Tag: featured

  • Inzego nkuru z’igihugu ni zo zizasubiza ikibazo cy’imisoro ku bakora 50% – Guverineri Kayitesi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Kayitesi avuga ko inzego nkuru z
    Guverineri Kayitesi avuga ko inzego nkuru z’igihugu ari zo zizafata umwanzuro wo kugabanyiriza imisoro abakora 50%

    Ibyo bitangajwe mu gihe abakora 50% mu masoko ya Muhanga na Huye bakomeje gutakamba basaba ko basoreshwa hakurikijwe iminsi bakora, kuko bakomeje guterwa igihombo no gusora no kwishyura ubukode bw’aho bakorera amafaranga menshi.

    Abacururiza mu masoko ya Muhanga na Huye bavuga ko kuva bakomorerwa gukora bakomeje kwishyuzwa imisoro ya buri kwezi nta kubagabanyiriza kandi bakora iminsi 15 gusa mu kwezi.

    Abakorera muri aya masoko kandi bakomeje no kwishyura ibibanza bakoreramo nk’uko byari bimeze mbere ya COVID-19, bakifuza ko bagabanyirizwa kuko bijejwe igihe kirekire gukemurirwa ikibazo baraheba.

    Umwe mu bacuruzi mu isoko rya Muhanga kimwe na bagenzi be, avuga ko yumva neza akamaro k’imisoro ku buryo kuyitanga nta mpungenge babibonamo nk’uko basanzwe babikora, icyakora kubera COVID-19 ubucuruzi bakoraga bwagizweho ingaruka.

    Abacururiza mu isoko bavuga ko bakwiye kugabanyirizwa imisoro kuko bakora iminsi mike
    Abacururiza mu isoko bavuga ko bakwiye kugabanyirizwa imisoro kuko bakora iminsi mike

    Agira ati “Umuntu yakoraga iminsi 30 none ubu dukora 15, hari n’igihe umuntu ataha nta kintu abonye kuko abakiriya bacu hari igihe baza bakatubura tutakoze. Akamaro k’imisoro turakumva kandi twayitanga, ariko igatangwa nk’uko tuba twakoze byaba byiza badusoresheje iminsi tuba twakoze”.

    Ubuyobozi na bwo bwakomeje kwizeza abakora amasaha make ko ikibazo cyabo cyumvikana kandi kiziganwa ubushishozi kikabonerwa umuti, ariko byakomeje gusa nk’ibinanirana kuko igisubizo bakomeje guhabwa n’ubundi cyakomeje kubabwira kwihangana bagategereza ko hafatwa umwanzuro.

    Ni nde uzafata umwanzuro kuri iki kibazo?

    Perezida w’urugaga rw’abikoprera mu Karere ka Muhanga Kimonyo Juvenal, avuga ko kugeza ubu ikibazo cy’abakorera mu isoko rya Muhanga basaba kugabanyirizwa imisoro cyashyikirijwe inzego nkuzu z’igihugu ngo abe ari zo zikigana ubushishozi kuko ari ikibazo cyigaragara hirya no hino mu gihugu.

    Kimonyo avuga ko na we yumva abakorera mu masoko basimburana bakwiye gusora bigendanye n’uko bakoze, kuko imisoro n’ubundi igenwa hakurikijwe imiterere y’akazi kaba kakozwe.

    Kimonyo avuga ko abakora 50% bakwiye gusora 50%
    Kimonyo avuga ko abakora 50% bakwiye gusora 50%

    Agira ati “Ku giti cyanjye numva niba bakora kuri 50% n’imisoro ikwiye kumanuka ikajya kuri 50% kuko ntahandi iva usibye mu kazi bakoze, ariko turizera ko inzego nkuru z’igihugu zizagifatira umwanzuro kandi igisubizo kizaza ari cyiza”.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, na we yemeza ko igisubizo cyo kugabanya imisoro ku bakora igihe gito kizaturuka mu nzego nkuru z’igihugu, kandi hari umurongo ziri kuganiraho zizaha icyo kibazo.

    Isoko rya Huye na bo bakora 50%, barasaba kugabanyirizwa imisoro
    Isoko rya Huye na bo bakora 50%, barasaba kugabanyirizwa imisoro

    Guverineri Kayitesi avuga ko abakora 50% koko badakora neza kuko badakora iminsi yose kandi koko bakomeje gusaba kwishyurira no gusorera iyo 50%, kandi ko icyo kibazo cyashyikirijwe inzego nkuru z’igihugu ngo zigifateho umwanzuro.

    Agira ati “Icyo tubasaba ni ukwihangana kandi ntiducike intege twese tukaguma mu rugamba rwo gukomeza kwirinda, kuko serivisi zose ntizirafungura, ntabwo ari ukubananiza ikibazo cyabo kiri kuganirwaho n’inzego nkuru z’igihugu kandi kizabonerwa igisubizo”.

    Isoko rya Muhanga
    Isoko rya Muhanga

    Ku bijyanye n’abafungiwe utubari na bo basaba gukomorerwa wenda bagashyirirwaho amabwiriza bakurikiza, Guverineri Kayitesi asanga na bo bakwiye gukomeza gutegereza imyanzuro igenda ifatwa bitewe n’uko icyorezo kitwara.

    Icyakora anasaba abakoraga utubari kuba aho bakoreraga bashobora kuhahindurira imiterere bagakoreramo ibindi bintu nka resitora n’ubundi bucuruzi aho gushaka gukora gusa ibintu bimwe.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/inzego-nkuru-z-igihugu-ni-zo-zizasubiza-ikibazo-cy-imisoro-ku-bakora-50-guverineri-kayitesi

  • Rayon Sports yasinyishije rutahizamu mushya w’umunya-Nigeria (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu w’umunya-Nigeria Sunday Jimoh Oni amasezerano y’imyaka ibiri azageza mu wa 2022.

    Mu cyumweru gishizeni bwo uyu rutahizamu yageze mu Rwanda avuye muri Nigeria, akaba yarumvikanye na Rayon Sports nyuma y’aho ibya Moussa Camara bari bizeye bipfiriye.

    Uyu rutahizamu wanyuze mu makipe arimo Abi Warriors yo muri Nigeria ari nayo aje avuyemo ndetse akaba yaranayitsindiye ibitego bitandatu muri uyu mwaka w’imikino ushize, akaba yaranakiniye Ifeanyi Ubah nayo yo muri Nigeria.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rayon-sports-yasinyishije-rutahizamu-mushya-w-umunya-nigeria-amafoto

  • RAB yamuritse ubwoko 6 bw’imbuto z’imyumbati, zinahabwa amazina y’Ikinyarwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imbuto yiswe Gikungu, ngo yera vuba ikaramira umuhinzi kandi ikera myinshi
    Imbuto yiswe Gikungu, ngo yera vuba ikaramira umuhinzi kandi ikera myinshi

    Amazina zahawe ni Nsizebashonje, Buryohe, Tebuka na Biseruka zerera amezi 12 muri rusange (iba yamaze kuba imigugu). Hari na Tegereza yera imyumbati myinshi ariko mu gihe cy’umwaka n’igice, ndetse na Gikungu.

    Kanani Vianney, umutubuzi w’imuto y’imyumbati wo mu Karere ka Ruhango wamuritse Gikungu, yavuze ko nubwo yari ifite utwumbati dutoya ugereranyije n’izindi, yo iramira uwayihinze kuko ku mezi atandatu gusa umuntu ashobora kuyisarura, ariko nanone ku mezi 12 na yo iba ari minini.

    Abatubuzi batanze amazina y
    Abatubuzi batanze amazina y’imbuto bamaze igihe batubura

    Ati “Nayise Gikungu kuko yaje mu gihe gikomeye, nta mbuto y’imyumbati iriho, nuko ituzahurira ubukungu. Ushobora kuyirya itetse itarinze kwinikwa, ariko nanone ushobora no kuyinika ikavamo ubugari”.

    Dr. Athanase Nduwumuremyi, umushakashatsi ku gihingwa cy’imyumbati muri RAB, avuga ko Gikungu, Nsizebashonje, Biseruka na Tegereza zitanga ubugari ariko zikaba zishobora no kuribwa zikiva mu murima, Buryohe ikaribwa ikiva mu murima, naho Tebuka yo igatanga ubugari gusa.

    Izi mbuto zose zihinzwe neza zikanafumbirwa bikwiye, zitanga umusaruro uri hagati ya toni 30 na 40 kuri hegitari.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, avuga ko izi mbuto ari igisubizo ku cyifuzo cy’uko ubuhinzi bw’imyumbati bwagenda mu Rwanda.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y
    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (wa kabiri uturutse ibumoso), yashimye izi mbuto zakozweho ubushakashatsi kuko zitanga icyizere cyo guteza imbere ubuhinzi bw’imyumbati

    Agira ati “Mu Rwanda, imyumbati ihingwa kuri hegitari hafi ibihumbi 200, igatanga hafi toni miliyoni eshatu z’umusaruro. Ugereranyije turacyeza toni 14.5 kuri hegitari, mu gihe ahandi bageze hagati ya toni 20 na 25. Izi mbuto zakozweho ubushakashatsi ziraduha icyizere ko intego yo kweza byinshi ku butaka butoya twazayigeraho”.

    Minisitiri Ngabitsinze arasaba abahinzi kuzifashisha izi mbuto uko bikwiye, ku buryo ubutaka bafite (butiyongera) bwatanga umusaruro ufatika.

    Anifuza ko abashora imari mu gutunganya imyumbati bakwiyongera, kuko kugeza ubu muri rusange umusaruro w’imyumbati ugitunganywa mu buryo bwa kera (gakondo).


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/rab-yamuritse-ubwoko-6-bw-imbuto-z-imyumbati-zinahabwa-amazina-y-ikinyarwanda

  • Perezida Kagame arasaba ko amahoro yagaruka muri Ethiopia mu buryo bwihuse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’uko hashize iminsi Guverinoma ya Ethiopia ihangane na Leta ya Tigray, imwe mu zigize icyo gihugu.

    Mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Demeke Mekonnen, yasabye ko habaho kugarura amahoro muri icyo gihugu mu buryo bwihuse.

    Perezida w’Intara ya Tigray aherutse gutangaza ingabo zayo zarashe ibisasu bya rokete ku kibuga cy’indege cyo muri Eritrea, ibi bikaba byarongereye ahabera imirwano muri aka karere.

    Perezida Debretsion Gebremichael yashinje ingabo za Leta ya Ethiopia kwifashisha icyo kibuga cy’indege mu kugaba ibitero kuri leta ya Tigray.

    Mu butumwa bwo kuri Twitter, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, we yahakanye ko ingabo za Leta zirimo gukorana n’iza Eritrea, avuga ko Ethiopia ifite ubushobozi burenze ubukenewe bwo kugera ku ntego z’iki gikorwa cya gisirikare yo ubwayo.

    Imirwano hagatiya y’Ingabo za Leta ya Ethiopia n’ishyaka riri ku butegetsi muri Tigray, imaze iminsi 15.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/perezida-kagame-arasaba-ko-amahoro-yagaruka-muri-ethiopia-mu-buryo-bwihuse

  • RDC: Ubushyamirane hagati y’ishyaka rya Tshisekedi n’irya Kabila bukomeje gufata indi ntera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu bushyamirane bushingiye ku kuba abarwanashyaka ba CACH ya Tshisekedi bashaka gushyira iherezo ku masezerano yo kwishyira hamwe no gukorana na FCC ya Kabila.

    Abashyigikiye Tshisekedi bavuga ko abo ku ruhande rwa Kabila badatuma Guverinoma y’ubumwe ikorera mu mahoro no mu mutuzo. Baherutse gutanga urugero rwa Minisitiri w’Imari José Sele Yalaghuli, wo muri FCC bamushinja kuba atambamira imishinga myinshi ya Félix Tshisekedi, Minisitiri Yalaghuli ariko we akabihakana.

    Marcellin Bilomba, umujyanama w’ibanze wa Perezida Tshisekedi ushinzwe ubukungu, na we aherutse gushinja Yalaghuli ko mu mwanya wo guhemba abakozi ba Leta yahisemo gukoresha imishahara yabo mu kwishyura abakorana n’abo ku ruhande rwa Kabila mu mishinga yabo bwite.

    Ni mu gihe José Sele Yalaghuli we ahakana ibi birego avuga ko imishahara y’abakozi ba Leta yitabwaho uretse gusa mu gihe habayeho ibindi byihutirwa, ariko ko hari itavogerwa kuko abahembwa ku ikubitiro ari abasirikare, hagakurikiraho abapolisi, abarimu hanyuma abaganga.

    Bivugwa ko uyu mwuka mubi umaze igihe ushingiye ku masezerano atubahirizwa Kabila yagiranye na Tshisekedi mbere yo kumuha ubutegetsi muri 2019.

    Aya masezerano avuga ko mu gihe haba hagiye gufatwa ibyemezo bikomeye, impande zombi zigomba kuganira zikabyemeranyaho, ariko ngo Tshisekedi n’ihuriro rye bashaka gukora ibintu mu buryo bwabo, mu gihe uruhande rwa Tshisekedi na rwo rushinja urwa Kabila kwivanga, dore ko FCC ya Kabila ifite imbaraga mu nzego nyinshi zikomeye.

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/RDC-Ubushyamirane-hagati-y-ishyaka-rya-Tshisekedi-n-irya-Kabila-bukomeje-gufata-indi-ntera

  • U Rwanda rurakira icyiciro cya kane cy’impunzi zivuye muri Libya ku wa Kane #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bagize impunzi zavuye muri Libiya zaje mu Rwanda mu bihe bishize
    Bamwe mu bagize impunzi zavuye muri Libiya zaje mu Rwanda mu bihe bishize

    Gutuza izi mpunzi mu buryo bw’agateganyo mu Rwanda, biteganyijwe mu masezerano yiswe “Emergency Transit Mechanism – ETM”, yo gucumbikira impunzi mu gihe gito, yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda, n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), ndetse n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

    Guverinoma y’u Rwanda, igomba kwishingira umutekano ndetse n’imibereho myiza y’izo mpunzi, mu gihe hategerejwe igisubizo kirambye. Ibi ni ibyatangajwe na Minisiteri ishinzwe Ibiza mu Rwanda, ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter.

    Izo mpunzi, zizacumbikirwa mu nkambi “Emergency Transit Center”, iherereye i Gashora mu Karere ka Bugesera.

    U Rwanda, rumaze kwakira impunzi, ndetse n’abandi basaba ubuhungiro bahunga intambara zibera mu duce tumwe twa Eritrea, Sudan, Somalia ndetse na Ethiopia, bagera kuri 306. Muri bo, abagera kuri 121 bakaba baramaze koherezwa mu bihugu nka Sweden na Canada, naho abagera ku 185 bakaba bakiri mu nkambi i Gashora. Iyi nkambi, ifite ubushobozi bwo kwakira abagera kuri 500.

    Mu mwaka wa 2017, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira impunzi zigera ku bihumbi 30 ku buryo bw’agateganyo, mu gihe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika yunze Ubumwe ugishakisha igisubizo kirambye.

    Mu kwezi kwa Kamena 2020, UNHCR yashimiye Leta y’u Rwanda ndetse n’abaturage bayo, ku bufatanye n’ubumuntu bagaragaje, ku mpunzi zisaga ibihumbi 150 bakiriye.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-rwanda-rurakira-icyiciro-cya-kane-cy-impunzi-zivuye-muri-libya-ku-wa-kane

  • Muhima: Icupa rya Gaz riraturitse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu batangajwe n
    Abantu batangajwe n’iturika ry’iyo gaz, aha barebaga ibisigazwa by’icupa yari irimo

    Ababibonye babwiye Kigali Today ko ari umukozi wari uvuye kugura gaz yo guteka (yo mu gicupa gifatanye n’ishyiga), ageze mu rugo aracana atangiye guteka, abona gaz itangiye gucumba umwotsi.

    Umuturanyi wabonye ibyo biba yagize ati: “Yacanye bisanzwe agira ngo ateke, ariko abona habanje kuza umwotsi mwinshi, agiye kuzimya gaz biranga, noneho ahamagara umukozi wa REG baturanye amutabaza undi aramubwira ngo ashake igitambaro arambikeho ariko ntibyagira icyo bitanga. Abonye bikomeje gucumba yigira inama yo gusohora igicupa cya gaz akijugunya hanze gihita giturika”

    Igicupa cyaturitse gihinduka ubushwange ndetse cyangiza igipangu cy’abaturanyi ku buryo bukomeye ku buryo ubona ko cyari gifite imbaraga (pressure) nyinshi.

    Aho cyaturikiye ni mu nzira icamo abantu ariko ku bw’amahirwe nta muntu wari uri muri iyo nzira.

    Polisi yahise itabara isanga nta bibazo bikabije byabaye, usibye ibikuta by’ibipangu byasenyutse kuko gaz yaturikiye hanze aho umukozi yayijugunye.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/muhima-icupa-rya-gaz-riraturitse

  • Umugabo w’imyaka 78 abaye umuntu wa 46 mu Rwanda wishwe na COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 16 babonetse mu bipimo 3,051 bakaba barimo ababonetse i Kigali:3, Kirehe:2, Muhanga:1, Nyagatare:3, Rubavu:4, Rusizi:2, Rwamagana:1.

    Kugeza kuri uyu wa Kabiri mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,507 muri bo abamaze gukira ni 5008, naho abakivurwa ni 453.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 46, uwapfuye kuri uyu wa Kabiri akaba ari umugabo w’imyaka 78 y’amavuko.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/umugabo-w-imyaka-78-abaye-umuntu-wa-46-mu-rwanda-wishwe-na-covid-19

  • Polisi yerekanye abakekwaho ubujura mu maduka, hamwe n’umucuruzi wa magendu (Amafoto+Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagize iri tsinda bose ni urubyiruko, bakaba ari bo Kalisa Ally w’imyaka 24, Ndeze Vital w’imyaka 27, Bizimana Charles w’imyaka 28, Manzi Chritian Darius w’imyaka 28 na Rukundo Patrick w’imyaka 32.

    Aba basore bibaga kenshi mu maduka akomeye, cyane cyane ay’abantu babona ko bashobora kuba bafite amafaranga menshi. Bafashwe na Polisi mu mpera z’icyumweru gishize bafatirwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali, mu Murenge wa Gatenga wo mu Karere ka Kicukiro ndetse no mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo ndetse n’imodoka bakoreshaga muri ubwo bujura na yo yarafashwe.

    Umwe muri aba bakekwa, Manzi Chritian Darius, yavuze ko batangiye ubu bujura muri Gicurasi uyu mwaka, avuga ko aho yajyanye na bagenzi be kwiba ari habiri honyine i Gisenyi mu Karere ka Rubavu no mu Karere ka Huye.

    Barakekwaho gukoresha imodoka, bakazenguruka ibice binyuranye biba mu maduka
    Barakekwaho gukoresha imodoka, bakazenguruka ibice binyuranye biba mu maduka

    Ati “Iri tsinda naryinjijwemo n’uwitwa Patrick nyuma yo kuva mu bihe bya guma mu rugo. Nkigeramo nasanzemo mugenzi wanjye twari tuziranye kuko twize ku kigo kimwe cya Remera Catholique witwa Ndeze Vital. Twibye amafaranga ibihumbi 700 mu iduka ryo ku Gisenyi, twiba no mu rindi duka ryo mu Mujyi wa Huye ibihumbi 340. Aha hose twahibaga twabanje kuhagenzura tukiga n’uburyo tuzahiba”.

    Aba basore bakoreshaga iyi modoka kugira ngo ibafashe kugenda no kugera aho bashatse hose mu gihe gito. Bafashwe bamaze kwiba ahantu hatandukanye harimo mu Karere ka Kirehe ku Murindi wa Nasho bahibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600, muri Nzeri uyu mwaka, mu Karere ka Rubavu bahibye ibihumbi 700 mu kwezi k’Ukwakira, mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo mu Ukwakira bahibye amafaranga ibihumbi 440.

    Bibye kandi mu Karere ka Huye mu kwezi k’Ugushyingo, bahibye ibihumbi 460, mu Karere ka Nyagatare bahibye ku itariki ya 08 Ugushyingo bahiba amafaranga ibihumbi 300, kuri izi tariki kandi bibye umugore witwa Nyirangirimana Eline ucururiza mu Murenge wa Gitega, ucuruza ibikoresho byo mu rugo akaba n’umucuruzi wa serivisi za banki.

    Bamwibye amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi ijana, kuri uwo munsi banibye uwitwa Muhineza Jules ucururiza muri quartier commercial mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi rwagati, bamwibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 415.

    Nyirangirimana Eline wibwe n’iri tsinda, yavuze ko ku Cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo ahagana saa saba z’amanywa, imodoka y’umukara yo mu bwoko bwa Hyundai yaje igahagarara imbere y’iduka ry’aho acururiza i Nyamirambo maze ahamagarwa n’abantu bari muri iyo modoka ngo ni aze bamubwire.

    Nyirangirimana Eline umwe mu bibwe
    Nyirangirimana Eline umwe mu bibwe

    Ati “Bampamagaye kuza ku modoka nk’aho hari ikintu bashaka kugura. Nuko bakomeza kumbaza ibibazo byinshi bijyanye n’akazi nkora ariko umwe muri bo ava mu modoka yinjira mu iduka ryanjye abandi bakomeza kumbaza, nyuma naje kumva umuntu arimo amenagura ibintu mu iduka mpita nsubirayo”.

    Yakomeje avuga ko agisubirayo yahuye na wa wundi wavuye muri iyo modoka asohoka mu iduka rye nyuma yo kumwiba amafaranga, bahuye ayafite mu ntoki.

    Ati “Nagerageje kumufata ariko andusha imbaraga ariruka arayajyana. Ndibuka imodoka bakoreshaga n’umuntu winjiye mu iduka ryanjye, nubwo atari mu bafashwe berekanwe hano”.

    Iri tsinda kuri uwo munsi kandi ni na yo mayeri bakoresheje biba Muhineza Jules, ubwo bamusangaga aho acururiza mu iduka imbere y’isoko rya Nyarugenge ibikoresho bitandukanye na serivisi za banki, ni na ko kandi ngo bagendaga bakoresha ayo mayeri aho bibye hose mu gihugu.

    Muhineza Jules umwe mu bibwe
    Muhineza Jules umwe mu bibwe

    Nsengayire Schadrack nyir’imodoka yifashishwaga n’iri tsinda mu bikorwa by’ubujura, yavuze ko imodoka ye yayikodeshaga umuntu utwara ba mukerarugendo, ngo yatunguwe no kumva ahamagawe bamubwira ko imodoka ye yafatiwe mu bikorwa by’ubujura.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko ibikorwa bigikomeje byo gufata n’abandi bagize iri tsinda.

    Yagize ati “Kuba twerekanye aba bakekwaho kuba abajura, turizera ko n’abandi bibwe muri ubwo buryo tutazi bazaza gutanga ikirego. Ariko nanone tugatanga ubutumwa bw’uko abantu nk’aba bakora ibikorwa nk’ibi bibi ntaho bafite ho kwihisha Polisi n’abaturage muri rusange”.

    Nsengayire Schadrack nyir
    Nsengayire Schadrack nyir’imodoka yifashishwaga n’iri tsinda mu bikorwa by’ubujura

    CP Kabera yongeyeho ati “Mu kwezi gushize twari hano twerekana itsinda ry’abajura ryibasiraga sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri peteroli, uyu munsi twerekanye irindi tsinda ryibaga abacuruza serivisi zijyanye na banki n’amaduka. Ikigaragara ni uko ushobora gutegura imigambi yawe mibi ukayikora ariko amaherezo ugafatwa ugashyikirizwa ubutabera”.

    Polisi kandi yerekanuye imodoka yafatiwemo amabalo 6 ya magendu y’imyenda ya caguwa

    Nanone ku wa Mbere, Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali i Remera, yeretse itangazamakuru umugore witwa Mbabazi Esther wafatanwe imodoka ifite icyapa kiyiranga cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, CGO 7079 A/19, yafashwe ipakiye amabalo atandatu y’imyenda ya caguwa ya magendu.

    Mbabazi Esther, wafatanywe amabalo 6 y
    Mbabazi Esther, wafatanywe amabalo 6 y’imyenda ya caguwa ya magendu

    Uyu Mbabazi avuga ko iyi modoka yifashishaga mu gutwara iyi myenda ye yakuraga mu Karere ka Rubavu, yayikodeshaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 600 ku kwezi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko uyu mugore yafatiwe ku Giti cy’Inyoni yinjira mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 15 Ugushyingo, yari avuye mu Karere ka Rubavu biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

    Yagize ati “Mbabazi wari utwaye iyi modoka ari na we nyir’imyenda, imodoka akoresha yari ifite ibirahuri byijimye mu rwego rwo guhisha Polisi kugira ngo batamenya ibyo ayipakiyemo, yafashwe ageze ku Giti cy’Inyoni avuye mu Karere ka Rubavu aho yari akuye iyo myenda bivugwa ko hari abandi bantu bayihageza akajya kuyihakura. Ariko uko wagerageza kubihisha kose Polisi iragenzura, upfa kuba hari ibyo ukora bitemewe, biramenyekana”.

    CP Kabera yibukije abakora ubucuruzi bwa magendu ko bakwiye kubicikaho kuko nta cyiza bibagezaho na kimwe uretse igihombo.

    Umuvugizi wa Polisi y
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera

    Ati “Urabukora rimwe kabiri ariko ubwa gatatu uzafatwa ushyikirizwe ubutabera. Nk’uko amategeko abiteganya iyi modoka irafatirwa, imyenda na yo irafatirwa bizatezwe cyamunara kandi n’umushoferi wari uyitwaye azishyura ibihumbi bitanu by’Amadorali (5000$). Urumva ko nta nyungu yo gukora ibyaha, kuko uyu imodoka yayikodeshaga ibihumbi 600 ntabigaruje n’imyenda arayibuze, agiye no gutanga amande kandi n’uwamukodesheje imodoka na we arayibuze kuko izatezwa cyamunara”.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashimiye abaturage batanga amakuru y’abakora ibikorwa bitemewe n’amategeko bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

    Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

    Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu na yo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika (US$5000).

    Amafoto: RNP

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Polisi-yerekanye-abakekwaho-ubujura-mu-maduka-hamwe-n-umucuruzi-wa-magendu-Amafoto-Video