo, inzego z’abagore muzibonekemo, amakoperative ashingwa muyinjiremo, ntabwo muzinjira mu makoperative nka AERG na GAERG gusa, mugomba kwinjira mu makoperative aho ari hirya no hino kugira ngo mujyanemo rwa rukundo, mujyanemo bwa bumwe, mujyanemo wa mwuka, kuko umuntu atanga icyo afite, noneho nyuma y’imyaka 25 iri mbere, ya ntego ya 2050 muzabe ari mwe mwabaye umusemburo w’iyo mpinduka munayibazwa noneho”.

    Yabasabye kwakira neza ababagana barimo abatishoboye, abakene, abafite ibibazo mu ngo, abafite amakimbirane mu miryango, abafite ibibazo by’akarengane binyuranye.

    Agira ati “Twifuza kuzasazira mu biganza byanyu, mutuyobora neza, tubona mutuganisha muri cya cyerekezo abasaza n’abandi bakuru barwaniriye, ndetse n’ubuyobozi bw’igihugu cyacu uyu munsi bwaharaniye, ubu rero murabaza Leta mugiye kuzabazwa namwe muri ino minsi iri mbere, mugomba gufata inshingano”.

    Abanyamuryango ba AERG na GAERG barasabwa gukora itandukaniro bakarushaho kurangwa n’umurava, n’ikinyabupfura kuko hari byinshi basabwa gukora kugira ngo bizere ko ejo hazaza hazarushaho gukomeza kuba heza kubera ko baramutse badashoboye gukora neza ngo barwanye icyakongera kuzana Jenoside, mu myaka iri imbere igihugu cyazahura n’ibibazo.

    source : https://ift.tt/3wpIB8X

  • Iburasirazuba: Abatowe mu byiciro byihariye basabwe guteza imbere ababatoye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hatowe abajyanama ku murenge baturuka mu byiciro byihariye, Biro y’inama njyanama y’umurenge, komite nyobozi z’inama z’igihugu ku murenge, 30% by’abagore bagize njyanama y’umurenge.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana yakurikiranye aya matora mu Karere ka Bugesera mu mirenge ya Gashora, Mayange, Ntarama na Nyamata.

    Mu butumwa yageneye abatowe, yabasabye kudatesha agaciro icyizere bagiriwe n’ababatoye.

    Guverineri w
    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana

    Yabibukije ko ari amahirwe bagize yo kugira icyo bamarira abandi banyarwanda babatoye bityo bakemera inshingano kandi bakazuzuza neza.

    Yababwiye ko kuba batowe ari igihango gikomeye bagiranye n’Igihugu n’ubuyobozi bw’Igihugu muri rusange ndetse n’abaturage bagomba guha serivisi.

    By’umwihariko abayobozi batowe basabwe gukora impinduka ziganisha ku iterambere.

    Barahiriye kuzuza neza inshingano batorewe
    Barahiriye kuzuza neza inshingano batorewe

    Ati “Kwemera impinduka bivuze impinduka zidasanzwe bitewe n’amateka ngira ngo hano murabona urwibutso bitewe n’amateka, murabona ubukene hari ibintu byinshi duhuza, ubumwe bw’Abanyarwanda, imiyoborere, imibereho, umutekano, iterambere.”

    Akomeza agira ati “Ibyo byose kubihuza byose, abato bacu, bana bacu, rubyiruko mwese mu byiciro bitandukanye nyamuneka nimwiyemeze gukora impinduka kandi idasanzwe.”

    Yabasabye gukoresha imbaraga nyinshi no kwihuta mu gufasha abaturage kugira ngo babashe kwiteza imbere no kugira imibereho myiza.

    Yabasabye kandi kurangwa n’indangagaciro zikwiye umuyobozi birinda icyadindiza iterambere ry’umuturage.

    source : https://ift.tt/3qbjsO4

  • Rubavu: Abaturage babiri bafatanywe litiro 2,300 z’inzoga zitemewe – #rwanda #RwOT

    Aha mbere hafatiwe litiro 1,500 naho ahandi hafatirwa litiro 800. Aba bose bari batuye mu murenge wa Bugeshi, Akagari ka Kabumba, Umudugudu wa Vuga.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Ibirengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonavanture Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage aboneraho kubashimira.

    Yagize ati” Abaturage baduhaye amakuru ko bariya bantu bakora inzoga zitemewe, twahise dutegura ibikorwa byo kujya kureba tugezeyo koko dusanga bakora ziriya nzoga. Bari bategereje abakiliya baza kuzirangura.”

    CIP Karekezi akomeza avuga ko ziriya nzoga utamenya ibyo bazikoramo ndetse nta n’amazina zigira nk’uko ahandi bijya bigenda. Gusa akomeza avuga ko hari amakuru y’uko abakora ziriya nzoga bavanga ibintu bitandukanye birimo n’isukari bacanira.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage kujya birinda kunywa bene ziriya nzoga zitujuje ubuziranenge kuko zishobora kubatera uburwayi ndetse zigatuma bakora ibyaha nyuma yo kuzinywa.

    Ati” Ibintu bikorwamo ziriya nzoga ntabwo bizwi neza kuko nta suzuma ry’ubuziranenge zakorewe, gusa buvugwa ko mu kuzikora bavanga ibintu byinshi birimo isukari. Dukangurira abaturage kuzirinda kuko zishobora kubatera uburwayi butandukanye ndetse tukanabasaba kujya baduha amakuru y’aho bazibonye, iyo bamaze no kuzinywa usanga bakora ibyaha birimo gukubita no gukemeretsa.”

    Inzoga zafashwe zahise zimenwa,abazifatanwe bajya gucibwa amande hakurikijwe amategeko.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.


    source : https://ift.tt/3EJxCdk

  • Nyanza: Umuhungu akurikiranyweho gukubita nyina – #rwanda #RwOT

    Icyo cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Nzeri 2021 mu mudugudu wa Ndogo, Akagari ka Bugali, Umurenge wa Ntyazo Akarere ka Nyanza aho yamukubise inkoni nyinshi mu bice bitandukanye by’umubiri agakizwa n’abaje bahuruye ubwo yari atashye.

    Mu iburanisha, uregwa yaburanye yemera icyaha, avuga ko yabitewe n’ubusinzi no kuba nyina yaramwimye umurima, abisabira imbabazi .

    Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni ebyiri.

    Urubanza rwapfundikiwe ruzasomwa tariki ya 08 Ugushyingo 2021 i saa cyenda z’amanywa.

    Ingoro y’ubutabera y’Urukiko rwisumbuye rwa Huye mu karere ka Huye

    source : https://ift.tt/3BSg9O1

  • Bimwe mu bihugu byanyuze mu mvururu zishingiye ku moko byagaragaje isomo rikomeye byigiye ku Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho n’abaturutse mu bihugu bigera kuri bitandatu byakunze kurangwamo imvururu n’amakimbirane mu baturage, rimwe rimwe ugasanga barapfa amoko. Ibyo bihugu birimo u Burundi, Mali, Somalie, Mali, Burkina Faso na Kenya, ababihagarariye bakaba bari mu Rwanda mu rugendo rugamije kurwigiraho mu guhuza abenegihugu.

    Bavuga kandi ko bari mu Rwanda mu kwigira kuri gahunda zo kubaka ubumwe n’ubwiyunge ndetse na serivisi zo gukiza ibikomere kugira ngo bagire amasomo bahakura mu rwego rwo kuyakoresha mu bihugu byabo hagamijwe kunga abaturage.

    Raporo y’igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge iheruka gushyirwa hanze muri Mata 2021, igaragaza ko Abanyarwanda bamaze kwiyunga ku gipimo cya 94.7% kandi babanye mu mahoro ndetse basigaye batewe ishema no kuba ari Abanyarwanda.

    Umurundi utuye mu murwa mukuru Bujumbura, Spargeon Ngabo, yabwiye IGIHE ko kuza mu Rwanda kureba intambwe rugezeho mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge ari ingirakamaro.

    Yagize ati “Biragoye ko umuntu yakibagirwa burundu ibyahise, kubera ko iyo hari ibyabayeho usanga bigenda bisaranganywa, no mu Burundi usanga ibibazo byabaye bigehererekanywa mu miryango. Kenshi bituruka kubyo igihugu cyanyuzemo birimo amako, imiryango itandukanye.”

    Yagaragaje ko iyo abantu bishishanya bigira ingaruka kuri sosiyete iyo ari yo yose mu iterambere ryayo.

    Ati “Ingaruka ni nyinshi, nazivuga mu byiciro bitandukanye kubera ko ku muntu ku giti cye usanga umutima ugenda usenyuka, kuko kenshi usanga abantu aho kugira ngo biyubake ahubwo bashobora gutekereza kwihorera, nta busabane bushobora kubaho ngo abantu bakorere hamwe baharanire kwiteza imbere.”

    Ismaaciil C. Ubax, Ukomoka muri Somalie yavuze ko nyuma yo kumva aho u Rwanda rugeze mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge, rutanga isomo ko ubumwe n’ubwiyunge bushoboka.

    Ati “Naje aha kwigira ku Banyarwanda, turi kwiga uburyo Abanyarwanda babashije kugera ku rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge. Urebye ibyabaye muri iki gihugu ukareba n’ibimaze kugerwaho ubona ko ari ibintu bitangaje. Hari ibyo dushobora guhuriraho kubera ko iwacu hari amakimbirane akomeje gukaza umurego rimwe na rimwe ashingiye ku moko.”

    Umuyobozi wungirije wa Prison Fellowship Rwanda, Ntwali Jean Paul, yagaragaje ko kuba amahanga ashobora kuza kwigira ku Rwanda bishimangira intambwe idasubira inyuma rumaze gutera n’amasomo amahanga yarwigiraho mu myaka 27 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

    Ati “Bishimangira imirongo myiza igihugu cyacu cyagiye gifata. Uyu munsi basuye bimwe mu bikorwa bya mvura nkuvure. Kuba baje kwigira ku Rwanda bigaragaza ko rufite byinshi byo gusangiza isi. Kuba bahisemo u Rwanda nk’igihugu cyagize amateka mabi ya Jenoside tukaba twarageze ku ntego yo kubana neza bishimangira ko ari umurongo mwiza dukwiye gukomeza.”

    Ibikorwa by’isanamitima by’Umuryango Prison Fellowship mu Rwanda byatangiye mu 1995 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bigamije guhuza Abanyarwanda, komora ibikomere bamwe bari barasigiwe no kubura ababo ndetse no kongera kubaka umuryango Nyarwanda uzira urwikekwe n’inzigo.

    U Rwanda rumaze kugera kuri byinshi mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda

    source : https://ift.tt/3bPGh1u