Tag: featured

  • Amashuri aracyategereje ‘Muvelo’ yemerewe na MINEDUC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muvelo zimwe zabuze ibikoresho byo kuzisena bituma zikererwa kugezwa ku mashuri
    Muvelo zimwe zabuze ibikoresho byo kuzisena bituma zikererwa kugezwa ku mashuri

    Ikigo Rwanda Polytechnic (RP) gishinzwe Amashuri Makuru y’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC) kivuga ko ari cyo cyahawe isoko ryo gukora muvelo zagenewe amashuri yose mu gihugu akeneye kugaburirira abana ku ishuri.

    Umuyobozi Mukuru wa RP, Dr James Gashumba, yabwiye Itangazamakuru ko bahawe isoko ry’Amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri, bakaba barakoze muvelo ibihumbi bitanu nk’uko babisabwe.

    N’ubwo izo muvelo zakozwe hari ibigo by’amashuri birimo Urwunge (GS) rwa Kagugu Catholique rw’i Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bivuga ko bikomeje guhangayikishwa n’imirire mibi kandi idahagije y’abana, kuko bitarahabwa muvelo byemerewe.

    Umuyobozi wa GS Kagugu, Jean Baptiste Habanabashaka avuga ko bafite abanyeshuri 1,700 biga mu mashuri yisumbuye hamwe n’abandi 1,300 biga mu mashuri abanza mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu, bose bakeneye gufatira amafunguro ku ishuri ariko basangiye muvelo imwe (yo guteka uburisho bw’ibishyimbo).

    Avuga ko iyo muvelo batayitekeramo umuceri cyangwa umutsima w’ibigori (kawunga) ngo bihaze abo bana bose, bikaba ngombwa guhora bateka imvungure z’ibigori buri gihe, kandi na zo ntizishye neza bitewe n’uko baba bashyizemo nyinshi.

    Habanabashaka yagize ati “Turacyategereje muvelo zitaraza zigomba gutangwa na MINEDUC, twakabaye twaraguze izacu ariko bitewe n’uko twemerewe iza MINEDUC byaba ari ugusesagura amafaranga y’ikigo, turarya ibigori gusa kandi mu bubiko huzuye kawunga n’umuceri.”

    Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’Uburezi bashinzwe gukwirakwiza muvelo mu mashuri, Vedaste Rwigamba, avuga ko n’ubwo muri IPRC Kicukiro huzuye muvelo zakozwe, ngo hakibura ibikoresho byo kuzisena (polishers) kugira ngo bazitange zitunganyijwe neza.

    Rwigamba avuga ko hari muvelo zabanje gukorwa zigatangwa ku mashuri amwe n’amwe, icyiciro cya kabiri kikaba kizatangwa mu cyumweru gitangira kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2021 mu turere tw’Umujyi wa Kigali hamwe n’utwa Ngororero, Nyabihu na Huye.

    Rwigamba yagize ati “Aho i Kagugu ndareba ko bari ku rutonde, ariko uturere twa Gasabo na Kicukiro tuzatangira guhabwa muvelo ku itariki 15 iyo gahunda imare iminsi 10, hanyuma mu matariki 25 y’Ugushyingo tuzatangira kuzubakira amaziko (installation)”.

    IPRC Kicukiro ivuga ko imaze gukora muvelo 5,000
    IPRC Kicukiro ivuga ko imaze gukora muvelo 5,000

    Rwigamba avuga ko hari amashuri arenga ibihumbi bibiri hirya no hino mu gihugu agomba guhabwa muvelo, ariko akaba atazazibonera rimwe bitewe n’uko bazabanza kuzitunganya no kuzitera ku ziko, ndetse no guhugura abashinzwe imicungire yazo ya buri munsi.

    Buri muvelo mu zirimo gukorerwa muri IPRC nta yigurwa amafaranga ari munsi ya miliyoni ebyiri, ariko hari izigeza kuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 500 bitewe n’uko ziba ari nini.

    Gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri iteganya ko umubyeyi azajya atangira umwana amafaranga 94 (ni hafi 100Frw) ku munsi, Leta na yo imutangire 56Frw ku munsi.


    source : https://ift.tt/303L6BG

  • #AMAVUBI: Abakina hanze babiri bageze mu myitozo, mu gihe batatu ba APR FC batitabiriye imyitozo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘AMAVUBI” ikomeje imyitozo igamije gutegura imikino yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi, aho Amavubi azakira Mali ku itariki ya 11 Ugushyingo 2021 kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, naho Kenya bakazayisura ku itariki ya 15 Ugushyingo 2021.

    Imyitozo iri kubera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo
    Imyitozo iri kubera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo

    Abakinnyi babiri Djihad BIZIMANA na Emery MVUYEKURE bamaze kugera mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu, aho Djihad yageze mu Rwanda ejo mu gitondo akaba yanakoranye na bagenzi be, mu gihe umunyezamu Emery Mvuyekure we agaragara mu myitozo y’uyu munsi.

    Sugira Ernest yongeye guhamagarwa
    Sugira Ernest yongeye guhamagarwa

    Abandi bakinnyi barimo TWIZERE Buhake Clément na RAFAEL York nabo bategerejwe kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Ugushyingo 2021, ndetse na IMANISHIMWE Emmanuel ukina muri FAR Rabat yo muri Maroc.

    Amavubi arakora imyitozo nijoro kuko umukino uzaba Saa kumi n
    Amavubi arakora imyitozo nijoro kuko umukino uzaba Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba

    Ku rundi ruhande, mu bakinnyi batanu ba APR FC bari bahamagawe ababashije kwitabira imyitozo ni Nshuti Innocent na Nsanzimfura Keddy, mu gihe Manishimwe Djabel, Ruboneka Bosco na Kwitonda Allain “Bacca” bo batitabiriye aho bivugwa ko bagize ibibazo by’uburwayi.

    Urubuga rwa Interineti rw’ikipe ya APR FC ku wa Gatanu tariki 05/11/2021 rwari rwatangaje ko abakinnyi bose ba APR FC bahamagawe baza kwitabira imyitozo, gusa bakaba batarabashije kuhagera bose.

    source : https://ift.tt/3EVBrwc

  • Kirehe: Umugabo n’abahungu be bakurikiranyweho kwica abana ba mushiki wabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo bwicanyi bwakorewe mu Murenge wa Musaza, mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba. Hakozwe ipererereza, inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abayobozi b’inzego z’ibanze babaza nyina w’abo bana avuga ko abo bana yababyariye iwabo aho yabanaga na se na basaza be.

    Mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi ngo yabuze umwana we mukuru, hanyuma no ku itariki ya 13 z’ukwa cumi 2021 nabwo yasize umwana we muto w’imyaka itatu iwabo ari kumwe na musaza we, agarutse aramubura, amubaza aho umwana we ari amusubiza ko atahazi. Nyina w’abo bana ngo yahise yiyambaza Umukuru w’Umudugudu amubwira ko amaze kubura abana be babiri, kandi ko atazi irengero ryabo.

    Ku wa 15 Ukwakira 2021 mu gitondo abaturanyi bakimenya ko abana be yababuze bahise babaza basaza be babanaga mu nzu bababwira ko abo bana bagiye kwa ba se bababyara, barangije bafata umwanzuro wo gushakisha ahantu hose bageze mu isambu ya sekuru babona ahantu harunze igitaka kikiri kibisi bahakandagiye batangira kurigita basesuruye basangamo umurambo w’umwana muto ari mu mufuka, barebye nko muri metero eshanu yaho bahasanga undi murambo w’uwo mwana mukuru w’imyaka 12 y’amavuko na wo barawushyize mu mufuka. Bafashe umwe muri basaza be, yiyemerera ko yafatanyije na se na murumuna we kubica babanje kubaniga barangije babashyira mu mufuka bajya kubataba mu isambu yabo.

    Iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha ivuga ko nibaramuka bahamwe n’icyaha bazahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange aho riteganya igifungo cya burundu.

    source : https://ift.tt/3mRULnG

  • U Bushinwa bwahaye u Rwanda inkingo ibihumbi 300 za Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Izo nkingo ku ruhande rw’u Rwanda zakiriwe na Dr Tuyishime Albert uyobora ishami rishinzwe kurwanya indwara mu kigo gishinzwe Ubuzima (RBC), naho ku ruhande rw’u Bushinwa zitangwa na Wang Jiaxin, umujyanama mu by’umukungu n’ubucuruzi muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda.

    Itangwa ry’izo nkingo ni ikimenyetso kigaragaza ko ibihugu byombi bikomeje ubucuti no gufatanya mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

    Dr Tuyishime wo muri RBC yavuze ko izi nkingo zitagomba kubikwa ahubwo ko zigomba guhita zigezwa aho zitangirwa zigahabwa abo zagenewe, cyane cyane mu turere two hanze ya Kigali, kuko ari ho hashyizwe ingufu.

    Yagize ati “Ubushobozi ndetse n’ibikenewe kugira ngo zihite zijyanwa burahari, zizatangwa mu turere dutandukanye duhitamo bitewe n’uko icyorezo kimeze, ariko na none n’aho gukingira bigeze muri utwo turere.”

    Ati “Igikurikiraho rero iyo tumenye aho zigomba kujya ni ibintu bitarenza amasaha abiri nyuma yo kuzakira, duhita dukorana n’inzego z’ibanze ndetse n’ibitaro ku buryo n’umunsi ukurikiyeho zirara zigeze aho zigomba gutangirwa, bityo abaturage bakaba bashobora gutangira gukingirwa kuri uwo munsi.”

    Inkingo ibihumbi 300 u Bushinwa buhaye u Rwanda ziyongereye ku zindi ibihumbi 200 u Bushinwa bwari bwahaye u Rwanda mu kwezi kwa munani 2021, zose hamwe zikaba ibihumbi 500.

    Izi doze 300,000 twakiriye kimwe n’izindi zose twakira si izo gushyira mu bubiko. Ahubwo mu gihe kitarenze amasaha 24 zigomba kuba zagejejwe hirya no hino mu turere ahakomereje gahunda yo gu #KingiraURwanda #COVID19. @TuyishimeAlbert https://t.co/HLjmMFvxww pic.twitter.com/CdbGf3cgDD

    — Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) November 7, 2021

    source : https://ift.tt/3H3b5tO

  • Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda ryerekeje mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Saa yine za mu gitondo ku isaha y’i Kigali nibwo itsinda ry’icyiciro cya 4 ry’abapolisi 160 bahagurutse ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Marie Grace Uwimana.

    Aba bagiye gusimbura bagenzi babo bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Jeannette Masozera bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro mu Mujyi wa Juba muri Sudani y’Epfo.

    Commissioner of Police (CP) George Rumanzi ushinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda ni we waherekeje abapolisi berekeje muri Sudani y’Epfo, anakira abagarutse kandi abashimira imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byatumye batahukana imidari y’ishimwe.

    CP Rumanzi yagize ati “Dutewe ishema no kuba mutahukanye imidari y’ishimwe. Ni ikimenyetso cyerekana ko mwitwaye neza, mugasohoza inshingano mwatumwe n’Igihugu ndetse n’iz’Umuryango w’Abibumbye.”

    SSP Gaston Nsanzimana, mu izina ry’umuyobozi w’itsinda ryari risohoje ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, yishimiye inama n’ubufasha bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda kuko ari byo byabafashije kunoza inshingano zo kubungabunga amahoro.

    Ati “Gukurikiza impanuro twahawe mu gihe cyo kugenda ndetse n’inama twagiriwe turiyo ni byo byadufashije kunoza inshingano zo kubungabunga amahoro no kwita ku bagizweho ingaruka n’intambara hagamijwe kubagarurira icyizere cy’ubuzima.”

    SSP Nsanzimana yavuze ko usibye ibikorwa byo kubungabunga amahoro bakoze, banagize n’uruhare mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage ndetse no kubasobanurira uruhare rw’umuturage mu mutekano urambye.

    Iyi nkuru dukesha Polisi y’u Rwanda ivuga ko buri mwaka, u Rwanda rwohereza amatsinda y’abapolisi abiri (2) mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo.

    Itsinda rya mbere ni irigizwe n’abapolisi 160 biganjemo ab’igitsina gore, rikorera ubutumwa mu murwa mukuru Juba. Irindi tsinda rigizwe n’abapolisi 240 rikorera ubutumwa ahitwa Malakal mu Ntara ya Upper Nile.

    source : https://ift.tt/3ES8HnU

  • Umunyamuziki Terence Wilson ‘Astro’ uri mu batangije itsinda UB40 yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Terence Wilson ‘Astro
    Terence Wilson ‘Astro’

    Astro ni umwe mu baririmbyi bamamaye cyane bo mu itsinda UB40 ryakunze kuririmba mu njyana ya reggae mu myaka irenga 30, akaba azwi cyane mu ndirimbo nka Kingston Town, na Red Red Wine. Astro yishwe n’uburwayi yari amaranye igihe gito nk’uko abo baririmbanaga babitangaje. Bavuze ko urupfu rwe rubabaje kandi ko Isi ibuze intwari.

    Astro yasezeye mu murwi UB40 mu 2013 akomezanya n’itsinda ‘UB40 featuring Ali Campbell and Astro’ ryashinzwe n’abahoze muri UB40. Iri tsinda yabarizwagamo ryakoze ibitaramo bitari bike, rikaba ndetse ryateganyaga gukora ibindi bitaramo byinshi bizenguruka hirya no hino ku isi mu mwaka utaha wa 2022.

    Itsinda rya UB40 baritangije mu 1978 mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, ryamamara mu ndirimbo nka Red Red Wine na Can’t Help Falling In Love mu Bwongereza n’ahandi henshi ku Isi.

    Abari bagize UB40 mu 1988: Ali Campbell, Astro, Mickey Virtue, Jimmy Brown, Robin Campbell, Earl Falconer na Norman Hassan
    Abari bagize UB40 mu 1988: Ali Campbell, Astro, Mickey Virtue, Jimmy Brown, Robin Campbell, Earl Falconer na Norman Hassan

    Reba igitaramo bakoreye i Rotterdam mu Buholandi muri 2019

    source : https://ift.tt/2ZVKpKy

  • Imbaraga zanyu muzishyire mu kubaka Igihugu ibindi ni urusaku rupfuye ubusa – Gen Kabarebe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo ku wa Gatandatu tariki 06 Ugushyingo 2021 hizihizwaga isabukuru y’imyaka 25 umuryango AERG w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi umaze ushinzwe, n’imyaka 18 ishize hashinzwe umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Gen James Kabarebe yavuze ko kubera inshingano yari afite, yagize amahirwe yo gukurikirana neza imibereho y’abana bari muri AERG ku buryo azi neza urugendo rwabo uko rwari ruteye nyuma gato ya Jenoside, kugera uyu munsi.

    Ngo abanyamuryango ba AERG na GAERG bakwiye gushimirwa kubera uburyo bitwaye nyuma y’ibibazo bari bahuye na byo bikomeye cyane, ariko bagahangana na byo umuntu ku giti cye, kandi bakaguma ku murongo ukomeye cyane watanzwe n’ubuyobozi bw’igihugu, wo kubaka igihugu kimwe cy’abantu bamwe, baguma kuri uwo murongo bawutsimbararaho, kandi bawugiramo uruhare rukomeye cyane.

    Gen Kabarebe avuga ko imbaraga za GAERG na AERG n’ibikorwa byabo n’umurava wabo n’ubwitange bwabo ari cyo cyonyine cyahesha agaciro abavandimwe babo bambuwe ubuzima bwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Ni cyo cyonyine cyahesha agaciro ababyeyi, abavandimwe, inshuti, bambuwe ubuzima bwabo muri Jenoside, kubaho kwanyu neza, no gukomera, kugira imbaraga, kubaka iki gihugu ni cyo cyonyine cyahesha agaciro abacu bambuwe ubuzima bwabo muri Jenoside, ni na cyo cyashimisha kikanahesha agaciro abasirikare (Inkotanyi) batakaje ubuzima bwabo baharanira kubarokora banyanyagiye hirya no hino mu gihugu, kandi biragaragara ko inzira murimo ari inzira nziza itanga icyizere cy’uko umusanzu wanyu ari umusanzu uremereye cyane”.

    Ngo gukomera kw’abanyamuryango ba AERG na GAERG ni na cyo cyonyine gishobora gutera ipfunwe abashakaga kubamara nk’uko Gen Kabarebe akomeza abisobanura.

    Ati “N’ubu kandi iyo muhagurutse mukavuga, mukandika muri AERG muri GAERG, aho bari bahinda umushyitsi, baratinya cyane, kuko bari bazi ko gahunda kwari ukumaraho, n’abasigaye bagasigara batariho barabaye ibishushungwa cyangwa se barasaze mu mitwe, ariko kubona mukomeye, mubasubiza, muhangana, mwubaka igihugu ni urukundo ruhambaye cyane, bibatera ikibazo kinini cyane”.

    Gen Kabarebe yababwiye ko igihugu kibitezeho ibintu byinshi cyane, kandi ko badakwiye kwita ku byo bumva byose hanze, ahari abanzi benshi b’u Rwanda barimo n’abahunze igihugu bamaze gukora amahano cyangwa abakoranaga na RPF bakagenda, kuko bose ubateranyije ngo ni ubusa.

    Gen Kabarebe ati “Nta kintu kibarimo, iyo bicaye bakiyita ngo ni opposition (barwanya ubutegetsi buriho) nta kintu kibarimo, ni icyuka gusa, ni ihuriro ry’ibisambo, ni abajura, ni abicanyi ushyize hamwe. Nimumbwire niba bazigera bicara hamwe ngo bizihize imyaka 25 y’icyo bagezeho. Ahubwo bagize ibyago ukabakusanyiriza hamwe bose, ngo bakore n’inama imwe gusa yo gufata imigambi yo kurwanya igihugu, ukabashyira nko muri salle ugasohoka, wasanga bicanye imirambo yuzuye aho ngaho, ntabwo mbeshya, ejobundi FDLR ijya gucikamo ibice, Rusesabagina na ba Irategeka bagafata inzira bakava muri Kivu y’Amajyaruguru bakamanuka muri Kivu y’Amajyepfo, ngo baraca mu Burundi baze gutera”.

    Akomeza agira ati “Bagasiga abitwa ba Ntawunguka na ba Mudacumura mu Majyaruguru, icyabiteye ni iki? Bose bari bafite intwaro, bari mu mutwe umwe wa FDLR, barabanje bararwana hagati yabo, abacitse ku icumu bamwe baguma ruguru abandi baramanuka n’uko nguko bameze bose”.

    Ngo amacakubiri bakuriyemo yanze kubashiramo ku buryo babitoza n’abana babo nk’uko Gen Kabarebe abisobanura.

    Ati “Bariya bandi bitwa ngo ni urungano rwanyu ngo ni Jambo Asbl, murabazi muhangana na bo ku mbuga, Jambo Asbl ni iki se, ni agatsiko k’abana ngo bakomoka kwa Mbonyumutwa, n’abandi bajenosideri bacye cyane, ariko ibibazo bafite uyu munsi ni uko havutse ibibazo by’uko ngo Mbonyumutwa ni we wagambaniye Kayibanda kwa Habyarimana, agira inama Habyarimana yo kwica Kayibanda, nibarangiza izo ntambara bakazivamo, bazaze batere u Rwanda”.

    Akomeza agira ati “Fata biriya bisambo ba Kayumba, Rudasingwa, abo bari baturimo, ba Gahima, ba Higiro, buri umwe wese yikoreye umuzigo w’ibyaha bye, n’ubusambo bwe n’ubujura bwe, ku buryo ubashyize hamwe bose na Twagiramungu wabo, ukabashyira muri Salle imwe icyo bakora ni ukwicana nta kindi, rero imbaraga zanyu nimuzishyire mu kubaka igihugu cyanyu, kugiteza imbere, ibi bindi byose ni urusaku rupfuye ubusa, rudafite ikirurimo, ni icyuka gusa”.

    Abakoresha imbuga nkoranyambaga ngo igihe barimo gusubiza abo bantu bajye babikora bemye kandi bajye banababwira abo ari bo, banababwire ko ntacyo bamaze kandi ntacyo bazageraho.

    source : https://ift.tt/3k9Khyn

  • Nyakabanda: Imiryango y’abarokotse Jenoside n’abayigizemo uruhare yashimiye Leta yakumiriye ‘kwihorera’ – #rwanda #RwOT

    Babitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo hasozwaga ukwezi kwahariwe Ubumwe n’Ubwiyunge mu murenge wa Nyakabanda.

    Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuze ko n‘ubwo bitoroshye kubabarira uwakwiciye abawe, ariko ari ngombwa kugira ngo umutima wawe ubashe kubohoka.

    Nshimyumuremyi Daniel utuye muri uyu Murenge mu Akagari ka Munanira 2, yavuze ko we abanye neza n’abamwiciye ababyeyi n’abavandimwe be.

    Ati “Ntabwo byoroshye kuvuga ngo umuntu arabana neza n’abamwiciye. Ntabwo byoroshye kuvuga ngo ndongera mbane neza n’abashoreye umuryango mbireba neza, bakagenda bagapfa bagashira. Nta n’umuntu wabyumva nkurikije njyewe ibihe nabayemo.”

    Yakomeje agira ati “Ariko uyu munsi wa none, njyewe nkurikije uko abantu bari babanye, ibihe byari bibi. Ariko bitewe na Leta mbi yari iriho niyo yafashije abantu kwica abandi, irabibigisha guhera mu mashuri hasi. Twumvaga ko twakwihorera ariko si ko byagenze.”

    Nshimiyumuremyi yakomeje avuga ko bitewe na Leta y’Ubumwe, Abanyarwanda bigishijwe ko kwihorera atari cyo cyubaka Igihugu, ko ahubwo gutanga imbabazi zivuye ku mutima ari cyo cyubaka Igihugu.

    Ati “Bitewe na Leta y’Ubumwe yaraje itwigisha ko kubana ari byo bizana Amahoro, ari byo bituma abantu batera imbere. Tubanye neza kuko mbabona nk’abantu. Bamwe ni abafundi banjye mbaha akazi ntatekereza kuba nabagirira nabi. Mbona ari abantu bagenzi banjye kandi nta wishisha undi.”

    Yakomeje avuga ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda yafashije Abanyarwanda kwiyumvamo Ubunyarwanda kurusha kwiyumvamo amoko yandi.

    Nirere Emeline na we utuye muri uyu Murenge mu Akagari ka Nyakabanda 1, afite umugabo wakatiwe kubera ko yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko abanye neza n’umuryango umugabo we yiciye kandi nta pfunwe bimutera kuko icyaha ari gatozi.

    Ati “Abanyarwanda twese dukwiye gushyira hamwe, tukirinda igishobora kutuvangura. Ubuhamya natanga ni uko Umunyarwanda wese agomba kumva ko twese tugomba kubana nk’Abanyarwanda. Ufunzwe akumva afungiwe ibyo yakoze kandi tugomba guharanira kuba Abanyarwanda.”

    Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko abanye neza n’abo umugabo yicikiye kandi nta rwikekwe afite kuko uwakoze icyaha ari kugihanirwa.

    Ati “Njye mbona nta kibazo mfite nabo. Uwashoboraga kuba yandeba, namwerekaga ko nta kibazo mfite. Tubanye neza kandi turashyingirana, turasangira. Mbese twese twimitse Ubunyarwanda kurusha ibindi byose.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabanda, Ntakontagize Florence, yavuze ko bishimiye uko Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge kwagenze muri uyu Murenge, avuga ko hari icyo urubyiruko rwungukiye mu biganiro byagiye bitambutswa.

    Muri uyu Murenge, hibanzwe ku gufasha urubyiruko kumenya no gusobanukirwa neza amateka, kumenya no gusobanukirwa neza Ndi Umunyarwanda mu mashuri yose agize uyu Murenge.

    Uyu muhango wasojwe no guhemba ababaye Indashyikirwa muri gahunda zitandukanye za Leta zikangurira Abanyarwanda Ubumwe n’Ubwiyunge muri uyu Murenge.

    Imidugudu igize Umurenge wa Nyakabanda yari yabukereye

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabanda, Ntakontagize Florence yiihimiye ko urubyiruko rwitabiriye ibi biganiro ku bwinshi

    Inzego zitandukanye zirimo Ingabo zitabiriye uyu munsi wo gusoza ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge muri Nyakabanda

    Abitabiriye bagaragaje ko inzira Leta yafashe yo kubanisha neza abanyarwanda nyuma ya Jenoside, ari inzira nziza kandi yatanze umusaruro

    Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabusunzu bari bitabiriye uyu muhango

    Abahize abandi mu bukangurambaga bw’Ubumwe n’Ubwiyunge bashimiwe

    Nirere ufite umugabo wakatiwe kubera ko yakoze Jenoside ahamya ko abanye neza n’umuryango bahemukiye

    Nshimyumuremyi Daniel ahamya ko abanye neza n’abamwiciye umuryango muri Jenoside

    source : https://ift.tt/3BWI1QW

  • Nta kintu kibarimo ni ibyuka gusa-Gen Kabarebe avuga ku bigamba kuzatera u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku banyamuryango b’umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) n’abawuhozemo bibumbiye muri GAERG, ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 na 18 iyo Miryango imaze itangijwe. Ni umuhango wabereye i Rusororo muri Intare Conference Arena.

    AERG ni Umuryango uhuriza hamwe abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, naho GAERG ihuriyemo abahoze muri uwo Muryango basoje amashuri.

    Gen Kabarebe yabanje kubashimira ubutwari bagaragagaje mu myaka iyo Miryango imaze, ubwo biyemezaga kurenga ku bikomere batewe n’amateka bakemera kubaka igihugu.

    Ati “Bagaragaje urwego rushimishije rwo kubaka Igihugu.”

    Yagaragaje ko nubwo Abatutsi benshi bishwe muri Jenoside hagasigara bake, abasigaye bakoze byinshi bigamije guteza imbere igihugu no kongera kubaho.

    Yagarutse ku basirikari b’Inkotanyi bari ibihumbi 19.000 nyamara bakabasha guhagarika Jenoside mu mezi atatu, mu rugamba bahanganiyemo n’aba Habyarimana bari 50.000, wongeyeho n’ibihumbi 30 by’Interahamwe n’abandi bo mu nzego zitandukanye.

    Yavuze ko kuba barabashije guhagarika Jenoside byaturutse ku bwitange. Ati “FPR yakoze byinshi ariko nta bwitange buragaragara nk’ubwo guhagarika Jenoside [yakorewe Abatutsi mu 1994].”

    Yabwiye abari muri iyo Miryango biganjemo urubyiruko ko ubwitange, gukorera igihugu no gukorera kuri gahunda ari byo byonyine byahesha agaciro “abacu bazize Jenoside n’abasirikari bamennye amaraso barwanira Igihugu”.

    Yaburiye abigamba gutera u Rwanda

    Mu ijambo rye kandi Gen Kabarebe yakomoje ku bigamba ko bazatera u Rwanda bagahirika ubutegetsi.

    Yavuze ko nubwo ari benshi nta bushobozi bafite bwo kubikora cyane ko nabo ubwabo batumvikana.

    Ati “Ibyo mwumva ngo abanzi ni benshi, bose ubateranyije ni ubusa. Nta kintu kibarimo ni ibyuka gusa.”

    “Mumbwire niba barigeze bicara hamwe ngo bizihize imyaka bamaze barwanya Igihugu [nk’uku mwicaye]. Ubashyize muri iki cyumba ugasohoka wasanga bose bicanye.”

    Yashimangiye ko imitwe yitwaje intwaro ishaka guhungabanya umutekano w’Igihugu nka FDLR na FLN ya Paul Rusesabagina itabibasha “usibye kumva ngo barahari gusa”.

    Yatanze urugero rw’uko bahora basubiranamo bya hato na hato kubera ingingo badahurizaho.

    Nka FDLR yacitsemo ibice mu 2016 maze abari ku ruhande rwa Gen Irategeka Wilson batangiza CNRD-Ubwiyunge.

    Nyuma yaho CNRD yihuje na RRM ya Nsabimana Callixte (Sankara) ndetse na PDR-Ihumure ya Paul Rusesabagina, bashinga Impuzamashyaka bise MRCD ifite umutwe wa gisirikare wa FLN.

    FLN yagabye ibitero mu bihe bitandukanye mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda bihitana n’ubuzima bw’Inzirakarengane.

    Amakuru avuga ko Gen Irategeka yishwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, naho Rusesabagina Paul na Sankara bari i Mageragere nyuma yo kugubwa gitumo bakagezwa mu butabera, bagakatirwa imyaka 25 na 20 y’igifungo.

    Hari abandi bakomeje gusiga ubuyobozi bw’u Rwanda isura mbi mu mahanga bavuga ko bazaza kubukuraho barimo na Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe mu 1994. Gen Kabarebe yavuze ko “Ibyo bakora byose ari icyuka gusa ntacyo bizageraho.”

    Umujyanama w’Umukuru w’Igihugu mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe,yashimye ubutwari bwaranze ababa muri AERG na GAERG mu myaka bamaze bahuje imbaraga

    source : https://ift.tt/3EPYpok