Tag: featured

  • Huye: MINEMA yagobotse imiryango 150 yasenyewe n’ibiza – #rwanda #RwOT

    Imiryango yafashijwe ni iyo mu Kagari ka Byiza, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ugushyingo 2021.

    Muri iki gikorwa hanatewe ibiti bizajya bitangira umuyaga kugira ngo udasenya inzu ndetse abaturage n’abafundi bigishwa kubaka inzu baziha imisingi bakanazirika ibisenge kugira ngo zitagwa.

    Imiryango yahawe ubufasha yashimiye Leta iniyemeza ko igiye kujya yubaka inzu zikomeye kugira ngo zidasenywa n’ibiza.

    Mukansanga Alphonsine, yagize ati “Turashimira ubuyobozi bwaduhaye amabati kuko agiye kudufasha kongera kutanyagirwa naho ubundi twari tugiye kuzicwa n’imvura kuko ubu iyo yagwaga yatunyagiraga kubera ko tutari dufite aho kwikinga.”

    Mukansaga Laetitia, we yagize ati “Ubu ndishimye ku buryo utabyumva kuko ubu nanjye ngiye gusubira mu nzu yanjye ndeke gukomeza kuraraguza.”

    Umunyamabanga Uhoraho muri MINEMA, Kayumba Olivier, yasabye abaturage kujya bazirika ibisenge kugira ngo bidatwarwa n’umuyaga.

    Ati “Barasabwa gukomeza kwirinda izi ngaruka zibiza kuko icyabaye aha n’umuyaga wari ukomeye ariko ugasanga hagati y’inzu eshatu hari imwe yagurutse igisenge. Rero icyo tubasaba ni ukumenya tekinike zo kubaka kugira ngo igihe haje umuyaga bidatwara n’umuyaga kubera ko bibagiwe kuzirika igisenge.”

    Nubwo iyi miryango 150 yo muri uyu Murenge wa Kinazi ari yo yahawe inkunga y’amabati n’umuganda wo gusana iyo ugeze mu nzu nyinshi zo muri aka gace ubona ko zangiritse ku buryo hatagize igikorwa hakiri kare zishobora kugwira abazituyemo mu gihe imvura yaba ibaye nyinshi.

    Abasenyewe n’ibiza bahawe umuganda wo kububakira ndetse n’amabati

    Abafundi bigishijwe kuzirika ibisenge by’inzu kugira ngo bidatwarwa n’umuyaga

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minema ari gutera igiti

    source : https://ift.tt/3BLI02k

  • Minisitiri w’Ingabo yitabiriye inama yamuhuje na bagenzi be bo mu Karere ka Afurika y’iburasirazuba – #rwanda #RwOT

    Ni inama igamije kurebera hamwe uburyo ibi bihugu byarushaho guteza imbere imikoranire mu bijyanye n’umutekano ndetse n’izindi nzego, ndetse no kurebera hamwe imyanzuro yari yafashwe n’Akanama k’Ubunyamabanga bukuru bw’uwo Muryango.

    Hanarebwe kandi ku ngengabihe izaranga imikorere y’ubufatanye kuva muri Mutarama kugera muri Kamena umwaka utaha.

    Ibihugu bitandukanye by’Akarere bisanganywe ubufatanye mu bijyanye no kurinda umutekano, ingingo y’ingenzi cyane ko aka karere kugarijwe n’ibibazo bitandukanye, birimo iby’iterabwoba n’ibindi nk’ibyo.

    Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Maj Albert Murasira, yitabiriye inama yamuhuje na bagenzi bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba

    source : https://ift.tt/31Ek2K3

  • Amatora y’inzego z’ibanze yakomereje ku rwego rw’umurenge (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Kuri iyi nshuro amatora yakomereje ku rwego rw’umurenge, hatorwa abagize inama njyanama ku rwego rw’umurenge, komite nyobozi z’inama z’igihugu zitandukanye.

    Muri aya matora niho hava abazahagararira imirenge mu matora azabera ku turere kugira ngo hatorwe inama njyanama z’uturere.

    Amatora yari yitabiriwe na komite zatowe ku rwego rw’utugari kuko buri kagari kagira umuntu umwe ugahagarariye mu Nama Njyanama y’Umurenge, uhagarariye amadini n’amatorero, uhagarariye ibigo by’amashuri abanza, uhagarariye ibigo by’amashuri yisumbuye, uhagarariye abafite ubumuga, urubyiruko ndetse na 30% by’abagore.

    Abatorewe guhagararira inzego zinyuranye ku rwego rw’umurenge bagaragaje ko bazakomeza kwitwara neza no gushimangira ubushake bugamije guharanira iterambere ry’abanyarwanda.

    Pererezida w’Inama Njyanama y’Umurenge watowe mu Murenge wa Muhima, Dusabimana Camille, yasabye bagenzi be ubufatanye mu bikorwa bigamije guteza imbere umurenge wa Muhima no guharanira ishema ryawo binyuze mu gutanga ibitekerezo byubaka no gufata imyanzuro igamije iterambere rusange.

    Yavuze ko kugira ngo ibyo bifuza bigerweho hazibandwa ku guteza imbere ibyagezweho muri rusange no gufata ibyemezo bigamije gutuma Muhima ihangana.

    Yagaragarije bagenzi be ko ubufatanye bw’inzego zose nk’uko batowe guhagararira abandi mu tugari tunyuranye ari ryo banga kandi buri wese agaharanira ko ibyemezo bifatirwa mu nama njyanama biba binyuze mu mucyo bagamije kwirinda gutatira indahiro barahiriye.

    Ku rwego rw’uturere amatora azakomeza tariki ya 9 Ugushyingo 2021, hatorwa Komite Nyobozi z’Inama Njyanama z’Igihugu ku rwego rwihariye mu gihe ay’abajyanama b’uturere azaba kuri 13 Ugushyingo uyu mwaka.

    Abahagariye Utugari bari bitabiriye iki gikorwa cy’amatora ku rwego rw’umurenge

    Hirya no hino ibyumba byabereyemo amatora byari byarimbishijwe

    Ibikorwa byo kurahira ni byo byabimburiye amatora ya komite z’Inama Njyanama

    Urubyiruko rwatoye abaruhagarariye ku rwego rw’Umurenge

    Biro y’Inama Njyanama y’Umurenge wa Muhima irangajwe imbere na Dusabimana Camille (ibumoso)

    Abatowe mu byiciro bitandukanye bahize kwitwara neza

    Abatowe kujya mu Nama Njyanama y’Umurenge barahiye

    source : https://ift.tt/3mT0km4

  • Equity Bank yashyizwe muri Banki 1000 zikomeye ku Isi – #rwanda #RwOT

    Muri iyi raporo Equity Bank yaje ku mwanya wa 39 ku rwego rw’Isi mu bijyanye n’inyungu yinjiza ku mutungo wayo, ku mwanya wa 71 mu bijyanye n’inyungu ku mari shingiro ndetse no ku mwanya wa 149 ku bijyanye n’uko abakiliya bayiyumvamo mu zigera ku 1000 ku isi.

    Byagaragajwe nyuma y’isesengura ryakorewe amabanki mu nzego zigera munani zirimo iterambere ryazo, inyungu zinjiza, imikorere myiza, amafaranga afatika zifite, uko abakiliya baziyumvamo n’ibindi.

    Muri rusange Equity yaje ku mwanya wa 22 muri Afurika n’uwa 761 ku rwego rw’Isi hashingiwe ku mari shingiro yayo (Tier 1 capital) ingana na miliyoni 1096 z’amadolari

    Uko kuba intangarugero kwa Equity Bank, kuje nyuma y’icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubukungu mu ngeri zose. Iyi banki yakoze ishoramari rigamije kurinda sosiyete n’abafatanyabikirwa bayo.

    Muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19 Equity Bank yakomeje guharanira ishoramari rigira inyungu kuri sosiyete.

    Ku bufatanye n’urwego rushinzwe kurwanya Covid-19 muri Kenya, Equity yatanze ibikoresho bifasha abakora mu buvuzi kwikingira mu turere tugera kuri 56 no mu bitaro byo ku rwego rw’igihugu.

    Hari kandi gutanga radiyo zikoresha imirasire y’izuba yatanze ku banyeshuri mu rwego rwo kubafasha gukomeza gukurikirana amasomo ubwo amashuri yafungwaga.

    Equity Bank yahizemo kuvugurura inguzanyo zigera kuri miliyari 1,2 z’amashilingi no kwigiza inyuma ubwishyu bw’inguzanyo zingana na 31% n’inyungu mu gihe cy’imyaka itatu mu rwego rwo korohereza ubucuruzi.

    Umuyobozi Mukuru wa Equity Group, James Mwangi, yavuze ko gushyirwa kuri uru rutonde bishimangira imbaraga zikomeje gukoreshwa mu guhangana no kuzahura ubukungu bwazahajwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Yagize ati “Gushyirwa muri uru rutonde, bishimangira ugukomera mu buryo bw’imari n’ubunyamwuga bwa banki bigendanye n’ingamba zafashwe nk’igisubizo cyo guhangana na Covid-19. Twazamuye ishoramari ryacu hamagijwe kongera inyungu, korohereza abaturage mu nguzanyo z’igihe kirekire; twafashije abaturage n’abakiliya hagamijwe gukumira ingaruka z’icyorezo binyuze mu gukuraho amande ndetse no kuvugurura inguzanyo zabo kugira ngo zizabashe kwishyurwa.”

    Kugeza ubu Equity Bank Group ikorera mu bihugu bitandatu bitandukanye, gusa yahuye n’ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    Equity Bank kuri ubu ni banki ikomeye mu Karere kuko imaze kugira umutungo wa miliyari zisaga 1000 z’amashilingi zivuye kuri miliyari 746.6 yari ifite umwaka ushize.

    Uretse ibi ariko mu Ukwakira 2021, Equity Bank yahawe igihembo cya banki ya mbere muri Afurika yorohereza ibigo bito n’ibiciriiritse “Africa’s Best Bank for SMEs 2021 gitangwa n’ikigo cya Euromony kizobereye mu bikorwa byo guhemba banki zitwaye neza muri serivisi zinyuranye ziha abazigana.

    Iyi banki ikomoka muri muri Kenya, ifite amashami mu bihugu bitandatu birimo u Rwanda, Uganda, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sudani y’Epfo na Kenya, ndetse ikagira n’ibiro biyihagarariye muri Ethiopie. Iyi banki kandi yanditse ku masoko y’imari n’imigabane mu Rwanda, Kenya na Uganda.

    Equity bank ni ishami rigize Equity Group Holdings Plc, ikigo gifite ishoramari mu bindi bikorwa birimo ubwishingizi, itumanaho, ikoranabuhanga mu bikorwa by’imari n’ibindi bitandukanye.

    Iyi banki nini mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ifite umutungo ungana na miliyari 11,2$, amashami 337 ndetse n’abakiliya barenga miliyoni 15.

    Equity Bank ni banki ya 22 ikomeye muri Afurika

    source : https://ift.tt/3CUjhKr

  • Abapolisi 160 bahawe impanuro mbere yo kwerekeza muri Sudani y’Epfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aganiriza aba bapolisi, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP Felix Namuhoranye, yababwiye ko bateguwe neza ndetse ko banahawe amahugurwa azabafasha gukora neza, bagaragaza ubunyamwuga ndetse no kubaha umuco w’abaturage bazaba bashinzwe kurinda.

    DIGP Namuhoranye yagize ati “Gukorera hamwe ndetse no gufatanya mwubaha abandi bose muzaba mukorana bikwiye kubaranga mu mirimo muzaba mushinzwe”.

    Ikindi kandi abapolisi bitegura kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudan y’epfo bibukijwe, ni uko bagomba gusohoza inshingano zabo kinyamwuga, bakarushaho kurangwa n’ikinyabupfura ndetse n’ubunyangamugayo.

    Itsinda rigizwe n’abapolisi 160 ryitegura kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, ribaye itsinda rya kane rifite umubare munini w’abagore riyobowe na SSP Marie Grace Uwimana, rikazasimbura irindi tsinda rimaze umwaka mu butumwa bw’amahoro muri icyo gihugu.

    source : https://ift.tt/3CVWz4S

  • Abanyarwanda 30 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe abagabo 20, abagore batatu n’abana barindwi.

    Bose uko ari 30 bari bafungiye mu Karere ka Mbarara bashinjwa kwinjira no gutura mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Ku mupaka wa Kagitumba bakaba bakiriwe n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka, bakaba bagomba gukorerwa ibizamini bya COVID-19 mbere y’uko boherezwa mu miryango yabo.

    source : https://ift.tt/3kfFHhZ

  • Uyu munsi kubabona mwizihiza imyaka 25 ni ishema kuri twese – Jeannette Kagame abwira abanyamuryango ba AERG na GAERG #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo birori byabereye kuri Intare Conference Arena, iri rikaba ari ijambo rikubiyemo impanuro Madamu Jeannette Kagame yagejeje ku banyamuryango ba AERG na GAERG.

    Ba Nyakubahwa Bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu cyacu,
    Bayobozi muhagarariye inzego z’umutekano,
    Batumirwa bahire,
    Banyacyubahiro, Babyeyi turi kumwe uyu munsi,
    Banyamuryango ba AERG na GAERG,
    Muraho Neza!
    Isabukuru Nziza!

    Nejejwe no kwifatanya namwe kuri uyu munsi w’ibyishimo ubwo
    twizihiza isabukuru y’imyaka 25 ya AERG, n’imyaka 18 ya
    GAERG.

    Abenshi muri hano muri abanyamuryango ba AERG na GAERG,
    ariko n’abandi twese twatumiwe ntituri abashyitsi, niyo mpamvu
    mubitwemereye twifuzaga kuganira nk’ababyeyi.

    Mu izina ry’ababyeyi bose, nagira ngo mbabwire ko turi kumwe,
    tubumva, kandi duhagaze mu mwanya w’abacu batagihari.
    Nifuje kandi kubagezaho ubu butumwa, nk’ubwira umwana we
    wujuje imyaka makumyabiri n’itanu (25)! Cyane cyane ko nanjye
    mfite abenda kuyigezaho, urungano rwanyu, abisumbuyeho gato,
    n’abamaze kugera mu cyiciro cyo kurera.

    Bana bacu,
    Mu mibereho y’Abanyarwanda kimwe n’abandi Banyafurika,
    umwana ni uw’umuryango!
    Mu gihe AERG yavukaga, u Rwanda rwari amatongo, abana
    badafite kirengera.
    Mwumvise umurindi w’ingabo nziza zarokoye uru Rwanda,
    nyamara zitashoboraga kwishima kubera igihugu twese twasanze.

    Ababyeyi twese dushimishwa n’uko mutagarukiye aho gusa, kuko
    mwatangije AERG na GAERG, ngo izakomeze kubera n’abandi
    barokotse Jenoside, ‘umuryango’ ubahoza kandi ukabaha uburere
    n’ikinyabupfura.

    Uyu munsi rero, kubabona mwizihiza imyaka 25, ni ishema kuri
    twese.

    Ni icyizere ku baharaniye ko mubaho, kandi ni icyemezo ko u
    Rwanda rwiyemeje kubaho, ubutazongera kuzima.

    Banyamuryango ba AERG na GAERG,
    Abakoze Jenoside bifuzaga ko ntawe uzayirokoka! Ubwo
    umuryango wa RPF wabohoraga u Rwanda muri 1994, benshi mu
    batureberaga kure, batekerezaga ko u Rwanda rwazimye.
    Hari n’abatugiriye inama ko u Rwanda rwaramba, ari uko
    rugabanyijemo ibihugu bibiri (Hutu land and Tutsi land).

    Uretse abatureberaga kure rero, natwe ubwacu nk’Abanyarwanda,
    ntawiyumvishaga ko:

     Igihugu cyabuze abantu barenga milioni,
     Inzego zacyo zose zarasenyutse,
     Nta mutekano n’icyizere cyo kubaho,
    Ko icyo gihugu cyakongera kugira ubuzima.

    Nta wakorewe Jenoside umenya uko izakorwa. Ni nayo mpamvu
    guhangana n’ingaruka zayo, byasabye ko abantu bashakisha
    umuti uwo ari wo wose, n’ibisubizo byadufasha guhangana
    n’ihungabana.

    Guharanira kubaho kandi neza, kurerana muri za ‘familles’
    mwashinze, byabaye umuti urambye w’ibibazo byinshi mwari
    mufite.

    Iyo urebye umusaruro wavuye mu bisubizo twavomye mu
    mwihariko w’umuco n’imibereho yacu, usanga ari umurage
    (patrimoine) ukwiye kwandikwa mu mateka.

    Bikandikwa cyane cyane namwe mwabigizemo uruhare, kugira
    ngo uwo murage utazahererekanywa mu mvugo gusa, ukagera
    ubwo utakara kandi wararamiye benshi.

    Duhora tuzirikana ubutwari bw’ Imfura za AERG uko ari 12,
    bashinze uyu muryango ukarera benshi.
    Mumfashe tubashimire!

    Rubyiruko, Bana bacu,
    Iyo Umuntu agejeje imyaka 25 ntabwo aba akiri umwana, ahubwo
    aba ajya inama kandi zubaka.

    Ku myaka makumyabiri n’itanu, umuntu aba yaramaze gukora
    amahitamo, hari ibyo adakwiriye gukora cyangwa gukinisha.
    Nagira ngo rero dufatanye dutekereze ku ngingo zikurikira ndetse
    zihura n’intego mwihaye, mushinga imiryango yombi ya AERG na
    GAERG:

    ● Kuba mwarahisemo “Kwibuka” amateka ya Jenoside,
    nk’intego yanyu ya mbere bifite ishingiro. Tugomba
    kubikomeraho cyane, cyane ko n’itegeko-nshinga ryacu
    ribishimangira.

    Dukomeze guhesha abacu agaciro no kubibuka iteka, niho
    tuvoma imbaraga zo kubaho.

    ● Gahunda yo kwibuka imiryango yazimye, mugira muti
    “Ntukazime nararokotse”, ntawe idakora ku mutima!
    Kuko imiryango yazimye ni ikimenyetso kidasanzwe,
    kigaragaza ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi
    yakoranywe.
    Kwibuka ni inshingano zidafite igihe ntarengwa kandi
    zizahoraho.

    ● Kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, bikomeze bijyane
    no gufasha urungano rwanyu, kumva neza amateka yacu.
    Mufashe ababyiruka gusobanukirwa neza Jenoside yakorewe
    Abatutsi, kuyirwanya no kwimakaza Ubunyarwanda, kuko
    ariyo sano duhuriyeho twese. Mujye mwirinda buri wese
    ubatoza urwango.

    ● Kwirenga, kwiyakira no kubana n’ababiciye imiryango,
    byabaye umuti usharira, ariko wavuyemo imbuto zubatse
    igihugu gikomeye.

    ● Izo mbuto zishimangira kandi Ubunyarwanda dushyira
    imbere y’ikindi icyo ari cyo cyose.

    Mufite rero umuhamagaro n’inshingano (mission) yo kurinda
    Ubunyarwanda.

    Dukomeze gufatanya twese kugira ngo dushyireho uburyo
    bunoze bwo kubwira abana badukomokaho, Jenoside
    yakorewe Abatutsi no kubaka ubumwe bwacu.
    Ntimuzahweme kubikora !

    ● Iyo umuntu abakurikiye kenshi yumva mugira muti “Imbere
    heza! Imbere heza haraharanirwa! Mu buzima nta
    kujenjeka!

    Izi ni slogans zabaranze muri AERG na GAERG zabahaye
    imbaraga zo gufata icyemezo cyo kubaho no kubaho neza.
    Si ukubivuga gusa, ni no gukomeza kubikomeraho.

    Nimuzishyire rero no mu buzima bwanyu bwa buri munsi,
    kandi zifashe n’abagifite intege nke gutera indi intambwe.
    Iyi miryango yanyu yavutse mu bihe bigoye kandi
    byihutirwaga (urgence). Ubu tugeze mu bihe byo kubaka
    iterambere rirambye, no gushimangira agaciro kacu.

    Abashinze umuryango Ibuka mwese mwibumbiyemo, bagize
    uruhare, rukomeye mu guharanira imibereho y’abarokotse,
    kwibuka no kongera gusana umuryango nyarwanda.
    Mukwiye rero gukomeza kuvoma kuri iyo sooko, kandi
    namwe mukagira uruhare mu gukomeza izo nshingano.

    ● Mukomeze gufasha urubyiruko bagenzi banyu kumva neza
    amateka yacu.

    ● Abanyarwanda bakunze kuvuga ngo “Hari ibitabonwa
    n’amaso atararize!”. Hari byinshi mubona n’ibyo mutabona,
    bigamije gusenya ibyagezweho no guharanira ko twasubira
    inyuma.

    Amaso yanyu rero akwiriye kubibona vuba, kumenya guhitamo
    no guhangana nabyo!

    Mujya mwumva kandi bavuga ngo “Umwambi ushuka
    umuheto kandi bitari bujyane”.
    Ntimuzatatire igihango!

    Banyamuryango, Bana Bacu,
    N’ubwo mwabashije kwirenga, ariko ntawe uyobewe ko ibikomere
    bidashira burundu.

    Byasaga n’aho kubasaba kubaho ari ishyano, nyuma y’ibyo
    mwaciyemo.

    Nyamara nk’uko Nyakubahwa Perezida w’igihugu ahora abibutsa
    “Ni uko ari mwe mwari mufite icyo mutanga”. Kandi
    mwarabishoboye koko!

    Uyu munsi abanyamuryango ba AERG na GAERG barimo
    abikorera, abakozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, abarezi,
    n’ababyeyi. Hari ibisubizo mutanga dukwiye gukomeza gufatanya,
    nk’ umusanzu wo kubaka u Rwanda twifuza.

    Mwatangiye kandi gufatanya n’inzego zitandukanye mu guteza
    imbere no kwita ku buzima bwo mu mutwe.
    Tuzakomeza gushakisha umuti w’ihungabana kugira ngo
    tunarinde na generations zizadukurikira.

    Rubyiruko, Bana bacu!
    U Rwanda, igihugu cyacu twongeye kubona, no kubanamo
    nk’Abanyarwanda, ni ishema ryacu.

    Mukomere k’Ubumwe bwacu, nibwo shingiro ryo kubaho,
    tukubaka u Rwanda, abato bavukiramo, bakuriramo, kandi
    bibonamo.

    Nsoje mbifuriza kugira Isabukuru nziza.
    Tubahaye umugisha wa kibyeyi
    Murakoze!

    source : https://ift.tt/3H0CKMe

  • Nyirarukundo yahererekanyije ububasha na Ingabire wamusimbuye muri Minaloc – #rwanda #RwOT

    Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney. Ingabire kandi yarahiriye inshingano nshya kuri uyu wa 5 Ugushyingo, hamwe n’abandi bayobozi babiri bashya imbere ya Perezida Kagame mu muhango waberere mu Nteko Ishinga Amategeko.

    Nyirarukundo Ignatienne yakuwe muri Minaloc nyuma y’imyaka ibiri yari amaze mu nshingano ze yimurirwa mu biro bya Minisitiri w’Intebe aho yagizwe Umujyanama Mukuru ushinzwe gahunda z’imibereho myiza y’abaturage.

    We na Ingabire yasimbuye bashimiye Perezida Kagame wabagiriye icyizere bagahabwa inshingano nshya.

    Ingabire yavuze ko ari amahirwe kuba hari byinshi igihugu kimaze kugeraho, akaba ari umusingi mwiza agiye kubakiraho umusanzu we mu kuzamura imibereho y’abaturage.

    Ingabire yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, umwanya yagiyeho mu Ukwakira 2019 avuye ku mwanya nk’uwo muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu. Mbere y’aho, Ingabire yakoze muri Minaloc ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubugenzuzi.

    Minisitiri Gatabazi yavuze ko inshingano bahawe zikomeye kuko zikora mu mibereho y’abaturage.

    Ati “Dushimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika uba watugiriye icyizere. Ni icyizere cyakugaruye mu muryango wahozemo; inshingano mwahawe zirakomeye kuko ni izo gutuma umunyarwada amera neza, akagira ubuzima bwiza.”

    Umunyamabanga Uhoraho muri MINALOC, Dusengiyumva Samuel, Ingabire Assoumpta, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney na Nyirarukundo Ignatienne wagizwe Umujyanama Mukuru ushinzwe gahunda z’imibereho y’abaturage mu Biro bya Minisitiri w’Intebe

    Abayobozi batandukanye bakurikiranye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Nyirarukundo Ignatienne na Ingabire Assoumpta

    Abayobozi bombi bashyira umukono ku nyandiko z’ihererekanyabubasha

    Ingabire na Nyirarukundo mu ihererekanyabubasha

    source : https://ift.tt/3CUfRHw

  • Equity Bank yashyizwe muri Banki 1000 zikomeye ku Isi – #rwanda #RwOT

    Muri iyi raporo Equity Bank yaje ku mwanya wa 39 ku rwego rw’Isi mu bijyanye n’inyungu yinjiza ku mutungo wayo, ku mwanya wa 71 mu bijyanye n’inyungu ku mari shingiro ndetse no ku mwanya wa 149 ku bijyanye n’uko abakiliya bayiyumvamo mu zigera ku 1000 ku isi.

    Byagaragajwe nyuma y’isesengura ryakorewe amabanki mu nzego zigera munani zirimo iterambere ryazo, inyungu zinjiza, imikorere myiza, amafaranga afatika zifite, uko abakiliya baziyumvamo n’ibindi.

    Muri rusange Equity yaje ku mwanya wa 22 muri Afurika n’uwa 761 ku rwego rw’Isi hashingiwe ku mari shingiro yayo (Tier 1 capital) ingana na miliyoni 1096 z’amadolari

    Uko kuba intangarugero kwa Equity Bank, kuje nyuma y’icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubukungu mu ngeri zose. Iyi banki yakoze ishoramari rigamije kurinda sosiyete n’abafatanyabikirwa bayo.

    Muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19 Equity Bank yakomeje guharanira ishoramari rigira inyungu kuri sosiyete.

    Ku bufatanye n’urwego rushinzwe kurwanya Covid-19 muri Kenya, Equity yatanze ibikoresho bifasha abakora mu buvuzi kwikingira mu turere tugera kuri 56 no mu bitaro byo ku rwego rw’igihugu.

    Hari kandi gutanga radiyo zikoresha imirasire y’izuba yatanze ku banyeshuri mu rwego rwo kubafasha gukomeza gukurikirana amasomo ubwo amashuri yafungwaga.

    Equity Bank yahizemo kuvugurura inguzanyo zigera kuri miliyari 1,2 z’amashilingi no kwigiza inyuma ubwishyu bw’inguzanyo zingana na 31% n’inyungu mu gihe cy’imyaka itatu mu rwego rwo korohereza ubucuruzi.

    Umuyobozi Mukuru wa Equity Group, James Mwangi, yavuze ko gushyirwa kuri uru rutonde bishimangira imbaraga zikomeje gukoreshwa mu guhangana no kuzahura ubukungu bwazahajwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Yagize ati “Gushyirwa muri uru rutonde, bishimangira ugukomera mu buryo bw’imari n’ubunyamwuga bwa banki bigendanye n’ingamba zafashwe nk’igisubizo cyo guhangana na Covid-19. Twazamuye ishoramari ryacu hamagijwe kongera inyungu, korohereza abaturage mu nguzanyo z’igihe kirekire; twafashije abaturage n’abakiliya hagamijwe gukumira ingaruka z’icyorezo binyuze mu gukuraho amande ndetse no kuvugurura inguzanyo zabo kugira ngo zizabashe kwishyurwa.”

    Kugeza ubu Equity Bank Group ikorera mu bihugu bitandatu bitandukanye, gusa yahuye n’ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’icyorezo cya Covid-19.

    Equity Bank kuri ubu ni banki ikomeye mu Karere kuko imaze kugira umutungo wa miliyari zisaga 1000 z’amashilingi zivuye kuri miliyari 746.6 yari ifite umwaka ushize.

    Uretse ibi ariko mu Ukwakira 2021, Equity Bank yahawe igihembo cya banki ya mbere muri Afurika yorohereza ibigo bito n’ibiciriiritse “Africa’s Best Bank for SMEs 2021 gitangwa n’ikigo cya Euromony kizobereye mu bikorwa byo guhemba banki zitwaye neza muri serivisi zinyuranye ziha abazigana.

    Iyi banki ikomoka muri muri Kenya, ifite amashami mu bihugu bitandatu birimo u Rwanda, Uganda, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sudani y’Epfo na Kenya, ndetse ikagira n’ibiro biyihagarariye muri Ethiopie. Iyi banki kandi yanditse ku masoko y’imari n’imigabane mu Rwanda, Kenya na Uganda.

    Equity bank ni ishami rigize Equity Group Holdings Plc, ikigo gifite ishoramari mu bindi bikorwa birimo ubwishingizi, itumanaho, ikoranabuhanga mu bikorwa by’imari n’ibindi bitandukanye.

    Iyi banki nini mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ifite umutungo ungana na miliyari 11,2$, amashami 337 ndetse n’abakiliya barenga miliyoni 15.

    Equity Bank ni banki ya 22 ikomeye muri Afurika

    source : https://ift.tt/3GXP9QH

  • Abakora muri Isange One Stop Center bahuguwe ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amahugurwa ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ngo ni ngombwa kugira ngo abatanga serivisi zo gufasha abahohotewe basobanukirwe neza uko bakwitwara mu gihe bagiye gufasha uwahohotewe
    Amahugurwa ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ngo ni ngombwa kugira ngo abatanga serivisi zo gufasha abahohotewe basobanukirwe neza uko bakwitwara mu gihe bagiye gufasha uwahohotewe

    Aba bagore n’abagabo 170 bitabiriye amahugurwa bavuga ko mu kazi kabo ka buri munsi bakunda guhura n’imbogamizi zirimo kuba ababagana bakunda kubageraho batinze kuko amasaha 72 yagenwe aba yarenze, ku buryo usanga ibimenyetso bimwe na bimwe byamaze kwangirika, ndetse na bumwe mu bufasha burimo kuba barinda umwana w’umukobwa kuba yasama inda zititeguwe butagishoboka.

    Jeanne d’Arc Uwanyirigira ushinzwe guhuza ibikorwa byo muri Isange ku bitaro bya Muhima, avuga ko bahura n’imbogamizi zitandukanye, gusa ngo amahugurwa bahawe hari byinshi azabafasha gukemura.

    Ati “Muri aya mahugurwa dukuyemo kunoza uburyo bwo kwakira uje atugana wahuye n’ikibazo cy’ihohoterwa, icyo twabasha kumufasha ndetse n’uburyo twagirana imikoranire myiza na bagenzi bacu, n’uburyo twakubahiriza umurongo ngenderwaho wo mu kazi, kugira ngo akazi kacu ka buri munsi dushinzwe karusheho kunoga”.

    Dr. Adrien Mushinzimana, umuganga mu bitaro bya Nemba mu Karere ka Gakenke, avuga ko hari byinshi bungutse kuko batangira amahugurwa hari ubumenyi bwinshi batari bafite ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abana.

    Ati “Mu bumenyi twagiye duhabwa, twasobanuriwe neza icyo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari cyo, dusobanurirwa bimwe mu biritera, birumvikana kugira ngo ubashe guhangana n’ikibazo ubasha kureba umuzi wacyo, ikigitera, na byo twarabisobanuriwe, tubwirwa ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa cyane abagore ndetse n’abana, banatubwira ko abarikora cyane bari hagati y’imyaka 18 na 24, banatubwira n’impamvu zibitera”.

    Ikindi bahuguwemo ni uburyo bagomba kujya bakira umurwayi kuva ageze mu bitaro, kumusuzuma, kumuvura, kumuha imiti, ndetse no kuzamukurikirana nyuma yo kumusezerera.

    Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Colonel Jeannot Ruhunga, avuga ko nubwo buri wese mu bahuguwe aba afite inshingano ze, ariko kubahuriza hamwe bagakorera hamwe amahugurwa bigira akamaro kanini cyane mu mikoranire.

    Ati “Iyo bose bumva neza ingaruka z’iki cyaha cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bituma buri muntu yuzuza inshingano ze, bazuzuza buzuzanya. Niba Leta yarafashe ingamba yo kugira ngo iki cyaha gihurirweho n’inzego zose kireba, ntabwo ari uko buri byaha byose bifite Isange one Stop center, ni ukubera ubukana bw’ingaruka uwakorewe iki cyaha agira, guhuriza hamwe izo nzego rero, ni na ngombwa ko bagira ayo mahugurwa bakumva kimwe ingaruka uwahohotewe aba yagize kugira ngo barusheho kumuha serivisi aba akeneye”.

    Umunyamabanga uhoraho w’agateganyo muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Mireille Batamuriza, avuga ko icyaha cy’ihohoterwa cyakorerwa uwo ari we wese yaba umuhungu cyangwa umukobwa.

    Ati “Umuntu uwo ari we wese yahohoterwa, umwana w’umuhungu n’umwana w’umukobwa, ni byiza kubigarukaho muri aya mahugurwa bose bakumva ko yaba umugabo, yaba umugore, yaba umwana w’umukobwa, yaba umuhungu, bose bakwiye ubutabera bungana kuko n’amategeko ntabwo arobanura, avuga ko icyaha cyakorewe umuntu, gikorerwa umugore, umugabo, umwana w’umuhungu n’umukobwa”.

    RIB ivuga ko izakomeza gukoresha amahugurwa nk’aya kugira ngo abakora muri serivisi za Isange One Stop Center barusheho kunoza inshingano zabo kandi babikorera hamwe”.


    source : https://ift.tt/3D6pNOB