Tag: featured

  • Nyanza: Umuhungu akurikiranyweho gukubita nyina – #rwanda #RwOT

    Icyo cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Nzeri 2021 mu mudugudu wa Ndogo, Akagari ka Bugali, Umurenge wa Ntyazo Akarere ka Nyanza aho yamukubise inkoni nyinshi mu bice bitandukanye by’umubiri agakizwa n’abaje bahuruye ubwo yari atashye.

    Mu iburanisha, uregwa yaburanye yemera icyaha, avuga ko yabitewe n’ubusinzi no kuba nyina yaramwimye umurima, abisabira imbabazi .

    Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni ebyiri.

    Urubanza rwapfundikiwe ruzasomwa tariki ya 08 Ugushyingo 2021 i saa cyenda z’amanywa.

    Ingoro y’ubutabera y’Urukiko rwisumbuye rwa Huye mu karere ka Huye

    source : https://ift.tt/3BSg9O1

  • Bimwe mu bihugu byanyuze mu mvururu zishingiye ku moko byagaragaje isomo rikomeye byigiye ku Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho n’abaturutse mu bihugu bigera kuri bitandatu byakunze kurangwamo imvururu n’amakimbirane mu baturage, rimwe rimwe ugasanga barapfa amoko. Ibyo bihugu birimo u Burundi, Mali, Somalie, Mali, Burkina Faso na Kenya, ababihagarariye bakaba bari mu Rwanda mu rugendo rugamije kurwigiraho mu guhuza abenegihugu.

    Bavuga kandi ko bari mu Rwanda mu kwigira kuri gahunda zo kubaka ubumwe n’ubwiyunge ndetse na serivisi zo gukiza ibikomere kugira ngo bagire amasomo bahakura mu rwego rwo kuyakoresha mu bihugu byabo hagamijwe kunga abaturage.

    Raporo y’igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge iheruka gushyirwa hanze muri Mata 2021, igaragaza ko Abanyarwanda bamaze kwiyunga ku gipimo cya 94.7% kandi babanye mu mahoro ndetse basigaye batewe ishema no kuba ari Abanyarwanda.

    Umurundi utuye mu murwa mukuru Bujumbura, Spargeon Ngabo, yabwiye IGIHE ko kuza mu Rwanda kureba intambwe rugezeho mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge ari ingirakamaro.

    Yagize ati “Biragoye ko umuntu yakibagirwa burundu ibyahise, kubera ko iyo hari ibyabayeho usanga bigenda bisaranganywa, no mu Burundi usanga ibibazo byabaye bigehererekanywa mu miryango. Kenshi bituruka kubyo igihugu cyanyuzemo birimo amako, imiryango itandukanye.”

    Yagaragaje ko iyo abantu bishishanya bigira ingaruka kuri sosiyete iyo ari yo yose mu iterambere ryayo.

    Ati “Ingaruka ni nyinshi, nazivuga mu byiciro bitandukanye kubera ko ku muntu ku giti cye usanga umutima ugenda usenyuka, kuko kenshi usanga abantu aho kugira ngo biyubake ahubwo bashobora gutekereza kwihorera, nta busabane bushobora kubaho ngo abantu bakorere hamwe baharanire kwiteza imbere.”

    Ismaaciil C. Ubax, Ukomoka muri Somalie yavuze ko nyuma yo kumva aho u Rwanda rugeze mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge, rutanga isomo ko ubumwe n’ubwiyunge bushoboka.

    Ati “Naje aha kwigira ku Banyarwanda, turi kwiga uburyo Abanyarwanda babashije kugera ku rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge. Urebye ibyabaye muri iki gihugu ukareba n’ibimaze kugerwaho ubona ko ari ibintu bitangaje. Hari ibyo dushobora guhuriraho kubera ko iwacu hari amakimbirane akomeje gukaza umurego rimwe na rimwe ashingiye ku moko.”

    Umuyobozi wungirije wa Prison Fellowship Rwanda, Ntwali Jean Paul, yagaragaje ko kuba amahanga ashobora kuza kwigira ku Rwanda bishimangira intambwe idasubira inyuma rumaze gutera n’amasomo amahanga yarwigiraho mu myaka 27 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

    Ati “Bishimangira imirongo myiza igihugu cyacu cyagiye gifata. Uyu munsi basuye bimwe mu bikorwa bya mvura nkuvure. Kuba baje kwigira ku Rwanda bigaragaza ko rufite byinshi byo gusangiza isi. Kuba bahisemo u Rwanda nk’igihugu cyagize amateka mabi ya Jenoside tukaba twarageze ku ntego yo kubana neza bishimangira ko ari umurongo mwiza dukwiye gukomeza.”

    Ibikorwa by’isanamitima by’Umuryango Prison Fellowship mu Rwanda byatangiye mu 1995 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bigamije guhuza Abanyarwanda, komora ibikomere bamwe bari barasigiwe no kubura ababo ndetse no kongera kubaka umuryango Nyarwanda uzira urwikekwe n’inzigo.

    U Rwanda rumaze kugera kuri byinshi mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda

    source : https://ift.tt/3bPGh1u

  • DIGP Namuhoranye yahaye impanuro abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabereye mu ishuri rya Polisi (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari.

    DIGP Namuhoranye yibukije abapolisi ko n’ubwo bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye, bagiye bambaye ibendera ry’u Rwanda bivuze ko ari ba ambasaderi b’u Rwanda muri kiriya gihugu. Yabasabye kuzasohoza inshingano zabo kinyamwuga, kurangwa n’ikinyabupfura ndetse n’ubunyangamugayo.

    Yagize ati “Muzirikane ko mwambaye ibendera ry’u Rwanda, icyo muzakora cyose bizitwa ko ari u Rwanda. Muzaheshe ishema Igihugu, mukore akazi kanyu kinyamwuga nk’uko bisanzwe bibaranga, ibyo muzakora bizagaragaze indangagaciro n’isura nziza y’Igihugu cy’u Rwanda.”

    Yakomeje abasaba kuzubahana ndetse bakanubaha abo bazasanga muri kiriya gihugu bagakorera hamwe nk’ikipe.

    Ati “Mugomba gukorera hamwe nk’ikipe kandi mukubaha ababayobora, muri kiriya gihugu muzahurirayo n’izindi nzego z’umutekano ziri mu butumwa nk’ubwo mugiyemo, muzanahahurira n’abenegihugu, muzubahe umuco wabo.”

    Umuyobozi wa Polisi wungirije yavuze ko yizeye adashidikanya ko akazi bagiyemo bazagasoza neza kuko bateguwe bihagije kandi ko n’ubusanzwe basanganwe ubunyamwuga mu kazi kabo ka biri munsi.

    Aba bapolisi 160 ni icyiciro cya Kane cy’itsinda ryiganjemo amagore, bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Marie Grace Uwimana, bagiye gusimbura irindi tsinda naryo riyobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Jeannette Masozera.

    Biteganijwe ko kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Ugushyingo aribwo itsinda ryari rimaze umwaka mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo bazagaruka mu Rwanda bagasimburwa n’iri tsinda ryahawe impanuro uyu munsi.

    Izi mpanuro zatangiwe mu ishuri rya Polisi (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari

    Umuyobozi wa Polisi wungirije yavuze ko yizeye adashidikanya ko akazi bagiyemo bazagasoza neza kuko bateguwe bihagije

    DIGP Namuhoranye yasabye abapolisi kuzarangwa n’ikinyabupfura ndetse n’ubwubahane mu nshingano bagiyemo

    source : https://ift.tt/3EVOjCy

  • Gisagara: Abakobwa 1500 bo mu miryango itishoboye bagiye guhabwa Cotex – #rwanda #RwOT

    Izi mpapuro bazazihabwa binyuze mu bukangurambaga bwiswe ‘Fight against period poverty’ bwateguwe n’urubyiruko.

    Nyuma yo kubona ko hari ingaruka nyinshi zigera ku mwana w’umukobwa wabuze ‘Cotex’ ari mu mihango nko gusiba ishuri, gukoresha ibikoresho bitizewe byamutera indwara no kuba bashukishwa amafaranga yo kuzigura, biyemeje kugira inkunga batanga.

    Niko gutegura igikorwa cyo gukusanya impapuro z’isuka ibihumbi bitanu zizahabwa abanyeshuri bo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Ndora biga mu mashuri atatu yo mu burezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda.

    Ibigo bizibandwaho ni Gs Ndora, GS Dahwe, Gs Cyamukuza na Gs Gisagara. Muri ibi bigo hazatoranywa abana bakomoka mu miryango itishoboye buri wese ahabwe ‘cotex’ eshatu azakoresha mu gihe cy’igihembwe.

    Biteganyijwe ko hazakusanywa impapuro z’isuku ibihumbi bitanu buri mwana agahabwa eshatu hagasigara 500, zikazashyirwa mu cyumba cy’umukobwa cya buri kigo.

    Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’umwe mu bateguye iki gikorwa, Kawera Jeannette, yavuze ko yakuze abona iki kibazo abakobwa bahura nacyo yifuza kugira umusanzu yatanga.

    Yagize ati “Ubu ni ubuzima nakuze mbona n’ubwo ntagize ikibazo cyo kubura izi mpapuro ariko muri bamwe twakuranye hari abatarabashaga kuzibona kugeza n’ubwo basibaga ishuri kubera kuzibura.”

    “Maze gukura nibwo navuze ngo reka ngire icyo nakora mu gufasha muri icyo kibazo , nibwo navuze ngo reka mbiganirize abandi dufatanye turebe ko hari icyo twakora mu gufasha abahura n’iki cyibazo.”

    Yakomeje avuga ko bahisemo Akarere ka Gisagara kuko yahavukiye akahabona iki cyibazo kandi kari mu turere dukennye .

    Umwe mu bateguye iki gikorwa Kawera Jeannette, yavuze ko yakuze abona abakobwa bahura n’ikibazo cyo kubura impapuro z’isuku nyuma aza kwifuza kugira umusanzu yatanga

    Hagiye gukusanywa impapuro z’isuku z’abagore ibihumbi bitanu byo gufasha abakobwa baturuka mu miryango itishoboye yo mu Karere ka Gisagara

    Muri ubu bukangurambaga hazakusanywa impapuro z’isuku ibihumbi bitanu zo guha abakobwa bava mu miryango itishoboye

    source : https://ift.tt/3kaTsPa

  • Minisitiri Munyangaju na Meya Rubingisa bari mu banya-Kigali bitabiriye Car Free Day (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru abatuye Umujyi wa Kigali bazindukiye muri iyi siporo isanzwe iba kabiri mu kwezi. Ni iya mbere ibaye muri uku kwezi k’Ugushyingo 2021.

    Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza, gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa izi ndwara ku buntu. Kuri ubu no mu ntara zindi iyi Siporo ikaba ikorwa.

    Mu ntangiriro za 2018 ni bwo Perezida Kagame yasabye ko yazajya iba kabiri mu kwezi; ku Cyumweru cya mbere cy’ukwezi n’icya gatatu. Iyi siporo yaje kwaguka igera no mu bindi bice by’igihugu, gusa kugeza ubu ho ntirasubukurwa kubera ingamba zo kwirinda COVID-19.

    Iki cyorezo kandi cyagize ingaruka ku buryo iyi siporo yari isanzwe ikorwamo, kuko byabaye ngombwa ko itangira gukorwa hubahiriza amabwiriza arimo kutagendera mu kigare mu rwego rwo guhana intera.

    Mu bihe bitandukanye kandi iyi siporo yagiye ihagarikwa bitewe n’iki cyorezo, urugero ni nko muri Nyakanga 2021 ubwo Umujyi wa Kigali washyirwaga muri Guma mu rugo.

    Kugeza ubu iyi siporo yitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye barimo abana, abakobwa, abasore ndetse n’abakuze kandi igafatwa nk’isoko y’ubuzima buzira umuze ku bayitabira.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa bitabiriye Car Free Day yo kuri iki Cyumweru

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard (wambaye imyenda y’umukara n’umweru) yitabiriye iyi siporo

    Car Free Day ni umwanya mwiza ufasha abantu gukorera siporo hamwe

    Imodoka zirahagarikwa, imihanda igakoreshwa n’amagare n’abanyamaguru

    Iyi siporo ngarukakwezi yitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye

    Abayitabiriye bazenguruka ibice bitandukanye bigize Umujyi wa Kigali

    N’abasura u Rwanda ntibahezwa muri Car Free Day

    Ababishoboye bifashisha igare mu kunanura ingingo muri Car Free Day

    Amafoto: Umujyi wa Kigali


    source : https://ift.tt/2ZXWCP0

  • Perezida Kagame yasabye umuhungu wa Rwigema gutaha mu rugo akima amatwi “abaturanyi bateranya imiryango” – #rwanda #RwOT

    Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu ijambo yavugiye mu bukwe bwa Teta Gisa Rwigema, umukobwa wa Fred Rwigema akaba na mushiki wa Eric Gisa Rwigema, washakanye na Marvin Manzi, umuhungu wa Louis B. Kamanzi nyiri Radio Flash mu bukwe bwabereye i Kigali.

    Aba bana bombi Fred Rwigema yababyaranye na Janet Rwigema bashakanye tariki 20 Kamena 1987. Ku wa Gatandatu tariki 6 Ugushyingo 2021 nibwo habaye ubukwe bw’uyu mukobwa wa Rwigema.

    Ni ubukwe bwitabiriwe n’imiryango ndetse n’inshuti za Fred Rwigema zirimo na Perezida Paul Kagame bakuranye ndetse bagafatanya no mu rugamba rwo kubohora Uganda mbere yo kwerekeza amaso ku gukiza u Rwanda ingoma y’igitugu ya Habyarimana Juvenal.

    Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagarutse ku buzima yabanyemo na Rwigema mu bwana, ubwo bose bari impunzi muri Uganda bafite munsi y’imyaka icumi.

    Yavuze ko we na Rwigema bagiye babana mu bice bitandukanye bya Uganda birimo Nshungerezi na Tooro. Ubwo bari bafite imyaka umunani ngo bakundaga guhurira mu rugo rw’umuturanyi wabo nawe wari Umunyarwanda bagiye kumva amateka y’igihugu cyabo arimo n’ibitero byamenyekanye nk’iby’inyenzi, yavuze ko biri mu byabareye isoko yo gutangiza urugamba rwatumye Abanyarwanda bari barahejejwe hanze y’igihugu bataha.

    Ashingiye kuri uyu mubano yari afitanye na Rwigema, Perezida Kagame yavuze ko afata Teta Gisa Rwigema nk’umwana we.

    Ati “Teta ni nk’umwana wacu nk’uko dufite abandi, akaba umwana wacu kubera ko ari umwana wa Gisa na Jeannette ndetse akaba ari umwuzukuru wa Kimonyo n’umubyeyi wundi uri hano. Dufitanye amateka maremare cyane n’iyo miryango mvuze.”

    Anastase Kimonyo wagarutsweho na Perezida Kagame ni se wa Rwigema akaba umwe mu Batutsi batotejwe baranafungwa, byaje gutuma yimurira umuryango we muri Uganda.

    Perezida Kagame yakomeje avuga ko bitewe n’aya mateka iyi miryango ifitanye, atewe ishema no kuba yabashije gutaha ubukwe bwa Teta.

    Yamutumye kuri musaza we

    Nubwo ubu bukwe bwari bwahurije hamwe inshuti n’abagize umuryango wa Fred Rwigema ntibwigeze bugaragaramo uyu muhungu we w’imfura. Kuba atahagaragaye ni ibintu byanagarutsweho na Perezida Kagame, wasabye mushiki we n’umubyeyi we kumubwira ko akwiriye gutaha akaba mu gihugu se n’abandi baharaniye gutahukamo.

    Ati “Teta ndagutuma, ndibutume Jeannette (umugore wa Rwigema) ndetse ndi butume na nyogokuru. Hano ntabwo nabonye umuhungu wa Gisa, ngira ngo ntabwo yashoboye gutaha ubu bukwe mumumbwirire ko yari akwiye kuba ari hano. Akwiye kuba ari mu gihugu se n’abandi twese twaharaniye tukaba twarakibonye. Mumumpere ubutumwa sinshaka ko umuhungu wa Fred yaba hanze cyangwa yaba impunzi.”

    Yakomeje ashima Teta wakomeje kuba mu Rwanda akaba anahashakiye umugabo.

    Ati “Ariko ndashimira Teta, abakobwa n’abagore ni intwari baraturuta akenshi, we yagumye hano, anahashakiye n’urugo, yagenze hirya ariga arataha. Jeannette ntabwo nifuza ko umuhungu wa Gisa yaba hanze keretse ari ko yabihisemo hari impamvu, ariko akwiye kuba mu Rwanda cyangwa se akagira uburenganzira bwo kujya agenda akagaruka. Ntazashake ubuhungiro hanze.”

    Teta Gisa Rwigema yarushinze na Marvin Manzi mu birori byabereye mu Mujyi wa Kigali

    Ikindi Perezida Kagame yagaragaje nk’ikidakwiye ni ukuba uyu muhungu wa Rwigema yagera mu gihugu cy’abaturanyi ariko agasubira aho aba hanze y’umugabane wa Afurika atageze mu Rwanda.

    Nubwo Perezida Kagame atigeze yerura ngo avuge aba baturanyi mu izina, byumvikanaga ko yagarukaga kuri Uganda.

    Perezida Kagame yakomeje avuga ko ntawe mu muryango we cyangwa uwa Rwigema yakwifuriza gusigwa icyasha n’aba baturanyi.

    Ati “Nta nubwo akwiriye kuza ngo agarukire mu baturanyi agasubirayo atageze mu Rwanda. Ntabwo ari byo. Ntabwo bikwiriye ngo aze agarukire mu baturanyi asubireyo. Ndabivugira ko mu baturanyi bivanze cyane mu mibereho yacu, mu gihugu cyacu no mu buzima bwacu kugeza uyu munsi. Ntabwo numva ko hakwiriye kugira uwo basiga ibara ribi muri twebwe, cyane cyane simbyifuza haba ku muryango wanjye no kumuryango wa Gisa.”

    Aha icyasha Perezida Kagame yavugaga ni imigambi mibisha ubutegetsi bwa Uganda bumaze iminsi bugaragaza ku Rwanda ndetse bugashaka no kuyinjizamo bamwe mu Banyarwanda barimo n’abagize uruhare mu kurubohora cyangwa babaye mu nzego z’ubuyobozi zabwo zitandukanye.

    No kuri Rwigema mu bihe bitandukanye Uganda yagiye icura ibinyoma bigamije kuyobya no kugumura umuryango n’inshuti ze.

    Tariki ya 5 Nzeli 2021, ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyanditse inkuru ifite umutwe ugira uti “Abayobozi bacu bari he?” Muri iyi nkuru, umwanditsi Phillip Matongo akomoza ku izina rya Gen Fred Rwigema.

    Matongo yavuze ko urupfu rwa Rwigema rwatewe “n’umwe mu bayobozi b’ingabo bari bamwungirije, bivugwa ko yakuye intwaro ye mu mufuka ubundi akarasa Rwigema mu mutwe ari nabwo yitabaga Imana.”

    Mu yandi magambo, uyu mwanditsi akwirakwiza ibihuha kuko Rwigema yarashwe n’umwanzi bari bahanganye ku rugamba.

    Mu bihe bitandukanye kandi ubutegetsi bwa Uganda bwagiye bucura ibinyoma bitandukanye bigamije kugaragaza ko Leta y’u Rwanda yatereranye umuryango wa Fred Rwigema kandi yaragize uruhare rukomeye mu kubohora igihugu.

    Aya makuru asa n’ayanyomojwe na Jeannette Rwigema washimiye Perezida Kagame ngo kuko yagerageje kubaba hafi uko bishoboka.

    Mu ijambo rye, Jeannette Rwigema yagize ati “Ndagira ngo mumfashe gushimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika na Madamu ku ruhare rukomeye cyane bagize mu muryango wacu. Aba bana bashoboye kwiga, ntacyo babuze mwarakoze ndabashimiye mbikuye ku mutima.”

    Perezida Kagame yavuze ko ibi bikorwa bya politike by’abaturanyi byageze n’aho bitandukanya imiryango.

    Ati “Ibibazo bimwe mvuga, bimwe bitwara abantu hanze, bitandukanya imiryango nabyo biri muri iyo politike […] Nibo rero bagenda bagashuka abana, bagashuka abantu bakuru bakabasezeranya ibyo bazabagira ndetse bakarenga bakabasezeranya ibyo bazabagira hano. Ntibishoboka ntabwo byakunda, nta wundi utari Umunyarwanda wagena icyo u Rwanda rwaba. Ntibishoboka.”

    Perezida Kagame yavuze ko yagiye agira igihe gihagije cyo kuganira na Eric Gisa Rwigema no kumuhanura anamusezeranya ko ntacyo azamuburana ariko bikitambikamo amagambo y’aba baturanyi.

    Ati “Uriya musaza wawe akirangiza amashuri yisumbuye nicaranye nawe kandi nanamugutumyeho nizere ko wamumpereye ubutumwa ndetse nanamutuma no ku mubyeyi wundi yasigaranye. Twagiranye ikiganiro kinini cyane nk’uwubaka umwana muto ukura.”

    “Ari we na mushiki we nanabasezeranyije ko ntacyo bamburana gishoboka ku muntu ariko icyo gihe nyine hagera igihe hakazamo ibintu birebire birimo amatiku n’amagambo aturutse hanze. Rimwe na rimwe ibyo nabyumva nkasubira inyuma nkicecekera nkabyihorera.”

    Perezida Kagame yavuze ko abantu bakwiye kwigira ku mateka y’ibyabaye mu gihugu imiryango n’abantu bakirinda kuryana ndetse asezeranya uyu mukobwa wa Rwigema ko azakomeza kumuba hafi.

    Iri jambo Perezida Kagame yavugiye muri ubu bukwe rifite byinshi rivuze ku mibanire hagati y’u Rwanda na Uganda kuri ubu imaze imyaka yararushijeho gutokorwa. Si kenshi Umukuru w’Igihugu akunze gufata umwanya akavuga birambuye ku ngingo zifitanye isano no kwangirika k’uyu mubano.

    Yanavuze ko mu gihe aba baturanyi bakora ubushotoranyi bukomeye burimo n’amatiku, we ahitamo kutinjira mu ntambara nk’izi ku bushake kuko ahitamo intambara z’ingenzi yarwana ndetse ziba ari na nyinshi kuri we mu kazi akora, bityo izi zo mu baturanyi agahitamo kuzirebesha amaso yicecekeye.

    Perezida Kagame yavuze ku buzima yabanyemo na Fred Gisa Rwigema, asaba umuhungu we gutaha mu gihugu se yitangiye

    source : https://ift.tt/306Wxsr

  • Bruce Melodie yakoze igitaramo cy’amateka (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni ibirori by’amateka yakoreyemo igitaramo kibereye ijisho, ashima abakunzi b’umuziki we n’abakunzi b’umuziki nyarwanda muri rusange, kubera imyaka bamaranye abasusurutsa na we bakamushimira ibihangano bye.

    Ahagana saa kumi n’ebyiri zirengaho iminota micye nibwo umushyushyarugamba MC Tino yahamagaye itorero Inganzo Ngari ryaserutse mu mbyino gakondo, nyuma yaho hatangira kuririmba abahanzi batandukanye barimo Papa Cyangwe Dj Toxxyk aza ku rubyiniro avangavanga imiziki, Alyn Sano na we akurikiraho, Niyo Bosco na we ntiyahatangwa yerekwa urukundo n’abafana, Bull Dogg asusurutsa abakunzi ba Hip Hop, umuhanzi Mike Kayihura wagiye werekwa urukundo yunganirwa na Christopher mu ndirimbo ze zagiye zinyura imbaga zitandukanye kugeza kuri Mi casa aherutse gusohora. Nyuma ye nibwo Dj Marnaud yasoreje abandi bahanzi mbere yo kwakirwa k’uwari utegerejwe cyane muri iki gitaramo ari we Bruce Melodie wari wateranyije imbaga.

    MC Tino
    MC Tino

    Ahagana saa Mbili n’iminota 44 nibwo Umunyamakuru wa KT Radio MC Tino wari umushyushyarugamba yahamagaye mugenzi we Arthur Nkusi kuza kumufasha kwakira umuhanzi Bruce Melodie.

    Umushyushyarugamba Arthur Nkusi
    Umushyushyarugamba Arthur Nkusi

    Bruce Melodie yasusurukije abitabiriye igitaramo mu ndirimbo ze nyinshi zakunzwe haba mu Rwanda no mu mahanga, kuva ku ndirimbo yahereyeho mu myaka icumi ishize nka ‘Tubivemo, Telephone, Inkovu,… kugera kuri ‘Sawa Sawa’ aherutse gusohora. Izi ndirimbo yaziririmbiye abakunzi be babarirwa mu bihumbi bari bitabiriye ibi birori maze na bo baramufasha umurongo ku wundi ari na ko bakaraga umubyimba.

    Ni urugendo rw’akazi katoroshye yakoze ko kudahagarara ari na ho abakunzi be bahereye bamubatiza akazina ka ‘Munyakazi’ kubera kudacika intege nk’abandi bahanzi baza nyuma y’umwaka umwe, cyangwa ibiri bakabivamo bakigira mu bindi. Kuri Bruce Melodie imbaraga yatangiranye umunsi wa mbere n’uyu munsi ntizicogora ahubwo ziriyongera.

    Ibirori byakomeje nyuma yo kuririmba nyinshi mu ndirimbo yahereyeho akajya abivanga no gutumira zimwe mu nkoramutima ze muri uru rugendo rwe bagiye bamufasha agitangira umuziki barimo Ama G, Riderman, Dj Pius kugera ku bahanzi bakiri bato na we yaharuriye inzira mu rugendo barimo Kenny Sol.

    Mu gihe kirenga isaha n’igice uyu muhanzi yamaze ku rubyiniro, ahagana ku isaha ya saa tanu n’iminota micye nibwo iki gitaramo cyasojwe, maze abakunzi b’umuziki bari bamaze igihe kirenga umwaka n’igice batizihirwa bataha bakeye ku mutima.

    Yafashe amashusho y
    Yafashe amashusho y’urwibutso nka gihamya ko yari ahibereye bitari inkuru mbarirano
    Bishimiye ko ibitaramo byasubukuwe nyuma y
    Bishimiye ko ibitaramo byasubukuwe nyuma y’ibihe bitoroshye by’icyorezo cya COVID-19

    source : https://ift.tt/3qfNU9W

  • Burera: Bamusanze mu mugozi bikekwa ko yiyahuye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu rugo rwe ruherereye mu Mudugudu wa Rwabageni, Akagari ka Kiringa mu Murenge wa Kagogo, mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 7 Ugushyingo 2021.

    Intandaro y’uru rupfu, bikekwa ko ari amakimbirane yari afitanye n’uwo bashakanye, nk’uko byagarutsweho na Sibomana Jonas, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kiringa, ati: “Ejo ku wa Gatandatu ubwo yari ageze iwe mu rugo nko mu ma saa moya z’ijoro, yarwanye n’umugore we, bigera n’aho amena ibiryo yari yatetse. Ubwo inzego z’ubuyobozi bw’umudugudu, irondo n’abaturanyi bari batabaye, bagerageje kubakiza biranga, biba ngombwa ko bafata umugabo ngo bamujyane kuri Polisi, kugira ngo adakomeza guhungabanya umutekano. Ubwo bari bageze mu nzira, aratsikira agwira ibuye, rimukomeretsa mu mutwe, biba ngombwa ko bamujyana kwa muganga”.

    Yakomeje ati: “Yagezeyo bamupfuka igikomere cyoroheje yari yagize, ubwo yari avuyeyo, ashaka gukomeza gushyamirana n’umugore we, biba ngombwa ko irondo rigaruka, hafatwa umwanzuro wo bahungisha umugore we, ajya gucumbika mu rundi rugo. Byageze mu masaha y’igicuku, abana bari basigaye mu nzu baryamye, bumva ibintu byiseganya, bagiye kureba basanga umugabo yimanitse mu mugozi, niko kwihutira guhuruza, basanga yamaze gushiramo umwuka”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kiringa, avuga ko uwo mugabo n’umugore we, bajyaga bagirana amakimbirane ndetse n’ubuyobozi bwahoraga mu bibazo byabo, bugerageza kubihosha ndetse no kubagira inama.

    Yagize ati: “Ni kenshi bajyaga bagirana amakimbirane, ndetse n’ubuyobozi bukabijyamo, ndetse ni na kenshi twari twarabicaje, tubagira inama yo kureka amakimbirane, byananirana bakaba bagana inzira y’ubutabera bukabatandukanya. Umugabo yari yaranatwemereye ko inzoga ari zo zibimutera, kandi ko yiteguye kuzivaho, ariko bwacya bikongera”.

    Atanga ubutumwa ku baturage bwo kubana mu bwumvikane ati: “Abantu bari bakwiye kubana mu bwumvikane kuko ni cyo cy’ingenzi urugo rwubakiraho rugakomera. Iyo ubwumvikane bwageze aho kunanirana, bikarenga inama z’abaturanyi n’iz’ubuyobozi; abafitanye ibibazo baba bakwiye kugana inkiko, ngo zibatandukanye mbere y’uko bikurura ingaruka nk’izi”.

    Uyu mugabo n’umugore bari barasezeranye byemewe n’amategeko, banafitanye abana batanu.

    source : https://ift.tt/3CNZ8pr

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG na GAERG guharanira ubuzima bwiza nta kujenjeka – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze ku wa 6 Ugushyingo 2021, mu birori byo Kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 AERG imaze ishinzwe na 18 ya GAERG.

    Umuryango AERG washinzwe n’itsinda ry’abantu 12 ubwo igihugu cyari mu bihe bikomeye Jenoside ikirangira hari abana benshi b’imfubyi batagira kirengera ariko uko bucyeye n’uko bwije ibikorwa byawo bigira uruhare mu guhoza abo bana no kubarera.

    Madamu Jeannette Kagame yashimye ubutwari bw’abatangije uyu muryango watumye abana babasha kurerana no kubona umuti urambye w’ibibazo byinshi bari bafite.

    Yababwiye ko bafite inshingano zo kurinda ubunyarwanda no gukomeza guharanira kugira ubuzima bwiza nta kujenjeka nk’uko bakomeje kugendera kuri iyi ntero.

    Yagize ati “Iyo umuntu abakurikiye kenshi yumva mugira muti ‘imbere heza. Imbere heza haraharanirwa. Mu buzima nta kujenjeka. Izi ni intero zabaranze muri AERG na GAERG zabahaye imbaraga zo gufata icyemezo cyo kubaho no kubaho neza. Si ukubivuga gusa, ni no gukomeza kubikomeraho.”

    “Nimuzishyire rero no mu buzima bwanyu bwa buri munsi kandi zifashe n’abagifite intege nke gutera indi intambwe.”

    Yasabye uru rubyiruko gukomeza kuvoma ku isoko y’abashinze umuryango Ibuka waharaniye imibereho myiza y’abarokotse Jenoside no gusana umuryango nyarwanda na bo bagafasha urundi rubyiruko kumva neza amateka y’igihugu.

    Yongeyeho ko abanyamuryango ba AERG na GAERG basabwa kugira uruhare mu kurwanya ibishaka gusenya ibyagezweho na bo ubwabo bakirinda gutatira igihango.

    Ati “Hari byinshi mubona n’ibyo mutabona bigamije gusenya ibyagezweho no guharanira ko twasubira inyuma. Amaso yanyu rero akwiriye kubibona vuba, kumenya guhitamo no guhangana na byo. Mujya mwumva kandi bavuga ngo ‘umwambi ushuka umuheto kandi bitari bujyane’. Ntimuzatatire igihango.”

    Yakomeje ashima umusanzu abagize iyi miryango batanga mu bikorwa byubaka igihugu kuko kugeza ubu barimo abikorera, abakozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, abarezi n’ababyeyi.

    Ati “Nubwo mwabashije kwirenga ariko nta wuyobewe ko ibikomere bidashira burundu.Byasaga n’aho kubasaba kubaho ari ishyano, nyuma y’ibyo mwaciyemo.Nyamara nk’uko Nyakubahwa Perezida w’igihugu ahora abibutsa ‘ni uko ari mwe mwari mufite icyo mutanga’. Kandi mwarabishoboye koko.”

    Yabasabye kandi kudatezuka ku bikorwa byo kwibuka Jenoside by’umwihariko imiryango yazimye kuko ari ikimenyetso kidasanzwe kigaragaza ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe.

    Uyu muhango kandi wanitabiriwe n’abanyacyubahiro barimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney; Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène; Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe; Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi; Perezida wa Ibuka, Nkuranga Egide n’abandi bayobozi batandukanye.

    Madame Jeannette Kagame yashimye ubutwari bwaranze AERG na GAERG mu myaka ishize

    AERG na GAERG ku isonga mu bikorwa byo kwibuka imiryango yazimye

    Minisitiri Gatabazi yashimiye abagize iyo miryango aho bageze bubaka ubumwe bw’Abanyarwanda binyuze mu kubana neza n’ababahemukiye ndetse n’ababakomokaho.

    Ati “Mwabaye intwari mwemera kubaho, mwakira gahunda ya Ndi Umunyarwanda igamije kubanisha Abanyarwanda.”

    Yabibukije ko ari bo bahanzwe amaso ku hazaza h’igihugu, abasaba kwigaragaza mu nzego zitandukanye zicyubaka zirimo n’ubuyobozi bwacyo.

    Ati “Mu myaka iri imbere muzaba mwarabaye umusemburo w’impinduka nziza tuvuga. Twifuza kubona mutuyobora neza, mutuganisha muri cya cyerekezo twifuza.”

    Minisitiri Dr Bizimana yasabye abagize AERG na GAERG kuzirikana bagenzi babo batangiranye iyo miryango batagihari, huswa ikivi basize.

    Yabashimiye ubutwari bagaragagaje mu bibazo by’uruhuri bari bafite, bagahangana na byo bakanibeshaho neza.

    Ati “Mwaranzwe no kudata icyizere. Kwishyira hamwe bibafasha kucyihesha.”

    Muri byinshi iyo miryango yagezeho muri iyo myaka imaze itangijwe, Dr Bizimana yavuze ko hatazibagirana umusanzu wayo mu kugaragaza amazina y’abari abanyeshuri n’abakozi b’iyari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    AERG ni yo yagaragaje urutonde rw’abanyeshuri 362 bishwe muri Jenoside, amazina yabo n’amashami bigagamo. Yanashyize ahabona abakozi 135 bishwe, amazina yabo n’inzego bakoragamo.

    Dr Bizimana yakomeje ati “Mwabaye ku isonga ry’abahaye agaciro igikorwa cyo kwibuka imiryango 15.593 yari igizwe n’abantu 68.871 yazimye. Ubushakashatsi kuri yo, kuyibuka no kuyiha agaciro.”

    Gen James Kabarebe yavuze ko nubwo “abo bana” banyuze mu bihe bigoye ariko hari byinshi bagezeho bigomba kwishimirwa.

    Yagaragaje ko bahuye n’ibibazo bikomeye ariko bagatsimbarara ku murongo w’Igihugu wo kubana neza na buri wese, baharanira kudacika intege no kudatezuka.

    Ati “Nta mpungenge bigeze batera igihugu kuko bazi kwishakamo ibisubizo. Bihatira cyane kugisha inama kandi bazigirwa bakazumva bakanazikurikiza.”

    Gen. Kabarebe yahishuye ko abagize AERG na GAERG bashatse kenshi kwitangira igihugu bajya mu nzego zitandukanye z’umutekano, uhuye n’inzitizi (nk’imyaka) bikamubabaza.

    Ibikorwa by’indashyikirwa bya AERG na GAERG

    Umuhuzabikorwa wa AERG, Muneza Emmanuel, yasobanuye ko uwo Muryango wabareze neza ukabaha ubupfura n’umuco wo kwishakamo ibisubizo bakomora ku Nkotanyi.

    Mu izina ry’uwo Muryango yashimye Leta y’u Rwanda yababaye hafi ikabigisha, ikabubakira ndetse ikababera umubyeyi kuko imiryango yabo itagihari. Ni ibintu ngo byabomoye ibikomere byo ku mitima.

    Bimwe mu byo iyo miryango imaze kugeraho nk’uko Muneza yabivuze, hari ukubakira abarokotse Jenoside bagera kuri 38, gutanga inka 67 ku miryango yitandukanyije n’abakoze Jenoside, gusana inzu 170 no kugaruza imitungo 1.590 y’abarokotse Jenoside yari yarariganyijwe.

    Na none kandi hubatswe Ikigo cy’isanamitima no kwihangira imirimo mu Bugesera.

    Bashimiye Perezida Paul Kagame wabahaye hegitari 130 bakoreraho ubuhinzi, nk’ikimenyetso cy’uko bafite umurage mu gihugu.

    Gahunda ya “One Dollar Campaign” yagaragajwe nk’umusingi wafashije abadafite aho kuba kubona amacumbi ndetse bahishura ko mu kwishakamo ibisubizo abo banyeshuri bagiye bakusanya 200 Frw buri wese ngo bateganyirize abazabakomokaho bahangana n’ubushomeri. Ubu bagejeje kuri miliyoni 27 Frw.

    Muneza yakomeje ati “Zimwe mu mbogamizi tugihura na zo ni ihungabana, ubushomeri mu barokotse Jenoside ndetse n’abayipfobya.”

    Abayobozi batandukanye mu nzego za Leta babasezeranyije gukomeza kubafasha guhangana na zo.

    Umuyobozi wa GAERG, Gatari Egide, yavuze ko mu byagezweho harimo no gutera ibiti nk’igisobanuro cy’ubumwe bugomba kuranga Abanyarwanda, ndetse no gutanga amaraso byerekana ubwitange.

    Mu byo uwo Muryango uteganya gukora harimo gutanga inka 25 ku barokotse Jenoside, abasirikare bayihagaritse n’abitandukanyije n’abayikoze.

    Yijeje ko abanyamuryango ba AERG na GAERG bafite ubushake bwo gutanga umusanzu mu nzego zitandukanye, ashimira Leta kuba itarahwemye kubaba hafi.

    Ati “Mwatubereye umubyeyi [abwira Madamu Jeannette Kagame] mutwomora ibikomere. Inama zanyu zaradufashije.”

    Kanyabugoyi Speciose (Mama AERG) ni umwe mu bo ababa muri iyi miryango yombi bahora bibuka izina rye kuko yababereye “byose” kugeza aho bageze ubu.

    Yavuze ko iyo miryango yatangiye mu bihe bigoye, abana ari bato ariko bagafatana akaboko ku kandi bagahumurizanya.

    Ati “Bagize urukundo basaranganya bike bafite.”

    Yashimiye Perezida wa Repubulika na Madamu we ku bw’urukundo rwa kibyeyi bagaragarije AERG na GAERG n’abagize iyo miryango abashimira ubutwari bwabaranze ubutitsa.

    Dr Ntaganira Vincent ukora mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ni umwe muri 12 batangije AERG mu Ukwakira 1995. Yasobanuye ko nyuma yo kurokoka yatunguwe no guhurira mu yari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda n’abandi barokotse, bajya inama bemeranya gutangiza ikimenyetso gihamiriza Inkotanyi ko barokotse.

    Ati “AERG yari ifite intego y’uko buri wese ayisangamo.”

    Yasezeranyije ko imiryango AERG na GAERG itazemera ko ibyabaye bisubira ukundi, asaba abagize iyo miryango “kutazatwarwa n’amafaranga” ngo batatire igihango.

    Muri uwo muhango hanatanzwe ubuhamya bw’abagezweho n’ingaruka za Jenoside, haba abo yabaye ari bato n’abavutse nyuma yayo.

    Abagize AERG na GAERG bashyikirije Madame Jeannette Kagame impano bamugeneye we na Perezida Kagame, igizwe n’ifoto y’urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’uko babagaruriye ubuzima.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yashimiye abagize iyo miryango aho bamaze kugera bubaka ubumwe bw’Abanyarwanda

    Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe, yashimye ubutwari bwaranze ababa muri AERG na GAERG mu myaka bamaze bahuje imbaraga

    Umuhuzabikorwa wa AERG, Muneza Emmanuel, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye

    Dr Ntaganira Vincent uri mu batangije AERG avuga aho gutangiza uyu muryango byaturutse

    Ayinkamiye Marie Louise yavuze ko AERG yamubereye umubyeyi mu rusobe rw’ingaruka za Jenoside yarimo

    Akariza Laurette wavutse mu 1999 yavuze uko yahuye n’ingaruka za Jenoside zirimo ihungabana n’ubukene bigatuma yandika igitabo abwira urubyiruko ko rugomba guhangana nazo

    Kanyabugoyi Speciose (Mama AERG) ni umwe mu bo ababa muri AERG bavuga ko yababereye byose

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi ari mu bitabiriye uyu muhango

    Itorero Inyamibwa za AERG ryatangijwe mu 1998, ryataramiye abitabiriye umuhango

    source : https://ift.tt/3GVtYil