Tag: featured

  • Umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa umaze imyaka 50 wagejeje benshi ku iterambere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Biruta na Ambasaderi w
    Minisitiri Biruta na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, mu muhango wo kwizihiza imyaka 50 y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi

    Umubano w’u Rwanda n’Ubushinwa ugaragarira mu bikorwa byinshi bitandukanye, birimo Ubuvuzi, Uburezi, Ubuhinzi, Ikoranabuhanga, Ibikorwa remezo bitandukanye birimo kwagura umuhanda Gahanga – Sonatube – Kagera ureshya n’ibirometero 13.8, uzatwara agera kuri Miliyari 65 y’Amafaranga y’u Rwanda hamwe n’indi mihanda inyuranye.

    Ibyo byose byiyongeraho amavomo ya Nayikondo 200 ari hirya no hino mu gihugu, yuzuye atwaye asaga Miliyari 7 z’Amafaranga y’u Rwanda, ari na ho abagezweho n’ibyo bikorwa bahera bemeza ko byabagiriye akamaro.

    Umuturage wo mu Karere ka Kicukiro witwa Jean Marie Vianney Gahiganwa, ubwo yaganiraga n’igitangazamakuru cya RBA, yavuze ko umubano w’ibihugu byombi wabagiriye akamaro kuko hari ibyo bungukiyemo.

    Yagize ati “Icyo mvuga kuri aba Bashinwa, mu by’ukuri uko bafite ubufatanye n’u Rwanda byatugejeje ku iterambere kandi natwe twabigiriyemo inyungu nyinshi, kuko abakozi benshi bahabonera amafaranga, kubera ko hari bakora akazi k’ubuyede n’abafundi”.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta

    Mugenzi we witwa François Murama wo mu Karere ka Kamonyi ati “Byatubereye byiza kuba Abashinwa baratuzaniye amazi meza, ubu noneho tugiye kugira ubuzima buzira umuze”.

    Ubwo yifatanyaga n’abahagarariye igihugu cy’u Bushinwa mu Rwanda mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, ku wa Mbere tariki 08 Ugushyingo 2021, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, yashimiye ibikorwa bitandukanye byagezweho kubera uburyo byahinduye imibereho y’abaturage.

    Ati “Ikoranabuhanga, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Ingendo zo mu kirere, Uburezi, Kubaka ubushobozi, Ubuzima, Ubucuruzi, Ubukerarugendo, Ubuhinzi ndetse n’umutekano uhamye, umubano wacu n’ukuva mu kwezi kwa 11 mu 1971, by’umwihariko kuri twe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twakoranye cyane mu kuzamura imibereho n’iterambere ry’abaturage ndetse no gutezimbere ibya politike. Ubushinwa buza mu myanya y’imbere mu gushora imari mu Rwanda, rikaba ryarahanze imirimo itandukanye ibihumbi n’ibihumbi”.

    Amb Rao Hongwei
    Amb Rao Hongwei

    Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, avuga ko kuva mu mwaka wa 1971 umubano w’ibihugu byombi uhagaze neza.

    Ati “Ubufatanye mu iterambere n’ubucuruzi tubihuriyeho, Ubushinwa bunejejwe n’uko u Rwanda ari umufatanyabikorwa ukomeye mu bucuruzi ndetse no mu mishinga minini, ubufatanye mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi mu mwaka wa 2020 bwageze ku madolari ya America Miliyoni 321 n’ubwo habayemo icyorezo cya covid-19. Hari imishinga minini y’ibikorwa remezo Ubushinwa bwagizemo uruhare mu kubyubaka, bituma u Rwanda rurushaho kuzamuka mu iterambere, ndetse n’imibereho y’abaturage”.

    Mu mpera z’umwaka wa 2020 ishoramari ry’u Bushinwa ryari Amadorari ya America Miliyoni 191, ni ukuvuga asaga Miliyari 190 z’Amafaranga y’u Rwanda mu byiciro bitandukanye birimo ibikorwa remezo, Ubuzima, Kungurana ubumenyi mu by’uburezi, Ikoranabuhanga n’Ubugeni.

    source : https://ift.tt/3bTVXAy

  • Musanze: Basoje ukwezi kw’ibikorwa by’ubukorerabushake bashyikiriza abaturage amatungo n’inzu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyirasukari Drocella worojwe inka yashimishijwe n
    Nyirasukari Drocella worojwe inka yashimishijwe n’uko igiye kumukura mu bukene

    Ibi abo mu Mirenge itandukanye yo muri ako Karere borojwe amatungo agizwe n’inka, ihene, abubakiwe inzu zo guturamo, abubakiwe uturima tw’igikoni n’ubwiherero, bemeza ko bateye intambwe yo kubaho batakiri mu bwigunge, babikesha ibyo bikorwa by’urubyiruko.

    Mukamanzi Jeannette wo mu Mudugudu wa Muhe, Akagari ka Kampanga mu Murenge wa Kinigi; hamwe n’abavandimwe be uko ari batatu basigaye ari imfubyi zirera batagira ahatekanye baba, bitewe n’uko inzu ababyeyi babo babasigiye yasenywe n’ibiza.

    Nyuma yo gushyikirizwa inzu bubakiwe n’urubyiruko rw’abakorerabushake, banejejwe no kuba batazongera gutura mu nzu y’ikirangarizwa.

    Yagize ati “Inzu yacu, igikuta kimwe cyose cyari cyarasenywe n’ibiza tukabaho dutuye mu murangarizwa. Imvura yaragwaga ikadushirira, tugera ubwo turambirwa, tuyivamo, tujya gucumbika ahandi, na ho baturambiwe kuko twabaga tudafite ubushobozi bwo kwishyura, bakadusohora, tugahora tuzerera gutyo gutyo. Bwari ubuzima bugoye cyane kuko muri twe nta n’uwari ufite akazi. Iyi nzu nshya batwubakiye, yaduteye ibyishimo birenze, kuko idutuye umutwaro twari tumaze imyaka isaga 12 twikoreye, utugoye wo kutagira icumbi”.

    Nyirasukari Drocella, umuturage utishoboye worojwe inka, agaragaza ko yari ayikeneye kugira ngo imukamirwe ndetse abone ifumbire.

    Yagize ati “Nta kintu na kimwe nagiraga kubera ubukene. Nabagaho mpfundikanya nabona bwije cyangwa bukeye ngashima Imana. Ndashimira aba bana b’urubyiruko barebye akababaro kanjye bakangabira iyi nka. Ndajya nyiragira, nyiteho uko bikwiye kugira ngo izororoke byihuse, mbone amata n’ifumbure yo kwifashisha mu buhinzi. Iyi nka ni akabando k’iminsi kagiye kumfasha gusezerera ubukene bwari bwaramperanye”.

    Abaturage borojwe amatungo magufi ngo babashe gutangira imishinga mito ishingiye ku bworozi
    Abaturage borojwe amatungo magufi ngo babashe gutangira imishinga mito ishingiye ku bworozi

    Uretse inzu n’inka byashyikirijwe imiryango itishoboye, urubyiruko rw’abakorerabushake rwanoroje abantu 15 amatungo magufi agizwe n’ihene, mu rwego rwo kubafasha gutangira imishinga y’ubworozi iciriritse, banashyikirije Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ku rwego rw’Umurenge wa Muhoza, Hamza Iddi, telefoni ngendanwa igezweho, kuko yahize abandi mu kwimakaza udushya mu bikorwa bagiye bakora ku rwego rw’imirenge igize Akarere ka Musanze.

    Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Musanze, Gafishi Sebahagarara, wari uhagarariye ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze muri icyo gikorwa, yashimiye Youth Volunteers Musanze, uburyo bakomeje kugira uruhare mu kuzamura iterambere ry’umuturage, by’umwihariko bafasha abatishoboye.

    Ni mu gihe inzego zishinzwe umutekano na zo zihamya ko uru rubyiruko rutanga icyizere cyo gukomeza kubaka igihugu cyiza cy’ejo hazaza, ariko bagasabwa gukomeza kuba maso, barushaho gusigasira ibyagezweho, binyuze mu gukumira ibyaha ari nako batanga amakuru y’ibihungabanya umutekeno hakiri kare, kugira ngo hirindwe abawusubiza inyuma.

    SSP Jean Pierre Kanobayire, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Musanze, yagize ati “Kuba u Rwanda rutekanye, umuturage akaba aryama agasinzira, agenda atikandagira, aharanira gutera imbere, mwe rubyiruko muri mu byiciro by’abantu baba babigizemo uruhare. Abashaka gusubiza inyuma bene ibyo bikorwa bahora bagerageza guhungabanya umutekano, bishora mu byaha bya hato na hato, bagahohotera abandi n’ibindi bisa na byo. Tubasaba gukomeza umurego wo kurwanya ibikorwa nk’ibyo no gutanga amakuru hakiri kare; kugira ngo tubikumire, bityo n’iri terambere muharanira ubu hatagira uriburizamo cyangwa ngo arisubize inyuma”.

    Inzu yubakiwe abana b
    Inzu yubakiwe abana b’imfubyi bibana bituma baca ukubiri no gutura mu kirangarizwa

    Ibikorwa byose, byatwaye amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni 6 uru rubyiruko rwakusanyije. Ngo icyo bagamije, nk’uko byemejwe na Robert Byiringiro, Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Musanze, ni ukugera ikirenge mu cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, uhora akangurira urubyiruko kuba umusemburo w’impinduka z’imibereho myiza y’abaturage.


    source : https://ift.tt/3wvVTAs

  • Ingabo z’u Rwanda nta ruhare zagize mu gitero cyitiriwe M23 muri Congo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri iryo tangazo harimo ko byavuzwe ko umutwe w’abarwanyi bari aba M23, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 7 Ugushyingo 2021, bambutse umupaka baturutse muri Uganda ari na ho bakambitse, bagaba igitero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse bigarurira uduce twa Tshanzu na Runyoni.

    Abo bari abarwanyi ba M23, ntibigeze basaba ubuhungiro mu Rwanda ubwo bahagarikaga kurwana muri RDC mu 2013, ahubwo bari bari muri Uganda, ari na ho icyo gitero cyaturutse.

    Itangazo rikomeza rivuga ko habaye hari raporo, igitangazamakuru cyangwa andi makuru agaragaza aho akomoka muri aka karere, avuga ko abarwanyi ba M23 baba baraturutse cyangwa bari ku butaka bw’u Rwanda, yaba ari amakuru y’ibinyoma (Propaganda) agamije kwangiza umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na RDC.

    source : https://ift.tt/3F4KfzX

  • Gushakira ubwatsi kure y’urwuri ni ugukwirakwiza indwara – Guverineri Gasana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Gasana avuga ko kwahira hirya y
    Guverineri Gasana avuga ko kwahira hirya y’urwuri bitemewe ku muntu urufite ahubwo akwiye gutera ubwatsi

    Abitangaje mu gihe bamwe mu borozi mu Karere ka Nyagatare basigaye bashakira ubwatsi bw’inka mu gishanga cy’umugezi w’Umuvumba gihinzemo umuceri, mu kigo cya gisirikare cya Gabiro no ku nkengero z’umugezi w’Akagera.

    Imirenge ya Karangazi, Rwimiyaga, Nyagatare na Matimba yahuye n’ikibazo cy’izuba ryatse igihe kirekire hafi amezi atandatu, bituma amatungo asonza cyane ndetse hamwe aranapfa kubera kubura ubwatsi.

    Mu kagari ka Rutungo na Cyamunyana aborozi bahiraga ubwatsi ku nkengero z’Umugezi w’Akagera, ariko baje kubibuzwa ku mpamvu bavuga ko batazi.

    Umwe ati “Ubundi mu zuba twajyaga twahira ku nkengero z’umugezi inka zacu zikabaho none baratubujije, twabasabaga rwose ko badufasha muri iki gihe hanyuma imvura yagwa tugatera ubwatsi ntituzongere kuhahira.”

    Umufuka umwe w
    Umufuka umwe w’ubwatsi ugura 1,000 byatumye benshi ariho bajya gushakira amaramuko

    Ni mu gihe aborozi mu Kagari ka Kirebe, Umurenge wa Rwimiyaga ndetse n’abo mu Murenge wa Nyagatare bayobotse icyanya cy’umugezi w’Umuvumba gihingwamo umuceri, bakahira ubwatsi buri hagati y’imirima y’abahinzi.

    Abakora akazi ko kwahira ubwatsi bavuga ko babyungukiyemo kuko bakuramo amafaranga atunga imiryango yabo.

    Uwaganiriye na Kigalitoday utifuje ko amazina ye atangazwa avuga ko ku munsi yahira imifuka ine agakuramo amafaranga atunga urugo rwe.

    Yagize ati “Ubu mvuye mu Kirimburi inshuro ya kabiri, umufuka umwe wuzuye neza ugurwa amafaranga 1,000 kandi bawurwanira. Hari ubwo mbona itanu urumva ni 5,000 ku munsi, nta kandi kazi nakora ubu, nzakena imvura nikomeza kuba nyinshi.”

    Umufuka avuga agurisha amafaranga 1000 ushobora kujyamo ibiro 20 by’ubwatsi utsindagiye neza, mbere ukaba waraguraga amafaranga 500 nabwo ukagurwa na bake igihe cy’imvura.

    Guverineri Gasana avuga ko kwahira mu bishanga, mu kigo cya gisirikare cyangwa muri pariki bitemewe kuko bishobora gukurura indwara.

    Mu minsi itari iy
    Mu minsi itari iy’amasomo abana bakora akazi ko kwahira bakagurisha ubwatsi

    Asaba aborozi korora inka zijyanye n’inzuri bafite kandi bakamenya no guhinga ubwatsi bushobora kubagoboka igihe habaye impeshyi ndende.

    Ati “Ubundi inka imwe igenewe kurisha hegitari imwe, urumva aborozi babyubahirije bakongeraho ibisigazwa by’imyaka n’ubwatsi bwahinzwe ntibakenera kujya gushakisha ubwatsi ahandi. Ufite urwuri ntabwo ujya kwahira hanze ukora ibishoboka byose bikaboneka mu rwuri rwawe, ibindi wakora ni ugukurura indwara.”

    Avuga ko hari gahunda yo kugirana n’aborozi amasezerano yo gukorera no gukoresha neza inzuri uzabirengaho akabihanirwa, harimo kwamburwa urwuri rugahabwa ushoboye kurukoresha.


    source : https://ift.tt/3H4vY8c

  • Abagenzacyaha batangiye amahugurwa azabafasha kunoza akazi kabo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagenzacyaha biteze kungukira muri ayo mahugurwa ubumenyi butuma bakora akazi neza
    Abagenzacyaha biteze kungukira muri ayo mahugurwa ubumenyi butuma bakora akazi neza

    Abagenzacyaha bagaragaza ko ayo mahugurwa azabafasha kunoza akazi kagendanye n’igihe kuko uko amategeko ahinduka n’abagenzacyaha bakwiye guhindura uburyo bakoragamo, kugira ngo babashe gutegura neza akazi k’ubutabera.

    Umuyobozi ushinzwe gukumira ibyaha muri RIB, Jean Claude Ntirenganya, atangaza ko akazi k’ubutabera gashingiye ku bugenzacyaha kuko ari bwo butegura amadosiye ashyikirizwa ubushinjacyaha, hakaba hakenewe ko akorwa neza kinyamwuga kugira ngo inzego zikurikiraho mu butabera zibashe gukora akazi kazo neza.

    Agira ati “Ubugenzacyaha ni imirimo ishingiye ku mategeko kandi agenda avugururwa, tugomba kugendana n’ibyo amategeko atubwira, kuko igikorwa cya mbere kugera ku cya nyuma mu butabera bigomba kuba bitabusanya n’amategeko”.

    Umunyamabanga mukuru wungirije wa RIB, Izabelle Karihangabo, avuga ko ubugenzacyaha ari bwo bushingirwaho mu gushaka ibimenyetso bya ngombwa bikenewe mu bushinjacyaha, kandi iyo bitakozwe neza ari bwo habaho gutsindwa imanza ukeneye ubutabera akaba yabangamirwa.

    Agira ati “Ibimenyetso byose bifasha umushinjacyaha, abatangabuhamya, ni uko icyaha cyakozwe bikorwa n’umugenzacyaha, ni ngombwa rero ko amahugurwa ku mategeko akorwa kugira ngo hajye hakorwa dosiye zuzuye neza zishyikirizwa ubushinjacyaha n’urukiko”.

    Icyiciro cya mbere cy
    Icyiciro cya mbere cy’abagenzacyaha 60 ni bo batangiye amahugurwa azamara iminsi itanu

    Yongeraho ati “Aha turahakura ubumenyi bwisumbuyeho mu kugenza ibyaha kinyamwuga nk’uko tubisabwa kugira ngo tubashe gufasha abatugana, abahohotewe cyangwa abakekwaho ibyaha kugira ngo buri wese abone ubutabera”.

    Ku ikubitiro abagenzacyaha 60 ni bo batangiye amahugurwa bari guherwa mu kigo gishinzwe guhugura abakozi cya (RMI) mu Karere ka Muhanga, bikaba biteganyijwe ko amahugurwa azatangwa mu byiciro bine.


    source : https://ift.tt/3EYBgjD

  • #AMAVUBI: Rutabayiro uhamagawe bwa mbere n’abarimo Djihad bakoranye imyitozo n’abandi (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” ikomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri bazakina na Mali kuri uyu wa Kane kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ndetse n’uwo bazakina na Kenya iwayo tariki 15/11/2021.

    RUTABAYIRO Jean Philippe wahamagawe bwa mbere
    RUTABAYIRO Jean Philippe wahamagawe bwa mbere

    Bamwe mu bakinnyi bakina hanze bakomeje kugera mu Rwanda, aho Rutabayiro Jean Philippe ukina muri S.D. LENENSE PROINASTUR yo muri Espagne uhamagawe bwa mbere nawe yakoze imyitozo.

    Mu bandi bakinnyi bakina hanze bari mu myitozo harimo Emery Mvuyekure ukina muri Tusker yo muri Kenya, Manzi Thierry ukinira FC Dila Gori yo muri Georgia, mu gihe TWIZERE Buhake Clément na RAFAEL York baraye bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere.

    source : https://ift.tt/3wth6es

  • Senegal: Perezida Kagame yahawe igihembo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni mu muhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umwanditsi Nyafurika urimo kwizihirizwa i Dakar muri Senegal guhera tariki ya 7 kugera tariki ya 11 Ugushyingo 2021.

    U Rwanda rwatumiwe nk’Igihugu cy’Icyubahiro muri uyu Munsi Mpuzamahanga w’Umwanditsi Nyafurika urimo kubera muri Sénégal kubera uruhare rugaragaza mu gushyigikira ibikorwa by’inganda ndangamuco cyane cyane mu ruganda rw’ubwanditsi.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard witabiriye iyo gahunda yo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umwanditsi Nyafurika Hon. Bamporiki Edouard ahagarariye u Rwanda, yagize ati: “Leta y’u Rwanda irangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu cyerekezo cy’impinduka, yafashe iya mbere mu guteza imbere inganda ndangamuco by’umwihariko uruganda rw’ubwanditsi kuko ari icyiciro cya ngombwa cyane. Ndashimira Guverinoma ya Sénégal yatumiye u Rwanda nk’Igihugu cy’Icyubahiro mu kwizihiza uyu munsi mukuru. Ubu butumire buragaragaza ubufatanye bw’ibihugu byombi bushingiye ku bucuti butajegajega n’ubufatanye bw’abaturage bacu.”

    Umunsi Mpuzamahanga w’Umwanditsi Nyafurika watangiye kwizihizwa tariki ya 7 Ugushyingo 1992, biturutse ku bufatanye bw’Ishyirahamwe Nyafurika ry’Abanditsi (Panafrican Writers Association – PAWA), kuva icyo gihe abanditsi b’Abanyafurika bakomeje gukorera hamwe ngo ubwanditsi bwabo bugire ijambo mu ruhando mpuzamahanga.

    source : https://ift.tt/3mYyQv8

  • M23 yahakanye ibivugwa ko yagabye igitero ku ngabo za Congo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amakuru y’imirwano ikomeye yatangiriye mu misozi ya Runyoni na cyanzu hafi y’ibirunga bya Muhabura na Sabyinyo yamenyekanye mu gitondo tariki 8 Ugushyingo 2021, ndetse abaturage babarirwa mu bihumbi bambuka umupaka wa Bunagana bahungira muri Uganda.

    Abaturage bashyize mu majwi ko ari abarwanyi ba M23 kuko ahatewe bigeze kuhagira ibirindiro bikomeye, abaturage bavuga ko abateye bavuye mu ishyamba ry’ibirunga bavuga ko nta bandi uretse aba barwanyi batsinzwe 2013, bagahungira muri Uganda n’ubundi banyuze muri pariki y’ibirunga abandi bakambuka umupaka wa Bunagana.

    N’ubwo benshi bemeje ko ari M23, ubuyobozi bw’uwo mutwe bwabiteye utwatsi mu itangazo bwasohoye, bugira buti “Twakurikiye ibitangazamakuru bitandukanye bitangaza ko habayeho imirwano hagati y’ingabo za Leta ya Congo n’abarwanyi bavugwa kuba ari aba M23, tukaba tugira ngo tubamenyeshe ibi bikurikira”.

    M23 ivuga ko imaze umwaka iri mu biganiro na Guverinoma ya Kinshasa intumwa zacu zibayo zigirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa Félix Antoine Tshidekedi Tshilombo, ibiganiro byageze ku myanzuro dutegereje twihanganye n’ubwo Umuyobozi w’igihugu adashyira imbaraga mu guhuza abasore n’abakobwa ku nzira yerekeza ku mahoro mu burasirazuba bwa Congo.

    Ntibyumvikana gutekereza ko umutwe wacu wajya mu mirwano n’ingabo za Congo FARDC mu gihe turi mu biganiro na Guverinoma.

    M23 ntabwo yarwanye n’ingabo muri Rutshuru, birashoboka ko abarwanyi bacu bari muri teritwari ya Rutshuru kuva 2017 bategereje igisubizo cya Guverinoma ku mpamvu zimbitse zatumye habaho gushotorana bitewe n’abarwanyi ba FARDC muri 2020.

    M23 ivuga ko itemera uwo ari we wese waza guteza umutekano mucye mu gace karimo abarwanyi bayo mu gushaka kuyishyiraho icyasha.

    Ubuyobozi bwa M23 butera utwatsi ibyo gutera ingabo za Congo FARDC mu gihe imirwano yiriweho ndetse abaturage bakava mu byabo, hakaba hakomeje kwibazwa abateye ku birindiro bya FARDC.

    source : https://ift.tt/3H4oC4t

  • Musanze: Abarembetsi bikanze inzego z’umutekano bajugunya kanyanga bari bikoreye ihita imenwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo Kanyanga igitahurwa abaturage n
    Iyo Kanyanga igitahurwa abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahise bafatanya kuyimena

    Iyi Kanyanga ngo yari itwawe n’abarembetsi 13, bari bazihishe mu bikapu n’imifuka bari baremekanyije imera nk’ibikapu, babihetse mu mugongo bagira ngo bajijishe ubwo bari bageze muri ako gace, bikanga inzego zari zamaze kumenya ayo makuru babikubita hasi bariruka nk’uko Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Musanze, SSP Jean Pierre Kanobayire, yabisobanuriye abaturage.

    Yaboneyeho kubibutsa kongera ingamba zo gukumira abatunda ibiyobyabwenge, kuko ababinyuza muri ako Kagari ka Kabeza, babikwirakwiza hirya no hino, bakomeje kwiyongera.

    Yagize ati “Baturage mwese, turongera kubibutsa ko mukwiye gukumira abakwirakwiza ibiyobyabwenge banyuze mu mayira ari muri aka Kagari kanyu. Ibiyobyabwenge bikomeje guteza ingaruka mu muryango nyarwanda, aho uwabinyoye bimwangiriza yaba mu mitekerereze, bikamushora mu myitwarire idahwitse, agatakaza ubumuntu. Kwicungira umutekano mukora amarondo y’amanywa na nijoro, mugenzura amayira yose, mugatungira agatoki inzego bireba, abagaragaye bagafatwa; nibwo buryo bwonyine bwo kubihashya burundu”.

    Yongeye arababwira ati “Nta cyiza cy’ibiyobyabwenge uretse gushora mu bihombo ababinywa cyangwa ababifatanwa. Batakaza amafaranga n’imibanire hagati yabo n’abandi ikadindira. Ni yo mpamvu twongera gusaba abakibirimo, kwitandukanya na byo mu buryo ubwo ari bwo bwose, ahubwo bakayoboka indi mirimo ibyara inyungu, kuko ihari ku bwinshi”.

    Litiro 300 za Kanyangwa zari zitwawe n
    Litiro 300 za Kanyangwa zari zitwawe n’Abarembetsi bikanga inzego z’umutekano bazijugunya hasi bakizwa n’amaguru

    Abaturage banenga bagenzi babo baburirwa kenshi, basobanurirwa ingaruka z’ibiyobyabwenge, nyamara bakabirengaho bakabyishoramo bazi neza ko bari mu makosa.

    Uwitwa Munyamahoro ati “Ibiyobyabwenge byaransabitse, bimpungabanya mu mutwe ngera n’ubwo ntashoboraga guhahira urugo kuko nahoraga nasinze gusa. Amakimbirane ni yo yari n’ibiryo byacu bya buri munsi. Ariko aho mariye kubicikaho, ubu turatekanye mu rugo, tujya inama tugafatanya muri byose. Ni na yo mpamvu mumbona ahangaha, ndi kwifatanya n’abandi baturage kubimena, kugira ngo ngaragaze ko mbyamaganye nivuye inyuma”.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabeza, Munyaneza Eugène, ahamya ko hari amahirwe menshi igihugu cyashyizeho, abantu bakabaye babyaza umusaruro bakiteza imbere kuruta uko bakwishora mu biyabwenge.

    Ngo bagiye kongera imbaraga mu bukangurambaga bwigisha abaturage gukora ibiri mu mucyo, mu rwego rw kwirinda ibihombo bagirira mu binyuranyije n’amategeko y’igihugu.

    Yagize ati “Nk’aba bari batwaye iyi kanyanga nta kindi bacyuye uretse kuba bahombye amafaranga yose bashoye bajya kuyikura muri Uganda, n’igihe cyabo batakarije mu mayira babyikoreye. Iyo bafatwa bari gutabwa muri yombi bagakatirwa igifungo, ari bo ari n’imiryango yabo bagahomba. Tugiye kongera imbaraga mu gukangurira abaturage kujya bagira amakenga mu gihe babonye uwo batazi cyangwa uwikoreye ibintu badashira amakenga, bakajya bagenzura ibyo afite, kuko batabaye maso, izo nzira zishobora no kwifashishwa n’umwanzi waza guhungabanya umutekano wabo”.

    Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018, riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

    SSP Kanobayire yakanguriye abaturage kujya batanga amakuru y
    SSP Kanobayire yakanguriye abaturage kujya batanga amakuru y’ababyishoramo kugira ngo bakumirwe

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi, ariko kitarenze imyaka icumi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu ariko atageze kuri miliyoni icumi ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.


    source : https://ift.tt/3D26Fkx