Tag: featured

  • PAC yahaye Minisitiri w’Intebe amezi atandatu yo gukora amavugurura muri WASAC – #rwanda #RwOT

    Ibibazo by’imiyoborere, imicungire n’imikoreshereze y’umutungo muri WASAC byagiye bigaragazwa muri Raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta kuva mu 2014/2015 kugeza mu 2019/2020.

    Ubwo PAC yumvaga ibisobanuro by’ibigo n’inzego za leta zagaragayemo amakosa mu mwaka wa 2019/2020, WASAC ni cyo kigo cyabimburiye ibindi mu kwitaba uru rwego.

    Mu makosa yayigaragarijwe harimo kudatanga raporo y’imikoreshereze y’umutungo, kudakurikirana no gukemura ikibazo cy’amazi menshi yapfaga ubusa no kwishyura rwiyemezamirimo inshuro ebyiri.

    WASAC yatunzwe agatoki ku kugirana imikoranire mibi n’ibindi bigo birimo RURA na RRA aho yambuye imisoro igera kuri miliyari eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

    Ikindi ni uko ngo yananiwe gushyira mu bikorwa imishinga y’ibikorwa remezo by’amazi mu turere turimo Rusizi, Nyagatare, Muhanga n’ahandi yashowemo agera kuri 64 miliyari z’amafaranga y’u Rwanda n’ibindi.

    Kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2021, nibwo PAC yagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, raporo yayo y’Ibikorwa byo kumva mu ruhame ibisobanuro by’inzego za leta zagaragayeho amakosa mu micungire y’umutungo no mu miyoborere, byabaye kuva ku itariki ya 8 kugeza ku ya 28 Nzeri uyu mwaka.

    PAC yavuze ko amakosa yagaragaye ubwo yasesengura raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya leta 2019/2020 afite uburemere ikaba ari yo mpamvu mu mushinga wayo w’imyanzuro yasabye impinduka zikomeye.

    Yasabye Minisitiri w’Intebe kuvugurura imiterere n’imikorere ya WASAC kugira ngo hakemuke ibibazo byagaragaye muri iki kigo, bigakorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.

    Hari hashize igihe bivuzwe ko Guverinoma yashyizeho itsinda risesengura ibibazo biri muri WASAC, ikigo gikorera mu gihombo nyamara kiri mu bya leta bikora ubucuruzi. Nta makuru y’aho iri sesengura ryaba rigeze cyangwa ibyarivuyemo.

    Muri Nyakanga uyu mwaka, Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ubwo yitabaga Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite kugira ngo atange ibisobanuro ku bibazo byisubiramo muri iki Kigo hamwe n’igishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG), yavuze ko hari gutekerezwa kugabanya WASAC mo ibigo bibiri mu rwego rwo kunoza imicungire yayo.

    Abagize uruhare mu gusesagura umutungo n’amakosa mu micungire y’amasoko basabiwe kubiryozwa

    PAC kandi yasabye ko abagize uruhare mu mitangire y’amasoko arimo iryo gukodesha ahagombaga gukorera Urukiko rw’Ikirenga kuri miliyoni 117. 261.000 Frw yishyurwaga buri kwezi bakurikiranwa.

    Iri soko ryatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imyubakire ariko umugenzuzi w’Imari ya leta yasanze ubwumvikane ku gutanga isoko bwarakozwe akanama k’amasoko n’umujyanama mu by’amategeko batabigizemo uruhare.

    Minisiteri y’Ubutabera yasabwe gukurikirana abagize uruhare mu makosa arimo kwishyura inshuro ebyiri rwiyemezamirimo miliyoni zirenga 103 z’amafaranga y’u Rwanda, byakozwe muri WASAC kimwe n’abakiriye ‘transformers’ 28 zaguzwe na EDCL zitujuje ibyari byasabwe mu nyandiko y’isoko.

    Muri uyu mushinga w’imyanzuro kandi, PAC yasabye ko bitarenze amezi atandatu Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi zaba zakurikiranye ko RTDA, LODA n’uturere bifatanye mu itegurwa ry’igenamigambi, ikurikiranabikorwa n’Isuzumabikorwa rya gahunda ya Feeder Roads hagamijwe gukemura ibibazo byagaragaye mu ikorwa ryayo rituma itaramba.

    Byongeye, Minaloc yasabwe gukurikirana ko uturere twa Rubavu na Ruhango dusubiza amafaranga yari agenewe kubaka amacumbi y’abagenerwabikorwa ba FARG yakoreshejwe icyo atari agenewe.

    Hari kandi gushyiraho uburyo buhamye bwo kubungabunga ibikorwaremezo by’Imidugudu y’Icyitegererezo no gukemura ibiazo by’imyubakire mu Mudugudu wa Gakoro mu Karere ka Musanze bitarenze amezi atanu.

    Ibibazo byagaragaye mu mitangire y’amasoko no mu mu ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga yo gukwirakwiza amashanyarazi byagaragaye ko yadindiye Mininfra yasabwe kubikurikirana.

    Abantu 13 badindije ibikorwa by’imishinga muri RAB byatumye leta ihomba asaga miliyoni 403 z’amafaranga y’u Rwanda na bo basabiwe kubiryozwa.

    Mu bindi harimo ibireba abayobozi bishyuye ubwishingizi bw’ibinyabiziga miliyoni 203 Frw aruta agaciro kabyo ka miliyoni 67 Frw mu Bitaro bya Ruhengeri, abanyereje imifuka ya sima irenga 120 mu Karere ka Nyamasheke na 333 mu Karere ka Ngororero yari igenewe kubaka ibyumba by’amashuri ndetse n’abanyereje ibindi bikoresho by’ubwubatsi mu Karere ka Nyamagabe.

    PAC yakoreye igenzura inzego zigera ku 175 harimo za minisiteri, ibigo bya leta bikora n’ibidakora ubucuruzi, uturere n’Umujyi wa Kigali, imishinga ya leta n’ibitaro.

    Igikorwa cyo kubariza mu ruhame cyakozwe ku nzego n’ibigo 81, imishinga 31, minisiteri esheshatu, ibigo bya leta bikora ubucuruzi bitanu, ibigo bya leta bidakora ubucuruzi umunani, izindi nzego za leta 14 , uturere 27 n’Umujyi wa Kigali.

    Imwe mu nyubako WASAC ikoreramo mu Mujyi wa Kigali

    source : https://ift.tt/3C2P3DY

  • U Rwanda rukomeje kongera ikoranabuhanga mu myigishirize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikoranabuhanga mu mashuri rifasha abana gukora ubushakashatsi
    Ikoranabuhanga mu mashuri rifasha abana gukora ubushakashatsi

    U Rwanda rusanzwe ruzwiho kuza imbere mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, rugiye gukoresha n’iryitwa ‘Atingi’ mu myigishirize, ryatangiye kugera mu bihugu bitari bike bya Afurika.

    Iryo koranabuhanga rishya rifasha abanyeshuri bagorwaga no kugera ku byo bakeneye gushakisha mu masomo yabo atandukanye, haba mu mashuri ya Leta no mu yigenga, kuko baba badafite ibyangombwa bihagije.

    Kuva iryo koranabuhanga rya Atingi ryatangira gukoreshwa muri 2019, rimaze kugera ku bantu hafi miliyoni ebyiri muri Afurika, muri bo abagera ku bihumbi 300 rikaba ryarabafashije kwiga amasomo atandukanye arimo ayo kwihangira imirimo, icungamutungo n’imiyoborere, ajyanye n’iby’ubuzima n’ibindi.

    Umushinga w’iryo koranabuhanga rya Atingi watangiye kugeragezwa mu Rwanda mu mwaka ushize wa 2020, biciye muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo.

    Umuyobozi w’uwo mushinga, Jan-Geritt Groeneveld, avuga ko iryo koranabuhanga ryagize akamaro gakomeye muri gahunda za Leta zo gutanga ubumenyi bushingiye ku ikoranabuhanga mu baturage hirya no hino mu gihugu.

    Agira ati “Aho iri koranabuhanga ryatangiye gukoreshwa riratanga icyizere kurusha uko twabitekerezaga, ari byo biduha imbaraga zo gushora imari mu burezi bwifashisha ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika, bukaba ari uburyo tubonye bwo gutanga umusanzu mu iterambere”.

    Yongeraho ko iryo koranabuhanga rifasha urubyiruko haba mu Rwanda no muri Afurika muri rusange, kongera ubumenyi mu guhanga udushya rukora kandi ntacyo rwishyujwe, cyane ko umuntu arigeraho yaba afite Internet cyangwa atayifite, igikuru ni uko aba afite ‘atingi app’, bikaba byarakozwe kugira ngo byorohere ababyifuza bose kurigeraho nta nkomyi.

    Kuva Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangira gukurikiza integanyanyigisho ishingiye ku bushobozi, aho umwarimu afata umwanya muto imbere y’abana ahubwo akaberekera uko bikorera ubushakashatsi, byabaye ngombwa ko ikoranabuhanga mu mashuri ryifashishwa cyane kugira ngo abanyeshuri biyongerere ubumenyi ari bo ubwabo babigizemo uruhare runini.

    Ibyo byanatumye no mu gihe cya Covid-19, aho amashuri yari yarahagaze, benshi mu bana barirwanyeho bakomeza kwiyibutsa amasomo bifashishije ikoranabuhanga babifashwamo n’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), ari yo mpamvu Leta ikomeza kongera imbaraga mu ikoranabuhanga mu myigishirize no mu zindi serivisi.

    Bamwe mu bahagarariye uwo mushinga hirya no hino, bavuga ko Atingi, ifite inkomoko mu Budagi, ikubiyemo amasomo asaga 300 yafasha urubyiruko kwihangira imirimo, intego yawo ikaba ari ukugera ku bafatanyabikorwa batandukanye barenga 200.


    source : https://ift.tt/3koG4XM

  • Ntabwo ari inshuro imwe natekereje kwiyahura – Ubuhamya bw’uwarokotse Stroke #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mutabaruka Ghislain ni umwe mu bahuye n’ubu burwayi buturuka ku gucika kw’imiyoboro y’amaraso ijya mu bwonko.

    Mu buhamya ndetse n’impanuro aha abakiri bato, abagira inama yo kujya bitwararika bakamenya gukoresha igihe cyabo neza bakirinda kujya mu bigare bibaganisha kunywa itabi, kwirinda umubyibuho ukabije ndetse n’ibindi byose byatuma batagira umwanya uhagije wo kuruhuka kuko iyo asubije amaso inyuma asanga ari ho ashobora kuba yarakuye iyi ndwara.

    Bikurikire muri iyi video:

    source : https://ift.tt/3bWBJGA

  • Kimironko: Umubyeyi arasaba ubufasha bw’aho kuba n’umwana we #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwamahoro n
    Uwamahoro n’umuhungu we barara mu ruganiriro aho bacumbikiwe n’umugiraneza

    Uwamahoro afite ubumuga bw’ingingo yatewe no kwikubita hasi mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2021.

    Ni umubyeyi ugendera mu mbago ebyiri, ndetse ubona ko gutambuka uko bisanzwe bitarongera gukunda neza.

    Yaguye ari mu masaha y’ijoro, ava gushaka ibitunga umuryango we, wari usanzwe ugizwe na we ubwe, umugabo we ndetse n’umwana wabo w’umuhungu, ubu uri mu kigero cy’imyaka 16.

    Uwamahoro avuga ko ubusanzwe yari abanye n’umugabo we n’ubundi mu bibazo, aho ari we ubwe washabikaga acuruza ibitunguru, kugira ngo abashe gutunga uwo muryango.

    Uwo muryango n’ubusanzwe ngo wabagaho mu buzima buciriritse cyane, na cyane ko ubarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe.

    Nyuma yo kugwa akavunagurika, yongeye kugarura ubwenge ari mu bitaro bya Kibagabaga, aho yarwariye kugeza asezerewe akajya gukomeza kwivuza ari mu rugo.

    Bidateye kabiri, umugabo wa Uwamahoro yamutaye mu nzu ntoya bakodeshaga, uwo mubyeyi n’umwana batangira ubuzima bwo kuzerera batagira aho barara.

    Umwe mu bagore bari inshuti yamenye ayo makuru, yiyemeza kumucumbikira mu buzima bugoye na we yari arimo, ariko nyuma y’iminsi itatu gusa aramusezerera.

    Uwamahoro avuga ko we n’umuhungu we basubiye ku muhanda, bongera kurara aho babonye, harimo no ku mbaraza z’inzu.

    Uzamukunda (wicaye) ni we ucumbikiye Uwamahoro n
    Uzamukunda (wicaye) ni we ucumbikiye Uwamahoro n’umuhungu we

    Ubu hashize ibyumweru bitatu gusa, acumbikiwe n’undi mugenzi we watandukanye n’umugabo, yakumva ikibazo cy’uwo mubyeyi akiyemeza kumwakira bakabana mu buzima bugoye na we ubwe abayemo.

    Jeanne Uzamukunda (ucumbikiye Uwamahoro), afite abana babiri. Acumbitse mu nzu y’icyumba kimwe n’uruganiriro, byombi bitoya cyane.

    Uyu Uzamukunda arara mu cyumba n’abana be babiri, hanyuma Uwamahoro n’umuhungu we w’imyaka 16 bakararana mu ruganiriro, na rwo ruba rwuzuyemo ibikoresho byo mu rugo, birimo amasafuriya, imbabura, amasahane, n’ibindi.

    Uzamukunda agira ati “Urabona uko iyi nzu imeze, ndihangana nkaryama mu cyumba n’abana babiri, uyu na we n’umuhungu we bakaryama ahangaha. Iyo tugize icyo tubona turarya, kitaboneka ubwo ni uko tukiryamira”.

    Uwamahoro avuga ko abayeho mu buzima bugoye cyane bwo kutagira aho aba, kutabona icyo kurya, hakiyongeraho kuba umwana we atakiga kubera kubura ibikoresho by’ishuri.

    Asaba Leta ndetse n’abagiraneza kumufasha nibura akabasha kubona aho aba, hanyuma umwana akabasha gusubira mu ishuri.

    Ati “Icyo nasaba ni uko nabona nibura aho mbasha kurambika umusaya, ubundi umwana wanjye agasubira kwiga. Ikindi nasaba gufashwa kubona imibereho kuko ubu sindabasha kugira icyo nakwikorera”.

    Uwamahoro n
    Uwamahoro n’umuhungu we

    Mukankomeje Dancille, umwe mu baturanye na Uwamahoro, avuga ko uyu mubyeyi abayeho nabi kuko atungwa n’abaturage kandi nabwo atari ibihoraho.

    Na we asaba inzego zose gutabara uyu muturage akava muri ubwo buzima.

    Ati “Mudufashe rwose inzego zose zimenye agahinda k’uyu mubyeyi. Mutubwirire umubyeyi wacu Paul Kagame, tuzi ko akunda abaturage be, kandi afite abo bakorana mu nzego z’ibanze, rwose batabare uyu mubyeyi”.

    Uwamahoro avuga ko yagerageje kwegera ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimironko, bakamubwira ko bigeze kumufasha atararwara, bityo ko nta bundi bufasha bamubonera.

    Ati “Ngicuruza bampaye ibihumbi 100 byo gukoresha mu bucuruzi nk’umuntu wo mu cyiciro cya mbere, ariko mu burwayi bwanjye ayo yose yahise ashira”.

    Arongera ati “Ubwo nasubiye ku murenge barambwira ngo nta bundi bufasha bampa”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimironko, Rwabukumba Umuhoza Mado, yabwiye Kigali Today ko ubuyobozi bw’umurenge bwamaze gusura uyu mubyeyi aho acumbitse, kandi ko hari ubufasha agiye guhabwa.

    Uyu muryango usanzwe ubarizwa mu cyiciro cya mbere cy
    Uyu muryango usanzwe ubarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe

    Uyu muyobozi avuga ko mu makuru bamenye ari uko umugabo wa Uwamahoro asanzwe akora akazi k’ubufundi, bityo bakaba bagiye kumushakisha bakagerageza guhuza umuryango.

    Ati “Uwo mugabo agomba kumva ko afite inshingano zo kwita ku muryango we, n’ubwo habaho ubufasha ariko bakaba babana”.

    Ku ikubitiro, uyu muyobozi yavuze ko bagiye gukodeshereza uyu mubyeyi inzu yo kuba abayemo by’igihe gito, hanyuma umuryango wose wazamara kongera gusubirana bakaba bakomeza gushaka imibereho bo ubwabo.

    Ku kibazo cy’umwana wa Uwamahoro utiga, uyu muyobozi yavuze ko bamenye amakuru ko yari yarahagaritse ishuri kubera ko yirukanwe azira imyitwarire mibi, ariko ko bagiye kujya kumusabira imbabazi agasubira kwiga.


    source : https://ift.tt/3o75R7M

  • Ikipe ya APR Women Volleyball Club ikoze impanuka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka ibereye mu Karere ka Kicukiro ahanzwi nko ku Irebero aho bari bagiye gufata abakinnyi babayo.

    Amakuru Umunyamakuru wa Kigali Today ahawe n’umwe mu bari mu modoka avuga ko nta mukinnyi wahasize ubuzima usibye umukinnyi Musanabageni Claudine ngo wakomeretse cyane ubu akaba arimo gukurikiranwa n’abaganga.

    Andi makuru avuga ko iyi mpanuka ngo yaba yatewe n’imodoka yihutaga ikaza gusakirana n’umumotari imodoka yajya kumukatira, igata umuhanda.

    APR WVC ikoze impanuka mu gihe yitegura imikino y’umusoreshwa mwiza (Best Tax Payer) iteganyijwe kuba guhera tariki ya 26-28 Ugushyingo 2021.

    source : https://ift.tt/30i61kG

  • Umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa umaze imyaka 50 wagejeje benshi ku iterambere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Biruta na Ambasaderi w
    Minisitiri Biruta na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, mu muhango wo kwizihiza imyaka 50 y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi

    Umubano w’u Rwanda n’Ubushinwa ugaragarira mu bikorwa byinshi bitandukanye, birimo Ubuvuzi, Uburezi, Ubuhinzi, Ikoranabuhanga, Ibikorwa remezo bitandukanye birimo kwagura umuhanda Gahanga – Sonatube – Kagera ureshya n’ibirometero 13.8, uzatwara agera kuri Miliyari 65 y’Amafaranga y’u Rwanda hamwe n’indi mihanda inyuranye.

    Ibyo byose byiyongeraho amavomo ya Nayikondo 200 ari hirya no hino mu gihugu, yuzuye atwaye asaga Miliyari 7 z’Amafaranga y’u Rwanda, ari na ho abagezweho n’ibyo bikorwa bahera bemeza ko byabagiriye akamaro.

    Umuturage wo mu Karere ka Kicukiro witwa Jean Marie Vianney Gahiganwa, ubwo yaganiraga n’igitangazamakuru cya RBA, yavuze ko umubano w’ibihugu byombi wabagiriye akamaro kuko hari ibyo bungukiyemo.

    Yagize ati “Icyo mvuga kuri aba Bashinwa, mu by’ukuri uko bafite ubufatanye n’u Rwanda byatugejeje ku iterambere kandi natwe twabigiriyemo inyungu nyinshi, kuko abakozi benshi bahabonera amafaranga, kubera ko hari bakora akazi k’ubuyede n’abafundi”.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta

    Mugenzi we witwa François Murama wo mu Karere ka Kamonyi ati “Byatubereye byiza kuba Abashinwa baratuzaniye amazi meza, ubu noneho tugiye kugira ubuzima buzira umuze”.

    Ubwo yifatanyaga n’abahagarariye igihugu cy’u Bushinwa mu Rwanda mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, ku wa Mbere tariki 08 Ugushyingo 2021, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, yashimiye ibikorwa bitandukanye byagezweho kubera uburyo byahinduye imibereho y’abaturage.

    Ati “Ikoranabuhanga, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Ingendo zo mu kirere, Uburezi, Kubaka ubushobozi, Ubuzima, Ubucuruzi, Ubukerarugendo, Ubuhinzi ndetse n’umutekano uhamye, umubano wacu n’ukuva mu kwezi kwa 11 mu 1971, by’umwihariko kuri twe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twakoranye cyane mu kuzamura imibereho n’iterambere ry’abaturage ndetse no gutezimbere ibya politike. Ubushinwa buza mu myanya y’imbere mu gushora imari mu Rwanda, rikaba ryarahanze imirimo itandukanye ibihumbi n’ibihumbi”.

    Amb Rao Hongwei
    Amb Rao Hongwei

    Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, avuga ko kuva mu mwaka wa 1971 umubano w’ibihugu byombi uhagaze neza.

    Ati “Ubufatanye mu iterambere n’ubucuruzi tubihuriyeho, Ubushinwa bunejejwe n’uko u Rwanda ari umufatanyabikorwa ukomeye mu bucuruzi ndetse no mu mishinga minini, ubufatanye mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi mu mwaka wa 2020 bwageze ku madolari ya America Miliyoni 321 n’ubwo habayemo icyorezo cya covid-19. Hari imishinga minini y’ibikorwa remezo Ubushinwa bwagizemo uruhare mu kubyubaka, bituma u Rwanda rurushaho kuzamuka mu iterambere, ndetse n’imibereho y’abaturage”.

    Mu mpera z’umwaka wa 2020 ishoramari ry’u Bushinwa ryari Amadorari ya America Miliyoni 191, ni ukuvuga asaga Miliyari 190 z’Amafaranga y’u Rwanda mu byiciro bitandukanye birimo ibikorwa remezo, Ubuzima, Kungurana ubumenyi mu by’uburezi, Ikoranabuhanga n’Ubugeni.

    source : https://ift.tt/3bTVXAy

  • Musanze: Basoje ukwezi kw’ibikorwa by’ubukorerabushake bashyikiriza abaturage amatungo n’inzu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyirasukari Drocella worojwe inka yashimishijwe n
    Nyirasukari Drocella worojwe inka yashimishijwe n’uko igiye kumukura mu bukene

    Ibi abo mu Mirenge itandukanye yo muri ako Karere borojwe amatungo agizwe n’inka, ihene, abubakiwe inzu zo guturamo, abubakiwe uturima tw’igikoni n’ubwiherero, bemeza ko bateye intambwe yo kubaho batakiri mu bwigunge, babikesha ibyo bikorwa by’urubyiruko.

    Mukamanzi Jeannette wo mu Mudugudu wa Muhe, Akagari ka Kampanga mu Murenge wa Kinigi; hamwe n’abavandimwe be uko ari batatu basigaye ari imfubyi zirera batagira ahatekanye baba, bitewe n’uko inzu ababyeyi babo babasigiye yasenywe n’ibiza.

    Nyuma yo gushyikirizwa inzu bubakiwe n’urubyiruko rw’abakorerabushake, banejejwe no kuba batazongera gutura mu nzu y’ikirangarizwa.

    Yagize ati “Inzu yacu, igikuta kimwe cyose cyari cyarasenywe n’ibiza tukabaho dutuye mu murangarizwa. Imvura yaragwaga ikadushirira, tugera ubwo turambirwa, tuyivamo, tujya gucumbika ahandi, na ho baturambiwe kuko twabaga tudafite ubushobozi bwo kwishyura, bakadusohora, tugahora tuzerera gutyo gutyo. Bwari ubuzima bugoye cyane kuko muri twe nta n’uwari ufite akazi. Iyi nzu nshya batwubakiye, yaduteye ibyishimo birenze, kuko idutuye umutwaro twari tumaze imyaka isaga 12 twikoreye, utugoye wo kutagira icumbi”.

    Nyirasukari Drocella, umuturage utishoboye worojwe inka, agaragaza ko yari ayikeneye kugira ngo imukamirwe ndetse abone ifumbire.

    Yagize ati “Nta kintu na kimwe nagiraga kubera ubukene. Nabagaho mpfundikanya nabona bwije cyangwa bukeye ngashima Imana. Ndashimira aba bana b’urubyiruko barebye akababaro kanjye bakangabira iyi nka. Ndajya nyiragira, nyiteho uko bikwiye kugira ngo izororoke byihuse, mbone amata n’ifumbure yo kwifashisha mu buhinzi. Iyi nka ni akabando k’iminsi kagiye kumfasha gusezerera ubukene bwari bwaramperanye”.

    Abaturage borojwe amatungo magufi ngo babashe gutangira imishinga mito ishingiye ku bworozi
    Abaturage borojwe amatungo magufi ngo babashe gutangira imishinga mito ishingiye ku bworozi

    Uretse inzu n’inka byashyikirijwe imiryango itishoboye, urubyiruko rw’abakorerabushake rwanoroje abantu 15 amatungo magufi agizwe n’ihene, mu rwego rwo kubafasha gutangira imishinga y’ubworozi iciriritse, banashyikirije Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ku rwego rw’Umurenge wa Muhoza, Hamza Iddi, telefoni ngendanwa igezweho, kuko yahize abandi mu kwimakaza udushya mu bikorwa bagiye bakora ku rwego rw’imirenge igize Akarere ka Musanze.

    Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Musanze, Gafishi Sebahagarara, wari uhagarariye ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze muri icyo gikorwa, yashimiye Youth Volunteers Musanze, uburyo bakomeje kugira uruhare mu kuzamura iterambere ry’umuturage, by’umwihariko bafasha abatishoboye.

    Ni mu gihe inzego zishinzwe umutekano na zo zihamya ko uru rubyiruko rutanga icyizere cyo gukomeza kubaka igihugu cyiza cy’ejo hazaza, ariko bagasabwa gukomeza kuba maso, barushaho gusigasira ibyagezweho, binyuze mu gukumira ibyaha ari nako batanga amakuru y’ibihungabanya umutekeno hakiri kare, kugira ngo hirindwe abawusubiza inyuma.

    SSP Jean Pierre Kanobayire, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Musanze, yagize ati “Kuba u Rwanda rutekanye, umuturage akaba aryama agasinzira, agenda atikandagira, aharanira gutera imbere, mwe rubyiruko muri mu byiciro by’abantu baba babigizemo uruhare. Abashaka gusubiza inyuma bene ibyo bikorwa bahora bagerageza guhungabanya umutekano, bishora mu byaha bya hato na hato, bagahohotera abandi n’ibindi bisa na byo. Tubasaba gukomeza umurego wo kurwanya ibikorwa nk’ibyo no gutanga amakuru hakiri kare; kugira ngo tubikumire, bityo n’iri terambere muharanira ubu hatagira uriburizamo cyangwa ngo arisubize inyuma”.

    Inzu yubakiwe abana b
    Inzu yubakiwe abana b’imfubyi bibana bituma baca ukubiri no gutura mu kirangarizwa

    Ibikorwa byose, byatwaye amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni 6 uru rubyiruko rwakusanyije. Ngo icyo bagamije, nk’uko byemejwe na Robert Byiringiro, Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Musanze, ni ukugera ikirenge mu cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, uhora akangurira urubyiruko kuba umusemburo w’impinduka z’imibereho myiza y’abaturage.


    source : https://ift.tt/3wvVTAs