Tag: featured

  • Hakozwe Filime ‘I Bwiza’ igaragaza abungukira mu mvune z’abahanzi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nahimana Clémence asobanura ibyerekeye iyi filime
    Nahimana Clémence asobanura ibyerekeye iyi filime

    Ni filime ivuga inkuru y’umukobwa w’umunyabugeni witwa Gatoni Maya ubona imvune z’abahanzi bakizamuka nyamara ibyiza bakora bikagirira umumaro abandi mu gihe bo usanga bahora mu bukene, akiyemeza kurwana urugamba rutoroshye rwo kugira ngo abahanzi batungwe n’ibyo bakora.

    Nahimana avuga ko iyi filime ‘I Bwiza’ yakozwe ku bufatanye na Imbuto Foundation na Minisiteri y’Urubyiruko, akaba yaratanze umushinga wayo mu ntangiriro z’umwaka wa 2020 mu marushanwa ya ArtRwanda – Ubuhanzi umushinga w’iyo filime uba umwe mu mishinga 30 yatoranyijwe nk’iyahize iyindi ndetse ihabwa inkunga y’amafaranga n’amahugurwa.

    Nahimana avuga ko mu gutunganya iyi filime bibanze no ku muco n’imibereho y’Abanyarwanda ku buryo uzayireba azamenya ibyo Abanyarwanda bakora n’uko babayeho muri rusange.

    Ati “Twayikoze ku buryo uzayireba azifuza gukora ubukerarugendo bushingiye ku muco ndetse n’ubuhanzi, urugero hagaragaramo nk’imigongo izwi cyane mu muco n’ubuhanzi nyarwanda.”

    Sibomana Gilbert wo muri kampani ikora filime yitwa ‘100 Pixels’ wanagize uruhare runini mu gukora iyi filime ‘I Bwiza’ avuga ko gukora iyi filime bitari byoroshye kuko byabasabaga gukora ibintu byiza kandi mu gihe gito ndetse mu bihe byadutsemo n’icyorezo cya covid-19 aho amasaha yo gukora yabaga ari make. Icyakora ubu bishimira ko barimo kugera ku musozo, agashimira abantu batandukanye babigizemo uruhare.

    Sibomana Gilbert ari mu bakoze akazi kanini kuri iyi filime
    Sibomana Gilbert ari mu bakoze akazi kanini kuri iyi filime

    Nahimana Clémence nyiri iyi filime avuga ko bayikoze bayitondeye ku buryo izaba igaragaza itandukaniro n’andi mafirime abantu bakora huti huti mu gihe gito.

    Ati “Iyi filime ifite umwihariko kuko usanga hari abafata amashusho uyu munsi, ejo agasohoka, ariko twebwe kuko twari tuzi icyo tugambiriye, ntabwo wakora filime wifuza kujyana mu iserukiramuco (Festival) ngo ubikore huti huti. Twakoraga bike kandi neza kugira ngo abazabona ibyo twakoze bazabone itandukaniro.”

    Biteganyijwe ko iyi filime I Bwiza ikirimo kunonosorwa izamurikwa ku mugaragaro mu kwezi gutaha kwa 12.

    Biteganyijwe kandi ko iyi filime izerekanwa mu bitaramo by’iserukiramuco hirya no hino ku isi (Festival) mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda, ubuhanzi nyarwanda ndetse n’umuco w’u Rwanda, ariko kandi ikazanafasha mu gutanga ubutumwa bwo guha agaciro ibihangano n’imvune z’abahanzi.

    Iyi filime kandi abayikoze mu Kinyarwanda barateganya no kuyishyira mu ndimi z’Igifaransa n’Icyongereza (dubbing) kugira ngo ubutumwa burimo buzagere ku bantu benshi hirya no hino ku Isi.

    Bamwe mu bakinnyi bagaragara muri iyi filime
    Bamwe mu bakinnyi bagaragara muri iyi filime

    Reba agace gato (trailer) k’iyi filime

    source : https://ift.tt/3qddCf7

  • Minisitiri Gatabazi yemeje ko nta muntu uzajya gutora atarikingije Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi JMV

    Minisitiri Gatabazi ushima uburyo Abanyarwanda bakomeje kwirinda icyorezo cya Covid-19, avuga ko n’amatora mu nzego z’ibanze arimo gushoboka kubera uburyo Abanyarwanda bakomeje kwirinda, atanga icyizere ko n’amatora y’abajyanama ku rwego rw’akarere azakunda.

    Agira ati “Abarimu bose barakingiwe, abakozi ba Leta barakingiwe, abanyeshuri muri kaminuza barakingiwe, n’abatarakingirwa barimo gukorerwa gahunda. Abacuruzi mu masoko, mu maduka, abakozi mu mahoteli abo bose barakingiwe, ni yo mpamvu rero babandi bari kure bitarageraho na bo bazagerwaho. Amatora yashobotse kubera Covid-19 yamanutse, amatora yashobotse kubera twagaragarije Leta ko ashoboka kandi Covid-19 ntikwirakwizwe, kandi abantu bose bazajya gutora ku rwego rw’akarere bazaba bakingiye, kandi bazaba bapimwe nta muntu uzandura cyangwa ngo yanduze abandi.”

    Minisitiri Gatabazi adaciye ku ruhande avuga ko abantu bagomba kwikingiza kuko abatazabikorwa bashobora gutangira kubibazwa.

    Yagize ati “Ntabwo bikwiriye ko abakozi bipimishije, bikingije, umukozi umwe yanga kwikingiza, narangiza ngo ajye agaruka aha abazaniye kabutindi, ntabwo bikwiriye ko umwarimu utarakingiwe yajya imbere y’abanyeshuri, ntabwo bikwiriye ko umukozi kwa muganga ajya kuvura abarwayi atarikingije”.

    Ati “Ni yo mpamvu mu minsi iri imbere nitumara kubona inkingo zihagije abaturage bose bagomba kuzihabwa barazihawe, utarazihawe agomba kubazwa impamvu rimwe na rimwe akaba yakumirwa. Niba tumaze gukingira abantu mu Mujyi wa Kigali, kubwira abantu ko uzajya muri hoteli azaba yarikingije ntabwo waba umuhemukiye, ubwiye abanyeshuri bo muri kamunuza ko tumaze kubakingira, utarakingiwe atazaza ngo yinjire, ariko ibyo bizaza hamaze kuboneka inkingo zihagije ku buryo buri wese zimugeraho.”

    Yaburiye abakora ibikorwa byo guhimba ibyemezo bigaragaza ko bikingije kandi bitarabayeho ko bidakwiye.

    Minisitiri Gatabazi ati “Twabonye hano abahimba ibyemezo bigaragaza ko bikingije bagatanga amafaranga bitarabayeho kubera imyemerere, iyo myemerere yaba imaze iki.”

    U Rwanda rufite umuhigo wo gukingira 40% by’abagomba gufata inkingo za Covid-19, mu gihe mu ntangiriro z’ugushyingo abamaze gukingirwa bageze kuri 25%.

    Tariki ya 7 Ugushyingo 2021, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bamaze guhabwa urukingo doze ya mbere bari miliyoni enye n’ibihumbi 370, mu gihe abarangije gufata inkingo zombi ari miliyoni ebyiri n’ibihumbi 195.


    source : https://ift.tt/3CVmKIR

  • Amashuri aracyategereje ‘Muvelo’ yemerewe na MINEDUC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muvelo zimwe zabuze ibikoresho byo kuzisena bituma zikererwa kugezwa ku mashuri
    Muvelo zimwe zabuze ibikoresho byo kuzisena bituma zikererwa kugezwa ku mashuri

    Ikigo Rwanda Polytechnic (RP) gishinzwe Amashuri Makuru y’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC) kivuga ko ari cyo cyahawe isoko ryo gukora muvelo zagenewe amashuri yose mu gihugu akeneye kugaburirira abana ku ishuri.

    Umuyobozi Mukuru wa RP, Dr James Gashumba, yabwiye Itangazamakuru ko bahawe isoko ry’Amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri, bakaba barakoze muvelo ibihumbi bitanu nk’uko babisabwe.

    N’ubwo izo muvelo zakozwe hari ibigo by’amashuri birimo Urwunge (GS) rwa Kagugu Catholique rw’i Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bivuga ko bikomeje guhangayikishwa n’imirire mibi kandi idahagije y’abana, kuko bitarahabwa muvelo byemerewe.

    Umuyobozi wa GS Kagugu, Jean Baptiste Habanabashaka avuga ko bafite abanyeshuri 1,700 biga mu mashuri yisumbuye hamwe n’abandi 1,300 biga mu mashuri abanza mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu, bose bakeneye gufatira amafunguro ku ishuri ariko basangiye muvelo imwe (yo guteka uburisho bw’ibishyimbo).

    Avuga ko iyo muvelo batayitekeramo umuceri cyangwa umutsima w’ibigori (kawunga) ngo bihaze abo bana bose, bikaba ngombwa guhora bateka imvungure z’ibigori buri gihe, kandi na zo ntizishye neza bitewe n’uko baba bashyizemo nyinshi.

    Habanabashaka yagize ati “Turacyategereje muvelo zitaraza zigomba gutangwa na MINEDUC, twakabaye twaraguze izacu ariko bitewe n’uko twemerewe iza MINEDUC byaba ari ugusesagura amafaranga y’ikigo, turarya ibigori gusa kandi mu bubiko huzuye kawunga n’umuceri.”

    Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’Uburezi bashinzwe gukwirakwiza muvelo mu mashuri, Vedaste Rwigamba, avuga ko n’ubwo muri IPRC Kicukiro huzuye muvelo zakozwe, ngo hakibura ibikoresho byo kuzisena (polishers) kugira ngo bazitange zitunganyijwe neza.

    Rwigamba avuga ko hari muvelo zabanje gukorwa zigatangwa ku mashuri amwe n’amwe, icyiciro cya kabiri kikaba kizatangwa mu cyumweru gitangira kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2021 mu turere tw’Umujyi wa Kigali hamwe n’utwa Ngororero, Nyabihu na Huye.

    Rwigamba yagize ati “Aho i Kagugu ndareba ko bari ku rutonde, ariko uturere twa Gasabo na Kicukiro tuzatangira guhabwa muvelo ku itariki 15 iyo gahunda imare iminsi 10, hanyuma mu matariki 25 y’Ugushyingo tuzatangira kuzubakira amaziko (installation)”.

    IPRC Kicukiro ivuga ko imaze gukora muvelo 5,000
    IPRC Kicukiro ivuga ko imaze gukora muvelo 5,000

    Rwigamba avuga ko hari amashuri arenga ibihumbi bibiri hirya no hino mu gihugu agomba guhabwa muvelo, ariko akaba atazazibonera rimwe bitewe n’uko bazabanza kuzitunganya no kuzitera ku ziko, ndetse no guhugura abashinzwe imicungire yazo ya buri munsi.

    Buri muvelo mu zirimo gukorerwa muri IPRC nta yigurwa amafaranga ari munsi ya miliyoni ebyiri, ariko hari izigeza kuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 500 bitewe n’uko ziba ari nini.

    Gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri iteganya ko umubyeyi azajya atangira umwana amafaranga 94 (ni hafi 100Frw) ku munsi, Leta na yo imutangire 56Frw ku munsi.


    source : https://ift.tt/303L6BG

  • #AMAVUBI: Abakina hanze babiri bageze mu myitozo, mu gihe batatu ba APR FC batitabiriye imyitozo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘AMAVUBI” ikomeje imyitozo igamije gutegura imikino yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi, aho Amavubi azakira Mali ku itariki ya 11 Ugushyingo 2021 kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, naho Kenya bakazayisura ku itariki ya 15 Ugushyingo 2021.

    Imyitozo iri kubera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo
    Imyitozo iri kubera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo

    Abakinnyi babiri Djihad BIZIMANA na Emery MVUYEKURE bamaze kugera mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu, aho Djihad yageze mu Rwanda ejo mu gitondo akaba yanakoranye na bagenzi be, mu gihe umunyezamu Emery Mvuyekure we agaragara mu myitozo y’uyu munsi.

    Sugira Ernest yongeye guhamagarwa
    Sugira Ernest yongeye guhamagarwa

    Abandi bakinnyi barimo TWIZERE Buhake Clément na RAFAEL York nabo bategerejwe kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Ugushyingo 2021, ndetse na IMANISHIMWE Emmanuel ukina muri FAR Rabat yo muri Maroc.

    Amavubi arakora imyitozo nijoro kuko umukino uzaba Saa kumi n
    Amavubi arakora imyitozo nijoro kuko umukino uzaba Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba

    Ku rundi ruhande, mu bakinnyi batanu ba APR FC bari bahamagawe ababashije kwitabira imyitozo ni Nshuti Innocent na Nsanzimfura Keddy, mu gihe Manishimwe Djabel, Ruboneka Bosco na Kwitonda Allain “Bacca” bo batitabiriye aho bivugwa ko bagize ibibazo by’uburwayi.

    Urubuga rwa Interineti rw’ikipe ya APR FC ku wa Gatanu tariki 05/11/2021 rwari rwatangaje ko abakinnyi bose ba APR FC bahamagawe baza kwitabira imyitozo, gusa bakaba batarabashije kuhagera bose.

    source : https://ift.tt/3EVBrwc

  • Kirehe: Umugabo n’abahungu be bakurikiranyweho kwica abana ba mushiki wabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo bwicanyi bwakorewe mu Murenge wa Musaza, mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba. Hakozwe ipererereza, inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abayobozi b’inzego z’ibanze babaza nyina w’abo bana avuga ko abo bana yababyariye iwabo aho yabanaga na se na basaza be.

    Mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi ngo yabuze umwana we mukuru, hanyuma no ku itariki ya 13 z’ukwa cumi 2021 nabwo yasize umwana we muto w’imyaka itatu iwabo ari kumwe na musaza we, agarutse aramubura, amubaza aho umwana we ari amusubiza ko atahazi. Nyina w’abo bana ngo yahise yiyambaza Umukuru w’Umudugudu amubwira ko amaze kubura abana be babiri, kandi ko atazi irengero ryabo.

    Ku wa 15 Ukwakira 2021 mu gitondo abaturanyi bakimenya ko abana be yababuze bahise babaza basaza be babanaga mu nzu bababwira ko abo bana bagiye kwa ba se bababyara, barangije bafata umwanzuro wo gushakisha ahantu hose bageze mu isambu ya sekuru babona ahantu harunze igitaka kikiri kibisi bahakandagiye batangira kurigita basesuruye basangamo umurambo w’umwana muto ari mu mufuka, barebye nko muri metero eshanu yaho bahasanga undi murambo w’uwo mwana mukuru w’imyaka 12 y’amavuko na wo barawushyize mu mufuka. Bafashe umwe muri basaza be, yiyemerera ko yafatanyije na se na murumuna we kubica babanje kubaniga barangije babashyira mu mufuka bajya kubataba mu isambu yabo.

    Iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha ivuga ko nibaramuka bahamwe n’icyaha bazahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange aho riteganya igifungo cya burundu.

    source : https://ift.tt/3mRULnG

  • U Bushinwa bwahaye u Rwanda inkingo ibihumbi 300 za Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Izo nkingo ku ruhande rw’u Rwanda zakiriwe na Dr Tuyishime Albert uyobora ishami rishinzwe kurwanya indwara mu kigo gishinzwe Ubuzima (RBC), naho ku ruhande rw’u Bushinwa zitangwa na Wang Jiaxin, umujyanama mu by’umukungu n’ubucuruzi muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda.

    Itangwa ry’izo nkingo ni ikimenyetso kigaragaza ko ibihugu byombi bikomeje ubucuti no gufatanya mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

    Dr Tuyishime wo muri RBC yavuze ko izi nkingo zitagomba kubikwa ahubwo ko zigomba guhita zigezwa aho zitangirwa zigahabwa abo zagenewe, cyane cyane mu turere two hanze ya Kigali, kuko ari ho hashyizwe ingufu.

    Yagize ati “Ubushobozi ndetse n’ibikenewe kugira ngo zihite zijyanwa burahari, zizatangwa mu turere dutandukanye duhitamo bitewe n’uko icyorezo kimeze, ariko na none n’aho gukingira bigeze muri utwo turere.”

    Ati “Igikurikiraho rero iyo tumenye aho zigomba kujya ni ibintu bitarenza amasaha abiri nyuma yo kuzakira, duhita dukorana n’inzego z’ibanze ndetse n’ibitaro ku buryo n’umunsi ukurikiyeho zirara zigeze aho zigomba gutangirwa, bityo abaturage bakaba bashobora gutangira gukingirwa kuri uwo munsi.”

    Inkingo ibihumbi 300 u Bushinwa buhaye u Rwanda ziyongereye ku zindi ibihumbi 200 u Bushinwa bwari bwahaye u Rwanda mu kwezi kwa munani 2021, zose hamwe zikaba ibihumbi 500.

    Izi doze 300,000 twakiriye kimwe n’izindi zose twakira si izo gushyira mu bubiko. Ahubwo mu gihe kitarenze amasaha 24 zigomba kuba zagejejwe hirya no hino mu turere ahakomereje gahunda yo gu #KingiraURwanda #COVID19. @TuyishimeAlbert https://t.co/HLjmMFvxww pic.twitter.com/CdbGf3cgDD

    — Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) November 7, 2021

    source : https://ift.tt/3H3b5tO

  • Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda ryerekeje mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Saa yine za mu gitondo ku isaha y’i Kigali nibwo itsinda ry’icyiciro cya 4 ry’abapolisi 160 bahagurutse ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Marie Grace Uwimana.

    Aba bagiye gusimbura bagenzi babo bayobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Jeannette Masozera bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro mu Mujyi wa Juba muri Sudani y’Epfo.

    Commissioner of Police (CP) George Rumanzi ushinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda ni we waherekeje abapolisi berekeje muri Sudani y’Epfo, anakira abagarutse kandi abashimira imyitwarire myiza n’ubunyamwuga byatumye batahukana imidari y’ishimwe.

    CP Rumanzi yagize ati “Dutewe ishema no kuba mutahukanye imidari y’ishimwe. Ni ikimenyetso cyerekana ko mwitwaye neza, mugasohoza inshingano mwatumwe n’Igihugu ndetse n’iz’Umuryango w’Abibumbye.”

    SSP Gaston Nsanzimana, mu izina ry’umuyobozi w’itsinda ryari risohoje ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, yishimiye inama n’ubufasha bahawe n’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda kuko ari byo byabafashije kunoza inshingano zo kubungabunga amahoro.

    Ati “Gukurikiza impanuro twahawe mu gihe cyo kugenda ndetse n’inama twagiriwe turiyo ni byo byadufashije kunoza inshingano zo kubungabunga amahoro no kwita ku bagizweho ingaruka n’intambara hagamijwe kubagarurira icyizere cy’ubuzima.”

    SSP Nsanzimana yavuze ko usibye ibikorwa byo kubungabunga amahoro bakoze, banagize n’uruhare mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage ndetse no kubasobanurira uruhare rw’umuturage mu mutekano urambye.

    Iyi nkuru dukesha Polisi y’u Rwanda ivuga ko buri mwaka, u Rwanda rwohereza amatsinda y’abapolisi abiri (2) mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo.

    Itsinda rya mbere ni irigizwe n’abapolisi 160 biganjemo ab’igitsina gore, rikorera ubutumwa mu murwa mukuru Juba. Irindi tsinda rigizwe n’abapolisi 240 rikorera ubutumwa ahitwa Malakal mu Ntara ya Upper Nile.

    source : https://ift.tt/3ES8HnU

  • Umunyamuziki Terence Wilson ‘Astro’ uri mu batangije itsinda UB40 yitabye Imana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Terence Wilson ‘Astro
    Terence Wilson ‘Astro’

    Astro ni umwe mu baririmbyi bamamaye cyane bo mu itsinda UB40 ryakunze kuririmba mu njyana ya reggae mu myaka irenga 30, akaba azwi cyane mu ndirimbo nka Kingston Town, na Red Red Wine. Astro yishwe n’uburwayi yari amaranye igihe gito nk’uko abo baririmbanaga babitangaje. Bavuze ko urupfu rwe rubabaje kandi ko Isi ibuze intwari.

    Astro yasezeye mu murwi UB40 mu 2013 akomezanya n’itsinda ‘UB40 featuring Ali Campbell and Astro’ ryashinzwe n’abahoze muri UB40. Iri tsinda yabarizwagamo ryakoze ibitaramo bitari bike, rikaba ndetse ryateganyaga gukora ibindi bitaramo byinshi bizenguruka hirya no hino ku isi mu mwaka utaha wa 2022.

    Itsinda rya UB40 baritangije mu 1978 mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, ryamamara mu ndirimbo nka Red Red Wine na Can’t Help Falling In Love mu Bwongereza n’ahandi henshi ku Isi.

    Abari bagize UB40 mu 1988: Ali Campbell, Astro, Mickey Virtue, Jimmy Brown, Robin Campbell, Earl Falconer na Norman Hassan
    Abari bagize UB40 mu 1988: Ali Campbell, Astro, Mickey Virtue, Jimmy Brown, Robin Campbell, Earl Falconer na Norman Hassan

    Reba igitaramo bakoreye i Rotterdam mu Buholandi muri 2019

    source : https://ift.tt/2ZVKpKy

  • Imbaraga zanyu muzishyire mu kubaka Igihugu ibindi ni urusaku rupfuye ubusa – Gen Kabarebe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo ku wa Gatandatu tariki 06 Ugushyingo 2021 hizihizwaga isabukuru y’imyaka 25 umuryango AERG w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi umaze ushinzwe, n’imyaka 18 ishize hashinzwe umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Gen James Kabarebe yavuze ko kubera inshingano yari afite, yagize amahirwe yo gukurikirana neza imibereho y’abana bari muri AERG ku buryo azi neza urugendo rwabo uko rwari ruteye nyuma gato ya Jenoside, kugera uyu munsi.

    Ngo abanyamuryango ba AERG na GAERG bakwiye gushimirwa kubera uburyo bitwaye nyuma y’ibibazo bari bahuye na byo bikomeye cyane, ariko bagahangana na byo umuntu ku giti cye, kandi bakaguma ku murongo ukomeye cyane watanzwe n’ubuyobozi bw’igihugu, wo kubaka igihugu kimwe cy’abantu bamwe, baguma kuri uwo murongo bawutsimbararaho, kandi bawugiramo uruhare rukomeye cyane.

    Gen Kabarebe avuga ko imbaraga za GAERG na AERG n’ibikorwa byabo n’umurava wabo n’ubwitange bwabo ari cyo cyonyine cyahesha agaciro abavandimwe babo bambuwe ubuzima bwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Ni cyo cyonyine cyahesha agaciro ababyeyi, abavandimwe, inshuti, bambuwe ubuzima bwabo muri Jenoside, kubaho kwanyu neza, no gukomera, kugira imbaraga, kubaka iki gihugu ni cyo cyonyine cyahesha agaciro abacu bambuwe ubuzima bwabo muri Jenoside, ni na cyo cyashimisha kikanahesha agaciro abasirikare (Inkotanyi) batakaje ubuzima bwabo baharanira kubarokora banyanyagiye hirya no hino mu gihugu, kandi biragaragara ko inzira murimo ari inzira nziza itanga icyizere cy’uko umusanzu wanyu ari umusanzu uremereye cyane”.

    Ngo gukomera kw’abanyamuryango ba AERG na GAERG ni na cyo cyonyine gishobora gutera ipfunwe abashakaga kubamara nk’uko Gen Kabarebe akomeza abisobanura.

    Ati “N’ubu kandi iyo muhagurutse mukavuga, mukandika muri AERG muri GAERG, aho bari bahinda umushyitsi, baratinya cyane, kuko bari bazi ko gahunda kwari ukumaraho, n’abasigaye bagasigara batariho barabaye ibishushungwa cyangwa se barasaze mu mitwe, ariko kubona mukomeye, mubasubiza, muhangana, mwubaka igihugu ni urukundo ruhambaye cyane, bibatera ikibazo kinini cyane”.

    Gen Kabarebe yababwiye ko igihugu kibitezeho ibintu byinshi cyane, kandi ko badakwiye kwita ku byo bumva byose hanze, ahari abanzi benshi b’u Rwanda barimo n’abahunze igihugu bamaze gukora amahano cyangwa abakoranaga na RPF bakagenda, kuko bose ubateranyije ngo ni ubusa.

    Gen Kabarebe ati “Nta kintu kibarimo, iyo bicaye bakiyita ngo ni opposition (barwanya ubutegetsi buriho) nta kintu kibarimo, ni icyuka gusa, ni ihuriro ry’ibisambo, ni abajura, ni abicanyi ushyize hamwe. Nimumbwire niba bazigera bicara hamwe ngo bizihize imyaka 25 y’icyo bagezeho. Ahubwo bagize ibyago ukabakusanyiriza hamwe bose, ngo bakore n’inama imwe gusa yo gufata imigambi yo kurwanya igihugu, ukabashyira nko muri salle ugasohoka, wasanga bicanye imirambo yuzuye aho ngaho, ntabwo mbeshya, ejobundi FDLR ijya gucikamo ibice, Rusesabagina na ba Irategeka bagafata inzira bakava muri Kivu y’Amajyaruguru bakamanuka muri Kivu y’Amajyepfo, ngo baraca mu Burundi baze gutera”.

    Akomeza agira ati “Bagasiga abitwa ba Ntawunguka na ba Mudacumura mu Majyaruguru, icyabiteye ni iki? Bose bari bafite intwaro, bari mu mutwe umwe wa FDLR, barabanje bararwana hagati yabo, abacitse ku icumu bamwe baguma ruguru abandi baramanuka n’uko nguko bameze bose”.

    Ngo amacakubiri bakuriyemo yanze kubashiramo ku buryo babitoza n’abana babo nk’uko Gen Kabarebe abisobanura.

    Ati “Bariya bandi bitwa ngo ni urungano rwanyu ngo ni Jambo Asbl, murabazi muhangana na bo ku mbuga, Jambo Asbl ni iki se, ni agatsiko k’abana ngo bakomoka kwa Mbonyumutwa, n’abandi bajenosideri bacye cyane, ariko ibibazo bafite uyu munsi ni uko havutse ibibazo by’uko ngo Mbonyumutwa ni we wagambaniye Kayibanda kwa Habyarimana, agira inama Habyarimana yo kwica Kayibanda, nibarangiza izo ntambara bakazivamo, bazaze batere u Rwanda”.

    Akomeza agira ati “Fata biriya bisambo ba Kayumba, Rudasingwa, abo bari baturimo, ba Gahima, ba Higiro, buri umwe wese yikoreye umuzigo w’ibyaha bye, n’ubusambo bwe n’ubujura bwe, ku buryo ubashyize hamwe bose na Twagiramungu wabo, ukabashyira muri Salle imwe icyo bakora ni ukwicana nta kindi, rero imbaraga zanyu nimuzishyire mu kubaka igihugu cyanyu, kugiteza imbere, ibi bindi byose ni urusaku rupfuye ubusa, rudafite ikirurimo, ni icyuka gusa”.

    Abakoresha imbuga nkoranyambaga ngo igihe barimo gusubiza abo bantu bajye babikora bemye kandi bajye banababwira abo ari bo, banababwire ko ntacyo bamaze kandi ntacyo bazageraho.

    source : https://ift.tt/3k9Khyn